Category: Uncategorized

  • Nyanza: Abantu 52 baciwe amande yo kurenga ku mabwiriza yo gukumira COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Iki gikorwa cyabaye ku wa 7 Mutarama 2020, kiri mu bukangurambaga bwakozwe n'inzego z'umutekano n'urubyiruko rw'abakorerabushake mu Mirenge wa Ntyazo, Mukingo, Muyira, Nyagisozi na Busoro, bugamije gukangurira abaturage kubahiriza ingamba nshya zo kwirinda COVID-19.

    Mu bafashwe batubahirije izi ngamba ni 78 barimo babiri bo muri Ntyazo, Mukingo 10, Busoro 16, Nyagisozi 29 na 21 bo muri Muyira.

    Aba bose barigishijwe, abandi bacibwa amande ateganyijwe. Ubukangurambaga bwihariye bwabereye mu Murenge wa Muyira ku Isoko rya Nyamiyaga, Nyagisozi ku Isoko rya Kirambi no mu Murenge wa Rwabicuma.

    Abantu 52 nibo baciwe amande angana na 64 000 Frw yo kutubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19. Mu Murenge wa Ntyazo (2=10,000Frw), Mukingo (4=4,000Frw), Nyagisozi (15=15,000), Busoro (16=49,000Frw), Muyira (15=15,000Frw).

    Ubuyobozi butangaza kandi ko mu rwego rwo kwirinda icyaba intandaro y'ikwirakwira rya Coronavirus, abagana ibitaro, ibigo nderabuzima n'amavuriro yigenga bose bagenda bakorerwa isuzuma rya COVID-19.

    Inama y'Abaminisitiri yateranye mu ntangiriro za Mutarama yashyizeho ingamba zikomeye zirimo kubuza ingendo hagati y'uturere ndetse no hagati y'uturere tw'intara n'Umujyi wa Kigali.

    Ubwo yasobanuraga zimwe mu ngamba zafashwe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima Ushinzwe Ubuzima bw'Ibanze, Dr. Mpunga Tharcisse, yavuze ko zashoboraga kugera ku rwego rwo gushyiraho Guma mu Rugo ya burundu, bitewe n'ubukana bwa Coronavirus n'ubwiyongere bw'abayandura n'abo ihitana bari kuboneka muri iyi minsi.

    Coronavirus ni indwara idafite umuti ariko inkingo zayo zatangiye kuboneka, mu kwita ku wayanduye havurwa ibimenyetso byayo birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyanza-abantu-52-baciwe-amande-yo-kurenga-ku-mabwiriza-yo-gukumira-covid-19

  • Huye: Umusaza yavuye gusura umukobwa we bukeye bamusanga mu mugezi yapfuye – #rwanda #RwOT

    Rwamanywa Assiel w'imyaka 80 y'amavuko yari asanzwe atuye mu Mudugudu wa Rugerero mu Kagali ka Mwendo mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye.

    Ku wa 8 Mutarama 2021 ni bwo yagiye gusura umukobwa we mu Karere ka Nyanza, ku mugoroba arataha, ariko ntiyagera mu rugo kuko mu gitondo cyo kuri uyu Gatandatu basanze umurambo we mu mugezi wa Ntaruka utandukanya utwo turere twombi.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rwaniro, Nshimyumuremyi Laurent, yabwiye IGIHE ko umurambo w'uwo musaza wamaze kurohorwa mu mazi ujyanwa ku Bitaro by'Akarere ka Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma bamenye mu by'ukuri icyamwishe.

    Yavuze ko ikiraro gifasha abantu kwambuka uwo mugezi cyangijwe kandi mu bihe by'imvura byashize hagiye harohamamo abantu. Gusa ngo kiri hafi gukorwa kuko isoko ryatanzwe.

    Ati 'Inyigo yarakozwe ndetse n'isoko ryaratanzwe, igisigaye ni ukucyubaka kugira ngo abantu bajye bambuka batekanye.'

