Category: Uncategorized

  • Bobi Wine arasaba kwemererwa gusohoka mu nzu ngo kuko inzara igiye kumwica #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi mu ishyaka rya Bobi Wine, batangaje ko atigeze yemererwa gusohoka mu nzu ye, bakaba kuva ku cyumweru tariki 17 Mutarama 2021 batabaza imiryango mpuzamahanga kubafasha gusaba ko yarekurwa.

    Bobi Wine yagize amajwi 34,8%, mu gihe Museveni yagize 58,6 %. Ntiyahwemye kuvuga ko aya matora yaranzwe n’ubujura bw’amajwi aho yemezaga ko ari we watsinze.

    Ku butumwa yahaye umunyamakuru akoresheje ikoranabuhanga rya ‘Zoom’ yagize ati: “Ubu ni ubwicanyi mu bundi. Nta biryo tugifite, ntawemerewe gusohoka cyangwa kwinjira mu rugo”. Ubu butumwa na bwo bwakozwe mu buryo bw’ibanga, kuko hashize iminsi 6 imiyoboro ya internet ifunzwe muri iki gihugu.

    Kyagulanyi avuga ko yiteguye gukoresha inzira zose zubahirije amategeko, zidahohotera, harimo no gutegura imyigaragambyo y’amahoro agaragaza akarengane yagiriwe.

    Kuva ku wa Kane tariki 14 Mutarama 2021, urugo rwe ruri mu murwa mukuru Kampala rugoswe n’inzego za polisi n’igisirikare, aho adashobora gukoresha ikoranabuhanga rya internet.

    Depite Francis Zaake yatawe muri yombi ku wa Gatanu ubwo yageragezaga kwinjira mu rugo rwa Bobi Wine, ajyanwa mu bitaro kuko yakubiswe agakomeretswa bikomeye n’inzego z’umutekano.

    Biteganyijwe ko itumanaho rya internet riza gusubizwaho kuri uyu wa Mbere tariki 18 Mutarama 2021, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Guverinoma ya Uganda, Ofwono Opondo, uvuga ko iryo tumanaho ryari yakuweho hirindwa abatanga amakuru atari yo ku matora.

    It’s now four days since the military surrounded our home and placed my wife and I under house arrest. We have run out of food supplies and when my wife tried to pick food from the garden yesterday, she was blocked and assaulted by the soldiers staged in our compound. (ADMIN) pic.twitter.com/MLEtSbyCcW

    — BOBI WINE (@HEBobiwine) January 17, 2021

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/bobi-wine-arasaba-kwemererwa-gusohoka-mu-nzu-ngo-kuko-inzara-igiye-kumwica

  • MINEDUC yasobanuye byimbitse icyabaye intandaro yo gufunga amashuri yo muri Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni icyemezo cyabaye nk’igitungurana cyane ko ibindi byemezo nk’ibi bisanzwe bifatirwa mu Nama y’Abaminisitiri itari yateranye kuri uwo munsi, ndetse kikaba cyaje mu gihe abanyeshuri bo mu mashuri y’incuke n’abo mu cyiciro cya mbere cy’abanza biteguraga gusubukura amasomo kuva yahagarikwa muri Werurwe 2020.

    Mu kiganiro Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagiranye na RBA, yavuze ko bafashe icyemezo cyo guhagarika amashuri yigenga n’aya Leta yo mu Mujyi wa Kigali kubera ubwandu bwinshi bumaze igihe buhagaragara.

    Ati “Nibyo koko iki cyemezo kirareba Umujyi wa Kigali kubera ko nk’uko mumaze iminsi mubibona, imibare y’abandura icyorezo cya Covid-19 irazamuka mu buryo bukabije ndetse hakiyongeraho no kubura abantu.”

