Category: Uncategorized

  • Burera:Babiri bafatanwe ibiro 10 by’urumogi bakwirakwizaga mu baturage – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera, Superintendent of Police (SP) Aphrodis Nkundineza yavuze ko gufatwa kw’aba bantu byagizwemo uruhare n’abaturage aho bahaye Polisi y’u Rwanda amakuru ikabasha kubafata.

    Yagize ati “Hari abaturage bari bazi neza ko bacuruza urumogi. Babibwiye abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge(ANU) bahita bafatwa.”

    SP Nkundineza akomeza avuga ko urumogi barukura mu gihugu cya Uganda. Umwe ni we wari umucuruzi warwo aruhabwa n’Abagande mu gihe undi yari ushinzwe gushaka abakiliya.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera yashimiye abaturage batanze amakuru bakayatangira ku gihe. Yibukije abishora mu bikorwa byo gukoresha ibiyobyabwenge ko nta mahirwe bazagira kuko k’ubufatanye n’abaturage bazajya bafatwa bagafungwa.

    Abafashwe uko ari babiri bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Bungwe kugira ngo bakorerwe idosiye.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko igihano kiba igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

    Bafatanywe ibiro icumi by’urumogo bacuruzaga mu baturage

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/burera-babiri-bafatanwe-ibiro-10-by-urumogi-bakwirakwizaga-mu-baturage

  • Burera: Polisi yafashe abakwirakwizaga urumogi mu baturage #rwanda #RwOT

    Polisi ikorera mu Karere ka Burera mu Murenge wa Gatebe yafashe abagabo babiri bari bafite ibiro 10 by' urumogi bakwirakwizaga mu baturage.

    Polisi abo yafashe ni Twizerumuremyi Innocent na Haragirimana Daniel bafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama bafatirwa mu Kagari ka Gabiro Umudugudu wa Kagano. 

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera, Superintendent of Police (SP) Aphrodis Nkundineza  yavuze ko gufatwa kw'aba bantu byagizwemo uruhare n'abaturage aho bahaye Polisi y'u Rwanda amakuru ikabasha kubafata.

    Yagize ati 'Hari abaturage bari bazi neza ko Haragirimana Daniel w'imyaka 33 na Twizerumuremyi Innocent w'imyaka 27 bacuruza urumogi. Babibwiye abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge(ANU) bahita bafatwa.'

    SP Nkundineza akomeza avuga ko urumogi barukura mu gihugu cya Uganda, Haragirimana akaba ariwe mucuruzi warwo kuko aruhabwa n'Abagande naho Twizerumuremyi we yari ashinzwe gushaka abakiriya.

    Ati ' Haragirimana afite ahantu ahurira n'abaturage ba Uganda bakarumuha atambutse Igihugu kandi nabo batambutse icyabo ngo baze mu Rwanda (No Man's land), iyo yamaraga kurugeza mu Rwanda Twizerumuremyi yatangiraga gushaka abakiriya.'

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera yashimiye abaturage batanze amakuru bakayatangira ku gihe. Yibukije abishora mu bikorwa byo gukoresha ibiyobyabwenge ko nta mahirwe bazagira kuko k'ubufatanye n'abaturage bazajya bafatwa bagafungwa. 

    Abafashwe uko ari babiri bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Bungwe kugira ngo bakorerwe idosiye.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/18/burera-polisi-yafashe-abakwirakwizaga-urumogi-mu-baturage/

  • FERWAFA yiseguye ku banyarwanda ndetse inavuga impamvu abakinnyi b'Amavubi bagiye gukinana imyenda ikuze – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryiseguye ku banyarwanda ndetse rinasobanura impamvu abakinnyi b'ikipe y'igihugu y' U Rwanda Amavubi bagiye gukinana imyenda bakinanyw guhera mu mwaka w'imikino wa 2017-2018. Ibi FERWAFA yabivuze  mu itangazo yashyize hanze ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter.

