Category: Uncategorized

  • Inka eshanu ku munani zari zibwe zagaruwe mu Rwanda zivuye muri Uganda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iburasirazuba ni hamwe mu higanje ubworozi bw
    Iburasirazuba ni hamwe mu higanje ubworozi bw’inka mu Rwanda

    Avuga ko mu gitondo cyo ku wa 16 Mutarama 2021, abantu bo muri Uganda bazindutse bohereza inka eshanu ku munani zari zibwe ku wa 14 Mutarama 2021 ku masaha y’igicamunsi.

    Ayo matungo yahise ashyikirizwa ba nyirayo mu Mudugudu wa Nyagatare mu Kagari ka Gishuro mu Murenge wa Tabagwe.

    Munyangabo Célestin uyobora Umurenge wa Tabagwe avuga ko izindi nka eshatu zisigayeyo na zo bafite icyizere ko zizagaruzwa.

    Avuga ko kuzigaruza bidasaba ihererekanya ahubwo ko abantu bari muri Uganda bazirekura zikizana kuko aho zakuwe nta mugezi cyangwa ikindi gihari cyazibuza kwizana.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/inka-eshanu-ku-munani-zari-zibwe-zagaruwe-mu-rwanda-zivuye-muri-uganda

  • Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote yitabye Imana – #rwanda #RwOT

    Inkuru y’urupfu rwa Pasiteri Majyambere yamenyekanye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko nyakwigendera yari amaze iminsi arwaye.

    Pasiteri Majyambere Joseph yamenyekanye cyane ubwo yavaga muri ADEPR. Mu buhamya bwe yavugaga ko yatotejwe, agakubitwa agafungwa inshuro nyinshi hagatangwa n’amafaranga ngo yicwe azira ko yanze kunywesha agakombe ku ifunguro ryera.

    Mu 2001 nibwo ngo Itorero ADEPR, ryasabye abapasiteri gusinyira ko bashaka impinduka mu bijyanye n’uburyo batangaga ifunguro ryera/igaburo cyangwa se guhazwa ku Bakirisitu Gatolika.

    Icyo gihe Pasiteri Majyambere Joseph n’abandi bapasiteri babwiwe impamvu zitandukanye bagomba guhindura uburyo bajyaga ku ifunguro ryera zirimo kuba iri torero riri kugenda ritera imbere ari nako rizamo abantu basobanutse (bajijutse) badashaka gusangira n’abaciriritse ku gikombe, kuba hari indwara zandurira mu gusangirira n’izindi mpamvu zitandukanye.

    Aba bapasiteri ntibabyemeye maze bayobowe na Pasiteri Majyambere, bakora icyitwa ‘kwicomokora’ ni ukuvuga kwitandukanya na ADEPR, bashinga itorero ryabo. Ibi ariko ntibyabujije abasigaye muri ADEPR gukoresha udukombe twinshi ku igaburo.

    Abayoboraga ADEPR ntibashimishijwe n’icyemezo cye kuko babonaga ko agiye kubatwara abayoboke dore ko icyo gihe asohoka, abakirisitu basaga 3000 muri iryo torero mu Mujyi wa Kigali bamugannye.

    Pasiteri Majyambere hari igihe yafunzwe umwaka n’igice muri Gereza ya Nyarugenge [1930], azira ko yitandukanyije na ADEPR, akaza kugirwa umwere kuko basanze ibyo yashinjwaga nta kuri kurimo.

