Category: Uncategorized

  • Bournemouth yamaze kumvikana na Vasco da Gama ku masezerano yo kugura rutahizamu Rayan #rwanda #RwOT

    Ikipe ya AFC Bournemouth yo mu Bwongereza yamaze kumvikana na Vasco da Gama ku masezerano yo kugura rutahizamu wo ku ruhande Rayan, umwe mu bakinnyi bakiri bato bari kwigaragaza cyane ku mugabane wa Amerika y'Epfo. Aya masezerano yemerejwemo mu magambo (deal in principle), aho agaciro kayo kagera kuri miliyoni 35 z'amayero, harimo n'inyongera zitandukanye.

    Impande zombi zamaze kumvikana ku by'ingenzi byose, ubu hakaba hasigaye guhererekanya no kugenzura inyandiko z'amasezerano, mbere y'uko Rayan akora ibizamini by'ubuzima (medical tests) biteganyijwe mu minsi ya vuba. Ibi birerekana ko impande zombi zifite icyizere cy'uko iyi transfer igomba kugenda neza nta nkomyi.

    Rayan, ukina asatira aciye ku ruhande, afatwa nk'imwe mu mpano zidasanzwe muri Brazil muri iyi minsi. Umuvuduko, ubuhanga ku mupira, no kureba izamu ni bimwe mu byatumye yigarurira imitima y'abafana ba Vasco da Gama, ndetse bikamuhesha gukurikiranwa n'amakipe menshi akomeye yo ku Mugabane w'u Burayi.

    Kujya muri Premier League, imwe mu marushanwa akomeye ku Isi, ni intambwe ikomeye mu rugendo rwe rw'umupira w'amaguru. Bournemouth irabona Rayan nk'umukinnyi ushobora kongerera imbaraga ubusatirizi bwayo.

    Ku bafana ba Bournemouth, ni inkuru ishimishije yerekana icyerekezo cyo gushora mu mpano zikiri nto. Ku bakunzi b'umupira w'amaguru, ni ikimenyetso cy'uko Premier League ikomeje gukurura impano nziza ku rwego rw'Isi.

    Bournemouth yamaze kumvikana na Vasco da Gama ku masezerano yo kugura rutahizamu Rayan

    Source : https://kasukumedia.com/bournemouth-yamaze-kumvikana-na-vasco-da-gama-ku-masezerano-yo-kugura-rutahizamu-rayan/

  • Ihirwe Regine yongeye gutakambira FERWAFA kubera APR yaryumyeho #rwanda #RwOT

    Ihirwe Regine yandikiye perezida wa FERWAFA amutakambira kumukemurira ikibazo kuko APR WFC yanze gushyira mu bikorwa ibyo bumvikanye.

    Mu ibaruwa uyu mukinnyi yandikiye FERWAFA yagaragaje ko APR WFC yanze gushyira mu bikorwa umwanzuro wayo iyisaba kumurekura akaba yajya muri Rayon Sports.

    Iyi baruwa ayitangira agira ati “Mbandikiye ngira ngo mbasabe kundenganura ku karengane ndimo nkorerwa na APR WFC, ababyeyi banjye bagiranye amasezerano atubahirije amategeko.”

    Yakomeje avuga ko umubyeyi we Muhiganwa Jean Pierre ari we wagiranye amasezerano na APR WFC tariki ya 28 Ugushyingo 2022 agomba kurangirana n’umwaka w’imikino wa 2025-26, igihe yari afite imyaka 16, amaze kugira imyaka y’ubukure yasabye iyi kipe ko bagira amasezerano we yisinyiye ariko irabyanga, n’umubyeyi we tariki 13 Nyakanga yabandikiye abasaba gusesa amasezerano nabyo biranga.

    Yagaragaje ko kandi tariki ya 24 Ugushyingo 2026 Komisiyo y’amategeko n’imiyoborere ya FERWAFA yasabye APR WFC ko imuha urupapuro rumurekura “ariko kugeza uyu munsi urwo rupapuro rundekura sinaruhawe sinanabwiwe n’impamvu ntaruhawe.”