    Nkuko bigaragara mu itangazo FERWAFA yashyize ku rukuta rwayo rwa Twitter, yasobanuye impamvu abakinnyi b'Amavubi bagiye gukinana iyi myenda benshi bavuga ko ikuze. FERWAFA yavuze ko ubwo hategurwaga ibijyanye no kwitabira CHAN 2020, FERWAFA ifatanyije na Ministeri ya Siporo yatumije imyenda mishya yo gukinana CHAN yagombaga kuva ku wa 4 Mata 2020 kugeza ku wa 25 Mata 2020.

    FERWAFA ikomeza ivuga ko hafashwe umwanzuro wo gutumiza imyenda mishya ariko hagendewe ku myenda yari mu ruganda kandi ihuye n'amabara y'ikipe y'igihugu bitewe nuko igihe kitari gihagije ku buryo sosiyete yambika ikipe y'igihugu yari yamaze gukora umwenda wihariye ” customized kit ” nk'uko bisanzwe bikorwa. FERWAFA kandi ikomeza isobanura ku bijyanye n'umwambaro w'abazamu abantu benshi banagarutseho cyane.

    ITANGAZO FERWAFA YAGENEYE ABANYARWANDA

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/ferwafa-yiseguye-ku-banyarwanda-ndetse-inavuga-impamvu-abakinnyi-bamavubi-bagiye-gukinana-imyenda-ikuze/

  • Imyambaro amavubi araza kuba yambaye muri CHAN 2020 ikomeje guhabwa urwa menyo n'abatari bake. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Mu ntangiriro z'iki cyumweru gishize nibwo ikipe y'igihugu Amavubi yerekeje muri Shampiyona Nyafurika CHAN 2020 muri Cameroun, gusa icyagarutsweho cyane ni umwambaro wa Made in Rwanda utakishijwe imirimbo gakondo izwi nk'imigongo Amavubi yagiye muri Cameroun yaserukanye ku wa Gatatu.Noneho kuri ubu imyambaro y'amajezi iyi kipe irambara nayo ikomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

    Bitandukanye n'ibindi bihugu byinshi byitabiriye iri rushanwa, byagiye bigaragaza umwambaro mushya bizaserukana muri CHAN 2020 Amavubi yo azakinana umwambaro asanganywe wakozwe n'uruganda rwa Errea mu mwaka w'imikino w'imikino wa 2017-18.

    Nubwo abenshi bagaragaje ko batiyumvisha uburyo Ikipe y'Igihugu ishobora kwambara umwambaro umaze imyaka ine uri ku isoko kandi hari indi mishya yasohotse nyuma, icyasembuye ibiganiro cyane ni ahanditse amazina y'abakinnyi mu mugongo, aho yanditsweho habanje gusibwa ijambo RWANDA.

    Ku mwambaro uzambarwa n'umunyezamu Kwizera Olivier, izina rye rya mbere ryanditswe neza, ariko bigaragara ko ribanzirizwa n'inyuguti R ndetse rigasozwa n'indi nyuguti ya A.
    Umunyamakuru Richard Kwizera uri mu bakurikiranwa cyane ku mbugankoranyambaga, yasangije iyi foto atebya, avuga ko umwambaro ushobora kuba ari uwe.

    Ati 'Iyi si jersey yanjye ra! R. Kwizera.'

    Umunyamakuru w'imikino, Ngabo Robben, we yagaragaje ko iyi nyuguti ibanziriza izina rya Kwizera ari iyaririmbwe n'umuhanzi Riderman wavuze ko inyuguti ya R itangira amazina y'abantu batirara.
    Ufitumukiza yavuze ko mbere y'uko Amavubi agura imyambaro ya Made in Rwanda yajyanye muri Cameroun, yari gukoresha ihendutse, akibuka no kugira imyenda igezweho.

    Ati 'Ya myenda bagiye bifunzemo iyo bagabanya igiciro bagatwara Jersey zifatika? Mureke dutsindwe tuba twambaye nabi.'
    Nduwayo Alain yanenze abakabaye bamenyera Ikipe y'Igihugu uko isohoka yambaye, agaragaza ko bakwiye kuyubaha kuko ihagarariye u Rwanda.

    Ati 'Ni gute mutinyuka? Iyi ni Ikipe y'Igihugu, ikwiye kubahwa.'
    Uwitwa Arnaud Yunusu yagarutse kuri iyi myambaro y'Amavubi atebya, avuga ko impamvu ataguriwe igezweho ari uko asanzwe atitwara neza.

