
Category: Uncategorized
-
Bumvaga muri 2020 bazaba bameze nk’abari muri Paradizo none ngo wababereye ‘inyatsi’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Mu ijoro ryo kwishimira kwinjira muri 2020 ni uku byari bimeze
Umubyeyi utuye mu Bugesera utifuje ko amazina ye avugwa, ariko akaba yarakoreraga ikigo cy’ishuri kitwa ‘Les Hirondelles de Don Bosco-Kigali’, avuga ko uyu mwaka wamubereye mubi kurusha indi yose.
Yagize ati,”uyu mwaka ni isereri gusa, reba icyorezo cya Covid-19 cyaraje duhera mu ngo bitarigeze bibaho,duhagarikirwa imishahara, batwambura ubwishingizi bwo kwivuza,wibaze uko byagendekeye umugore wari utwite yajya kubyara ageze kwa muganga agasanga bamukuye mu bwishingizi!,mu rugo ikibazo cy’imibereho kiragoye uririranwa n’abana nabo batiga, udafite n’ibihagije ubaha,mbese uyu mwaka nurangire kuko wambereye uw’ibibazo gusa”.
Mukankusi Ana, ubu akora ubucuruzi bworoheje bw’imyenda y’abana bato,ariko avuga ko ibyo yabigiyemo kuko yari amaze guhomba kuko ngo yacuruzaga ‘alimentation’,ariko amafaranga agenda abura,abamuguriraga baragabanuka arahomba,ariko kuko ngo imyenda itangirika vuba,aho umukiriya abonekeye aragura.Ibyo byose avuga ko ari ibibazo yazaniwe n’umwaka wa 2020, kuko ubundi ngo yarakoraga bikagenda.
Cyubahiro Francis ukorera umwuga w’ububaji mu Mujyi wa Nyamata,avuga ko umwaka wa 2020 wajemo ibibazo, ugatuma amafaranga abura.
Yagize ati,”Uyu mwaka ntacyo nawuvugaho, uretse kuvuga ko wabaye mubi gusa,ubusanzwe mu kazi kanjye narakoraga nkaba nakwizigama 300.000Frw ku mwaka,ariko uyu uarangiye nta na 100.000Frw nizigamye, kubera icyorezo cya Covid-19.Uko nari niteze uyu mwaka si nawubonye, numvaga uzansiga nagutse mu kazi kanjye, ariko si ko byagenze muri make,usize ibibazo gusa”.
Hakizimana Emmanuel ni Umunyonzi, akora akazi ko gutwara abantu n’ibintu ku igare,avuga ko uyu mwaka wamubereye mubi, ku buryo yumva yawutuka ibitutsi bibi byose azi bibaho, kuko ngo wajemo icyorezo, gituma abura uko akora arakena,arya n’amafaranga yari yarizigamiye yose.Gusa ngo mu byo, uyu mwaka umusigiye harimo kumenya ko kwizigama ari ingirakamaro, umuntu yabishaka cyangwa atabishaka, kuko ngo yatabawe n’amafaranga yari yarizigamiye.
Umusore utifuje ko amazina ye avugwa, ubundi ngo wigisha ibyo gutwara ibinyabiziga, avuga uyu mwaka wabaye mubi kuri we, kuko wamusubije inyuma mu iterambere kubera icyorezo cya Covid-19, cyatumye imirimo imwe n’imwe ihagarara, naho ifunguriwe igakora nabi, ibyo rero ngo byatumye ubu asa n’udafite akazi kandi yaragahoranye.
Mugenzi we nawe utifuje kuvuga amazina ye,ubu akora akazi ko gucuruza amakarita na ‘me2u’ bya MTN,ariko ibyo ngo yabigiye kuko yari amaze gutakaza akazi yakoraga bitewe n’icyorezo cya Covid-19.Ubundi ngo yakoraga mu bijyanye n’imikino y’amahirwe,aho yakoraga ngo yari afite amasezerano y’akazi,agashobora kwizigamira amafaranga ari hagati ya 80.000-100.000Frw ku kwezi, none ibyo byose ubu ngo yarabitakaje, ako kazi akora muri iki gihe, ngo ntashobora kwizagamira arenze 50.000Frw ku kwezi.
Ati,”uyu mwaka wambereye mubi, ubu nari mfite umushinga wo gukomeza amashuri, nkanashinga urugo kuko iyo ngumana akazi nari mfite byarashobokaga, none ibyo byose byaranze,mu by’ukuri uyu mwaka, udusigiye ibibazo byinshi”.