    “Nyakubahwa muyobozi, umupira w’amaguru niwo undihira ishuri nkaba nsanga bagambiriye kunkura mu ishuri nkaba mbasaba kundenganura nkiga ntuje no kujya mu ikipe numvikanye nayo.”

    Tariki ya 7 Ugushyingo, Komisiyo y’Amategeko n’Imiyoborere muri FERWAFA
    yarateranye yumva impande zombi, Ihirwe yisobanura ku kirego yatanze ndetse na APR WFC iriregura.

    Iyi komisiyo yasanze Ihirwe yarareze asaba ko yahabwa ibaruwa isaba kurekurwa kuko yagejeje imyaka y’ubukure, akaba mbere yari yarasinyiwe n’ababyeyi be.

    Iyi akaba atari impamvu yatuma ahabwa iyo baruwa, ahubwo azayihabwa hashingiwe ku biteganywa mu ngingo ya 18.1 y’Amategeko ya FIFA arebana n’uko abakinnyi bahindura amakipe.

    Iyi ngingo ivuga ko 'Umukinnyi uri munsi y’imyaka 18 ashobora gusinya amasezerano mu ikipe ariko akaba atarengeje imyaka itatu.'

    Ihirwe Regine yatakambiye FERWAFA

    Source : http://isimbi.rw/ihirwe-regine-yongeye-gutakambira-ferwafa-kubera-apr-yaryumyeho.html

  • Ndi Prophet ariko nywa inzoga kuko si icyaha – Prophet Joshua #rwanda #RwOT

    Prophet Joshua yatangaje ko nubwo ari umuhanuzi n’ubwirizabutumwa atizerera mu myumvire yo gufata abantu banywa inzoga nk’abakoze icyaha mu gihe batigeze basinda cyangwa ngo zibakoreshe amabi.

    Uyu muvugabutumwa unaherutse guhamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha agasabwa ibisobanuro ku byo kugayisha ifaranga ry’Igihugu, avuga ko ashingiye ku myizerere ye no ku bumenyi bwe yavomye mu gusoma Bibiliya igihe kinini atabona kunywa inzoga nk’icyaha.

    'Njyewe nemera inzoga, ndazinywa kuko muri Bibiliya nta hantu byanditse ko ari icyaha gusa nemera ko iyo uwazinyweye asinze zigatuma akora ibidakwiye byabamo icyaha.' Nk’uko yabigaragarije mu kiganiro yagiranye na ISIMBI

    Sefu Herald Josue wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka Propet Joshua yanasobanuye ko yabaye ahagaritse ibyo gukora umurimo w’Imana by’umwihariko kugenda abwiriza mu nsengero kugira ngo abanze ashake ubuzima.

    Ati 'Byagenze aho nsa nkaho ntaye umurongo wo kubwiriza mu madini ninjira mu bundi buzima gusa ntabwo byankuyeho kuguma gusenga no kubana n’Imana.'

    Uyu mugabo ufite umugore n’abana bane avuga ko yaje gusa nk’aho ateshuka mu gushyira mu bikorwa izi nshingano zo kubwiriza nyuma y’uko yabonaga ari ngombwa kujya gushakira amaramuko mu yindi mirimo atabangikanya n’iy’Imana.

    Ati 'Impamvu nabishyize ku ruhande nkabaho mu buryo busanzwe ni uko nabonaga rimwe na rimwe imirimo yindi nari ngiye gukora irimo no kujya ku mbuga nkoranyambaga bishobora kuvuguruzanya n’umuhamagaro wanjye cyangwa ntibinyerekane neza.'

    Uyu mukozi w’Imana yavuze ko ubwo yari mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye yigaga i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari bwo Imana yamuhamagariye kujya gutangira umurimo wo kubwiriza ubutumwa bwiza bwayo.