    Ubusanzwe icyo kiraro gihuza Umurenge Rwaniro mu Karere ka Huye n'uwa Rwabicuma wo muri Nyanza.

    Rwamanywa yabanaga mu rugo iwe n'umugore we bashakanye gusa kuko abana babyaranye bashyingiwe.

    Ikiraro cyo ku Mugezi wa Ntaruka gihuza Umurenge wa Rwaniro muri Huye n’uwa Rwabicuma muri Nyanza cyarangiritse ku buryo bukomeye

    [email protected]


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/huye-umusaza-yavuye-gusura-umukobwa-we-bukeye-bamusanga-mu-mugezi-yapfuye

  • Kinyinya: Abajura babiri bitwaje ibyuma barashwe bagerageza kurwanya polisi bibaviramo urupfu – #rwanda #RwOT

    Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko mu rukerera ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 9 Mutarama 2021, ahagana saa Munani n'iminota 40 aribwo abapolisi bari ku irondo mu Mudugudu wa Dusenyi, Akagari ka Kagugu, Umurenge wa Kinyinya ho mu Karere ka Gasabo bahuye n'abantu babiri batwaye televiziyo yo mu bwoko bwa SONY ifite pouces [inches] 32.

    Abo bajura bari bitwaje ibyuma n'umupanga bahagaritswe, bahita batangira kurwanya abapolisi bashakaga kubata muri yombi, mu kurwanya inzego z'umutekano ni bwo baje kuraswa barapfa.

    Abo bajura bishwe barimo Nsengiyumva Alexis w'imyaka 31 ufite ibyangombwa bigaragara ko byafatiwe mu Karere ka Bugesera, mu gihe mugenzi we umwirondoro we utamenyekanye.

    Inzego zibishinzwe zahise zigera aho aba bajura barasiwe zitangira iperereza ryimbitse.

    Mu butumwa ikunze gutanga, Polisi y'Igihugu ihora iburira abayoboka inzira yo kwigabiza iby'abandi biciye mu bujura ko kwiba ari ikizira.

    Polisi y'u Rwanda kandi ikunze kwibutsa abafatirwa mu byaha bagashaka kuyirwanya ko bakwiye kwirinda iyo mico itari myiza ndetse bakayicikaho burundu kuko rimwe na rimwe igira ingaruka zitari ngombwa.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kinyinya-abajura-babiri-bitwaje-ibyuma-barashwe-bagerageza-kurwanya-polisi

  • Mashami yatunguwe na Ruboneka Bosco #rwanda #RwOT

    Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Mashami Vincent avuga ko yatanguwe n’uburyo Ruboneka Bosco wakinnye umukino we wa mbere mu ikipe y’igihugu yitwaye.

    Umukinnyi ukina mu kibuga hagati muri APR FC, Ruboneka Bosco yahamagawe bwa mbere mu ikipe y’igihugu irimo yitegura CHAN 2021 izabera muri Cameroun.

    Ku munsi wo ku wa Kane Amavubi yakinnye umukino wa gicuti na Congo Brazaville urangira amakipe anganyije ibitego 2-2.

    Ni umukino Ruboneka Bosco yakinnye aho yinjiye mu kibuga asimbura Niyonzima Olivier Seif mu gice cya kabiri akaba yari n’umukino we wa mbere mu ikipe y’igihugu.

    Nyuma y’uyu mukino Mashami Vincent yavuze ko Ruboneka yitwaye neza cyane ariko na none ngo n’ikipe yose muri rusange yitwaye neza.

    Ati'Ruboneka yakinnye neza ubona ko ari umwana wifitiye icyizere, ufite ahazaza heza, uzi gusoma umukino uko ugenda akagerageza gukora ibintu bimwe na bimwe bigoye ariko bikenewe, ngira ngo rero yakinnye neza ariko muri rusange n’abandi bakinnye neza.'

