Category: Uncategorized

  • Ibyo wamenya ku mujyi wa Cairo Perezida Kagame yakiriwemo mu ruzinduko rw'akazi mu Misiri – #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yageze i Cairo ku wa 23 Nzeri 2025, mu ruzinduko rw'akazi rwasize hasinywe amasezerano y'ubufatanye hagati y'impande zombi arimo n'ayo guhana ubutaka.

    U Rwanda na Misiri bisanganywe umubano mwiza ndetse kimwe gifite ambasade mu kindi. Impande zombi ziheruka gusinya amasezerano mu nzego zitandukanye zirimo ubuzima, ubwikorezi, ubucuruzi n'andi yasinywe ku wa 12 Kanama 2024.

    Mu 2017, Perezida wa Misiri Abdel Fatah Al Sisi yasuye u Rwanda mu ruzinduko rwari rugamije gutsura umubano w'ibihugu byombi.

    Ubutwererane bw'u Rwanda na Misiri ni ubw'igihe kirekire kuko icyo gihugu gifite ambasade yacyo i Kigali kuva mu 1976 mu gihe iy'u Rwanda i Cairo yongeye gufungurwa muri Werurwe 2015.

    Cairo ni umujyi ufite amateka akomeye ndetse uri no mu mijyi ibumbatiye ubukungu bwa Afurika.

    Ibi ni ibyo wamenya kuri uyu mujyi mu buryo bw'incamake.

    Ubwo Perezida Paul Kagame yakirwaga mu Misiri

    Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we Abdel Fattah El-Sisi, birangira hanasinywe amasezerano anyuranye

    Umujyi w'amateka, umuco n'ubuzima buhambaye

    Cairo ni Umurwa Mukuru wa Misiri ndetse ni wo mujyi munini mu gihugu, ukaba umwe mu mijyi minini muri Afurika ndetse no mu Isi y'Abarabu.

    Uyu mujyi utuwe n'abaturage barenga miliyoni 22 ukaba uyobowe n'uwitwa Ibrahim Saber Khalil.

    Uzengurutswe n'uruzi rwa Nile rukomoka hano mu Karere k'ibiyaga Bigari, ukagira byinshi mu bintu bizwi mu mateka y'Isi nka Kaminuza ya Kabiri ikuze, Al-Azhar, yashinzwe muri 970 ariko ikaza gushyirwa ku kigero cya Kaminuza mu 1961. Iyi Kaminuza muri iki gihe yigwamo n'Abanyarwanda 51.

    Cairo ni umwe mu mijyi mike ku Isi iri ku nkombe z'umugezi muremure cyane, Nile, umugezi wagize uruhare runini mu kubaho no gutera imbere kwa Misiri mu myaka irenga ibihumbi ishize.

    Nubwo Pyramide za Giza ziri inyuma gato ya Cairo, uyu umujyi ni irembo ry'amateka y'ibintu bitangaje birindwi ku Isi.

    Cairo kandi ni ho hari Al-Azhar Mosque kimwe mu bigo by'iyobokamana n'uburezi gikomeye ku Isi mu myemerere ya Islam.

    Uyu mujyi kandi ufite ibice bigaragaza amateka ya kera (Old Cairo) n'indi y'iterambere rigezweho (New Cairo), bigatuma iba uruvange rw'umuco wa kera n'uw'ubu.

    Muri New Cairo ni ho usanga ibikorwa bya leta byose nk'inyubako mu gihe ibijyanye n'ubucuruzi biri mu mujyi usanzwe.

    Hari kandi isoko rya Khan el-Khalili ryamamaye ku Isi yose, rihuriramo ubucuruzi, imitako, imyenda, ubukorikori n'ibyo kurya gakondo.

    Ni umujyi wa mbere muri Afurika y'Amajyaruguru mu gukwirakwiza amakuru n'ibitekerezo biciye kuri radiyo, televiziyo n'itangazamakuru ryo mu rwego rw'akarere.

    Cairo kandi ikunze kwitwa 'The City That Never Sleeps' (Umujyi utajya usinzira), kubera ko urujya n'uruza ruhoraho haba ku manywa na nijoro.

    Uyu mujyi wubatswe ku nkombe z'umugezi wa Nile, ni wo w'ingenzi mu bukungu, politiki, umuco n'ubukerarugendo muri Misiri.

    Ni umujyi ugaragara neza kubera umugezi wa Nile

    Kureba umujyi wa Cairo mu masaha ya nijoro biba binogeye ijisho

    Umujyi wa Cairo uwurebeye kure

    Umujyi wa Cairo uri mu yubakitse muri Afurika

    Ubukerarugendo

    Ubukerarugendo ni imwe mu nkingi z'iterambere rya Cairo. Abakerarugendo baza gusura inyubako za pyramide, ibibumbano, inzu ndangamurage nka Egyptian Museum, ndetse n'ibindi bikorwa by'ingenzi by'amateka.

