Category: Uncategorized

  • Umutaliyani arigaragaje, umunyarwanda yongera gukora iyo bwabaga (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umutaliyani Finn Lorenzo w’imyaka18 ni we wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’abahungu batarengeje imyaka 23.

    Uyu munsi hakinwaga umunsi wa Gatandatu wa shampiyona y’Isi y’Amagare irimo ibera mu Rwanda kuva ku Cyumweru gishize.

    Mu gihetondo habanje abahungu batarengeje imyaka 18, hahita hakurikiraho abatarengeje imyaka 23.

    Abakinnyi 118 bo mu bihugu 56, bose batarengeje imyaka 23, batangiye isiganwa ry’ibilometero 164,6, bivuze ko bazengurutse inshuro 11 ‘circuit’ yanyuzwemo na barumuna babo mu gitondo. Muri aba bakinnyi bose, 62 ntabwo bigeze basoza isiganwa.

    Yaje kwegukanwa n’Umutaliyani Finn Lorenzo w’imyaka 18, yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo gutsinda isiganwa ry’abahungu batarengeje imyaka 23 muri Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali, aho yakoresheje amasaha atatu, iminota 57 n’amasegonda 27 ku ntera y’ibilometero 164,6.

    Umudali wa Feza, w’umwanya wa kabiri, wegukanywe na Huber Jan wo mu Busuwisi asizwe amasegonda 31.

    Umudali w’Umuringa uhabwa umukinnyi wa gatatu wegukanywe n’Umunya-Autriche, Schrettl Marco, wasizwe umunota n’amasegonda 13.

    Mu Banyarwanda bane bakinnye isiganwa ry’Abahungu batarengeje imyaka 23, Niyonkuru Samuel ni we wenyine wasoje aho yabaye uwa 50 mu bakinnyi 56 basoje, yasizwe iminota 16 n’amasegonda ane.

    Ni ku nshuro ya kane Niyonkuru yakinaga Shampiyona, ariko ntiyari yarigeze asoza isiganwa ryayo kuva mu 2021 ubwo yakinaga mu batarengeje imyaka 19.

    Abandi bakinnyi b’u Rwanda bakinnye kuri uyu wa Gatanu ariko batasoje ni Ruhumuriza Aime, Ufitimana Shadrack na Tuyizere Etienne.

    Ejo ku wa Gatandatu ni umunsi wa 7, Guhera mu gitondo, saa Mbiri n’iminota 20, hazaba isiganwa ryo mu muhanda ry’abakobwa batarengeje imyaka 19, bazakora intera y’ibilometero 74 kugeza saa 10:40.

    U Rwanda ruzahagararirwa na Masengesho Yvonne ari kumwe na Uwiringiyimana Liliane.

    Guhera saa 12:05 hazaba isiganwa ry’abagore bazakora intera y’ibilometero 164,6 kugeza saa 16:45.

    U Rwanda ruzahagararirwa na Ingabire Diane, Irakoze Neza Violette, Nirere Xaverine na Nzayisenga Valentine.

    Niyonkuru Samuel ni we munyarwanda wasoje

    Umutaliyani ni we wegukanye isiganwa ryo mu muhanda mu bahungu batarengeje imyaka 23

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11941

  • Umuhanzi Young Junior mu byishimo bikomeye #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Nyarwanda wakunzwe mu myaka yatambutse, Young Junior ariko ubu akaba n’uwagiye kure y’umuziki, we n’umuhore we Vanessa Munyororo bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka imfura yabo.

    Ngabonziza Albert Fiston [Young Junior] yibarutse imfura y’umuhungu na Vanessa, ni nyuma y’uko bakoze ubukwe muri Werurwe 2024.

    Hari nyuma y’uko muri Kanama 2023 ari yari yasabye Vanessa ko yazamubera umugore undi na we arabyemera maze bamwambika impeta ya fiançailles.

    Young Junior akaba yaramenyekanye mu ndirimbo zitandukanye nka “Ishyamba si ryeru”, “Kure y’imbibi”, “Umucakara w’ibihe” yakoranye na Diplomat n’izindi.

