Category: Uncategorized

  • Perezida Paul Kagame warebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika yashimiye Sénégal #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame yarebye imbona nkubone umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika Sénégal yaraye yegukanye itsinze Maroc 1-0.

    Uyu mukino Maroc yahabwaga amahirwe cyane ko ari yo yari yakiriye iki gikombe, wabereye kuri Prince Moulay Abdellah Stadium mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026.

    Igitego kimwe rukumbi cya Gueye cyabonetse ku munota wa 94 ni cyo cyahesheje Igikombe izi Ntare z’i Teranga (Les Lions de la Teranga) za Sadio Mané.

    Hari nyuma y’uko iminota 90 yarangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi maze bakongezaho iminota 30 y’inyongera.

    Perezida Kagame ni umwe mu banyacyubahiro bakurikiranye uyu mukino muri Prince Moulay Abdellah Stadium yari kumwe kandi na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa AU, Mahmoud Ali Youssouf, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Maroc, Amb. Shakilla umutoni.

    Ibirori byabanjirije umukino wa nyuma byasusurukijwe n’abarimo IShowSpeed uri kuzenguruka ibihugu bitandukanye bya Afurika, aho yari yambaye ikirango cy’Igikombe cya Afurika cya 2025, kiri mu ishusho y’intare.

    Nyuma y’umukino, Perezida Kagame yavuze ko ikipe ya Sénégal yatsinze ibikwiriye, nubwo iya Maroc nayo itari mbi.

    Ati 'Ndashima Intare za Teranga ku bw’intsinzi ya AFCON bari bakwiriye, ni intambwe iteye ishema igaragaza kudacogora, gushyira hamwe n’ubudashyikirwa. Ndashimira kandi Maroc ku musaruro ukomeye muri iri rushanwa ryari riteguye neza, ndetse nkabashimira n’uburyo bakiriye abantu.'

    Warm congratulations to the Lions de la Teranga on their well-deserved #AFCON victory, a proud achievement that reflects perseverance, unity, and excellence. I also commend Morocco for their strong performances throughout this well-organized tournament and thank them for their…

    — Paul Kagame (@PaulKagame) January 18, 2026

    Perezida Paul Kagame yarebye umukino Senegal yatwariyeho Igikombe cya Afurika

    Perezida Kagame aganira na Gianni Infantino wa FIFA na Motsepe wa CAF

    Senegal yegukanye Igikombe cya Afurika

    Source : http://isimbi.rw/perezida-paul-kagame-warebye-umukino-wa-nyuma-w-igikombe-cya-afurika-yashimiye.html

  • Adel Amrouche ategereje imishyikirano na FERWAFA #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, rihagaritse umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Adel Amrouche, uyu mugabo ategereje ko iri Shyirahamwe rimwegera mbere y’uko agana muri FIFA.

    Tariki ya 13 Mutarama 2026 ni bwo FERWAFA yasohoye itangazo rivuga ko yatandukanye na Adel Amrouche kuko hari ibyo atubahirije.

    Icyo gihe yagize iti “yahagaritswe mu nshingano ze nk’umutoza mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’Abagabo.'

    Yakomeje igira iti 'Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’isesengura ryimbitse, nyuma haza gusangwa ko Adel atubahirije amasezerano y’akazi nk’uko biteganywa mu ngingo ya 17.2 y’amasezerano y’umurimo.'

    FERWAFA ivuga kandi ko 'Amrouche yahawe igihe gihagije cyo gukemura ibi bibazo mbere y’uko hafatwa iki cyemezo' ndetse iri Shyirahamwe ryijeje gutanga 'andi makuru arebana n’iyi ngingo mu gihe nyacyo.'

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Adel Amrouche ashinjwa guta akazi akigira iwabo nk’aho yakabaye ari mu Rwanda akurikirana abakinnyi bakina muri shampiyona, ikindi ni uko hari raporo y’akazi atigeze atanga.