    “Nyuma yisesengura dufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima twasanze ari byiza ko ibi byiciro by’amashuri y’incuke abanza, ayisumbuye hamwe n’ay’imyuga n’ubumenyangiro yaba aya Leta, yaba amashuri yigenga dushyizemo n’amashuri mpuzamahanga byose biraba bihagaze guhera kuri iyi tariki ya 18 Mutarama kuri uyu wa Mbere. Nyuma y’ibyumweru bibiri hazongera hakorwe isesengura turebe niba aya mashuri yakongera gufungura.”

    Minisitiri Uwamariya yavuze ko abanyeshuri biga mu Mujyi wa Kigali ariko bacumbikiwe mu bigo by’amashuri bazakomeza kuhaba, ndetse bagafashwa mu buryo bwose bushoboka burimo no gusubiramo amasomo.

    Yavuze ko iki cyemezo bagifashe mu rwego rwo kwanga ko abana bakongera gukora ingendo zibasubiza mu rugo ugasanga bazigiriramo n’ibyago byo kwandura.

    Ati “Itangazo risobanura ko abari mu bigo bazagumamo kuko burya gusohoka mu mashuri bajya mu miryango, barataha mu bice bitandukanye by’igihugu kuko bose buriya ntabwo batuye mu Mujyi wa Kigali, ni byiza ko abasanzwe baba mu bigo bagumamo.”

    Ku bijyanye no kuba iki cyemezo kizahungabanya ingengabihe y’amasomo, Minisitiri Uwamariya yavuze ko bitabura ariko yemeza ko nyuma y’ibyumweru bibiri bitewe n’uko ibintu bizaba bihagaze bazicara bakareba icyakorwa.

    Ati “Ingengabihe yacu isa n’iyahungabanye kuko murabizi bamwe batangiye mu Ugushyingo abandi bagiye gutangira ejo, kubera iki cyorezo buriya tuzajya tureba uko amasomo agenda bitewe n’uko gihagaze kuko uyu munsi dushobora kuba tuvuze ko dufunze Umujyi wa Kigali, ejo bundi byagaragara ko no mu kandi karere bibaye ngombwa tukaba duhagaritse. »

    “Tuzagenda tureba umwihariko wa buri hose ariko icyo tuzakora ni uko ntabazasigara inyuma. Birumvikana harimo ihungabana ry’ingengabihe ariko nta kundi twagira tuzagerageza ku bihuza n’uko icyorezo kizaba gihagaze. […] Tugize amahirwe nyuma y’ibyumweru bibiri tukongera tugafungura tuzareba icyo ingengabihe y’Umujyi wa Kigali twayikoraho.”

    Mu ntara amasomo arakomeje

    Bitandukanye n’Umujyi wa Kigali, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu zindi ntara amasomo azakomeza nk’uko byari bikwiye ndetse ko ntacyahindutse ku matariki yo gutangira ku banyeshuri b’incuke n’abo mu cyiciro cya mbere cy’abanza.

    Minisitiri Uwamariya yasabye ababyeyi bo mu Ntara gutegura abana bazasubukura amasomo kuko kuri bo nta cyahindutse.

    Ati “Mu turere tundi amasomo arakomeza bivuze ko n’iki cyiciro cyagombaga gutangira amashuri baratangira, ababyeyi bakomeze bategure abana.”

    Ku bijyanye n’ababyeyi bari barishyuye amafaranga y’ishuri, Minisitiri Uwamariya yabasabye gutuza, ashimangira ko nta shuri rizongera kubishyura amafaranga y’ishuri igihe amasomo azaba asubukuwe.

    Mu Ukwakira 2020 nibwo Minisiteri y’Uburezi yafashe icyemezo cyo kongera gufungura amashuri nyuma y’amezi arindwi yari amaze afunzwe, ni icyemezo cyagiye gishyirwa mu bikorwa mu byiciro.

    Ku wa 2 Ugushyingo 2020, hatangiye abanyeshuri bo mu mashuri abanza biga mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu. Uwo munsi kandi hatangiye abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Gatatu, uwa Gatanu n’uwa Gatandatu.

    Hatangiye kandi abanyeshuri bo mu mashuri y’Ubumenyangiro bari mu mwaka wa Gatatu n’uwa Gatanu ndetse n’abo mu y’Inderabarezi bo mu mwaka wa Mbere n’uwa Gatatu.