    Prophet Joshua guhera icyo giheyagiye azenguruka hirya no hino mu nsengero zitandukanye zo mu Rwanda no hanze yarwo abwira abantu icyo Umukiza abashakaho kugirango bazabashe kubona ubwami bwe.

    Prophet Joshua yavuze ko kunywa inzoga atari icyaha

    Source : http://isimbi.rw/ndi-prophet-ariko-nywa-inzoga-kuko-si-icyaha-prophet-joshua.html

  • Rayon Sports mu nzira zitandukana n’umutoza #rwanda #RwOT

    Amakuru avuga ko Rayon Sports yamaze kumvikana gutandukana n’umutoza wayo wungirije Haruna Ferouz wari uyimazemo amezi 6.

    Haruna Ferouz muri Nyakanga 2025 ni bwo yagizwe umutoza wungirije wa Rayon Sports aho yari aje kungiriza Afahmia Lotfi na we wari uvuye muri Mukura VS.

    Mu Gushyingo 2025 Afahmia Lotfi yatandukanye na Rayon Sports maze Ferouz ayisigarana by’agateganyo kugeza mu Kuboza 2025 ubwo yabonaga umutoza mushya w’Umufaransa, Bruno Ferry.

    Haruna ukomoka mu Burundi yakomeje kuguma ku ntebe y’abatoza ba Rayon Sports nk’umutoza wungirije we na Lomami Marcel.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko yamaze kumvikana na Rayon Sports gusesa amasezerano, ni nyuma y’uko yashinjwaga kujya mu matwi y’umutoza mukuru Bruno Ferry ntakinishe ikipe uko bikwiye.

    Ibi bikaba byaraturitse nyuma y’uko Rayon Sports yanyagiwe na APR FC ibitego 4-1 mu mukino w’Igikombe kiruta ibindi mu gihugu (Super Cup).

    Akaba yari ategereje ko Rayon Sports imuha ibyo bumvikanye basesa amasezerano ndetse bakaba bari bumvikanye ko bari kubimuha ku wa Mbere tariki ya 19 Mutarama 2026.

    Haruna Ferouz yatandukanye na Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-mu-nzira-zitandukana-n-umutoza.html

  • Miss Nishimwe Naomie yabwiye umugabo we amagambo akomeye #rwanda #RwOT

    Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, Nishimwe Naomie, yifurije umugabo we Michael Tesfay isabukuru y’amavuko mu butumwa bwuje urukundo n’ishimwe, agaragaza byimazeyo uko amwiyumvamo n’akamaro amufitiye mu buzima bwe bwa buri munsi.

    Ubu butumwa Naomie yabunyujije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa kabiri tariki ya 20 Mutarama 2025, aho yagaragaje amagambo yuje ibyishimo n’urukundo rwinshi, amwifuriza ibyiza uyu munsi no mu buzima bwe bwose.

    Yifashishije tariki ya 20 Mutarama 2026 nk’umunsi w’isabukuru ye nk’umwanya wo kongera kumushimira no kumwereka urukundo amufitiye.

    Yagize ati 'Isabukuru nziza cyane kuri wowe rukundo rwanjye. Ndakwifuriza ibyiza gusa uyu munsi no mu buzima bwawe bwose.'

    Miss Nishimwe Naomie yakomeje agaragaza ko Michael Tesfay ari umuntu umubera umurinzi n’aho yumva atekanye, avuga ko ari we uhora yita ku buzima bwe n’imibereho ye, akabikora mu buryo budasanzwe. Yanavuze ko uburyo amwitaho ari bwo adahwema gukunda no guha agaciro.

    Ati 'Uri umurinzi wanjye. Uri aho numva ntekanye, kandi uri umuntu uhora wita ku buzima bwanjye. Ntujya ubyitwaramo nk’ibisanzwe, kandi ibyo ndabikunda cyane.'

    Mu magambo yuzuyemo icyifuzo cyiza n’urukundo rwinshi, Naomie yanifuje ko umugabo we yagira ubuzima burebure kandi bwiza, ku buryo yazabona n’abuzukuru b’abuzukuruza inshuro nyinshi, agaragaza icyizere n’icyifuzo cy’ejo hazaza huzuye umugisha.

