Category: Uncategorized

  • Kamonyi: Polisi yarashe abantu batatu bagerageje kuyirwanya – #rwanda #RwOT

    Ni ibyabaye mu ijoro ryishyira ku wa 17 Nzeri 2025, mu kabari ko mu Mudugudu wa Raro, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba, mu Karere ka Kamonyi.

    Amakuru avuga ko ubwo aba abaturage bageragezaga gutabaza Polisi ikorera muri ako gace, yahise itabarana ingoga ariko abo bajura bagatangira kuyisagarira batumvira amabwiriza yayo, ahubwo bashaka gutema abapolisi na moto bari bakoresheje batabaye ari nayo ntandaro yo kuraswa.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan yatangarije IGIHE ko abo abagabo batatu bari amabandi, bakaba bari mu bikorwa bigayitse by'ubugome, aho barimo gutema abantu babacuza ibyabo ubwo bari babasanze mu kabari gaherereye mu Mudugudu wa Raro.

    Yavuze ko abakomerekejwe n'ayo mabandi ari abaturage bane, aho bahise batabarwa bakajyanwa mu Bitaro bya Remera Rukoma guhabwa ubuvuzi.

    CIP Kamanzi, yakomeje avuga ko ibi bidakwiye guhungabanya umutuzo n'umudendezo w'abaturage, kuko Polisi ibabereye maso.

    Ati ''Polisi irahumuriza abaturage n'abaturarwanda, ikibutsa kandi ko itazihanganira abantu bigize intakoreka bishora mu bikorwa bigayitse by'ubugizi bwa nabi bihungabanya umutekano n'ituze ry'abaturage.''

    Kuri ubu, hakomeje iperereza ryimbitse ry'inzego zibishijwe rigamije gusesengura icyateye bariya bantu kwitwara kuriya.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-polisi-yarashe-abantu-batatu-bakekwagaho-ubujura-bagerageje-kuyirwanya

  • Umuhoza Christa yagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije wa Imbuto Foundation – #rwanda #RwOT

    Mu itangazo Imbuto Foundation yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 18 Nzeri 2025, yagize iti “Twishimiye kwakira Umuhoza Christa nk'Umuyobozi Mukuru wungirije wacu mushya. Yinjiye mu muryango ashyize imbere kugera ku ntego, bishingiye ku ntego ihamye ndetse n'imikorere idashyikirwa, byose biherekejwe n'intego yo kwagura amahirwe ku rubyiruko, abagore, ndetse n'umuryango muri rusange binyuze mu guhanga ibishya n'uburezi.”

    Umuhoza yari asanzwe ari Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Smart Africa muri Afurika y'Iburengerazuba n'iyo hagati.

    Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n'ubucuruzi mpuzamahanga yakuye muri Hult International Business School. Yize kandi muri Stanford University ibijyanye 'Financial Programming', akagira n'impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza muri Business Administration yakuye muri Oklahoma Christian University.

    Imbuto Foundation ni umuryango washinzwe na Madamu Jeannette Kagame mu 2001. Ntabwo watangiranye iryo zina kuko mbere witwaga PACFA (Protection and Care of Families against HIV/AIDS), wita ku kurwanya icyorezo cya SIDA no kugarurira icyizere ababana n'ubwandu bwa Virusi itera SIDA.

    PACFA yaje kugenda yaguka bituma mu 2007 ihindurirwa izina yitwa Imbuto Foundation kugira ngo herekanwe uko yagiye itera imbere mu bikorwa n'inzego zitandukanye z'ubuzima, uburezi, kongerera ubumenyi urubyiruko no kwihaza mu bukungu ku miryango itishoboye.

    Mu myaka Imbuto Foundation imaze ishinzwe, yafashije kwiga abana baturuka mu miryango itishoboye ndetse n'abana b'abakobwa batewe inda bakiri bato, hakorwa ubukangurambaga butandukanye mu kurwanya inda ziterwa abangavu n'ihohoterwa rikorerwa mu miryango.

    Uyu muryango kandi ufite gahunda zitandukanye mu burezi, ubuzima, kubaka ubushobozi bw'urubyiruko ndetse no kurugezaho serivisi zitandukanye nko kuboneza urubyaro, kwipimisha Virusi itera Sida n'ibindi.

    Imbuto Foundation kandi yagize uruhare mu guteza imbere urwego rw'ubuzima mu Rwanda, itanga ibikoresho n'amahugurwa ku bajyanama b'ubuzima, ifasha muri gahunda y'ingo mbonezamikurire z'abana bato [ECD] n'ibindi.

    Mu 2024 Imbuto Foundation yari imaze guhemba abakobwa 6681 binyuze muri gahunda yayo yo guhemba abakobwa bitwaye neza kurusha abandi mu bizamini bya leta bisoza amashuri abanza, icyiciro rusange n'igisoza amashuri yisumbuye.

    Umuhoza Christa yagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije wa Imbuto Foundation


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuhoza-christa-yagizwe-umuyobozi-mukuru-wungirije-wa-imbuto-foundation

  • Ntwari Fiacre yashimagije umutoza Adel Amrouche #rwanda #RwOT

    Ntwari Fiacre yatangaje ko umutoza w’ikipe y’igihugu Adel Amrouche ari umutoza mwiza wamugiriye icyizere no mu bihe bidashoboka.

    Aganira n’ikinyamakuru FAR Post, Ntwari Fiacre yavuze ko Adel Amrouche ari umuntu udasanzwe kuko kuva yaza nta mukino n’umwe arakinira ikipe ye ariko yakomeje kumwizera akomeza kuba umunyezamu wa mbere.

    Ati “ndatekereza umutoza arimo kumfasha cyane kuko kuva yaza, ntabwo ndakinira ikipe yanjye.”