    Ikindi cyiciro ni icy’abanyeshuri batangiye igihembwe cya kabiri ku wa 23 Ugushyingo 2020. Muri iki cyiciro hatangiye abanyeshuri biga mu mwaka wa Kane w’amashuri abanza, n’abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Mbere, uwa Kabiri n’uwa Kane. Abo mu mashuri y’incuke n’icyiciro cya mbere cy’abananza bazatangira ku wa 18 Mutarama 2021 uretse abo mu Mujyi wa Kigali.

    Dr Uwamariya yatangaje ko nyuma y’ibyumweru bibiri bazicara bagasuzuma uko icyorezo gihagaze, bakareba niba amashuri ashobora gufungura

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mineduc-yasobanuye-byimbitse-icyabaye-intandaro-yo-gufunga-amashuri-yo-muri

  • Nyagatare: Bahangayikishije n’ibitera n’inkende bidatinya mu nzu z’abaturage – #rwanda #RwOT

    Ibi bitera n’izi Nkende akenshi bigaragara mu nkengero z’umugezi w’Umuvumba hafi y’Umujyi wa Nyagatare, izindi zikagaragara mu mirima y’abaturage .

    Umusaza Mugemana Abdu usanzwe akora akazi k’ubuhinzi bw’imboga mu Karere ka Nyagatare, yabwiye radio Flash Fm ko inshuro nyinshi izi nyamanswa zimwangiriza.

    Ati “Buri munsi ni uguhora duhagaze. Turahinga ibyo duhinze bikirira kandi n’ibinyembaraga nta mugore wa birinda,nta mwana wa birinda, ni abagabo tuhahagarara gusa.”

    Undi muturage yavuze ko bifuza ko izi nyamaswa zajyanwa muri Pariki kuko zibazengereje.

    Yagize ati” Ibitera ndabyuka nkasanga byuriye ibiti. Twifuza ko babifata bakabikumira, bakagira ahantu babijyana kuko niyo ugikabukiye gishaka kugufata”.

    Aba baturage bavuze ko hari n’ubwo bibasanga mu rugo, bagasaba inzego bireba gukemura iki kibazo kugira ngo ntibikomeze kubangiriza.

    Ati”Ubushize zansanze mu nzu zinjira mu cyumba zifata amagi zirayarya, ibiryo zirabirya, inyanya zirarya. Turifuza ko zajyanwa muri Pariki.”

    Umuyobozi Ushinzwe iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Nyagatare, Rurangwa Steven yavuze ko iki kibazo bakizi kandi hagiye kurebwa uko ubuyobozi bw’Akarere bwavugana n’Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB) bakazijyana muri Pariki y’Igihugu.

    Ati”Hari ubwo dukorana n’inzego z’umutekano ndetse na RDB bigasa nk’aho bikanzwe bikamara igihe bigiye ariko RDB yari yatwijeje ko igiye gushaka uburyo burambye bw’ukuntu bino bitera nabyo byakomeza bikabaho aho bigomba kuba bitagombye kuza mu baturage.”

    Hashize imyaka isaga itanu abaturage bagaragaza iki kibazo ariko bakavuga ko kirengagijwe.

    Ibitera byonera abaturiye mu Mujyi wa Nyagatare bagasaba ko byajyanwa muri Pariki

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyagatare-bahangayikishije-n-ibitera-n-inkende-bidatinya-mu-nzu-z-abaturage

  • Umubyinnyi ukomeye mu itorero Urukerereza yasezeranye kubana akaramata n'umugabo we (AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umubyinnyi ukomeye mu itorero 'Urukerereza', wamenyekanye ku mazina ya Icakanzu Françoise Contente, yasezeranye kubana akaramata n'umugabo we uzwi ku izina rya Mutijima Murenganshuro Emmanuel usanzwe yibera muri leta zunze ubumwe za Amerika.

