Category: Uncategorized

  • Umugabo wari wasinze yatawe muri yombi nyuma yo gushaka kugonga Abanyarwanda bishimiraga intsinzi y'Amavubi #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo wamaze gutabwa muri yombi na Polisi y'igihugu, itungiwe agatoki n'umuturage washyize video kuri Twitter y'uburyo uyu mugabo yari agonze abantu Imana igakinga akaboko, mu muhanda ugana i Kanombe bishimira Intsinzi y'Amavubi.

    yemereye itangazamakuru ko yari atwaye imodoka yanyoye inzoga, kandi yanarengeje amasaha yo gutaha yari yemerewe ku ruhushya rwo kugenda muri ibi bihe bya Guma mu Rugo.

    Yagize ati: 'Navuye mu kazi ntinze, nasomye ku kayoga kandi narengeje amasaha yari ku ruhushya nahawe rwo kugenda muri ibi bihe bya Guma mu Rugo. Byatumye ntaha narengeje umuvuduko ngeze ku mushumba mwiza ni ho nahuriye n'abantu benshi mu muhanda ndikanga, nshaka gusubira inyuma ngwa mu muferege, ngira amahirwe mvamo mbonye inzira ndakomeza ndataha.”

    Umuvugizi wungirije wa Polisi y'Igihugu, CSP Africa Sendahangarwa Apollo, yabwiye itangazamakuru ko uyu mugabo yari agonze abantu barimo bishimira intsinzi y'Amavubi nubwo na bo barenze ku mabwiriza yo kwirinda covid-19 na Guma mu Rugo, bakirunda mu mihanda.

    Yatanze Inama ku bafite iyo myitwarire anavuga ko ubu hatangiye Iperereza ku rukomatanye rw'ibyaha uyu mugabo yakoze ngo hatangire gahunda yo kumukurikirana akabihanirwa.

    Ati'' Tuributsa abaturage ko kwishima muri ibi bihe by'icyorezo ntibikwiye kumera nk'uko abaturage babikoze bahura ndetse banasabana nk'uko babikoze, kandi tuributsa n'abatwara ibinyabiziga kurushaho gukurikiza amategeko yo gutwara ibinyabiziga bize, kuko kutabikurikiza byabateza ingaruka nyinshi zirimo kubabuza kongera gutwara ibinyabiziga mu buryo bwa burundu.”

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-rwanda/umutekano/article/umugabo-wari-wasinze-yatawe-muri-yombi-nyuma-yo-gushaka-kugonga-abanyarwanda

  • Kecapu yarajwe muri stade yarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 (AMAFOTO) – YEGOB #rwanda #RwOT

    Nelly wamenyekanye  muri filime ya Bamenya Series nka Kecapu aravugwaho kurazwa muri Stade nk'umwe mu batarubahirije amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry'icyorezo cya koronavirusi .Ninyuma y'amafoto y'uyu mugore yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ari kumwe n'abandi bantu muri stade aho ababishinzwe babaganirizaga banabaha inama ku myitwarire itari myiza yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Kecapu yari afite isoni nyinshi

     

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/kecapu-yarajwe-muri-stade-yarenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-covid-19-amafoto/

  • Umukobwa w'icyamamare wakundwaga n'abatari bake muri filime z'Inyakoreya yapfuye bitunguranye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukobwa wamamaye cyane muri Filime zo muri Koreya y'Epfo, Song Yoo Jung yitabye Imana mu buryo bwatunguye abantu dore ko yari afite imyaka 26 y'amavuko gusa.

    Song Yoo-Jung yatabarutse nk'umunyempano wari ukuri muto kandi wigaruriye imitima ya benshi muri Filime z'inyakoreya. Nta mpamvu y'urupfu rwe yatangajwe kuri iki cyamamare. Urupfu rwa Song ku wa Gatandatu i Seoul rwemejwe n'abamuhagarariye mu kigo cy'abahanzi 'Sublime'. Mu magambo yabo, bavuze ko imihango yo kumushyingura 'yakozwe mu mutuzo,' nk'uko ibyifuzo by'umuryango babyifuzaga.

    Iri tangazo rigira riti: 'Song Yu Jung yari inshuti yacu yahoraga iduha umunezero no kumwenyura kwinshi, kandi yari umukinnyi w'amafirime mwiza wakinnye ashishikaye.' Nyuma yo gukora bwa mbere nk'umunyamideli, Song Yoo yatangiye gukina umukino wa mbere muri 'Golden Rainbow' mu 2013.

