Category: Uncategorized

  • Inyunda Sankara, umuhanzi wavuye i Kalemi akaza kwisanga i Dakota akomeje kwandika amateka #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Inyunda Sankara amazina ye nyakuri ni Damien Sankara, akomeje kwigaragaza nk'umwe mu bafite impano idasanzwe mu guhanga indirimbo zifite ubutumwa bwimbitse kandi buhishura ubuzima bw'abantu batandukanye. Uyu muhanzi, mu buryo bwe busanzwe burimo gutebya no gusetsa, ubwo yaganiraga na Kasuku Media yagize ati: 'N'ubwo hari ababona ko ndi kure, umutima wanjye uhorana n'abiwacu aho ndi ubu ndi kure yabo ariko umutima urikumwe nabo.'

    Inyunda Sankara kugeza ubu abarizwa mu Burasirazuba bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu mugi wa Dakota Bismarck, aho akomeje gushyira imbere ubuhanzi bwe n'ubundi buryo bwo gukoresha impano ze mu gutanga ubutumwa bunoze, doreko aheruka no gushyira hanze indirimbo yise 'Turaho'.

    N'ubwo ari kure y'inkomoko ye, indirimbo ze zikomeza kubaka isoko ry'ihumure mu mitima y'abizera ko Abanyamulienge bazabona ijambo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Mu bisanzwe ibihangano bye by'indirimbo biba byiganjemo amateka ye n'ukuntu ubuzima bwagiye bumutoza kurushaho kugira indoto nziza. Umwihariko kuri we n'uko afatikanya ubahanzi no kuba mu ngabo z'igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Inyunda Sankara yavukiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu Ntara ya Tanganyika mu mugi wa Kalemi, nyuma aza gukurira i Minembwe. Kubera intambara zidakunda gucogora mu gace k'iwabo, we n'umuryango we baje kwimukira mu gihugu cy'u Burundi, mu mugi wa Bujumbura, ari naho ubuhanzi bwe bwo kuririmba bwatangiriye gukura no gusakara.

    Uretse impano yo kuririmba, Inyunda Sankara avuga ko atekereza gukoresha ijwi rye nk'igikoresho cyo guhuza amahanga no gukomeza kwibutsa abantu iby'amahoro ndetse no kubibutsa ko umuziki ari ururimi rw'Isi yose rutagira imbibi. Indirimbo ze zishingiye ku buhamya, amateka n'ibibazo by'ubuzima bw'Abanyamulenge babaye kugeza ubu, ariko kandi zikagira umwihariko wo gutanga icyizere n'ihumure ku rubyiruko ndetse no ku bantu bose baba bari mu bihe bikomeye nkibyo.

    Inyunda Sankara, umwihariko kuri we n'uko afatikanya ubahanzi no kuba mu ngabo z'igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
    Inyunda Sankara, umuhanzi wavuye i Kalemi akaza kwisanga i Dakota akomeje kwandika amateka

     

    Source : https://kasukumedia.com/inyunda-sankara-umuhanzi-wavuye-i-kalemi-akaza-kwisanga-i-dakota-akomeje-kwandika-amateka/

  • Marines FC yafashe umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutsinda Rutsiro FC ibitego 2-0, Marines FC yahise ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona ya 2025-26.

    Guhera ejo hashize ku wa Gatanu shampiyona yari yakomeje hakinwa umunsi wa 3 wa shampiyona.

    Ejo habaye umukino umukino umwe gusa wo AS Kigali yanganyije na Gorilla FC 1-1.

    Uyu munsi nabwo yari yakomeje aho hakinwe imikino 3, uwo Mukura VS yananiwe gutsindira Kiyovu Sports i Huye amakipe yombi akanganya ubusa ku busa.

    Undi mukino ni uwo bigoranye Musanze FC yanganyirije mu rugo na Bugesera FC 1-1. Bugesera FC yatsindiwe na Byishimo Valua ku munota wa 87 mu gihe cyaje kwishyurwa na Sunday Inemesit ku munota wa 5 w’inyongera.

    Marines FC yari yakiriye Rutsiro FC maze inayitsinda 2-0 bya Nizeyimana Mubaraka ku munota wa 77 na Nkundimana Fabio ku munota wa 8 w’inyongera.

    Shampiyona izakomeza ejo Gasogi United yakira Rayon Sports, Amagaju yakira Gicumbi na Police FC yakira AS Muhanga.

    Kugeza ubu Marine FC ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 6 inganya na Police FC. Rutsiro ni iya nyuma n’amanota zero.

