Category: Uncategorized

  • Kamonyi: Hari gushakishwa umugabo ukekwaho kwica umugore we amukubise isuka mu mutwe – #rwanda #RwOT

    Uwo mugabo w’imyaka 42 y’amavuko yari asanzwe abana n’umugore we witwa Uwimana Florence mu Mudugudu wa Nyabubare mu Kagari ka Kayonza bafitanye abana babiri.

    Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze avuga ko uwo mugabo yatashye ahagana saa Munani z’Ijoro kuri uyu wa 4 Gashyantare 2021 ageze mu rugo akubita isuka mu mutwe umugore we wari umaze kumukingurira.

    Umunyamabanga Nshinwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Kayenzi, Uwayezu Servile, yabwiye IGIHE ko amakuru y’ibanze bahawe n’umwana wo muri urwo rugo avuga ko Se ari we wakubise nyina isuka mu mutwe akamwica.

    Ati “Amakuru twahawe n’umwana wabo w’umukobwa ni uko byageze nka saa Munani z’Ijorose akaza agakomanga, umugore asohoka agiye kumukingurira. Uwo mugabo yari afite agasuka bita rasoro noneho ayimukubita mu mutwe.”

    Uwo mwana ngo yumvise nyina ataka ahita abyuka ahageze abona aryamye ahasi ahita ajya gutabaza nyirakuru, batabaza ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.
    Inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zahageze zisanga uwo mugabo yamaze gucika, hahita hatangira ibikorwa byo kumushakisha.

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwamaze kuhagera ruhita rutangira iperereza ryimbitse kuri ubwo bwicanyi.

    Uwayezu yavuze ko uwo muryango wari usanzwe urangwamo amakimbirane ashingiye ku kuba uwo mugabo ukekwaho ubwicanyi yari yarahawe inka muri gahunda ya Girinka ariko aza kuyigurisha umugore we atabizi bituma bashwana.

    Ati “Ubwo umugore yatanze amakuru ko umugabo yagurishije ya nka yahawe aza no kubifungirwa, hari hashize igihe kitarenze amezi atandatu agarutse mu rugo. Ubwo rero agurisha iyo nka amafaranga yayasangiye n’undi mugore yari yarinjiye; bigaragara ko ibyo byose ari yo ntandaro y’amakimbirane bari bafitanye.”

    Uyu muyobozi yasabye abaturage kwirinda amakimbirane, abibutsa ko abagiranye ikibazo bakwiye kugikemura mu mahoro cyangwa bakiyambaza ubuyobozi bukabafasha kugishakira igisubizo.

    Umurambo wa nyakwigendera ugiye kujyanwa ku Bitaro bya Remera- Rukoma kugira ngo ukorerwe isuzuma.

    Inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Kamonyi

    [email protected]


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-hari-gushakishwa-umugabo-ukekwaho-kwica-umugore-we-amukubise-isuka-mu

  • Rusizi: Umuturage arashinja gitifu kumutwara inyama amwizeza mituweli – #rwanda #RwOT

    Ni muri ubwo buryo uwitwa Hategekimana Joseph wo mu Mudugudu wa Rugaragara,Akagari ka Kinyaga ku tariki ya 31 Ukuboza 2020, ubwo yari arimo kugabana n’abandi baturage inyama bagombaga kurya ku bunani, yatunguwe no kubona umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ako Kagari Ndagijimana Japhet aje agaterura ibiro umunani by’inyama zari zimugenewe.

    Hategekimana yabwiye TV1 ko yamubajije mpamvu azifashe, gitifu amubwira ko adakwiye kurya inyama ku bunani atarishyura mituweli.

    Ati “Yaraje afata inyama zanjye nari nagabanye arazitwara ambaza mituweli ndamubwira ngo urihangana nyishake aho kugira ngo abyumve yafashe inyama zanjye ibiro umunani arabitwara kugeza icyo gihe ntabwo nzi amarengero yazo, nta na mituweli ndabona.”

