Category: Uncategorized

  • Amavubi yaba agiye kwihorera muri 1/4? #rwanda #RwOT

    Amavubi yaba abonye umwanya mwiza wo kwiorera kuri Guinea Conakry yayitsinze mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2019, ni nyuma y’uko amakipe yombi agiye guhurira muri ¼ cya CHAN 2020.

    Ku wa Kabiri ni bwo u Rwanda rwakatishije itike ya ¼ cya CHAN 2020 irimo kubera muri Cameroun, ni nyuma yo gutsinda Togo bakazamuka ari aba 2 mu itsinda C inyuma ya Maroc, hari hasigaye kumenya ikipe bazahura yo mu itsinda D.

    Ejo nibwo hakinwe imikino isoza itsinda D, Tanzania inganya na Guinea 2-2 ni mu gihe Namibia yanganyije na Zambia 0-0.

    Byatumye Guinea izamuka ari iya mbere n’amanota 5 inganya na Zambia ya kabiri, Tanzania na Namibia bahise basezererwa.

    Guinea yazamutse ari iya mbere ikaba ari yo izahura n’u Rwanda muri ¼, ni mu gihe Zambia izahura na Maroc, ni imikino izaba ku Cyumweru.

    Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Mutarama 2021, Mali izakina na Congo Brazzaville saa kumi n’ebyiri mu gihe Cameroun iri mu rugo, izakina na Repubulika Iaranira Demokarasi ya Congo saa tatu.

    Umukino w’u Rwanda na Guinea ni umwanya mwiza wo kwihorera, ni nyuma y’uko muri 2018 batsinze u Rwanda mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2019 cyabereye mu Misiri.

    Umukino ubanza wabereye muri Guinea tariki ya 12 Ukwakira 2018 batsinze Amavubi 2-0, uwo kwishyura ubera mu Rwanda tariki ya 16 Ukwakira 2018 banganya 1-1.

    Muri 2004 u Rwanda nabwo rwahuye na Guinea mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika nabwo amakipe yombi yanganyije 1-1.

    Ni umwanya w’Amavubi kwihorera

    Source : http://isimbi.rw/siporo/amavubi-yaba-agiye-kwihorera-muri-1/4

  • Dore uburyo bwiza wasabamo umukunzi wawe imbabazi mugihe wakosheje #rwanda #RwOT

    Gusaba imbabazi si ubugwari ahubwo ni ubutwari, kandi ni inzira nziza yo gukemura ibibazo.

    Nk'uko mu kinyarwanda bavuga ko ntazibana zidakomanya amahembe, n'abakundana birashoboka ko bashobora kugirana utubazo. Mu guhe ubonye ko wakoshereje umukunzi wawe ukeneye kumusaba imbabazi dore uburyo bwiza wabivugamo.


    •Ba inyangamugayo kandi uvuge bikuvuye ku mutima: Niba koko wisuzumye ugasanga wahemukiye umukunzi wawe, reka amarangamutima yawe avuge, ku buryo nakureba akubonamo guca bugufi.

    •Guca bugufi: Nubwo ushobora kumva ko ikosa wakoze riremereye ku buryo wabuze aho uhera umusaba imbabazi, ni ngombwa ko utifata ahubwo ukwiye kumwereka uwo wiyumva ku buryo nakureba amenya icyo ushaka kumubwira niyo utavuga urareka ururimi rw'amarenga y'umubiri rukamubwira.

    Ni bibi kwipfumbata no kuzamura intugu buri kanya kuko ibyo bigaragaza ko ibyo uri kuvuga bitakuvuye ku mutima.

    •Wikwiregura: Iyo uri gusaba imbabazi umukunzi wawe ukabivangamo no kwiregura bikurura izindi mpaka, ingingo yo gusaba imbabazi igatakara. Mu gihe uhisemo gusaba imbabazi saba imbabazi niba uhisemo kwiregura nabyo ntukwiye kubivanga no gusaba imbabazi kuko umuntu usaba imbabazi kuko yemeye ikosa.