Nyamulinda Jean Claude,we ni umumotari,avuga ko uyu mwaka wa 2020,utaragera yumvaga uzaba ari umwaka w’igitangaza,ko uzaba ari umwaka w’amateka meza, ukazarangira ageze kuri mu iterambere,none ngo wajemo icyorezo, hazamo gahunda yo kuguma mu rugo, amafaranga arabura,ariko ngo afite icyizere ko umwaka utaba ibintu bizagenda neza,hakaza impinduka nziza,Covid-19 ikarangira,ibintu bigasubira uko byahoze, gusa ngo nitanarangira bo nk’abamotari biteguye gukomeza guhangana nayo bubahiriza amabwiriza yo kuyirinda.
Dusengimana Viateur, nawe ni umumotari ukorera mu Mujyi wa Nyamata,ati,”Mbere iyo numvaga bavuga ngo ‘vision’ 2020 numvuga tugiye kwinjira muri Paradizo,none watubereye inyatsi,twumvaga tuzaba twarateye imbere, none nta terambere,kubera icyorezo cya Covid-19,uyu mwaka utubereye inyatsi.Njyewe nanawugizemo umwaku,Polisi yandikira mota yanjye kandi iparitse mu rugo,kandi ndayishyura kuko bansabaga ibimenyetso ko yari mu rugo nkabibura,nuko ndayishyura.2020 yambereye mbi iragatsindwa gusa”.
Nsabimana Eric akora akazi ko gutunganya imisatsi mu Mujyi wa Nyamata, we avuga ko uyu mwaka yari ategereje kuwubonamo ibintu byinshi byiza,ariko ngo yari yiteze si byo yabonye.
Yagize ati, “Njyewe navuga ko muri uyu mwaka napfuye gusa,none se niba nararyaga kuko nakoze, salon zigafunga urumva byari bimeze bite?,2020 wabaye umwaka mubi, ugoye,ariko muri byose turashimira ko dufite amahoro, tukagira n’ubuyobozi bwiza,kuko niba ntarabonye ibyo Leta yatanze ngo bitabare ba Nyakabyizi bari bashonje muri kiriya gihe cya ‘guma mu rugo’,hari abandi babibonye kandi birabafasha”.
Mukarwego Elina,ni umuhinzi usanzwe, avuga ko uyu mwaka wabaye mubi nubwo, ubu yejeje ibishyimbo umuryango we ukaba udashonje,ariko ngo uko yumvaga bavuga ‘vision’2020 bitandukanye n’uko yayibonye.
Ati “Uyu mwaka muri rusange wabaye mubi, nawe se, icyorezo gisize isi yose ihangayitse itya wigeze ucyumva?reba ubu turapfuka amazuru tugapfuka iminwa kugeza no ku bana bato, hari ikindi gihe wigeze ubyumva?,2020 ubaye umwaka w’ibibazo byinshi,ariko wenda icyorezo nikirangira umwaka utaha uzaba mwiza kurushaho”.

-
-
Mu kabari cyangwa mu rusengero: Ni he wakura uwo muzubakana urugo rugakomera? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Ibi ndetse hari abantu benshi babihuza n’isenyuka ry’ingo rya hato na hato rimaze gufata indi ntera aho mu Rwanda imibare y’inkiko igaragaza ko gatanya zizamuka ubutitsa kuko kugeza mu Gushyingo 2018, hari hamaze gucibwa imanza za gatanya 1311, ni ukuvuga ko zikubye inshuro 19 ugereranyije n’umwaka wa 2017.
Iyo bavuga ibi akenshi ahantu baba bavuga ngo ahantu umuntu atakura umugeni cyangwa umugabo ni nko mu : kabari, mu kabyiniro, ku mbuga nkoranyambaga, mu modoka cyangwa mu ndege mugenda… ibi byaje gutuma nibaza ubundi ahantu habugenewe umuntu yagombye kuba yahurira n’uwo bazubakana urwabo rugakomera.
Ubundi n’ubwo bigaragara ko gutandukana kw’abashakanye kugenda kwiyongera cyane mu Rwanda, burya njyewe mbona Abanyarwanda benshi baba barabanye intego ari ukuzabana akaramata, ku buryo bamenye aho bazahurira n’uwo bazabana akaramata ari ho bakwerekeza bagategereza kugeza bahuye. Kuko hari n’ababona abagize ibyago bagatandukana kimwe n’abandi bose ukumva baravuze ngo « Ubundi se umukobwa n’umuhungu bahuriye hariya…bari kubaka uruhe rugo? » None se abavuga ibyo muba mugira ngo kare kose bahurire hehe?
