Category: Uncategorized

  • USA : Umuhango wo kurahira kwa Joe Biden uherutse gutorwa #rwanda #RwOT

    Icyambere nuko uzaba mugihe Amerika yugarijwe n’icyorezo cya Covid-19 kuburyo imibare y’abahitanwa na Corona ndetse nabayandura urushaho kwiyongera uko bucyeye n’uko bwije. Iyo ikazaba impamvu ituma uwo muhango w’irahira uzakorwa mu buryo bwubahirije amabwiriza yo kwirinda Corona mu buryo butigeze kuba kubandi ba Perezida bayoboye kiriya gihugu ki gihangange ku isi.

    Icyakabiri n’uko uwo muhango uzaba mugihe kw’itariki 6/01/2021 abambari ba Perezida ucyuye igihe Donard Trump bateye ku inteko ishingamategeko bashaka ko bakwemeza ko Perezida Trump ariwe watsinze ayo matora, ibi bikaba biri mu bizatuma haba hari umutekano udasanzwe kuri uwo munsi.

    Icyagatatu kizatuma iryo rahira rizaba rifite umwihariko n’uko inzego z’ubutasi za Amerika zifite amakuru yuko kuri uwo munsi hashobora kuzaba imyigaragambyo yogushaka kuburizwamo irahira rya Joe Biden bikozwe n’abashyigikikiye Donard Trump.
    Mubindi biteganyijwe nuko muri uwo muhango hazabaho n’ihererekanya bubasha hagati ya Perezida ucyuye igihe Donard Trump abuhereza Perezida mushya Joe Bideni. Hitezwe ko uwo muhango w’irahira uzitabirwa na barwana shyaka baturuka mu ishyaka ry’abademocrate ari benshi.

    Bagabo John.

    Source : https://www.imirasire.rw/?USA-Umuhango-wo-kurahira-kwa-Joe-Biden-uherutse-gutorwa

  • Breaking: Amashuri y'incuke, Abanza n'ayisumbuye yo muri Kigali yose yafunzwe #rwanda #RwOT

    Itangazo rishyizwe hanze na Minisiteri y'uburezi ifatanije na Minisiteri y'ubuzima ku gicamunsi cy'uyu wa 17 Mutarama 2021, riravuga ko amashuri y'incuke, abanza ndetse n'ayisumbuye yaba aya Leta n'ayigenga muri Kigali bihagaritswe guhera kuri uyu wa mbere tariki 18 Mutarama 2021 kubera icyorezo cya Coronavirus.

    Dore uko itangazo ribisobanura;

    Photo: unicef.org

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    The post Breaking: Amashuri y'incuke, Abanza n'ayisumbuye yo muri Kigali yose yafunzwe appeared first on Intyoza.

    Source : http://www.intyoza.com/breaking-amashuri-yincuke-abanza-nayisumbuye-yo-muri-kigali-yose-yafunzwe/

  • Niba ushaka kugira ngo Polisi irambirwe, ntabwo izarambirwa ahubwo ni wowe uzarambirwa-CP Kabera #rwanda #RwOT

    CP John Bosco Kabera, umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda nyuma yo guta muri yombi abantu 13 mu rugo rw'umuturage, mu Murenge wa Remera, Akagari ka Nyarutarama bari mucyo Polisi yise ibirori bitemewe kubera amabwiriza yo kwirinda Covid-19, aburira buri wese kwirengera ingaruka zituruka ku kutubahiriza amabwiriza yashyizweho, ko kandi uwibwira ko wenda Polisi yarambirwa ku mutegereza yaba yibeshya.

    CP Kabera, ubwo Polisi yerekaga itangazamakuru aba bantu bafashwe mu mpera z'iki cyumweru mu ijozo ryo kuwa Gatandatu rishyira ku cyumweru, yavuze ko ubwo hamenyekanaga amakuru guhera I saa tatu z'ijoro ( hakiri tariki 16 Mutarama 2021), yuko aba bantu bari mu rugo rw'umuturage mu birori, Polisi yagiyeyo banga kuyikingurira, abarinzi ba nyiri urugo nabo ngo bakaba bari bahawe amabwiriza ko nta gukingurira. Polisi, yahisemo kubararira kugera barambiwe barakingura.