    Yakomeje avuga ko atari ibintu byoroshye kuri buri mutoza kuba yakwizera umukinnyi umaze amezi 4 adakina.

    Ati “ntabwo byoroshye kuri buri mutoza kuvuga umunyezamu adakina ukwezi kumwe cyangwa amezi 4. Ni ikibazo. Ndamushimira icyizere amfitiye.”

    Yakomeje avuga ko yakomeje kumutera imbaraga amubwira ko nubwo adakina ariko ari we munyezamu we wa mbere.

    Ati “yakomeje kuntera imbaraga, andemamo icyizere ambwira ko nubwo ntakina mu ikipe yanjye ariko mu ikipe y’Igihugu uri umunyezamu wa mbere.”

    Ntwari Fiacre ukinira Kaizer Chiefs muri Afurika y’Epfo, yavuze ko ubu intego ari ukujya mu gikombe cy’Afurika cya 2027, imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 irimo kubatyaza ndetse no kumenya uko umutoza ashaka ko bakina.

    Ntwari Fiacre yavuze yashimiye cyane umutoza Adel Amrouche

    Adel Amrouche yagiriye icyizere Ntwari Fiacre

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11883

  • Camarade agiye kugezwa imbere y’Ubushinjacyaha #rwanda #RwOT

    Kalisa Adolphe uzwi nka Camarade wahoze ari FERWAFA ejo nibwo azagezwa imbere y’Ubushinjacyaha aburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

    Uyu mugabo ukurikiranyweho ibyaha birimo, kunyereza umutungo no gukoresha impapuro mpimbano azatangira kuburana ejo ku wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri 2025, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo.

    Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, yatangarije IGIHE ko urubanza rwe ruzaba ku wa Gatanu, hagamijwe kugaragaza niba ashobora gukomeza gukurikiranwa ari hanze cyangwa afunzwe by’agateganyo.

    Kalisa yatawe muri yombi ku wa 4 Nzeri, ubwo hakorwaga iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha.

    Nyuma y’iryo perereza, dosiye yaratunganyijwe yoherezwa mu Bushinjacyaha ku wa 9 Nzeri 2025, na bwo nyuma yo kuyisuzuma buyiregera urukiko.

    Ingingo ya 10 y’itegeko N°54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa iteganya ko uhamijwe icyaha cyo kunyereza umutungo ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze 10 n’Amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva ku nshuro eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’umutungo yanyereje.

    Icyaha cyo guhimba, guhindura, cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano gihanwa n’ingingo ya 276 y’Itegeko Nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, umuntu ahanishwa igifungo kuva ku myaka itanu kugeza ku irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenga miliyoni eshanu cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

    Ni mu gihe gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, iyo umuntu abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu kugera kuri irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Itegeko kandi riteganya ko ibyaha birimo kunyereza umutungo na ruswa bidasaza bityo igihe cyose ibimenyetso byagaragarira nta cyatuma umuntu adakurikiranwa hatitawe ku gihe yaba yarabikoreye.

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11884

  • Ababyaza umusaruro ibiti beretswe ko ibibazo byabo byakemukira mu gushyira hamwe – #rwanda #RwOT

    Ibi yabisabye ku wa 17 Nzeri 2025, mu nama yahurije hamwe abikorera, inzego za leta ndetse n'Ihuriro ry'Abakora mu Ruhererekane Nyongeragaciro rw'Imbaho (RWVCA) igamije kwiga ku iterambere ry'uru rwego rw'ibiti n'ibibikomokaho.

    Umujyanama mukuru mu bya tekiniki muri MINICOM, Dr. Alex Kabayiza, yavuze ko ibibazo biri muri uru rwego bizwi, ariko bigoye ko bafashwa kuko bamwe basa nk'abakora ku giti cyabo naho abandi bakaba bari mu ihuriro.

    Ati 'Aba bantu bakora byiza kandi bikomeye, ari ibiti ndetse n'ibibikomokaho, ariko kubimenyekanisha biracyari hasi, rero mu biganiro twagiranye twemeranyije ko icya mbere ari ukwishyira hamwe ni byo bibaha imbaraga, kuko ibibazo bafite mu byukuri ibyinshi byakemuka ari uko bakomeje gukorera hamwe.'

    Yakomeje avuga ko ibibazo birimo nk'ikoranabuhanga, umuriro w'aho bakorera, imicungire mibi y'udukiriro, n'ibindi byose bizwi ariko bitakemuka batari hamwe nk'abakora umwuga umwe.

    Ati 'Icyo twabasabye ni kwishyira hamwe kugira ngo aho bakorera, ikoranabuhanga bakeneye, ubumenyi. Iyo bagiye hamwe nibwo n'ubufasha babonye n'imbaraga bafite bikoreshwa neza. Ikindi ni mu micungire y'udukiriro ubona ko bitaranoga neza, ariko nka minisiteri ibifite mu nshingano, tubifite muri gahunda ko tugomba gushyiraho amabwiriza y'imicuringire y'udukiriro.'

    Umuyobozi mukuru w'Ikigo cy'Igihugu cy'Ubushakashatsi n'Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA), Dr. Sekomo Birame Christian, yavuze ko iyo abakora umwuga umwe byoroha kubafasha ndetse ko abagize iri huriro bo batangiye guhugurwa ku bijyanye n'uburyo bakongera umusaruro w'ibyo bakora.

    Ati 'Tumaze igihe kitari gito tubahugura mu bijyanye no gutunganya imbaho, tubaha amahugurwa atandukanye mu bijyanye no gukoresha imashini, ndetse no kumenya uko bagomba gucunga amashyamba n'ibindi byose. Mu byukuri aho bamaze kugera harashimishije n'ubwo hakiri byinshi byo kubatoza bakagera ku rwego twifuza.'