    Marines FC ubu ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11985

  • Muhanga: Batatu bafatanywe urumogi – #rwanda #RwOT

    Bafashwe mu mudugudu wa Rwinkuba, Akagari ka Kigarama, Umurenge wa Cyeza, ku mugoroba wo ku wa 03 Ukwakira 2025, bigizwemo uruhare n'abaturage.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yabwiye IGIHE ko abafashwe bahise bafungwa.

    Ati ''Abafashwe bose ubu bafungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Nyamabuye, naho ubugenzacyaha bwatangiye iperereza kuri bo.'

    CIP Kamanzi yashimiye abaturage ku myumvire myiza bamaze kugira yo gutangira amakuru ku gihe, agaragaza ko bishimangira ko bamaze kugera ku rwego rwo kubona ko umutekano ari inshingano rusange mu muryango nyarwanda.

    Yanakomeje asaba buri wese ugikora ibinyuranyije n'amategeko by'umwihariko gucuruza, gukwirakwiza cyangwa kunywa ibiyobyabwenge kubicikaho kuko byangiza ubuzima bwabo n'ubw'abaturage by'umwihariko urubyiruko, bityo yibutsa ko uzajya abifatirwamo wese amategeko azajya abimuhanira.

    Ingingo ya 263 y'itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n'ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese ufatanwa, urya, unywa, witera, uhumeka cyangwa wisiga mu buryo ubwo aribwo bwose ibiyobyabwenge bito cyangwa urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo, aba akoze icyaha.

    Iyo ahamijwe n'urukiko gukora ibikorwa bivugwa muri iyi ngingo, ahanishwa igifungo kitari munsi y'umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri cyangwa imirimo y'inyungu rusange.

    Iyi ngingo iteganya ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw'imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n'amategeko, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo cya burundu n'ihazabu ya 20.000.000 FRW ariko atarenze 30.000.000 FRW ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye, igifungo kitari munsi y'imyaka 20 ariko kitarenze imyaka 25 n'ihazabu ya 15.000.000 FRW ariko atarenze 20.000.000 FRW ku biyobyabwenge bikomeye.

    Ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje, iyi ngingo iteganya ko ahanishwa igifungo kitari munsi y'imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka 10 n'ihazabu ya 5.000.000 Frw ariko atageze kuri 10.000.000 Frw.

    Urumogi rwafashwe rupima ibilo bitandatu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-batatu-bafatanywe-urumogi

  • Abayobozi b'amashuri ya TVET bahuguwe ku kwigisha ku buzima bw'imyororokere – #rwanda #RwOT

    Ni amahugurwa yakozwe mu ntara zose z'igihugu aho yasorejwe mu Mujyi wa Kigali ku wa 2 Ukwakira 2025.

    Yateguwe n'Imbuto Foundation ifatanyije n'Urwego rw'Igihugu rushinzwe amashuri y'imyuga, tekinike n'ubumenyingiro (RTB), ku bufatanye n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku mibereho y'abaturage (UNFPA), akaba yaratanzwe n'impuguke muri izo nyigisho zikora mu rwego rw'Igihugu rushinzwe guteza imbere uburezi bw'ibanze (REB).

    Aya mahugurwa ajyanye n'igikorwa cyo guhuza integanyanyigisho za TVET n'uburyo bwo gutanga ubumenyi bujyanye n'ubuzima bw'imyororokere ku banyeshuri.

    Mu gihe umubare w'abangavu baterwa inda ukomeje kwiyongera, ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA na bwo bukiyongera mu rubyiruko, hakomeje gutekerezwa icyakorwa ngo umuvuduko w'ingaruka zishingiye ku bumenyi buke ku bijyanye n'ubuzima bw'imyororokere mu rubyiruko ugabanuke.

    Nyuma yo kubona ko urubyiruko rwinshi rudafite amakuru ahagije ku buzima bw'imyororokere kandi ya nyayo, hatekerejwe gahunda yo kuyigisha mu mashuri kugira ngo bifashe umwana kugira ubumenyi kuri 'Comprehensive Sexuality Education' (CSE).

    Ni amasomo yatangiye gutangwa mu mashuri uhereye ku mashuri abanza ukagera no mu yisumbuye, aho umwana ahabwa ubumenyi bujyanye n'ikigero agezemo kandi bumufasha kumenya uko yitwara mu buzima bwe bwa buri munsi.

    Umwe mu bitabiriye aya mahugurwa, Umuyobozi w'Ishuri ryisumbuye rya Camp Kigali, Niyonsenga Jean de Dieu, yavuze ko ari amasomo azabafasha gutegura abana mu kugena ahazaza habo.