    Yagize ati' Nuko nyine banze gukingura Polisi ikahararira mpaka bafunguye nyine! Ariko se ubundi utekereza ko kwanga gufungurira Polisi uziko Polisi iri bujye hehe? Ibyo twarabivuze!, barambiwe barafungura nyine, none se bajyaga kubigenza bate!? 'Twarabivuze yuko niba ushaka kugira ngo Polisi irambirwe, ntabwo izarambirwa ahubwo ni wowe uzarambirwa'.

    CP Kabera, akomeza asaba buri wese kubyumva ariko kandi agashimira abanyarwanda n'abandi bose bakomeje gutanga amakuru, abasaba gukomeza kuyatanga kugira ngo abarenga ku mabwiriza bafatwe, bagaragarizwe Abanyarwanda ngo kuko ni nabo bakurura ibibazo.

    Avuga ko abafashwe bagomba kwipimisha Covid-19 kandi bakirengera ikiguzi. Ati' Niko bigomba kugenda, bimwe mubiri bubakorerwe uretse n'iperereza rindi nabo bagomba kwipimisha Covid-19'. Akomeza kukiguzi ati' Nibo bacyiyishyurira kuko nibo babyiteye, ntawabatumye kujya muri ibyo birori byo mu ngo, nta n'uwababwiye yuko bagomba kurenga ku mabwiriza. Ibyo rero byose barabikurikiranwaho, barabiryozwa, bazanabikurikiranweho nibigaragara ko mu by'ukuri harimo ibyaha'.

    Polisi ibinyujije kuru twitter yagize iti;

    Nyiri urugo ndetse n'umuzamu umurinda ntabwo bahuza ku mvugo zo kuba banze gukingurira Polisi. Nyiri urugo avuga ko ibyo byabaye we yari yaryamye, mu gihe umuzamu we ahamya ko yamuhaye amabwiriza yo kudakingura ndetse n'igihe Polisi yazaga yamumeyesheje ariko akamubwira ko adakingura. Uyu murinzi nkuko inkuru dukesha ukwezi Tv ibigaragaza, avuga ko yicuza ikosa ryo kuba yaruhije inzego z'umutekano akanga kuzikingurira.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    The post Niba ushaka kugira ngo Polisi irambirwe, ntabwo izarambirwa ahubwo ni wowe uzarambirwa-CP Kabera appeared first on Intyoza.

    Source : http://www.intyoza.com/niba-ushaka-kugira-ngo-polisi-irambirwe-ntabwo-izarambirwa-ahubwo-ni-wowe-uzarambirwa-cp-kabera/

  • Kigali: Polisi yafatiye abantu 13 mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Eric Kabera, umwe mu bantu 13 bari batumiwe mu birori bya Ndayiragije
    Eric Kabera, umwe mu bantu 13 bari batumiwe mu birori bya Ndayiragije

    Abantu bose bamaze kugera mu rugo rwa Ndayiragije yahaye amabwiriza ushinzwe kurinda urugo ko atagira umuntu uwo ari we wese yemerera kwinjira kabone n’iyo baba abashinzwe umutekano. Niko byageze kuko abapolisi bamaze kumenya amakuru y’abo bantu, ushinzwe umutekano yabujije abapolisi kwinjira mu gipangu.

    Mu rugo kwa Ndayiragije hari hateraniye abantu baturutse mu bice bitandukanye muri Kigali
    Mu rugo kwa Ndayiragije hari hateraniye abantu baturutse mu bice bitandukanye muri Kigali

    Tuyizere Fidele ni umukozi ushinzwe gucunga umutekano muri bimwe mu bigo byigenga bicunga umutekano. Yabwiye itangazamakuru ko mu ijoro nka saa tanu abantu baje mu rugo yari ashinzwe kurinda bari baje mu birori. Bamaze kugera mu rugo batangiye gusakuza cyane, abapolisi baje kureba ibyabaye ababuza kwinjira kuko ari amabwiriza yari yahawe na Ndayiragije Prosper ari we nyiri urugo.

    Tuyizere yagize ati “Abapolisi baje ari nijoro bari mu kazi bagera aho nkorera basanga hari urusaku, barakomanga bansaba kubakingurira ngo binjire ndabyanga kuko ni yo mabwiriza nari nahawe na Ndayiragije. Hashize umwanya munini nabujije abapolisi kwinjira ariko nyuma byatinze naje kubemerera barinjira.”

    Tuyizere aremera amakosa yakoze yo kubangamira inzego z’umutekano zari mu kazi bigatwara umwanya munini kugira ngo babashe kwinjira mu gipangu.