    Itorero Umuriro wa Pantekote rigizwe n’abasaga ibihumbi 10 biganjemo abitandukanyije na ADEPR. Icyicaro cyaryo kiri i Kibagabaga mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo. Rifite Ishami muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

    Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote yitabye Imana

    Pasiteri Majyambere Joseph yitabye Imana nyuma y’iminsi yari amaze arwaye

    Inyubako ikoreramo Itorero Umuriro wa Pantekote iherereye i Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/pasiteri-majyambere-joseph-wayoboraga-itorero-umuriro-wa-pantekote-yitabye

  • Umukobwa mukundana nakwitwaraho gutya uzakuremo akawe karenge kuko yamaze kukwikuramo arabiguhisha. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Niba uri mu rukundo n'umukobwa gusa ukaba ubona ko yahindutse mu mico no mu myitwarire birashoboka cyane ko yaba yarakwikuyemo bucece. Bimwe mu bimenyetso bizabikwereka:

    1.UBA USA N'AHO ARI WOWE UTERA UKANIYIKIRIZA

    Umukobwa utakigukunda ntazahangayikishwa no kumenya amakuru yawe. Mu busanzwe, abakundana babana mu buryo magirirane. Nyamara iyo wakundanaga n'umukobwa akaba atakikwiyumvamo, uratera ukiyikiriza. Uzamuhamagara mu gitondo wenda ntakwitabe, nanakwitaba akuganirize nk'utabishaka; icyo uvuze cyose yikirize ati 'Iiii, yego, hoya, OKAY, Eeeehhh'' mbese ntashaka ko muganira, za mpaka mwajyaga mutebya musererezanya byo gusetsanya ntaba ashaka ko muzijya.

    Ntazafata na rimwe iya mbere ngo abe ari we uguhamagara kuri telefoni, numubaza impamvu akubwire ko adafite ayo kuguhamagaza kandi atava kuri WhatsApp, Facebook, YouTube n'izindi mbuga nkoranyambaga zigibwaho umuntu abanje kwishyura amafaranga. Mu gihe avuye kuri izo mbuga, numuhamagara, uzasanga ari kuyivugiraho akubwire ko ari abandi bari bamuhamagaye n'izindi nzitwazo zidafite agaciro.

    2.NTABA AKIKUBONA NK'UMUNTU UMUKURURA

    Iyo umukobwa ari mu mubano w'urukundo, aba abona umusore barurimo kumwe ari igitego, rudasumbwa kandi ateye ishema, mbese ari indengabaganizi nk'Umwami Musinga. Nyamara ibi byose iyo akwanze kubera wenda impamvu runaka, ntaba akibyitaho, n'aho waba ufite ibigango nk'ibya Nyiringango ya Nyagahinga, n'aho waba ufite uburanga nk'ubw'Umwami Salomo, umukobwa utakigukunda, ibi nta gashati biba bimuciriye, rwose aba akubona nka rubanda bose bamwe bavugwaho ko batera urubwa.

    3.NTACYO UBA UVUZE KURI WE

    Iyo umukobwa cyangwa umugore atakikwiyumvamo, uburyo yakwitagaho ndetse na ya kamere y'abagore yo gukunda abagabo birazimira bikagenda mahera. Uyu mwari wahoze akwita amazina nka Cherie, Bae, Sweety…ntaba ashaka kumenya icyo ari cyo cyose kikwerekeyeho, nta cyo aba akwitayeho, nta kiba kikimuhangayikishije, kandi ukubaho kwawe biba ntacyo bimubwiye.

    4.NTA MWETE ABA AGISHYIRA MU RUKUNDO RWANYU

    Ubundi umukobwa wakunze koko ariko abirimo bimwe bya nyabyo, umwete mu rukundo awurusha Ndabaga ku rugamba. Gusa iyo bihindutse muri we, ingufu zose yakoreshaga ngo urukundo rwanyu ruzire agatotsi zirayoyoka. Arekera aho gushyira ingufu mu gutuma urukundo rwanyu rutera agatambwe kagana iterambere cyangwa ngo akwereke ko hari icyo yitayeho muri uwo mubano.

    5.UKO UMEZE N'UKO UBAYEHO NTABA ABYITAYEHO

    Ibi uzabibona igihe umukobwa cyangwa umugore mwakundanaga yamaze kukuzinukwa. Azaba akora ibintu azi ko byanakubabaza umutima atitaye ku ngaruka; ntaba acyitaye ku buryo ubayeho n'uko umerewe ndetse ibyo kuba yagira uruhare mu byishimo byawe ntacyo biba bimubwiye. Mu gihe mbere yaguhaga agaciro ukaza mu by'ibanze, 'priorities' ze, iki gihe ntacyo uba uvuze. Ushobora kumusaba gusohokana na we akakureka akirebera filime atasoje. Mbese kumarana nawe igihe akabirutisha 'serie' iyi cyangwa iriya yo muri Koreya cyangwa Philippines.