    Yakomeje avuga ko ibyo biro umunani by’inyama yari yagabanye na bagenzi be yagombaga kugurishamo bitandatu akavanamo amafaranga akishyuramo mituweli maze ibindi bisigaye akabisangira n’umuryango we ariko ngo ntibyakunze.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nkanka, Nsabimana Kazungu Alex, yabwiye IGIHE ko inyama z’uyu muturage zafatiriwe kugira ngo umuryango wa Hategekimana ubanze wishyure mituweli.

    Ati “Ntabwo bazimwambuye gitifu ari wenyine kuko hari abajyanama, abakuru b’isibo na ba mudugudu. Ntabwo twavuga ko yambuwe inyama ahubwo ni umuntu wari waratinze kwishyura mituweli, nibwo yasabwe ko inyama zagurishwa hakavamo amafaranga yo kwishyura kandi byarakozwe iraboneka na gitansi irahari ndetse n’uwo munsi ntiyabuze ibyo kurya.”

    Yongeyeho ko hari abaturage muri aka gace bakunda gusesagura amafaranga ku minsi mikuru isoza umwaka batari bishyura mituweli ku buryo ari muri ubwo buryo uyu mugabo ufite umuryango w’abantu umunani akimara kugabana inyama na bagenzi be, ize zahise zifatirwa kugira ngo abanze ayishyure.

    Gusa n’ubwo uyu muyobozi avuga atya,uyu muturage we agaragaza ko nta bwisungane mu kwivuza afite kuko iyo nyemezabwishyu itaramugeraho.

    Ndagijimana Joseph ashinja Gitifu kumutwarira inyama amwizeza kumuha mituweli

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-umuturage-arashinja-gitifu-kumutwara-inyama-amwizeza-mituweli

  • Perezida Kagame yavuze ku mutekano muke muri RDC, ku ngabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro n’ibindi – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Herbert Raymond McMaster wahoze ari Umujyanama mu Biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bijyanye n’Umutekano ku ngoma ya Trump hagati ya 2017 na 2018.

    Ikiganiro cye na Perezida Kagame cyari mu mujyo w’ibyitwa “Battlegrounds” aho cyabaga ku nshuro ya munani. Gitumirwamo abayobozi bo mu bihugu bitandukanye ku Isi, bagatanga ibitekerezo byabo ku bibazo n’amahirwe ashingiye kuri Politiki Mpuzamahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Perezida Kagame yabajijwe ku ngingo zitandukanye zirimo umubano w’u Rwanda n’amahanga, ibibazo by’umutekano mu karere, umubano w’u Rwanda na Uganda ndetse n’ibijyanye n’ubutumwa bw’amahoro Ingabo z’u Rwanda zoherezwamo.

    Perezida Kagame yabajijwe ku bibazo by’umutekano muke nko mu Burasirazuba bwa RDC no mu Karere u Rwanda ruherereyemo, avuga ko nko muri iki gihugu cyo mu Burengerazuba ibintu byadogereye kuva mu myaka myinshi ishize.

    Ati “Ibintu ntibiri kuba bibi ubu, ahubwo niko byahoze mu myaka myinshi ishize. Ibisubizo byagiye biba nko kwisubiramo, rimwe umutuzo ukaza ubundi ukagenda ariko mu by’ukuri ikibazo ntabwo kigeze gikemurwa.”

    “Mu yandi magambo, biba mu buryo busimburana mu bihe, mu myaka itatu hanyuma indi myaka itatu hakaza umutekano muke mu gice cy’Uburasirazuba bwa Congo, hanyuma indi myaka itatu, gutyo gutyo bigenda biza bigaruka. Ndatekereza ko dukeneye igisubizo kirambye.”

    Perezida Kagame yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi ugiye kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yahaye umwanya ushoboka imikoranire n’ibihugu by’ibituranyi kugira ngo ikibazo gikemuke kurusha uko cyagiye gikemurwa mu bihe byashize.

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko ikibazo cy’Uburasirazuba bwa Congo kidakwiye kurebwa ukwacyo ahubwo gikwiye kurebwa muri rusange kuko agace ubwako atari igihugu cyigenga ahubwo harebwa uko RDC kabarizwamo yagirana imikoranire n’ibindi bihugu mu gushakira umuti urambye umutekano muke.