    •Kwemera ikosa: Niba umukunzi wawe wamubwiye nabi cyangwa wakoze irindi kosa, wakwisuzuma uganga atariko byari bikwiye kugenda. Igihe usanze ugomba kumusaba imbabazi ni ngombwa ko mu magambo ukoresha isaba imbabazi humvikanamo ko uzi ikosa wakoze. Urugero ukamubwira uti 'rwose narengere ntabwo nagombaga kuba nakoze iki n'iki muri buriya buryo', cyangwa uti 'ntabwo nagombaga kuba nakubwiye kuriya'.

    •Kumuha icyizere ko bitazongera: Mu gihe usaba imbabazi umukunzi wawe, ukeneye ko umubano wanyu ukomeza uri nta makemwa, ni byiza kwemera ko wakosheje kandi ukanamubwira ko ugiye gukosora iryo kosa wirinda ko ryazasubira. Kumwizeza ijana ku ijana naryo ni amakosa kuko ushobora kuzongera ukarigwamo bigutunguye, ikiza ni ukumubwira ko ugiye kugerageza kwitwararika, kugira umunsi wongeye gucikwa azakumve.

    Amahitamo ya nyuma igihe ugerageje gusaba imbabazi umukunzi wawe ntaziguhe kandi wumva ukimukeneye cyane umuha umwanya akagenda akabitekerezaho, wazongera kumusaba imbabazi ntaziguhe ugashaka umuntu w'inshuti yanyu mwembi akabunga cyakwanga ugatangira kwiyakira

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/28/dore-uburyo-bwiza-wasabamo-umukunzi-wawe-imbabazi-mugihe-wakosheje/

  • #CHAN2020: Amavubi yamenye ikipe bazahura muri 1/4 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    U Rwanda rwabonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO 3-2
    U Rwanda rwabonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO 3-2

    Ku wa Gatatu tariki ya 27 Mutarama 2021 nibwo hakinwe imikino ya nyuma y’amatsinda mu itsinda rya Kane ( Group D). Ikipe y’igihugu ya Guinea yasezereye Tanzania nyuma yo kunganya na yo ibitego bibiri kuri bibiri. Guinea ni yo yafunguye amazamu ku munota wa Kane w’umukino igitego cyatsinzwe na Yakhiuba Gnagna Barry kuri Penality. Tanzania yishyure igitego cya mbere ibifashijwemo na Baraka Majogoro ku munota 23. Tanzania yatsinze igitego cya Kabiri ku munota wa 69 gitsinzwe na Edouard, ariko kiza kwishyurwa na Victor Kantabadouna wa Guinea ku munota wa 82 icyizere cya Tanzania kirangirira aho. Muri iri tsinda Zambia yanganyije na Namibia ubusa ku busa.

    Umukino wa Guniea na Tanzania wabonetsemo ibitego bine
    Umukino wa Guniea na Tanzania wabonetsemo ibitego bine

    Uko itsinda rya D rihagaze

    1. Guinea imikino itatu amanota 5
    2.Zambia : Imikino itatu amanota 5
    3. Tanzania : Imikino itatu amanota 4
    4. Namibia : Imikino itatu inota rimwe

    Zambia na Namibia basoje buri kipe nta gitego yinjije mu izamu ry
    Zambia na Namibia basoje buri kipe nta gitego yinjije mu izamu ry’iyindi

    Gahunda y’imikino ya 1/4

    Ku wa Gatandatu tariki ya 30 Mutarama 2021

    18:00 : Mali vs Congo : Stade Ahmadou Ahidjo, Yaoundé
    21:00: DR Congo vs Cameroon : Japoma Stadium, Douala

    Ku Cyumweru tariki ya 31 Mutarama 2021

    18:00 : Morocco vs Zambia : Stade de la Reunification, Douala
    21:00: Guinea vs Rwanda : Limbe Stadium, Limbe

    Sugira Ernest aritezwe ku mukino w
    Sugira Ernest aritezwe ku mukino w’u Rwanda na Guinea

