Category: Uncategorized

  • Mesut Ozil yahishuye ikipe y'abakinnyi 11 beza yakinannye nabo muri Arsenal biganjemo inshuti ze #rwanda #RwOT

    Mu biganiro yagiranye n'abafana be kuri Twitter mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere,yavuze ko yakuze afana Fenerbahce ndetse ayifata nka Real Madrid yo muri Turkia gusa anahishura abakinnyi 11 beza yakinannye nabo muri Arsenal.

    Kuva mu kwezi kwa 3 umwaka ushize,Mesut Ozil ntarakina n'umunota n'umwe mu ikipe ya Arsenal ndetse ikipe yashatse kumugurisha arabyanga,avuga ko agomba kurangiza amasezerano ye amuhesha akayabo k'ibihumbi 350 by'amapawundi ku cyumweru.

    Mesut Ozil yavuze ko ikipe y'abakinnyi 11 beza yakinannye nabo harimo : Alexis Sanchez, Santi Cazorla, Aaron Ramsey, Laurent Koscielny,Pierre-Emerick Aubameyang, Bacary Sagna, Per Mertesacker,Serge Gnabry nawe yishyiramo.

    Icyatunguye abantu benshi nuko uyu mudage ufite inkomoko muri Turkia yahisemo umunyezamu David Ospina imbere ya Bernd Leno bakinana ubu n'umunyabigwi Petr Cech.

    Muri uru rutonde Ozil yatanze,higanjemo abakinnyi b'inshuti ze Sead Kolasinac,Gnabry n'abandi batandukanye gusa mu ikipe ya Arsenal ntabwo bakunzwe.

    Umwe mu bafana,yabajije Ozil impamvu akunda Fenerbahce,amusubiza ati 'Nakuze mfana Fenerbahce nkiri umwana mu Budage.Buri Mudage ufite inkomoko muri Turkia aba afite ikipe afana muri Turkia.

    Njyewe mfana Fenerbahce.Imeze nka Real Madrid yo muri Espagne.Ni ikipe ikomeye muri Turkia.

    Mu minsi ishize,Perezida wa Fenerbahce,witwa Ali Koc yatangaje ko bari hafi gusinyisha Ozil kurusha mbere uko byari bimeze.



    Mesut Ozil yashyize hanze ikipe y'abakinnyi beza yakinannye nabo muri Arsenal

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/mesut-ozil-yahishuye-ikipe-y-abakinnyi-11-beza-yakinannye-nabo-muri-arsenal

  • Rwamagana: RIB yataye muri yombi umugabo watemye abantu 2 umwe bikamuviramo urupfu #rwanda #RwOT

    Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha [RIB] rwatangaje ko muri iri joro ryakeye rwataye muri yombi uwitwa Semana Emmanuel w'i Rwamagana, ukurikiranweho icyaha cyo gukomeretsa bikomeye Rumanzi Egide bikamuviramo urupfu. Yanakomerekeje bikomeye Mukakalisa Annonciata.RIB ivuga ko afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kigabiro.

    RIB ivuga kandi ko ikomeje iperereza kugira ngo hamenyekane icyatumye icyo cyaha gikorwa.

    Abagize umuryango wahohotewe bavuga ko Semana wafunzwe yakoze icyaha hari abandi bashungereye bagerageje no guhagarika imbangukiragutabara ngo itajyana abatemwe kwa muganga vuba, uwapfuye agihumeka.

    Minisitiri w'Ubutabera akaba n'Intumwa Nkuru ya Leta Johnston Busingye, yihanganishije umuryango wahohotewe n'ababuze ababo, yizeza ubutabera busesuye ku bagize uruhare muri ubwo bwicanyi.

    Yagize ati: 'Dutuze iperereza rikorwe, tuze kumenya neza ukuri. Iperereza no kwemeza ibyabaye kuri Twitter tubireke. Ababuze ababo Imana ibahe kwihangana.'

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/rwamagana-rib-yataye-muri-yombi-umugabo-watemye-abantu-2-umwe-bikamuviramo

  • Bwa mbere Schwarzenegger wamamaye nka Komando yanenze Trump bahuje ishyaka #rwanda #RwOT

    Ibi yabivuze mu butumwa yashyize ku rukuta rwe akoresha rwa Twitter kuri iki Cyumweru tariki 10 Mutarama 2021, anenga abashyigikiye Trump baherutse gutera Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika, bakarwana imirwano ikomeye na Polisi y'iki gihugu, ubwo abayigize bari bateranye ngo bemeze intsinzi ya Joe Biden watowe.