Akenshi abantu bumva ko hari ahantu runaka haba abantu b’inyangamugayo ku buryo uhakuye uwo mwazabana urwo rugo rwazaramba ugasanga abantu banafite amatsiko y’ahantu abitegura kurushinga bahuriye kugira ngo bumve ko urugo rwabo rufite amahirwe yo kuzaramba.
Bamwe bagaragaza ko umuntu mwahuriye mu rusengero, mu kigo runaka gikomeye, mu rugo rw’inshuti zawe, mu mirimo itandukanye ikomeye… biba bisobanuye ko ari umuntu uhabwa amahirwe menshi yo kuba ari inyangamugayo. Nyamara njyewe mbona ntaho biba bihuriye kuko birashoboka ko mwahura n’umujura wagiye gusenga kandi inyangamugayo yagiye mu kabari.
Mu Kinyarwanda baravuga ngo inshuti uyikura ku nzira. Ibi bisobanura ko ahantu hose ubundi wahahurira n’umuntu w’imfura mwarushinga rugakomera, kuko n’iyo haba ari ha hantu hakorerwa amabi gusa ntiwamenya impamvu yatumye ahaba.Ahantu hose icyaba kihakorerwa cyose mpamya ko haba hahuriye abantu beza n’ababi ku buryo bitakubuza kuhahurira n’umuntu muzima kandi mwahuza mukubaka urugo rugakomera. Kuko umuntu ni umutima ndetse na kamere ye. Wibihuza n’ahantu umubonye cyangwa muhuriye utanamenye impamvu ari aho hantu.
Ubuzima bugira ukuri kwinshi ku buryo hari igihe umuntu yisanga aho atakagombye kuba kandi nta mahitamo afite. Ariko icyo mpamya ni uko umuntu akomeza kuba uwo ari we aho yaba ari hose. Birashoboka ko wasanga intama yayobeye mu ihene ukayitiranya n’ihene nyamara burya iba ikiri intama yisanishije n’ihene kuko ari zo biri kumwe.
Ahantu hose ushobora kuhahurira n’umukobwa cyangwa umusore mwiza mwakundana kandi mugashinga urugo rugakomera mukazarambana ndetse mukazatandukanywa n’urupfu nk’uko abenshi babirahirira mu madini ku munsi wabo w’ubukwe. Bati “Icyo Imana yafatanyije ntihakagire ugitandukanya.” Niba wemera ko Imana ibera hose icyarimwe, bivuga ko na ha handi bamwe batekereza ko hatava umuntu muzima aba ahari kandi n’Imana iba ihari.
Iyi nkuru ni igitekerezo cy’umunyamakuru Mukazayire Immaculée Youyou

-
Col Irombe na Capt Rusine baherutse gufatirwa muri Congo boherejwe mu Rwanda – #rwanda #RwOT
Capt Rusine Jean Marie Vianney wahoze mu Ngabo z’u Rwanda, RDF na mugenzi we bafashwe ku wa 7 Mutarama binyuze mu bikorwa by’umutwe udasanzwe w’Ingabo za Congo uzwi nka Hibou Special Forces.
Rusine yinjiye muri FLN mu 2018 nyuma yo kwirukanwa mu Ngabo z’u Rwanda kubera guhamwa n’ibyaha by’ubujura. Yirukanwa yari afite ipeti rya Lieutenant.
Col Irombe wari ushinzwe urukiko rwa gisirikari rwa FLN yavutse mu 1967,mu cyahoze ari Komini Tare ubu ni Gakenke. Amashuri yisumbuye yayize muri Seminari nto ya Rwesero.
Ubwo ingabo za RPA zahagarikaga Jenoside ingabo za FAR zigahungira muri Congo, Irombe yakomereje amashuri ye muri Kaminuza ya Lubumbashi mu bijyanye n’amategeko. Mu mirimo yakoze harimo kuba Komiseri mu bucamanza bwa FDLR, ndetse yabaye Umunyamabanga wihariye wa Col.Bigaruka.
Ifatwa ry’aba bagabo ryakurikiwe n’urupfu rwa Lt.Col Butera Didier wari umujyanama muri FLN wishwe n’ingabo za Congo.
Imirwano imaze hafi icyumweru ihanganishije ingabo za Leta ya Congo n’inyeshyamba za CNRD/MRCD ahitwa Muzimu na Kigoma ho muri Uvila, muri Kivu y’Amajyepfo imaze kugwamo abarwanyi ba FLN bagera kuri 36 ndetse n’ibirindiro by’izo nyeshyamba bikaba bimaze kwigarurirwa n’Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Kuva abayobozi bakuru ba FLN barimo Nsabimana Callixte Sankara wari umuvugizi wawo, Nsengimana Herman wamusimbuye na Paul Rusesabagina bafataga nka ‘sebuja’ bafatwa, ahazaza hawo kimwe n’ah’abandi barwanya ubutegetsi bw’u Rwanda hakomeje kujya mu kaga kuko abayigize badasiba gupfa no gufatwa umunsi ku wundi.
