Category: Uncategorized

  • Icakanzu, umubyinnyi ukomeye witorero Uruke… – #rwanda #RwOT

    Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mutarama 2021, ubera kuri Chappelle St 'Dominique' ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali, basezeranwa na Padiri Alexandre. Mu minsi ishize aba bombi bakoze umuhango wo gusaba no gukwa, ku wa 08 Mutarama 2021.

    Icakanzu na Mureganshuro basezeranye imbere y'amategeko ku a 08 Kanama 2019. Imyaka irasatira 10 bombi baziranyi nk'uko Icakanzu yabwiye INYARwANDA. Gusa avuga ko batangiye gukundana guhera mu 2012, bivuze ko imyaka umunani ishize bakundana byeruye.

    Ati 'Tamenyanye mu 2009 aba umufana wanjye mu kubyina. Ariko twatangiye kujya mu rukundo mu 2012.'

    Icakanzu wakoze ubukwe ni we watoje imbyino abakobwa 20 bageze mu cyiciro cya cy'irushanwa rya Miss Rwanda 2019, aho ikamba ryegukanwe na Nimwiza Meghan. Yabigishije kubyina umushayayo no kubyina bafite uduseke

    Asanzwe ari umubyinnyi w'ikirenga mu Itorero ry'Igihugu 'Urukerereza' akaba n'umutoza w'imbyino za Kinyarwanda mu itorero rya AERG 'Inyamibwa'

    Icakanzu si izina rishya mu matwi y'abihebeye umuco Nyarwanda. Yanyuze benshi mu bitaramo no mu birori yaserutsemo, abamuzi bavuga ko yifitemo ubuhanga yihariye bwo gutuma umureba adakuraho ijisho.

    Ubuhanga bwe bwanatumye atoranywa mu babyinnyi bose bo mu Rwanda aserukana isheja muri Arménie, abyinira imbere y'abakomeye bari bahanze amaso amatora y'Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Ibihugu bikoresha ururimi rw'Igifaransa, OIF yatsinzwe na Madamu Louise Mushikiwabo.

    Izina rye ryongeye kwandikwa mu binyamakuru, atekerezwaho n'abanditsi b'inkuru. Amafoto n'amashusho ye ajyanisha ikirenge n'amaboko na Louise Mushikiwabo yarebwe n'umubare munini w’abanyuzwe n'ubuhanga bwe buherekejwe n'impano y'uyu mukobwa wakuranye imbaraga n'imbaduko zo gukunda umuco w'u Rwanda nk'isoko acyesha byinshi amaze kugeraho mu buzima.


    Icakanzu Françoise Contente yahamije isezerano rye imbere y'Imana n'umukunzi we Mutijima Mureganshuro Emmanuel



    Basezeraniye mu rusengero rwa Saint 'Dominique' ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali

    Icakanzu yari aberewe ku munsi udasanzwe mu buzima bwe

    Batangiye urugendo rushya rw'urukundo, ni nyuma y'uko bashyize urugo rwabo mu biganza by'Imana

    Bambikanye impeta y’urudashira


    Icakanzu n'umukunzi we uzi nka Mangouste bafatiye amafoto y'urwibutso muri Sunday Park iherereye Nyarutarama

    Icakanzu ubyina mu itorero 'Urukerereza' ati 'Iteka n'iteka rukundo ranjye'


    Umuryango wishimye baririmba bati 'sinogenda nashimye' indirimbo ikunzwe cyane mu nsengero

    Imyaka umunani irashize bombi bakundana n'ubwo umusore yabaye igihe kinini muri Amerika

    Urukundo rwashoye imizi hagati y'aba bombi biyemeza kubyereka inshuti n'abavandimwe'Mangouste' warushinze na Icakanzu yabyinnye mu matorero atandukanye yo mu Rwandetse hari benshi yigishije kubyina

    Mu 2019, uyu musore yavuye muri Amerika aza mu Rwanda asezerana na Icakanzu 

    Uyu musore yabaye umukozi mu Ngoro y’Amateka i Butare, aho yanatozaga Itorero ‘Urugangazi’


    Mu 2017, ‘Mangouste’ yagiye kuba muri Amerika


    Guhera mu 2015, Icakanzu yatoje benshi kubyina kugeza n’ubu

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102411/icakanzu-umubyinnyi-ukomeye-witorero-urukerereza-yasezeranye-imbere-yimana-numukunzi-we-am-102411.html