    Perezida Kagame yavuze ko kandi ku kibazo cy’umubano utifashe neza hagati y’u Rwanda na Uganda, avuga ko kimaze igihe aho kuri iyi nshuro icyabaye ari uko cyatangiye kuganirwaho mu buryo buzwi mu gihe mbere byakorwaga abantu batabizi.

    Yavuze ko bigizwemo uruhare na Angola na RDC, u Rwanda na Uganda byatangiye kuganira ku cyagaragajwe nk’umuzi w’ikibazo.

    Ati “Twizeye ko ibyo bizatanga ibisubizo byiza gusa ibyo bibazo bimaze igihe kinini.”

    Ku ngabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro

    U Rwanda magingo aya rufite ingabo mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Centrafrique ndetse n’i Darfur muri Sudani nubwo ubutumwa bwazo buherutse gusozwa mu mpera z’umwaka ushize. U Rwanda kandi rwagiye mu butumwa bwa Loni muri Sudani y’Amajyepfo na Haiti mu bihe byashize.

    Yavuze ko mu gihe ingabo ziriyo nk’intumwa zigamije kugarura amahoro, ziba zitabwirizwa ibyo zikwiye gukora byose kuko zijyanayo n’ubunyamwuga zikura mu bihe bikomeye aho zisangiza bene ibyo bihugu uko byakemura imvano y’amakimbirane.

    Ati “Aho twoherezwa hose, dukorana n’abaturage na Guverinoma binyuze muri Loni. Tubwira Loni tuti dushobora gukora ibintu ibi n’ibi nk’ingabo za Loni, tuti dushobora gufasha mu kugarura amahoro aho kwicara ngo dutegereze ko amahoro aboneka hanyuma ngo tuyabungabunge kuko niyo mpamvu ingabo zimwe na zimwe zagumye ahantu igihe kinini bategereje kubungabunga amahoro adahari. Ese twagira uruhare mu gutuma amahoro aboneka? Ni ibyo tujyana muri ubwo bufatanye.”

    Ku kibazo cy’amakimbirane muri Ethiopia, yavuze ko giteye impungenge buri wese ushaka kumenya ibiri kuba. Yavuze ko kuba ibisubizo byava imbere mu gihugu ari byiza ariko uko ibintu bigaragara ni uko biri gufata indi ntera ndetse bikaba bisa n’aho Isi yose ititaye ku kibazo gihari.

    Yavuze ko nka Loni, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abandi bakwiye gutekereza icyo bakorana na Afurika mu gukemura ibibazo nk’ibi mu kwirinda ko mu myaka ibiri cyangwa itatu iri imbere bishobora kuzaba byaramaze kugera habi cyane.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yavuze-ku-mutekano-muke-muri-rdc-ku-ngabo-z-u-rwanda-ziri-mu

  • Angel Di Maria yemeje ko Lionel Messi ashobora kwerekeza muri PSG #rwanda #RwOT

    Umunya-Argentine ukinira Paris Saint Germain mu Bufaransa, Angel Di Maria yemeje ko Lionel Messi ashobora kwerekeza muri iyi kipe, ni mu gihe ibyo kongera amasezerano muri FC Barcelona atabikozwa.

    Uyu rutahizamu na we ukomoka muri Argentine ndetse ufatwa nk’uwa mbere ku Isi, Lionel Messi amasezerano ye muri FC Barcelona aragera ku musozo mu mpeshyi y’uyu mwaka ariko akaba yaranze kongera amasezerano.

    Nyuma y’umukino PSG yatsinzemo Nimes 3-0, Angel Di Maria yavuze ko bishoboka ko Lionel Messi ashobora kwerekeza muri PSG.

    Ati“yego niko mbitekereza. Birashoboka cyane. Dukwiye Kwitonda ibintu bizagenda bisobanuka.”

    Unwaka ushize nibwo Lionel Messi yasabye gutandukana na FC Barcelona ariko iyi kipe ntiyamukundira, ahitamo gusoza amasezerano ye.

    Angel Di Maria wizera ko Lionel azaza muri PSG, na we ari ku musozo w’amasezerano ye gusa ngo nawe yatangiye kuvugana n’ikipe ye.

