Category: Uncategorized

  • Wa mugore umwe rukumbi wakatiwe urwo gupfa muri Amerika, yanyonzwe #rwanda #RwOT

    Lisa Montgomery, umugore umwe rukumbi wari ku rutonde ruhari ubu rw'abaciriwe urubanza rwo gupfa muri Amerika yamaze kunyongwa azira icyaha cy'ubwicanyi. Niwe mugore rukumbi uhawe iki gihano mu myaka hafi 70 ishize.

    Lisa, yatewe urushinge rwica muri gereza y'ahitwa Terre Haute muri Leta ya Indiana nyuma y'uko urukiko rukuru rw'igihugu rukuriyeho ingingo yo ku munota wa nyuma yo kwigiza inyuma iryo nyongwa.

    Uru rubanza rwari rumaze igihe kirekire rukurikiranwa cyane n'abantu benshi kubera abamwunganira mu mategeko bavugaga ko yari arwaye mu mutwe kubera ihohotera yagiriwe akiri umwana.

    Uyu mugore wari ufite imyaka 52, yanize umugore wari utwite inda y'imvutsi, aramusatura maze atwara umwana. Uyu mubyeyi Bobbie Jo Stinnett yari afite imyaka 23, icyo gihe yavuye amaraso menshi bimuviramo gupfa.

    Montgomery ni we mugore wa mbere anyonzwe na Leta ya Amerika mu myaka 67 ishize. Nk'uko bivugwa n'ababibonye, umugore wari uhagaze iruhande rwa Montgomery igihe yari agiye kunyongwa, yamwambuye igitambaro cyari kimupfutse mu maso hanyuma amubaza nimba hari ijambo rya nyuma afite avuga.

    Montgomery yasubije ati 'Oya', nta rindi jambo yasubiye kuvuga. Byatangajwe ko yamaze gupfa I saa moya n'igice z'ijoro mu masaha yo muri iyo leta, ni ukuvuga I saa mbiri n'igice zo mu gitondo ku masaha yo mu Burundi no mu Rwanda.

    Umwunganirizi we, Kelley Henry, avuga ko umuntu wese wagize uruhare mu kunyonga uyu mugore 'akwiye kwumva isoni'.

    Mu itangazo yasohoye yavuze ati: 'Leta ntacyo itakoze mu gushaka kwica uyu mugore wari warononekaye. Iyicwa rya Montgomery nta butungane na buto bwagiyemo'.

    Iyicwa ryiwe ryasubitswe inshuro ebyiri zose, aho ubwa mbere kubera Covid-19, nyuma risubikwa n'umucamanza gushyika aho urukiko rukuru rwa Amerika rutangiye uburenganzira bwo kumunyonga mu masaha ya kare cyane kuri uyu wa gatatu tariki 13 Mutarama 2021.

    Kuva mu 2008, Montgomery yari apfungiwe muri gereza ya Texas risanzwe rifungirwamo abagore bafite ibibazo, aho yakomeje akurikiranirwa.

    Kuva amenyeshejwe itariki yo kunyongerwaho, yahise ashyirwa mu cyumba cya wenyine aho yakomeje akurikiranwa kugira ngo ntahave yiyahura.

    Umugore wa nyuma waherukaga kunyongwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, ni Bonnie Heady, yishwe ashyizwe mu cyumba kirimo ibyuka byica i Missouri mu mwaka w' 1953, nk'uko bivugwa n'ikigo gishinzwe gutanga amakuru y'ibihano by'urupfu. Amerika yari yahagaritse imanza zo kunyongwa mu gihe cy'imyaka 17 yose, mbere y'uko Perezida Donald Trump ategeka ko zikomeza mu ntangiriro z'umwaka ushize wa 2020.