    6.KUGANIRA BIRAHAGARARA CYANGWA BIKAGENDA BIGURU NTEGE

    Ubundi mu mibanire y'abantu bose mu ngeri zose n'imirimo yose, ndetse ubanza no ku nyamasawa ari ko bimeze, kuvugana no kuganira 'communication' ni inkingi ya mwamba. Ushobora kuba ubona mugikomeje umubano w'urukundo na we gusa iyo atakigukunda, uburyo mwari musanzwe muganiramo burahinduka cyane. Ya masaha mwamaraga muganira museka arabura ndetse ntatume umenya uko ubuzima bwe bwifashe muri iyo minsi; mbese ukamera nk'umunyamahanga kuri we.

    7.N'UBWO WAKWASA URUTARE UKAZANA IMIZI YARWO NTIBYAMUSHITURA

    Ubundi iyo umukobwa cyangwa umugore agukunda, ashimishwa n'utuntu umukorera n'ubwo twaba duto cyane. Nyamara iyo akwikuyemo, nubwo bamubwira ko wakuyeho agahigo mu guterura ibiremereye kurusha abandi ku isi, ibyo ntacyo biba bimubwiye. N'ubwo wamubwira ko umutwara ku kwezi, ashwi daaa!!! Ibyamushimishaga mbere aba abibona nk'umwanda kuri we noneho cyangwa akanabigaya ku buryo utakumva ko ari we byanyuraga umutima bikagaragarira ku maso he mbere.

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa:http://yegob.rw/dating

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-mukundana-nakwitwaraho-gutya-uzakuremo-akawe-karenge-kuko-yamaze-kukwikuramo-arabiguhisha/

  • Polisi yerekanye abantu 13 barimo “ibyamamare” barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Mu bafashwe ndetse beretswe itangazamakuru ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru harimo umu-blogger, hari kandi n'umuhanga mu bya Sinema ndetse n'abandi 11, bose barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, bahurira mu ikoraniro ritemewe.

    Aba bantu batawe muri yombi ku wa 16 Mutarama 2021, bafatiwe mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, ahagana saa Tanu z'ijoro.

    Polisi yamenye amakuru ko mu rugo rw'umwe muri bo hateraniye abantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, icyo gihe basanzwe bari gusangira agatama.

    Nyuma yo guhabwa amakuru n'umuturage, Polisi yihutiye kujya muri urwo rugo ariko ihageze ushinzwe umutekano waho abanza kwanga gukingura.

    Umwe mu bari bashinzwe gucunga umutekano w'urwo rugo usanzwe ukora muri kimwe mu kigo gishinzwe gucunga umutekano w'abantu n'ibintu, yabwiye itangazamakuru ko yanze gukingurira abapolisi kuko ariyo mabwiriza yari yahawe.

    Ati 'Polisi yaje mu rwego rwo gucunga umutekano igera aho nkorera, isanga hari urusaku rw'abari bari mu rugo banywa inzoga. Bavugaga y'uko bari baje kubayagira, noneho baje barakomanga sinakingura kuko nari mfite amabwiriza y'uko ntemerewe gukingura, ko uje wese abanza kubwira umukoresha wanjye bakabanza kuvugana.'

    Uyu muzamu yemera ko yanze gufungurira polisi yakurikiranaga abo bantu barenze ku mabwiriza, akanabyicuza.

    Nyiri urugo aba bantu bafatiwemo we yavuze ko batarenze ku mabwiriza kuko 'twari icyenda n'abaturanyi banjye bane. Bari baje kuntabara nk'uwagize ibyago.''