    Ati 'Hari ubwo umubyeyi yanga kugurira umwana we w'umuswa impuzankano nshya ati 'Nubundi uzigane iyo yacitse …ntuteze kuba uwa mbere''.

    Ikipe y'Igihugu iratangira guhatanira igikombe cya CHAN 2020 uyu Mbere tariki ya 18 Mutarama 2021 saa tatu z'ijoro, aho iraza kwisobanura na Uganda mu gihe uyu mukino uraba wabanjirijwe n'urahuza Maroc na Togo biri kumwe mu itsinda C.

    Umuhanzi witwa Rider Man yaririmbye ati:”Inyuguti ya ‘R’ itangira amazina y’abantu batirara” none byabaye ngombwa ko iyo nyuguti yongerwa imbere y’amazina y’abakinnyi b’Amavubi ngo kwirara ntibizabarangweho muri #TotalCHAN2020 @FERWAFA @Muzungu4 @AngelMutabaruka @RobCyubahiro pic.twitter.com/Zmfuwdz57B

    — ngabo roben🇷🇼 (@NgaboRoben) January 17, 2021

    Iby'Amavubi yacu bikomeje kunanirana. Jersey zimaze imyaka itatu nizo tuzakinisha CHAN 😔😢 https://t.co/3tolSgwLj9

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/imyambaro-amavubi-araza-kuba-yambaye-muri-chan-2020-ikomeje-guhabwa-urwa-menyo-nabatari-bake/

  • Covid-19 iratwegereye cyane, tubyibazeho neza itatwegera kurushaho – Minisitiri Busingye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Busingye yaburiye abantu ko badakwiye gukinisha icyorezo cya COVID-19
    Minisitiri Busingye yaburiye abantu ko badakwiye gukinisha icyorezo cya COVID-19

    Ministiri Busingye yahaye Kigali Today ibisubizo ku cyo Leta itekereza ku mibare y’ubwiyongere bw’abandura n’abicwa na Covid-19 irushaho kuzamuka muri iyi minsi.

    Ku itariki 05 y’uku kwezi kwa Mutarama 2020 Minisitiri Busingye yari yanyujije ubutumwa kuri ‘Twitter’ aca amarenga y’uko hashobora gusubiraho gahunda ya “Guma mu rugo” mu gihe “Guma mu Karere” yaba idatanze umusaruro.

    Yari yagize ati “2021 iratangiye ariko Covid iravuza ubuhuha!! Imaze kudutwara 105. Kimwe cya kabiri muri bo yabatwaye mu kwezi k’Ukuboza 2020, kandi abarembye si bake. Inkuru ya Covid-19 ubu ni incamugongo. Guma mu Karere nidatanga igisubizo murumva ikizakurikiraho. Twirinde ku bushake nyabuna!”

    Iyo gahunda ya “Guma mu Karere” yari yaraye ishyizweho n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 04 Mutarama 2021, hemezwa ko indi nama yo gufata ingamba nshya izongera guterana nyuma y’iminsi 15 (birashoboka ko ari ku wa mbere tariki 18).

    Uretse abari bamaze kwicwa na Covid-19 banganaga na 105, abarwayi bashya bari babonetse uwo munsi bari 172, ndetse umubare w’abari baragezweho n’icyorezo wose wari ugeze ku 8,848 ariko hari hamaze gukira abagera ku 6,816.

    Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 16 Mutarama 2021, mu kiganiro Minisitiri Busingye yagiranye n’umunyamakuru wa Kigali Today, yagize ati “Covid-19 iratwegereye cyane, buri cyemezo dufata tubanze tukibazeho neza kitaba ari ikiyitwegereza kurushaho”.

    Minisitiri Busingye yagaragaje uburyo “icyorezo kigenda kimera nabi uko umunsi uhise” nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima, aho ku wa 11 Mutarama abari bamaze kwitaba Imana bari 120, nyuma y’iminsi ine gusa baba biyongereyeho abangana na 18.

    Yavuze ko imigirire yose itanga icyuho cyo kwandura abantu bagomba kuyivaho kandi ingamba zo kwirinda bibutswa buri gihe zikubahirizwa nta kujenjeka.