    Soma hano inkuru bisa; Umugore wa mbere muri Amerika agiye kunyongwa mu myaka hafi 70 ishize

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/wa-mugore-umwe-rukumbi-wakatiwe-urwo-gupfa-muri-amerika-yanyonzwe/

  • Umusirikare w'u Rwanda yaguye muri Centrafrique, undi arakomereka – #rwanda #RwOT

    Intumwa y'Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye muri Centrafrique, Mankeur Ndiaye, yihanganishije umuryango w'umusirikare witabye Imana 'n'Ingabo z'u Rwanda hamwe na Guverinoma y'u Rwanda'.

    Itangazo rya Minusca rivuga ko usibye uwo musirikare wapfuye, hari undi umwe wakomerekeye muri icyo gitero. Amakuru IGIHE yabashije kumenya ni uko uwakomeretse ari mu buryo bworoheje.

    Minusca yamaganye iki gitero cyagabwe n'imitwe yishyize hamwe ya anti-Balaka, UPC, 3R na MPC ishyigikiwe na François Bozizé wigeze kuyobora iki gihugu.

    Ahagana saa Yine z'igitondo mu nkengero z'Umujyi wa Bangui humvikanaga amasasu menshi, mu bice bya PK12 na PK9. Amasasu arimo ay'imbunda nini yumvikanaga kandi ku misozi iri muri utwo duce harimo uwa Koukoulou, Vodambala na Pindao.

    Kugera saa Yine z'igitondo, muri ibyo bice amasasu ntiyari acyumvikana cyane ahubwo yumvikaniraga kure. Minisitiri w'Intebe wa Centrafrique, Firmin Ngrébada, yatangaje ko ari igitero cyagabwe n'abarwanyi b'ihuriro CPC (Coalition des patriotes pour la Centrafrique) ariko ko abo barwanyi bashakaga kwinjira mu Mujyi wa Bangui basubijwe inyuma.

    Magingo aya, mu Mujyi wa Bangui, moto zabujijwe gukora ingendo aho zizasubukura ibikorwa ari uko hatanzwe amabwiriza mashya. Ni zo akenshi abarwanyi b'iyi mitwe bakunda gukoresha mu ngendo zabo.

    Abaturage basabwe kugira uruhare mu gucunga umutekano, batanga amakuru ku bashinzwe umutekano mu gihe babonye ikintu icyo aricyo cyose kigamije kuwuhungabanya.

    Ifoto igaragaza amarembo y’Ikigo cy’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umusirikare-w-u-rwanda-yaguye-muri-centrafrique-undi-arakomereka

  • Abaganga babiri bafunzwe bakurikiranyweho gutanga ibyangombwa by'ibihimbano – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 11 Mutarama 2021 nibwo batawe muri yombi bazira gukoresha inyandiko mpimbano. Abaganga bafunzwe barimo umwe ukora mu bitaro bya leta byo mu Mujyi wa Kigali n'undi mugore w'imyaka 64 ufite ivuriro ryigenga.

    Bose hamwe n'abo bahaye ibyo byangombwa bakurikiranyweho icyaha cyo guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano, aho bahimbye kandi bagakoresha inyandiko zigaragaza ko bafite 'ubuzima buzira umuze'.

    Ibyo byangombwa byatangwaga n'Ivuriro ryigenga riba mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Muhima, Akagari ka Nyabugogo, Umudugudu w'Ubucuruzi ku bufatanye bw'uwo muganga ukorera mu bitaro bya leta kuko biriho umukono na kashe bye.

    Abafashwe bafungiye kuri Station ya RIB ya Remera, Kimironko n'iya Kacyiru mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Umuvugizi w'Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yasabye abaturarwanda kwirinda ibyaha nk'ibi kuko uzabijyamo wese atazihanganirwa.

    Ati 'RIB iributsa Abaturarwanda ko gukoresha inyandiko zitavugisha ukuri cyangwa mpimbano ari icyaha, ko itazihanganira uwo ariwe wese uzafatwa yagikoze inibutsa abantu ko ari icyaha gihanwa n'amategeko.'