    Umuvugizi wa Polisi y'Igihugu, CP John Bosco Kabera, yavuze ko bafashwe bakoze amakoraniro atemewe birengagije ko bibujijwe.

    Yaburiye abantu bakora amakoraniro atemewe bibwira ko ijisho ritabariho ko batazabura gufatwa, abasaba kureka gucungana n'inzego z'umutekano.

    CP Kabera yavuze ko kuba uwari ushinzwe umutekano yanze gukingurira inzego z'umutekano ari icyaha gihanirwa.

    Ati 'Biramutse bigaragaye ko ariko byagenze, iperereza rikabihamya bakurikiranwaho icyaha cyo kwigomeka ku nzego za leta ziri mu kazi, bakaba bafungwa amezi atandatu kugera ku gifungo cy'umwaka.''

    CP Kabera yashimiye Abanyarwanda batanga amakuru abasaba gukomeza kujya babikora.

    Abaturage bafashwe bahise bategekwa kwipimisha Coronavirus kugira ngo harebwe niba nta waba yaranduye, akaba yananduza bagenzi be. Ndetse hagakorwa iperereza ku cyaha cyo kwigomeka ku nzego za leta ziri mu kazi.

    Polisi yerekanye abantu 13 barimo ibyamamare barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/polisi-yerekanye-abantu-13-barimo-ibyamamare-barenze-ku-mabwiriza-yo-kurwanya

  • Minagri yavuze icyatumye amafi yororerwaga mu Kiyaga cya Muhazi apfa, inakomoza ku ngamba zafashwe – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe nyuma yaho mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Mutarama 2021 mu Mudugudu wa Kingara mu Kagari ka Mununu mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana, hagaragaye amafi yororwaga na Koperative y'Urubyiruko ya Hagurukadukore areremba hejuru y'amazi amenshi yapfuye.

    Minagri yavuze ko ibyavuye mu bugenzuzi yakoze yasanze ikibazo cy'aya mafi cyatangiye ku wa Kane tariki ya 14 Mutarama 2021 ubwo amafi mu yari muri kareremba yatangiraga kureremba asamira umwuka hejuru. Guhera ku wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2021 saa 17h00 amafi yatangiye gupfa. Ku Cyumweru saa 02h00 apfa ari menshi.

    Minagri yavuze ko icyatumye aya mafi apfa byatewe no 'Kwivangavanga kw'amazi mu kiyaga kwatewe n'imvura imaze iminsi igwa maze amazi akanduzwa n'ibimera byo mu mazi bisanzwe biba mu ndiba y'ikiyaga bikaba byagabanyije umwuka uhumekwa n'amafi. Amaso ya kareremba yazibye kubera urubobi rwo mu mazi n'indi myanda ituruka ku biryo bisigara bagaburira amafi. Ibi byatumye ihinduranya ry'amazi muri kareremba rigabanuka.'

    -  Icyakozwe kugira ngo gupfa kw'amafi bihagarare

    Minagri yavuze ko bimwe mu byakozwe kugira ngo amafi ntakomeze gupfa harimo kuba 'Kareremba zimuwe zijyanwa ahari ubujyakuzimu bwisumbuyeho (zavuye kuri 6.6m zijyanwa kuri 8.2m). Zanajyanywe ahari imiyaga yihuta ituma ihinduranya ry'amazi muri kareremba ribaho ku buryo bwihuse.'

    Mu bindi byakozwe harimo gusukura (koza) za kareremba zigakurwamo urubobi n'indi myanda harimo n'amafi yapfuye, gukurikirana abandi borozi b'amafi baturanye n'ahagaragaye ikibazo mu rwego rwo gukumira ko amafi yongera gupfa, gukurikiza amabwiriza yo gutegura no gusukura za kareremba zasaruwe mbere yo kongera kuziteramo amafi ndetse no gutera abana b'amafi bavuye ahantu hizewe.