    Irushanwa rya CHAN riri kuba ku nshuro ya Gatandatu. Kuri iyi nshuro, mu mikino 24 yakinwe mu matsinda hamaze kubonekamo ibitego 46 bivuze impuzandego ya 1.92 y’igitego kuri buri mukino. Rutahizamu wa Guniea Yakhouba Gnagna Barry asoje imikino y’amatsinda afite ibitego bitatu. Imikino y’amatsinda yakinwe mu mijyi itatu ari yo Yaoundé, Douala na Limbe. Irushanwa rizasozwa ku Cyumweru tariki 07 Mutarama 2021.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/CHAN2020-Amavubi-yamenye-ikipe-bazahura-muri-1/4

  • CHAN 2020: Hamenyekanye uko amakipe azahura muri kimwe cya kane cy'irangiza #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Mutarama, hamenyekanye amakipe 8 azahurira muri kimwe cya kane (1/4) cy'imikino Nyafurika ihuza abakinnyi bakina muri Shampiyona z'iwabo (CHAN 2020).

    Zambia na Guinea nizo kipe zuzuje umubare w'amakipe 8 agomba gukomeza muri iyi mikino iri kubera muri Cameroun, Nyuma y'uko andi makipe 8 yasezerewe kubwo kutabasha kubona itike ibarenza amatsinda.

    Amakipe yabarizwaga mu itsinda A azahura n'ayakomeje mu itsinda B, aho iyabaye iya mbere izahura n'iya kabiri, nkuko bigenwa n'amategeko y'irushanwa.

    Amakipe yabarizwaga mu itsinda C azahura n'ayakomeje mu itsinda D, aho iyabaye iya mbere izahura n'iya kabiri.

    Ku wa gatandatu tariki 30 Mutama 2021 ku isaha ya 18:00 Mali izakina n'ikipe ya Congo Brazaville, mu gihe i Saa 21: 00 Cameroun yakiriye irushanwa izakina na DR Congo.

    Ku Cyumweru tariki ya 31 Mutarama 2021, i Saa 18:00 Morocco yabaye iya mbere mu itsinda C izakina na Zambia yabaye iya kabiri mu itsinda D.

    Ni mu gihe Guinea yabaye iya mbere mu itsinda D izakina n'Amavubi y' u Rwanda yabaye aya kabiri mu itsinda C ku isaha ya saa tatu z'ijoro. Ikipe zizarokoka hano, zizakina imikino ya 1/2 izatangira tariki 03 Gashyantare 2021 Mu gihe umukino wa nyuma uzaba tariki 7 Gashyantare 2021.

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/28/chan-2020-hamenyekanye-uko-amakipe-azahura-muri-kimwe-cya-kane-cyirangiza/

  • Amatariki yari yaratangajwe: Ibyamamare byasu… – #rwanda #RwOT

    Izi ngamba zizongera kuvugururwa nyuma y'iminsi 15. Minisiteri y'ubuzima yavuze ko gushyira Umujyi wa Kigali muri gahunda ya Guma mu Rugo byaturutse ku kuba uyu murwa wihariye 61% by'abanduye Covid-19 kuva uyu mwaka watangira.

    Icyorezo cya Covid-19 cyagize ingaruka ku mishinga itagira ingano mu nguni zose z'ubuzima.

    Ni icyorezo cyadutse benshi mu basore n'inkumi bazwi baramaze kwemeranya kuzashinga urugo. Ndetse igihe cyarageze babimenyesha inshuti, abavandimwe n'imiryango.

    Kuva tariki 14 Werurwe 2020, umuntu wa mbere wanduye Covid-19 yagaragara mu Rwanda, uko ingamba zo kwirinda iki cyorezo zoroshywaga ni nako abantu batandukanye bagiraga ibikorwa bitandukanye bakora.

    Ingamba zo kwirinda Covid-19 zatumye umubare w'abajya gushyingura n'abataha ubukwe ugabanuka. Muri iki gihe bwo Umujyi wa Kigali uri muri Guma mu Rugo nta bukwe n'ibirori bihuza abantu byemewe. Amashuri n'insengero birafunzwe.