    Guhimba inyandiko cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano bihanwa n'ingingo ya 276 y'itegeko riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange. Iyo guhimba byakozwe n'umukozi wa leta mu murimo ashinzwe cyangwa n'undi ushinzwe umurimo w'igihugu; iyo abihamijwe n'urukiko ahabwa igifungo kitari munsi y'imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka 10 n'ihazabu ya miliyoni 2 Frw ariko itarenze miliyoni 3 Frw cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

    Ni mu gihe umuntu wese uzi ko inyandiko ari impimbano, akayikoresha ku buryo ubwo ari bwo bwose aba akoze icyaha; iyo abihamijwe n'urukiko afungwa imyaka itari munsi y'itanu ariko itarenze irindwi n'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko atarenga miliyoni 5 Frw cyangwa kimwe muri ibyo bihano.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abaganga-babiri-bafunzwe-bakurikiranyweho-gutanga-ibyangombwa-by-ibihimbano

  • Umusirikare w'u Rwanda mu ngabo za UN yaguye mu mirwano muri Centrafrica #rwanda #RwOT

    Umusirikare w'umunyarwanda uri mu butumwa bw'amahoro bwa UN muri Centrafrique yiciwe mu mirwano hagati y'inyeshyamba n'ingabo za leta zifatanyije n'iza UN hafi y'umurwa mukuru Bangui, nk'uko bitangazwa na MINUSCA.

    Itangazo ry'umuvugizi w'ubu butumwa, rivuga ko igitero cyabaye kuri uyu wagatatu tariki 13 Mutarama 2021 cyasubijwe inyuma n'ubufatanye bw'izi ngabo za UN hamwe n'iza Leta.

    Ni ubwa mbere muri iki gihugu hiciwe umusirikare w'u Rwanda kuva hakongerwa ingabo za MINUSCA, u Rwanda n'Uburusiya nabyo bikoherezayo ingabo ubwo amatora yari yegereje mu kwezi gushize.

    MINUSCA, ivuga ko inyeshyamba zateye nazo zahatakarije abantu abandi bagafatwa, ivuga kandi ko umusirikare umwe uri muri ubu butumwa bwa UN yakomekeye mu mirwano.

    Igitero cyo kuri uyu wa gatatu cyagabwe n'inyeshyamba zishyize hamwe za anti-Balaka, UPC, 3R na MPC, zishyigikiwe n'uwahoze ari perezida w'iki gihugu François Bozizé, nk'uko MINUSCA ibivuga.

    Mu mpera z'ukwezi gushize nkuko BBC dukesha iyi nkuru ikomeza ibitangaza,  abasirikare batatu b'u Burundi bari muri ubu butumwa bwa MINUSCA bishwe n'inyeshyamba mu mirwano ahitwa Dékoa mu ntara ya Kémo.

    Ibintu byarushijeho kumera nabi muri iki gihugu mbere gato y'amatora yabaye mu kwezi gushize, Faustin-Archange Touadéra niwe wayatsinze ku majwi 54%.

    François Bozizé yangiwe kwiyamamaza muri aya matora, yafashije imitwe y'inyeshyamba iri kugaba ibitero ahatandukanye mu gihugu kuva mbere y'ayo matora.

    Mbere y'ayo matora ibihugu by'Uburusiya n'u Rwanda byohereje abasirikare amagana kurengera ubutegetsi bwa Touadera, biyongera ku bariyo mu butumwa bwa MINUSCA.

    Nta mahoro arambye kuva ku bwigenge bw'iki gihugu

    Centrafrique ntabwo yagize amahoro arambye kuva mu myaka ya 1960 yabona ubwigenge.

    Mu 2013 yaguye mu kaga ubwo inyeshyamba z'Abayisilamu zitwa Seleka zafataga ubutegetsi zihiritse Bozize mu gihugu gituwe ahanini n'Abakiristu.

    Itsinda ry'inyeshyamba ziyise anti-balaka zahagurukiye kurwanya Seleka.