    Yagize ati 'Aya masomo ajyanye n'ubumenyi ku buzima bw'imyororokere azadufashiriza abanyeshuri kwiga bafite intego mu buzima. Mbere na mbere ni uburenganzira kumenya ibijyanye n'ubuzima bwabo, ariko nibamara no kugira ubwo bumenyi, bizajya bibafasha kunoza neza ibijyanye n'igenamigambi ryabo bahereye ku makuru y'ukuri atari ya yandi batoraguraga aho babonye.”

    Niyonsenga yakomeje ati “Bizanatuma kandi barushaho gutegura neza inzozi zabo kuko iyo uzi ubuzima bwawe, wiyizi, uzi ibishobora gutuma utera imbere, ibyo ushobora kwirinda, ibyatuma ubuzima bwawe burushaho kumera neza, bituma n'inzozi zawe uzitegura neza.'

    Ibarura rusange ry'abaturage ryo mu mwaka wa 2022 ryagaragaje ko hafi kimwe cya kabiri cy'abatuye mu Rwanda bari munsi y'imyaka 20, naho imibare ya Ministeri y'Uburezi igaragaza ko hafi miliyoni enye mu Rwanda ari abanyeshuri birirwa mu mashuri.

    Umukozi mu Ishami rishinzwe gutegura Integanyanyigisho n'Imfashanyigisho muri REB, Ntibizerwa Janvier, uri mu batanze aya mahugurwa, yavuze ko kwigisha ayo masomo bizafasha abana kugira amakuru yizewe ku buzima bw'imyororokere atanzwe n'abantu bafite ubumenyi nyabwo bw'ukuri (abarimu), dore ko byagaragaye ko ababyeyi benshi batinya kuganira n'abana ku birebana n'ubuzima bw'imyororokere.

    Ati 'Ubumenyi ku buzima bw'imyororokere ni igice cy'ingenzi umwana akura afite ariko ntakigireho amakuru ahagije, agena uko yitwara. Mu ishuri arabyiga, akiga uko umubiri we ukora, impinduka zigenda ziwubaho ariko imyitwarire nta muntu uyimwigisha. Aya makuru arebana n'imyitwarire rero azajya yiyongera ku byo baba barize, bige uko ubuzima bwabo bukora, babashe kububungabunga.'

    Uwimana Innocent na we watanze ikiganiro muri aya mahugurwa, yagaragaje ko ubumenyi ku buzima bw'imyororokere bwigishwa mu mashuri butanyuranya n'umuco n'imyemerere kuko igishyirwa imbere ari ukwigisha urubyiruko kumenya uko umubiri wabo ukora, kwifata bakareka kwishora mu busambanyi, ingaruka zo kwishora muri iyo mico mibi, bakanahabwa ubumenyi ku buryo bwo kwirinda kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, dore ko ubushakashatsi bwagaragaje ko hari urubyiruko rutangira gukora imibonano mpuzabitsina bakiri bato.

    UNFPA yemeza ko yahisemo gutera inkunga iki gikorwa kuko ari ingenzi ku bakiri bato kumenya amakuru yizewe yerekeranye n'ubuzima bwabo kugira ngo bibayobore mu kwifatira icyemezo, kugabanya umubare munini w'abishora mu bikorwa by'imibonano mpuzabitsina idakingiye no kugabanya umubare w'abatwara inda z'imburagihe.

    Haracyari gukorwa isuzuma n'ubugenzuzi bw'uburyo iryo somo rizashyirwa muri ayo mashuri, aho rishobora guhuzwa n'andi asanzwe yigishwa mu buryo buzwi nka 'cross cutting' cyangwa hagashyirwaho uburyo bwihariye bwo kwiga ibirebana n'ubuzima bw'imyororokere.

    Abayobozi batandukanye b’ibigo bya TVET bakomeje guhabwa amahugurwa

    Aba bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko kwigisha ubuzima bw’imyororokere ari ingenzi

    Abahugurwa bafashe umwanya wo kuganirira mu matsinda

    Abayobozi b’ibigo by’amashuri bagaragaje ko hakenewe kwigisha ubumenyi ku buzima bw’imyororokere ariko bijyane n’umuco

    Abayobozi b’ibigo by’amashuri bagaragaje ibyo biteguye gukora

    Umuyobozi w'Ishuri ryisumbuye rya Camp Kigali, Niyonsenga Jean de Dieu, yavuze ko ari amasomo azabafasha gutegura abana mu kugena ahazaza habo

    Ntibizerwa Janvier yerekanye ko abanyeshuri bakwiye kwigishwa ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere kuko bizabafasha

    Abayobozi b’ibigo by’amashuri bo mu Karere ka Gasabo na bo bari bitabiriye

    Abo mu Karere ka Kicukiro na bo bitabiriye aya mahugurwa

    Abahagarariye abandi mu bigo by’amashuri biri mu Karere ka Nyarugenge

    Amafoto: Habyarimana Raoul


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abayobozi-b-amashuri-ya-tvet-bahuguwe-ku-kwigisha-abanyeshuri-ku-buzima-bw

  • Muhanga-Cyeza: Abagabo babiri n'Umugore umwe bafatanywe ibiro bisaga 6 by'Ibiyobyabwenge #rwanda #RwOT

    Ku bufatanye n'Abaturage n'Inzego z'Ibanze, Polisi y'u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga yafashe abantu 3 barimo; Abagabo 2 n'Umugore umwe, bose bakekwaho gucuruza, Gukwirakwiza ibiyobyabwenge. Abatawe muri yombi, bafatanywe ibiro birenga 6 by'Urumogi.