    Di Maria yizeye ko Lionel Messi azerekeza muri PSG

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/angel-di-maria-yemeje-ko-lionel-messi-ashobora-kwerekeza-muri-psg

  • Kamonyi: Hari gushakishwa umugabo ukekwaho kwica umugore we amukubise isuka mu mutwe – #rwanda #RwOT

    Uwo mugabo w'imyaka 42 y'amavuko yari asanzwe abana n'umugore we witwa Uwimana Florence mu Mudugudu wa Nyabubare mu Kagari ka Kayonza bafitanye abana babiri.

    Amakuru atangwa n'ubuyobozi bw'inzego z'ibanze avuga ko uwo mugabo yatashye ahagana saa Munani z'Ijoro kuri uyu wa 4 Gashyantare 2021 ageze mu rugo akubita isuka mu mutwe umugore we wari umaze kumukingurira.

    Umunyamabanga Nshinwabikorwa w'umusigire w'Umurenge wa Kayenzi, Uwayezu Servile, yabwiye IGIHE ko amakuru y'ibanze bahawe n'umwana wo muri urwo rugo avuga ko Se ari we wakubise nyina isuka mu mutwe akamwica.

    Ati 'Amakuru twahawe n'umwana wabo w'umukobwa ni uko byageze nka saa Munani z'Ijorose akaza agakomanga, umugore asohoka agiye kumukingurira. Uwo mugabo yari afite agasuka bita rasoro noneho ayimukubita mu mutwe.'

    Uwo mwana ngo yumvise nyina ataka ahita abyuka ahageze abona aryamye ahasi ahita ajya gutabaza nyirakuru, batabaza ubuyobozi bw'inzego z'ibanze.
    Inzego z'ubuyobozi n'iz'umutekano zahageze zisanga uwo mugabo yamaze gucika, hahita hatangira ibikorwa byo kumushakisha.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwamaze kuhagera ruhita rutangira iperereza ryimbitse kuri ubwo bwicanyi.

    Uwayezu yavuze ko uwo muryango wari usanzwe urangwamo amakimbirane ashingiye ku kuba uwo mugabo ukekwaho ubwicanyi yari yarahawe inka muri gahunda ya Girinka ariko aza kuyigurisha umugore we atabizi bituma bashwana.

    Ati 'Ubwo umugore yatanze amakuru ko umugabo yagurishije ya nka yahawe aza no kubifungirwa, hari hashize igihe kitarenze amezi atandatu agarutse mu rugo. Ubwo rero agurisha iyo nka amafaranga yayasangiye n'undi mugore yari yarinjiye; bigaragara ko ibyo byose ari yo ntandaro y'amakimbirane bari bafitanye.'

    Uyu muyobozi yasabye abaturage kwirinda amakimbirane, abibutsa ko abagiranye ikibazo bakwiye kugikemura mu mahoro cyangwa bakiyambaza ubuyobozi bukabafasha kugishakira igisubizo.

    Umurambo wa nyakwigendera ugiye kujyanwa ku Bitaro bya Remera- Rukoma kugira ngo ukorerwe isuzuma.

    Inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Kamonyi

    [email protected]


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-hari-gushakishwa-umugabo-ukekwaho-kwica-umugore-we-amukubise-isuka-mu

  • Hagaragajwe ko COVID-19 yongereye ibibazo by'ihungabana mu barokotse Jenoside – #rwanda #RwOT

    Mu bibazo byo mu mutwe abarokotse Jenoside bakunze guhura nabyo harimo kwigunga, agahinda gakabije, kurwara umutwe, kugira ubwoba. Ababakurikiranira hafi bemeza ko ibi bibazo byarushije kwiyongera muri iki gihe u Rwanda kimwe n'Isi yose bihanganye n'icyorezo cya COVID-19.

    Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by'isanamutima mu Muryango w'abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), Aimée-Josiane Umulisa yabwiye The New Times ko ingamba zashyizweho mu kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 zatumye bamwe mu barokotse Jenoside barushaho kwigunga, guhangayika no kugira ubwoba.