Col Irombe yoherejwe mu Rwanda
source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/col-irombe-na-capt-rusine-ba-fln-boherejwe-mu-rwanda
-
MINAGRI yafatiye ingamba indwara y’Uburenge yongeye kugaragara mu Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Itangazo rya Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr. Gerardine Mukeshimana ryo ku wa 06 Mutarama 2021, rirasaba abantu bose by’umwihariko aborozi bo mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Kirehe ko hagaragaye ibimenyetso by’indwara y’uburenge mu nka zororerwa muri uwo Mudugudu.
Iri tangazo rivuga kandi ko ashingiye ku itegeko no 54/2008 ryo kuwa 10/09/2008 rigenga uburyo bwo kwirinda no kurwanya indwara zanduza amatungo mu Rwanda, ashingiye nanone ku miterere y’iyo ndwara n’uko yanduza vuba, mu rwego rwo kurwanya iyi ndwara y’uburenge, kuyikumira no kwirinda ikwirakwira ryayo, aramenyesha abantu bose, inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano ko ingendo z’amatungo (inka, ingurube, ihene n’intama) ku mpamvu iyo ari yo yose (kororwa, kugurishwa, kubagwa n’ibindi) ko zihagaritswe mu karere ka Kayonza kose.
Umukozi w’Akarere ka Kayonza uyobora ishami ry’ubuhinzi, ubworozi n’umutungo kamere, Muhayimana Cyprien, avuga ko ibimenyetso by’indwara y’uburenge byari bimaze ibyumweru bibiri bigaragaye mu nzuri enye zegeranye zo muri uwo mudugudu wa Mucucu.
Avuga ko bataramenya aho bwaba bwaraturutse. Avuga ko ikihutiwe ari ugufata amaraso ajyanwa muri Laboratwari ikaba ari na yo yagaragaje ko ari uburenge.
Icyakurikiyeho ngo amatungo yose yo muri ako gace yarakingiwe.
Ati “Amatungo yose twamaze kuyakingira ariko n’ubundi turakomeza gukurikirana.”Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Murenzi Jean Claude, avuga ko inka 54 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi kubera kugaragaraho indwara y’uburenge. Asaba aborozi gukurikirana amatungo yabo no kumenyesha inzego z’ubuvuzi bw’amatungo igihe babonye hari icyahindutse ku buzima bw’amatungo yabo.
Agira ati “Ntitwamenya aho indwara yaturutse ariko inka 54 zagaragaweho ibimenyetso by’uburenge zamaze gukurwa mu bworozi. Gusa aborozi turabasaba gukurikirana amatungo yabo babona hari ikidasanzwe ku buzima bwayo bakamenyesha abavuzi bayo.”
Mu itangazo rya Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi ryo ku wa 06 Mutarama 2021, yibukije ko umuntu wese uzakora ibinyuranyije n’amabwiriza yatanze yo gukumira uburenge ko azahanishwa ibihano bikubiye mu ngingo ya 134 na 159 zo mu itegeko no 54/2008 ryo ku wa 10/09/2008 rigenga uburyo bwo kwirinda no kurwanya indwara zanduza amatungo mu Rwanda.
Indwara y’uburenge yaherukaga kugaragara mu matungo mu Ntara y’Iburasirazuba muri Kamena 2020 aho ku wa 24 uko kwezi hahagaritswe ingendo z’amatungo mu mirenge ya Gahini, Mwili na Murundi na Ndego yo mu Karere ka Kayonza, mu mirenge ya Rwimbogo, Kabarore na Kiziguro yo mu Karere ka Gatsibo no mu mirenge ya Nasho na Mpanga mu Karere ka Kirehe.
Icyo gihe nabwo ntihatangajwe aho ubwo burenge bwaturutse.
-
Kayonza: Polisi yafatanye umuturage urumogi na litiro 22 za Kanyanga – #rwanda #RwOT
Uwo mugabo yafashwe tariki ya 7 Mutarama afatirwa mu Murenge wa Murundi mu Kagari ka Karambi mu Mudugu wa Rumuri aho yacururizaga ibyo biyobyabwenge.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko gufatwa k’uwo muturage kwaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bari babizi ko abicuruza.