    Ubukurikira yagaragaye mu rukurikirane rwa 'MBC'hanyuma anagaragara muri 'KBS2's School 2017 ' muri raporo yakozwe na The Mirror. Song Yoo, yari yaranagaragaye mu kwamamaza ibicuruzwa bya Estée Lauder na ice cream ya Baskin-Robbins, nk'uko byavuzwe na New York Times, ndetse yanagaragaye mu mashusho y'indirimbo zitandukanye. Yaranzwe kandi kwerekana ubuvugizi ku bafite ubumuga.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umukobwa-wicyamamare-wakundwaga-nabatari-bake-muri-filime-zinyakoreya-yapfuye-bitunguranye/

  • Guverinoma y'u Rwanda yakoze amavugurura mu gishushanyo mbonera cy'Imijyi yunganira Kigali – #rwanda #RwOT

    Ikigo cy'Igihugu gishinzwe imyubakire [RHA] kivuga ko kuvugurura igishushanyo mbonera bigamije kwihutisha iterambere ry'imijyi irambye kandi iganisha mu cyerekezo cy'u Rwanda cya 2050.

    Ni icyerekezo cy'uko Kigali yazaba igicumbi cy'ubukungu bw'igihugu kandi ikazagabanya umutwaro w'ubwiyongere bw'abaturage buteye inkeke uyu mujyi ufite.

    Kuvugurura ibishushanyo mbonera by'imijyi bizatuma hahuzwa igenamigambi ryayo n'amabwiriza y'iterambere ayigenga, ay'imiturire n'ay'icyerekezo 2050 igihugu cyihaye.

    Mu mijyi yunganira Kigali, igikorwa cyo kuvugurura igishushanyo mbonera cyayobowe na Professor Tzamir Yigal uyoboye Sosiyete yitwa Tzamir Architects and Planners Ltd yo muri Israel, ni igikorwa cyari cyaratangiye mu Ugushyingo 2018.

    Umuyobozi ushinzwe Igenamigambi n'Iterambere muri RHA, Vincent Rwigamba yabwiye CNBC, ko kuvugurura iki gishushanyo mbonera byatekerejwe hagamijwe gushyiraho icyerekezo gishya kandi gikwiriye iyi mijyi.

    Ati 'Twashatse gukora igishushanyo mbonera cy'imijyi itandatu yunganira Kigali kugira ngo dutange icyerekezo cy'imiturire muri iyi mijyi mu buryo buteguye neza. Mbere twari dufite imijyi yagiye ikura mu buryo bwa gakondo ku buryo imyinshi yari igizwe n'imiturire itari ku murongo.'

    Yavuze ko n'ubwo iyi mijyi yari isanzwe ifite ibishushanyo mbonera, hatekerejwe kubivugurura kubera impamvu zirimo gushaka imijyi ishobora kunganira Kigali ikomeje kwimukirwamo n'abantu benshi no kureshya abashoramari bashobora kujya gutangizayo ibikorwa.

    Yagize ati 'Dufite ibikorwa byinshi biri imbere, hari abashoramari benshi babengutse iyi mijyi bifuza gutangizayo ibikorwa byabo, kubera ko buri mujyi ufite umwihariko wawo kandi ugomba kubyazwa umusaruro kugira ngo tugere ku iterambere rirambye u Rwanda rwifuza kugeraho mu 2050.'

    Rwigamba yakomeje agira ati 'Rero tugomba kwakira abo bashoramari bashya bari kuza. Nk'urugero i Musanze hari agace gashya kagomba kongerwa ku gishushanyo mbonera ariho mu Kinigi, agace k'ubukerarugendo. Ishoramari riteganywa gukorwa hariya rigomba kuba mu gishushanyo mbonera.'

    Avuga kandi ko muri uku gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera hazarebwa ku mishinga yari isanzwe ihari ikaba yakongerwamo imbaraga, mu gihe ibizaba ngombwa ko bihindurwa cyangwa ahazagurirwa igishushanyo mbonera, hakabaho gutanga ingurane kuri ba nyiraho.

    Ati 'Igishushanyo mbonera kigendera ku bintu bisanzwe bihari, tugomba kureba ibisanzwe biri aho niba dukomezanya nabyo cyangwa dukoraho impinduka runaka. Nk'urugero i Rubavu bafite isoko mpuzamahanga, hari n'ahari ibikorwa by'amahoteli n'ibindi.'