    Umulisa yavuze ko abagize amatsinda y'abarokotse Jenoside bakorana usanga bafite ibibazo by'agahinda gakabije, ihungabana n'ubusinzi. GAERG ikorana n'abarokotse Jenoside 2500 bibumbiye mu matsinda 168 ari mu turere 25 two hirya no hino mu gihugu. Muri aba abageza kuri 70% bafite ibibazo by'ihungabana basigiwe na Jenoside.

    Umulisa yavuze ko muri iki gihe bari guhura n'ikibazo cy'ukwiyongera kw'iri hungabana mu barokotse Jenoside bakorana nabo, akemeza ko ryiganje mu bafite imyaka iri hagati ya 60 na 80 aho bagira ibibazo byo kubura ibitotsi, guhangayika no kurwara umutwe, ngo ndetse hari bamwe biheba bumva ko bagiye gupfa.

    Yavuze ko ibi bibazo babiterwa ahanini no kuba batakibasha guhura ngo basabane. Ati 'Imbogamizi ihari ubu ni uko badashobora guhura mu matsinda yabo aho bahumurizanya binyuze mu kuganira na bagenzi babo. Ibi bishatse kuvuga ko ubu bari guhangana no kuba bonyine kandi bikunze kuganisha ku bindi bibazo by'ubuzima.'

    Umulisa yavuze ko bashyizeho uburyo bushobora kugera kuri aba baturage bakoresheje telefone ariko akemeza ko nabwo burimo imbogamizi.

    Ati 'Hari abantu dukorana nabo batuye mu bice by'icyaro aho badafite telefone ariko dufite abajyanama 200 bakorera mu giturage n'inzobere 20 mu by'ubuzima bwo mu mutwe zibana nabo aho batuye, aho bashobora kubageraho igihe hari ugize ikibazo.'

    Iby'uko ubuzima bwo mu mutwe bw'abarokotse Jenoside bwahungabanyijwe cyane na COVID-19 byemezwa n'Umuhuzabikorwa mu muryango ubumbiye hamwe abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi (AVEGA Agahozo), Louise Bajeneza.

    Bajeneza yavuze ko abarokotse Jenoside bari basanganywe ibibazo by'ihungabana, COVID-19 iza irushaho kubashegesha. Abenshi mu bakorana na Avega ngo bafite ibibazo byo guhangayika gukabije ahanini biturutse ku kuba COVID-19 yarahagaritse ibikorwa bakoraga.

    Ati 'Ubu turi kumwe n'abantu batubwira ko bari gutekereza cyane kubera ko babashaga gutunga imiryango yabo igihe bakoze. Ntibari kubasha gukora kubera impinduka zazanywe na Covid-19, bamwe batakaje imirimo yabo neza neza kandi bishobora guhangayikisha.'

    Mu rwego rwo gufasha aba barokotse Jenoside, inzobere mu buzima bwo mu mutwe zigaragaza ko bikwiye ko hagira ubaba hafi kandi abafite ibibazo by'amikoro bagafashwa ngo kuko imibereho mibi iri mu byatuma barushaho kumererwa nabi.

    Imibare y'Ikigo cy'Igihugu cy'Ubuzima RBC igaragaza ko ikibazo cy'agahinda gakabije mu Banyarwand kiri ku kigero cya 11,9%, muri aba bagera kuri 35,6% ni abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bivuze ko umwe muri batatu aba afite ikibazo cy'ihungabana.

    Abakorana bya hafi n’imiryango yita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuga ko COVID-19 yarushijeho kubongerera ibibazo by’ihungabana


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hagaragajwe-ko-covid-19-yongereye-ibibazo-by-ihungabana-byarushijeho-mu

  • Abapolisi bari mu kazi bakwiye kwemera mukabafotora, nibazakora n’amakosa muzabafotore- CP Kabera #rwanda #RwOT

    CP John Bosco Kabera wagiranye ikiganiro mu mashusho na UKWEZI TV, yagarutse ku ngingo nyinshi zirebana n’imyitwarire y’abapolisi ndetse n’imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage.

    Yavuze ko hari igihe Abapolisi batahuzaga n’Itangazamakuru ku buryo bangaga ko Abanyamakuru babafotora.