Yagize ati “Ni muri ya mikoranire myiza n’abaturage mu kwicungira umutekano, abaturage bahaye amakuru abapolisi ko acuruza urumogi na Kanyanga. Bahise bategura igikorwa cyo kumufata bajya iwe koko basanga afite biriya biyobyabwenge byose byavuzwe haruguru.”
CIP Twizeyimana yashimiye abaturage bakomeje kugaragaza uruhare rwabo mu gukumira ikintu cyose cyahungabanya umutekano wabo. Yibukije abantu ko kwishora mu biyobyabwenge ari icyaha kandi biri mu bihungabanya umutekano w’abaturage.
Ati “Icyo duhora dukangurira abaturage ni ukwirinda kwishora mu biyobyabwenge mu rwego rwo kwirinda ibihano bazahabwa bamaze gufatwa. Byongeye kandi ibiyobyabwenge ni intandaro y’ibindi byaha byose tubona mu muryango nyarwanda nko gukubita no gukomeretsa, ubujura,amakimbirane mu miryango n’ibindi byaha bijyanye n’ihohotera.”
Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Murundi kugira ngo bakorerwe idosiye.
Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira inzoga zikozwe mu buryo budakurikije ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge n’andi mategeko mu biyobyabwenge byoroheje.
Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu Gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) ariko atageze kuri miliyoni icumi (10.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.
-
Amateka y’imyambaro mu Rwanda – #rwanda #RwOT
Kubera ko nta nganda zikora imyambaro u Rwanda rwari rufite, Abanyarwanda bakoraga imyambaro mu bikoresho bisanzwe babona hafi, birimo ibiti ndetse n’impu z’inyamaswa.
Kwambara kandi byashingiraga ku kigero cy’imyaka umuntu afite, uko akura ava mu bwana, ubwoko bw’umwambaro we bukagenda buhinduka gutyo gutyo.
Inzobere mu mateka Nsanzabera Jean de Dieu, yabiwiye IGIHE ko kwambara byakorwaga ariko mu buryo butandukanye n’ubw’ubu.
Ati “Mu mateka y’u Rwanda, Abanyarwanda bahoze bambara. Abavuga ko Abanyarwanda batambaraga sinzi aho babikura, ahubwo bagiraga ikigero umuntu atangira kwambariramo.”
“Umuntu yatangiraga kwambara afite imyaka 10, ni bwo yatangiraga kwambara imyambaro. Muri ibyo bihe, nibwo hatangiye kuboneka imyambaro y’abangavu iri ukwayo, iy’abasore, iy’abagabo, ingimbi ndetse n’abagore yose iri ukwayo hakaba n’igenewe abami n’abatware ukwayo.”
Imyambaro yo hambere yabaga ikozwe mu mpu n’ibiti
Abanyarwanda bo hambere bakoresheje ubwenge bwabo mu kurema imyambaro mu bishishwa by’ibiti n’impu zikomoka ku nyamaswa zitandukanye.
Nsanzabera, yavuze ko n’ubwo nta nganda zabagaho icyo gihe, Abanyarwanda bari bafite uburyo bwa gakondo bwo gukoramo imyambaro ijyanye n’umuco wabo, kandi bakambara bakaberwa.
Ati “Imyambaro myinshi abantu bambaraga mbere yavaga mu mpu z’inyamaswa cyangwa mu bishishwa by’ibiti nko mu mivumu cyangwa mu bivovo by’insina, aho ni ho Abanyarwanda bakuraga imyambaro.”
Yanasobanuye kandi ko Abanyarwanda bambaraga bitewe n’ikigero umuntu agezemo, ati “Batangiraga kwambara mu gihe cy’ubwangavu n’ubugimbi, abangavu bambaraga inshabure ndetse n’imyenda bitaga indengera. Ibi bikaba byarabaga bikoze mu biti no mu ruhu bifite utuntu dutendera bitaga indengera.”
“Ingimbi zambaraga imyenda bitaga uruyonga rwabaga rukoze mu ruhu, naho abasore n’abagabo bambaraga uruhu rw’inyana, abagore bo bakambara inkanda n’ibicirane.”
Yavuze ko abami n’abatware bambaraga uruhu rukoze mu ngwe, mu rwego rwo kugaragaza icyubahiro n’igitinyiro bari bafitiwe.
Ati “abami n’abatware bambaraga imyambaro ikoze mu mpu z’ingwe, ariko ahanini bagakenyera uruhu urundi bakarwitera, bambaraga imyambara ikoze mu ruhu rw’ingwe kuko ari inyamaswa ikomeye mu kugaragaza icyubahiro cyabo.”