    Yagize ati 'Ndifuza ko ubaho ubuzima bwiza kandi burebure cyane, burebure bihagije ku buryo wazabona n’abuzukuru b’abuzukuru bawe inshuro nyinshi.'

    Aba bombi basezeranye imbere y’amategeko ku wa 27 Ukuboza 2024 mu Murenge wa Kimihurura, naho ubukwe n’imihango irimo gusezerana imbere y’Imana ibera mu rusengero rwa Women Foundation Ministries no kwakira abatumiwe byabereye ku Intare Conference Arena biba tariki ya 29 Ukuboza 2024.

    Miss Nishimwe Naomie yatomagije umugabo we

    Source : http://isimbi.rw/miss-nishimwe-naomie-yabwiye-umugabo-we-amagambo-akomeye.html

  • Yakoze ikosa rikomeye – Umusifuzi wanze igitego cya APR FC yahagaritswe #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryahagaritse imikino 4 Jabo Aristote nyuma yo kwanga igitego cya APR FC.

    Ibi byabaye tariki ya 18 Mutarama 2026 mu mukino wa shampiyona wahuzaga APR FC na Al Merreikh.

    Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 88, APR FC yabonye kufura maze iterwa na Ruboneka Bosco wayipashe Yussif Dauda wateye ishoti rikomeye umupira ukaboneza mu izamu.

    Twagirumukiza Abdul wari umusifuzi wo hagagi yemeje igitego ariko umusifuzi wa kabiri w’igitambaro, Jabo Aristote yerekena ko habayeho kurarira, ngo nubwo abaraririye batakoze ku mupira ariko hari uwakingirije umunyezamu.

    Ibi byakuruye impaka zikomeye yaba abakinnyi batabyumvaga ndetse na nyuma y’umukino abafana bakomeje kugaragaza uburakari bukomeye.

    Mu itangazo ryasohowe na FERWAFA, ryavuze ko tariki ya 19 Mutarama 2026 ko Komisiyo y’Imisifurire muri FERWAFA yateranye isuzuma imisifurire ku mukino wahuje APR FC na Al Merreikh tariki ya 18 Mutarama 2026.

    Yakomeje igira iti “Yasanze ku munota wa 88 harabaye ikosa rikomeye ryakozwe n’umusifuzi wungirije wa kabiri aho igitego cya APR FC cyanzwe hashingiwe ku cyemezo kitari cyo cy’uko habaye kurarira.”

    “Kubera iryo kosa, Komisiyo y’Imisifurire yafatiye umusifuzi ibihano bikurikira: Jabo Aristote ahagaritswe gusifura imikino 4.”

    FERWAFA yavuze ko izakomeza guharanira ubutabera, ubunyangamugayo n’izamuka ry’ireme ry’imisifurire mu mupira w’amaguru.

    Jabo Aristote (uri mu kaziga) yahagaritswe imikino 4

    Source : http://isimbi.rw/yakoze-ikosa-rikomeye-umusifuzi-wanze-igitego-cya-apr-fc-yahagaritswe.html

  • Amavubi yisanze mu itsinda A mu mikino ya FIFA #rwanda #RwOT

    Imikino ya gicuti y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, izabera mu Rwanda, Amavubi yisanze mu itsinda A.

    Iyi mikino ya gicuti izakinwa n’ibihugu 8 bizaba biganyije mu matsinda abiri aho mu itsinda A harimo u Rwanda, Kenya, Estonia na Grenada.

    Itsinda rya kabiri rikaba ririmo ibihugu Aruba, Liechtenstein, Tanzania na Macau. Ni imikino izaba tariki 23-31 Werurwe 2026.

    Iyi mikino iba mu karuhuko k’amakipe y’ibihugu, ihuza amakipe adakunze kubona imikino ya gicuti cyangwa ngo abona amatike yo gukina amarushanwa akomeye yo ku rwego mpuzamahanga.