    Umugezi wa Nile ni kimwe mu bice bikurura abantu, aho bashobora kugenda ku bwato, kureba ibyiza by'umujyi no kwishimira ibihe byiza mu nzira z'amazi.

    Cairo kandi ifite hoteli nyinshi zigezweho, Restaurant ndetse n'ahantu ho kwidagadura bituma iba igicumbi cy'ubukerarugendo muri Afurika y'Amajyaruguru.

    Mu 2024, Misiri yakiriye abakerarugendo barenga miliyoni 15,7, binjije miliyari 726,9 z'Amapawundi ya Misiri (hafi miliyari 23.5$) bigize izamuka rya 36,1% ugereranije n'umwaka wa 2019.

    Umusigiti wa Al Azhar i Cairo ni umwe mu ikomeye ku Isi

    Igice kigaragaza Cairo ya kera

    Ingoro ndangamateka y’Abanyamisiri

    Inyubako za Pyramide ziri Giza

    Inyubako za Pyramides ziri mu marembo ya Cairo ni zimwe mu zikurura ba mukerarugendo

    Ubukungu bw'umujyi

    Ubukungu bwa Cairo bushingiye ku bukerarugendo, ubucuruzi, inganda, ubwikorezi, uburezi n'imari.

    Ni wo mujyi ukomeye cyane mu bukungu bwa Misiri, ukaba n'umwe mu mitima y'ubukungu bwa Afurika y'Amajyaruguru yose.

    Ni igicumbi cy'inganda nyinshi za Misiri zirimo inganda z'imyenda, ibikoresho by'imashini, sima, ibinyobwa n'ibiribwa.

    Cairo ifite banki nyinshi, ibigo by'imari, ndetse n'inganda z'ikoranabuhanga ziri gutera imbere.

    Mu 2021, ibyo umuturage yinjiza byari 41.169 USD bishingiye ku bushobozi bwo kugura ibintu mu gihugu.

    Ibi byerekana ko Cairo ari yo gace gafite ubukungu bukomeye muri Misiri, kuko igize hafi 22% by'ubukungu bwose bw'igihugu.

    Muri rusange, Cairo ifite umusaruro mbumbe wa 1.876.650 z'Amapawundi ya Misiri (EGP), ni ukuvuga arenga miliyoni 119.5$ ibituma iba umujyi wa mbere mu bukungu muri Misiri, igakurikirwa na Giza, Alexandria, na Qalyubia.

    Igicumbi cy'uburezi

    Cairo ifite amateka akomeye mu burezi, kubera ko ari umujyi w'ubumenyi n'idini kuva kera.

    Kimwe mu bigo by'ingenzi ni Kaminuza ya Al-Azhar University, yashinzwe mu kinyejana cya 10, ikaba ishuri rya Islam rikomeye ku Isi.

    Yamenyekanye cyane mu kwigisha ubumenyi bw'idini, amategeko ya Islam, ndetse n'ubumenyi rusange.

    Mu kinyejana cya 20, Cairo yateye imbere mu burezi, hashyirwaho amashuri yisumbuye, kaminuza n'amashuri y'imyuga, bituma Umujyi uba igicumbi cy'ubumenyi mu gihugu no mu Bihugu by'Abarabu.

    Uyu mujyi urimo Kaminuza zirimo iya Cairo, imwe mu zikomeye muri Afurika, Ain Shams University, Helwan University n'izindi. Zose zitanga amasomo mu bya, siyansi, ubucuruzi, ubuvuzi n'uburezi bw'imyuga.

    Kaminuza ya Cairo ni imwe mu zihagazeho

    Ikoranabuhanga imbere

    Mu mwaka wa 2023/2024, ikoranabuhanga ryagize uruhare rwa 5,8% mu bukungu bwa Misiri, rikaba ryarazamutse ugereranije na 5% ryariho mu mwaka wabanje. Biteganyijwe ko rizagera kuri 8% mu mwaka wa 2030.

    Mu mwaka wa 2022/2023, ubukungu bw'ikoranabuhanga muri Cairo bwazamutse ku kigero cya 16,3%, bukaba ari bwo bwazamutse cyane kurusha ibindi byiciro byose by'ubukungu mu gihugu.

    Cairo ifite ibigo byinshi by'ikoranabuhanga, harimo Swvl, Fawry, na Vezeeta, byamaze kugeza ku ishoramari rya miliyoni $340 mu mwaka wa 2023.

    Ku bijyanye n'ikoreshwa ry'ikoranabuhanga mu bucuruzi byazamutse ku kigero cya 26,5% mu mwaka wa 2023, bukaba bwarageze kuri miliyoni $6,2 ugereranyije na miliyoni $4,9 mu mwaka wari wabanje.

    Abayisilamu ni bo biganje

    Benshi mu baturage ba Cairo ni Abayisilamu b'aba-Sunni, bakaba basaga 89% by'abaturage b'umujyi.

    Abakirisitu bagize hafi 10% by'abaturage aho abenshi ari abakirisitu ba Koptike Orthodox.