    Umuhango Icakanzu yasezeraniyemo imbere y'Imana na Mutijima wabaye ku munsi wo ku wa gatandatu w'icyumweru gishize tariki ya 16 Mutarama 2021 ubera muri Chapelle Saint Dominique ku Kacyiru. Uyu muhango wari warabanjirijwe nuwo Mutijima yasabye anakwamo Icakanzu wabaye ku ya 08 Mutarama 2021.
    Icakanzu na Mutijima bamenyanye mu mwaka wa 2009 ndetse icyo gihe Mutijima yari umufana ukomeye wa Icakanzu. Urukundo rwabo rwatangiye mu mwaka wa 2012 bivuze ko kuri ubu babaye umwe bamaranye imyaka 9 bakundana.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umubyinnyi-ukomeye-mu-itorero-urukerereza-yasezeranye-kubana-akaramata-numugabo-we-amafoto/

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y'iminsi bagisuzugura #rwanda #RwOT

    Abayobozi b'u Burundi batangaje ingamba nshya zo kwirinda icyorezo cya Covid 19 aho inzu z'urubyiniro ndetse n'izindi ziberamo ibikorwa byo kwishimisha zahagaritswe, ndetse n'imipaka ihuza iki gihugu n'ibindi bituranye nacyo yafunzwe. Ibi bibaye nyuma yuko muri icyo gihugu hagaragaye abantu benshi banduye, ndetse no mu mugi wa Bujumbura abaturage bakaba baragaragaye ari benshi bambaye udupfukamunwa, Utubari two twahawe amasaha yo gukora.

    Abaturage baburiwe ko umuntu wese utazubahiriza aya mabwiriza azacibwa amafaraga cyangwa agashyikirizwa inteko. Ibi bibaye mu gihe abantu benshi banduye mu mugi wa Bujumbura. Nubwo u Burundi bwatangaje ko umurwayi wa mbere yagaragaye muri Werurwe 2020, ntabwo imibare igaragaza abarwayi ntabwo yigeze itangwa ku gihe na Minisitiri y'ubuzima. Imibare itangwa na Minisiteri y'ubuzima igaragazako abamaze guhitanwa n'iki cyorezo ari babiri naho abanduye bagera kuri 996.

    Kuba u Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid19, ni intambwe ishimishije cyane ko icyo gihugu cyari cyaremeje ko Imana itakwemera ko kigera mu gihugu cyabo. Guhera muri Werurwe 2020 uwari Perezida yanzeko abaturage Bambara udupfukamunwa, naho muri Gicurasi 2020, Perezida Nkurunziza nuwamusimbuye Evariste Ndayishimiye basuzuguye cyane iki cyorezo. Mu ijambo rye tariki ya 5 Mata 2020, Ndayishimiye yagize ati 'Hari abaturanyi bifungiye mu mazu, ariko twebwe Imana yemeye ko duterana…..Imana ikunda u Burundi'

    Nkurunziza yaje kwitaba Imana tariki ya 8 Kamena 2020, ariko bigirwa ibanga hafi iminsi itatu. Nubwo inzego za Leta zavuzeko ari umutima wahagaze, abenshi bemeje ko Nkurunziza yazize Covid19, nyuma yahoo umugore we bimenyekanye ko yagiye kuyivuza muri Kenya igihe undi yapfaga.

    Mu gihe isi yose yari yafashe ingamba zo kurwanya iki cyorezo, Nkurunziza we yakomeje kuzengira igihugu mu rwego rwo kwamamaza Ndayishimiye ndetse yitabira n'imikino. Yageze naho yirukana abahanga

    Abahanga mu by'Ubuzima bishimiye ingamba nsha zafashwe na Nkurunziza nubwo batinze aho bamwe batahwemye kugaragaza ko abayobozi b'u Burundi bazabazwa abaturage babo bahitanwe n'iki cyorezo kuko baba aribo nyirabayazana w'urupfu rwabo. Abahanga bakomeje kugaragaza ko nta gihugu cyarwanya icyorezo cya Covid 19 cyonyine mu gihe ibindi bijenjetse

    Kuri uyu wa kane w'icyumweru gishize, mu ishuri rya Mwaro habonetse abanyeshuri bane banduye Covid 19, ariko kuwa gatanu baba 32 aho abanyeshuri benshi biga baba mu kigo. Yaba abarimu cyangwa abanyeshuri muri iki kigo baratinya ko bandura mu minsi ya vuba. Uru ni urugero rumwe mu mashuri menshi ari muri iki gihugu.