  • Fiancée w'umuhanzi Emmy aratwika koko! Igitangazamakuru gikomeye ku isi cyatangariye ubwiza bwe – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize nibwo umuhanzi Nsengiyumva Emmanuel wamenyekanye cyane ku mazina y'ubuhanzi nka Emmy, yateye ivi agasaba umukunzi we witwa Umuhoza Joyce ko yamubera umugore maze Joyce nawe ntiyatinzamo ahita amwemerera ndetse Emmy amwambika impeta. Emmy abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram yashyize amafoto agaragaza we na fiancée we nyuma yuko amaze kumwambika impeta. Mu mafoto Emmy yashyize hanze imwe muriyo igitangazamakuru kitwa Trace Eastern Africa kibinyujije ku rukuta rwacyo rwa instagram cyayishyize hanze maze kiyiherekesha amagambo yiganjemo gutangarira ubwiza bwa Joyce.

    Iyi niyo foto Trace yashyize kuri instagram yayo

    Nyuma yuko Trace ishyize hanze iyi foto, yayiherekesheje amagambo akurikira:

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/fiancee-wumuhanzi-emmy-aratwika-koko-igitangazamakuru-gikomeye-ku-isi-cyatangariye-ubwiza-bwe/

  • Jules Sentore yakoresheje amagambo yuzuyemo urukundo rwa kibyeyi maze yifuriza umukobwa we isabukuru nziza – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Jules Sentore wamenyekanye cyane hano mu Rwanda kubera indirimbo zitandukanye zirimo n'iza gakondo zakunzwe cyane, yakoresheje amagambo yuzuyemo urukundo rwinshi agaragariza umukobwa we, uzwi ku mazina ya Rwamwiza Slaine, ko amukunda ndetse anamwifuriza ibyiza ku isabukuru ye y'amavuko. Ibi Jules Sentore yabikoze abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram aho yabanje gushyira hanze ifoto y'umukobwa we nyuma akayiherekesha amagambo yiganjemo ayo kumwereka urukundo ndetse no kumwifuriza isabukuru nziza y'amavuko.

    Iyi niyo foto Jules Sentore yashyize kuri instagram ye

    Nyuma yuko Jules Sentore ashyize hanze iyi foto y'umukobwa we, yayiherekesheje amagambo agira ati: ” Isabukuru Nziza Rwamwiza wanjye❤️ Warakoze Mana🙏🏽@rwamwiza_wa_sentore “.

    Jules Sentore

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/jules-sentore-yakoresheje-amagambo-yuzuyemo-urukundo-rwa-kibyeyi-maze-yifuriza-umukobwa-we-isabukuru-nziza/

  • Pep Guardiola yibajijweho na benshi kubera umukinnyi ashaka kugura #rwanda #RwOT

    Uyu mutoza uri mu ikipe ishora amafaranga menshi,akomeje kuvugisha amagambo menshi abakunzi ba ruhago cyane ko bivugwa ko ashaka kugura rutahizamu Romelu Lukaku wa Inter Milan yo mu Butaliyani.

    Benshi bibaza ukuntu rutahizamu Lukaku azakora na Guardiola kandi akinisha ingufu cyane mu gihe uyu munya Espagne akunda abakinnyi bakoresha ubwenge cyane.

    Lukaku wahoze akinira Manchester United,n'umwe muri ba rutahizamu beza isi ifite ariko imikinire ye irangwa no gukoresha imbaraga cyane kurusha ubwenge bwinshi.

    Lukaku yerekeje muri Inter mu mwaka wa 2019 aguzwe miliyoni 74 z'amayero ariko kubera ibitego byinshi ari gutsinda muri iyi minsi bikomeje gutuma amakipe menshi akomeje kumwifuza.

    Mu mikino 73 amaze gukina muri iyi Inter,amaze gutsinda ibitego 51 n'imipira 9 yavuyemo ibitego mu myaka 2 ayimazemo.

    Daily Mail iratangaza ko Manchester City izashora miliyoni 200 z'amapawundi ku isoko azavamo ayo kugura Lukaku.

    Amakuru aravuga ko Pep ashaka umusimbura wa Sergio Aguero ariyo mpamvu abona Lukaku nk'umukinnyi mwiza wamusimbura.