    Nk'uko CIP Hassan Kamanzi, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo yabitangarije intyoza.com, abafashwe uko ari babatu bafatiwe mu Karere ka Muhanga, Umurenge wa Cyeza, Akagari ka Kigarama ho mu Mudugudu wa Rwinkuba.

    Bagifatwa, bahise bajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye aho Ubugenzacyaha-RIB bwahise butangira iperereza ku byaha bose bakekwaho kugira ngo Dosiye yabo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

    Umuvugiziwa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Amajyepfo, akomeza avuga ko Polisi ishimira Abaturage bakomeje kugira imyumvire myiza yo gutangira amakuru ku gihe kandi neza bagamije gukumira no kurwanya ibyaha bitaraba. Ahamya ko nta gushidikanya ko ibyo bakora bishimangira ko bumva neza inshingano zabo mu kurwanya ibyaha, ko kandi ibyo bimaze kuba ihame mu muryango nyarwanda.

    CIP Hassan Kamanzi, araburira buri wese kwirinda gukora ibinyuranyije n'Amategeko by'Umwihariko Gucuruza, Gukwirakwiza no Kunywa Urumogi kubireka kuko byangiza ubuzima bwa baturage by'umwihariko Urubyiruko. Abibutsa ko ibyo ari icyaha gihanwa n'Amategeko ndetse ko nta na rimwe Polisi y'u Rwanda izihanganira uwo ariwe wese uzabifatirwamo. Ati' Gufata abameze batyo kimwe n'undi wese byagaragaraho ni ihame ndakuka kuko bagomba gushyikirizwa Amategeko akabakanira urubakwiye'.
    intyoza.com

    The post Muhanga-Cyeza: Abagabo babiri n'Umugore umwe bafatanywe ibiro bisaga 6 by'Ibiyobyabwenge first appeared on Intyoza.

    The post Muhanga-Cyeza: Abagabo babiri n'Umugore umwe bafatanywe ibiro bisaga 6 by'Ibiyobyabwenge appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/10/04/muhanga-cyeza-abagabo-babiri-numugore-umwe-bafatanywe-ibiro-bisaga-6-byibiyobyabwenge/

  • Mangwende yongewe mu Mavubi nyuma hafi y’umwaka adahamagarwa #rwanda #RwOT

    Nyuma hafi y’umwaka adahamagarwa kubera imvune, Imanishimwe Emmanuel Mangwende wa AEL Limassol muri Cyprus yongewe mu ikipe y’Igihugu izakina na Benin na Afurika y’Epfo.

    Uyu mukinnyi ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira ntabwo yari mu bakinnyi 23 umutoza Adel Amrouche yahamagaye kwifashisha kuri iyi mikino isoza itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi cya 2026.

    U Rwanda ruzakiramo Benin tariki ya 10 Ukwakira ni mu gihe tariki ya 14 Ukwakira ruzasura Afurika y’Epfo.

    Mangwende usanzwe ari nimero ya mbere iyo ari muzima ntabwo yahamagawe kubera ko ari bwo agitangira gukina nyuma y’imvune yo mu ivi yagize maze muri Mutarama 2025 akabagwa.

    Mu bakinnyi bahamagawe harimo Niyomugabo Claude wenyina ukina ku ruhande rw’ibumoso yugarira, uyu mukinnyi akaba afite ikarita y’umuhondo umutoza akaba afite impungenge ko yabona indi ku mukino wa Benin maze ntakine umukino wa Afurika y’Epfo, akaba yari akeneye undi mukinnyi.

    Bwa mbere hifujwe ko myugariro wa Police FC, Ishimwe Christian ari we wajya gufatanya na Claude, gusa mu buryo butunguranye hakaba hahamagawe Mangwende.

    Imanishimwe Emmanuel aheruka mu ikipe y’Igihugu tariki ya 18 Ugushyingo 2024 mu mukino usoza imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika u Rwanda rwatsinzemo Nigeria 2-1 muri Nigeria.