    The post U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y'iminsi bagisuzugura appeared first on RUSHYASHYA.

    Source : https://rushyashya.net/u-burundi-bwakajije-ingamba-zo-kwirinda-icyorezo-cya-covid19-nyuma-yiminsi-bagisuzugura/

  • Covid-19: Leta ya Malawi nayo yafunze amashuri yose #rwanda #RwOT

    Kuva kuri uyu wa mbere tariki 18 Mutarama 2021, amashuri yose muri Malawi yafunzwe, biri mu ngamba nshya zafashwe mu kurwanya ikwirakwira rya coronavirus.

    Mu Rwanda, naho kuva uyu munsi Leta yafunze amashuri y'incuke, abanza n'ayisumbuye mu mujyi wa Kigali kubera ubwandu bwa Coronavirus bukomeje kwiyongera.

    Muri Africa, abantu bamaze kwandura Covid-19 bararenga miliyoni 3.2 naho abo imaze kwica bararenga 78,000, nk'uko bivugwa n'ikigo gishinzwe ibyorezo cy'ubumwe bwa Africa.

    Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo, Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi yanatangaje umukwabu wa nijoro uzajya utangira saa tatu ku isaha yaho. Yatangaje kandi ko abantu barenze 50 batemerewe guhurira ahantu hamwe.

    Muri Malawi baracyari mu cyunamo nyuma y'uko Covid-19 yishe abaminisitiri babiri bo muri guverinoma. Kimwe cya gatatu cy'abantu 300 bishwe na coronavirus muri Malawi yabishe muri uku kwezi gusa.

    Mu Rwanda, hitezwe ingamba zikomeye kurushaho

    Valentine Uwamariya, minisitiri w'uburezi mu Rwanda yavuze ko amashuri n'ahandi mu gihugu ashobora gufungwa, igihe naho ubwandu bwakwiyongera.

    Amashuri yari aherutse gufungura mu kwezi kwa 11 nyuma y'amezi umunani afunze kubera iki cyorezo. Muri uku kwezi gusa Covid-19 imaze kwica abantu 50 mu Rwanda ku bantu 142 imaze kwica kuva yahagera mu kwezi kwa gatatu umwaka ushize.

    Mu minsi irindwi ishize, mu Rwanda hatangajwe abantu bashya barenga 1,000 banduye. Byitezwe cyane ko Leta ishobora gutangaza ingamba nshya zikaze kurushaho mu kwirinda iki cyorezo.

    Mu gihugu hasanzweho umukwabu utangira saa mbiri z'ijoro, ingendo hagati y'uturere, n'uturere n'umujyi wa Kigali nazo zirabujijwe. Mu Rwanda kandi nkuko BBC ibitangaza, bategetse ibitaro byose bya leta gutangira kuvura abanduye Covid-19 bivuriza ku bwisungane mu kwivuza bw'abaturage(Mituweli).

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : http://www.intyoza.com/covid-19-leta-ya-malawi-nayo-yafunze-amashuri-yose/

  • Fondation Yolande Mukagasana yamaganye Judi Rever witwikira ubwisanzure agapfobya Jenoside – #rwanda #RwOT

    Abinyujije mu muryango ‘Fondation Yolande Mukagasana’, yanditse ibaruwa yamagana ibikorwa bya Rever uvuga ko ibyo yakoze biri mu burenganzira bwo gutangaza amakuru mu bwisanzure, nyamara ibikorwa bye ntaho bitaniye n’ibyaranze itangazamakuru mu gihe cya Jenoside na mbere yayo.