    Hari ibivugwa ko Haaland nawe yifuzwa na City gusa uyu mukinnyi ari mu mibare ya Real Madrid cyane we na Kylian Mbappe.
    Uretse Aguero,abandi bakinnyi barimo Fernandinho na Eric Garcia nabo bazava mu ikipe ya Manchester City.
    Pep Guardiola ashinjwa kudakunda abakinnyi birabura ariyo mpamvu benshi bibaza ukuntu yakorana na Lukaku aramutse amuguze.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/pep-guardiola-yibajijweho-na-benshi-kubera-umukinnyi-ashaka-kugura

  • Frank Lampard yavuze kuri Timo Werner wahushije igitego ari kumwe n'umunyezamu gusa #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Chelsea yaraye ihagaritse ibihe bibi yari irimo byo kudatsinda kuko yatsinze Fulham igitego 1-0 cya Mason Mount cyaje mu minota ya nyuma.

    Chelsea yari imaze imikino 3 idatsinda,yabonye amahirwe menshi muri uyu mukino arimo n'akomeye Timo Werner yahushije ubwo yasigaranaga n'umunyezamu wa Fulham Areola bari bonyine ananirwa gutsinda igitego.

    Nyuma y'umukino,Frank Lampard yabwiye abanyamakuru ati 'Ndatekereza ko bibaho.Ntabwo utsinda ibitego uko ubishaka kuko yaratsinze mu cyumweru gishize muri FA Cup.

    Gusa,biriya n'ibitego nabonye yagiye atsinda inshuro nyinshi.Ibihe byiza yarimo byagenze kuriya gusa biriya bibaho.

    Akeneye gukomeza gukora cyane kuko nibyo byamufasha kuva mu bihe arimo.Twese twabinyuzemo cyane cyane ba rutahizamu.Buri wese yamubwira ati 'Kora cyane mu myitozo,uzasubira mu bihe byiza wahozemo.

    Byamubayeho kubera ko ari umukinnyi ukomeye gusa njye nashimishijwe no kuba yageze imbere y'izamu.Akunda kugera imbere y'izamu tugomba kumufasha kubona imipira agatsinda ibitego.'

    Werner yinjiye mu kibuga asimbuye ariko kugeza ubu ntarabasha kwerekana ubuhanga bwe nkuko byari bimeze akiri muri Leipzig.

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/frank-lampard-yavuze-kuri-timo-werner-wahushije-igitego-ari-kumwe-n-umunyezamu

  • Reba Pasiporo 7 zo muri Afurika zidafite agaciro muri 2021 #rwanda #RwOT

    Ikigo cy'ubwenegihugu n'inama ngishwanama Henley & Partners bakoresha amakuru y'ishyirahamwe mpuzamahanga ryo gutwara abantu n'ibintu mu kirere kugira ngo bamenye umubare w'ibihugu abafite pasiporo muri buri gihugu bashobora gutembera batabanje kubona viza.

    Ironderero rivugururwa mugihe nyacyo umwaka wose kugirango ryerekane impinduka za politiki ya viza kandi vuba aha, Henley yasohoye raporo yigihembwe kuri pasiporo yifuzwa cyane n'itifuzwa kwisi. Ironderero ririmo pasiporo 199 zitandukanye hamwe n'ingendo 227 zitandukanye.

    Ukurikije icyerekezo, Afurika y'Epfo, Botswana, Namibiya, Lesotho na Eswatini bifite pasiporo zikomeye muri Afurika. Ironderero kandi rifata ibihugu bifite pasiporo idafite agaciro. Hano hepfo ni urutonde rw'ibihugu birindwi bya Afurika bifite pasiporo zidafite agaciro.

    Somaliya

    Pasiporo ya Somaliya yashyizwe ku rutonde rwa pasiporo zidafite agaciro cyane muri Afurika ndetse no ku isi. Somaliya yashyizwe ku mwanya wa 106, abafite pasiporo ya Somaliya bashobora gusura ahantu 33 batabanje kwaka viza. Kuva mu 2007, Somaliya imaze gufata ingamba nyinshi zo kunoza ingufu za pasiporo yayo, harimo gutanga e-pasiporo n'ibyangombwa by'irangamuntu ndetse n'icyemezo cy'amavuko.

    Libiya

    Ku rutonde rwa 104 ku isi, pasiporo ya Libiya ni pasiporo ya kabiri idafite agaciro muri Afurika no ku Isi. Abafite pasiporo ya Libiya bashobora gusura ibihugu 38 nta viza. Pasiporo ya Libiya ihabwa abaturage ba Libiya mu ngendo mpuzamahanga no kumenyekanisha abenegihugu ba Libiya ku mipaka ndetse no mu mahanga.