    Young Junior na Vanessa bibarutse imfura

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11942

  • Umunyarwanda yanditse amateka muri Shampiyona y’Isi y’Amagare (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Ntirenganya Moise yanditse amateka yo kuba ari we munyarwanda usoje Shampiyona y’Isi y’Amagare kuva rwatangira kuryitabira, yabikoreye mu isiganwa ry’abatarengeje imyaka 18 ryegukanywe n’Umwongereza Harry Hudson .

    Shampiyona y’Isi y’Amagare yari yakomeje hakinwa umunsi wa 5 aho hakinaga abahungu batarengeje imyaka 19 n’abatarengeje imyaka 23.

    Habanje icyiciro cy’abatarengeje imyaka 19 (Men Junior) barushanwa ku ntera y’ibilometero 119,3.

    U Rwanda rwari rufitemo Ntirenganya Moise na Nkurikiyinka Jackson.

    Umwongereza Harry Hudson yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo kwegukana isigawa ry’abahungu batarengeje imyaka 18 muri Shampiyona y’Isi y’Amagare, aho yakoresheje amasaha abiri, iminota 55 n’amasegonda 19 ku ntera y’ibilometero 119,3.

    Harry Hudson yamaze ibilometero 36 bya nyuma ari imbere wenyine.

    Umufaransa Johan Blanc yabaye uwa kabiri yasizwe amasegonda amasegonda 16 nk’uko bimeze ku Munya-Pologne, Jackowiak Jan Michal, wabaye uwa gatatu.

    Ku myaka 18, ni ubwa kabiri Ntirenganya Moise yakinaga Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’ingimbi.

    Mu 2024, i Zurich, ntiyasoje isiganwa ryo mu muhanda yakinnye nk’uko byagenze no kuri Nshutiraguma Kevin bari kumwe.

    Kuri uyu wa Gatanu, i Kigali, Ntirenganya yasoje isiganwa ari uwa nyuma, uwa 66, ndetse yasizwe iminota 14 n’amasegonda 13.

    Abakinnyi 75 barimo Nkurikiyinka Jackson ni bo batasoje isiganwa ry’uyu munsi.

    Ni imbonekarimwe kumva umukinnyi w’Umunyarwanda yasoje isiganwa ryo mu muhanda muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.

    Umwongereza Harry Hudson ni we wegukanye Shampiyona y’Isi mu batarengeje imyaka 18

    Moise yanditse amateka yo kuba Umunyarwanda shampiyona y’Isi y’Amagare

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11940

  • Kamonyi: Umusore yatawe muri yombi kubw'icyaha ashinjwa cyo gusambanya umwana w'imyaka ine #rwanda #RwOT

    Polisi y'u Rwanda ku bufatanye n'urwego rw'Igihugu rw'ubugenzacyaha (RIB) yatangaje ko ku wa 26 Nzeri 2025 yataye muri yombi umusore w'imyaka 20 y'amavuko wo mu Murenge wa Kayenzi, Akarere ka Kamonyi, akekwaho icyaha gikomeye cyo gusambanya umwana w'imyaka ine wo mu Murenge wa Kayumbu.

    Amakuru yatanzwe n'inzego z'umutekano avuga ko uyu musore yafashwe nyuma y'amakuru yatanzwe n'abaturage babonye ibimenyetso by'uko ashobora kuba yagize uruhare muri ibyo bikorwa bibi. Ubuyobozi bwa Polisi n'ubwa RIB bwashimye uruhare rw'abaturage mu gutanga amakuru yihuse, buvuga ko ari intambwe ikomeye mu gukumira no guhana ibyaha nk'ibi bikorerwa abana.

    Polisi yasabye abaturage gukomeza kugira uruhare mu gutanga amakuru hakiri kare kugira ngo hakumirwe ibyaha bityo hagire n'uruhare mu kurinda ubuzima bw'abana, kuko bashobora kuba inzirakarengane z'ibikorwa by'urugomo n'ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    RIB yatangaje ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane neza imvo n'imvano y'iki cyaha, ndetse ko ukekwa naramuka ahamijwe n'urukiko ibyaha aregwa, azahanwa hakurikijwe amategeko y'u Rwanda.