    Yagize ati 'Nshuti zanjye namwe baturage bi'igihugu cyacu ndashaka kubagezaho ubutumwa bugufi, Trump yagaragaje ko yibwe mu matora abeshyeshya abaturage ibinyoma. Ni umutegetsi watsinzwe. Azandikwa mu mateka nk'umuperezida wabayeho mu mateka mabi kurusha abandi twagize. Ikintu cyiza n'uko vuba aha azaba ameze nka tweet yashaje itagifite icyo ivuze.'

    Yananenze ishyaka ry'Aba- républicains Trump abarizwamo ryemeye gushyigikira ibinyoma bye, avuga ko gukunda igihugu ari ukucyitaho bitavuze gushyigikira Perezida.

    Nkuko twababigejeho ubushize tariki ya 8 Mutarama 2021 Urubuga Nkoranyambaga rwa Twitter rwafunze burundu konti yakoreshwaga na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rumushinja kutubahiriza amabwiriza arugenga mu butumwa akunze kurunyuzaho.

    Twitter yavuze ko ihangayikishijwe n'imyitwarire imaze iminsi iranga Trump, aho yagiye ashishikariza abamushyigikiye kwishora mu bikorwa by'imyigaragambyo, birimo ibyabereye ku Ngoro Ishinga Amategeko ya Amerika, bikagwamo abantu bane.

    Mubindi wamenya nuko Donald Trump nyuma yuko yemeye ko yatsinzwe na Joe Biden hadashize n'amasaha 24 yaje gutangaza ku rubuga rwe ko nyuma yuko abantu benshi bagiye babimubaza yeruye ko atazitabira umunsi wirahira rya Joe Biden tariki ya 20 Mutarama 2021.

    Schwarzenegger wanenze Trump n'abamushyigikiye, akomoka mu Autriche ariko afite ubwenegihugu bwa Amerika. Ubusanzwe amazina ye ni Arnold Alois Schwarzenegger. Yavutse ku wa 30 Nyakanga 1947.

    Yamamaye cyane mu ruganda rwa sinema rwo muri Amerika aba umwe mu birahirwa cyane ku Isi. Yabaye guverineri wa 38 wa Leta ya California guhera mu 2003 kugeza mu 2011.

    Yamamaye muri filime zirimo 'The Terminator', 'Commando', 'The Running Man', 'Predator' , 'Total Recall' , 'True Lies', 'Twins ', 'Kindergarten Cop', 'Junior', 'Jingle All The Way' n'izindi.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/bwa-mbere-schwarzenegger-wamamaye-nka-komando-yagize-icyo-atangaza-kuri-trump

  • Coronavirus yatumye Afurika y'Epfo ifunga imipaka y'ubutaka, birakomeye #rwanda #RwOT

    Perezida Cyril Ramaphosa wa Africa y'Epfo yatangaje ko imipaka yo kubutaka igomba gufungwa kugeza tariki 15 z'ukwezi gutaha kwa Gashyantare 2021, mu muhate wo kugabanya ikwirakwira rya Covid-19.

    Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere w'iki cyumweru,  Ramaphosa yavuze ko iki cyorezo ubu ari bwo kiri gukora ibara muri Africa y'Epfo, aho imibare y'abandura yarenze kure iyateganywaga mu nkubiri ya mbere y'iki cyorezo.

    Yavuze ko kuva ku munsi wa mbere w'uyu mwaka kugeza ubu hamaze kuboneka abanduye bashya hafi 190,000 kandi ubu hari abantu 15,000 bari mu bitaro kubera Covid-19.

    Intara ya KwaZulu Natal niyo ifite abantu benshi banduye mu byumweru bishize, ariko yavuze ko ubwandu mu ntara ya Gauteng buri kwiyongera bikomeye kandi biteganyijwe ko burushaho mu gihe abantu bari kuva mu biruhuko.

    Ingamba nyinshi zo kwirinda zafashwe mu kwezi kwa 12 ubu zizongerwa igihe. Kubuza ubucuruzi bw'inzoga birakomeje, imicanga yo kwidagaduriraho kunyanja irafunze, n'ibikorwa bihuza abantu birabujijwe.

    Perezida Ramaphosa yaburiye ko imihango yo gushyingura ikomeje kuba ahantu benshi bandurira. Yagize ati: 'Gushyingura bimaze kuba umutego w'urupfu ku bantu benshi', abashishikariza kuguma mu ngo zabo.