    Muri uku kwezi kwa Mbere imibare y’abandura Covid-19 ndetse n’abo ihitana yakomeje kuzamuka, dore ko nko ku wa Gatanu tariki 15 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu batanu bitabye Imana bishwe na COVID-19, haboneka abantu bashya 257 banduye COVID-19, naho 54 mu bari barwaye barakize.

    Ku wa Gatandatu tariki 16 Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 277, naho 165 mu bari barwaye bakize, abapfuye kuri uwo munsi bari babiri.

    Ku Cyumweru tariki 17 Mutarama 2021 nabwo hongeye kuboneka umubare uri hejuru w’abantu 182 basanzwemo COVID-19, abapfuye ni babiri, naho 170 mu bari barwaye bakize.

    Muri rusange kugeza ku Cyumweru, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 11,032 muri bo abamaze gukira ni 7,363 naho abakivurwa ni 3,527. Abantu 142 ni bo bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/covid-19-iratwegereye-cyane-tubyibazeho-neza-itatwegera-kurushaho-minisitiri-busingye

  • MINEDUC yasobanuye byimbitse icyabaye intandaro yo gufunga amashuri yo muri Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni icyemezo cyabaye nk’igitungurana cyane ko ibindi byemezo nk’ibi bisanzwe bifatirwa mu Nama y’Abaminisitiri itari yateranye kuri uwo munsi, ndetse kikaba cyaje mu gihe abanyeshuri bo mu mashuri y’incuke n’abo mu cyiciro cya mbere cy’abanza biteguraga gusubukura amasomo kuva yahagarikwa muri Werurwe 2020.

    Mu kiganiro Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagiranye na RBA, yavuze ko bafashe icyemezo cyo guhagarika amashuri yigenga n’aya Leta yo mu Mujyi wa Kigali kubera ubwandu bwinshi bumaze igihe buhagaragara.

    Ati “Nibyo koko iki cyemezo kirareba Umujyi wa Kigali kubera ko nk’uko mumaze iminsi mubibona, imibare y’abandura icyorezo cya Covid-19 irazamuka mu buryo bukabije ndetse hakiyongeraho no kubura abantu.”

    “Nyuma yisesengura dufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima twasanze ari byiza ko ibi byiciro by’amashuri y’incuke abanza, ayisumbuye hamwe n’ay’imyuga n’ubumenyangiro yaba aya Leta, yaba amashuri yigenga dushyizemo n’amashuri mpuzamahanga byose biraba bihagaze guhera kuri iyi tariki ya 18 Mutarama kuri uyu wa Mbere. Nyuma y’ibyumweru bibiri hazongera hakorwe isesengura turebe niba aya mashuri yakongera gufungura.”

    Minisiri Uwamariya yavuze ko abanyeshuri biga mu Mujyi wa Kigali ariko bacumbikiwe mu bigo by’amashuri bazakomeza kuhaba, ndetse bagafashwa mu buryo bwose bushoboka burimo no gusubiramo amasomo.

    Yavuze ko iki cyemezo bagifashe mu rwego rwo kwanga ko abana bakongera gukora ingendo zibasubiza mu rugo ugasanga bazigiriramo n’ibyago byo kwandura.

    Ati “Itangazo risobanura ko abari mu bigo bazagumamo kuko burya gusohoka mu mashuri bajya mu miryango, barataha mu bice bitandukanye by’igihugu kuko bose buriya ntabwo batuye mu Mujyi wa Kigali, ni byiza ko abasanzwe baba mu bigo bagumamo.”

    Ku bijyanye no kuba iki cyemezo kizahungabanya ingengabihe y’amasomo, Minisitiri Uwamariya yavuze ko bitabura ariko yemeza ko nyuma y’ibyumweru bibiri bitewe n’uko ibintu bizaba bihagaze bazicara bakareba icyakorwa.