    Kugeza mu 2022, hari ama-synagogue 12 mu mujyi wa Cairo, ariko abayahudi b'Abanya-Misiri basigaye ari batatu gusa.

    Mu 1950 Misiri yatangiye kugabanya umubare w'abafite imyemerere ya kiyahudi bari hagati ya 75.000 na 80.000.

    Mu 2016 umuyobozi w'abafite iyo myemerere mu Mujyi wa Cairo, Magda Tania Haroun, yavuze ko hasigaye abantu batandatu gusa b'abanya-Misiri bafite iyo myizerere bose b'abagore ariko kuri ubu hasigaye batatu gusa.

    Ku rundi ruhande ubushakashatsi bwa Arab Barometer bwagaragaje ko 11% by'Abanya-Misiri bavuga ko batagira imyizerere, ariko imibare y'ubu ntabwo iraboneka.

    Abatuye Cairo biganjemo abayisilamu

    Iwabo w'ibigwi by'umupira w'Amagaru

    Cairo ni igicumbi cy'imikino kuva kera. Uyu mujyi ufite amateka y'amakipe y'umupira w'amaguru, basketball, tennis, n'indi mikino.

    Ikipe ya Al Ahly SC ikomeye muri Afurika ikaba ari yo ifite amateka y'ibikombe byinshi muri CAF Champions League no muri shampiyona ya Misiri ndetse ifite umwihariko wo kugira ibikombe byinshi ku Isi.

    Uyu mujyi kandi ucumbikiye n'ikipe ya Zamalek SC na yo iri mu zikomeye muri Afurika.

    Uyu mujyi wubatswemo Stade zirimo Stade Mpuzamahanga ya Cairo ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 75.000, hari kandi Borg El Arab Stadium ifite ubushobozi bwo kwakira abantu 86.000.

    Cairo ni iwabo w’ibikorwa bya siporo by’umwihariko umupira w’amaguru

    Ingoro Ndangamateka ibitse amateka akomeye

    Imihanda ya Cairo usanga imodoka ziganje cyane


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibyo-wamenya-ku-mujyi-wa-cairo-perezida-kagame-yagiriyemo-uruzinduko-rw-akazi

  • Perezida Kagame yaganiriye n'Umushoramari Ahmed El Sewedy uyobora Elsewedy Electric – #rwanda #RwOT

    Ibiganiro byabo byibanze ku kubyaza umusaruro amahirwe y'ishoramari ari mu Rwanda, by'umwihariko mu nzego z'ingufu, ibikorwa remezo n'iterambere ry'inganda.

    Izi nzego ni zimwe mu byibandwaho muri gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere NST2.

    Ubutumwa bwatanzwe n'Ibiro by'Umukuru w'Igihugu, Village Urugwiro, kuri X, buvuga ko 'Perezida Kagame yahuye na Ahmed El Sewedy, Perezida akaba n'Umuyobozi Mukuru wa Elsewedy Electric, ikigo gikomeye cyo mu Misiri gikora mu nzego zitandukanye. Ibiganiro byabo byibanze ku mahirwe y'ishoramari mu Rwanda, by'umwihariko mu rwego rw'ingufu, ibikorwaremezo n'iterambere ry'inganda.'

    Elsewedy Electric ni ikigo gifite izina rikomeye ku mugabane w'Afurika no mu bice bitandukanye by'Isi, gikora ibikorwa mu nzego zitandukanye zirimo ingufu z'amashanyarazi, ibikoresho by'ubwubatsi, inganda n'itumanaho.

    Elsewedy Electric itanga ibisubizo mu byerekeye amashanyarazi harimo insinga (cables), ibikoresho by'amashanyarazi, sisitemu zo gukwirakwiza no gutunganya amashanyarazi, guhangana n'ihindagurika ry'ikirere binyuze mu mishinga itandukanye no kubyaza umusaruro ingufu zisubira.

    Elsewedy inafite gahunda yo kubaka imijyi/inzego z'ubucuruzi n'inganda zifite ibikorwaremezo bihagije nk'amazi, ingufu, uburyo bwo gutwara ibicuruzwa, imihanda, ibikorwaremezo by'itumanaho n'ibindi.

    Mu 2022 iki kigo cyinjiye ku isoko ry'u Rwanda binyuze mu masezerano Sosiyete y'Ingufu mu Rwanda REG yasinyanye na EPC Africa aho yagurishije ku Rwanda insinga za kilometero 185,5.

    Mu gihe yaba ishoye imari mu Rwanda bishobora kurufasha mu mishinga yo kongerera igihugu amashanyarazi, kubaka inganda no kuzamura urwego rw'ubucuruzi, iterambere ry'ibikorwaremezo, guteza imbere ikoranabuhanga no gushyigikira iterambere ry'ingufu zisubira.