    Mu Itsinda C riyobowe na Bénin ifite amanota 14 inganya na Afurika y’Epfo. Nigeria n’u Rwanda zifite 11, Lesotho ya gatanu ifite amanota icyenda na Zimbabwe ya nyuma ifite ane.

    Mangwende yongewe mu Mavubi azakina na Benin na Afurika y’Epfo

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11984

  • Amafoto 101 yaranze umuhango wo kwinjiza abofisiye 1029 mu Ngabo z'u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame yashimiye abinjiye mu Ngabo z'u Rwanda ku murava n'ubushake bagaragaje mu myitozo banyuzemo.

    Ati 'Ndagira ngo nshimire buri wese muri mwe ku bw'umurava n'ubushake mwagaragaje mu myitozo mwanyuzemo, kugera kuri uyu munsi. Ndashimira ababatoje kuba baragize uruhare rukomeye mu kubategura kugira ngo namwe muzitware neza mu nshingano mwahawe.'

    Yongeyeho ati 'Ku babyeyi n'imiryango yanyu ndabashimira kuba barabashyigikiye, bagashyigikira icyemezo cyanyu cyo kwinjira muri uyu mwuga w'icyubahiro nubwo waba utoroshye. Kuba mwarawuhisemo turabishima cyane kandi bifitiye akamaro gakomeye igihugu cyacu.'

    Yakomeje agaragaza ko inshingano z'umusirikare ari ukurinda igihugu n'abagituye bityo abinjiye mu Ngabo z'u Rwanda bakwiye kuzuza neza izo nshingano.

    Ati 'Kuri ba Ofisiye bashya, inshingano yo kurinda u Rwanda n'Abanyarwanda, mugomba kuyuzuza uko bikwiye. Iyo nshingano muyumva neza. Ndabashimira ubushake ndetse mwagize n'ubushobozi buhamye bwo kuzuza, izo nshingano.'

    Muri ibi birori abasirikare b'u Rwanda bakoze akarasisi kanogeye ababyitabiriye ndetse banandika imibare ifite igisobanuro gikomeye ku Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.

    Mu mibare banditse harimo 25 isobanura imyaka 25 rimaze ritanga amasomo, 12 bisobanura ibyiciro bimaze kunyura muri iryo shuri, 2025 nk'umwaka iki cyiciro gisojemo, 2000 bivuga umwaka icyiciro cya mbere cyasojemo amasomo mu ishuri rya gisirikare rya Gako.

    Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku mafoto y'ingenzi yaranze iki gikorwa.

    Amabendera y’ibihugu bifite abasirikare basoje mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, ageze ahabereye iki gikorwa

    Imiryango y’abarangije amasomo yari yagiye kwifatanya nabo

    Ababyeyi bari benshi muri ibi birori

    Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako rimaze imyaka 25 ritanga amasomo yo ku rwego rw’abofisiye bato

    Abasirikare bakuru bishimiye kubona abato binjira mu Ngabo z’u Rwanda

    Guverineri w’Intara y’Ibirasirazuba, Rubingisa Pudence, yitabiriye iki gikorwa

    Abasirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda bagera ahabereye igikorwa cyo kwinjiza abasirikare bashya

    Abayobozi batandukanye muri Kaminuza y’u Rwanda igirana ubufatanye n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako nabo bitabiriye uyu munsi

    Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa (ibumoso) agera ahabereye iki gikorwa

    Umugaba w’Inkeragutabara, Gen Maj Alex Kagame

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Mukeka Clementine na Prof Nshuti Manasseh

    Gen Maj Ruki Karusisi wayoboye Special Operations Force mu Ngabo z’u Rwanda

    Ibihugu by’inshuti byari bifite abanyeshuri muri iri shuri

    Abagize bande ya gisirikare basusurukije abantu

    Abagize bande icuranga nabo bagaragaje ubuhanga

    Ubwo abakora akarasisi binjiraga mu kibuga

    Abasirikare mu karasisi bagendaga intambwe ku yindi

    Mu bakoze akarasisi harimo abasirikare bafite intwaro bagaragaza ubukaka bwa RDF

    Uburyo Ingabo z’u Rwanda zikoramo akarasisi bwarahindutse

    Abakobwa binjiye mu ngabo z’u Rwanda ni 117

    Akarasisi gakorwa mu masibo, iyi ni imwe mu masibo 10 yakoze akarasisi

    Abayobozi b’akarasisi babikoraga mu Kinyarwanda

    Abasirikare bashya basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza

    Abarenga 1000 binjijwe mu ngabo z’u Rwanda

    Aba basirikare bagaragaje ubuhanga

    Abasirikare binjira mu kibuga bazanye n’ibendera ry’Igihugu mbere yo gutangira akarasisi