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi nabwo bwagaragaje impungenge ku byaha nk'ibi, buhamagarira imiryango kurushaho guha abana uburere bwiza, kubarinda ahashobora kubagiraho ingaruka mbi, ndetse no kubigisha kuvuga amakuru igihe bahohotewe.

    Ibi bikorwa byo gusambanya abana ni ibyaha bikomeje kwamaganwa bikomeye mu Rwanda, kandi ababyigwaho bemeza ko bikwiye guhanwa bikomeye, kuko bihungabanya ubuzima bw'uwahohotewe mu buryo bwose haba mu mitekerereze, mu buzima bwo mu mubiri ndetse no mu mibanire ye y'ejo hazaza.

    Polisi y'u Rwanda ku bufatanye n'urwego rw'Igihugu rw'ubugenzacyaha (RIB) yatangaje ko ku wa 26 Nzeri 2025 yataye muri yombi umusore w'imyaka 20 y'amavuko ukekwaho icyaha gikomeye cyo gusambanya umwana w'imyaka ine.

     

    Source : https://kasukumedia.com/kamonyi-umusore-yatawe-muri-yombi-kubwicyaha-ashinjwa-cyo-gusambanya-umwana-wimyaka-ine/

  • Nyanza: Abaturage ba Ntyazo bari kurara mu byahoze ari ibikoni, nyuma yogusenyerwa n'umuyaga #rwanda #RwOT

    Abaturage batishoboye batujwe mu Kagari ka Katarara, mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza, barasaba inzego bireba kubafasha kubakirwa inzu nyuma y'uko izari zarubatswe mu mudugudu w'icyitegererezo zasenywe n'umuyaga. Kuri ubu aba baturage bavuga ko babayeho mu buzima bubi kuko basigaye bacumbitse mu byahoze ari ibikoni by'izo nzu zasenyutse, aho bigoye kubona uburyo bwo gusinzira neza ndetse n'isuku ikenewe ku buzima bwa buri munsi.

    Bamwe muri bo bavuga ko mu gihe cy'imvura babura aho bakinga umusaya, abana bakarara bihebye kandi ntibabone aho bigira amasomo yabo.

    Umuturage umwe yagize yagize icyo atangariza Kasuku Media ati: 'Twari twishimiye gutuzwa mu Mudugudu, ariko umuyaga wadusenyeye byose. Ubu turi gusaba ko batwubakira kuko nta bushobozi dufite bwo kwiyubakira.'

    Ubuyobozi bw'Umurenge wa Ntyazo bwo bwemera ko iki kibazo gihari, bukavuga ko bwamaze kubigeza ku rwego rw'Akarere kugira ngo hashakishwe igisubizo kirambye. Bavuga ko gahunda ya Leta ari uko umuturage wese abaho neza, atari mu bibanza by'akajagari cyangwa mu buzima butagira icyerekezo.

    Aba baturage basaba ko inkunga yatangwa yaba mu buryo bw'ibikoresho byo kubaka cyangwa ubufasha bw'amafaranga, kugira ngo bongere kubona inzu zibabereye. Bemeza ko kuba mu buzima bwiza bizabafasha kugira imbaraga zo gukora ibikorwa bibateza imbere, aho guhora bihangayikishijwe n'aho barara.

    Nubwo hakiri urugendo, abaturage bafite icyizere ko ubuyobozi buzabumva, bukabafasha gusubirana icyizere cy'ubuzima bwiza, bityo bakongera kwiyumva nk'abandi Banyarwanda bose bafite aho gutura hizewe.