    Minagri yavuze ko yasanze hamaze gupfa amafi asaga 3700 ku mafi 10 000 yororwa n'iyi koperative bikaba bitandukanye n'ibyavugwaga n'abayobora iyi koperative ko hamaze gupfa arenga 7 000.

    Koperative Haguruka Dukore igizwe n'abanyamuryango 18 bose b'urubyiruko yatangiye mu mwaka wa 2017 ikaba isanzwe yororera amafi mu Kiyaga cya Muhazi ikayagurisha hirya no hino mu Rwanda.

    -  Inkuru wasoma: Amayobera ku mafi yororerwaga mu kiyaga cya Muhazi yasanzwe areremba hejuru yapfuye

    Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi yavuze icyatumye amafi yororerwaga mu Kiyaga cya Muhazi apfa

    Yasanze gupfa kw’amafi kwatewe no kwivangavanga kw'amazi mu kiyaga kwatewe n'imvura imaze iminsi igwa ndetse n'amaso ya kareremba yazibye kubera urubobi rwo mu mazi n'indi myanda ituruka ku biryo bisigara bayagaburira

    Minagri yavuze ko yasanze hamaze gupfa amafi asaga 3700 ku mafi 10 000 yororwa aho mu Kiyaga cya Muhazi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minagri-yavuze-icyatumye-amafi-yororerwaga-mu-kiyaga-cya-muhazi-apfa-inakomoza

  • Mu Rwanda abantu 182 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 ku Cyumweru ni abagabo babiri b’imyaka 61 na 60 i Kigali.

    Bahise buzuza umubare w’abantu 142 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku Cyumweru mu Rwanda habonetse abantu bashya 182 banduye COVID-19, naho 170 mu bari barwaye bakize.

    Abo barwayi bashya 182 babonetse mu bipimo 5,395 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 128, Kirehe: 13, Gatsibo: 10, Rwamagana: 6, Rulindo: 6, Musanze: 5, Rubavu: 5, Gicumbi: 4, Huye: 2, Nyaruguru: 1, Ngoma: 1, Nyagatare: 1.

    Kugeza ku Cyumweru, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 11,032 muri bo abamaze gukira ni 7,363 naho abakivurwa ni 3,527.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abantu-182-babasanzemo-covid-19-abapfuye-ni-babiri

  • MINAGRI yasobanuye ikibazo cy’amafi yororerwaga muri Muhazi yapfuye bitunguranye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urwo rubyiruko rwibumbiye muri koperative Hagurukadukore Fumbwe, iherereye mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.

    Ukuriye iyo koperative, Aimable Musengimana, yavuze ko ayo mafi yari amaranye iminsi intege nke ariko ntibasobanukirwe.

    Ati “Mu minsi nk’itatu ishize amafi yacu yagaragaje umunaniro ku buryo wanayagaburiraga ukabona adashaka kurya, tuba turetse ngo turebe niba atari ikibazo cy’umwuka muke mu kiyaga. Uyu munsi mu masaha y’ijoro nibwo abakozi bararira aho yororerwa baduhamagaye batubwira ko amafi arimo kureremba yanapfuye, twihutiye kujyayo tugezeyo izo dukuyemo zose dusanga zimeze nk’aho hashize iminsi zarapfuye”.

    Yakomeje avuga ko urupfu rw’ayo mafi arenga ibihumbi bine rwababereye amayobera kuko ntacyo bayakoreye kidasanzwe.

    Musengimana yongeraho ko kugeza mu masaha y’umugoroba ayo mafi yari agipfa, akavuga ko kugeza ubu babara igihombo cya miliyoni zigera kuri zirindwi, kuko amafi yari akuze ndetse ko bari bagiye kuyagurisha, agasaba ubufasha kugira ngo babone ibiryo byo kugaburira izasigaye kuko nta mafaranga basigaranye kuri konti, ngo bari bayizeye mu zagombaga kugurishwa.

    Ku rubuga rwa Twitter rwa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iyo Minisiteri yagize icyo ivuga ku rupfu rw’ayo mafi.