    Ku bijyanye no gutanga ingurane ku hantu igishushanyo mbonera kizajya cyagurirwa cyangwa ahazashyirwa ibindi bikorwa by'iterambere, Rwigamba yavuze ko hazabaho kuganira n'abasanzwe bahatuye cyangwa bahafite ibikorwa bagahabwa ingurane y'amafaranga cyangwa ubutaka ahandi hantu.

    Mu mpera za 2020, nibwo RHA yaganiriye n'abaturage batuye muri iyi mijyi aho bamurikiwe ibishushanyo mbonera byayo ndetse batanga ibitekerezo hagendewe ku byo bifuza ko byahindurwa n'ibyakongerwamo.

    Biteganyijwe ko ibi bishushanyo mbonera by'imijyi itandatu yunganira Kigali, muri uku kwezi bizaba byasohotse, kugira ngo byemezwe burundu n'Inama Njyanama z'uturere turimo iyo mijyi.

    Politiki yo guteza imbere imijyi yunganira Kigali yashyizweho igamije kuzamura umubare w'ababona imirimo izwi mu yindi mijyi, aho kuri ubu Umujyi wa Kigali utanga imirimo ku barenga 54%, mu gihe iyunganira ari 12%.

    Kuri ubu, Abanyarwanda hafi 18.4% batuye mu mijyi ndetse kuyituramo bikaba bikomeje no kwiyongera kubera amahirwe y'imirimo ahari.

    Hashingiwe ku mubare w'abaturage na serivisi zizaba zikenewe mu guteza imbere imibereho y'abatuye mu mijyi bazaba bageze kuri 70% y'Abanyarwanda bose mu 2050.

    Mu myaka iri imbere ni uko Umujyi wa Rusizi uzaba umeze

    Huye ifatwa nk’Umujyi w’Igicumbi cy’Ubushakashatsi ku Muco

    Imiterere y’igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Musanze


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/guverinoma-y-u-rwanda-yakoze-amavugurura-mu-gishushanyo-mbonera-cy-imijyi

  • Kigali: Yatawe muri yombi kubera gutwara imodoka yasinze agashaka kugonga abafana b'Amavubi (Video) – #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo ku wa 26 Mutarama 2021 nibwo uyu mugabo wari utwaye imodoka y'ivatiri yagaragaye yiruka mu muhanda, asa n'ushaka kugonga abafana bari mu mihanda y'i Remera bishimira intambwe Amavubi yari amaze gutera yo kugera muri ¼ cya CHAN.

    Kuri uyu wa Gatatu nibwo, Polisi y'u Rwanda yeretse itangazamakuru uyu mugabo wafashwe atwaye imodoka yasinze ndetse agashaka kugonga abantu bari mu muhanda.

    Uyu mugabo yemereye itangazamakuru ko yatwaye imodoka yanyweye inzoga kandi yanarengeje amasaha yo gutaha.

    Ati 'Nari ntashye mvuye ku kazi amasaha yarenze, ngeze ku Mushumba Mwiza mpura n'abantu benshi sinzi aho bari bavuye mbagwaho noneho ndikanga ngerezageza kuba nakata ngo nsubire inyuma mbona bidakunda imodoka yanjye igwa muri ruhurura ndongera ndagerageza ivamo mbona gutaha.'

    Yakomeje agira ati 'Nta ruhushya rwo gutwara imodoka muri Guma mu rugo nari mfite. Urwanjye rwari rwarangiye, ikindi nari nasomyeho kandi bitemewe ariko ndabisabira imbabazi ntibizongera.'

    Yicujije amakosa yakoze ayasabira imbabazi avuga ko bitazasubira, anasaba abandi bashoferi kwirinda gutwara ibinyabiziga banyweye inzoga kugira ngo birinde impanuka.

    Umuvugizi wungirije wa Polisi y'Igihugu, CSP Africa Apollo Sendahangarwa, yavuze ko uyu mugabo akurikiranyweho icyaha cyo gutwara imodoka yanyweye inzoga no kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Yagize ati 'Yafashwe mbere ya saa Sita kubera ko nijoro yagaragaye mu muhanda atwara imodoka mu buryo bubi bushaka guhutaza abantu, yari yasinze yanarenze ku mabwiriza ya Guma mu rugo ahura n'abantu bishimiraga intsinzi i Remera hafi yo ku Gishushu ashaka kubagonga.'

    CSP Sendahangarwa yashimangiye ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane ibyaha aregwa n'ibihano azahabwa.