    Sudani

    Pasiporo ya Sudani ni pasiporo ya gatatu mbi muri Afurika kandi iri ku mwanya wa 102 ku isi. Abafite pasiporo ya Sudani barashobora gusura ibihugu 40 batabanje kubiherwa uruhushya na visa. Iyemezwa rya pasiporo ya Sudani ifite agaciro mu myaka 5-7 nyuma yo gutangwa.

    Repubulika ya Sudani yatangiye guha pasiporo ya elegitoroniki abaturage muri Gicurasi 2009 mu byiciro bitatu; pasiporo y'umuturage, pasiporo y'ubucuruzi kubagabo n'abagore bakeneye ingendo kenshi, na pasiporo nto kubana.

    Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC)

    Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, bakunze kwita DR Congo, ni igihugu kiri muri Afurika yo hagati. Nicyo gihugu cya kabiri kinini muri Afurika na 11- kinini ku isi. Abafite pasiporo y'iki gihugu bashobora gusura ibihugu 42 nta vizababanje kwaka.

    Eritereya

    Pasiporo ya Eritereya ihuza na pasiporo ya DR Congo ku mwanya wa 100 ku rutonde rw'Isi. Abafite pasiporo ya Eritereya bashobora gusura ibihugu 42 nta viza. Passeport ya Eritereya ihabwa abaturage ba Eritereya mu ngendo mpuzamahanga nyuma yo kurangiza imirimo ya gisirikare iteganijwe. Abanya Eritereya baba mu mahanga bahabwa gusa pasiporo na za ambasaze iyo batanze imisoro mu gihugu cyabo.

    Sudani y'Amajyepfo

    Passeport ya Sudani y'Epfo ishobora gusa gutuma abayifite berekeza mu bihugu 43 nta viza. Passeport ihabwa abenegihugu ba Sudani y'Epfo kugirango bakore ingendo mpuzamahanga. Repubulika ya Sudani y'Epfo yatangiye gutanga pasiporo ya elegitoroniki yemewe ku rwego mpuzamahanga muri Mutarama 2012 kandi ifite agaciro mu myaka 5 gusa nyuma yo gutangwa.

    Etiyopiya

    Ku mwanya wa 98 ku isi yose, ufite pasiporo yo muri Etiyopiya ashobora kugera ahantu 44 ku isi adakeneye viza. Muri iki gihe Etiyopiya itanga pasiporo ya elegitoroniki isaba igikumwe. Ku bw'ibyo, ibyifuzo byose bigomba gukorwa imbonankubone ku biro bikuru bishinzwe abinjira n'abenegihugu cyangwa Ambasade ya Etiyopiya niba usaba ari mu mahanga.

    Igihugu cy'u Rwanda kikaba kiri ku mwanya wa 83 muri 2021 kuri urwo rutonde, aho abafite pasiporo y'u Rwanda bashobora gutembera mu bihugu 60 nta viza.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/reba-pasiporo-7-zo-muri-afurika-zidafite-agaciro-muri-2021

  • Ibinyoma abantu bibeshya ku byiza byo kunywa inzoga . – YEGOB #rwanda #RwOT

    Inzoga ziri mu bintu bikunzwe cyane ku isi abazinywa bazirata ubwiza bwazo ndetse bakanakangurira abandi kuzinywa, gusa hari ibintu byinshi by'ibinyoma abantu bazibeshyaho.

    1.Inzoga ituma utekereza neza

    Oya ntabwo ituma utekereza neza ahubwo ubushobozi bw'ubwonko buragabanuka, ibyo utekereje umubiri wawe ugatinda kubishyira mu bikorwa, ibyo ureba ukabona ari byiza kandi wenda atariko bimeze, rimwe na rimwe abatwaye imodoka bibatera gukora impanuka.

    2.Inzoga itera akabaraga

    Oya ntabwo itera akabaraga, ahubwo iyo wanyoye inzoga ugira ibisa n'ibyishimo ugakeka ko ari imbaraga, ariko bikurikirwa n'umunaniro udasanzwe ku buryo wumva ushaka guhita usinzira.

    3.Inzoga imara inyota

    Oya, ntabwo imara inyota, ahubwo irayitera kubera ko iyo wanyoye inzoga ushaka kwihagarika cyane, kandi uko wihagarika niko amazi aba ari kugushira mu mubiri, bityo inyota ikiyongera.