Usibye imyambaro yo guhisha ubwambure, Abanyarwanda banambaraga imitako ku mubiri bagamije kurimba gusa.
Nsanzabera yagize ati “Aba kera na bo bagiraga imitako bambaraga. Nko mu mutwe hari urugori bategaga ndetse n’ibyo bitaga urunigi, naho aho uruhu rwagarukiraga ku birenge no ku maguru bakambara ibyo bitaga inyereri n’ubutega ku buryo utabasha kubona imirundi yabo cyangwa ipfundiko zabo.”
Kera habagaho abantu bakora imyambaro nk’umwuga
Kera habagaho icyiciro cy’abantu bafite ubuhanga bwihariye mu gukora imyambaro, bakabita abakannyi.
Nsanzabera yavuze ko muri buri gace k’igihugu habaga itsinda ry’abantu bashinzwe kujya gushaka impu zagombaga gukorwamo imyambaro, ndetse iryo tsinda rikagira ahantu rishyira imyambaro ryakoze ku buryo abayikeneye bajya kuyishakirayo.
Yagize ati “Ahantu aho ari ho hose bagiraga ikimeze nk’uruganda rukora imyambaro. Nk’imyambaro ikozwe mu mpu bagiraga ahantu bitwaga abakannyi bashinzwe gutunganya impu z’inyamaswa bahize cyangwa bakajya guhiga inyamaswa bakazikuraho impu bakazigurisha n’abantu bashaka kwambara.”
“Hakaba n’izo bakuraga ku matungo nk’ihene cyangwa inka n’intama, ariko habaga abantu b’inzobere muri uwo murimo wo gukana impu, ndetse n’abagenewe gushishura ibiti bakabikoramo imyenda yo kwambara abantu bakazaza kugura.”
Imyambaro dukoresha uyu munsi yageze mu Rwanda mu 1642
Ku ngoma ya Yuhi Mazimpaka, ahagana mu 1942, nibwo abanya-Portugal bageze muri Aka Karere ka Afurika, kandi baje bitwaje imyambaro yaje no kugera mu Rwanda, harimo imikenyero n’imyitero.
Nsanzabera yagize ati “Ku ngoma y’umwami Yuhi Mazimpaka, ni bwo imyenda yatangiye gusakara muri aka Karere ka Afurika y’Iburasirazuba izanywe n’Abanya-Portugal bakayigeza ku cyambu cya Mombasa, ubundi Abarabu bayisakaza muri aka Karere.”
Mu myambaro aba banyamahanga bazanye mu Rwanda bwa mbere, yabaga ijya kumera nk’iyari isanzwe ifitwe n’Abanyarwanda, kandi nta myambaro y’abagabo cyangwa abagore yabagaho.
Ati “Iyo myenda bazanye yari iyi twambara cyane cyane icyo gihe kuko Abanyarwanda bari bafite umuco wo gukenyera, bambaraga imikenyero bakanitera ariko hazamo n’inigi za kizungu, amasaro n’imitako.”
“Kuko Abanyarwanda bose bamenyereye gukenyera no kwitera, yaba abagore n’abagabo, barakenyeraga bakitera, nta watandukanyaga umwenda kuko bose bambaraga ibisa.”
Yashimangiye ko itandukaniro ryagaragaraga mu gice cyo hejuru, ati “cyakoze mu gihe cyo hambere byatandukanaga nko hejuru ku mashati n’imipira, nibyo byabaga bitandukanye ariko indi myenda isanzwe yo gukenyera no kwitera byo byabaga ari bimwe.”
Imyambaro igezweho yari igoye kuyibona mu bihe byo hambere
N’ubwo hari ababanje kwinangira kwambara ubu bwoko bushya bw’imyenda, Abanyarwanda benshi muri rusange bitabiriye kwambara ndetse ahubwo iyi myambaro iza kuba mike, kuko yashakwaga n’abantu benshi.
Yagize ati “abanyarwanda ntago ari abantu badakunda umusirimuko ahubwo icyo bakunda ni umusirimuko ujyanye n’umuco wabo kuko mu muco tugira umuco wo guhahira igihugu imbuto n’amabako, ntago byigeze bibagora kubyakira ahubwo ni uko byabonaga umugabo bigasiba undi kuko byabaga bihenze.”
Nsanzabera yavuze ko Abanyarwanda basanzwe bakomeje kwambara imyenda isanzwe igizwe n’impu, ariko abami n’abatware bari mu byiciro byahawe imyambaro mu ba mbere, ati “ababashaga kubona imyenda vuba na bwangu ni abami n’abatware, abandi bakomeje kwambara impu zabo, ariko n’abami n’abatware n’ubwo babaga bafite iyo myenda kwabaga ari ukugaragaza ibyo bahashye mu mahanga ariko bagumanaga za mpu zabo.”