    Ku gitutu cy'amahanga, mu 2014 Seleka yahaye ubutegetsi guverinoma y'inzibacyuho, gusa ubwicanyi bwarakomeje mu gihugu nubwo hari ingabo za ONU n'iz'Ubufaransa.

    Amatariki y'ingenzi mu mateka ya Centrafrique:

    1880 — Ubufaransa bwafashe aka gace, buhagira akarere kabwo k'ubucuruzi.

    1960 — Iki gihugu cyabonye ubwigenge, David Dacko aba perezida, ashyiraho ubutegetsi bw'ishyaka rimwe.

    1965 — Dacko yahiritswe ku butegetsi n'umukuru w'ingabo, Jean-Bedel Bokassa, wahise yiyita umwami w'abami 'w'Ubwami bwa Africa yo hagati'.

    1979 — Bokassa yahiritswe ku butegetsi n'abashyigikiwe n'ingabo z'Ubufaransa.

    1981 — Umukuru w'ingabo Andre Kolingba yafashe ubutegetsi.

    1993 — Ange-Felix Patasse yatsinze amatora, arangiza ubutegetsi bw'abasirikare bw'imyaka 12.

    2003 — Uwari ukuriye ingabo Francois Bozize yashinze inyeshyamba maze afata ubutegetsi ku ngufu.

    2009 — Ingabo za leta ye zahanganye n'inyeshyamba. UN yemeza kohereza ingabo zayo zo kugarura amahoro.

    2012 Ugushyingo — Umutwe w'inyeshyamba wa Seleka vuba vuba wafashe amajyaruguru n'ibice byo hagati mu gihugu, amaherezo n'umurwa mukuru, Bozize arahunga.

    2013 — Ubwicanyi bukomeye mu gihe abarwanyi bishingikirije ku madini ya Isilamu n'Abakiristu bashyamiranye.

    2014 — Michel Djotodia — wari uyoboye Seleka yahiritse Bozize — yavuye ku butegetsi. Catherine Samba-Panza ashyirwa ku butegetsi bw'inzibacyuho.

    2015 — Referendumu ku mpinduka mu itegekoshinga, yakurikiwe n'amatora ya mbere y'umukuru w'igihugu.

    2016 — Amatora y'umukuru w'igihugu, intsinzi yegukanywe na Touadera, wahoze ari minisitiri w'intebe kubwa Bozize.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/umusirikare-wu-rwanda-mu-ngabo-za-un-yaguye-mu-mirwano-muri-centrafrica/

  • Sadate Munyakazi azatanga asaga miliyoni 5 Amavubi natsinda Uganda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Sadate munyakazi wahoze ayobora Rayon Sports yiyemeje gutanga amadorali 100 kuri buri muntu werekeje muri Cameroun igihe u Rwanda rwaba rutsinze Uganda mu mikino ya CHAN2020.

    Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu taliki 13 Mutarama 2021, Sadate yagize ati: Nta kini navuga ku basore bacu, gusa uko bizagenda koseturabashyigikiye kuko ndabizi muzitanga bihagije, icyo mbisabiye ku mpamvu zanjye bwite ntimuzanteze UMUGANDE rwose muzatsinde ndetse n'intego ndayemeye rwose 100$ kuri buri muntu uri muri Cameroun iyo nsinzi niboneka.

    Amavubi yaserutse mu mwambaro wa Made In Rwanda

    Ikipe y'igihugu y'umupira w'amaguru, Amavubi yageze muri Cameroun uyu munsi aho yitabiriye imikino y'igikombe cy'Afurika cy'abakinnyi bakina imbere mu gihugu CHAN ryakabaye ryarabaye umwaka ushize ariko rikaza gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19.
    Mu gihe Amavubi yatsinda uyu mukino, Munyakazi Sadate yatanga Amadorali 530 akaba ari asaga gato miliyoni eshanu z'amafaranga y'u Rwanda dore ko iyi kipe yahagurukanye itsinda ry'abantu 53 harimo abakinnyi 30.