    Ibiganiro by'aba bayobozi ni nk'urufunguzo rushobora gufungurira amarembo mu buryo bwagutse icyo kigo mu gushora imari mu Rwanda, hagamijwe kongera umusaruro w'inganda, guhanga imirimo mishya no guteza imbere ubukungu bushingiye ku nganda.

    Perezida Kagame yakunze kugaragaza ko u Rwanda rwiteguye kwakira ishoramari rigamije iterambere rirambye, rifasha mu kwihutisha gahunda z'igihugu zo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi no guteza imbere ibikorwaremezo.

    Ahmed El Sewedy ni umwe mu bantu bubashywe cyane mu rwego rw'ingufu n'inganda muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati.

    Ni umugabo uzwiho kuba yarayoboye Elsewedy Electric ikava mu rwego rwo gukora insinga z'amashanyarazi (cables) gusa, ikaba ikigo mpuzamahanga gifite imashami nyinshi ku mugabane wa Afurika, Aziya na Amerika mu bijyanye n'ingufu.

    Yashyize kandi imbere ishoramari mu mishinga migari y'amashanyarazi, guteza imbere imijyi y'inganda (industrial cities/zones), ibikorwaremezo n'iterambere rirambye.

    Ahmed El Sewedy azwiho gushyira imbere ingufu zisubira mu rwego rwo guhangana n'ihindagurika ry'ibihe no kugabanya imyuka ihumanya ikirere.

    Ni umwe mu bantu bo mu muryango wa El Sewedy, uzwi cyane mu Misiri nk'ufite imari ikomeye n'ishoramari mu nzego zinyuranye.

    Perezida Kagame yaganiriye n'Umushoramari Ahmed El Sewedy uyobora Elsewedy Electric ku mahirwe y'ishoramari mu Rwanda

    Elsewedy Electric ni ikigo gikomeje kwagura ibikorwa byacyo mu rwego rw’ingufu

    Insinga ziri mu byo Elsewedy Electric yatangiriyeho ndetse kuri ubu ikomeje kuzikora

    Ikigo Elsewedy Electric gishobora kwinjira byagutse ku isoko ry’u Rwanda kigashora imari mu nzego zitandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yaganiriye-n-umushoramari-ahmed-el-sewedy-uyobora-elsewedy

  • Rumwe rutunganya toni 15 muri 50 rufitiye ubushobozi: Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva yeretswe ibibangamiye inganda – #rwanda #RwOT

    Izo mbogamizi Minisitiri w'Intebe yazigejejweho mu ruzinduko yagiriye mu Ntara y'Amagepfo asura ibikorwa by'iterambere bitandukanye kuva ku itariki 22-23 Nzeri 2025.

    Uruganda rwa Huye Animal Feed ni urw'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n'Ubworozi ruri mu Cyanya cy'Inganda cya Sovu i Huye.

    Nyirishema Félix uruyobora yagize ati 'Kimwe mu bibitera harimo imashini yumisha ibiryo by'amafi yapfuye ituma dukora kimwe cya kabiri cy'ibyo biryo. Ibyo bituma tutabasha kubona amafaranga yose akenewe ngo tugure ibyo dukoresha.'

    Nyirishema yavuze ko Huye Animal Feed ikora ibiryo by'inkoko, ingurube n'iby'inkwavu ndetse ko bafite isoko rinini mu gihugu no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ikindi ni uko uru ruganda rutarabona umushoramari urugura, icyakora Nyirishema yashimangiye ko hari uwamaze kuboneka witwa Kivu Tilapia ugomba kurugura agakora ishoramari ryagutse.

    Mu nganda zagaragajwe nk'izitabyaza umusaruro ubushobozi bwazo bwuzuye harimo urw'Icyayi rwa Mata muri Nyarugruru rubura umusaruro rutunganya ungana na 20% y'uwo rukeneye.

    Umuyobozi Mukuru w'Uruganda rw'Icyayi rwa Mata, Niyomugabo Cedric yagize ati 'Uruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya toni 60 ku munsi ariko umusaruro iyo wabonetse ari mwishi nturenga 80% by'uwo dukeneye. Turi kwagura ubuso kuko kuri ubu twongeyeho hegitari 315 zizatangira kwera mu myaka itatu iri imbere twitezeho kuzakemura icyo kibazo.'

    Uruganda rwa Mata rufite ubushobozi bwo kohereza ku isoko toni zirenga 200 z'icyayi ku kwezi. Rukorana n'abahinzi b'icyayi barenga 2.240.

    Abahinzi n'abasoroma icyayi bavuze ko urwo ruganda ari rwo bakesha imibereho ibafasha kwiteza imbere kuko nk'abasoroma icyayi bavuga ko umwe ashobora kwinjiza ibihubi 70 Frw ku kwezi mu gihe abahinzi bo bitewe n'ubuso bahingaho ayo ashobora kwikuba inshuro nyinshi.

    Ubonabukeye Jean Damascène ugihingira muri Koperative COTENYA yagize ati 'Mfite abakozi bahoraho 30 mpemba buri kwezi. Ku kwezi ninjiza miliyoni 3 Frw nkakuramo miliyoni 1.2 Frw mpemba abakozi nkasigarana miliyoni 1.8 Frw.'