    Abaturage batishoboye batujwe mu Kagari ka Katarara, mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza, barasaba inzego bireba kubafasha kubakirwa inzu nyuma y'uko izari zarubatswe mu mudugudu w'icyitegererezo zasenywe n'umuyaga

     

    Source : https://kasukumedia.com/nyanza-abaturage-ba-ntyazo-bari-kurara-mu-byahoze-ari-ibikoni-nyuma-yogusenyerwa-numuyaga/

  • Minisitiri Nduhungirehe yanenze ibihugu bikoresha inkunga mu gutegeka ibindi – #rwanda #RwOT

    Isi iriho ibihugu biri mu byiciro bitandukanye by'ubukungu, byiganjemo ibiri mu nzira y'amajyambere n'ibikennye mu gihe ibikize ari mbarwa.

    Mu 2015, ibihugu bigize Umuryango w'Abibumbye byashyizeho intego z'iterambere rirambye zigomba kugerwaho mu 2030, hatezwa imbere ubukungu budaheza n'Isi ikize muri rusange. Zari zisimbuye intego z'ikinyagihumbi.

    Minisitiri Nduhungirehe ubwo yari mu Nteko Rusange ya Loni ku wa 25 Nzeri 2025, yavuze ko u Rwanda rushyigikiye ishyirwa mu bikorwa ry'intego zose, ruzirikana ko ikoranabuhanga rya internet, guhanga udushya, n'iterambere ridaheza ari byo bizayobora urugendo rw'iterambere.

    Yashimangiye ko nubwo hari imbogamizi zijyanye n'imihindagurikire y'ibihe, ibibazo by'ubusumbane mu ikoranabuhanga, u Rwanda rwajyanishije gahunda zayo n'iz'iterambere rirambye.

    Ati 'Ikibazo cy'ubusumbane mu kugera ku mari, ikoranabuhanga n'amasoko bikomeza kugira uruhare rukomeye mu cyuho kiri hagati y'ibihugu bikize n'ibikennye.'

    Yavuze ko ubufatanye hagati y'ibihugu byafashije mu rugendo rw'iterambere rw'ibihugu bitandukanye.

    Ati 'Harageze ngo tuve mu bihe byo guhabwa inkunga, tugane mu bihe byo gucuruzanyaho, bizafasha ibihugu bikiri mu nzira y'amajyambere kwigira binyuze mu mikoranire yungura buri ruhande.'

    Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko inkunga ibihugu bikize biha ibikiri mu nzira y'amajyambere zitagakwiye gukoreshwa nk'ibikangisho.

    Ati 'U Rwanda rubabajwe n'uburyo ubufatanye mu iterambere bukoresha na bamwe mu bafatanyabikorwa bagamije inyungu za politiki. Ndashaka kwibutsa ko buri gihugu gifite ubusugire, kandi kidashobora gutegekwa guhitamo hagati y'umutekano wacyo n'iterambere. Inkunga z'iterambere zigomba gukoreshwa mu bufatanye n'iterambere, aho kuba intwaro yifashishwa mu gutegekesha igitugu.'

    Ibihugu byo mu Burengerazuba bw'Isi, ni ukuvuga u Burayi na Amerika birimo ibitanga inkunga bikayiherekeza bitegeka abayihawe uko bayikoresha no kugendera ku mahame y'abaterankunga.

    Kugeza mu 2023, Ikigega Mpuzamahanga cy'Imari, IMF, cyabaruraga ibihugu 152 biri mu nzira y'amajyambere muri rusange.

    Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko inkunga zitangwa n’ibihugu bikize zidakwiye kuba intwaro byifashisha bitegeka ibikiri mu nzira y’amajyambere


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nduhungirehe-yanenze-ibihugu-bitanga-inkuga-bikayigira-intwaro-yo-gutegekesha

  • Internet inyaruka mu byishimirwa n'ibihumbi by'Abanyamahanga bitabiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare – #rwanda #RwOT

    Iri rushanwa rimaze imyaka 103 rikinirwa mu bihugu binyuranye. Ni ku nshuro ya mbere riri kubera muri Afurika, aho rikurikiranwe n'abarenga miliyoni 300 ku Isi.