    Ati “Ingengabihe yacu isa n’iyahungabanye kuko murabizi bamwe batangiye mu Ugushyingo abandi bagiye gutangira ejo, kubera iki cyorezo buriya tuzajya tureba uko amasomo agenda bitewe nuko gihagaze kuko uyu munsi dushobora kuba tuvuze ko dufunze Umujyi wa Kigali, ejo bundi byagaragara ko no mu kandi karere bibaye ngombwa tukaba duhagaritse. »

    “Tuzagenda tureba umwihariko wa buri hose ariko icyo tuzakora ni uko ntabazasigara inyuma. Birumvikana harimo ihungabana ry’ingengabihe ariko nta kundi twagira tuzagerageza ku bihuza n’uko icyorezo kizaba gihagaze. […] Tugize amahirwe nyuma y’ibyumweru bibiri tukongera tugafungura tuzareba icyo ingengabihe y’Umujyi wa Kigali twayikoraho.”

    Mu ntara amasomo arakomeje

    Bitandukanye n’Umujyi wa Kigali, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu zindi ntara amasomo azakomeza nk’uko byari bikwiye ndetse ko ntacyahindutse ku matariki yo gutangira ku banyeshuri b’incuke n’abo mu cyiciro cya mbere cy’abanza.

    Minisitiri Uwamariya yasabye ababyeyi bo mu Ntara gutegura abana bazasubukura amasomo kuko kuri bo nta cyahindutse.

    Ati “Mu turere tundi amasomo arakomeza bivuze ko n’iki cyiciro cyagombaga gutangira amashuri baratangira, ababyeyi bakomeze bategure abana.”

    Ku bijyanye n’ababyeyi bari barishyuye amafaranga y’ishuri, Minisitiri Uwamariya yabasabye gutuza, ashimangira ko nta shuri rizongera kubishyura amafaranga y’ishuri igihe amasomo azaba asubukuwe.

    Mu Ukwakira 2020 nibwo Minisiteri y’Uburezi yafashe icyemezo cyo kongera gufungura amashuri nyuma y’amezi arindwi yari amaze afunzwe, ni icyemezo cyagiye gishyirwa mu bikorwa mu byiciro.

    Ku wa 2 Ugushyingo 2020, hatangiye abanyeshuri bo mu mashuri abanza biga mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu. Uwo munsi kandi hatangiye abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Gatatu, uwa Gatanu n’uwa Gatandatu.

    Hatangiye kandi abanyeshuri bo mu mashuri y’Ubumenyi ngiro bari mu mwaka wa Gatatu n’uwa Gatanu ndetse n’abo mu y’Inderabarezi bo mu mwaka wa Mbere n’uwa Gatatu.

    Ikindi cyiciro ni icy’abanyeshuri batangiye igihembwe cya kabiri ku wa 23 Ugushyingo 2020. Muri iki cyiciro hatangiye abanyeshuri biga mu mwaka wa Kane w’amashuri abanza, n’abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Mbere, uwa Kabiri n’uwa Kane. Abo mu mashuri y’incuke n’icyiciro cya mbere cy’abananza bazatangira ku wa 18 Mutarama 2021 uretse abo mu Mujyi wa Kigali.

    Dr Uwamariya yatangaje ko nyuma y’ibyumweru bibiri bazicara bagasuzuma uko icyorezo gihagaze, bakareba niba amashuri ashobora gufungura

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-dr-uwamariya-yakomoje-ku-cyabaye-intandandaro-yo-gufunga-amashuri-yo

  • FERWAFA yasabye imbabazi #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda 'FERWAFA’, ryasabye imbabazi Abanyarwanda kubera amakosa yagaragaye ku myenda Amavubi azaserukana muri CHAN 2020 irimo kubera muri Cameroun.

    Ku wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2020, nibwo Amavubi yerekenye umwambaro azambara muri CHAN 2020.

    Ni umwambaro utarakirirwe neza n’abanyarwanda ndetse n’abakunzi ba ruhango kuko ari umwambaro n’ubundi bamaze igihe bakinisha, byongeye kandi bigaragara ko basibyeho izina ry’igihigu[Rwanda] bakandikaho amazina y’abakinnyi, ikintu cyakuruye impaka ndende.

    Nyuma y’izi mpaka, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, ryasohoye itangazo ryisegura ku byanyarwanda kubera amakosa yagaragaye ku mwenda w’ikipe y’igihugu.