    Perezida Kagame ubwo yageraga ahabereye iki gikorwa

    Perezida Kagame yatanze ipeti rya Sous-Lieutenant ku basirikare 1029

    Perezida Kagame yitegereza abasirikare uko bari mu masibo bitegura gukora akarasisi

    Mbere yo gutangira akarasisi, Perezida yabanje kugenzura abasirikare

    RDF yagaragaje ko ikomeje kubahiriza ihame ry’uburinganire

    Perezida Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, agenzura abasirikare bitegura akarasisi

    Perezida Kagame n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, bageze kuri bagize bande y’abacuranzi

    Abakobwa bakoze akarasisi karyoheye ijisho

    Hagaragajwe ko hari amahirwe menshi ku mwana w’umukobwa winjira mu Ngabo z’Igihugu

    Abasoje amasomo yabo bishimiye kuzatanga umusanzu ku gihugu

    Akarasisi karyoheje ibirori

    Abakora akarasisi bagendaga batabusanya ku buryo byishimiwe cyane

    Ubwo akarasisi kasohokaga mu kibuga

    Abakoze akarasisi bafite imbunda nabo bigaragaje neza

    Ibikoresho bigezweho ni byo abasirikare ba RDF baba bafite mu karasisi

    Abasirikare 1029 ni bo barangije amasomo yabo

    Ni icyiciro cya 12 gisoje amasomo

    Banditse n’umubare gatandatu

    Ubwo bandikaga umubare gatanu

    Abasirikare banditse imibare ifite igisobanuro

    Uwahize abandi muri byose ni Emmanuel Kayitare

    Uwarushije abandi mu banyeshuri baturuka mu bihugu by’inshuti ni Dan Bakangambira wo muri Uganda

    Uwarushije abandi mu bize imyaka ine ni Yves Ndamukunda

    Uwahize abandi mu bize igihe kigufi, Jean de Dieu Iyakaremye, yashimiwe

    Perezida Kagame yasabye abarangije kurangwa n’indangagaciro nzima no kwirinda ubusinzi

    Umwana muto wa Perezida Paul Kagame, Brian Kagame (uri hagati) na we yinjiye mu Ngabo z’u Rwanda

    Brian Kagame yishimiye kwinjira mu ngabo z’u Rwanda

    Perezida Kagame yashimiye abahisemo kwinjira mu gisirikare, yemeza ko ari umwuga w’icyubahiro

    kwambikana ipeti nacyo ni igikorwa kiba kinogeye ijisho

    Perezida Kagame yahaye aba basirikare ipeti rya Sous Lieutenant

    Aba basirikare bagaragaje ubuhanga mu kwambikana ipeti

    Ubwo abakobwa bambikanaga ipeti

    Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette akurikiye akarasisi k’abasirikare

    Minisitiri w’Ikoranabuhanga no guhanga udushya, Ingabire Paula n’Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET, Mukeka Clemantine

    Ubwo bari bakurikiye impanuro za Perezida Kagame

    Minisitiri w’Umutekano Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta na we yitabiriye

    Abanyeshuri basabwe kuzuza neza inshingano yo kurinda igihugu n’Abanyarwanda

    Perezida Kagame afata ifoto y’urwibutso n’abarangije amasomo yabo

    Abasirikare basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza

    Maj Gen Alex Kagame

    Buri wese bitewe n’uko abishoboye yacinyaga akadiho

    Abo basirikare bari bafite umunezero, biyemeje kuzuza inshingano

    Morale y’aba basirikare ntiyari isanzwe

    Ababyeyi n’imiryango nabo bari bafite akanyamuneza

    Urukundo, ubumwe byagaragajwe mu kwishimira kurangiza amasomo yabo

    Indirimbo zibyinitse zabyinwe nk’ikimenyetso cyo kwishimira ipeti rishya

    Ababyeyi bari bakumbuye abana babo

    Urukumbuzi rwari rwinshi ku babyeyi n’abana

    Ibyishimo by’ikirenga ku basirikare bashya

    Kubera kwizihirwa banyuzagamo bagacinya akadiho

    Abo mu miryango babafashije kwizihirwa

    Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, akurikiye indahiro z’abasirikare bashya

    Amafoto: Kwizera Herve


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amafoto-101-y-intoranywa-yaranze-ibirori-byo-kwinjiza-abofisiye-1029-mu-ngabo-z

  • RFI igiye gutangira kubika amakuru y'ibimera byifitemo uburozi bwakwica abantu – #rwanda #RwOT

    Mu myaka mike ishize mu Karere ka Nyagatare humvikanye inkuru y'abana biga mu mashuri abanza n'ayisumbuye bariye ku cyatsi cya Rwiziringa birangira barwaye, nyuma gato ubuyobozi bw'ibitaro bya Nyagatare bwatangaje ko iki cyatsi gifatwa nk'ikiyobyabwenge kuko ukiriyeho ahita ata ubwenge.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, DR. Karangwa Charles, mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, yavuze ko mu Karere ka Rusizi mu gace ka Bweyeye hakunze gupfa abantu benshi buri mwaka bishwe n'ibimera cyane cyane ibihumyo bifite ubumara.