    Igira iti “Guhera ku wa kane tariki 14 Mutarama 2021, amafi muri kareremba yatangiye kureremba asamira umwuka hejuru, noneho guhera ku wa Gatandatu tariki 16 Mutarama 2021 mu ma saa kumi n’imwe (17:00) atangira gupfa”.

    “Gupfa kw’ayo mafi byatewe no kwivangavanga kw’amazi mu kiyaga kwatewe n’imvura imaze iminsi igwa, hanyuma amazi akanduzwa n’ibimera byo mu mazi bisanzwe biba mu ndiba y’ikiyaga, byagabanyije umwuka usanzwe uhumekwa n’amafi. Amasoko ya kareremba yazibye kubera urubobi rwo mu mazi n’indi myanda ituruka ku biryo bisigara bagaburira amafi, bituma ihinduranya ry’amazi muri kareremba rigabanuka”.

    MINAGRI ivuga ko icyakozwe kugira ngo amafi adakomeza gupfa, ari ukwimura kareremba zijyanwa ahari ubujyakuzimu bwisumbuyeho, ndetse hari n’imiyaga yihuta ituma ihinduranya ry’amazi muri kareremba ryihuta.

    Iyo Minisiteri kandi yasabye aborozi b’amafi kujya batanga amakuru ku gihe ku Kigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) cyangwa ku bakozi b’uturere n’imirenge bashinzwe ubworozi aho bororera, mu gihe babonye imyitwarire cyangwa ibimenyetso bidasanzwe ku mafi nko kwanga kurya, kogera hejuru araramye ashaka umwuka, kogesha urubavu, kureremba, kujunjama n’ibindi.

    Basabwa kandi gukomeza kugirira isuku za kareremba, kugurisha amafi akuze atarapfa ndetse no kwirinda kurya amafi yipfushije cyangwa kuyagurisha.

    Koperative Hagurukadukore Fumbwe ifite abanyamuryango 18, ikaba yari imaze igihe yororera amafi muri Muhazi yifashishije za kareremba.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubworozi/article/minagri-yasobanuye-ikibazo-cy-amafi-yororerwaga-muri-muhazi-yapfuye-bitunguranye

  • Minagri yavuze icyatumye amafi yororerwaga mu Kiyaga cya Muhazi apfa, inakomoza ku ngamba zafashwe – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe nyuma yaho mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Mutarama 2021 mu Mudugudu wa Kingara mu Kagari ka Mununu mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana, hagaragaye amafi yororwaga na Koperative y’Urubyiruko ya Hagurukadukore areremba hejuru y’amazi amenshi yapfuye.

    Minagri yavuze ko ibyavuye mu bugenzuzi yakoze yasanze ikibazo cy’aya mafi cyatangiye ku wa Kane tariki ya 14 Mutarama 2021 ubwo amafi mu yari muri kareremba yatangiraga kureremba asamira umwuka hejuru. Guhera ku wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2021 saa 17h00 amafi yatangiye gupfa. Ku Cyumweru saa 02h00 apfa ari menshi.

    Minagri yavuze ko icyatumye aya mafi apfa byatewe no “Kwivangavanga kw’amazi mu kiyaga kwatewe n’imvura imaze iminsi igwa maze amazi akanduzwa n’ibimera byo mu mazi bisanzwe biba mu ndiba y’ikiyaga bikaba byagabanyije umwuka uhumekwa n’amafi. Amaso ya kareremba yazibye kubera urubobi rwo mu mazi n’indi myanda ituruka ku biryo bisigara bagaburira amafi. Ibi byatumye ihinduranya ry’amazi muri kareremba rigabanuka.”

    -  Icyakozwe kugira ngo gupfa kw’amafi bihagarare

    Minagri yavuze ko bimwe mu byakozwe kugira ngo amafi ntakomeze gupfa harimo kuba “Kareremba zimuwe zijyanwa ahari ubujyakuzimu bwisumbuyeho (zavuye kuri 6.6m zijyanwa kuri 8.2m). Zanajyanywe ahari imiyaga yihuta ituma ihinduranya ry’amazi muri kareremba ribaho ku buryo bwihuse.”