    Ndayiragije Prosper yari yatumiye abantu iwe atanga amabwiriza yo kubuza abapolisi kwinjira mu gipangu
    Ndayiragije Prosper yari yatumiye abantu iwe atanga amabwiriza yo kubuza abapolisi kwinjira mu gipangu

    Ndayiragije Prosper wari watumije abantu mu rugo rwe aremera ko yari yatumiye abantu 13 bakaza mu rugo rwe baturutse mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali. Aremera ko abapolisi baje iwe umuzamu akababuza kwinjira, anavuga ko yemera ko ibyo yakoze byo gutumira abantu harimo ibyago byinshi byo gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19.

    Yagize ati “Koko abapolisi baje ushinzwe kurinda igipangu ababuza kwinjira, ibyo nakoze ni amakosa kuba natumiye abantu bakaza iwanjye kandi ibirori bitemewe muri ibi bihe turimo.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yagaye cyane bariya bantu uko ari 13 kuba barenze ku mabwiriza nkana bagateranira mu birori kandi babizi neza ko bashobora kwanduzanya COVID-19.

    Ati “Bariya bantu hari abaturutse mu Karere ka Gasabo, abaturutse mu Karere ka Kicukiro, abavuye mu Karere ka Nyarugenge bose baza guteranira mu birori kandi babizi neza ko amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 atabyemera. Bamwe muri bo bashobora kuba baranduye bakaza kwanduza abandi na bo bakazajya kwanduza abo babana mu rugo n’abo bakorana.”

    Yakomeje avuga ko bariya bantu uko ari 13 bagomba gucibwa amande ndetse bakanipimisha ku mafaranga yabo hakarebwa ko hatarimo abanduye COVID-19. CP Kabera akomeza avuga ko bariya bantu bakoze n’ikindi cyaha cyo kwigomeka ku nzego z’umutekano ziri mu kazi.

    Ati “Abapolisi bari mu kazi bageze ku rugo rw’uriya Ndayiragije ababuza kwinjira mu rugo, hazakorwa iperereza nibiramuka bigaragaye ko ari byo bazakurikiranwaho icyaha cyo kwigomeka ku nzego za Leta ziri mu kazi k’umutekano, bazabihanirwa.”

    Gatete Ruhumuriza yari afite amahane yitwaje ko azi amategeko
    Gatete Ruhumuriza yari afite amahane yitwaje ko azi amategeko

    Umuvugizi wa Polisi yashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru ku bantu barenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 asaba n’abandi gukomeza gutanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe. Yavuze ko hari abantu bakomeje kurenga ku mabwiriza bakibwira ko Polisi itabimenye, yavuze ko abatarafatwa ari igihe kitaragera ariko amaherezo bazafatwa.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/kigali-polisi-yafatiye-abantu-13-mu-rugo-rw-umuturage-barenze-ku-mabwiriza-yo-kurwanya-covid-19

  • Abantu 02 bahitanwe na Covid-19 mu Rwanda abandi 182 barayandura #rwanda #RwOT

    Abahitanwe na Covid-19 mu Rwanda n'abagabo 2 barimo uw'imyaka 60 na 61 bo mu mujyi wa Kigali.

    Abanduye bashya uko ari 182 babonetse I Kigali: 128, Kirehe: 13, Gatsibo: 10, Rwamagana: 6, Rulindo: 6, Musanze: 5, Rubavu: 5, Gicumbi: 4, Huye: 2, Nyaruguru: 1, Ngoma: 1, Nyagatare: 1.

    Umubare w'abamaze gukira Covid-19 bose mu Rwanda ni 7,363 nyuma yo gupimwa bagasangwa nta bwandu bagifite mu gihe 3,527 bakirwaye aho bakiri kwitabwaho.

    Ibimenyetso bya Covid-19 birimo inkorora, ibicurane, guhumeka bigoranye n'umuriro. Yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y'ubuhumekero.

    Abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n'amazi n'isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n'amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n'abantu benshi.

    Nyuma y'umwaka urenga icyorezo cya Coronavirus cyibasiye isi, ubu abantu barenga miliyoni 2 bamaze guhitanwa nayo.

    Iki cyorezo kimaze gushegesha Isi kuko buri munsi humvikana imibare itari mike y'abacyaduye mu mpande zose. Imibare yatanzwe n'inzego z'ubuzima ku Isi hose mu gitondo cyo kuri iki cyumweru igaragaza ko hamaze kwandura abantu barenga 94 962 048.