    Akomeza avuga ko abakinnyi be nyuma y’umukino wa gicuti wa kabiri bazakina na Congo Brazaville ku Cyumweru azaba amaze kubona ishusho y’ikipe ye muri CHAN.

    Ruboneka Bosco n’ubwo yatangiranye n’ikipe imyitozo, yari ku rutonde rwo gutegereza ‘waiting list’, yitwaye neza ari nabyo byatumye atoranywa mu bakinnyi 30 bagomba kwerekeza muri Cameroun.

    Amvubi arimo kwitegura irushanwa rya CHAN 2021 rizabera muri Cameroun guhera tariki ya 16 Mutarama kugeza 7 Gashyantare 2021.

    U Rwanda ruri mu itsinda C na Uganda, Togo na Maroc, umukino wa mbere ruzawukina na Uganda tariki ya 18 Mutarama 2021.

    Ruboneka Bosco umwe mu basore bahamagawe bari ku rutonde rwo gutegereza ariko akaba yatonranyijwe mu bakinnyi 30 bazajya muri CHAN

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mashami-yatunguwe-na-ruboneka-bosco

  • Gasabo: Polisi yarashe abantu babiri bari bibye Televiziyo yabahagarika bagashaka kuyirwanya #rwanda #RwOT

    Amakuru dukesha IGIHE avuga ko mu rukerera ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 9 Mutarama 2021, ahagana saa Munani n'iminota 40 aribwo abapolisi bari ku irondo mu Mudugudu wa Dusenyi, Akagari ka Kagugu, Umurenge wa Kinyinya ho mu Karere ka Gasabo bahuye n'abantu babiri batwaye televiziyo yo mu bwoko bwa SONY ifite pouces [inches] 32.

    Abo bajura bari bitwaje ibyuma n'umupanga bahagaritswe, bahita batangira kurwanya abapolisi bashakaga kubata muri yombi, mu kurwanya inzego z'umutekano ni bwo baje kuraswa barapfa.

    Abo bajura bishwe barimo Nsengiyumva Alexis w'imyaka 31 ufite ibyangombwa bigaragara ko byafatiwe mu Karere ka Bugesera, mu gihe mugenzi we umwirondoro we utamenyekanye.

    Inzego zibishinzwe zahise zigera aho aba bajura barasiwe zitangira iperereza ryimbitse.

    Mu butumwa ikunze gutanga, Polisi y'Igihugu ihora iburira abayoboka inzira yo kwigabiza iby'abandi biciye mu bujura ko kwiba ari ikizira.

    Polisi y'u Rwanda kandi ikunze kwibutsa abafatirwa mu byaha bagashaka kuyirwanya ko bakwiye kwirinda iyo mico itari myiza ndetse bakayicikaho burundu kuko rimwe na rimwe igira ingaruka zitari ngombwa.

    Mu ntangiriro z'umwaka ushize humvikanye inkuru nyinshi za Polisi irasa abajura bituma abanyarwanda benshi bamagana iri koreshwa ry'imbaraga z'umurengera mu iyubahirizwa ry'amategeko.

    Muri Nzeri 2019,Umukuru w'Igihugu,Paul Kagame yabajijwe icyo atekereza ku bapolisi bakoresha imbaraga z'umurengera mu iyubahirizwa ry'amategeko ugasanga barashe nk'abantu baba imfungwa cyangwa abakekwaho ibyaha, bikaza gusobanurwa ko bageragezaga gutoroka cyangwa se ko bashatse kurwanya inzego z'umutekano nyuma yo gufatwa.

    Yagize ati “Polisi yacu niba mwibuka amateka yose mu bijyanye n'inyigo zagiye zikorwa ku nzego z'igihugu icyo aricyo cyose, iyo bari kuzigereranya ndatekereza ko polisi yacu yagiye igaragazwa neza birenze izindi polisi z'ibihugu zo hafi aha na kure.'