    Ati 'Oya, Abapolisi bakwiye kwemera mukabafotora, bari mu kazi mubafotore ariko nimusanga banakora amakosa, na bwo mubafotore, none se urakora amakosa kubera iki.'

    CP John Bosco Kabera avuga ko ubusanzwe abapolisi bagira n’amahame agenga imyitwarire yabo ku buryo utannye akayarengaho aba agomba ku biryozwa.

    Ati 'Mujya mwumva ko iyo umwaka ushize hari abapolisi bagenda birukanwa baba bitwaye nabi tukabatangaza. Bariya hafi 70% ni ababa bakoze amakosa ajyanye n’imyitwarire [discipline].'

    Avuga ko Umupolisi ashobora icyaha akanajyanwa mu nkiko zikaba zamugira umwere ariko 'kuko ikosa yakoze ryagaragaje nabi Polisi, akaza Polisi igakurikiza amabwiriza ngengamyitwarire yayo ikareba amakosa wakoze kuko afite n’ibihano, niba bijyanye no gufungwa amezi abiri, cyangwa atatu cyangwa kwirukanwa ukaba wakwirukanwa kimwe nuko ushobora gukora iryo kosa rya discipline ukaba wakwirukanwa utiriwe ujya mu rukiko.'

    Avuga ko abaturage bakwiye kumenya ibi, ku buryo mu gihe hari umupolisi umuhohoteye agomba kubiryozwa.

    Ati 'Ariko n’abapolisi ubwabo bumve ko kizira kikazizirizwa kurenganya umuturage ushinzwe kurinda n’ibye.'

    Ubwo icyorezo cya COVID-19 cyageraga mu Rwanda hagashyirwaho amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ryacyo, humvikanye Abapolisi bagiye bakoresha imbaraga z’umurengera mu gufasha abaturage kuyubahiriza.

    Mu kwezi k’Ukuboza 2020, Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yashyize hanze raporo igaragaza ibyabangamiye uburenganzira bwa muntu mu iyubahirizwa rya ziriya ngamba. Iyi raporo yavuze ko hari abaturage bane bishwe n’abapolisi.

    Muri iki kiganiro, CP Kabera yavuze ko bariya bapolisi babibajijwe ariko ko kandi babikoraga mu izina ryabo, batabaga babitumwe n’urwego bakorera.

    Ariko kandi ngo nta n’umuturage ukwiye kunaniza umupolisi uri mu kazi, kuko iyo abikoze na we yitabaza ibikoresho afite nk’amapingu ariko akirinda kumukubita.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Abapolisi-bari-mu-kazi-bakwiye-kwemera-mukabafotora-nibazakora-n-amakosa-muzabafotore-CP-Kabera

  • Kamonyi : Umugabo arakekwaho kwica umugore we amukubise isuka mu mutwe #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo witwa Daniel Ntigurirwa ukekwaho kwica umugore we mu ijoro rishyira kuri uyu 04 Gashyantare 2021 ubwo yatahaga ngo agahita amukubita isuka.

    Uwayezu Servile uri kuyobora Umurenge wa Kayenzi nk’umusigire, yabwiye Ikinyamakuru Igihe dukesha aya makuru, avuga ko uyu muryango wari usanzwe ubana mu makimbirane.

    Avuga ko umugabo yagurishije inka bari bahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda atabyumvikanyeho n’umugore we, bigatuma bagirana amakimbirane ndetse ko uriya mugabo yigeze no gufungwa.

    Yagize ati 'Hari hashize igihe kitarenze amezi atandatu agarutse mu rugo. Ubwo rero agurisha iyo nka amafaranga yayasangiye n’undi mugore yari yarinjiye ; bigaragara ko ibyo byose ari yo ntandaro y’amakimbirane bari bafitanye.'

    Uyu muyobozi avuga ko umwe mu bana babiri b’uyu muryango, yabwiye inzego ko se yaje mu ijoro maze nyina akajya kumukingurira undi agahita amukubita isuka mu mutwe.

    Uyu mwana watanze amakuru, avuga ko yumvise nyina ataka, akiruka ajya kureba ibibaye agasanga nyina yikubise hasi, na we agahita ajya gutabaza nyirakuru batandukanye.