    Umukino uzahuza u Rwanda na Uganda uteganyijwe kuba taliki ya 18 Mutarama 2021 saa 200:00.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/sadate-munyakazi-azatanga-asaga-miliyoni-5-amavubi-natsinda-uganda/

  • Nyuma y'iminsi 3 gusa, Elon Musk ntakiri umuherwe wa mbere kw'isi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nyuma y'iminsi itatu gusa yari amaze ariwe muherwe wa mbere kw'isi, umuherwe Elon Musk yasubiye ku mwanya wa kabiri nyuma yo guhomba miliyari 14 z'amadorali mu munsi umwe.

    Nkuko ikinyamakuru Forbes gisanzwe gikora intonde zitandukanye cyabitangaje, imigabane ya Elon Musk muri sosiyete ye ikora imodokazikoreshwa n'amashanyarazi yitwa Tesla yahombye 8% bituma uyu mugabo ufite inkomoko muri Afurika ahomba asaga miliyali 13.5 z'amadolari bihita bimugira umukire wa kabiri kw'isi aho ubu umutungo we ubarirwa muri miliyari 176.2 z'amadorali.

    Elon Musk yafashe umwanya wa mbere mu baherwe isi ifite kuwa Gatanu w'icyumweru gishize aho yari asimbuye Jeff Bezos, umuherwe akaba nyir'urubuga rucururiza kuri internet rwa Amazon.

    Kuri ubu Jeff Bezos niwe muherwe wa mbere kw'isi, akaba afite miliyari 182.1 z'amadorali, aho arusha Elon Musk umukurikiye miliyari esheshatu z'amadorali ya Amerika.

    Nubwo Elon Musk yahombye ako kayabo kose, aracyarusha umuherwe wa gatatu kw'isi miliyari zisaga 20 z'amadorali ya Amerika kuko uyu muherwe w'umufaransa witwa Bernard Arnault atunze akayabo ka miliyari 154.6 z'amadorali ya Amerika.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/nyuma-yiminsi-3-gusa-elon-musk-ntakiri-umuherwe-wa-mbere-kwisi/

  • Pierre-Emerick Aubameyang yahishuye impamvu yasubiye inyuma n'icyo agiye gukora ngo yiyunge n'abafana #rwanda #RwOT

    Aubameyang ufite ibitego 3 gusa muri Premier League y'uyu mwaka,yavuze ko nawe yemera ko yasubiye inyuma ku rwego ruhambaye ariko ko afite intego yo gukomereza aho ikipe igeze akagaruka mu bihe byiza.

    Kwitwara nabi kwa Aubameyang kwatumye ikipe ye Arsenal ibura ibitego cyane ariyo mpamvu kugeza ubu iri ku mwanya wa 11 kandi yarabaga iri mu makipe 6 ya mbere mu myaka yashize.

    Aubameyang yabwiye Sky Sports ati 'Kuva uyu mwaka w'imikino watangira naragowe cyane.Twatanze byinshi mu mpera z'umwaka w'imikino ushize kugira ngo twegukane FA Cup dukine Europa League kuko byari ingenzi ku ikipe.

    Rimwe na rimwe umuntu ahura n'ibihe byiza cyangwa ibibi gusa byose umuntu aba agomba kubirinda.Nagerageje ibishoboka byose ariko kugeza ubu sinari nasubira ku rwego rwo hejuru.Ndacyafite icyizere.Ndatekereza ko nzogera kuzuka.

    Ikipe ya Arsenal yari itangiye kwiniira mu makipe ashobora kumanuka ariko ibintu byahindutse mu kwezi gushize itsinda imikino 3 yikurikiranya byatumye izamuka ndetse amakipe ari mu myanya 6 ya mbere ntabwo ayirusha amanota menshi.

    Aubameyang yabwiye abanyamakuru ko bagomba gukomeza kubakira ku bihe byiza barimo muri iyi minsi.

    Ati 'Muri iyi minsi turi gukina neza kandi tugomba gukomeza kugendera muri iyo nzira.Turamutse dutsinze imikino iri imbere twava mu bihe bibi twarimo.Twabwo turi kure cyane y'amakipe 6.Iki nicyo gihe cyo kugaruka mu irushanwa.'