    Indi nkuru wasoma: Bamwe byabarenze bibagirwa ko ari Guma mu Rugo! Uko Abanyarwanda bakiriye intsinzi y'Amavubi muri CHAN 2020

    Umugabo w'i Kigali yatawe muri yombi kubera gutwara imodoka yasinze agashaka kugonga abafana b'Amavubi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-yatawe-muri-yombi-kubera-gutwara-imodoka-yasinze-agashaka-kugonga

  • Umunyamakuru ukomeye na we yagabiye inka #Sugira Ernest nyuma y'intsinzi y'Amavubi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Mutarama nibwo habaye umukino wahuje ikipe y'igihugu y'U Rwanda, Amavubi, n'ikipe ya Togo. Ni umukino warangiye ikipe y'U Rwanda itsinze iya Togo ibitego 3 kuri 2. Igitego cy'intsinzi cyatumye Amavubi akomeza muri 1/4 cy'irangiza mu mikino ya CHAN 2020 cyatsinzwe na rutahizamu Sugira Ernest wagiye mu kibuga asimbuye Nshuti Savio.Nyuma y'uyu mukino benshi bakomeje kugaragariza amarangamutima akomeye Sugira Ernest, nk'uko twagiye tubibagezaho mu nkuru zabanje.Gusa kuri ubu umunyamakuru ufana cyane Amavubi witwa Edmund Kagire yatangaje ko yemereye Ernest inka ndetse ngo naramuka agarutse mu Rwanda avuye muri Cameroun azajye kuyitwara.Ibi uyu mufana yabinyujije kuri Twitter aho yagize ati'Sugira nguhaye Inka.Nuza tuzavugane .Ndasaze We!

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umunyamakuru-ukomeye-na-we-yagabiye-inka-sugira-ernest-nyuma-yintsinzi-yamavubi/

  • Umugabo Yiciye ururimi n'amazuru kugira ngo ase n'ikivejuru 'black alien' [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yanujuje umubiri we tattoos z'umukara kugira ngo agaragare neza nk'iki kivejuru cy'umukara.

    Uyu mugabo w'Umufaransa yashyize kuri Instagram amafoto ye ndetse anagaragaza urugendo rwe mu kwihindura nk'iki kivejuru aho byabaye ngombwa ko yemera kwikuraho bimwe mu bice bye by'umubiri.

    Ifoto bwana Anthony Loffredo yaherukaga gushyira hanze mu ntangiriro z'uku kwezi yagaragaye nta munwa wo hejuru afite aho yemeje ko iki cyemezo bigoye kukivugaho.

    Uyu mugabo yanerekeje muri Espagne mu rwego rwo kwibagisha bagakuraho umunwa we.

    Yasuye umujyi wa Barcelona ahura n'umuganga ugabanya umubiri witwa Oscar Marquez cyane ko mu Bufaransa ibyo guca abantu ibice by'umubiri bitemewe.

    Uyu mugabo wanitoboje mu isura yashimiye byimazeyo uriya muganga wamukase avuga ko yamuhinduriye ubuzima.

    Amatwi ye yombi yarayaciye arayata mu rwego rwo kugira ngo ase neza n'ikivejuru aniyemeza gucamo kabiri ururimi rwe.

    Uyu mugabo yafashe icyemezo cy'ubusazi cyo guhindura imboni z'amaso ye umukara hakoreshejwe irangi ibintu byashoboraga kumutera ubumuga bwo kutabona.

    Uyu mugabo yavuze ko atewe ishema no kwihindura mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru Midi Libre.Yagize ati 'Nkiri muto nari mfite inzozi zo kuzahindura umubiri wanjye ndetse nkagira ibice nkuraho.Nagize agahinda ubwo nari umusekirite.

    Nahise mbona ko ntari kubaho ubuzima nifuza.Nahise mfata umwanzuro wo guhagarika byose nerekeza muri Australia.Nkunda kumva ko meze nk'ikintu gikanganye.'





    Source : http://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/umugabo-yiciye-ururimi-n-amazuru-kugira-ngo-ase-n-ikivejuru-black-alien-amafoto

  • Nyarugenge: Ibyishimo ni byose ku baturage bashyikirijwe ibiryo muri Guma mu rugo – #rwanda #RwOT

    Abaturage bo mu Murenge wa Nyakabanda kimwe n'abandi bo mu bice bitandukanye by'Umujyi wa Kigali batishoboye batangiye gushyikirizwai ibiryo mu ntangiriro z'icyumweru gishize nyuma y'aho Umujyi wa Kigali ushyizwe mu kato.