    Mu bindi byakozwe harimo gusukura (koza) za kareremba zigakurwamo urubobi n’indi myanda harimo n’amafi yapfuye, gukurikirana abandi borozi b’amafi baturanye n’ahagaragaye ikibazo mu rwego rwo gukumira ko amafi yongera gupfa, gukurikiza amabwiriza yo gutegura no gusukura za kareremba zasaruwe mbere yo kongera kuziteramo amafi ndetse no gutera abana b’amafi bavuye ahantu hizewe.

    Minagri yavuze ko yasanze hamaze gupfa amafi asaga 3700 ku mafi 10 000 yororwa n’iyi koperative bikaba bitandukanye n’ibyavugwaga n’abayobora iyi koperative ko hamaze gupfa arenga 7 000.

    Koperative Haguruka Dukore igizwe n’abanyamuryango 18 bose b’urubyiruko yatangiye mu mwaka wa 2017 ikaba isanzwe yororera amafi mu Kiyaga cya Muhazi ikayagurisha hirya no hino mu Rwanda.

    -  Inkuru wasoma: Amayobera ku mafi yororerwaga mu kiyaga cya Muhazi yasanzwe areremba hejuru yapfuye

    Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze icyatumye amafi yororerwaga mu Kiyaga cya Muhazi apfa

    Yasanze gupfa kw’amafi kwatewe no kwivangavanga kw’amazi mu kiyaga kwatewe n’imvura imaze iminsi igwa ndetse n’amaso ya kareremba yazibye kubera urubobi rwo mu mazi n’indi myanda ituruka ku biryo bisigara bayagaburira

    Minagri yavuze ko yasanze hamaze gupfa amafi asaga 3700 ku mafi 10 000 yororwa aho mu Kiyaga cya Muhazi

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minagri-yavuze-icyatumye-amafi-yororerwaga-mu-kiyaga-cya-muhazi-apfa-inakomoza

  • Polisi yerekanye abantu 13 barimo “ibyamamare” barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Mu bafashwe ndetse beretswe itangazamakuru ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru harimo umu-blogger, hari kandi n’umuhanga mu bya Sinema ndetse n’abandi 11, bose barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, bahurira mu ikoraniro ritemewe.

    Aba bantu batawe muri yombi ku wa 16 Mutarama 2021, bafatiwe mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, ahagana saa Tanu z’ijoro.

    Polisi yamenye amakuru ko mu rugo rw’umwe muri bo hateraniye abantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus, icyo gihe basanzwe bari gusangira agatama.

    Nyuma yo guhabwa amakuru n’umuturage, Polisi yihutiye kujya muri urwo rugo ariko ihageze ushinzwe umutekano waho abanza kwanga gukingura.

    Umwe mu bari bashinzwe gucunga umutekano w’urwo rugo usanzwe ukora muri kimwe mu kigo gishinzwe gucunga umutekano w’abantu n’ibintu, yabwiye itangazamakuru ko yanze gukingurira abapolisi kuko ariyo mabwiriza yari yahawe.

    Ati “Polisi yaje mu rwego rwo gucunga umutekano igera aho nkorera, isanga hari urusaku rw’abari bari mu rugo banywa inzoga. Bavugaga y’uko bari baje kubayagira, noneho baje barakomanga sinakingura kuko nari mfite amabwiriza y’uko ntemerewe gukingura, ko uje wese abanza kubwira umukoresha wanjye bakabanza kuvugana.”

    Uyu muzamu yemera ko yanze gufungurira polisi yakurikiranaga abo bantu barenze ku mabwiriza, akanabyicuza.

    Nyiri urugo aba bantu bafatiwemo we yavuze ko batarenze ku mabwiriza kuko ‘twari icyenda n’abaturanyi banjye bane. Bari baje kuntabara nk’uwagize ibyago.’’

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yavuze ko bafashwe bakoze amakoraniro atemewe birengagije ko bibujijwe.