    Hari abasore banze gutegereza biyemeza kubana n'abakobwa badakoze ubukwe. Abandi biyemeza gusubika ubukwe bakazabusubukura Covid-19 nicogora.

    1.Miss Mushambokazi n'umukunzi we Karim

    Ku wa 24 Ugushyingo 2020, ni bwo hasohotse 'invitation' z'ubukwe bwa Mushambokazi Jordan uri mu bakobwa 20 bahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2018 n'umukunzi we bamaranye igihe mu buryohe bw'urukundo Mbonyumuvunyi Karim wafashe irembo akamwinjiza mu idini ya Islam

    Urupapuro rw'ubutumire rwerekana ko Mushambokazi na Mbonyumuvunyi Karim bagombaga gukora ubukwe mu minsi ibiri itandukanye, ku wa 23 Mutarama 2021 ndetse no ku wa 30 Mutarama 2021. Ubukwe bwarasubitswe kubera gahunda ya Guma mu Rugo.

    Tariki 04 Ukwakira 2020, Mushambokazi yemereye INYARWANDA ko umukunzi we Karim yafashe irembo ndetse ko bamwakiriye mu idini ya Islam mu muhango yari ashyigikiwemo n'inshuti ze.

    2.Umunyamakuru Gerard Mbabazi na Uwase Alice

    Mu mpera z’Ukuboza 2020, Gerard Mbabazi wamamaye mu itangazamakuru ryibanda ku myidagaduro yagaragaje amatariki y'ubukwe n'umukunzi we Uwase Alice bamaze igihe bakundana nk'uko uyu musore yabigaragaje ku mbuga nkoranyambaga.

    'Invitation' igaragaza ko aba bombi bagombaga kurushinga mu mpera za Mutarama, gusa bitewe n'ibihe bya Guma mu Rugo ubukwe bwarasubitswe.

    Ibirori byabo byagombaga kubanzirizwa n'imihango yo gusaba no gukwa yari kuba wa 30 Mutarama 2021. Imihango yo gusezerana imbere y'Imana yari kubera kuri Christus i Remera tariki 6 Gashyantare 2021.

    3.Umukinnyi wa filime Usanase na Producer Ndayirukiye Fleury

    Tariki 17 Ukuboza 2020, Usanase Bahavu Jeannette wamenyekanye nka Diane muri filime City Maid, yasezeranye imbere y'amategeko ya Repubulika y'u Rwanda n'umukunzi we bamaze imyaka irenga itatu mu munyenga w'urukundo Ndayirukiye uzwi nka 'Legend.'

    Usanase na Fleury bagombaga gusezerana imbere y'Imana tariki 20 Ukuboza 2020. Ndetse indi mihango y'ubukwe isigaye yari kuba muri uku kwezi kwa Mutarama 2021, isubikwa bitewe n'icyorezo cya Covid-19 cyongeye kubyutsa umutwe muri iki gihe

    Ikindi cyatumye ubukwe bw'uyu mukobwa busubikwa ni gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry'icyorezo cya Covid-19.

    Iminsi ya Guma mu Rugo ishobora kongerwa bitewe n'uko imibare y'abandura Covid-19 ikomeza kuzamuka ubutitsa ari nako yica benshi mu Rwanda.


    4.Patient Bizimana n'umukunzi we Karamira ubarizwa muri Amerika

    Patient Bizimana umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana wamamaye mu ndirimbo ‘Ubwo buntu’, ‘Menye neza’ n’izindi yagombaga gukora ubukwe n'umukunzi we Karamira Uwera Gentille mu mpera z'umwaka ushize.

    Muri Mata 2020 INYARWANDA yasohoye inkuru ivuga iti 'Patient Bizimana agiye kurushinga n’umukobwa ubamuri Amerika basezeranye mu mategeko mu ibanga rikomeye.'

    Iyi nkuru ivuga ko Patient na Gentille utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika basezeranye imbere y'amategeko mu muhango wabereye mu Karere ka Rubavu mu 2019.