    Mu bigaragara Covid-19 imaze gukwirakwira hirya no hino ariko hari bimwe mu bihugu yagiye yibasira kurusha ibindi ko hari aho usanga imibare y'abandura n'abahitanwa n'iki cyorezo iri hejuru cyane.

    Kugeza ubu igihugu kiri imbere mu kugira ubwandu bwinshi bwa Covid-19 ni Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, aho abasaga miliyoni 24 banduye iki cyorezo mu gihe abasaga ibihumbi 400 bahitanywe nayo.

    Igihugu kiri ku mwanya wa kabiri ku isi yose ni u Buhinde aho kugeza ubu hari abasaga miliyoni 10 bamaze kwandura iki cyorezo ndetse n'abasaga ibihumbi 150 bamaze guhitanwa nacyo.

    Brésil ifite abasaga miliyoni umunani bamaze kwandura n'abasaga ibihumbi 200 bamaze guhitanwa nayo. U Burusiya nabwo bwaribasiwe aho kuri ubu bafite abantu basaga miliyoni eshatu bamaze kucyandura ndetse n'abasaga ibihumbi 65 bamaze guhitanwa nacyo.

    Muri Afurika, Afurika y'Epfo iri ku mwanya wa 15 ku isi, aho ifite abasaga miliyoni 1 banduye iki cyorezo mu gihe abasaga ibihumbi 36 bamaze guhitanwa nayo.

    Muri Afurika y'Iburasirazuba, Kenya niyo ifite imibare iri hejuru aho kuri ubu bafite abanduye iki cyorezo basaga ibihumbi 99 mu gihe abasaga igihumbi bahitanwe nayo. Uganda niyo ikurikira kuko ifite abasaga ibihumbi 38 banduye Covid-19 n'abasaga 300 bamaze guhitanwa nayo. U Rwanda narwo rumaze kugira abasaga ibihumbi 10 bayanduye n'abasaga 140 bamaze guhitanwa nayo.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/ubuzima/article/abantu-02-bahitanwe-na-covid-19-mu-rwanda-abandi-182-barayandura

  • MINEDUC yafunze amashuri abanza,ayisumbuye n'ay'inshuke yo mu mujyi wa Kigali kubera Covid-19 #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Minisiteri y'Uburezi ku bufatanye na Minisiteri y'Ubuzima, rimenyesha abafatanyabikorwa bose ko ingamba zafashwe mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Koronavirusi, cyane cyane mu Mujyi wa Kigali ari uko Amashuri y'incuke,abanza n'ayisumbuye mu mujyi wa Kigali agomba gufunga guhera kuri uyu wa Mbere.

    Iri tangazo risohotse nyuma y'aho Minisiteri y'Uburezi yaherukaga gutangaza ko abiga mu mashuri y'incuke n'abo mu cyiciro cya mbere cy'abanza bagombaga kuzasubukura amasomo yabo kuwa 18 Mutarama 2021 nyuma y'igihe kigera ku mezi 10 bari bamaze batiga kubera icyorezo cya COVID-19.

    Mu kiganiro Minisitiri w'Uburezi, Dr Uwamariya Valentine, yagiranye n'itangazamakuru ku wa 7 Mutarama 2021,yavuze ko amashuri y'incuke n'abanza agiye gufungurwa, asaba ababyeyi gutangira kwitegura.

    Yagize ati “Abana bo mu mashuri y'incuke kuva mu wa mbere itariki yo gutangira ni kuwa 18 Mutarama, ababyeyi n'abanyeshuri bakaba batangira kwitegura kugira ngo iyo tariki bazajye ku ishuri, abo ni abana bo mu mashuri y'incuke ndetse n'icyiciro cya mbere cy'abanza, ni ukuvuga kuva mu wa mbere kugeza mu wa gatatu.''

    Icyakora,Minisitiri Uwamariya yakomeje avuga ko uyu mwanzuro uzagenda urushaho gusesengurwa bijyanye n'uko icyorezo cya COVID-19 kizaba gihagaza ndetse n'inama bazahabwa na Minisiteri y'Ubuzima.

    Bitandukanye n'ibindi byiciro byatangiye mbere, abiga mu mashuri y'incuke n'abo mu cyiciro cya mbere cy'abanza bo umwaka bari kuwutangira bakerewe kuko hari abari batangiye.