    Uruhare rw’itangazamakuru mu gihe cya Jenoside ntirugibwaho impaka, kuko ibinyamakuru nka Kangura na Radio RTLM byakongeje umuriro mu bihe bya Jenoside, bigashishikariza Abahutu kwica Abatutsi mu buryo bweruye.

    Uru ruhare rw’itangazamakuru kandi rwaje kwemezwa n’Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwahamije bamwe mu banyamakuru kugira uruhare muri Jenoside, ndetse mu bafunzwe hakabamo n’umunyamakuru w’umunyamahanga, George Ruggiu wahanishijwe igifungo cy’imyaka 12.

    Fondation Yolande Mukagasana yavuze ko ibikorwa byo gupfobya Jenoside hitwajwe uburenganzira bwo kwishyira ukizana bidakwiye kwihanganirwa.

    Bagize bati “Muri iki gihe, ntidushobora kwihanganira na gato abagoreka amateka n’abapfobya Jenoside bakoresheje intwaro y’ubwisanzure bwo kwishyira ukizana bakagoreka ukuri kw’ibyabaye.”

    Bakomeza bavuga ko ugendeye ku mategeko y’ubushakashatsi, ibyo Judi Rever yandika nta shingiro bifite kuko abatangabuhamya yagiye akoresha babogamiye ku ruhande rumwe kandi ruzwi, nyamara uyu munyamakuru uniyita umushakashatsi akaba atarahaye umwanya urundi ruhande anashinja kugira uruhare muri Jenoside, ingingo ubusanzwe y’ibanze mu bushakashatsi nk’ubwo yakoraga.

    Ikindi kigarukwaho ni uburyo abantu Rever yavuganye na bo, batangaza ibyabaye nta bindi bimenyetso simusiga bagaragaza, nyamara bagafatwa nk’isoko y’ingenzi y’amakuru, mu gihe ibyo bavuga byuzuyemo amarangamutima, asa nk’agamije gukinga ikibaba cyangwa kwirengagiza ukuri bitewe n’impamvu zitandukanye.

    Rever mu gitabo cye ’In Praise of Blood’ avuga ko ingabo zari iza RPF-Inkotanyi zakoreye Abahutu Jenoside, nyamara ibi ni ibintu byanavuzwe mbere cyane y’uko Jenoside ibaho aho byakoreshwaga nk’iturufu yo kwanganisha Abanyarwanda, kugira ngo mu gihe Jenoside izaba itangiye gushyirwa mu bikorwa, Abahutu bazabyitabire ku bwinshi.

    Bwa mbere bivugwa, byanditswe n’umuryango witwa ‘l’Association des Femmes Parlementaires pour la Défense des Droits de la Mère et de l’Enfant’ ufatanyije na Dr. Léon Mugesera wakatiwe igifungo cya burundu kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Mu nyandiko yari ifite umutwe ugira uti “Ukuri kose ku Ntambara yo mu Ukwakira 1990”, yasohotse muri Gashyantare 1991, hari aho bagira bati “intambara ya RPF igamije kugarura ubutegetsi bw’igitugu bw’Abatutsi binyuze muri Jenoside, izakuraho burundu Abahutu nyamwinshi”

    Ibi byerekana ko Jenoside yakozwe yateguwe, aho mu byiciro biyitegura harimo n’ubwo abahigwa bashinjwa gushaka kugirira nabi urundi ruhande, nk’uko na Prof. Mahmood Mamdani yabigarutseho mu gitabo yise “When Victims Become Killers” (iyo abahigwa bahindutse abicanyi), aho agira ati “Jenoside nyinshi ziba zaratekerejweho zigashishikarizwa abantu, zigategurwa kandi zigasobanurirwa abantu ko ari ukwirwanaho bagira bati ‘bakorere ibyo bazagukorera mbere y’uko babigukorera’”.