    Bahise banitabaza inzego z’ubuyobozi bw’ibanze n’iz’umutekano basanga umugabo yacitse ku buryo ubu hakiri gukorwa ibikorwa byo kumushakisha.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Kamonyi-Umugabo-arakekwaho-kwica-umugore-we-amukubise-isuka-mu-mutwe

  • Sibo Abdul yavuze icyihutirwa cyakorwa mu ikipe y’igihugu n’umupira w’amaguru w’u Rwanda muri rusange #rwanda #RwOT

    Sibo Abdul mukuru wa Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjiri wakiniye ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, avuga ko umusaruro wa ruhago atari ikintu kiza ako kanya ko ahubwo igikenewe ari ukureba uburyo abantu bicara bakareba igikenewe n’icyo bisaba kugira ngo abanyarwanda bahorane ibyishimo nk’ibyo babonye kuri Togo.

    Uyu mugabo uri mu bakinnyi bakinnye igikombe cy’Afurika cya 2004, aganira na Radio Isano, yemeje ko abanyarwanda batari baherutse ibyishimo ari nayo mpamvu kuri Togo byabarenze.

    Ati“Ngerageza gukurikira iyo ikipe y’igihugu yakinnye, ngira ngo ibyishimo watangiye utubaza abanyarwanda babigize ku mukino wa Togo, ariko usubiye inyuma ukareba ibimaze iminsi bivugwa ngira ngo byari ibintu bitari byiza “

    Yakomeje avuga ko abanyarwanda bakeneye kugira ukwihangana bakamenya ko nta kipe ihora itsinda.

    Ati“abanyarwanda dukeneye kwihangana, bariya bana tubahe igihe ntitwumve ko ikipe ihora itsinda, ibyo ntabwo bishoboka, habaho gutsinda hakabaho gutsindwa, uyu munsi niba twishimye dukomeze twishime, dukomeze tubabe inyuma, umusaruro wose babona tuzawakire tugerageze kubaka ikintu kizabaho igihe kirekire.”

    Yavuze kandi ko ubu igikenewe ari ukwicara hakarebwa igikenewe kugira ngo abanyarwanda bahorane ibyishimo bya ruhago.

    Ati“kumva ko wahita ubona umusaruro wako kanya ntabwo bishoboka, umupira urategurwa, ikipe y’igihugu irategurwa, shampiyona zirategurwa, ahubwo icyo abantu bakeneye gukora ni ukwicara hamwe bakareba ibisabwa kugira ngo ibyo byishimo bihorereho, tubigereho tuvuge tuti ubu dufite ikipe y’igihugu ikomeye, ubu dufite shampiyona ikomeye, abakinnyi bakomeye.”

    Sibo Abdul yakiniye Etincelles, Kiyovu Sports na APR FC ari nayo yasorejemo gukina umupira w’amaguru. Ikipe y’igihugu yayikiniye kuva 2000 kugeza 2007.

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/sibo-abdul-yavuze-icyihutirwa-cyakorwa-mu-ikipe-y-igihugu-n-umupira-w-amaguru-w-u-rwanda-muri-rusange

  • Gakenke: Ibiraro byari byarangijwe n’ibiza bikomeje kubakwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abayobozi barimo gukurikirana aho ibiraro byubakwa
    Abayobozi barimo gukurikirana aho ibiraro byubakwa

    Mu biraro birimo kubakwa, hari ibinini bihuza uturere biri mu ngengo y’imari ya Guverinoma, n’ibindi byubakwa mu ngengo y’imari y’Akarere ka Gakenke, kakaba karashoyemo agera kuri miliyoni 600 z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Aganira na Kigali Today, Umuyobozi w’akarere ka Gakenke wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Niyonsenga Aimé François, yagaragaje ishusho y’uburyo ibiraro muri ako karere bisimbura ibyangijwe n’ibiza bikomeje kubakwa.