    Abegereye uyu mutoza ukomoka muri Algeria, bavuga ko we ntacyo yishinja ko ibyo yakoze byose bikurikije amategeko, ngo ntabwo yigeze ata akazi ahubwo ko na we ashinja FERWAFA kutubahiriza bimwe mu bikubiye mu masezerano bagiranye aho hari nk’igihe yangiwe kwinjira mu nzu, nyiri nzu amubwira ko bamaze amezi 3 batayishyura. Anavuga ko yahembwaga nabi atahemberwaga ku gihe aho hari igihe yamaze amezi 4.

    Hari amakuru yavugaga ko yamaze gutanga ikirego muri FIFA ariko ISIMBI yamenye ko ataratanga icyo kirego ahubwo ategereje ko FERWAFA imwegera bakumvikana ku bijyanye n’imperekeza agomba guhabwa mu gusesa amasezerano cyane ko yahagaritswe binyuranyijwe n’amategeko, mu gihe batakumvikana ni bwo azahita atanga ikirego cye muri FIFA.

    Adel Amrouche ategereje ko FERWAFA imwegera bakumvikana mbere yo kuyitwara muri FIFA

    Source : http://isimbi.rw/adel-amrouche-ategereje-imishyikirano-na-ferwafa.html

  • Kevin Kade arashinjwa ubwambuzi bugambiriwe #rwanda #RwOT

    Umuyobozi n’umutunganya mashusho, Alain Gatera Junior uzwi ku izina rya Director Sanib yahishuye akababaro yatewe no kutishyurwa n’umuhanzi Kevin Kade ku kazi yakoze mu gitaramo cya 'Last Night Show’ cyabaye ku wa 31 Ukuboza 2025.

    Mu itangazo rigenewe abanyamakuru yashyize ahagaragara mu ijoro ryakeye, Director Sanib yavuze ko kugeza ku wa 18 Mutarama 2026 yari atarishyurwa amafaranga y’imirimo yo gufata no gutunganya amashusho yakoze muri icyo gitaramo cyari cyitabiriwe n’umuhanzi Kevin Kade n’abandi barimo Ali Kiba na Shaffy.

    Yagaragaje ko ibi byamubabaje cyane kuko byabaye nubwo yari yaragerageje inshuro nyinshi gukemura iki kibazo mu buryo bwa kinyamwuga, ariko ntibigire icyo bitanga.

    Uyu muyobozi w’amashusho yavuze ko atumva impamvu imirimo ikorwa igasigara itishyuwe, mu gihe abakora mu ruganda rw’imyidagaduro baba barakoresheje imbaraga, ubumenyi n’ibikoresho byabo rimwe na rimwe biba byarabatwaye akayabo mu kubibona.

    Yagaragaje ko iki kibazo kitamureba wenyine, ahubwo kigaragaza ishusho ngari ijyanye n’ubunyamwuga mbwarwa no kwihunza inshingano byeze mu ruganda rw’ubuhanzi nyarwanda.

    Director Sanib yanaburiye Kevin Kade ko mu gihe ikibazo kitakemurwa vuba, guhera ku wa 20 Mutarama 2026 ashobora gutangira gutangaza ku mugaragaro amakuru yose ajyanye n’iki kibazo ndetse no kwitabaza izindi nzego.

    Yongeyeho ko atari ubwa mbere agize ikibazo nk’iki gusa avuga ko bikomeje uku hari n’indi mishinga bakoranye ishobora kuzashyirwa ahagaragara imburagihe mu gihe byaba bibaye ngombwa mu rwego rwo kurengera umwuga no gusaba ubutabera.

    Mu gushaka kumenya icyo uruhande rwa Kevin Kade rubitangazaho ISIMBI yavuganye na Ghislain Nise Jabo ureberera inyungu za Kevin Kade, ayihamiriza ko nta deni bamufiye .
    Aho yagize ati 'Mu by’ukuri nta deni ry’ifaranga na rimwe dufitiye Director Sanib.'