    Yakomeje avuga ko byabafashije kumenya ikoranabuhanga ryihutisha imirimo yabo ririmo imashini zibaza, iziringaniza n'izindi.

    Ati 'Hari imashini bagiye bahabwa zikoresha ikoranabuhanga rigezweho, rituma bakora ibicuruzwa byinshi kandi neza. Bwa buryo bwa gakondo barimo baragenda babuvaho basingira imikoreshereze y'ikoranabuhanga rigezweho.'

    Abagize iri huriro bavuze ko ibibazo byinshi byagiye bikemuka ariko hakiri ikibazo cy'ubutaka bwo guteraho amashyamba kuko isoko ry'imbaho ari rinini nyamara aho kuzikura ntaho, nk'uko Karemera Abdul Rahaman, Umuyobozi w'inama y'umutegetsi ya RWVCA yabivuze.

    Ati 'Ibibazo bisigaye si byinshi ariko ikinini gihari ni kutagira aho guhinga amashyamba kandi ikoreshwa ry'ibiti ari ryinshi. Umusaruro uragaragara ariko aho tubikura ni hato.'

    Yakomeje avuga ko leta yabafasha kubona ubutaka bwo guhingaho amashyamba akorwamo imbaho, kuko amenshi ari ay'abaturage ku giti cyabo, kandi nayo asarurwa adakuze kubera gushaka inkwi n'amakara yo gucanisha.

    Muri iyi nama kandi hahembwe imishinga myiza irengera ibidukikije, ikoresha ikoranabuhanga ndetse irimo udushya, aho uwa mbere wahawe arenga miliyoni 2 Frw.

    Iyi nama yateguwe na NIRDA, ku bufatanye na RWVCA na GIZ, ndetse izajya itegurwa buri mwaka.

    Abakora mu rwego rw’ibiti n’ibibikomokaho biyemeje gukorera hamwe mu gushaka ibisubizo by’ibibazo biri muri urwo rwego

    Inzego za leta, iz’abikorera ndetse n’abakora mu ruhererekane rw’ibiti n’ibibikomokaho bari mu nama igamije kwiga kw’iterambere ry’uru rwego

    Umuyobozi mukuru w'Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA), Dr. Sekomo Birame Christian, yavuze ko abari muri uru rwego bishyize hamwe babashije no guhabwa amahugurwa

    Karemera Abdul Rahaman, Umuyobozi w'inama y'umutegetsi ya RWVCA, yavuze ko ikibazo gisigaye gihangayikishije ari kutagira ubutaka buhagije bwo guhingaho amashyamba

    Umujyanama mukuru mu bya tekiniki muri MIMICOM, Dr. Alex Kabayiza, yavuze ko ibibazo biri mu rwego rw’ububaji, gutunganya imbaho n’ibizikomokaho bizakemuka ari uko abarukoramo bishyize hamwe

    Inzego za leta n’izabikorera zungurana ibitekerezo ku buryo urwego rwo kubyaza umusaruro ibiti rwatera imbere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ababyaza-umusaruro-ibiti-beretswe-ko-ibibazo-byabo-byakemukira-mu-gushyira

  • Abasora bibukijwe kumenyekanisha ku gihe avansi ya kabiri y'umusoro ku nyungu wa 2025 – #rwanda #RwOT

    Iyi avansi irimo kubarwa hashingiwe ku byacurujwe muri Mata, Gicurasi na Kamena 2025. Usora ahera ku musoro yishyuye mu mwaka ushize, akagabanya n'igicuruzo cy'uwo mwaka, agakuba n'igicuruzo cy'igihembwe gisorerwa.

    Komiseri w'Imisoro y'Imbere mu Gihugu, Batamuliza Hajara, yibukije ko abarebwa n'izi nshingano ari umuntu wese wabonye inyungu mu 2024, akaba yaramenyekanishije umusoro ku nyungu muri Werurwe 2025. Aha ntabwo harimo abamenyekanishije zeru.

    Ni ukuvuga nk'abafite ibinyabiziga bikora ubucuruzi bwo gutwara abagenzi, ibicuruzwa n'ibindi bikoresho, abakora ubucuruzi busanzwe bwa serivisi n'ibindi bicuruzwa.

    Yakomeje ati 'Abo bose rero bararebwa n'uyu musoro ku gihembwe. Abasora nk'uko babigenje ku gihembwe gishize, ni nako bagomba kubigenza ubu. Impamvu usora yishyura mu bihembwe, ni uko tuba tugira ngo agende agabanya umutwaro uremereye wazatuma yishyura amafaranga menshi cyane umwaka turimo urangiye.'

    Yavuze ko nyuma y'igihembwe, haba haratanzwe amezi atatu yo kwitegura, kugira ngo hazakorwe imenyekanisha ry'ukuri. Niyo mpamvu abasora badakwiye kwirindiriza iminsi ya nyuma.

    Komiseri Batamuliza yakomeje ati 'Muri iyi misoro y'ibihembwe, ntabwo bisaba ko ukora ibaruramari. Ni ugufata gusa igicuruzo cyawe ukagishyira muri sisiteme, igahita ikubarira umusoro. Ayo mezi atatu umuntu aba afite ntiwaburamo isaha imwe yo gukora icyo kintu, kugira ngo wirinde ko uzagera umunsi ukererwa ugacibwa ibihano.'

    'Ibihano nubwo byagabanyutse, inyungu z'ubukererwe zikagabanyuka, byari bigeze ngo abantu bumve ko bijyanye n'imyumvire abanyarwanda bafite, bagomba gukora ibintu mu gihe cyacyo kandi bakabikora neza, aribyo kuenyekanisha umusoro.'