    Nubwo bimeze gutyo ariko abahinzi bavuze ko hari ikibazo cy'imigezi ibatwarira icyayi harimo uwitwa Nyiramwisho umaze kubatwara hafi hegitari enye ndetse n'ikibazo cy'imihanda mibi idindiza itwarwa ry'umusaruro.

    Guverineri w'Intara y'Amagepfo, Kayitesi Alice yavuze ko hari gahunda yo kuhatangiriza igihembwe cyo gutera amashyamba aho bateganya gutera imigano ku mukandara w'uwo mugezi.

    Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yabwiye abo bahinzi ko Leta yiteguye kubunganira mu kuyubaka. Ati 'Muzishyire hamwe n'ubuyobozi bw'uruganda murebe ibyo mushoboye noneho muzaze mutubwire Leta dufashe.'

    Abahinzi b’icyayi i Nyaruguru bashimangiye ko cyabateje imbere

    Nyirishema Félix uyobora Huye Animal Feed yerekanye ko rutunganya umusaruro muke ugereranyije n’ubushobozi bwarwo

    Imashini za Huye Animal Feed zifite ubushobozi bwo gutunganya toni 50 z’ibiryo b’amatungo ku munsi ariko hatunganywa izitarenga 15

    Abasarura icyayi bavuga ko umwe yinjiza ibihumbi 70 Frw

    Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yabwiye bahinzi n’abasarura icayi ko Leta yiteguye kubunganira mu kubaka imihanda

    Umuyobozi Mukuru w'Uruganda rw'Icyayi rwa Mata, Niyomugabo Cedric yavuze ko bari kongera ubuso buhinzeho icyayi

    Uruganda rw’icyayi rwa Mata rufite ubushobozi bwo kohereza ku isoko toni zirenga 200 z’icyayi ku kwezi

    Abahinzi b’icyayi b’i Nyaruguru baganirije Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rumwe-rutunganya-toni-15-muri-50-rufitiye-ubushobozi-minisitiri-w-intebe-dr

  • Ntabwo igihugu kikiri icy'Abahutu, ni icy'Abanyarwanda bose- Minisitiri Dr. Bizimana – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ku wa 23 Nzeri 2025, ubwo yaganiraga n'abasore n'inkumi bitabiriye ibiganiro ku ruhare rw'urubyiruko mu kubaka Ubumwe n'Ubudaheranwa bw'Abanyarwanda muri gahunda yiswe 'Rubyiruko Menya Amateka Yawe'.

    Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko ubumwe bw'Abanyarwanda bwasenywe n'abakoloni bageze mu Rwanda, ari na bo bafashe Umwami utaragiraga ubwoko bakamwita Umututsi, batandukanya Abanyarwanda n'imyemerere bari bafite ku Mana y'i Rwanda ahubwo bababibamo amacakubiri y'amoko ari na yo yaje kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Minisitiri Bizimana yagaragaje ko nubwo ubumwe bw'Abanyarwanda bugeze kure bwiyubaka bitaragera aho u Rwanda rwifuza kuko rufite abakuru bakuriye mu irondabwoko rikibazitiye bakarishyira mu bana bigatuma urwo rubyiruko rukeka ko aribyo.

    Ati “Mubona abari ku mbuga nkoranyambaga bakomoka ku babyeyi bakoze Jenoside, bamwe bagira ikimwaro noneho bakabeshya ko barokotse Jenoside, kugira ngo babyitwaze babigire iturufu yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kwimika urwango no kurengera ibyaha byakozwe na ba se”.

    Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko abakomoka ku bagize uruhare muri jenoside biyita abarokotse Jenoside harimo Gatebuke, Rugaba n'abandi, abasaba kureka gukomeza guhakana ibyaha byakozwe n'ababyeyi babo.

    Ati “Kuvuka ku mwicanyi, ku mu jenosideri hari abo bikiremereye, bakarwana no guhakana ibyaha byakozwe na ba se kenshi baranabikoze bataravuka, cyangwa ari bato cyane, kujya kurwana n'ikibi utakoze. Turabwira urubyiruko ko bakwiye kubireka bakareba icyerekezo igihugu kibaha. Icyerekezo cyo kubana, icyerekezo cy'urukundo, cy'amahoro, kubaka ubumwe, bo bakaba ari na bo bagira inama n'abo babyeyi babo, kugira ngo bereke ababyeyi babo ko u Rwanda ababyeyi babo bakuriyemo, rwigishaga ko igihugu ari icy'Abahutu, ntabwo igihugu kikiri icy'Abahutu, igihugu ni icy'Abanyarwanda bose”.

    Ibi biganiro byateguwe na Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu ku bufatanye n'Umuryango Vision Jeunesse Nouvelle.