    Itangazo rya Director Sanib

    Director Sanib arashinja Kevin Kade ubwambuzi

    Uruhande rwa Kevin Kade ruvuga ko nta deni bamufitiye

    Source : http://isimbi.rw/kevin-kade-arashinjwa-ubwambuzi-bugambiriye.html

  • Richard mu nzira zitandukana na Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wo mu kibuga hagahati, Ndayishimiye Richard ashobora gutandukana na Rayon Sports mu gihe yaba yatsinze igeragezwa mu ikipe ya PFC Navbahor Namangan yo muri Uzbekistan.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko uyu mukinnyi w’Umurundi agomba gukora igeragezwa mu gihe kingana n’iminsi 10, yaritsinda akaba yahita asinyira iyi kipe ikina mu cyiciro cya mbere muri Uzbekistan.

    Uyu mukinnyi akaba agomba gukora igeragezwa kuva tariki ya 19 kugeza 29 Mutarama 2026, bivuze ko Rayon Sports izaba itamufite mu mikino iri imbere irimo uwa Al Merreikh ndetse n’imikino y’Igikombe cy’Intwari.

    Ndayishimiye Richard akaba yarageze mu Rayon Sports muri 2024 aho yari avuye mu ikipe ya Muhazi United ayisinyira imyaka 2 akaba asigaje amasezerano y’amezi 6.

    Aramutse atadukanye na Rayon Sports yaba akurikiye kapiteni w’iyi kipe, Serumogo Ali wamaze kwerekeza muri Sudani y’Epfo mu ikipe ya Al Merreikh Bentiu.

    Ndayishimiye Richard mu nzira zitandukana na Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/richard-mu-nzira-zitandukana-na-rayon-sports.html

  • Uwacu Jean Bosco wakiniye Amavubi na APR FC yitabye Imana #rwanda #RwOT

    Umunyabigwi w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wanakiniye APR FC, Uwacu Jean Bosco yitabye Imana azize uburwayi.

    Iyi nkuru y’incamugongo yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Ukuboza 2026.

    Uwacu wari usanzwe ari umutoza wa Sunrise FC kuva muri 2023 akaba yaragize uburwayi kuva mu mpera z’umwaka ushize aho yabanje murwara akaboko.

    Akaba yaherukaga ku mukino wa Miroplast wabaye ku Gushyingo 2025 nabwo akaba atarawutoje ahubwo yawurebye kuko yari arwaye.

    Nyuma y’uyu mukino akaba yaraje kuremba kurushaho aho ibyari akaboko byaje kuvamo no kwibagirwa ntamenye abantu no kumva akaba atari acyumva nk’uko amakuru ISIMBI yamenye abivuga.

    Uwacu Jean Bosco Bosco wakiniye Etincelles FC, Police FC na APR FC akaba yitabye Imana uyu munsi ku wa Mbere tariki ya 19 Mutarama 2026.

    Uwacu Jean Bosco yakiniye APR FC yitabye Imana

    Uwacu Jean Bosco (wateye tackle) yanakiniye Police FC

    Aheruka ku mukino wa Miroplast ariko ntiyatoje kuko yari arwaye, murobona ko akaboko gahambiriye

    Source : http://isimbi.rw/uwacu-jean-bosco-wakiniye-amavubi-na-apr-fc-yitabye-imana.html

  • Badman Quba yahishuye ko Album ye nshya yakubutse ku gusuzugurwa #rwanda #RwOT

    Producer Badman Quba yahishuye uko album ye nshya yakomotse ku gasuzuguro yeretswe mu ntango z’urugendo rwe rw’umuziki kabanje gutuma atana mu gukabya nzozi ze gusa bikamuviramo album nshya.