    Umukuru w'Igihugu yavuze ko nubwo izo nyigo zagiye zikorwa zikagaragaza ko Polisi y'u Rwanda yitwara neza, hari n'amakuru yabonye ko hari abapolisi bamwe bagiye barengera bakarenga ku mategeko.

    Yavuze ko n'ikibazo atari uko abo bapolisi batahawe imyitozo ihagije, ahubwo ko usibye nayo, bafite n'ubushake bwo gukora inshingano zabo neza.

    Ati 'Abo barenga ku mategeko mu by'ukuri bishingiye kuri bo ku giti cyabo. Ni nk'uko muri Polisi, umugoroba umwe, cyangwa se weekend imwe twabona hari abapolisi batwaye imodoka basinze cyangwa se banyoye ibiyobyabwenge, ntabwo byakwitirirwa polisi yose.'

    'Icyo nshaka kuvuga kandi nizeza abaturage, ni uko narabyumvise kandi nasabye ubuyobozi bwa Polisi, ko abo bose bagaragaye mu gukoresha ingufu z'umurengera bakwiye kubiryozwa kandi bikarenga aho n'abantu bose bakabimenya.'

    Perezida Kagame yakomeje avuga ko usibye kuryoza abo bapolisi ibyo bakoze, binakwiriye gukorwa n'abantu bose bakabimenya ku buryo nta wafata ikosa ryakozwe n'umupolisi umwe ngo aryitirire urwego rwose muri rusange ngo avuge ko ariko Polisi y'u Rwanda ikora.

    Ati 'Ndi kubikurikirana, navuganye n'ubuyobozi bwa Polisi y'Igihugu, ndatekereza ko tugiye kubona impinduka, ntabwo izo ngufu z'umurengera zikenewe. Kabone n'iyo uwo muntu yaba ari umunyabyaha ruharwa, polisi yahawe imyitozo y'uko yitwara idakoresheje imbaraga z'umurengera.'

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/gasabo-polisi-yarashe-abantu-babiri-bari-bibye-televiziyo-yabahagarika

  • U Rwanda rwamaganye raporo y'Umuryango w'Abibumbye irushinja kugira ingabo muri RDC – #rwanda #RwOT

    Raporo y'izi mpuguke yasohotse ku wa 23 Ukuboza umwaka ushize, yavugaga ko Leta y'u Rwanda yohereje ingabo zayo mu bikorwa by'imirwano mu Burasirazuba bwa Congo, ariko mu itangazo ryasohowe na Leta y'u Rwanda, rigaragaza ko ibyo birego nta shingiro bifite.

    Iri tangazo riragira riti 'Guverinoma y'u Rwanda irahakana ibirego by'impuguke z'Umuryango w'Abibumbye kandi igashimangira ko nta ngabo z'u Rwanda ziri ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse ko nta n'ibikorwa by'ubufatanye mu mirwano biherutse guhuza ingabo z'u Rwanda (RDF) n'ingabo za Congo (FARDC)'.

    Rikomeza rivuga ko u Rwanda rwishimira ubufatanye rufitanye na RDC burimo n'ubwa gisirikare ariko ko 'bugarukira gusa mu gusangira amakuru y'ubutasi ku mitwe y'inyeshyamba ikorera muri Burasirazuba bwa Congo, kandi ikagira ingaruka ku bihugu byombi'.

    U Rwanda kandi rwongeye gushimangira ubushake n'umuhate warwo mu guteza imbere no gushyigikira amahame y'imicungire y'umutungo kamere w'imbere mu gihugu ndetse no mu Karere ruherereyemo, mu rwego rwo kwirinda isarurwa n'icuruzwa ryawo mu buryo butemewe n'amategeko.

    Ni muri uru rwego muri Gashyantare 2020, u Rwanda ruherutse kwereka itsinda ry'Umuryango w'Abibumbye ingamba ruri gushyira mu bikorwa kugira ngo ruhashye icuruzwa rya magendu ry'amabuye y'agaciro; icyo gihe rwanerekanye amabuye yafashwe n'inzego z'ubuyobozi.