    Ibiryo by'ibanze biri gutangwa ku batishoboye n'ababikeneye muri iki gihe cya Guma mu rugo bikaba bigizwe na kawunga n'ibishyimbo. Buri muryango uri guhabwa ibiryo bitewe n'ingano y'abawugize.

    Ababishyikirijwe babwiye IGIHE ko biri kubafasha gusunika iminsi muri iki gihe batarimo gukora.

    Umubyeyi w'abana babiri witwa Bankundiye Claudine, wo mu Kagari ka Munanira, Umurenge wa Nyakabanda yagize ati 'Njye ndishimye cyane kubera y'uko nta mugabo ngira. Mfite abana babiri umwe niwe wigaga none ninjye wabashakishakirizaga ubwo nkaba mbashimiye kubera ko bampaye amafunguro kubera y'uko nta n'ikintu na kimwe cyo kurya nari nsigaranye mu ngo.'

    Byiringiro Alain na we avuga ko yishimiye kuba yahawe ibyo kurya ariko akanagaragaza ko ibyo bahawe bidahagije.

    Ati ' Biratunejeje kuba natwe batwibutse bakaduha ibiryo kuko turashonje pe kubera iyi gahunda ya Guma mu rugo. Nubwo baduhaye, ibyo baduhaye ntibihagije kuko nk'ubu duhawe ibiryo ariko hari abadafite amakara cyangwa amavuta yo kubitekesha.'

    Abari guhabwa ibiribwa biganjemo abari bafite imirimo yahagaze kubera ingamba zo kwirinda Covid-19, cyane cyane ba nyakabyizi baryaga ari uko uwo munsi bakoze.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyakabanda, Mugambira Etienne, yavuze ko abatari bashyirwa ku rutonde kandi bakeneye ibiribwa, nabo bazazirikanwa nyuma yo gufasha ababikeneye kurusha abandi.

    abahawe ibiryo babyishimiye

    ukobiba byifashe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyarugenge-ibyishimo-ni-byose-ku-baturage-bashyikirijwe-ibiryo-muri-guma-mu

  • Nta ‘Guma mu rugo’ izabaho, nta n’urukingo dukeneye, inkingo ni izo kubica – Magufuli #rwanda #RwOT

    Nk’uko amakuru dukesha Popote TV abishimangira, aya ni amagambo yavuze kuri uyu wa Gatatu mu mbwirwaruhame yavugiye mu Karere avukamo ka Chato ko mu Ntara ya Geita, ubwo yafunguraga ku mugaragaro ishyamba rya kabiri mu bunini ryatangiye guterwamo ibiti mu mwaka wa 2017.

    Muri rusange, Perezida Magufuli yagize ati,

    'Mu bihe nk’ibi aho haduka indwara zidasobanutse zitazwi zigenda zigaragara nka COVID-19, ibihugu byinshi abaturage babyo bari muri Guma mu Rugo. Twebwe Abatanzania ntituri muri Guma mu Rugo kandi nta n’iyo duteze kujyamo (abaturage bakome amashyi), kandi nta n’umunsi n’umwe ntekereza ko nzatangaza ko tugiye muri Guma mu Rugo kuko Imana yacu iriho kandi izakomeza kurinda Abatanzania.

    Ariko kandi tuzakomeza gufata ingamba z’ubwirinzi z’ubuzima harimo kwiyuka. Uriyuka ku ruhande rumwe, ku rundi ugasenga Imana, ubundi ugakora akazi ko guhinga ibigori n’ibijumba kugira ngo urye neza uhage koronavirusi inanirwe kwinjira mu mubiri wawe.

    Muzaterwa ubwoba cyane bavandimwe Batanzania, ariko muhagarare kigabo. Ndabizi ko hari n’Abatanzania bamwe bavuye mu gihugu bagahungira mu bindi bihugu kugira ngo bakingirwe, ariko nyuma yo gukingirwa ahubwo batuzaniye koronavirusi idasobanutse, muhagarare kigabo.

    Inkingo ntizikwiye. Iyo abazungu baba bafite ubushobozi bwo kutuzanira inkingo baba baratuzaniye n’urukingo rwa Sida, n’urukingo rw’igituntu ruba rwarabonetse rukazanwa, n’urukingo rwa malariya ruba rwarabonetse, n’urukingo rwa kanseri ruba rwarabonetse, Abatanzania dukwiye kugira amakenga ntibapfe kutuzanira ibyo bashaka byose.