    Patient Bizimana yabwiye INYARWANDA ko we n'umukunzi we Gentille bagombaga gusezerana imbere y’Imana tariki 13 Ukuboza 2020. Gusezerana ndetse n'imihango y'ubukwe ntibyabaye bitewe n'icyorezo cya Covid-19.

    INYARWANDA yabonye amakuru avuga ko Patient Bizimana yafashe irembo mu kwezi kwa Werurwe 2019.

    Umuhango wo gusaba no gukwa wari kuba tariki 11 Ukuboza 2020, naho gusezerana imbere y’Imana bikaba tariki 13 Ukuboza 2020 mu muhango wari kubera muri ERC Masoro hanyuma abatumiwe bakiyakirira kimuri Intare Conference Arena i Rusororo.

    Urukundo rw'aba bombi ntirwavuzwe mu itangazamakuru! Nyamara imyaka ibiri irashize bombi batangiye urugendo rwo gusengera urukundo rwabo no kurushinga nk'umugabo n'umugore.

    Muri Nyakanga 2020, Patient Bizimana yabwiye INYARWANDA ko aziranye na Gentille kuva mu buto, ariko ko urukundo rwatangiye gushora imizi mu myaka ibiri ishize, ndetse ngo inshuro bavugana ku munsi ntiyazibara.

    Uyu muhanzi yavuze ko Gentille yamurutiye abakobwa bose bavuzwe mu rukundo nawe. Ati 'Namukundiye ibintu byinshi cyane. Ikintu cya mbere ni uko yankunze akemera kunkunda nkamusaba kunkunda akanyemerera. Ikindi kintu ni uko aruta abakobwa bose twahuye mu maso yanjye mu mutima wanjye,'


    Mushambokazi wahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2018

    Umunyamakuru Gerard Mbabazi n’umukunzi we Alice

    Umukinnyi wa filime Usanase n’umukunzi we Fleury

    Gentille, umukunzi w’umuramyi Patient Bizimana

    Patient Bizimana yashyize mu ngiro icyifuzo cy’umubyeyi we


    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102644/amatariki-yari-yaratangajwe-ibyamamare-byasubitse-ubukwe-kubera-covid-19-102644.html

  • degaard wakiniraga Real Madrid yatijwe muri… – #rwanda #RwOT

    Umunya-Norvège Ødegaard w'imyaka 22 y’amavuko, yagaragaje ko ari umwe mu bakinnyi bafite impano ya ruhago ariko agorwa no kubona umwanya mu ikipe ya Real Madrid muri uyu mwaka w'imikino kubera abakinnyi bafite ubunararibonye basanzwe i Madrid.

    Ødegaard yitezwe kuzaba umusimbura mwiza wa Ozil wamaze kwerekeza muri Fenerbahce yo muri Turikiya.

    Amakipe arimo Real Sociedad yari yaratijwemo mu mwaka ushize w'imikino, na Ajax yo mu Cyiciro cya Mbere mu Buholandi, yifuzaga kumutizwa ariko birangira Arsenal iyateye icy’umutwe iramwegukana.

    Mikel Arteta utopza Arsenal yavuze ko Ødegaard ari umukinnyi mwiza ukiri muto kandi bizeye ko azabafasha mu busatirizi.

    Yagize ati 'Martin ni umukinnyi tuzi neza. Nubwo akiri muto, amaze igihe akina ku rwego rwo hejuru. Azadufasha mu busatirizi'.

    Uyu mukinnyi ashobora kuzakina umukino we wa mbere muri Premier League ubwo Arsenal izaba yakiye Manchester United ku cyumweru.

    Umuyobozi wa tekinike muri Arsenal, Edu Gaspar yagize ati 'Martin n'umukinnyi wihariye kandi twashatse kongera ingufu mu ikipe yacu dushyiramo umukinnyi mwiza mu gusatira mu gihe gisigaye cya shampiyona'.

    Ødegaard yageze muri Real Madrid avuye muri Stromsgodset muri Mutarama 2015 ndetse yakiniye Real imikino icyenda muri uyu mwaka w'imikino.