    4.Inzoga irashyushya, iyo hakonje

    Oya, ntabwo ishyushya, ahubwo itera gukweduka kw'imiyoboro y'amaraso yo munsi y'uruhu, ibyo bigatuma wumva ari nk'aho ari ubushyuhe ariko burya uramutse wipimye usanga température yagabanutse cyane.

    5.Inzoga ituma abagabo bashobora gutera akabariro neza

    Oya, igituma abagabo bazinyoye bakeka ko hari icyo ibamarira mu buriri ni ibitekerezo baba baragiye bumva gusa, kuko ahubwo ituma imbaraga zabo zigabanuka kandi umubiri ugatinda kumvira ibyo ubwonko buri gutegeka. Usanga akenshi abagabo bakoresha za viagra ari abakunda kuzinywa buri munsi, mu gihe abatazinywa, batigera bagira icyo kibazo.

    6.Kubanza kunywa amazi mbere yo kunywa inzoga bigabanya ubukana bwazo

    Oya, ntabwo bigabanya ubukana bwazo kuko amazi ntashobora kubuza alcool kwinjira mu maraso.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/ibinyoma-abantu-bibeshya-ku-byiza-byo-kunywa-inzoga/

  • RIB yafunze abarimo abafite ivuriro bakekwaho gutanga ibyangombwa mpimbano #rwanda #RwOT

    Aba bafunzwe, barimo Serugendo Sylvestre na Mukakinani Clothilde nyirir ririya rivuriro Sante pour Tous.

    RIB ivuga ko bariya bantu bafashwe nyuma y’amakuru yatanzwe ko batanga ibyangombwa bya muganga (medical certificates) ku babikeneye batarinze bajya aho bakorera ngo basuzumwe. Bose ubu bakaba bafungiwe kuri sitasiyo za RIB zitandukanye mu gihe iperereza rikomeje kugirango hakorwe dosiye zishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    RIB iraburira amavuriro n’abaganga kwirinda gutanga ibyangombwa bitavugisha ukuri, usibye kuba ari ibyaha bihanwa n’amategeko mu Rwanda, binanyuranyije n’amahame y’ubuvuzi (medical deontology).

    Umuvugizi wa RIB, Murangira Thierry yavuze ko ibikorwa nk’ibi bigira ingaruka mbi ku buzima bw’ababihawe no kudahabwa ubuvuzi igihe baba barwaye, ndetse bitesha agaciro ireme ry’ubuvuzi mu Rwanda.

    Yagize ati 'RIB irasaba amavuriro ndetse n’Abaganga kwirinda gukora ibikorwa byose cyangwa gutanga ibyangombwa bitavugisha ukuri batanga inyandiko zifite amakuru y’ukuri babanje gusuzuma ababikeneye.'

    Itegeko rivuga iki ?
    Ingingo ya 276 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 frw) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000 frw) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Iyi ngingo kandi ivuga ko umuntu wese uzi ko inyandiko ari impimbano, akayikoresha ku buryo ubwo ari bwo bwose, aba akoze icyaha.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/RIB-yafunze-abarimo-abafite-ivuriro-bakekwaho-gutanga-ibyangombwa-mpimbano

  • Ese ubukire hari umuntu ubugeraho koko? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Hari abatekereza ko umuntu ufite amafaranga menshi aba yarageze ku bukire
    Hari abatekereza ko umuntu ufite amafaranga menshi aba yarageze ku bukire

    Iyi ni imvugo umuntu cyangwa itsinda ry’abantu bakunda kuvuga ku muntu, akenshi bari bafite ikintu bahuriyeho cyo mu buzima busanzwe, nko kuvuka mu gace kamwe, kwigana, gusengana, gukorana…Mbese bari bafite ubuzima bufite aho buhuriye cyane, ariko yagira atya agatera imbere mu by’ubukungu ukumva abo bagenzi be bati “Erega kanaka yagezeyo ntabwo akiri mugenzi wacu !”

    Rimwe na rimwe babivuga mu ishusho yo kumunenga wenda bagaragaza ko atagisabana na bo cyangwa atagihura na bo nk’uko byari bimeze mbere, abandi bakabivuga bameze nk’abishimira intambwe mugenzi wabo yagezeho n’ubwo ari bo bake. Bati “Kanaka yagezeyo”

    Aho hantu baba bavuga yageze ni hehe ?