    Umutunganyamuziki Kirenga Jimmy wamamaye nka Badman Quba yatangaje ko mbere yari afite gahunda zo gukora umuziki nk’umunyamwuga ariko ko ibyo yakorewe n’abo yagannye ku nshuro ye ya mbere byamuteye gufata izindi ngamba.

    Mu kiganiro kirambuye yagiranye na ISIMBI, Quba yavuze ko yasuzuguwe bikomeye n’umuntu wakoraga muri studio yari agiye gukoreramo indirimbo ari nabyo byamuteye kuba nk’uhagaritse kuririmba ajya kwiga ibyo gutunganya umuziki nabyo yaje gukora kinyamwuga.

    Ati 'Njyewe icyo gihe byabanje kuntera umujinya cyane ariko binampa n’imbaraga zansunikiye kwiga ukuntu umuntu yakwitunganyiriza indirimbo ze mu buryo bw’amajwi mbere yo kongera gusubira mu byo kuririmba.'

    Album Badman Quba yasohoye yayise 'Qubatingz2′ we avuga ko yayise gutyo nk’ubundi buryo bwo gushaka kwerekana ko ari gukora ibintu bye bidashingiye ku muntu uwo ari wese.

    Ati 'Iyi album yabanje kwibwa mbere ariko sinacika intege ndakomeza ndasunika ndongera nyikoraho ari nabwo nayise gutya nk’igihangano cyanjye bwite ariko nanabisanishije n’ibyambayeho mbere.'

    Album Qubatingz 2 igizwe n’indirimbo 14 yumvikanaho urusobe rw’indirimbo zubakiye ku njyana nka Pop, Afrobeat na Hip Hop.

    Indirimbo zigize iyi album ni 'The Way You Like’, 'Trouble’ ,'Stay’, 'Antidote’, 'Amababa’, 'Ijwi’, 'Last Song’, 'Mpamagara’,'Sorry’,'Nkera’,'Qu.Battle’,'Bolo za Satani’,'Iriba’ na 'Uwanjye’.

    Quba yanongeyeho ko iyi album yamaze kuyishyira ku mbuga zicuruza umuziki zirimo Spotify mu gihe yitegura no kuyishyira no ku zirimo shene ye ya YouTube mu minsi iza.

    Badman Quba Album ye nshya yayikomoye ku gasuzuguro yasuzuguwe

    Source : http://isimbi.rw/badman-quba-yahishuye-ko-album-ye-nshya-yakubutse-ku-gusuzugurwa.html

  • Bruce Melodie na The Ben bagiye kuzengurukana igihugu #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Bruce Melodie yatangaje ko ateganya gukora ibitaramo bizenguruka Intara zitandukanye z’u Rwanda mu mpeshyi bizamuhuriza ku rubyiniro na The Ben, mu rugendo rugamije kwegera abakunzi b’umuziki no gukomeza kuzamura umuziki nyarwanda mu gihugu hose.

    Ibi Bruce Melodie yabitangaje ku wa mbere tariki ya 19 Mutarama 2026, abinyujije mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, agaragaza ko intego nyamukuru ari ugushimisha abafana babo no kugaragaza ko umuziki nyarwanda ushobora kugera kuri bose, hatitawe ku hantu umuntu aherereye.

    Uyu muhanzi yavuze ko nubwo ibi bitaramo byamaze kwemezwa ku mugaragaro, hakiri kare gutangaza aho bizabera nyiri izina n’igihe nyacyo bizatangirira, ariko yemeza ko imyiteguro yatangiye kandi iri kugenda neza.

    Yongeyeho ko iki gitekerezo cyaje nyuma yo guhurira mu gitaramo cya 'The Nu Year Groove’ cyabaye ku wa 1 Mutarama 2026 muri BK Arena.

    Iki gitaramo baherutse guhuriramo cyasize impaka nyinshi mu bafana, hibazwa uwatanze ikosora ridasanzwe kurusha undi, bituma benshi basaba ko bongera bagahurira ku rubyiniro bakongera guca izo mpaka.