    Byongeye, mu bucuruzi ntawe uteganya ibikorwa ngo anateganyirize ibihano, ku buryo buri wese akwiriye gukora inshingano ze mu gihe cyagenwe n'itegeko.

    Abantu batamenyekanishije umusoro ku nyungu w'igihembwe cya mbere, baributswa ko ikoranabuhanga ridashobora kwakira imenyekanisha ritahiwe, kandi irya mbere ritaratanzwe. Bityo, basabwa kubanza kumenyekanisha umusoro batamenyekanishije hakiri kare.

    Bamwe mu basora bavuga ko batangiye kwitegura kuzuza inshingano zabo.

    Munezero Ange Mignonne ucuruza ibikoresho by'ubwubatsi ku Gisozi, yavuze ko bo imyiteguro bayigeze kure.

    Yakomeje ati 'Nsora umusoro ku nyungu, tugasora buri gihembwe cy'amezi atatu, atatu. Ubu tugeze ku gihembwe cya kabiri, twabyiteguye kare kuko hajya habaho ibibazo byinshi, iyo umuntu ari kwishyura ku munota wa nyuma cyangwa yakererewe ni ho hava ya mande n'ibihano baduca, ariko mu kubyirinda tubyitegura mbere.'

    Yavuze ko intego ari uko itariki ya 30 Nzeri igomba kugera ibintu byose biri ku murongo.

    Abasaba kutirindiriza umunsi wa nyuma, kuko hari ubwo ubwo hashobora kubaho ibibazo by'ikoranabuhanga, n'andi makosa ashobora gutuma bakenera ubufasha, ariko ntibabashe kububona bitewe n'uko iminsi yarangiye.

    Imenyekanisha rikorwa unyuze ku rubuga rwa RRA ( www.rra.gov.rw.) Icyakora, abafite ibikorwa by'ubucuruzi bito, basora mu buryo bukomatanyije, bakoresha *800#, bagakurikiza amabwiriza. Ushobora kwishyura ukoresheje Mobile Money, Airtel Money, MobiCash, mobile banking cyangwa Internet Banking.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abasora-bibukijwe-kumenyekanisha-ku-gihe-avansi-ya-kabiri-y-umusoro-ku-nyungu

  • Ishingiro ryo kuzamura ibiciro by'umuriro w'amashanyarazi mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibyo bibazo byatewe no kwirara no kutagenzura neza uruganda rw'ingufu. Ibyabaye muri leta nka za Chhattisgarh na Uttarakhand natwe byatubaho, ndetse mu ntangiriro z'uku kwezi umuriro waragiye abantu bagwa mu kantu.

    Hadashyizweho ingamba zijyanye n'igihe, ibyabaye mu minsi ishize byaba inshuro nyinshi.

    Hashize amasaha make Urwego ngenzuramikorere, RURA, rushyizeho ibiciro by'umuriro w'amashanyarazi bizakoreshwa muri aya mezi atatu ari imbere biva ku 186 Frw kuri kilowatt imwe bigera kuri kilowatt 214 Frw.

    Ibiciro byari bimaze igihe bitavugururwa kubera impamvu zitandukanye zishingiye ku ngaruka za Covid-19 n'ibindi bitandukanye byazahazaga ubukungu.

    Ni inyongera abantu bashobora gufata nk'aho ari ikibazo kuko amashanyarazi ari yo shyiga ry'inyuma mu mirimo itandukanye, ariko reka tunyurane mu mibare turebe ibisabwa kugira ngo umuriro uboneke kugera ugeze ku bawushaka n'ibyago byatugwira mu gihe inzego zarangara.

    Urwego rw'ingufu mu Rwanda rwateye imbere ku buryo bugaragara. Mu 2000 abagerwaho n'amashanyarazi bari 2%, mu 2010 baba 10% uyu munsi bageze kuri 85%. Ni intambwe ikomeye kuko mu bihugu byo mu Karere byose biri munsi ya 75%.

    Uku kwiyongera kw'abagerwaho n'umuriro w'amashanyarazi bijyana no kongera ingano y'amashanyarazi atunganywa, imiyoboro anyuzwamo n'ibindi. Uyu munsi u Rwanda rugeze ku gukora amashanyarazi angana na megawatt 460.

    Amashanyarazi akomoka ku ngomero z'amazi mu Rwanda angana na megawatt 109,66 bingana na 24% by'umuriro wose, ava kuri gaz methane angana na megawatt 85,79 bingana na 18% by'umuriro wose.

    Amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri angana na megawatt 85, angana na 18%, n'akomoka ku mirasire y'izuba angana na megawatt 12 bingana na 3%.

    U Rwanda kandi rugira imishinga rufatanyamo n'ibindi bihugu nk'urugomero rwa Rusumo rufite ubushobozi bwo gutanga megawatt 80 z'amashanyarazi, ruhuriweho n'u Rwanda, Tanzania n'u Burundi, buri gihugu kikaba gifata megawatt 26,6, ingomero za Rusizi n'izindi.

    Muri icyo gice, u Rwanda rusaruramo umuriro wa megawatt 39 ungana 8%, rutumiza mu mahanga umuriro wa megawatt 106,1 (uva Uganda) 23%.

    Ku mupaka wa Cyanika u Rwanda na Uganda bihafitee umuyoboro ubifasha guhererekanya umuriro w’amashanyarazi

    Mu bikorera havuyemo umwe, twashira

    Kugira ngo mu gihugu haboneke amashanyarazi yo gukoresha mu mirimo itandukanye, ndetse no gucanira ibice byose by'igihugu, u Rwanda rwishingikiriza no ku nganda z'abikorera kugira ngo umuriro uboneke.

    Abikorera ni bo bafite inganda nyinshi zikora umuriro w'amashanyarazi kuko zikora urenga 60%, inganda za leta zigakora 40%.