    Ntimukibwire ko babakunze cyane. Iki gihugu kirakize, Afurika irakize, buri wese arayifuza. Tube maso. Kandi nsabe Minisiteri y’Ubuzima ireke kwirukira ibintu by’inkingo itaramenya ko zikwiye.

    Hari igihugu abana bacyo b’abakobwa bafite imyaka 14, babwirwa ko urwo rukingo ari urwo kurinda kanseri y’umura, biza kugaragara ko urwo rukingo rwari urwo gutuma batabyara. Bityo ndasaba cyane Minisiteri y’Ubuzima, ntabwo buri rukingo rufitiye umumaro igihugu cyacu. Ntabwo buri rukingo rufite icyo rutwungura. Ni ngomba ko Abatanzania tuba maso. Abatanzania tugomba kugira amakenga. Bazadukoreraho amagerageza azaduteza ibibazo bikomeye.

    Ndabasabye dukomeze dushikame dusenge Imana yacu. Dukomeze kuyigira nyambere ari na ko dufata ingamba z’ubuzima uko tuzakomeza kubigirwamo inama n’inzobere zacu ariko turye turi menge. Dushobora kumara umwaka urenga nta koronavirusi iri muri Tanzania. N’aha ngaha nta wambaye agapfukamunwa, Imana yacu iri imbere ya Satani kandi Satani ibihe byose azatsindwa kandi acike intege mu ndwara nyinshi.

    Bityo mbasabe bavandimwe Batanzania na Minisiteri y’Ubuzima itugenga ikore iyo bwabaga ireberere ubuzima bw’Abatanzania nta by’igihunga ngo ituzanire buri gerageza rikorwa rikorerwe hano. Uyu ni umuburo kandi ndizera ko tuzatunganirwa.

    Kandi nk’uko uyu munsi turi mu kigo gishinzwe amashyamba, dutere ibiti biturutse hanze ariko ntitwibagirwe gutera ibiti byacu gakondo, ari yo mpamvu ngushimira Profesa ko muri iri shyamba hari ibiti gakondo ariko hakaba n’ibiti bigezweho. Ntidukirukire buri kintu cyo mu mahanga. Icyo hanze si ko cyose ari cyiza. Icyo tuzaniwe cyose si ko kiba ari cyiza.

    No mu bihingwa byacu, imbuto zacu dutera, ni ngombwa ko ibigo byacu by’ubushakashatsi zigumana ziriya mbuto gakondo, zo ziberanye n’imiterere y’aha iwacu. Ubu ni ubutumwa ngerageza guha inzobere zacu kugira ngo batazoreka iki gihugu kubera igihunga cyo kuzanira buri kintu, ni byiza ko impuguke zacu zijya zibisuzuma zikabanza kureba niba bikwiye.

    Bavandimwe, baturage b’aha ngaha namwe bayobozi, nageze aha kubera iyi gahunda kandi nashimye impano mwampaye kugira ngo ntangire korora inzuki nubwo ntinya inzuki, zirakurya ukabyimbirwa bikomeye, ariko ubuki bwazo ndabukunda cyane. Kandi ndashima impano y’ibiti mwampaye ariko kuko ndi aha mu baturage nagira ngo mpamirize abatuye udu duce kuva Buseresere na Katoro, nsaba amajwi nasezeranyije ko duteganya gushyiraho akarere gashya muri utu duce, kandi ndizera ko abashyitsi bageze Katoro na Buseresere biboneye ukuntu akarere gashya gahumura. Isezerano riracyahari.

    Ni imbwirwaruhame yavuze mu Giswahili, ariko ushobora kuyumva isobanuye mu Kinyarwanda kugira ngo ubashe kuyumva.

    UMVA IYO MBWIRWARUHAME HANO :

    Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’Ubutegetsi muri Tanzania CHADEMA, Freeman Mbowe, mu minsi ishize yatangaje ko muri Tanzania hari koronavirusi nyinshi kandi ko ihitana abantu buri munsi ariko Leta ya Magufuli ikabihisha.

    Freeman Mbowe yavuze ko imyitwarire ya Perezida Magufuli na Leta ye irimo ubugome bwinshi kandi ko ikojeje isoni, asaba abaganga kwerura bakagaragaza ikibazo cyugarije igihugu kuko bazi ukuri.

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/Nta-Guma-mu-rugo-izabaho-nta-n-urukingo-dukeneye-inkingo-ni-izo-kubica-Magufuli