“Bakomezaga kwambara za mpu zabo z’ingwe kuko zabaga zigaragaza icyubahiro n’ubuhangage bukomeye nk’ubw’ingwe, iyi myenda ntabwo bayisubije inyuma ahubwo bayihaye umurongo w’uko bazajya bayambara.”
Imyambaro muri rusange yageze muri rubanda nyuma y’uko amadini atangiye gukwirakwira mu gihugu hose, ndetse Abanyarwanda batangiye gukoresha amafaranga.
Abantu kandi babanje gutinya kwambara imyenda kuko bavugaga ko ituma inka zigira ubwoba.
Ati “urabona nk’umuntu yakenyeraga uruhu, inka zamubonaga nk’umuntu ukenyeye uruhu. Ariko ibaze umuntu wambaye umwenda wera, inka zikabona asesekaye muri zo, urumva zagombaga gutinya kuko inka zo zabaga zimeze nk’umuntu, zarabaye ibimenyerezi na bo. Nibyo koko ni ko byagenze inka zaratinyaga.”
Si ku myambaro gusa kuko Abanyarwanda bagiye batungurwa n’ibindi bintu bishya batari basanzwe bazi, nk’igihe Umwami Rwabugiri yanyweraga mu icupa bwa mbere yari azaniwe n’Abarabu.
Nsanzabera yagize ati “Ni ikindi kigeze kubaho ku ngoma ya Rwabugiri, Abarabu bigeze kumuha icupa ribonerana kugira ngo ajye anyweramo. Kubera ko abantu batari barizi, bamubona ari gusomeramo umutsama bati ‘Rwabugiri usigaye uri igitangaza usigaye unywera mu isaro!’”.
“Urumva ko ibintu byose byabanje kubatonda ndetse bakabyita inzaduka, bakabyita n’andi mazina kuko batabaga babizi.”
Abashinja Abanyarwanda bo hambere kwambara ubusa baribeshya
Hari abantu bajya bavuga ko Abanyarwanda ba kera bambaraga ubusa bitewe n’uko amwe mu mafoto akunze kubagaragaza bambaye igice cyo hasi gusa. Nsanzabera yavuze ko ibyo ari ukwitiranya ibintu kuko kwambara ukikwiza byaterwaga n’icyiciro cy’imyaka.
Ati “Mu muco wa kera, barambaraga ariko ugasanga hari aho bahisha hasi, hejuru ntibahambare ariko bitewe n’ikigero cy’imyaka, cyane cyane abagore bakenyeraga uruhu n’inkanda, barangiza hasi y’amavi bakambaraho ubutega cyangwa inyereri kugira hatagira ubabonera ikimero cyangwa mu ntege zabo.”
“Rero iyo ikintu cyinjiye mu mateka kikamara kwemerwa kiba cyamaze kwemerwa. Abanyarwanda bo hambere bambaraga kuriya bitewe n’ikigero cy’imyaka ariko muzirikane ko habagaho n’imiziro ituma batajya ahabona kugira ngo batabasuzugura.”
“Ariko aho imyambaro iziye bamaze kuyemeza mu Rwanda, bashyizeho ibwiriza rivuga ko umunyarwanda agomba kwambara yikwije, ni ukuvuga ngo bya bindi bambaraga inyereri n’urutega bagira ngo batababonera amaguru, noneho babonye imyambaro bahise babishyira mu bikorwa.”
Yasobanuye ko nyuma y’umwaduko w’imyambaro, Abanyarwanda batangiye kwambara bakikwiza, bityo ko byamaze kuba igihango n’abandi bakwiye gukurikiza.
Yagize ati “Baravuga ngo Abanyarwanda bakwiye kwambara kandi bakambara bikwije. Noneho rero ikintu kimaze kuba amasezerano kikinjira mu muco buri wese aba agomba kugikurikiza.”
“Buriya mu muco n’amateka y’u Rwanda tugira umuco wo guhahira igihugu imbuto n’amaboko, niba rero twaragihahiye imyambaro tukagishyiriraho n’umurongo ngenderwaho wo kuyambara, iyo udakurikijwe byitwa guca umuco.”
Uru rugendo kuri ubu rugeze ahashimishije kuko hari na gahunda zizwi nka ‘Made in Rwanda’ yagize uruhare mu gufasha kuzamura umusaruro w’inganda z’imyenda muri rusange.