    Nubwo ari urugero rwiza rwo koroshya ishoramari ariko ku rundi ruhande ni ikibazo cyane kuko bituma amashanyarazi ahenda, cyane ko ababa bayakoze baba bakeneye inyungu.

    Ni mu gihe mu bindi bihugu usanga bihabanye, aho leta iba ifite uruhare runini mu gukora umuriro mwinshi, abikorera bakaza inyuma.

    Ibi bivuze ko Leta yishyura izo nganda zitunganya umuriro, iyo batishyuwe kare kuko bakorera inyungu hatangira kuzamo ibibazo, uburyo bishyurwamo na bwo bukaza ari indi birantega ariko na yo yumvikana.

    RURA yaherukaga kongera ibiciro mu 2020. Icyo gihe agaciro k'Idolari rya Amerika kari hagati ya 955 Frw na 990 Frw, naho uyu munsi kageze ku 1445 Frw.

    Impamvu izamuka ry'agaciro k'Idorali ari ingenzi cyane mu bucuruzi bw'umuriro w'amashanyarazi ni uko Sosiyete y'Ingufu mu Rwanda, REG, iyo irangura umuriro ku bashoramari bikorwa mu madorali.

    Ibyo bituma uko rizamuka n'ikiguzi cyo kurangura wa muriro w'amashanyarazi na cyo kizamuka. 83% by'ibitwara amafaranga REG byose ibyishyura mu madolari. 7% byishyurwa mu bijyanye no gusana, 10% bigakoreshwa mu bindi. Ibi bituma ihomba hafi 58,8% ushingiye ku ho Idolari rigeze n'igiciro umushinga watangirwagaho.

    REG imaze igihe ihura n'ibihombo bya hato na hato birimo n'ibishingiye ku kuba irangura umuriro w'amashanyarazi ihenzwe ikawucuruza ku kiguzi kiri hasi. Iyo ihombye n'iyo itinze kwishyura ni ha handi ubona umuriro rimwe na rimwe ubura.

    Ibyo biri mu byatumye igiciro kivugururwa kigirwa 214 Frw kuri kilowatt ku isaha nubwo habaho nkunganire, hakaba abawubonera munsi yayo.

    Kugira ngo haboneke igiciro kizagendwaho mu gihe runaka, hafatwa ikiguzi ikigo gikoresha kugira ngo haboneke amashanyarazi, bakagabanya n'umuriro uzaboneka muri icyo gihe.

    REG ikoresha hafi miliyari 303 Frw mu bikorwa bituma haboneka umuriro mu gihe umuriro uteganywa kuboneka ari kilowatt miliyari 1,4. Ufashe miliyari 303,4 Frw ukagabanya kilowatt miliyari 1,4 ubona 214 Frw kuri kilowatt imwe.

    REG ikoresha miliyari 303 Frw mu bikorwa bigamije gutunganya no kugeza ku baturage umuriro w’amashanyarazi

    Ni yo mafaranga akwiriye kwishyura buri wese mu gihe buri muntu yaba yishoboye, ariko kuko hari ibyiciro biba bisumbana, habamo nkunganire.

    Iyo hatabaho Covid-19, hagombaga kujya hongerwaho byibuze 2% ariko kubera ibyo bibazo, hongereweho 15% ingunga imwe.

    Ubu ikigero cy'abakenera umuriro kiri kuzamuka ku muvuduko uri hejuru kurusha uwo inganda ziwukora zigenderaho

    Ku rundi ruhande kuzamuka kw'abakenera umuriro, ni byiza cyane kuko biba bigaragaza ko inganda ziri gukora ku rwego rwo hejuru bikagaragaza ko ubukungu buri kuzamuka.

    Ubwo yasobanuriraga iby'aya mashanyarazi kuri RBA, Minisitiri w'Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore yavuze ko iyo abantu basaba umuriro mwinshi igihugu kiba kiri no gutera imbere.

    Ati 'Iyi ni imwe mu ngamba zizadufasha kunoza serivisi duha Abanyarwanda twongera ishoramari mu kongera inganda zikora umuriro, mu kunoza imiyoboro no kugeza umuriro ku baturage muri rusange.'

    Minisitiri Dr Gasore yavuze ko ibiciro by'umuriro byavuguruwe hagamijwe guhuza ikiguzi kijya mu mirimo yo gukora umuriro n'amafaranga yishyurwa abakora umuriro.

    Yavuze ko hari ikiguzi kinini kijya mu gukora amashanyarazi, ikijya mu gukura umuriro mu nganda ujya mu miyoboro migari n'ibisabwa mu kuwugeza ku baturage.

    Ati 'Ibyo byose bisaba ubushobozi hakiyongeraho n'igishoro cyo gufasha kugira ngo za nganda zikore neza, ya miyoboro ikomeze ikore neza kuko hakenerwa ibikoresho bishya. Ibyo bisaba ikiguzi na cyo cyiyongera kuko umubare w'abakoresha umuriro wiyongera, umubare w'inganda ukiyongera n'abakoresha umuriro bagatera imbere.'

    Yavuze ko byari ngombwa ko hasubukurwa gahunda yo kuvugurura ibiciro ndetse ashimangira ko bizakomeza kuvugururwa hagati ya buri mezi atatu n'ane kugira ngo 'tujyanishe ikiguzi cy'umuriro n'ibisabwa ngo umuriro uboneke.'

    Yavuze ko mu kubikora, Leta izakomeza kugendera ku byiciro by'ubukungu bw'igihugu bitandukanye ari yo mpamvu hatandukanywa abaturage, abacuruzi n'abo mu nganda.

    Yasabye abantu gukoresha umuriro neza abantu bakareka uburangare, aho usanga amatara yirirwa yaka no ku manywa.