    Ibya internet inyaruka n'urwego rwo hejuru ikoranabuhanga ryo mu Rwanda rigezeho, byagarutsweho n'abarimo Michael Schar, umukinnyi w'Umusuwisi witabiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare, wavuze ko nta kibazo cya internet yagize haba aho acumbitse n'aho yageze hose.

    Ati 'Nabonye internet imeze neza cyane, kuko iyo nahawe ifite umuvuduko wo hejuru ku buryo nshobora kureba shampiyona, naba ndi mu nzira cyangwa muri hoteli aho ari ho hose ndayikoresha.'

    Umunya-Cameroun witwa Gilbert Tella Nounga, yagaragaje ko yishimiye bikomeye igiciro gito internet iriho mu Rwanda, ati 'Mfite internet ihagije, nkoresha imbuga nkoranyambaga uko mbyifuza, nta kibazo na kimwe mpura na cyo, naguze iya 5000 Frw kuva nagera hano mu minsi 23 ishize indi mu Rwanda.'

    Yakomeje ati 'Kuri ayo mafaranga akora ukwezi kose bambwiye ko ahagije kandi narabyiboneye kuko nkoresha internet guhera mu gitondo kugeza nimugoroba, irahendutse kandi irihuta.'

    Umuyobozi Mukuru wa Grand Hotel icumbikiye abashyitsi 95 bo mu bihugu bine, Eugene Munyaneza yabwiye RBA ko internet iri mu byo bashyizemo imbaraga.

    Yagize ati 'Uretse n'aba bakiliya n'ubundi hoteli igomba gutanga internet yihuse cyane, nta kibazo dufite cya internet, kuko ibigo dukorana biyitanga byaduhaye ihagije, kandi n'ikintu duhora tuzirikana ko ari ngombwa mu gihugu no kuri hoteli.'

    Umwe mu bakwirakwiza internet ya satellite mu Rwanda, Fred Rwigamba, na we ahamya ko u Rwanda ruhagaze neza kuri internet. Yagize ati 'Duhagaze neza ntabwo dushobora kwakira irushanwa nk'iri tudafite internet nziza, yaba inyura hasi ya (Fibre Obtique) n'iyi dutanga ya satellite zombi zimeze neza, ntekereza ko tutazagawa cyangwa ngo tubonwe nabi.'

    Televiziyo mpuzamahanga ziri mu Rwanda ziri kugeza aya marushanwa ku barenga miliyoni zikabakaba 300 bari hirya no hino ku Isi, bifashishije internet yo mu Rwanda.

    Muri aya marushanwa ari kubera bwa mbere muri Afurika, ni na bwo bwa mbere hakoreshejwe uburyo bw'ikoranabuhanga rikoresha ibyogajuru rikamenya aho uherereye rizwi nka GPS [Global Positioning System].

    Ikigo cy'ikoranabuhanga mu by'umutekano cya SafeR, cyafatanyije na UCI hakorwa ikoranabuhanga ritanga umusanzu mu mutekano w'abakinnyi by'umwihariko abo gusiganwa ku magare.

    Ibya internet yihuta kandi ihendutse byanagarutsweho na Raporo y'Ikigo cyo mu Bwongereza gikora ubushakashatsi ku ikoranabuhanga kizwi nka, Cable cyatangaje ko u Rwanda ari cyo gihugu cya mbere muri Afurika y'Uburasirazuba, gifite internet yihuta kandi ihendutse.

    Biroroshye gusangiza Isi ibiri kubera mu Rwanda kuko internet yaho irihuta

    Mu Rwanda hateraniye abantu bo mu bihugu bitandukanye bitabiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare

    Abanyamahanga bakomeje kugirira ibihe byiza mu Rwanda

    Shampiyona y’Isi y’Amagare ikomeje kuryohera abarenga miliyoni 300 ku Isi yose


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/internet-inyaruka-mu-byishimirwa-n-ibihumbi-by-abanyamahanga-byitabiriye

  • Abatishoboye barishyurirwa: Ibyo usabwa ngo wige muri ASG yatangijwe na Perezida Kagame – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 25 Nzeri 2025 ni bwo Perezida Kagame na Hailemariam Desalegn batangije amasomo azajya atangwa n'Ishuri Nyafurika ry'Imiyoborere.