    Ibi byatumye bahita batangira gushyira imbaraga mu kubarura ibimera byifitemo uburozi kugira ngo bimenyekane ndetse bijye binafasha Minisiteri y'Ubuzima mu kumenya imiti baha uwariye kuri bya bimera.

    Ati 'Turashaka ngo tubike amakuru y'ibanga tujye tumenya igihumyo cyangwa se ikindi kimera cyose gishobora kuba cyahumanya ubuzima bw'abantu kugira ngo igihe bibaye duhite tureba mu makuru yacu tumenye ibikigize tumenye ADN yacyo n'uburyo twatabara abo icyo gihingwa cyahumanyije.''

    Dr. Karangwa yavuze ko batangiye kubaka ububiko bw'amakuru ndetse ngo banatangiye gukorana n'abavuzi gakondo mu gihugu hose, mu gukusanya amakuru kuri ibi bimera, ashobora gufasha abaganga mu kuvura abo byagizeho ingaruka.

    Ati 'Ubu hagezweho kujya gufata impagararizi kugira ngo dutangire tumenye ibigize ibyo bimera, nyuma y'aho tuzabika ibiranga buri kimera cyane cyane bya bimera bifite uburozi muri byo kugira ngo dufashe Minisiteri y'Ubuzima kumenya imiti baha uwo icyo kimera cyahumanyije.''

    RFI ivuga ko guhera mu mwaka utaha serivisi yatangaga ziziyongera nyuma yo kugura ibikoresho byinshi bishya birimo imashini zifite ubushobozi bwisumbuyeho.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr. Karangwa yavuze ko bagiye gutangira gupima ibimera byifitemo uburozi kugira ngo bafashe Minisiteri y’Ubuzima


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rfi-igiye-gutangira-kubika-amakuru-y-ibimera-byifitemo-uburozi-bwakwica-abantu

  • Kayonza: Urujijo mu rupfu rw'umusore w'imyaka 19 wasanzwe mu cyuzi – #rwanda #RwOT

    Umurambo w'uyu musore wagaragaye ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025 mu cyuzi cya Cyabatambyi kiri hagati y'utugari twa Rukara na Rwimishinya duherereye mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rukara, Nyirabizeyimana Immaculé, yabwiye IGIHE ko urupfu rw'uyu musore barumenye ndetse ko inzego z'umutekano zahise zitangira iperereza.

    Ati 'Ejo ahagana Saa Yine batubwiye ko umusore w'imyaka 19 yasanzwe mu cyuzi yapfuye, twagiyeyo rero turi kumwe n'inzego z'umutekano dusanga koko umurambo we urimo, twawukuyemo umurambo ujyanwa mu bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma.''

    Gitifu Nyirabizeyimana yakomeje avuga ko Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB), rwahise rutangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyamwishe. Yizeza abo mu muryango we ko kizamenyekana.

    Ati 'Iperereza niryo rizagaragaza icyamwishe nyuma y'uko RIB iritangiye. Abavuga ko yishwe n'abacukuraga amabuye y'agaciro mu buryo butemewe ntitwabihamya kuko aho yacukurwaga twahashyize uburinzi, ni ugutegereza ibizava mu iperereza.''

    Muri Kamena uyu mwaka Polisi y'u Rwanda yataye muri yombi abarenga 40 bakoraga ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro mu buryo butemewe mu Murenge wa Rukara mu Kagari ka Rwimishinya.

    Abaturage bavuga ko izo nsoresore zicukura amabuye y'agaciro zinabateza umutekano muke muri aka Kagari, aho zinagira uruhare mu bujura, kwangiza imyaka n'ibindi byinshi. Ubuyobozi buvuga ko bwahagurukiye iki kibazo ku buryo n'ahacukurwaga aya mabuye hashyizwe uburinzi buhoraho.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-urujijo-mu-rupfu-rw-umusore-w-imyaka-19-wasanzwe-mu-cyuzi

  • Hashyizweho ibigo bizafasha abaturage bo mu cyaro kubona serivisi z'ikoranabuhanga – #rwanda #RwOT

    Icyo gikorwa cyabereye mu turere twa Kayonza, Gatsibo, Rutsiro, Burera na Ruhango.