    Ku bumva ko umuriro wongerewe igiciro bakaba bazamura ibiciro by'ibicuruzwa, Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Sebahizi Prudence, yavuze ko inganda mu byiciro bitandukanye zifashwa kwishyura make bishoboka kuko hazirikanwa umwihariko wazo.

    Ati 'Uyu mwaka twafashije inganda 1069 mu kubona ibiciro by'amashanyarazi byihariye bitewe n'ibyiciro barimo. Ibiciro byiyongereyeho akantu gato, Leta iracyita ku nganda. Turashishikariza inganda kutazamura ibiciro by'ibyo bakora kubera ko ikiguzi cy'amashanyarazi cyiyongereye cyane.'

    Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence, yavuze ko muri uyu mwaka inganda zirenga 1000 zafashijwe kubona amashanyarazi ahendutse

    Minisitiri Dr. Jimmy Gasore yavuze ko buri mezi atatu cyangwa ane hazajya havugururwa ibiciro by’amashanyarazi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kuzamura-ibiciro-by-umurimo-byari-bikwiriye-amashanyarazi-yo-mu-rwanda-mu

  • Ibishya ku kwishyura indishyi zikomoka ku mpanuka z'ibinyabiziga n'inyamaswa mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta, Godfrey Kabera, yasobanuriye Abadepite ko umushinga w'itegeko wateguwe mu rwego rwo guhuza amategeko abiri atandukanye agenga indishyi zikomoka ku mpanuka mu Rwanda.

    Uwahohotewe n'impanuka yatewe n'ibinyabiziga bifite moteri yishyurwa hakurikijwe Itegeko n° 41/2001 ryo ku wa 19/09/2001 ryerekeye imyishyurire y'abangirijwe n'impanuka zitewe n'ibinyabiziga bigenzwa na moteri kandi bigenda ku butaka, mu gihe uwangirijwe n'impanuka yatewe n'inyamaswa yishyurwaga hakurikijwe itegeko n° 26/2011 ryo ku wa 27/07/2011 ryerekeye imyishyurire y'abahohotewe n'inyamaswa.

    Ibyo byatumye hagaragara ibyuho bitandukanye bishingiye ku kuba uburyo bw'indishyi butari buhujwe, bigatuma abangirijwe cyangwa abafite uburenganzira bukomoka ku muntu wishwe n'impanuka bafite ibibazo bisa bashobora kwishyurwa mu buryo butandukanye.

    Hari kandi ikibazo kijyanye n'ifatizo ryo kubara indishyi mu gihe uwahohotewe cyangwa abagenerwabikorwa be badashobora gutanga ibimenyetso byerekana amafaranga uwahohotewe yinjizaga mbere y'impanuka, kigomba gukemurwa; imbogamizi ndetse n'ibyuho byagaragaye bituma abishingizi bagira igihombo.

    Iri tegeko riteganya ko abantu bafite uburenganzira ku ndishyi z'impanuka ari umuntu wakomeretse cyangwa imitungo ye yangijwe n'impanuka yishingiwe cyangwa itishingiwe, umuntu wakomerekejwe n'inyamaswa zavuye muri pariki y'Igihugu cyangwa ahandi hantu hakomye mu gihe cy'akazi cyangwa mu gusura byemejwe n'ubuyobozi bwa pariki y'igihugu bubifitiye ububasha, cyangwa ahandi hantu hakomye hagaragara ku rutonde rwashyizweho na Minisitiri ushinzwe ibidukikije mu nshingano n'umuntu ufite umutungo wangijwe n'inyamaswa.

    Hari kandi abafite uburenganzira ku muntu wishwe afite ubwishingizi cyangwa impanuka idafite ubwishingizi cyangwa yiciwe n'inyamaswa yavuye muri pariki y'Igihugu cyangwa yo mu gasozi bahuye hanze ya pariki y'Igihugu cyangwa hanze cyangwa ahandi hantu hakomye.

    Ku bijyanye n'indishyi z'umuntu wagize ubumuga buhoraho zibarwa hakurikijwe urwego rw'ubumuga bugenwa na muganga ubifitiye ububasha. hagateganywa ko Iteka rya Minisitiri ufite ubuzima mu nshingano rishyiraho ibikurikizwa mu kugena igipimo cy'ubumuga;

    Umuntu wagize ubumuga buhoraho n'abagenerwabikorwa b'umuntu waguye mu mpanuka bafite uburenganzira bwo kwishyurwa harimo n'indishyi z'igihombo cy'amafaranga.

    Ku bana bari munsi y'imyaka 16, indishyi zo gutakaza amafaranga yinjiza zizahabwa umwana wagize ubumuga buhoraho cyangwa abamutunze mu gihe yapfuye. Izi ndishyi zikubiyemo imyaka ishobora kuba iy'akazi hagati y'imyaka 16 na pansiyo.

    Abo mu bwishingizi bifuzaga ko amafaranga yishyurwa udafite umurimo uzwi yava kuri 3000 Frw byagenderwagaho yashyizweho n'Urukiko rw'Ikirenga akagirwa 2000 Frw ku munsi gusa abagize Komisiyo basanga igipimo giteganywa kidakwiye kujya munsi ya 3000Frw.

    Depite Musolini we yagaragaje ko asanga icyo gipimo na cyo ari gito bijyanye n'icyerekezo igihugu gifite cyo kugira umuturage winjiza agatubutse kandi bikaba bitakundira uwagize ubumuga buhoraho kubera impanuka.

    Hanzuwe ko icyo igipimo kiguma ku 3000 Frw ku munsi, bivuze ko nibura aba ari ibihumbi 90 Frw bya buri kwezi.