    Ryatangiranye n'abanyeshuri 51 bo mu bihugu 14 bya Afurika birimo u Rwanda, u Burundi, Cameroon, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ethiopia, Ghana, Kenya, Mali, Nigeria, Sudani y'Epfo, Gambia, Tanzania, Uganda, na Zimbabwe.

    Mu butumwa yageneye abazaryigamo, Perezida Kagame yababwiye ko ari bo Afurika itezeho amaboko.

    Umukuru w'Igihugu yasabye aba banyeshuri kwiyemeza gufata inshingano. Yavuze ko bakwiriye kwihesha agaciro, igihugu n'abaturage ba Afurika.

    Yagaragaje ko batakwitega ko Isi iha agaciro Afurika mu gihe Abanyafurika na bo batubaha inshingano zabo.

    Ati 'Ntimukazasabe abandi ibintu byinshi kurusha uko mubyishakamo mwe ubwanyu. Mukomereze aho ni mwe twishingikirijeho, Imana iduhane umugisha.'

    ASG ni ishuri rizajya ryigamo intoranywa zaturutse mu nguni zose za Afurika.

    Rizajya ritanga amasomo y'icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n'Imiyoborere arimo Master of Public Administration [MPA], Master of Public Administration in Natural Resource Governance [MPA-NRG] na Master of Public Administration in Human Development [MPA-HD].

    Hatangiriwe ku bagiye kwiga amasomo ya Master of Public Administration [MPA]. Hazajya hatangwa kandi amahugurwa y'igihe gito ku bashaka gukarishya ubumenyi mu bijyanye n'imiyoborere.

    Ryitezweho kuzatanga ubumenyi bugamije gufasha Afurika kwigobotora ibibazo bitandukanye bijyanye n'imiyoborere, hahugurwa urubyiruko rutandukanye kugira ngo rugire uruhare kuri ejo hazaza.

    Visi Perezida wa ASG Ushinzwe Amasomo, Prof. Amany El-Sharif, yavuze ko nubwo batangiranye n'abo mu bihugu 14 ariko bari gukorana n'ibindi bihugu bisigaye kugira ngo hastagira umunyafurika uhezwa kuri ubu burezi bufite ireme.

    Ati 'Twishimira ko mu gihe gito duhamagaye twabonye abo mu bihugu 14, ariko turi kureba uko ibice byose bya Afurika byaza kwiga. Nk'abavuga Igifaransa, Icyarabu, Icyongereza n'abandi. Mu byiciro biri imbere muzabona abantu benshi bo mu bice bya Afurika bitandukanye, bari muri iri shuri.'

    Umujyanama wihariye muri Perezidansi ya Repubulika y'u Rwanda, Francis Gatare uri mu bagize Inama y'Ubutegetsi ya ASG yavuze hari andi masomo y'ubuyobozi azwi nka 'Executive Master's in Public Administration' yagenewe abasanzwe bari mu kazi. Ni porogaramu izamara umwaka umwe.

    Ati 'Ireba cyane nk'abamaze imyaka iri hagati y'itanu na 10 mu kazi. Bazamara umwaka umwe. Ni porogaramu izafasha abantu gukomeza inshingano zabo ariko banihugura. Igice kimwe bazajya biga imbonankubone ikindi bigire hakoreshejwe iyakure kuko tuzi ko muri iki cyiciro baba bagomba kubifatanya n'akazi.'

    Agaruka ku mwihariko wa ASG, Gatare yavuze ko iri shuri ryibanze kuri porogaramu y'imyigishirize ishingiye ku miyoborere ya Afurika no guhangana n'ibibazo bya Afurika hisunzwe ibisubizo byahanzwe n'Abanyafurika.

    Ni mu gihe mashuri yibanda ku myigishirize ishingiye ku miyoborere y'aho ari ho hose ku Isi, ASG yo izibanda ku ya Afurika gusa.