    Iki gikorwa ni kimwe mu bigize gahunda ya Digital Ambassador Program (2022—2025), umushinga ufite agaciro ka miliyoni 4.5$ uhuza KOICA, MINICT, RISA na Minisiteri y'Imari n'Igenamigambi (MINECOFIN), ugamije gufasha abaturage kubona ubumenyi mu ikoranabuhanga no kugera kuri serivisi za Leta zikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ibyo bigo bito byashyizweho byahawe ibikoresho bigezweho birimo mudasobwa nshya, internet yihuta n'ibindi bizafasha abaturage kwifashisha urubuga rwa Irembo, guhugurwa ku bumenyi bw'ibanze mu ikoranabuhanga ndetse no kubona serivisi zitandukanye nk'icapiro.

    Bigamije ibigo by'icyitegererezo mu guhuza abaturage n'ikoranabuhanga, cyane cyane mu bice by'icyaro.

    Guhera mu 2022, Digital Ambassador Program imaze, guhugura no gutoranya 2833 bahagarariye Ikoranabuhanga (Digital Ambassadors) mu tugari n'abagenzuzi 78.

    Hatanzwe ubumenyi bw'ibanze mu ikoranabuhanga ku baturage barenga miliyoni 4.5 ndetse no gushyiraho ibi bigo by'icyitegererezo bitanu mu gihugu hose k'ahantu hagenewe kuba intangarugero mu kugera kuri serivisi z'ikoranabuhanga.

    Iyi gahunda igamije gushyigikira SAP Strategy 2025—2029, ishishikariza imiryango n'abaturage kugira uruhare mu kubungabunga izi serivisi no kuzibyaza umusaruro.

    U Rwanda rufite intego yo kongera gutunganya no kuvugurura nibura ibigo 100 ku rwego rw'igihugu ndetse no gutangiza izindi nshya, hagamijwe ko buri Munyarwanda agira amahirwe angana yo kugera kuri serivisi z'ikoranabuhanga zizewe kandi zikwiranye n'igihe.

    Umuyobozi Mukuru wa RISA, Antoine Sebera, yavuze ko gushyiraho ahantu habugenewe mu itangwa rya serivisi bizatuma abaturage boroherwa no kugera ku ikoranabuhanga.

    Ati 'Izi Service Access Points zizatuma byorohera abaturage cyane cyane abo mu cyaro kubona serivisi n'amahirwe ari kugenda yimukira ku ikoranabuhanga.'

    Umuyobozi wa KOICA mu Rwanda, KIM Jinhwa, yavuze ko gushyiraho ibyo ibyo bikorwa remezo bigamije gutanga amahirwe mashya.

    Ati 'Iyi Service Access Point si inyubako gusa, ahubwo ni umuyoboro w'amahirwe mashya. Iyo twubaka ibikorwa remezo by'ikoranabuhanga no kwigisha ubumenyi, tuba dushyigikira iterambere n'ahazaza h'abantu.'

    Iyi gahunda ihura n'intego zo kwihutisha iterambere NST2 z'uko u Rwanda ruzagera kuri 100% y'ubumenyi mu ikoranabuhanga bitarenze 2029, ndetse ikaba igira uruhare mu ntego z'igihe kirekire z'icyerekezo 2050 zo kuba igihugu gifite ubukungu bushingiye ku bumenyi n'ikoranabuhanga.

    Ikigo cy'Abanyakoreya gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (KOICA) cyashinzwe mu 1991, gifasha mu ishyirwa mu bikorwa ry'imishinga y'iterambere n'ubufatanye mu by'ikoranabuhanga mu bihugu bikiri mu nzira y'iterambere, kigamije guteza imbere imibereho n'ubukungu burambye.

    Ku rundi ruhande, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n'Isakazabumenyi (RISA), ni cyo gifite inshingano zo gushyira mu bikorwa politiki, gahunda n'imishinga ya Leta y'u Rwanda mu ikoranabuhanga, hagamijwe kwihutisha impinduramatwara ishingiye ku ikoranabuhanga mu gihugu.

    Hashyizweho ibigo bitanu bizajya bifasha abaturage kubona serivisi z'ikoranabuhanga mu bice by'ibyaro

    Buri kigo cyashyizweho kirimo n’ibikoresho by’ikoranabuhanga

    Ibi bigo byitezweho gufasha abaturage kwiga ibijyanye n’ikoranabuhanga

    Umuyobozi wa KOICA mu Rwanda, KIM Jinhwa, yavuze ko gushyiraho ibyo ibyo bikorwa remezo bigamije gutanga amahirwe mashya

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bob Gakire

    Umukozi muri RISA, Innocent Asiimwe Mudenge


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hashyizweho-ibigo-bitanu-bizajya-bifasha-abaturage-kubona-serivisi-z