    Ibi bitaramo bishya bivuze ko icyifuzo cy’abafana cyasubijwe, bikaba bitegerejweho gutanga ishusho nshya y’ubufatanye mu muziki nyarwanda.

    Bruce Melodie yatangaje ko uru rugendo ruzazenguruka Intara enye zigize igihugu, rwiswe '2026 Summer Country Tour’ rwaturutse ku bwumvikane no kubahana nk’abahanzi bakomeye bafite inshingano zo guha abafana ibyiza.

    Yanavuze ko ibi bitaramo atari iby’igihe gito gusa, kuko ateganya ko byazajya biba ngarukamwaka, bikazaba urubuga ruhoraho rwo kwegera abafana bo hirya no hino mu gihugu. Yongeyeho ko amakuru arambuye kuri ibi bitaramo azatangazwa vuba.

    Bruce Melodie na The Ben bagiye kuzenguruka igihugu

    Baherukaga guhurira mu gitaramo The Nu-Year Groove cya The Ben

    Source : http://isimbi.rw/bruce-melodie-na-the-ben-bagiye-kuzengurukana-igihugu.html

  • Se w’umutoza wa Rayon Sports yitabye Imana #rwanda #RwOT

    .

    Umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry ari mu gahinda ko kubura se umubyara witabye Imana azize uburwayi, Jean Pierre Ferry.

    Mu itangazo ryasohowe na Rayon Sports, ryihanganisha umutoza mukuru wayo Bruno Ferry mu bihe arimo bitoroshye byo kubura umubyeyi we.

    Yitabye Imana nyuma y’iminsi mike Bruno Ferry avuye iwabo mu Bufaransa kumureba kuko yari arwaye.

    Bruno Ferry yageze mu Rwanda ku wa Kane w’iki cyumweru aho yari aje gutoza umukino wa Al Hilal wabaye ku wa Gatnu ikabatsinda 4-0.

    Tariki ya 17 Ukuboza 2025 ni bwo Bruno Ferry yagizwe umutoza wa Rayon Sports, ni nyuma y’uko iyi kipe yari yatandukanye na Afhamia Lotfi.

    Jean Pierre Ferry, se wa Bruno Ferry yitabye Imana

    Umutoza wa Rayon Sports ari mu gahinda

    Source : http://isimbi.rw/se-w-umutoza-wa-rayon-sports-yitabye-imana.html

  • The Ben yateye utwatsi Bruce Melodie! Kuki yisubiyeho? #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko Bruce Melodie atangaje ko agiye guhurira na The Ben mu bitaramo bizengurika igihugu, uyu muhanzi yabiteye utwatsi.

    Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Mutarama 2026, Bruce Melodie yavuze ko agiye gukora igitaramo yise “2026 Summer Country Tour”.

    Ni igitaramo yavuze ko azahuriramo na The Ben baherukaga guhurira mu gitaramo The Nu-Year Groove cya The Ben cyabaye tariki ya 1 Mutarama 2026.

    Bruce Melodie akaba yavuze ko amakuru arambuye kuri iki gitaramo azajya hanze mu minsi ya vuba.

    The Ben abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram ahajya ubutumwa bumara amasaha 24, yahakanye iby’iki gitaramo avuga ko ari ibihuha.

    Yifashishije “affiche” y’iki gitaramo yagize ati “ni ibihuha.”

    Aba bombi baheruka guhurira mu gitaramo The Nu-Year Groove cyasize impaka nyinshi aho bamwe bavugaga ko The Ben yabapfunyikiye, ndetse na nyuma ku mbuga nkoranyambaga igitaramo cyari The Ben asa n’usebywa nubwo igitaramo cyari icye, amakuru aturuka hafi ya The Ben avuga ko byamubabaje cyane ku buryo yafashe umwanzuro wo kwikura muri iki gitaramo cya Melodie cyane ko yaketse ko ibyamubayeho bifite aho bihuriye na Melodie.