    Ramaphosa nkuko BBC ibitangaza, yavuze kandi ko gahunda yo gukingira iki gihugu giteganya izaba ari imwe muri gahunda zikomeye isaba ibikoresho byinshi kandi vuba. Yavuze ko doze miliyoni 20 bamaze kuzigura kandi zizagera mu gihugu mu mezi ari imbere, ndetse bari kuvugana n'izindi nganda zikora inkingo.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/coronavirus-yatumye-afurika-yepfo-ifunga-imipaka-yubutaka-birakomeye/

  • Meddy ntakibarizwa muri Association y'abafite inyinya,benshi bagaragaje agahinda yabateye,umukunzi we niwe ntandaro yo gufatanya INYINYA ye[IBITEKEREZO] #rwanda #RwOT

    Umwe mu bantu bafite inyinya, abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yatangaje amagambo agaragaza ko ababajwe nuko Meddy yavuye muri association y'abantu bafite inyinya.

    Abantu bagiye batandukanye bagiye bagaragaza agahinda gakomeye batewe no kuba umuhanzi nyarwanda Ngabo Medard wamenyekanye nka Meddy yafungishije INYINYA ye yaramaze kumenyekanaho cyane.Mu bitekerezo twabakusanyirije byatanzwe n'abatari bake babinyujije ku mbuga nkoranyambaga ni ibi bikurikira.

    Umwe yagize ati “Mu byukuri nka Association y'abafite inyinya tubabajwe no kuba Meddy yaratuvuyemo”,undi ati “Abazungu ni babi!!n'iya Papa Sava bayihoma da”……Oya iya Papa Sava twasanze yo ifitemo ubukure nta nyundo yayifasha keretse baguye mashwari yose”.

    Undi nawe yakomeje agir'ati “Nanjye nduva ngiye kubavamo….Nukuturangira natwe turaza gushiramo…..Nukuri pe bikomeje kutubabaza,ese ubu twakora iki ngo twongere tumusubirane….Biragoye ko twamusubirana….Nukuntu inyinya ye twayikundaga disi…ariko ntakundi “.

    Gufatanya inyinya ya Medddy ni igikorwa yakoze kikababaza abakunzi be hafi ya bose,nkuko bagiye babigaragaza ku bitekerezo batanze,ndetse bikaba bivugwa ko bishoboka kuba ari umukunzi we wabigizemo uruhare kugira ngo afate iki cyemezo cyaje gitunguranye mu maso y'abakunzi be biganjemo igitsina gore.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/meddy-ntakibarizwa-muri-association-y-abafite-inyinya-benshi-bagaragaje

  • Mu buryo butunguranye The Ben yagaragaye mu bafana bari bitabiriye irushanwa ryo muri Tanzania ryo gushaka abahanzi bafite impano #rwanda #RwOT

    Igice cy'iri rushanwa cyagaragayemo The Ben cyatambutse ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 10 Mutarama 2021.

    Mu bisa n'ibitunguranye iri rushanwa rigeze hagati, Idris Sultan yahaye ikaze umuhanzi w'umunyarwanda The Ben wari wicaye mu bafana bari bakurikiye irushanwa.

    The Ben utavuze amagambo menshi yasuhuje abari aho ubundi ababwira ko akunda abanyatanzania. Madam Ritha utegura iri rushanwa akaba ari na we ukuriye akanama nkempurampaka yamwakiriye amuganiriza mu Kinyarwanda, ibintu byatunguye uyu musore.

    Ati ' Urakomeye? Turanezerewe kukubona!'

    Kimwe n'abandi bari ahabereye irushanwa bagaragazaga abo bashyigikiye, The Ben na we yatoye, gusa yagiye irushanwa ritarangiye.

    The Ben aheruka muri Tanzania aho yari yaragiye mu bikorwa bya muzika, ndetse ni nabwo yagiye muri Bongo Star Search.

    Mu mwaka wa 2018 nabwo umuhanzi Meddy wari muri Tanzania, yasuye abari mu mwiherero w'irushanwa rya Bongo Star Search ari kumwe na Bob Pro.

    Iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 11, ryanyuzemo abahanzi bakomeye nka Harmonize, Peter Msechu n'abandi batandukanye.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/article/mu-buryo-butunguranye-the-ben-yagaragaye-mu-bafana-bari-bitabiriye-irushanwa

  • Bimwe mu bintu byagizwe ibanga rikomeye kuva kera hakabura urihishura numwe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Burya uko ugerageza kumenya byinshi kukintu bituma, ugenda ukigirira amatsiko, hari abantu benshi bahitamo gupfana amabanga yabo kuko bazi neza ko baramutse bayavuze bakiriho byateza impagarara yaba mu buzima bwabo ndetse n'ubw'abandi benshi.