    Ati 'Ni ho twubakira ariko tukazana n'ubundi buryo bwiza bukoreshwa ahandi ku Isi tukongeramo nk'ikoranabuhanga rigezweho, ariko duhereye ku by'iwacu.'

    Yavuze ko abigishamo bazajya bava mu nzego zitandukanye z'ubuyobozi muri Afurika, abasoje amasomo, abarimu n'abandi bazakomeza urwo runana kugira ngo Afurika ikomeje gutera imbere bigizwemo uruhare n'abayo.

    Ikibazo cy'amikoro cyakemuwe rugikubita

    Gatare yavuze ko batoranya abeza mu beza kugira ngo babone abanyeshuri bakwiriye kwiga muri ASG, agaragaza ko nko muri aba 51 batoranyijwe mu barenga 500 bari basabye mu mezi nk'atandatu.

    Yavuze ko bagiye gukora uko bashoboye bagatangira gutoranya hakiri kare kuko abasabye benshi habonekamo na benshi bafite ubushobozi.

    Gatare yashimangiye ko mu byo bashingiraho ari uko uwaryizemo aba agomba kuba arangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza kugira ngo atangirane n'amasomo y'icya gatatu.

    Ati 'Ariko amanota si yo ashingirwaho cyane. Ni ishuri rigamije kwigisha abantu bafite intego yo kuba abayobozi mu nzego zitandukanye mu bihugu byabo, akenshi igishingirwaho ni ibiganiro cyangwa se uburyo umunyeshuri agaragaza uwo ari we, intego ze, icyifuzo cy'ubushake bwo kugira ngo yige.'

    Mu gutoranya abanyeshuri, ushaka kuhiga yohererezwa ibibazo, akabisubiza akohereza amashusho yifashe, abohereje bagatoranywamo abahura n'akanama nkemurampaka hagatoranywamo abemerewe ishuri.

    Gatare yavuze ko iyo bakira abanyeshuri, mu bishingirwaho amikoro atarimo , ahubwo harebwa abafite ibushobozi bwo kwiga, nyuma habonekamo udashoboye kwiyishyurira akishyurirwa.

    Ati 'Dufite amahirwe y'uko ishuri ryagiye ribona inkunga zitandukanye. Rifite amahirwe yo kwishyurira abanyeshuri kugira ngo ushaka kuryigamo yujuje ibyangombwa yige ntabuzwe n'ubushobozi. Turasaba abantu benshi kuzaryitabira.'

    Uyu muyobozi yavuze ko mu Ugushyingo 2025, bazatangira gushaka abazaryigamo mu mwaka utaha, ndetse n'abiga amasomo y'igihe gito na byo biteganyijwe, agasaba Abanyafurika kubyaza umusaruro aya mahirwe.

    ASG yagenewe gutangira amasomo mu Karere ka Gasabo ahazwi nko ku Gishushu mu nyubako yahoze ikoreramo Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere.

    Gusa kuri ubu iyi nyubako iri gusanwa, ubu abanyeshuri bakaba bari kwigira i Nyarutarama hafi y'Icyicaro Gikuru cya MTN Rwanda mu nyubako iri hafi ya Amabasade ya Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu mu Rwanda.

    Visi Perezida wa ASG Ushinzwe Amasomo, Prof Amany El-Sharif na Francis Gatare baganirije itangazamakuru imishinga iri shuri riteganya

    Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza amasomo ya ASG

    Perezida Kagame yasabye abanyeshuri bagiye kwiga muri ASG kwifashisha ubumenyi bazahabwa mu guteza imbere Afurika

    Perezida Kagame na Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia baganirije abagiye kwiga muri ASG


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abatishoboye-barishyurirwa-ibyo-usabwa-ngo-wige-muri-asg-yatangijwe-na-perezida

  • Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y'umukino w'Amagare ku Isi (UCI) #rwanda #RwOT

    Inteko Rusange ya 194 y'umukino wo gusiganwa ku magare ku Isi, Union Cycliste Internationale (UCI), yaraye itorewemo David Lappartient nk'umuyobozi ugiye kuyobora iyi mpuzamashyirahamwe mu gihe cy'imyaka 4 iri imbere.