    Odegaard yatijwe muri Arsenal amezi atandatu

    Odegaard yitezweho kuba umusimbura wa Ozil muri Arsenal

    Odegaard ni umwe mu bakinnyi Zidane acungira hafi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102680/odegaard-wakiniraga-real-madrid-yatijwe-muri-arsenal-102680.html

  • Tanasha yasubije abamwibasiye ko Diamond Platnumz yamusebeje ntamusome mu ruhame. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Tanasha Donna yasubije ku mashusho amwerekana ubwo yari mu gitaramo cyabereye muri Tanzania asa nk'ugiye gusomwa na Diamond Platnumz agahita amwikura bakamuha inkwenene.

    Tanasha na Diamond baherutse guhurira kuri stage ubwo icyamamare cya Bongo, Diamond Platnumz yasaga nk'aho yirengagije gusomana na tanasha Donna.

    Mu mashusho yagiye ahagaragara yerekana muri ako kanya uko byagenze, nyuma buriwese yari afite igitekerezo cy'ukuri kubyabaye.

    Uyu muhanzikazi yaje kwitabira kureba ayo amashusho nyuma y'uko umufana kuri instagram amwibukije ibyabaye kuri icyo gihe, ariko nkuko bigaragara, Tanasha wamamaye mu ndirimbo Jeje yakoranye na Diamond ntabwo yanga icyo abantu batekereza kandi ashaka ko 'bishimisha' bashyiraho ibitekerezo byabo.Tanasha yasubije ati:'nyine byagenze uko nyine mwabibonye'.

     

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/tanasha-yasubije-abamwibasiye-ko-diamond-platnumz-yamusebeje-ntamusome-mu-ruhame/

  • CHAN 2020: Amavubi vs Guinea, uko amakipe aza… – #rwanda #RwOT

    Amakipe uko azahura ikipe yabaye iyambere mu itsinda A izahura n’ikipe ta 2 mu itsinda B, hanyuma iyabaye iya mbere mu itsinda C ihura n’iya kabiri mu itsinda D.

    Ku wa gatandatu tariki 30 Mutama 2020 ku isaha ya 18:00 pm Mali izakina n’ikipe ya Congo, kuri uwo munsi ku isah ya 21: 00 pm Cameroun yakiriye irushanwa ikine na DR Congo, bucyeye baho ku isaha ya 18:00 Pm Morocco yabaye iya mbere mu itsinda C izakina na Zambia yabaye iya kabiri mu itsinda D.

    Ni mu gihe Guinea yabaye iya mbere mu itsinda D izakina n’u Rwanda rwabaye urwa kabiri mu itsinda C ku isaha ya satatu z’ijoro. Ikipe zizarokoka hano, zizakina imikino ya 1/2 izatangira tariki 03 Gashyantare 2021.

    Amavubi azakina na Guinea muri 1/4 mu irushanwa rya CHAN 2020

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/102683/chan-2020-amavubi-vs-guinea-uko-amakipe-azahura-mu-mikino-ya-14-102683.html

  • Ibintu bikuza kwizera #rwanda #RwOT

    Ukwizera Kristo Yesu nk’Umwami n’Umukiza igihe wihana ibyaha, ukwizera guke, ukwizera kwinshi. Ukwizera gukomeye, ukwizera kubeshaho, ukwizera gukiza indwara, ukwizera gukuraho imisozi. Ukwizera kugira ngo abandi bantu bakizwe, ukwizera kw’impano, ukwizera kuzimya imyambi ya wa mubi, ni intambwe zo kwizera (ubwoko bwo kwizera).

    Yesu ajya mu ijuru yagiye afite impungenge kandi zifite ishingiro, aho yavuze ngo’ Umwana w’umuntu naza azasanga kwizera kukiri mu isi?’. Ese ko mu ijuru tuzajyanwa no kwizera, wageze kukigero cyo kwizera nyakuri?, Twaguteguriye ibyo wakora kugira ngo ukwizera kwawe gukure kugere ku kigero cya Kristo Yesu, n’ibindi byatuma umuntu akuza ukwizera kwe:

    Gusenga

    Ntabwo ushobora gukura mukwizera ubaho ubuzima budasenga. Iyo usenga usabana n’Imana, uba hafi y’Imana, urahishurirwa, ugira ubuzima, iyo usenga womatana n’Imana. Icyo gihe kwizera kwawe kurakura. Abantu benshi basenga basaba gusa kugira ngo Imana igire ibyo ibakorera, ariko gusenga bigomba kuba ubuzima bwa buri munsi.