    Ubuzima bwo kuri iyi si ni urugamba umuntu kuva yayigeraho, aba arwana ava ku ntambwe imwe ajya ku yindi. Nyamara n’abageze ku byaba bigaragarira abantu ko yageze aho yagombaga kwiyicarira akadamarara akanyurwa n’ibyo yamaze kugeraho, aba agishakisha na we kugera ku byisumbuyeho. Warangiza wowe ukavuga ngo “kanaka yagezeyo” Aho uba uvuga ni hehe ? Ni nyiri ubwite se uba wakubwiye ngo ubundi ni aha najyaga none narahageze?

    Ku bwanjye mbona nta muntu ukiri muzima ugerayo, kuko urebye neza na we ntaba azi aho ari kujya. Umuntu ararwana cyangwa agashakisha icyisumbuye ku cyo afite kugeza apfuye. Icyakora ni uko ntabizi neza nyuma y’ubu buzima uko biba bimeze, ariko wenda nibaza ko aribwo umuntu yavuga ngo yageze iyo ajya.

    Umuntu wese ukiri muri ubu buzima turimo none aba akiri mu rugendo, na we atazi neza iyo rumuganisha. Mu kinyarwanda baravuze ngo “Bucya bucyana ayandi” barongera bati “iby’ejo bibara ab’ejo” bashaka kugaragaza ko umunsi umuntu aba yizeye ibyawo ari uwo arimo none. Uretse ko na wo akenshi uguhindukana uko wawutangiye ntube ariko uwusoza. None ngo kanaka kuko yaguze imodoka cyangwa yubatse inzu wowe ntabyo ufite ukumva ko yagezeyo!

    Ntawagezeyo kuko twese turi mu rugendo. Gusa wasanga hari abagenze mbere ya bagenzi babo kuko wenda bagendeye ku muvuduko utangana, cyangwa barahiriwe kubarusha ariko ntawugerayo. Umuntu ararwana kugeza ashizemo umwuka ni uko Isi iteye. Ntuzavuge rero ngo kanaka yagezeyo kandi utari unazi iyo yajyaga.


    source https://www.kigalitoday.com/uko-mbyumva/article/ese-ubukire-hari-umuntu-ubugeraho-koko

  • Perezida Evariste na Magufuli babimburiye abandi gushimira Museveni watorewe manda ya 6 #rwanda #RwOT

    Aba bakuru b’ibihugu byo mu muryango wa Africa y’Iburasirazuba urimo na Uganda ivuye mu matora y’umukuru w’Igihugu, bashimiye Museveni watsinze aya matora ku majwi 58% mu gihe Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine bari bahanganye, yagize 34.83%.

    Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, wanyujije ubutumwa bwe kuri Twitter, yavuze ko yishimiye intsinzi ya Museveni wongeye gutorwa.

    Yagize ati 'Abanya-Uganda bakoze amahitamo meza azakomeza gutanga umusanzu ushimishije mu muryango wa Africa y’Iburasirazuba uhuriwemo Uganga n’u Burundi.'

    Dr Magufuli wa Tanzania na we washimiye Museveni, yavuze ko yishimiye kuba mugenzi we Museveni yongeye gutorerwa kuyobora Uganda ndetse ko ibihugu byombi bizakomeza kubanirana neza.

    Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya na we yashimiye Museveni, avuga ko kongera gutorwa ari ikimenyetso cy’icyizere abaturage ba Uganda bafitiye uyu muyobozi umaze imyaka 35 ku butegetsi.

    Kenyatta yavuze ko Museveni yafashije igihugu cye gukomeza kubanira neza Tanzania ndetse amwizeza ko bazakomeza gukorana.

    Ibikorwa by’aya matora yo muri Uganda yabaye ku wa Kane, byavuzweho byinshi kubera ihangana ryavugwagamo ryatewe ahanini n’umuhanzi Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine wakunze kuvuga ko igihe kigeze ngo Museveni ave ku butegetsi.

    Uyu mugabo wanagiye afungwa inshuro zitandukanye ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, ntarabasha kugira byinshi avuga dore ko asa nk’ufungiye iwe kuko harinzwe n’abasirikare.

    Bobi Wine wakoresheje Twitter agaragaza ko ibi ari akarengane ari gukorerwa, yavuze ko atemerewe kugira undi muntu bahura ndetse ko hari umwe mu ntumwaz a rubanda waje kumureba agafatwa n’abasirikare bakamukubita ubu akaba arwariye mu bitaro bya Rubaga.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Perezida-Evariste-na-Magufuli-babimburiye-abandi-gushimira-Museveni-watorewe-manda-ya-6