    Yagize ati “Ibiza byadukozeho bitwara ibikorwa remezo birimo n’ibiraro binini. Hari ikiraro cya Gahira gikora kuri Nyabarongo gifite uburebure bwa metero zisaga 60, ni ikiraro kinini cyane kiduhuza n’Akarere ka Muhanga, turashimira Leta y’u Rwanda y’uko icyo kiraro n’ubwo ari kinini mu bigaragara imirimo yo kugisana yatangiye ku bufatanye n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubwikorezi (RTDA), imirimo yo kucyubaka igeze kure”.

    Visi Meya Niyonsenga avuga kandi ko hakozwe n’ikindi kiraro cyo ku mugezi wa Mukungwa gihuza akarere a Gakenke na Nyabihu, aho cyari cyararituwe n’ibiza ubu inzira ikaba ari nyabagendwa kuko cyamaze gusanwa.

    Yavuze ko ikindi kiraro kinini gihuza umurenge wa Gakenke n’uwa Kirambo kirimo kubakwa aho kizatwara asaga miliyoni 400, kikaba kiri kubakwa mu ngengo y’imari y’Akarere, ahari kubakwa n’umuhanda wa Kinoni – Karambo – Gashenyi.

    Mu bindi biraro biri kubakwa ku ngengo y’imari y’Akarere, ni ikiraro giherereye mu murenge wa Nemba ahambukira umubare munini w’abanyeshuri bajya ku ishuri ryisumbuye rya APRODESOC, n’ikindi kijya ku ishuri ryisumbuye rya Nyarutovu, ibyo byombi bikaba byari byarangijwe n’umuvu w’imvura aho bizatwara asaga miliyoni 130.

    Imirimo yo kubyubaka yaratangiye aho bateganya ko mu mezi atatu ari imbere bizaba byamaze kuzura, inzira zikaba nyabagendwa nk’uko biri mu mihigo y’akarere.

    Akazi ko gusana ibiraro kamaze gutangira
    Akazi ko gusana ibiraro kamaze gutangira

    Uwo muyobozi yongeraho ko ibiraro bito bihuza utugari byari byarangiritse byamaze gutungana ku bufatanye n’abaturage.

    Ati “Ibiraro byari byaragiye bihuza utugari bitewe n’ibiza, ibihuza imidugudu ubu nabyo byamaze gusanwa biturutse ku mbaraga z’abaturage, ubu inzira ni nyabagendwa”.

    Uwo muyobozi yemeza ko ibiraro hafi ya byose biri mu mihigo y’Akarere bizaba byamaze kuzura muri Mata 2021.

    Niyonsenga arasaba abaturage kubungabunga ibyo bikorwa remezo bitwara ingengo y’imari nini y’igihugu, akabashimira uburyo bitwaye ubwo ibiza byangizaga ibyo biraro.

    Ati “Turashimira abaturage nubwo ibyo biraro byari byagiye ariko ku bufatanye n’ubuyobozi bari bashatse uko baba bashyizeho ibyoroheje byo kuba bambukiraho. Twari dufite ikibazo cy’uko nta modoka yashoboraga kuhanyura, ariko ibyo turimo kubaka ubu bizaba bikomeye bizatwara amafaranga menshi”.

    Arongera ati “Icyo twasaba abaturage rero ni ukumenya y’uko ibikorwa remezo byose bihenda, cyane cyane murumva ko nk’ibyo biraro byubakwa ku ngengo y’imari y’Akarere, niba bigiye gutwara amafaranga akabakaba miliyoni zigera kuri 600, ni ibintu biba bihenze. Akarere kacu ni ak’imisozi ihanamye, uko amazi amanukana imbaraga nyinshi usanga bisabye ko hubakwa ikiraro kinini, barasabwa kubibungabunga”.

    Uwo muyobozi yasabye abacukura imigezi kubicikaho, ahubwo abasaba gucukura imirwanyasuri bateraho ibiti n’ibyatsi bica intege ayo mazi menshi amanuka mu misozi yiroha mu migezi kuko ari yo yangiza bya biraro.

    Meya Nzamwita aganira na Guverineri Gatabazi kuri ibyo bikorwa
    Meya Nzamwita aganira na Guverineri Gatabazi kuri ibyo bikorwa


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/gakenke-ibiraro-byari-byarangijwe-n-ibiza-bikomeje-kubakwa