    Byitabiriwe n'abagera kuri 350 baturutse mu Karere ka Karongi, Rusizi na Nyamagabe, barimo abahoze mu mitwe yitwara gisirikari, abamotari, abanyonzi, abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka, abakora ubukorikori, abakora uburobyi n'abakora mu cyayi.

    Mbonyumukiza Fabien w'imyaka 35 watahutse avuye muri FDLR yabwiye IGIHE ko akiri mu mashyamba ya Congo FDLR yabigishaga amateka agoretse, arimo ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yakozwe n'Abatutsi ndetse ko utashye mu Rwanda bamwica.

    Ati 'Iyi gahunda yo kwigisha urubyiruko amateka ni nziza kuko idufasha gusobanukirwa ibyo tutari tuzi bikadufasha kunyomoza abagoreka amateka y'u Rwanda'.

    Minisitiri Dr. Bizimana yasabye urubyiruko rukomoka ku bakoze Jenoside kudahakana ibyaha byakozwe na ba se

    Ibi biganiro byabereye mu karere ka Rusizi nyuma y’ibyabereye mu turere dutandukanye

    Ibi biganiro byitabiriwe n’abasore n’inkumi barenga 300


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ntabwo-igihugu-kikiri-icy-abahutu-ni-icy-abanyarwanda-bose-minisitiri-dr

  • Rubavu: Umwarimu afunzwe akekwaho gutekera imitwe ababyeyi n'abo bakorana – #rwanda #RwOT

    Uyu mwarimu yafatiwe ku ishuri yigishaho kuwa 17 Nzeri 2025, mu Kagari ka Kinyanzovu, ho mu Murenge wa Cyanzarwe.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Cyanzarwe, Mugisha Honoré, yahamije ko uyu mwarimu afunzwe, ndetse ko yafashwe nyuma y'uko Umuyobozi w'Ishuri yigishaho atabaje ubuyobozi.

    Ati “Yafashwe biturutse ku mpuruza yakozwe n'Umuyobozi w'Ishuri yigishaho, kubera ko na we yari atabajwe n'ababyeyi yatekeye umutwe akabambura utwabo, gusa hari n'abarimu bagenzi be bavuga ko yabariye amafaranga abizeza kubakira inguzanyo yihuse ya Gira iwawe mwarimu, banavuga ko babifitiye ibimenyetso bihagije.”

    Gitifu Mugisha yasabye abaturage kurya akagabuye ndetse bakarangwa n'ubunyangamugayo.

    Umwarimu yatekeye umutwe ababyeyi abarya amafaranga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-umwarimu-afunzwe-akekwaho-gutekera-imitwe-ababyeyi-n-abo-bakorana

  • Hegitari zirenga ibihumbi 800 zigiye guhingwa mu gihembwe cy'ihinga 2026A – #rwanda #RwOT

    Ni ubuso buzahingwaho ibihingwa by'ingenzi byatoranijwe mu bice bitandukanye by'igihugu birimo ibishyimbo, ibigori, imyumbati, ibirayi, ingano, soya n'umuceri, imboga n'imbuto.

    Ubwo yitabiraga igikorwa cyo gutangiza igihembwe cya mbere cy'ihinga 2026 A cyabereye mu Murenge wa Kinazi, mu Karere ka Ruhango, Umuyobozi Wungurije wa RAB, ushinzwe Iterambere ry'Ubuhinzi Dr. Uwamahoro Florence, yavuze ko iyi gahunda izatizwa imbaraga na gahunda y'amasite asaga 13.000 y'ibyanya by'ubuhinzi ( Food Basket Sites) mu turere twose tw'Igihugu bifite ubuso bwa hegitari hafi 500.000, kugira ngo bifashe mu gukurikirana imyaka iteyemo bityo itange umusaruro wifuzwa.

    Yagaragaje ko ari gahunda yatangiye n'ubundi, ikaba ishingiye mu guhuza ubutaka bikozwe n'amakoperative, ibyanya bini nk'ibishanga, mu materasi y'indinganire n'ubundi buryo abaturage bahuza ubutaka bagamije guhinga igihingwa kimwe.

    Yifashishije urugero rw'ibigori, Dr. Uwamahoro yavuze ko Leta yifuza ko umusaruro warushaho kwiyongera ku kigero gishimishije, kuko ari na byo biri muri gahunda ya Leta y'imyaka itanu, aho kuri buri site hazaba hari umukozi ushinzwe kuyikurikirana kandi ubufitiye ubumenyi, aho atagera akunganirwa n'abamamazabuhinzi bageza amakuru yose ku muhinzi wo hasi.

    Ati 'Ubushakashatsi bwagaragaje ko impuzandengo y'umusaruro w'ibigori mu Rwanda ari toni ebyiri kuri hegitari kandi hashoboroga gusarurwaho toni 10 na 12, kuko imbuto nziza zabyera zihari, bivuze ko bishoboka, maze tukihaza mu biribwa tugasagurira n'amasoko.'