    Kugeza ubu Arsenal iri ku mwanya wa 11 n'amanota 26,aho igomba gukina na Crystal Palace muri Premier League kuri uyu wa Kane.hanyuma igakurikizaho Newcastle kuwa Mbere.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/pierre-emerick-aubameyang-yahishuye-impamvu-yasubiye-inyuma-n-icyo-agiye-gukora

  • Reba umukinnyi muremure kurusha abandi bose mu Bwongereza wifuza gukina muri Premier League [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Uyu musore w'imyaka 20 y'amavuko niwe mukinnyi muremure kurusha abandi bose muri UK aho areshya na metero 2 na sentimetero 5 aho arusha uburebure abarimo Peter Crouch wasezeye ku mupira,Olivier Giroud n'abandi benshi tuzi ko ari barebare.

    Uyu mukinnyi,ntabwo agikura ngo akomeze kuba muremure nkuko byari bimeze ariko uburebure bwe bwatangaje benshi bituma abanyamakuru bagirana ikiganiro nawe.

    Yabize ati 'Ndi kwishimira ubuzima muri Solihull Moors ubu ngubu,ariko ntibivuze ko ntifuza kumenyekana mu Bwongereza no gukina Champions League.

    Ntabwo nshaka kwiruka mbere yo kumenya kugenda kandi ndabizi intambwe bisaba kugira ngo ugere kuri yrwo rwego ariko ndashaka gusimbuka.

    Ibintu nibigenda neza nshobora kuzakina mu gikombe cy'igihugu ndi kumwe na Solihull Moors umwaka utaha.

    Uyu mukinnyi watsinze ibitego 25 mu mikino 22 mu ikipe ya Boldmere Falcons y'abakina ku cyumweru,yahise asinya amasezerano muri Solihull United.

    Iyi kipe akiyigera yahise atsinda ibitego 3 mu mukino umwe bituma ikipe baturanye yitwa Solihull Moors ihita imusinyisha imyaka 2 mu Ukwakira 2020.

    Uyu mukinnyi yatsinze igitego mu mukino bahuyemo na Morecambe muri FA Cup n'ibindi mu cyiciro cya 5 bituma atangira kumenyekana.



    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/reba-umukinnyi-muremure-kurusha-abandi-bose-mu-bwongereza-wifuza-gukina-muro

  • Abakoresha WhatsApp batangiye kuyitera umugongo #rwanda #RwOT

    Abakoresha WhatsApp babarirwa muri miliyari 2, batangiye kubona imenyesha (notification) rivuga ko guhera tariki ya 8 Gashyantare 2021, izavugurura uburyo bw'amakuru, ku buryo hari amwe nka nimero za telefone n'aho umuntu aherereye (location) azajya asangizwa ibigo bishaka kwamamaza byo kuri Facebook.

    Kuva icyo gihe, abenshi batangiye guhagarika gukoresha uru rubuga, barimo ushinzwe ibiro by'itangazamakuru bya Perezida wa Turukiya, ndetse n'ushinzwe itumanaho mu biro bya Minisiteri y'Ingabo muri iki gihugu, nk'uko byatangajwe na The Straits Times.

    Umuvugizi wa WhatsApp, yasobanuriye Forbes ko gushyiraho izi mpinduka, bigamije kugira ngo abakoresha uru rubuga babashe gukorana byoroshye n'ibigo by'ubucuruzi. Ati: 'WhatsApp irashaka korohereza abantu, ku buryo ushobora gukenera kugira ibyo ugura, ugahita ufashwa na bizinesi (business) ako kanya.'

    Yahumurije abakoresha WhatsApp ko usibye ibi bigo by'ubucuruzi, nta wundi wo ku ruhande uzabashaka kumenya aya makuru, cyangwa ngo ayinjirire.