    Kuriyi nshuro tugiye kubagezaho bimwe mu bintu byagizwe ibanga, hakaba haciyeho imyaka myinshi cyane abantu babyibaza ariko hakabura numwe umenya ukuri kwa nyako.

    1.Inkomoko ya SIDA

    Kuva mu mwaka wa 1980, hagiye habaho impaka nyinshi ku nkomoko y'icyorezo cya sida, ibi rero bituma bamwe bavuga ko yakomotse mu nyamaswa muri Africa. Gusa hari urundi ruhande ruhamya neza ko sida yakorewe mu nzu z'ubushakashatsi maze ikoherezwa hanze mu rwego rwo gukora intambara muburyo buhishe. Benshi ndetse bemeza ko sida yagiye ikoreshwa kenshi nk'intwaro yo gukandamiza rubanda rugufi dore ko kugeza nubu itarabonerwa umuti n'urukingo muriyo myaka yose.

    2.Urupfu rwa Hitler

    Kugeza ubu isi yose izi ko hitler yiyahuye, ndetse amateka menshi avuga ko uyu yapfuye kuwa 30 Mata 1945. Ariko se wakwibaza uti ukuri kwibi kwaba ari ukuhe ko nta bimenyetso bitangwa? Impamvu aya mateka atizerwa nuko higeze kugaragara dosiye zivuga ku buzima bwa hitler ndetse izi zikagaragaza ko uyu mugabo wateguye intambara y'isi, yakomeje akabaho na nyuma ya 1945. Ibi rero benshi barabyemera kuko bavuga ko ubwenge n'ubuhangange Hitler yari afite bitari gutuma yiyahura ahubwo ngo yaba yarahunze agakomeza kwiberaho atuje ariko akabikirwa ibanga muburyo bukomeye kugeza nubu. Igitangaje kurushaho nuko ikigo cy'iperereza muri America FBI gifite izi nyandiko zose zivuga ukuri ibi cyabigize ibanga rikomeye kugeza nubu.

    3.Ibikoze Coca Cola (formula)

    Wari uziko uburyo n'inzira zifashishwa mugukora umusemburo wa coca cola wagizwe ibanga ryo ku rwego rwo hejuru kugeza n'ubu? Kumenya ko iri banga rikomeye koko, nuko wamenya ko coca cola yemeye gufunga imiryango mu buhinde kubera leta y'icyo gihugu yabategetse kuvuga uko bayikora bitaba ibyo bagafunga imiryango, kuva ubwo coca cola yiyemeje guhagarika gukorera mu buhinde aho gutanga ibanga ryabo. Kugeza ubu bivugwa ko abakozi babiri ba coca cola ku isi hose, nibo bazi neza uko coca cola ikorwa aba ngo ntibemerewe kugenda mu ndege kugira ngo hato itazakora impanuka bose bagahita bapfa bagapfana iryo banga ryuko akazi gakorwa.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/bimwe-mu-bintu-byagizwe-ibanga-rikomeye-kuva-kera-hakabura-urihishura-numwe/

  • Abarinzi bose b'urugo rwa Bobi Wine batawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine uri mu bahatanira umwanya w'Umukuru w'Igihugu muri Uganda, yatangaje ko abasirikare b'igihigu bateye iwe mu rugo muri iki gitondo, bata muri yombi abaharinda bose.

    Bobi Wine yatangaje ko abarinda iwe mu rugo batawe muri yombi n'abasirikare, mu gihe habura iminsi ibiri yonyine ngo muri Uganda habe amatora akomatanyije y'Umukuru w'Igihugu n'ay'abagize Inteko Ishinga Amategeko.

    Bobi Wine uhagarariye Ishyaka NUP ari mu bazaba bahatanye na Perezida Yoweri Kaguta Museveni muri ariya matora, ndetse aza ku isonga mu bitezweho kumuha akazi gakomeye.

    Uyu mugabo yanditse kuri Twitter avuga ko nta mpamvu yatanzwe yo kuba abasirikare bateye urugo rwe, gusa avuga ko ibyakozwe ari ugusaza imigeri ku ruhande rwa leta ya Uganda.

    Ati: 'Muri iki gitondo abasirikare bagabye igitero iwanjye, bata muri yombi abarinzi bose ndetse n'umuntu uwo ari we wese bashoboraga kubona hafi y'iwanjye. Nta mpamvu y'itabwa muri yombi yatanzwe. Ibikorwa nkibi byo kudahana ni ugusaza imigeri ku ifarashi iri gusamba. '

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri biteganyijwe ko Perezida Museveni ageza ku banya-Uganda ijambo rijyanye n'amatora ateganyijwe ku wa Kane w'iki cyumweru.