    Mu itangazo ryayo FERWAFA ivuga ko ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo ubwo biteguraga CHAN 2020 yagombaga kuba kuwa 4-25 Mata 2020(yimuriwe ku wa 16 Mutarama — 7 Gashyantare 2021) hatumijwe imyenda mishya ikipe y’igihugu izakinisha.

    Bitewe n’igihe cyarimo sosiyete isanze yambika ikipe y’igihugu ntabwo yari gukora umwenda wihariye w’Amavubi hafatwa umanzuro wo gutimiza imyenda mishya iri mu ruganda hagendewe ku mabara y’ikipe y’igihugu.

    Bakaba bavuga ko Amavubi yagiye muri CHAN 2020 afite imyenda mishya yaguzwe 2020 idashaje nk’uko byavuzwe.

    Iyi myenda y’abakinnyi ikaba igomba kuba yanditseho amazina yabo nta kindi cyanditseho, n’ubwo imyenda yanditsweho amazina bigakorwa hubahirijwe amabwiriza ya CAF ngo byaje kugaragara ko habayeho ikosa ku myenda y’abanyezamu uruganda ruyohereza handitseho izina ry’igihugu kandi nta kintu cyagombaga kuba cyanditseho kugira ngo hazandikweho amazina ry’abakinnyi.

    FERWAFA yavuze ko mu gushaka igisubizo yahise hatumizwaho indi myenda y’abanyezamu ariko kubera icyorezo cya Coronavirus ntiyazira igihe ari byo byatumye imyenda y’abanyezamu yandikwaho amazina yabo habanje gusibwa Rwanda.

    FERWAFA ikaba yasabye abanyarwanda imbabazi kubitaragenze neza kandi yizeza ko ku bufatnye na Minisiteri ya Siporo mu minsi iri imbere ibigomba gukorwa bijyane n’ibikoresho by’ikipe y’igihugu bizajya bikorwa neza kandi ku gihe.

    Amavubi muri CHAN 2020, ari mu itsinda C na Togo, Uganda na Maroc. Umukino wa mbere barawukina uyu munsi na Uganda saa tatu z’ijoro.

    ITANGAZO RIGENEWE ABANYARWANDA MURI RUSANGE. pic.twitter.com/eWtNlNKNLY

    — Rwanda FA (@FERWAFA) January 18, 2021

    Amavubi yerekanye umwenda azakinana CHAN

    Umwenda w’umunyezamu Kwizera Olivier, banditseho izina babanje gusiba Rwanda

    Indi myenda bigaraara ko ntahasibwe

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ferwafa-yasabye-imbabazi

  • Bikingiranye mu gipangu cy’abakire bahahindura akabari, Polisi ije banga gukingura #rwanda #RwOT

    Tuyizere Fidel umukozi ushinzwe kurinda umutekano kuri ruriya rugo, yabwiye itangazamakuru ko yari yahawe amabwiriza yo kutagira uwo akingurira.

    Yavuze ko abapolisi baje bagakomanga na we agakomeza kubahiriza amabwiriza yahawe na boss ku buryo yakinguriye aba bashinzwe umutekano nyuma y’isaha.

    Nyiri uru rugo witwa Ndayiragije Prosper, uri mu bafashwe, yavuze ko bariya bantu bari baje kumufasha ikiriyo ngo kuko yagize ibyago.

    Uyu mugabo avuga kandi ko bariya bantu 13 bari baryamye kuko bari abashyitsi barara.

    Ku byo kubanza kwanga gukingurira abapolisi, yagize ati 'Iyo umuntu akomanze ku gipangu ntumenya ko ari polisi cyangwa ari undi muntu uhageze.'

    Umuvugizi wa Polisi, CP John Bosco Kabera yavuze ko ibivugwa n’uriya mugabo atari ukuri.

    Yagize ati 'Uriya mugabo arabeshya kandi igituma mu bizatuma abantu bahora bakora amakosa no kutisubiraho no kutubahiriza amabwiriza, ni uguhimba ibinyoma.'

    CP John Bosco Kabera avuga ko ibyakozwe na bariya bantu ari ukurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19 cyakajije umurego muri iyi minsi.