    Itegeko kandi riteganya ko iteka rya Minisitiri rishobora kongera ingano y'igipimo gishingirwaho mu kubara indishyi zishyurwa ku munsi zikomoka ku mpanuka rikagena ibipimo, uburyo bwo kubara, ibisabwa n'ibikurikizwa mu kwishyura indishyi zikomoka ku mpanuka.

    Iyo uwagize impanuka yari yaramaze kubarirwa indishyi akazihabwa, nyuma hakaba ukwiyongera k'ubumuga yaherewe indishyi, arabikurikirana akagaragaza raporo yerekana ko ubumuga bwongereye igipimo, yakozwe na muganga ubifitiye ububasha.

    Ufite uburenganzira bukomoka ku muntu wishwe n'impanuka bahabwa indishyi z'amafaranga yishyuwe mu mihango yo gushyingura, indishyi nsimburagihombo cyangwa iz'ibyo yari kuzunguka n'indishyi z'impozamarira.

    Ku bijyanye n'ibyangijwe ho urwego rwishyura indishyi cyangwa umwishingizi bishyura uwangirijwe umutungo indishyi zingana n'ibyo yangirijwe.

    Impanuka zishingiwe zishyurwa n'umwishingizi bireba mu gihe impanuka zitishingiwe zishyurwa n'urwego rwishyura indishyi.

    Icyakora, Urwego rwishyura indishyi ntirwishyura indishyi uwangirijwe n'impanuka itishingiwe iyo ibaye ntimenyeshwe urwego rufite kugenza ibyaha byo mu muhanda mu nshingano cyangwa ubuyobozi bw'umurenge w'aho yabereye mu minsi irindwi nyuma y'uko ibaye cyangwa nyuma y'aho usaba indishyi ayimenyeye.

    Iyo habaye impanuka itejwe n'ikinyabiziga kigendeshwa na moteri kidafite ubwishingizi, inzego zibishinzwe zifatira icyo kinyabiziga kugeza igihe nyiracyo yishyuriye urwego rwishyura indishyi ubwishyu bwose bwatanzwe kuri dosiye isaba indishyi n'ikiguzi cy'ifatira.

    Amafaranga yo kwishyura indishyi zikomoka ku mpanuka zitishingiwe akomoka ku 10% by'amafaranga atangwa ku bwishingizi butegetswe ku buryozwe bw'ibinyabiziga bigendeshwa na moteri, 5% by'imbumbe y'umwaka urwego rufite ubukerarugendo mu nshingano rukura mu bikorwa by'ubukerarugendo bikorerwa muri pariki y'Igihugu cyangwa ahandi hantu hakomye.

    Mu gusesengura iri tegeko, abadepite bibajije impamvu hari ikigo kimwe cyishingira moto n'ingaruka bishobora kugira.

    Ubwishingizi bwa moto bwagarutsweho

    Bagaragarijwe ko Radiant atari yo yonyine izishingira ahubwo ko ari yo ifite ibiciro bisa n'ibitari hejuru. Ubu ifite abakiliya benshi, hafi 80% by'abamotari, kandi guhitamo umwishingizi bituruka ku biciro bya buri kigo.

    Impanuka za moto n'ibizishyurwa bisanzwe ari byinshi ari na yo mpamvu ubwishingizi bwazo bwahenze dore ko ibyari byishyuwe biturutse ku mpanuka za moto bigera kuri miliyoni 180 Frw kuva umwaka watangira kugera muri Kamena 2025.

    Gusa hagaragajwe ko hari icyizere ko uko ibyuho bizagenda bifungwa n'ingamba z'inzego zishinzwe umutekano wo mu muhanda, ibiciro bizagenda bigabanyuka.

    Mu kwishingira moto n'ubundi umwishingizi (Radiant) aba ashobora kubihomberamo, igihombo cyabaho kikagabanywa no kuba uwo mwishingizi na we afite umwishingizi.

    Igisubizo cyo kuziba ibyuho kiri muri iri tegeko, ku buryo hazabaho kwishyurwa amafaranga akwiye kandi ataba umuzigo ku mwishingizi.

    Ubwato n'amagare byarirengagijwe?

    Kuba ubwato na gariyamoshi bidateganywa muri iri tegeko, hasobanuwe ko byo bitangira gukora bifite ubwishingizi bwishyura ibyo byangije.

    Ku bijyanye no kuba amagare atagaragazwa, igisubizo ni uko amagare atagira ubwishingizi, kandi itegeko rireba ikinyabiziga gikoresha moteri cyishingiwe ngo kuba adafite moteri, nta cyashingirwaho abarirwa mu mushinga w'itegeko.

    Amagare kandi afatwa nk'uburyo bukoreshwa n'umuntu ku giti cye, kandi ntibufatwa nk'ubwikorezi bwa kinyamwuga.

    Hagaragajwe ko igihe bizaba ngombwa ko amagare asabwa ubwishingizi, byazigwaho mu buryo bwihariye.

    Ku rundi ruhande kuba amagare adasabwa ubwishingizi ntibyabura gufatwa nk'ikibazo, kuko yemerewe gukora ubwikorezi kandi akaba anagira uruhare mu mpanuka.

    Hatowe itegeko ryitezweho gukemura ibibazo byavukaga bishingiye ku kwishyura indishyi zikomoka ku mpanuka

    Moto ziri mu biteza impanuka nyinshi

    Mu Rwanda amagare ntabwo aratangira gusabwa ubwishingizi

    Amagare ntari mu birebwa n’itegeko rigena ubwishingizi nubwo akunze kugira uruhare mu mpanuka

    Ubwishingizi bwa moto buri mu bibazo bikunze kugaragazwa cyane n’abamotari


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibishya-ku-kwishyura-indishyi-zikomoka-ku-mpanuka-z-ibinyabiziga-n-inyamaswa-mu

  • Indege ya Spirit Airlines yategetswe gusubira inyuma ubwo yegeraga indege ya Air Force One #rwanda #RwOT

    Indege ya kompanyi Spirit Airlines yateje impagarara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo ku wa kabiri taliki 17 Nzeri 2025, yasabwaga n'abashinzwe umutekano w'ikirere gusubira inyuma cyangwa guhita imanuka, nyuma yo kwegera indege ya Perezida Donald Trump izwi nka Air Force One.