    Usomye Bibiliya yose usanga nta nahamwe havuga ko gusenga ari impano, gusenga ni itegeko. Dukwiye kubaho ubuzima busenga bigahinduka ubuzima bwa buri munsi.

    Guhuza ijambo ry’Imana n’ubuzima

    Bisa nk’aho Bibiliya tuyizi mu mutwe no mumpapuro gusa, ariko dukwiye gushyira ijambo ry’Imana mu bikorwa rigahinduka ubuzima. Niba rivuga gusenga ugasenga, kubabarira ukababarira, niba rivuga kwihangana ukihangana, niba rivuga guca bugufi ukareba niba uca bugufi. Ukareba niba aribwo buzima ubaho bwa buri munsi.

    Ijambo ry’Imana niriba mu buzima bwawe bizakuza kwizera kwawe kuko kwizera kuzanwa no kumva, kandi kumva ijambo rya Kristo. Ntabwo ari ibica kuri social media, ntabwo ari ukureba filime, ntabwo ari ukuba mu rwenya n’amashyengo, ni uguhuza ijambo ry’Imana n’ubuzima. Kumva ijambo rya Kristo bikuza kwizera.

    Kuzura Umwuka Wera

    Ubundi Umwuka Wera, ni Imana mu butatu. Reka mbabwire ibyiza byo kuzura Umwuka Wera: Imana ishobora kwicara mu nama y’ubutatu ikanzura ikintu igiye kugukorera, hanyuma kuko Umwuka Wera atuye muri wowe agahita aza akakwibira ibanga, akakubwira ngo 'Wizeye iki kintu cyaba!’. Ukumva birakuzuye, ugasenga ukumva urabyizeye ukabona Imana iragikoze.

    Ibyo rero bitandukanye no kwizera ikindi kintu icyo aricyo cyose utambwiwe n’Umwuka Wera. Iyo Umwuka Wera akwibiye ibanga, akakubwira icyo Imana igiye kugukorera ukakizera, Imana ihita igikora. Bene ibyo ni ukwizera ibivuye ku mutima w’Imana.

    Ibigeragezo

    Iki cyo ntabwo kiryoshye ariko ndashaka kukivuga. Bibiliya ivuga ko Imana niducisha mu ikome, mu muriro w’ibitugerageza itaba itwanga ahubwo iba igira ngo ikuze ukwizera kwacu. Rimwe na rimwe tubyitiranya ko tugiye gupfa, cyangwa Imana igiye kutubabaza ariko sibyo ahubwo iba igirango ikuze ukwizera kwacu.

    Yohana yaravuze ngo’ Njyewe mbatiza mu mazi ariko uzaza nyuma yanjye azabatiza mu Mwuka no mu muriro’. Imana iducisha mu muriro igira ngo ityaze kwizera kwacu kumere nka zahabu. Kwizera kuravuka, kukarerwa, kugakora. Niyo mpamvu Imana iducisha mu bintu bigoye kugira ngo dukura amaso mu bindi bintu, twige kubaho ubuzima bwo kwizera.

    Kubana n’abantu bafite kwizera

    Iyo urebye ubuzima bwa Elissa ni uko yabanye na Eliya, iyo urebye ubuzima bwa Yosuwa ni uko yabanye na Mose. Iyo urebye ubuzima bwo kwizera kutaryarya kwari muri Timoteyo, ni uko yabanye na Pawulo yizera. Harya wowe ubana na nde?, ni nde muri ishuti?, ibiganiro byinshi ubigirana na nde?. Ni nde ugufasha muri iyi nzira yo kwizera?, ni nde mu byeyi wawe wo mu mwuka, ni nde muntu iyo ugize intege nke waturira?, ni nde muntu ugufasha mu nzira y’agakiza?.