    Fondation Yolande Mukagasana igaragaza ko imvugo za Rever zishinja RPF kugira uruhare muri Jenoside ntaho zitaniye n’ibyo Prof. Mamdani yagarutseho, kuko Rever aba ashaka kwerekana ko wagira ngo abakoze Jenoside bari bameze nk’abari kwirwanaho, nyamara amateka agaragaza ko Jenoside yateguwe n’abahanga, abanyapolitiki ndetse n’abasirikari bo mu nzego zo hejuru, ndetse kuri ubu ikaba ikomeje gupfobywa n’abanyamakuru nka Rever na Stéphan Bureau.

    Aba banyamakuru bakomoka mu gihugu cya Canada, baherutse kugirana ikiganiro kuri Radio Canada, aho cyagarutse n’ubundi ku bitekerezo bya Rever bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari nayo mpamvu Fondation Yolande Mukagasana isaba ambasade ya Canada mu Rwanda, kugira uruhare mu kwamagana ibi bikorwa.

    Bagize bati “Binyuze muri ambasade ya Canada mu Rwanda, Canada igomba kugira icyo ivuga kuri ibi bintu tuvuganye uburakari n’agahinda kenshi, kandi bakatubwira niba nk’igihugu bashyigikiye aba banyamakuru b’abanya-Canada bapfobya jenoside.”

    Iyi Fondation kandi ikomeza ivuga ko muri Canada, nta muntu ushobora gutinyuka ngo avuge ko muri Jenoside y’Abayahudi, hari abifatanije n’aba-Nazi bakica imiryango yabo. Nta n’umwe kandi ushobora kugira umutima uhinyuza ubuhamya bw’abarokotse Jenoside y’Abayahudi.

    Aha ni ho bahera bibaza impamvu mu Rwanda bitandukanye, bati “Kuki ibi bishobora kwemerwa ku mateka y’u Rwanda? Ni gute Canada yakwemera ibi bintu? Dukeneye kubyumva, ntimukaze ngo mutubwire ko ari ubwisanzure bwo kuvuga ibyo mushaka, kubera ko twe turabizi nk’ababaye mu Rwanda mu 1994.”

    Mukagasana aherutse gushinga umuryango yise ’Fondation Yolande Mukagasana’ ufite intego zinyuranye zijyanye no kurwanya ihakana n’ipfobya ndetse n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Kuva mu 1995 nibwo yatangiye gutanga ubuhamya ku byabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi ahereye i Burayi, aho yamaze imyaka 16 arwanya ipfobya n’ihakana bya Jenoside. Yigishaga kandi ubutabera, amahoro no kwihanganirana n’ubwo yari afite ibikomere bya Jenoside.

    Uyu mubyeyi yagenze Isi yose atanga ubuhamya bw’ibyabaye mu Rwanda, binamuhesha ibihembo byinshi birimo icya UNESCO ndetse n’icy’Umuryango w’Abayahudi bo muri Amerika.

    Yanditse ibitabo birindwi byahinduwe mu ndimi nyinshi ndetse ni yo mpamvu yiyemeje gushyigikira umuco wo gusoma no kwandika ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo guharanira ko atazibagirana.

    Uyu mubyeyi avuga ko “Nta bumuntu bwabaho hatabayeho kubabarira, nta kubabarira gushoboka hatabayeho ubutabera, nta n’ubutabera bwabaho butarimo ubumuntu.”

    Mukagasana avuga ko ibikorwa byo gupfobya Jenoside bidakwiye guhabwa agaciro mu ishusho yo kurengera uburenganzira bwo kuvuga icyo umuntu ashaka

    Judi Rever azwi cyane mu bikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Stéphan Bureau yagiranye ikiganiro na Judi Rever cyagarutse ku gitabo uyu mugore yanditse gipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rever-ntakwiye-gukoresha-uburenganzira-bwo-kwishyira-ukizana-mu-gupfobya

  • Rutahizamu Sugira Ernest ntari bukine umukino wa Uganda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’Amavubi Sugira Ernest uri mu bari bitezweho byinshi mu mukino uhuza Amavuni na Uganda Cranes, ntabwo akina umukino wo kuri uyu mugoroba kubera amakarita abiri y’umuhondo yabonye ku mukino wahuje u Rwanda na Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN.