    Usibye u Rwanda, ibindi bihugu bizaryakira ni Australie, Azerbaijan, Indonesie, Kazakhstan, Ibirwa bya Maurice, Puerto Rico na Uzbekistan.

    Ni mu gihe kandi iyo mu cyiciro cy’abagore izabera muri Brésil, Côte d’Ivoire na Thaïlande.

    Iyi mikino ya gicuti izahuza amakipe y’ibihugu y’abagabo n’abagore yo ku migabane itandukanye, muri gahunda za FIFA za 2023-2027, ikubiyemo kuzamura imikino ku rwego rw’Isi.

    Amavubi yisanze mu itsinda A

    Source : http://isimbi.rw/amavubi-yisanze-mu-itsinda-a-mu-mikino-fifa.html

  • Kevin Kade yamaze kwishyura uwamushinjaga kumwambura #rwanda #RwOT

    Umuyobozi akaba n’utunganya amashusho, Director Sanib yamaze kwemeza ko yamaze kwishyurwa na Kevin Kade yashinjaga kwanga kumwishyura amafaranga y’amashusho yamufatiye mu gitaramo 'Last Night Show’ cyabaye tariki ya 31 Ukuboza 2025.

    Nk’uko ISIMBI twari twabitangaje mu nkuru yacu ya mbere kuri iki kibazo, Alain Gatera Junior wamamaye nka Director Sanib yari yatangaje ko hashize hafi ibyumweru bitatu atari yahabwa amafaranga ye nubwo yari yagerageje gukora uko ashoboye ngo ikibazo gikemuke mu mahoro.

    Director Sanib yavuze ko kugeza ku munsi w’ejo tariki ya 18 Mutarama 2026, ari inshuro nyinshi yagerageje kwishyuza uyu muhanzi mu buryo bwa kivandimwe ariko akirengagizwa harimo n’ubugira kabiri hirengagijwe ubutumwa bwe nkana.

    Kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Mutarama 2026, nibwo uyu muyobozi w’amashusho yahamirije ISIMBI ko yamaze kwishyurwa imbumbe y’amafaranga yose yari aberewemo ndetse ko nta kindi kibazo agifitanye na Kevin Kade magingo aya.

    Ati 'Yamaze kunyishyura amafaranga yose yari ambereyemo kandi byakozwe mu bwumvikane mu nyungu z’impande zombi.'

    Mbere y’aha , Director Sanib wari warategereje kwishyurwa ibyo yakoreye amaso agahera mu kirere, yari yaburiye Kevin Kade ko mu gihe ikibazo kitakemurwa vuba, guhera ku wa 20 Mutarama 2026 ashobora gutangira gutangaza ku mugaragaro amakuru yose ajyanye n’iki kibazo ndetse no kwitabaza izindi nzego.

    Kevin Kade yashinjwaga kwambura Director Sanib

    Director Sanib yavuze ko yamaze kwishyurwa na Kevin Kade

    Source : http://isimbi.rw/kevin-kade-yamaze-kwishyura-uwamushinjaga-kumwambura.html

  • Abakinnyi b'ikipe y'Igihugu Cameroon na Gabon bifatanyije n'Abanya-Kigali muri siporo rusange #rwanda #RwOT

    Abakinnyi b'amakipe y'ibihugu Cameroon na Gabon muri Handball, bari mu Rwanda bitegura imikino mpuzamahanga, bifatanyije n'Abanya-Kigali mu gikorwa cya siporo rusange cyabaye kuri iki Cyumweru, mu mujyi wa Kigali. Iki gikorwa cyari kigamije guteza imbere umuco wa siporo n'imibanire myiza hagati y'abasportifs n'abaturage.

    Siporo rusange yitabiriwe n'abantu benshi b'ingeri zitandukanye barimo urubyiruko, abanyamahanga batuye cyangwa bari mu Rwanda by'agateganyo. Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, ni we wari umushyitsi mukuru, ashimangira ko siporo ari inkingi y'ubuzima bwiza, ubumwe n'iterambere ry'Igihugu.