    Uwo ubana na we ashobora kugufasha gukuru mu kwizera kuko ibyo tuzi byose twabyigiye ku bandi. Niba udafite umuntu muzima mubana ugufasha mu gusenga, umuntu wakwaturira w’umunyebanga ntubisange mu muhanda. Umuntu wasangiza amarangamutima yawe ukumva nta kibazo ugize, umuntu wakubonera umwanya.

    Niba udafite umuntu mubana mu nzira y’agakiza wagufasha muguhinduka ku ngeso, ntabwo uzakura mu kwizera. Uzahinduka umunyedini mwiza gusa ariko ntuzigera ukura mu kwizera, kwizera kwawe kuzagwingira ntabwo kuzakura. Ushobora kuvuka yego kuko wababariwe ibyaha ariko za ntambwe 10 ntushobora kuzitera, niyo mpamvu ukwiye kurobanura abantu ubana na bo.

    Pasiteri Desire Habyarimana/ Agakiza Tv. Wakurikira inyigisho yose

    [email protected]

    Source : https://agakiza.org/Ibintu-bikuza-kwizera.html

  • Miss Naomie noneho areruye|Icyo bapfuye kirakomeye|Yarananutse bidasanzwe (VIDEO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Miss Nishimwe Naomie yeruye avuga ko impamvu atitabiriye inama y'abanyamakuru yari igamije kumenya imigabo n'imigambi ya Nyampinga  w'u Rwanda ari uko yari mu zindi gahunda zamutunguye ,ndetse avuga ko gutandukana na Rwanda inspiration back up yakoranye n'abamiss benshi byatewe n'ubushake bwe ko yashakaga kubaho yikorera.Ibi Miss w'U Rwanda yabitangarije ISIMBI TV aho yanavuze uburyo yananutse bidasanzwe kubera ko yari yagizwe Miss.

    Tariki 22 Gashyantare 2020 nibwo Nishimwe Naomie yambitswe ikamba rya Nyampinga w'u Rwanda ku Intare Arena ahigitse bagenze be bari bahanganye.

    Yatashye yishimye cyane ariko ibi byishimo bye byakomwe mu nkokora n'icyorezo cya Coronavirus cyageze mu Rwanda tariki ya 14 Werurwe 2020 kandi ari cyo gihe yumvaga agiye gutangira ibikorwa bye.

    Ati'nkimara gutorwa byari byiza nta Corona yari ihari twayumvaga mu bindi bihugu, nishimye cyane natahanye ikamba ibintu bigenda neza, ntangira gukora hashize nk'ukwezi tuba tugiye muri guma mu rugo.'

    Yavuze ko bagishyira abantu muri Guma mu Rugo umutima wamuriye, akananuka yibaza icyo azakora.

    Ati'twagiye muri Guma mu Rugo numva ari bwo ngiye gutangira, mvuga nti muri Werurwe ngiye gutangira nkagira icyo nkora simbe nicaranye ikamba nta kintu ndimo gukora, baba bashyizeho Guma mu Rugo, umutima urandya, nashyira ifoto kuri Instagram abantu bakantuka ngo ntibantumye kwifotoza ngo kuki ntacyo nkora, nkahita nsiba, nti wa mugani ntibantoreye kwifotoza.'

    'Umutima urandya, urandya ndananuka. Papa arambaza ngo hari icyo wabuze? Ntiduhari? Nti wowe na Mama murahari, ati tuza rero ubonye uko ukora ibikorwa byawe wabikora si wowe wazanye icyorezo, nanjye ndatuza.'

    Yakomeje avuga ko muri ibyo bihe bitamworoheye kuba yagira icyo akora ariko yagerageje kuba yagira imiryango afasha aho avuga ko yatanze ubufasha ku miryango 20.

    Ibindi ku kiganiro Miss Naomie yagiranye na Isimbi TV birebe muri video ukanze hano hasi:

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/miss-naomie-noneho-areruyeicyo-bapfuye-kirakomeyeyarananutse-bidasanzwe-video/