    Sugira Ernest ntakina umukino wa Uganda
    Sugira Ernest ntakina umukino wa Uganda

    Ku ruhande rw’ikipe y’igihugu, ntibari bazi ko Sugira Ernest atemerewe gukina uyu mukino, byatumye hiyambazwa impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika “CAF”, iza kubamenyesha ko atemerewe gukina uyu mukino.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/rutahizamu-sugira-ernest-ntari-bukine-umukino-wa-uganda

  • CHAN 2020: Sugira Ernest yakuwe mu bakinnyi b… – #rwanda #RwOT

    Sugira Ernest niwe watsinze ibitego bibiri byahesheje u Rwanda mu mikino ibiri rwakinnye na Ethiopia, aho yatsindiye Addis-Ababa 1-0, ndetse yongera gutsinda ku mukino wo kwishyura wabereye i Kigali, ari nawo u Rwanda rwaboneyeho itiki yo kwitabira iri rushanwa.

    Uyu mukinnyi aherutse gutangaza ko we n’abagenzi be biteguye gutanga byose bafite bagashakira abanyarwanda ibyishimo muri iri rushanwa bahereye kuri Uganda bakina kuri uyu wa mbere.

    Sugira ari mu bakinnyi bitwaye neza mu irushanwa ryabereye mu Rwanda mu 2016, aho byahise bimuhesha amahirwe yo kwerekeza muri AS Vita Club yo muri Congo aguzwe akayabo ka Miliyoni 100.

    Kubura kwa Sugira kuri uyu mukino ni icyuho mu busatirizi bw’Amavubi, gusa Mashami afite ibisubizo byinshi mu bakinnnyi basatira kuko afite kapiteni Jacques Tuyisenge, Bertrand Iradukunda, Danny Usengimana, Savio Nshuti Dominique, Iyabivuze Osee n’abandi.

    Uyu mukino Amavubi awufata nk’uwanyuma, kuko batifuza gukora ikosa iryo ariryo ryose ryatuma batakaza inota narimwe, barashaka kubabaza Uganda n’umutoza Johnattan Mckinstry watoje u Rwanda.

    Sugira niwe watsinze ibitego bibiri byahesheje u Rwanda itike ya CHAN iri kuba uyu mwaka

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102433/chan-2020-sugira-ernest-yakuwe-mu-bakinnyi-bakina-umukino-wa-uganda-102433.html

  • Umuryango wa Bobi Wine uratakamba kubera inzara #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa bumaze gutangarizwa ku rubuga rwa Twitter rw'uyu munyapolitiki wari umaze iminsi ikabakaba ibiri acecetse. Ati: 'Iminsi ine irashize abasirikare bagose urugo rwacu, bafungiye umugore wanjye nanjye mu rugo rwacu.'

    Akomeza ati: 'Ibiribwa byadushiranye, ejo ubwo umugore yajyaga mu isambu gushaka ibiribwa, yasubijwe inyuma, abasirikare bari mu rugo rwacu baramuhohotera.'

    Tariki ya 15 Mutarama 2021 ni bwo Bobi Wine yatangaje ko abasirikare bagose urugo rwe, nyuma y'aho yari amaze gutangaza ko ari we watsinze amatora y'Umukuru w'Igihugu.

    Ni mu gihe ku munsi wakurikiyeho, Komisiyo y'Amatora yatangaje ko Yoweri kaguta Museveni yatsinze ku majwi 58.64%, Bobi Wine agira amajwi abarirwa muri 34%.

    Bivugwa ko kuba abasirikare baragose urugo rwa Bobi Wine, ari ukugira ngo bakumire imyigaragarambyo byakekwaga ko ishobora kuba nyuma y'itangazwa ry'ibyavuye mu matora, mu gihe bigaragaye ko uyu mukandida yatsinzwe.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/umuryango-wa-bobi-wine-uratakamba-kubera-inzara