    Ingengabihe yari yashyizwe hanze yagaragaza ko Igihembwe cya Mbere kuri aya mashuri abanza n'ay'inshuke cyari gutangira kuri uyu wa 18 Mutarama 2021, kigasozwa ku wa ku wa 2 Mata; kizakurikirwa n'ikiruhuko cy'ibyumweru bibiri giteganyijwe ku wa 3-18 Mata 2020.

    Igihembwe cya Kabiri cyari kuzatangira ku wa 19 Mata gisozwe ku wa 11 Kamena, mu gihe ikiruhuko cyacyo cy'ibyumweru bitatu, kizatangira ku wa 12 Kamena kikarangira ku wa 4 Nyakanga 2021.

    Igihembwe cya gatatu kigatangira ku wa 5 Nyakanga kirangire ku wa 3 Nzeri 2021, abanyeshuri batangire ikiruhuko kinini ku wa 4 Nzeri.

    Ku wa 2 Ugushyingo 2020,nibwo hatangiye abanyeshuri bo mu mashuri abanza biga mu mwaka wa Gatanu n'uwa Gatandatu. Uwo munsi kandi hatangiye abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Gatatu, uwa Gatanu n'uwa Gatandatu.

    Hatangiye kandi abanyeshuri bo mu mashuri y'Ubumenyi ngiro bari mu mwaka wa Gatatu n'uwa Gatanu ndetse n'abo mu y'Inderabarezi bo mu mwaka wa Mbere n'uwa Gatatu.

    Ikindi cyiciro ni icy'abanyeshuri batangiye igihembwe cya kabiri ku wa 23 Ugushyingo 2020. Muri iki cyiciro hatangiye abanyeshuri biga mu mwaka wa Kane w'amashuri abanza, n'abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Mbere, uwa Kabiri n'uwa Kane.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/uburezi/article/mineduc-yafunze-amashuri-abanza-ayisumbuye-n-ay-inshuke-yo-mu-mujyi-wa-kigali

  • Niyo Bosco yavuze ukuntu yashatse kwiyahura inshuro 6 zose anavuga uko yamaze amasaha ane aririmba ategereje ko umwaka urangira(VIDEO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Niyo Bosco kuri ubu uri muri label ya Irene Murindahabi (M. Irene) yavuze ukuntu yashatse kwiyahura inshuro 6 zose bikanga. Ibi Niyo Bosco yabitangarije mu kiganiro kirambuye yagiranye na ISIMBI TV aho Niyo Bosco yatangiye avuga ko ashima Imana kubera abafana be bari kugenda bareba indirimbo ze ku rubuga rwa YouTube cyane ibi we afata nk'ibidasanzwe. Niyo Bosco kandi yanavuze ukuntu yatangiye umwaka aririmba ndetse by'umwihariko guhera ku isaha ya saa mbiri z'iya 31 Ukuboza 2020 kugeza ku i saa sita z'ijoro z'iya 01 Mutarama 2021, we yari afite guitar ye arimo kwiririmbira. Muri iki kiganiro kirambuye Niyo Bosco yakomeje avugaml byinshi bijyanye n'ubuzima bwe butandukanye ndetse n'ibya muzika ye.

    Umuhanzi Niyo Bosco

    IKIGANIRO CYOSE NIYO BOSCO YAGIRANYE NA ISIMBI TV KIRI HANO HASI

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/niyo-bosco-yavuze-ukuntu-yashatse-kwiyahura-inshuro-6-zose-anavuga-uko-yamaze-amasaha-ane-aririmba-ategereje-ko-umwaka-urangiravideo/

  • Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote yishwe na Coronavirus – #rwanda #RwOT

    Inkuru y'urupfu rwa Pasiteri Majyambere yamenyekanye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru.

    Amakuru IGIHE yamenya ni uko nyakwigendera yari amaze iminsi ari gukurikiranwa n'abaganga mu Kigo Nderabuzima cya Kanyinya, ahasanzwe havurirwa abarwayi ba Coronavirus.

    Pasiteri Majyambere Joseph yamenyekanye cyane ubwo yavaga muri ADEPR. Mu buhamya bwe yavugaga ko yatotejwe, agakubitwa agafungwa inshuro nyinshi hagatangwa n'amafaranga ngo yicwe azira ko yanze kunywesha agakombe ku ifunguro ryera.

    Mu 2001 nibwo ngo Itorero ADEPR, ryasabye abapasiteri gusinyira ko bashaka impinduka mu bijyanye n'uburyo batangaga ifunguro ryera/igaburo cyangwa se guhazwa ku Bakirisitu Gatolika.