    Yaburiye abantu bakora amakoraniro atemewe bibwira ko ijisho ritabariho ko batazabura gufatwa, abasaba kureka gucungana n’inzego z’umutekano.

    CP Kabera yavuze ko kuba uwari ushinzwe umutekano yanze gukingurira inzego z’umutekano ari icyaha gihanirwa.

    Ati “Biramutse bigaragaye ko ariko byagenze, iperereza rikabihamya bakurikiranwaho icyaha cyo kwigomeka ku nzego za leta ziri mu kazi, bakaba bafungwa amezi atandatu kugera ku gifungo cy’umwaka.’’

    CP Kabera yashimiye Abanyarwanda batanga amakuru abasaba gukomeza kujya babikora.

    Abaturage bafashwe bahise bategekwa kwipimisha Coronavirus kugira ngo harebwe niba nta waba yaranduye, akaba yananduza bagenzi be. Ndetse hagakorwa iperereza ku cyaha cyo kwigomeka ku nzego za leta ziri mu kazi.

    Polisi yerekanye abantu 13 barimo ibyamamare barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/polisi-yerekanye-abantu-13-barimo-ibyamamare-barenze-ku-mabwiriza-yo-kurwanya

  • Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote yishwe na Coronavirus – #rwanda #RwOT

    Inkuru y’urupfu rwa Pasiteri Majyambere yamenyekanye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru.

    Amakuru IGIHE yamenya ni uko nyakwigendera yari amaze iminsi ari gukurikiranwa n’abaganga mu Kigo Nderabuzima cya Kanyinya, ahasanzwe havurirwa abarwayi ba Coronavirus.

    Pasiteri Majyambere Joseph yamenyekanye cyane ubwo yavaga muri ADEPR. Mu buhamya bwe yavugaga ko yatotejwe, agakubitwa agafungwa inshuro nyinshi hagatangwa n’amafaranga ngo yicwe azira ko yanze kunywesha agakombe ku ifunguro ryera.

    Mu 2001 nibwo ngo Itorero ADEPR, ryasabye abapasiteri gusinyira ko bashaka impinduka mu bijyanye n’uburyo batangaga ifunguro ryera/igaburo cyangwa se guhazwa ku Bakirisitu Gatolika.

    Icyo gihe Pasiteri Majyambere Joseph n’abandi bapasiteri babwiwe impamvu zitandukanye bagomba guhindura uburyo bajyaga ku ifunguro ryera zirimo kuba iri torero riri kugenda ritera imbere ari nako rizamo abantu basobanutse (bajijutse) badashaka gusangira n’abaciriritse ku gikombe, kuba hari indwara zandurira mu gusangirira n’izindi mpamvu zitandukanye.

    Aba bapasiteri ntibabyemeye maze bayobowe na Pasiteri Majyambere, bakora icyitwa ‘kwicomokora’ ni ukuvuga kwitandukanya na ADEPR, bashinga itorero ryabo. Ibi ariko ntibyabujije abasigaye muri ADEPR gukoresha udukombe twinshi ku igaburo.

    Abayoboraga ADEPR ntibashimishijwe n’icyemezo cye kuko babonaga ko agiye kubatwara abayoboke dore ko icyo gihe asohoka, abakirisitu basaga 3000 muri iryo torero mu Mujyi wa Kigali bamugannye.

    Pasiteri Majyambere hari igihe yafunzwe umwaka n’igice muri Gereza ya Nyarugenge [1930], azira ko yitandukanyije na ADEPR, akaza kugirwa umwere kuko basanze ibyo yashinjwaga nta kuri kurimo.

    Itorero Umuriro wa Pantekote rigizwe n’abasaga ibihumbi 10 biganjemo abitandukanyije na ADEPR. Icyicaro cyaryo kiri i Kibagabaga mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo. Rifite Ishami muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/pasiteri-majyambere-joseph-wayoboraga-itorero-umuriro-wa-pantekote-yishwe-na