    Leta y'u Rwanda yavuze ko itewe impungenge n'amakosa yagaragaye muri raporo y'impuguke z'Umuryango w'Abibumbye, ibyo bigakorwa mu gihe zahawe amakuru yose zari zasabye mu gihe cy'ikorwa ry'iyi raporo, zikemererwa gusura aho zishaka, zikanaganira n'abatangabuhamya ndetse zigasubizwa ibibazo byose zabajije, ariko n'ubundi zikagira amakuru zirengagiza ntiziyashyiremo.

    U Rwanda ruvuga ko kubera izi mpamvu, rufite ugushidikanya ku kwigenga nyakuri kw'itsinda ryakoze iyi raporo.

    Leta y’u Rwanda yavuze ko nta ngabo zayo ziri ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

    Itangazo rya Leta y’u Rwanda rihakana ibirego by’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zarushinje kugira ingabo muri RDC


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwamaganye-raporo-y-umuryango-w-abibumbye-irushinja-kugira-ingabo-muri

  • Gatsibo: Aborozi batandatu batawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Aba borozi batawe muri yombi ku wa Gatanu tariki ya 8 Mutarama 2021 bakaba bahise bashyikirizwa Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB.

    Umuyobozi w'Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yabwiye IGIHE ko aba borozi bakurikiranyweho ibyaha birimo kwigomeka ku buyobozi bubabuza kuragira mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro no kwangiza ibikorwa remezo bitandukanye.

    Yagize ati 'Ni batandatu twafashe, twabafashe ejo. Byaje bikurikirana n'icyemezo cy'inama y'umutekano itaguye y'intara cy'uko abantu bose bafite inzuri zikora ku Kigo cya Girikare cya Gabiro barenze ku mabwiriza bahawe cyane cyane abagiye bangiza ibikorwa remezo byashyizweho na leta kandi byashyiriweho kugira ngo amatungo ntajye muri Gabiro bakabyangiza kugira ngo babone inzira bahanwa.'

    Meya Gasana yakomeje avuga ko mu bikorwa remezo byakozwe harimo umuferege munini wacukuwe utandukanya iki kigo n'inzuri z'abaturage zicyegereye, harimo uruzitiro rwa senyenge rwubakiwe aborozi bafite inzuri zikora kuri iki Kigo n'ibindi.

    Ati ' Urwo ruzitiro rero hari abaruciye banataba uwo muferege bashyiraho inzira yinjiza inka muri icyo kigo, icyemezo cyavugaga ko abangije ibyo bikorwa kugira ngo bahe icyuho abajyana inka kuziragira mu kigo bafatwa bagashyikirizwa RIB kugira ngo bakurikiranwe ibyaha bashinjwa birimo kwangiza ibikorwaremezo, kwigomeka ku byemezo by'ubuyobozi n'ibindi.'

    Yakomeje avuga ko babanje kubatumaho banga kwitaba bahita bakorana n'inzego z'umutekano hafatwa batandatu bashyikikirizwa RIB.

    Meya Gasana yasabye aborozi kororera mu nzuri zabo bakirinda kujya kuragira mu Kigo cya Gabiro.

    Ati 'Ikigo cya Gisirikare cya Gabiro gifite ibyo cyagenewe birimo imyitozo ya gisirikare kandi idashobora kubangikana n'ibikorwa byabo. Turabasaba rero kuva kera kwirinda kukijyamo rwose uretse no kuba bamwe bafashwe hari n'ibindi byemezo twagiye dufata birimo ko inka zihafatiwe zizajya zitezwa cyamunara ariko baranga bakabirengaho. Ntabwo dushishikajwe no guhombya abaturage ahubwo dushishikajwe no kubarengera ni yo mpamvu tubasaba kubahiriza ibyo tubasaba.'