    Icyo gihe Pasiteri Majyambere Joseph n'abandi bapasiteri babwiwe impamvu zitandukanye bagomba guhindura uburyo bajyaga ku ifunguro ryera zirimo kuba iri torero riri kugenda ritera imbere ari nako rizamo abantu basobanutse (bajijutse) badashaka gusangira n'abaciriritse ku gikombe, kuba hari indwara zandurira mu gusangirira n'izindi mpamvu zitandukanye.

    Aba bapasiteri ntibabyemeye maze bayobowe na Pasiteri Majyambere, bakora icyitwa 'kwicomokora' ni ukuvuga kwitandukanya na ADEPR, bashinga itorero ryabo. Ibi ariko ntibyabujije abasigaye muri ADEPR gukoresha udukombe twinshi ku igaburo.

    Abayoboraga ADEPR ntibashimishijwe n'icyemezo cye kuko babonaga ko agiye kubatwara abayoboke dore ko icyo gihe asohoka, abakirisitu basaga 3000 muri iryo torero mu Mujyi wa Kigali bamugannye.

    Pasiteri Majyambere hari igihe yafunzwe umwaka n'igice muri Gereza ya Nyarugenge [1930], azira ko yitandukanyije na ADEPR, akaza kugirwa umwere kuko basanze ibyo yashinjwaga nta kuri kurimo.

    Itorero Umuriro wa Pantekote rigizwe n'abasaga ibihumbi 10 biganjemo abitandukanyije na ADEPR. Icyicaro cyaryo kiri i Kibagabaga mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo. Rifite Ishami muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/pasiteri-majyambere-joseph-wayoboraga-itorero-umuriro-wa-pantekote-yishwe-na

  • Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote yitabye Imana – #rwanda #RwOT

    Inkuru y'urupfu rwa Pasiteri Majyambere yamenyekanye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko nyakwigendera yari amaze iminsi arwaye.

    Pasiteri Majyambere Joseph yamenyekanye cyane ubwo yavaga muri ADEPR. Mu buhamya bwe yavugaga ko yatotejwe, agakubitwa agafungwa inshuro nyinshi hagatangwa n'amafaranga ngo yicwe azira ko yanze kunywesha agakombe ku ifunguro ryera.

    Mu 2001 nibwo ngo Itorero ADEPR, ryasabye abapasiteri gusinyira ko bashaka impinduka mu bijyanye n'uburyo batangaga ifunguro ryera/igaburo cyangwa se guhazwa ku Bakirisitu Gatolika.

    Icyo gihe Pasiteri Majyambere Joseph n'abandi bapasiteri babwiwe impamvu zitandukanye bagomba guhindura uburyo bajyaga ku ifunguro ryera zirimo kuba iri torero riri kugenda ritera imbere ari nako rizamo abantu basobanutse (bajijutse) badashaka gusangira n'abaciriritse ku gikombe, kuba hari indwara zandurira mu gusangirira n'izindi mpamvu zitandukanye.

    Aba bapasiteri ntibabyemeye maze bayobowe na Pasiteri Majyambere, bakora icyitwa 'kwicomokora' ni ukuvuga kwitandukanya na ADEPR, bashinga itorero ryabo. Ibi ariko ntibyabujije abasigaye muri ADEPR gukoresha udukombe twinshi ku igaburo.

    Abayoboraga ADEPR ntibashimishijwe n'icyemezo cye kuko babonaga ko agiye kubatwara abayoboke dore ko icyo gihe asohoka, abakirisitu basaga 3000 muri iryo torero mu Mujyi wa Kigali bamugannye.

    Pasiteri Majyambere hari igihe yafunzwe umwaka n'igice muri Gereza ya Nyarugenge [1930], azira ko yitandukanyije na ADEPR, akaza kugirwa umwere kuko basanze ibyo yashinjwaga nta kuri kurimo.

    Itorero Umuriro wa Pantekote rigizwe n'abasaga ibihumbi 10 biganjemo abitandukanyije na ADEPR. Icyicaro cyaryo kiri i Kibagabaga mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo. Rifite Ishami muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

    Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote yitabye Imana

    Pasiteri Majyambere Joseph yitabye Imana nyuma y’iminsi yari amaze arwaye

    Inyubako ikoreramo Itorero Umuriro wa Pantekote iherereye i Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/pasiteri-majyambere-joseph-wayoboraga-itorero-umuriro-wa-pantekote-yitabye