    Yaboneyeho gutanga ubutumwa ku baturarwanda boze, agira ati 'Ukoze ibikorwa nk’ibi aba bafatiwemo umunsi umwe ntafatwe akibaza ko we yabimenyereye atazafatwa, aba yibeshya kuko ashobora kubikora bwa kabiri agafatwa.'

    Avuga kandi ko bariya bantu bashobora no guhanwa nk’abakoze icyaha cyo kwigomeka ku nzego kuko hazakorwa iperereza niba baranze gukingurira abapolisi ku bushake ku buryo bashobora guhabwa ibihano birimo igifungo kiri hagati y’amezi atandatu n’umwaka.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Amakuru-anyuranye/article/Bikingiranye-mu-gipangu-cy-abakire-bahahindura-akabari-Polisi-ije-banga-gukingura

  • Undi musirikare w'u Burundi yiciwe muri Centrafrika #rwanda #RwOT

    Umusirikare w'Umurundi wari mu ngabo zagiye kubungabunga amahoro muri Centrafrique yishwe ku munsi wa gatanu tariki 15 Mutarama 2021 mu gitero cyagabwe n'inyeshyamba mu karere ka Grimari, k'intara ya Ouaka, nk'uko itangazo ry'Umuryango w'Abibumbye-ONU ribivuga.

    Iri tangazo rivuga ko inyeshyamba ziyita Coalition des Patriotes pour le Changement(CPC) zagabye igitero ku ngabo za MINUSCA zari mu bikorwa byo gucunga umutekano muri ako karere, zikica uwo musirikare zikanakomeretsa n'abandi babiri.

    Uyu Musirikare wishwe, abaye uwa kane w'Umurundi wishwe muri icyo gihugu mu gihe kitagera ku kwezi, nyuma y'abandi batatu bishwe ku wa 25 Ukuboza 2020.

    Uburundi bwohereje ingabo zigera kuri 760 muri Centrafrique mu rwego rwa MINUSCA (Mission multidimensionnelle Intégrée des Nations Unies pour la Stabilisation en République Centrafricaine) mu rwego rwo kugarura amahoro muri icyo gihugu kiri mu ntambara kuva imyaka itari mike ishize.

    Iryo tangazo ryasohowe n'umuvugizi w'umunyamabanga mukuru wa ONU, Stéphane Dujarric, rivuga ko mu gitondo cyo ku munsi wa gatanu, ingabo za MINUSCA zikomoka mu Burundi no muri Bangladesh zaguye mu mitego ibiri ikurikirana y'izo nyeshyamba.

    Rigira riti: 'Uyu musirikare w'Uburundi yishwe mu mutego ugira kabiri. Abasirikare babiri bava muri Bangladesh barakomeretse muri ibyo bitero'.

    Umunyamabanga mukuru wa ONU asaba abategetsi ba Centrafrique gukora uko bashoboye kose bakamenya abakoze ibi bitero kugira ngo babashyire imbere y'ubutabera. Yibutsa ko ibitero ku ngabo za ONU zagiye kugarukana amahoro n'umutekano bishobora kuba ibyaha byo mu ntambara kandi ko 'bigomba guhanwa'.

    Umunyamabanga mukuru wa ONU atewe impungenge n'umutekano ukomeza guhungabana muri icyo gihugu, agasaba impande zombi guhagarika intambara bagashaka igisubizo cy'ibibatandukanye mu mahoro.

    Uyu musirikare w'Umurundi yishwe nyuma y'iminsi ibiri hishwe umusirikare w'u Rwanda muri icyo gihugu cya Centrafrika.

    Kuri uyu wa Gatandatu w'icyumweru gishize, Inama Nkuru y'umutekano mu ishyirahamwe ONU yasohoye itangazo aho yamagana iyicwa ry'aba basirikare, aho uw'u Rwanda ku wa 13 z'uku kwezi kwa Mutarama 2021 hafi y'umurwa mukuru Bangui , naho uw'Uburundi yicwa kuwa 15 Mutarama 2021 .

    Iri tangazo kandi, rivuga ko abagize inama nkuru y'umutekano 'bamagana bivuye inyuma ibitero byose, ubushotoranyi no gukomeza ibitero by'imitwe yitwaje intwaro n'abandi bagizi ba nabi ku ngabo za MINUSCA'.