    Mu Ukuboza 2020, aborozi bafite inzuri zikora ku Kigo cya Girikare cya Gabiro mu turere dutatu aritwo Nyagatare, Gatsibo na Kayonza bari batumiwe mu nama yabahuje n'abagize inama y'umutekano itaguye y'intara, aho bihanangirijwe ndetse batatu bari barenze ku mabwiriza bamburwa inzuri.

    Guverineri w'Intara y'Uburasirazuba, Mufulukye Fred, yavuze ko bakomeza kubakoresha inama nyinshi mu rwego rwo kubibutsa ingamba zafashwe ari nako babagira inama.

    Bamwe mu borozi bashinje ubuyobozi bw'inzego z'ibanze kujenjeka ntibite ku borozi bamwe na bamwe batumva bakarenga ku nama baba bagiriwe bakajya kuragira muri iki kigo.

    Inama Njyanama z'uturere dutatu zanzuye ko inka zizajya zifatirwa mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro zizajya zitezwa cyamunara amafaranga avuyemo agashyirwa mu isanduku ya leta ariko ntibibuza aborozi kurenga kuri uyu mwanzuro kuko umwaka ushize hari inka nyinshi zagurishijwe muri cyamunara ba nyirazo bakaba barongeye bagashumbushwa na bagenzi babo.

    Inka zifatiwe mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro zitezwa cyamunara


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gatsibo-aborozi-batandatu-batawe-muri-yombi

  • Icyo Zari avuga ku muhungu we wiyemereye ko ari umutinganyi #rwanda #RwOT

    Umuherwekazi w’umugande wibera muri Afurika y’Epfo, Zari ahakana ko umuhungu we ari umutinganyi nk’uko yabyitangarije ahubwo ngo yahatirijwe kubikora bitewe n’abagore bakomeje kumureshya.

    Mu minsi ishize, umuhungu wa kabiri we Raphael Ssemwanga Junior yabyaranye na Ivan Ssemwanga wahoze ari umugabo we, yagiye live kuri Instagram yivugira ko ari umutinganyi.

    Nyuma yo kuvuga ibi amashusho yakwirakwijwe ahantu henshi bituma na nyina umubyara agira icyo abivuagho.

    Zari yavuze ko umuhunu atari umutinganyi ndetse ko afite umukunzi, ibyo yatangaje byari uguca intege abagore bakuze birirwa bamureshya bamwohereraza amafoto yabo bambaye ubusa.

    Ati'hari amashusho y’umuhungu wanjye yakwirakwiye ahantu hose yivugira ko ari umutinganyi. Reka mbabwire ikintu kimwe, Raphael si umutinganyi afite umukunzi yatangiye guterereta afite imyaka 14. Biriya yahatirijwe kubikora kubera abagore bakuze bamureshya reshya bamwoherereza amafoto yabo bambaye ubusa, abandi bamusaba amafaranga nkeka ko kuvuga ko ari umutinganyi ari byo byari byiza.'

    Akomeza avuga ko aramutse abaye ari n’umutinganyi yabimufashamo nk’umubyey kuko ari bwo buzima yaba yarahisemo.

    Ati'Rapahel ahindutse umutinganyi uyu munsi, nk’umubyeyi we, nka nyina ni ikintu namushyigikiramo, ni inshingano zanjye nk’umubyeyi kuko niyo mahitamo yaba yakoze, ubuzima yahisemo bwo kuba umutinganyi, ariko ubu ntabwo ari umutinganyi rwose.'

    Zari Hassan ni umubyeyi w’abana 5, abahungu 4 n’umukobwa umwe. Abahungu batatu yababyaranye na Ivan Ssemwanga ni mu gihe abana be bato umuhungu n’umukobwa ari ub’umuhanzi Diamond.

    Zari avuga ko umuhungu Raphael Junior atari umutinganyi, kandi niyo yaba we azamushyigikira

    Zari Hassan afite abana batanu

    Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/icyo-zari-avuga-ku-muhungu-we-wiyemereye-ko-ari-umutinganyi