    WhatsApp yasabye abayikoresha, kwemera (Agree) kwakira impinduka z'ubu buryo, bikaba bivugwa ko utazabwemera, atazongera gukoresha uru rubuga ukundi.

    Ubwo WhatsApp yari imaze gutangaza izi mpinduka, nyuma y'umunsi umwe, tariki ya 7 Mutarama 2021, umuherwe wa mbere ku Isi Elon Musk yashishikarije abatuye Isi gukoresha urubuga rwa Signal, agira ati: 'Nimukoreshe Signal.'

    Nyuma y'umunsi umwe, abantu 100,000 bari bamaze kuruvaho bimukiye kuri Signal, urubuga rwatangijwe n'imiryango Signal Foundation ku bufatanye na Signal Messenger.

    Nyuma y'iyo minsi kandi, abantu miliyoni zirenga ebyiri batangiye gukoresha urubuga rwa Telegram, bikekwa ko abenshi bari bavuye kuri WhatsApp.

    Uru rubuga (Telegram) ruri mu zizewe mu kubika amakuru y'ibanga, cyane ko rukoreshwa n'abenshi mu banyapolitiki baba badashaka kwinjirirwa n'abashaka kumenya ibiganiro bagirana n'abandi.

    Icyo abakoresha Telegram bayikundira, ngo ni uko itamamaza ku buryo yakwifashisha amakuru y'umuntu uyikoresha yamamariza ibigo runaka, ibiganiro bihakorerwa kandi bikaba bigirwa ibanga rikomeye.

    Urubuga rwa Signal rwo, abarukoresha bahamya ko rufite imikorere imwe n'iya WhatsApp ariko rwo rukaba rudashobora kwinjira mu makuru y'urukoresha.

    Urubuga Mashable rusobanura ko ubusanzwe Signal isanzwe ikoreshwa n'abantu nk'abajura mu by'ikoranabuhanga (hackers) n'abandi baba badashaka ko amakuru bahatangira yamenywa n'abandi bo ku ruhande.

    Uru rubuga rukomeza rusobanura ko abakozi b'umuryango Signal Foundation ubwabo, icyo bashobora kubona ari nimero ya telefone, mu gihe hari utangiye kuyikoresha, ari kuyifungura (signing up), hanyuma ibindi byose nk'ibiganiro n'andi makuru y'inyongera, nabo ubwabo ngo ntibashobora kubibona.

    Ruti: 'Nta bikorwa byo kwamamaza [Signal] igira, rero nta mpamvu yo gushaka amakuru kumenya amakuru y'abayikoresha.'

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/abakoresha-whatsapp-batangiye-kuyitera-umugongo

  • Guverinoma ya Uganda yafatiwe icyemezo gikakaye #rwanda #RwOT

    Facebook yemeza ko amakonti akoreshwa na minisiteri y'itangazamakuru ya Uganda yabaye umuyoboro wo kubeshya rubanda ko ibyo leta ivuga birebana n'amatora ari ukuri gusa kandi ko bikunzwe cyane.

    Umuvugizi wa Perezida Museveni, Don Wanyama, yabwiye Ibiro Ntaramakuru bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Associated Press, ko 'ibyo Facebook yakoze ari ukwivanga mu matora ya Uganda.'

    Yakomeje agira ati: 'Niba abantu bari bakibishidikanyaho ko amahanga yivanga mu matora yacu, noneho biboneye ubwabo ikimenyetso simusiga.'

    Iyi nkuru dukesha VOA yibutsa ko muri aya matora ateganyijwe kuri uyu wa Kane, itariki 14 Mutarama 2021, abakandida bagera kuri 11, barimo umugore umwe na Museveni uzaba uhatanira manda ya 6, ari bo bazaba bahanganye.

    Umukandida uhangayikishije ubutegetsi buriho ni umuhanzi Bobi Wine, wabaye umunyapolitiki, kuri ubu akaba ari umudepite uhagarariye Kyandondo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/guverinoma-ya-uganda-yafatiwe-icyemezo-gikakaye