    Minisitiri Mukazayire yashimiye amakipe Cameroon na Gabon ku kwifatanya n'Abanyarwanda muri iki gikorwa, avuga ko ari ikimenyetso cy'uko u Rwanda rukomeje kuba igicumbi cya siporo muri Afurika. Yongeyeho ko kwakira amarushanwa akomeye, nk'Igikombe cya Afurika cya Handball, bigira uruhare mu kumenyekanisha igihugu no guteza imbere ubukerarugendo bushingiye kuri siporo.

    Cameroon na Gabon ni bimwe mu bihugu byamaze kwemeza ko bizitabira Igikombe cya Afurika cya Handball kizabera mu Rwanda kuva tariki ya 21 kugeza ku ya 31 Mutarama 2026. Aya makipe ari mu Rwanda mu myiteguro igamije kunoza urwego rw'abakinnyi no kumenyera ikirere n'ibikorwaremezo by'imikino bizifashishwa muri iri rushanwa.

    Abitabiriye siporo rusange bagaragaje ko bishimiye kuba bafatanyije n'abakinnyi mpuzamahanga, bavuga ko byabateye imbaraga zo gukomeza siporo nk'igice cy'ubuzima bwa buri munsi. Iki gikorwa cyongeye kugaragaza icyerekezo cy'u Rwanda cyo guteza imbere siporo kuri bose no kwakira neza abashyitsi baturutse hirya no hino ku mugabane wa Afurika.

    Abakinnyi b'ikipe y'Igihugu Cameroon na Gabon bifatanyije n'Abanya-Kigali muri siporo rusange

     

    Source : https://kasukumedia.com/abakinnyi-bikipe-yigihugu-cameroon-na-gabon-bifatanyije-nabanya-kigali-muri-siporo-rusange/

  • Sadio Mané yongeye kwandika amateka #rwanda #RwOT

    Sadio Mané, rutahizamu w'ikipe y'igihugu ya Sénégal, yongeye kwerekana ko ari icyitegererezo cy'umupira w'amaguru muri Afurika no ku rwego mpuzamahanga, nyuma yo kwegukana igihembo cy'umukinnyi mwiza w'irushanwa (Best Player of the Tournament) mu Gikombe cya Afurika cya 2026 (AFCON 2026). Ibi byishimo byongeye gushimangira izina rye nk'inyenyeri idacogora, n'umunyabigwi w'ibihe byose.

    Uyu musore ukomoka muri Sénégal ntabwo ari mushya ku ntsinzi. Yatwaye AFCON bwa mbere mu 2021, agaruka mu 2026 abyongera ku rwego rwo hejuru, agaragaza ubunararibonye, ubuhanga n'umutima wo gutsinda. Mané yabaye inkingi ya mwamba mu mikino ya Sénégal, ayitsindira ibitego by'ingenzi, ayifasha kugera kure, ari na we wahawe icyubahiro cy'ikirenga cy'umukinnyi witwaye neza kurusha abandi.

    Urutonde rw'ibihembo bya Sadio Mané ni ikimenyetso cy'ikirango cye nk'umukinnyi udasanzwe: yatwaye Premier League mu 2020, Champions League mu 2019, FA Cup na League Cup mu 2022, Super Cup na Club World Cup mu 2019, Bundesliga mu 2023, DFL Supercup mu 2022, Arab Club Champions Cup mu 2023, ndetse n'ibikombe yatwaye akiri muto muri Austria mu 2014.

    Mu magambo make, Sadio Mané si umukinnyi gusa ni inyenyeri, ni umuyobozi, ni umunyabigwi. Izina rye rizahora ryibukwa mu mateka y'umupira w'amaguru wa Afurika, kandi rizakomeza kuba isoko y'icyizere ku rubyiruko rwinshi rurota kugera kure mu mupira w'amaguru.

    Sadio Mané yongeye kwandika amateka

    Source : https://kasukumedia.com/sadio-mane-yongeye-kwandika-amateka/