    Yeretse abahinzi ko bagomba kwita ku gufumbira imirima yabo bita cyane ku ifumbire y'imborera kuko uretse kuba irimo intungagihingwa, inafasha mu gufata amazi cyane cyane ku butaka bw'umusenyi, bigatuma ihangana n'imihindagurikire y'ibihe bityo ikunganira imvaruganda.

    Ati 'Mwakunze kumva bavuga ko ubuhinzi n'ubworozi ari umukenyero n'umwitero, ariko ubu byarahindutse; ahubwo byabaye igisarubeti, ntiwabona uko ugitandukanya, mube ari nako ibindi mubyumva.'

    Dr. Uwamahoro yibukije abashinzwe ubuhinzi mu nzego zose ko bagomba kwegera abaturage bakabaha imbuto nziza n'ifumbire mvaruganda ku gihe.

    Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yasabye abarebwa n'ubuhinzi bose 'gushyira ibiro mu murima' kugira ngo barusheho kumenya icyabaye mu mirima yabo, nihanabonekamo ibyonnyi babirwanye hakiri kare.

    Umuyobozi Wungurije wa RAB, ushinzwe Iterambere ry'Ubuhinzi, Dr.Uwamahoro Florence, yavuze ko abantu bakwiye kubona ubuhinzi n’ubworozi nk’igisarubeti isano bufitanye mu kuzamura umusaruro


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hegitari-zirenga-ibihumbi-800-zigiye-guhingwa-mu-gihembwe-cy-ihinga-2026a

  • Umuganga wa Rayon Sports umaze imyaka 30 ayivura ararembye #rwanda #RwOT

    Dr Mugemana Charles usanzwe uvura Rayon Sports ararwaye akaba atajyanye n’ikipe ye muri Tanzania gukina umukino wo kwishyura na Singida Black Stars.

    Uyu muganga umaze imyaka 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, amaze iminsi arwaye akaba ari na yo mpamvu atagaragara mu kazi.

    ISIMBI yamenye amakuru ko yarwaye akaremba akaza no kujyanwa mu Bitaro aho yanarwariye muri CHUK.

    Ntabwo yagaragaye ku mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup wo Singida Black Stars yabatsinzemo 1-0 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.

    Uyu mugabo usanzwe ari n’umubyeyi w’umuhanzikazi Queen Cha ntabwo ari mu staff yajyanye na Rayon Sports muri Tanzania gukina umukino wo kwishyura.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Mugemana Charles amaze iminsi arwaye binatuma adakomeza inshingano ndetse no ku ivuriro rye rya Hope ntabwo ari we urimo gukora.

    Mugemana Charles yatangiye kuvura Rayon Sports mu 1995 bakaba barabatwaranye ibikombe bitandukanye.

    Muri Werurwe uyu mwaka wa 2025, ubwo APR FC yari yakiriye Rayon Sports, Gikundiro yashimiye Mugemana Charles ku myaka 30 amaze ayivura.

    Mugemana Charles amaze imyaka 30 avura Rayon Sports

    Mugemana Charles ararwaye no ku ivuriro rye ntabwo ari we urimo gukora

    Yanagize amahirwe yo guhura na Perezida Kagame

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11924

  • Abakinnyi batanu ba Rayon Sports basigaye ku kibuga cy’Indege #rwanda #RwOT

    Abakinnyi batanu ba Rayon Sports basigaye ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe kubera kubura ibyangombwa.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Tanzania gukina umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup uzaba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nzeri 2025, umukino ubanza wabereye mu Rwanda warangiye Singida itsinze 1-0.

    Rayon Sports ikaba yagombaga guhagurukana abakinnyi 22 bajya guhangana na Singida Black Stars.

    Ubwo bari bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali hari abakinnyi byabaye ngombwa ko basigara kubera ko ibyangombwa bya bo (Passports) byatinze kuboneka.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Passports zabonetse ariko amasaha y’urugendo yari yageze ku buryo batajyana n’abandi biba ngombwa ko basigara.

    Bivugwa ko nta gihindutse bagomba gusanga abandi muri Tanzania ejo ku wa Kane tariki ya 25 Nzeri, ni mu gihe umukino uzaba ku wa Gatandatu.

    Abakinnyi batanu basigaye ni; Mugisha Yves (Umunyezamu), Rushema Chris (Myugariro), Nshimimana Fabrice (Myugariro), Harerimana Abdelaziz Rivaldo (Rutahizamu) na Habimana Yves (Rutahizamu)

    Urutonde rw’abakinnyi Rayon Sports igomba kwifashisha ku mukino wo kwishyura wa Singida Black Stars

    Harerimana Abdelaziz Rivaldo

    Umunyezamu Mugisha Yves

    Rushema Chris yabanjemo mu mukino ubanza

    Myugariro Nshimimana Fabrice yari yabanjemo mu mukino ubanza

    Rutahizamu Habimana Yves umwe mu bagomba kubanza mu kibuga

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11925

  • Hansi Flick yavuze ko Lamine Yamal agifite urugendo #rwanda #RwOT

    Umutoza w'ikipe ya FC Barcelona, Hansi Flick, yagize icyo avuga ku gihembo cya Ballon d'Or aho rutahizamu muto Lamine Yamal yegukanye umwanya wa kabiri. Flick yashimangiye ko kuba umwana muto nka Yamal agera kuri urwo rwego ari isomo rikomeye rizamufasha gukura no kurushaho gukora cyane.