    Amakuru avuga ko kugira ngo Bruce Melodie yemere kuririmba mu gitaramo The Nu-Year Groove cya The Ben ari uko uyu muhanzi basinyanye amasezerano ko na we agomba kuzaza kumufasha muri ibi bitaramo bye bizenguruka igihugu.

    Melodie yari yavuze ko bagiye kuzengurukana igihugu

    The Ben yavuze ko ari ibihuha

    Source : http://isimbi.rw/the-ben-yateye-utwatsi-bruce-melodie-kuki-yisubiyeho.html

  • Yvan Muziki agiye guhuriza ku rubyiniro abarimo Kidum, Massamba na Marina #rwanda #RwOT

    Yvan Muziki yageneye abakunzi be impano y’abarimo amazina akomeye mu muziki wo muri Afurika y’Iburasirazuba ku munsi wa Saint Valentin ubwo azaba amurika ku mugaragaro Album ye nshya yise 'Inganzo Ntahangarwa”, kizaririmbwamo n’abahanzi bafite amazina akomeye nka Kidumu, Marina, Massamba.

    Ku munsi w’ejo tariki ya 16 Mutarama 2025 ni bwo uyu muhanzi w’umuziki gakondo, ukomeje kugaragaza ko yiyemeje guteza imbere umuco nyarwanda binyuze mu bihangano bye, yateguje igitaramo cyihariye cyo kumurika iyi Album ye nshya.

    Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Yvan Muziki yatangaje ko iki gitaramo kizaba tariki ya 13 Gashyantare 2025 mu ijoro ribanziriza umunsi w’abakundana, kikazabera muri Kigali Delight Hotel i Gacuriro.

    Iki gikorwa cyateguwe na Gakondo Avec La Classe, kikaba kitezweho guhuza abakunzi b’umuziki gakondo b’ingeri zose, by’umwihariko abakunda umuziki ushingiye ku muco n’amateka y’u Rwanda.

    Ibyishimo by’iki gitaramo birushaho kwiyongera bitewe n’uko Yvan Muziki azasangira urubyiniro n’abahanzi bafite amazina akomeye mu muziki wo mu Karere.

    Muri uru rutonde rugari rurangajwe imbere na Massamba Intore, uzwi nk’inkingi ya mwamba mu muziki gakondo nyarwanda, ndetse na Kidum Kibido, umuhanzi w’ikirangirire ukomoka mu Burundi umaze imyaka myinshi ashimangira izina rye mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba nk’umuhanzi uhozaho.

    Album Inganzo Ntahangarwa igaragaramo indirimbo zitandukanye zigaruka ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda, ubutumwa bw’urukundo, ubumwe, icyubahiro n’amateka. Yvan Muziki yerekana ko iyi Album atari iy’imyidagaduro gusa, ahubwo ari igikoresho cy’inyigisho n’uburezi, cyane cyane ku rubyiruko rukomeje kugenda rwitandukanya n’injyana gakondo.

    Mu kiganiro aherutse kugirana n’ikinyamakuru ISIMBI, Yvan Muziki yavuze ko iyi Album ari intambwe ikomeye igaragaza ko yiteguye guhagararira umuziki gakondo ku rwego mpuzamahanga.

    Yongeyeho ko umuco ari isoko idashira, anashishikariza abandi bahanzi kuwugiramo uruhare, aho kuwufata nk’uwashize.

    Yvan Muziki yizeye ko Inganzo Ntahangarwa izagira uruhare mu gufasha urubyiruko gusobanukirwa agaciro k’umuziki gakondo no kuwugira ishema, bityo umuco nyarwanda ugakomeza kubaho no kuragirwa abazawukomokaho.

    Yvan Muziki agiye guhuriza hamwe amazina akomeye mu muziki

    Source : http://isimbi.rw/yvan-muziki-agiye-guhuriza-ku-rubyiniro-abarimo-kidum-massamba-na-marina.html