    Rivuga kandi ko abagize inama nkuru y'umutekano bashimangira ko bari inyuma ya MINUSCA, kandi ko bashimira cyane ibihugu byohereje abasirikare n'abaporisi babyo muri icyo gikorwa cyo kugarura amahoro muri icyo gihugu.

    Abagize iyi nama nkuru y'umutekano nkuko BBC ibitangaza, basaba ko ari nkenerwa y'uko MINUSCA ihabwa ibikoresho nkenerwa kugira ngo ishobore gutunganya ibikorwa byayo, irinde umutekano w'ingabo za ONU.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    The post Undi musirikare w'u Burundi yiciwe muri Centrafrika appeared first on Intyoza.

    Source : http://www.intyoza.com/undi-musirikare-wu-burundi-yiciwe-muri-centrafrika/

  • Ibimenyetso bizakwereka ko urukundo rwanyu rurimo kuyoyoka|mushake icyo mwabikoraho. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Niba uri murukundo cyangwa se ufite umukunzi ariko ukabona bitagenda neza, bitewe n'uburyo mwari mubanye mukimenyana. Hari ibintu bimwe na bimwe byagufasha kumenya ko umukunzi wawe atacyikwiyumvamo cyangwa se ubushuti bwanyu bugana ku musozo(break).

    Niba mwari musanzwe musohokana nko mu mpera z'icyumweru, mugasangira, mukanaganira ku by'urukundo rwanyu, ukabona atangiye kuguha impamvu wenda ngo mfite gahunda n'izindi nshuti ze cyangwa ngo ndananiwe ndumva nshaka kuruhuka,ihangane tuzajyayo ubutaha,ugasanga ntamwanya akiguha, icyo gihe ntabakikwiyumvamo.

    Niba yarasanzwe aguhamagara kuri telefone inshuro eshatu(urugero) ku munsi, ukabona atangiye kugabanya akaguhamagara rimwe cyangwa se bukira atanaguhamagaye ngo anakubaze uko umunsi wagenze,icyo gihe haba harimo akantu. Tutirengagije ko wenda hari impamvu z'akazi gashobora kumubana kenshi , ariko ntiyabura n'iminota 5 y'ubutumwa bugufi kandi niyo byaba kubura umwanya ntiwawubura iminsi yose.

    Niba yarakugishaga inama y'ikintu runaka agiye gukora,ubu ukabona cyangwa ukumva abikubwiye byararangiye,menya ko bitameze neza.
    Iterambere ryaje. Niba yarasanzwe ashyira ifoto yawe kuri whatsapp ye(profile),ugasanga ashyizeho ifoto y'undi mukobwa utazi atigeze anakubwira, badafitanye n'isano (relatives), menya ko atacyikwiyumvamo.

    Niba mu gihe mwabaga muri kumwe warashoboraga gufata telefone ye nta rwikekwe agufiteho,ariko ugasanga muri icyo gihe niba munahuye adashobora kushyira telefone ye hasi, yirinda ko wayifata, icyo gihe hari icyo abagukinga.

    Hari n'igihe wowe umuhamagara ku masaha wenda mwarimusanzwe muvuganiraho bitewe n'igihe mwese muhugukira,ugasanga ari kuyivugiraho umwanya munini,cyangwa se wamuhamagara ntayifate na nyuma yaza ntaguhamagare kandi yabonye ko wamubuze ,nyuma wakongera kumuhamagara wenda akwitabye nabwo ntakubwire impamvu , akagenda aca ku ruhande ashaka kukwikiza gusa.

    Ibyo ni bimwe mu bimenyetso bishobora kukwereka ko uwo mukundana (umukunzi wawe)ashaka ko urukundo rwanyu rurangira, atakigukeneye . ashobora kubiterwa no kuba amaze kuguhararukwa cyangwa se yabonye undi akabura aho ahera akubwira ngo mubivemo kuko wenda aba abona ntacyo mupfuye kigaragara, impamvu atari wowe iturutseho.

     

    Niba ushaka umukunzi kanda kuri iyi link ukurikize ibisabwa :http://yegob.rw/dating

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/ibimenyetso-bizakwereka-ko-urukundo-rwanyu-rurimo-kuyoyokamushake-icyo-mwabikoraho/