    Iyo Nteko Rusange yahurije hamwe abanyamuryango bose ba UCI bemerejemo ko David agiye kubayobora muri manda yindi ya Gatatu kuri we.

    Yabaye Perezida wa UCI kuva muri 2017, nyuma yiyamamariza  indi manda mu 2021 i Leuven mu Bubiligi, ubu akaba yongeye gutsinda aya matora ntawundi mukandida bari bahanganye kuri uyu mwanya.


    Uretse amatora yaperezida, Inteko Rusange yatorewemo n'abagize
    Komite Nyobozi nshya ya UCI, bazayobora mu myaka ine iri imbere.

    Abatowe mu mashyirahamwe y'amasiganwa ku mugabane (Continental Confederations):

    Confédération Africaine de Cyclisme (CAC):

    • Khireddine Barbari (Algeria)

    Confederación Panamericana de Ciclismo (COPACI):

    • Pierre Laflamme (Canada)

    Asian Cycling Confederation (ACC):

    • Saif Subaa Al Rushaidi (Oman)

    Union Européenne de Cyclisme (UEC):

    • Michel Callot (France)

    • Rocco Cattaneo (Switzerland)

    • Bwana Henrik Jess Jensen (Denmark)

    • Agata Lang-Lelangue (Poland)

    • Emin Müftüoğlu (Turkey)

    • Katerina Nash (Czech Republic)

    • Tom Van Damme (Belgium)

    Oceania Cycling Confederation (OCC):
    • Anne Gripper (Australia)

    Source : https://rushyashya.net/ku-nshuro-ya-gatatu-umufaransa-david-lappartient-yongeye-gutorerwa-kuyobora-impuzamashyirahamwe-yumukino-wamagare-ku-isi-uci/

  • Memel Raouf Dao wa APR FC ahangayikishijwe n’abakomeje kumwiyitirira #rwanda #RwOT

    Umunya-Burikina Faso ukinira APR FC akomeje kwiyitirwa ku mbuga nkoranyambaga aho batangaza ibintu mu izina rye.

    Byose byatangiye ubwo APR FC yari imaze gutombora Pyramids FC yo muri Misiri, uyu mukinnyi wari umaze iminsi mike asinine APR FC, benshi babonye ubutumwa bwapositinzwe kuri Instagram mu mazina y’umukinnyi Memel Dao akoresha “memeldao8”.

    Yarimo avuga ko bagomba kuza gusezerera Pyramids FC yari imaze iminsi isezerera iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu.

    Ubwo iyi kipe yari muri CECAFA Kagame Cup yongeye gushyiraho indi post akaba ari nabwo hagiye hanze amakuru ko atari iye.

    Yongeye gusa n’ugaruka mu mitwe ya benshi ejobundi ubwo Pyramids FC yatsindaga Al Ahli yo muri Saudi Arabia 3-1, yagaragaje ko bazatsinda iyi kipe.

    Icyo gihe yagize ati “Ni Pyramids tukakaba intare. Nta bwoba dufite.”

    Ibi byakwiriye igihugu cyose ndetse n’ibitangazamakuru bibyandikaho.

    Mu gushaka kumenya ukuri, ISIMBI yavuganye na Memel Raouf Dao maze ahakana aya makuru avuga ko iyo Konti ya Instagram atari iye.

    Ati “Oya sinjye, ntabwo ari njye. Abantu banabimbwiye ariko sinzi uko nabihagarika.”

    Yavuze ko we iyo akoresha ubu akoresha amazina ya @daomemele (Dao-Memel) ifite abantu 992.

    Iyi ikaba ikoresha @memeldao8 (Memel Dao Raouf) ikurikirwa n’abantu 5225 yahakanye ko atari iye.

    Dao ahangayikishijwe n’abakomeje kumwiyitirira

    Konti ya nyayo akoresha

    Yemeje ko yamwiyitiriye

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11938