    Byabaye ubwo Spirit Airlines yari mu kirere cya New York, aho yisanze iri mu ntera itarenga kilometero 12,8 uvuye ku ndege ya Perezida, ibintu bitemewe kuko indege ya Air Force One ikunze kugira ahantu hihariye iba igomba kugenderamo kugira ngo irindwe ku buryo bukomeye.

    Abashinzwe kugenzura ikirere bahise batanga ubutumwa bukomeye bwo kuburira umupilote wa Spirit, bamubwira amagambo akomeye agira ati: 'Itonde. Va kuri iPad.' Ubu butumwa bwari bugamije kwerekana ko atagomba kugira ikintu cyamusamaza mu gihe akoresha ibikoresho by'indege, kuko ibyo bishobora guteza akaga gakomeye.

    Ibi byabaye intandaro yo kongera kwibutsa ko indege ya Perezida wa Amerika igira amategeko akomeye agenga uburyo ikurikirwamo mu kirere. Iyo hari indi ndege iyegereye cyane, hashobora gukorwa ibyemezo bikakaye birimo kuyitegeka guhindura inzira, gusubira inyuma cyangwa kuyimanura ku kibuga kiri hafi aho.

    Spirit Airlines ntabwo yatindije gusobanura ko ibyabaye atari ubushake bw'umupilote ahubwo byatewe n'ihuriro ry'inzira z'indege mu kirere cya New York, ahakunze kuba ubucucike bukomeye. Abasesenguzi bavuga ko iki kibazo kigaragaza uburyo umutekano w'ikirere muri Amerika ukurikiranywa ku rwego rwo hejuru, kuko indege ya Perezida ifatwa nk'iy'ingenzi cyane kandi ikwiye kurindwa n'uburyo bwose bushoboka.

    Abagenzi bari bari muri Spirit Airlines bavuga ko nta panike yigeze iba imbere mu ndege, ariko amakuru yaje hanze yahise akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, atuma iki kibazo kivugwa cyane.

    Hari ababonye nk'aho byaba byari ikibazo cy'uburangare, mu gihe abandi basaba ko hakomeza gukazwa amategeko yo kwirinda ko indege zisanzwe zakwegera Air Force One muri ubwo buryo.

    Iki gikorwa cyongeye kugaragaza ko mu kirere cy'Amerika, umutekano w'umukuru w'igihugu ari wo ushyirwa imbere ku rugero rwo hejuru, kandi ko buri gakosa gato gashobora gusuzumwa no gufatirwa ingamba zikomeye.

    Indege ya Spirit Airlines yategetswe gusubira inyuma ubwo yegeraga indege ya Air Force One.

    Source : https://kasukumedia.com/indege-ya-spirit-airlines-yategetswe-gusubira-inyuma-yateje-ubwo-yegeraga-indege-ya-air-force-one/

  • Amavubi ntiyatirimutse, yatumye Zimbabwe iba mbi ku Isi #rwanda #RwOT

    Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi 'FIFA’ yatangaje uko amakipe y’ibihugu akurikirana ku rutonde ngaruka kwezi rwa yo aho ruyobowe na Espagne, u Bufaransa na Argentine bigakurikira, ni mu gihe u Rwanda rwagumye ku mwanya w’127.

    Uru rutonde rwaherukaga gusohoka muri Nyakanga 2025 rwongeye gusohoka uyu munsi tariki ya 18 Nzeri 2025.

    Ahanini hashingiwe ku musaruro yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 iheruka kuba, hari ibihugu bimwe na bimwe byagiye bisubira inyuma, nka Zimbabwe yatsinzwe n’u Rwanda yatakaje imyanya 9 yose ni mu gihe Argentine yatakaje umwanya wa mbere.

    Espagne ni yo iyoboye, u Bufaransa bugakurikira, Argentine ni iya 3, u Bwongereza ni ubwa 4, Portugal ni iya 5 yakuye kuri uyu mwanya Brazil yahise iyisimbura ku mwanya wa 6, u Buholandi ni ubwa 7, u Bubiligi ni ubwa 8, Croatia ni iya 9 mu gihe u Butaliyani ari ubwa 10.

    Urutonde ruheruka gusohoka, Amavubi yari ku mwanya w’127 nyuma yo gutsinda Zimbabwe iyiri imbere yagumye kuri uyu mwanya, yatumye Zimbabwe iba igihugu cyitwaye nabi ku Isi aho yasubiye inyuma imyanya 9 yose. Yavuye ku mwanya w’116 ubu ni iy’125. Amavubi ni aya 37 muri Afurika.

    Muri Afurika igihugu kiri hafi ni Maroc iri ku mwanya wa 11 ku Isi, icya kabiri ni Senegal ya 18, Misiri ni iya 35, Algeria iya 38 na Côte d’Ivoire ya 44.

    Muri aka karere k’Afurika y’Iburasirazuba Uganda ni yo iyoboye aho iri ku mwanya wa 82 ku Isi na 17 muri Afurika, Tanzania ni iy’107 na 24 muri Afurika, Kenya 111 na 28, Rwanda 127 na 37 muri Afurika, Burundi 141 na 42 muri Afurika, Ethiopia 147 na 44 muri Afurika, Sudani y’Epfo 169 na 47 muri Afurika.

    Amanota Amavubi yakuye kuri Zimbabwe yatumye iba mbi ku Isi mu kwezi kwa Nzeri

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11882