    Mu magambo ye, Flick yagize ati: 'Ibi ni isomo rimutera imbaraga mu myaka iri imbere, kandi Lamine yabyakiriye neza. Aracyari muto cyane ariko afite impano idasanzwe. Ndizera ko azabona amahirwe menshi yo kwegukana Ballon d'Or mu gihe cye.'

    Lamine Yamal w'imyaka 18 y'amavuko akomeje guca uduhigo dukomeye muri ruhago y'i Burayi, aho amaze kuba umwe mu bakinnyi bakurikirwa n'imbaga y'abafana nyamwinshi.

    Kuba yarabaye uwa kabiri mu bari bahataniye igihembo nyamukuru gihabwa umukinnyi ufite imibare myiza mu mwaka 'Ballon d'Or' byerekana urwego amaze kugeraho mu gihe benshi mu basore bakiri bato baba bagihanganye no kubona umwanya mu ikipe nkuru.

    Hansi Flick yakomeje ashimangira ko Lamine Yamal akwiye kwitondera urugendo rwe kugira ngo akomeze agere ku rwego rw'abagizwe ibihangange n'amateka ya ruhago. Yongeraho ko impano yihariye ifite agaciro ariko igisumba byose ari uko Yamal afite imbaraga, icyerekezo ndetse n'umutima ukunda umupira.

    Abafana ba FC Barcelona na Espagne bamufata nk'igihembo cy'ejo hazaza, ndetse benshi bemera ko ashobora kuba umwe mu bakinnyi bazahindura amateka y'isi y'umupira nk'uko byagenze kuri Lionel Messi cyangwa Cristiano Ronaldo.

    Hansi Flick yavuze ko Lamine Yamal agifite urugendo
    Umutoza w'ikipe ya FC Barcelona, Hansi Flick, yagize icyo avuga ku gihembo cya Ballon d'Or aho rutahizamu muto Lamine Yamal yegukanye umwanya wa kabiri

     

    Source : https://kasukumedia.com/hansi-flick-yavuze-ko-lamine-yamal-agifite-urugendo/

  • Jerome Boateng yasezeye gukina umupira w'amaguru nk'uwabigize umwuga #rwanda #RwOT

    Umunyabigwi mu mupira w'amaguru mu Budage, Jerome Boateng, yamaze gufata icyemezo cyo gusezera burundu umukino wa ruhago nk'uwabigize umwuga. Uyu myugariro wari inkingi ya mwamba, wamenyekanye cyane mu ikipe ya Bayern Munich ndetse no mu ikipe y'igihugu y'Ubudage, yahisemo guhagarika gukina nyuma y'imyaka irenga 17 ari ku isonga mu mupira w'amaguru ku rwego rw'Isi.

    Boateng, ufite imyaka 37 y'amavuko kugeza ubu, yabaye umwe mu bakinnyi bagize uruhare rukomeye mu mateka y'umupira w'Ubudage, aho afatanyije n'abandi bakinnyi b'imena batwaye igikombe cy'Isi cya 2014 muri Brazil. Mu rwego rw'amakipe, yakiniye Bayern Munich imyaka myinshi, atwara ibikombe byinshi birimo Bundesliga, DFB Pokal, ndetse na Champions League inshuro ebyiri zose.

    Mu butumwa bwe bwo gusezera, Boateng yavuze ko ari igihe cyo gutekereza ku buzima bwe bw'ejo hazaza no gushyira imbaraga mu mishinga mishya.

    Yagize ati: 'Umupira w'amaguru wampaye byose mu buzima, ariko ubu igihe kirageze ngo nerekeze mu kindi cyiciro. Ndashimira imiryango, inshuti, abafana n'abatoza bose banyoboye mu rugendo rwanjye.'

    Abakunzi ba ruhago bamwifurije ibyiza mu buzima bushya agiye gutangira, bamwe bamwibukira ku myitwarire ye yo kutarambirwa mu kibuga, ubwitange no kuba umukinnyi wizerwaga. Ubu hakomeje kuvugwa ko ashobora kwerekeza mu mwuga wo gutoza cyangwa akinjira mu bikorwa by'ubucuruzi n'imibereho myiza y'abana be. Jerome Boateng azahora yibukwa nk'umukinnyi w'intwari, wabereye icyitegererezo urubyiruko n'abakinnyi bakizamuka.

    Jerome Boateng yasezeye gukina umupira w'amaguru nk'uwabigize umwuga

    Source : https://kasukumedia.com/jerome-boateng-yasezeye-gukina-umupira-wamaguru-nkuwabigize-umwuga/