    Bobi Wine ukunze kwibasira Perezida Museveni yavuze ko nta kindi ateganya kuvuga kitari ukubwira Isi ibyo ateganya gukora mu gihe cy'amatora harimo guta muri yombi abamushyigikiye, gusa ashimangira ko ibyo bidashobora kumuca intege mu rugamba rwo kubohora Uganda arimo.

    Ati: 'Gen. Museveni arashaka kubwira Isi ibyo ateganya gukora muri aya matora, ko ashobora guta muri yombi ikipe yose yamfashije mu bikorwa byo kwiyamamaza, abanyungirije n'abanshyigikiye. Mu ijoro ryakeye igisirikare cyongeye guta muri yombi incuti n'abavandimwe benshi, mbere y'iminsi ngo habe amatora. Abandi bari guhigwa.'

    Uganda igiye gukora amatora nyuma y'ibikorwa byo kwiyamamaza byaranzwe cyane n'imvururu, itabwa muri yombi rya hato na hato rya bamwe mu bakandida, imyigaragambyo ikomeye ndetse n'imeneka ry'amaraso ry'abarenga 50.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/12/abarinzi-bose-burugo-rwa-bobi-wine-batawe-muri-yombi/

  • Guverinoma ya Uganda yafatiwe icyemezo gikomeye cyane #rwanda #RwOT

    Guverinoma ya Uganda yakomwe mu nkokora n'urubuga nkoranyambaga rwa Facebook nyuma yo gufunga conti zayo iyishinja kuyobya abaturage no gutanga amakuru y'ibinyoma muri iki gihe cyegereza amatora muri iki gihugu ateganyijwe mu minsi ibiri iri imbere.

    Facebook yemeza ko amakonti akoreshwa na minisiteri y'itangazamakuru ya Uganda yabaye umuyoboro wo kubeshya rubanda ko ibyo leta ivuga birebana n'amatora ari ukuri gusa kandi ko bikunzwe cyane.

    Umuvugizi wa Perezida Museveni, Don Wanyama, yabwiye Ibiro Ntaramakuru bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Associated Press, ko 'ibyo Facebook yakoze ari ukwivanga mu matora ya Uganda.'

    Yakomeje agira ati: 'Niba abantu bari bakibishidikanyaho ko amahanga yivanga mu matora yacu, noneho biboneye ubwabo ikimenyetso simusiga.'

    Iyi nkuru dukesha VOA yibutsa ko muri aya matora ateganyijwe kuri uyu wa Kane, itariki 14 Mutarama 2021, abakandida bagera kuri 11, barimo umugore umwe na Museveni uzaba uhatanira manda ya 6, ari bo bazaba bahanganye.

    Umukandida uhangayikishije ubutegetsi buriho ni umuhanzi Bobi Wine, wabaye umunyapolitiki, kuri ubu akaba ari umudepite uhagarariye Kyandondo.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/12/guverinoma-ya-uganda-yafatiwe-icyemezo-gikomeye-cyane/

  • Umuntu wari warashimuse konti ya ShaddyBoo yatangiye gushyira amafoto ye hanze – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize twababwiye inkuru yuko konti ya Snapchat ya ShaddyBoo yashimuswe. Ntibyateye kabiri kuko bwakeye ShaddyBoo  yongeye gusubirana konti ye. Uwari washimuse konti ya Shaddyboo akimara kumenya ko nyirubwite yayisubiranye yamugabyeho ibitero by'iterabwoba amubwira ko natayimusubiza arashyira hanze amafoto agaragaza ibibero bye gusa Shaddyboo yanze kuyimusubiza ahubwo ahitamo kwishyirira  hanze ayo mafoto uwari yarashimuse konti ye yashakaga gushyira hanze.

    Dore ibyo uwari warashimuse konti ya ShaddyBoo yamwandikiye

    Nkuko bigaragara mu byo uyu muntu wari washimuse konti ya Shaddyboo yatangaje harimo nuko ngo yashakaga gushyira hanze amafoto ya Shaddyboo ndetse yahise anayamwereka gusa Shaddyboo nawe akorwsheje imbuga nkoranyambaga ze arizo Twitter na instagram yahise nawe ashyira hanze ayo mafoto mbere yuko uyu muntu ayashyira hanze.

    Ayo mafoto ni aya akurikira:

     

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umuntu-wari-warashimuse-konti-ya-shaddyboo-yatangiye-gushyira-amafoto-ye-hanze/