Abakannyi batunganyaga ibiti n’impu bikavamo imyenda
Abami n’abatware nibo babanje kubona imyambaro igezweho mu buryo bworoshye
Abanyarwanda ba kera bambaraga imirimbo irimo inigi
Abanyarwanda ba kera batangiraga kwambara bageze mu bwangavu n’ubugimbi
Abanyarwandakazi n’ubwo batambaraga hejuru ariko ntibageraga aho abagabo bari
Abanyarwanda bambaraga imyenda y’impu n’ibishishwa by’ibiti
Imyambaro igezweho yageze mu Rwanda bwa mbere ni imikenyero n’imyitero
Abami n’abatware ni bo ba mbere mu Rwanda bambaye imyenda igezweho
Abanyarwanda bambaraga imitako
Yuhi Mazimpaka ni we Mwami wa mbere wambaye imyambaro igezweho
Umwami Mutara III Charles Léon Pierre Rudahigwa ubwo yari mu ruzinduko mu Burayi yari yambaye imyenda igezweho
Umwami w’u Bubiligi yambika Umutware Rwubusisi impeta y’ishimwe mu 1955
Abanyarwanda bo ha mbere bakundaga kwambara imikenyero
Muri iki gihe imyenda yari itangiye gukwirakwira muri rubanda
Umwamikazi Rozaliya Gicanda yarambaraga akaberwa
Umutware Rwagataraka wo mu Kinyaga yifotoreza ku modoka yambaye imikenyero
Umwami Mutara III Charles Léon Pierre Rudahigwa n’Umwamikazi Rozaliya Gicanda ubwo bari mu ruzinduko i Burayi bari bambaye imyenda igezweho
Kuvuza ingoma ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi byakorwaga mu birori
Iyi ni inyogosho yo hambere “Amasunzu”
Uyu munsi hari habaye ubukwe bwo gusezerana bw’ Umwami Mutara III Charles Léon Pierre Rudahigwa n’Umwamikazi Rozaliya Gicanda ku wa 18 Mutarama 1942
Umutware Kamuzinzi wategetse mu Bugoyi
Umwami Kigeri V Ndahindurwa Jean Baptiste yarambaraga akaberwa
Uyu ni Umutware Nyirakigwene wambaraga ubutega bwinshi
Semugeshi; umutware wo mu Bufundu
Umwami Yuhi V Musinga mu mwambaro w’Ingabo z’Abadage
Mu myaka yo hambere, inzara yiswe “Ruzagayura” yakojeje hasi igihugu, maze abaturage barasonza karahava
Uyu yari ari kubumba akeso
Umwami Mutara III Charles Léon Pierre Rudahigwa n’abo bari kumwe bambaye bikwije
Uyu ni Umugabekazi Nyiramavugo III Radegonde Kankazi
Uyu ni Umugabekazi Nyiramavugo III Radegonde Kankazi
Uyu ni Umutware Sebaganji
Aha ni Astrida, quartier ya mbere y’ubucuruzi yubatswe i Butare
Umwami Kigeri V Ndahindurwa Jean Baptiste aganira n’Umwami w’u Bubiligi, yambaye bigezweho
Abagabo bo hambere ni uku bambaraga
Ifoto y’Umwami Yuhi V Musinga ari kumwe n’abahungu be, abatware n’abazungu
Igikomangomakazi bahetse mu ngobyi
Amasunzu
Abakobwa bambaye inshabure
Umwamikazi Nyiragahumuza yakenyeye
Umwami Yuhi V Musinga ari mu buhungiro i Kamembe
Umwami Kigeli V Ndahindurwa akikijwe n’abari bagize Inama Nkuru y’u Rwanda, bambaye bigezweho
Aha Rudahigwa yari mu Burayi
Ifoto igaragaza Paul Kagame ataraba Perezida ubwo yari yasuye Umwamikazi Rozaliya Gicanda
Umwami Yuhi V Musinga
Umwami ahagaze imbere y’ingoro ye yumva ibibazo by’abaturage



Abakobwa bambaye inshabure





Bucyana (iburyo) yiganye na Rudahigwa, akajya amuserereza ko ataba umwami
Umutware Aloys Semutwa wayoboraga i Save, niwe mutware wa mbere mu Rwanda wayobotse idini ry’abazungu
Umwami Mutara III Charles Léon Pierre Rudahigwa aganira n’abazungu
Umwami Musinga yambaye ishabureAmafoto mu izurashusho: Alphonse Kilimobenecyo
source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amateka-y-imyambaro-mu-rwanda



