Category: Uncategorized

  • Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw'amenyo no kubeshya abahuza basimburana n'umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n'umwe ubimubaza #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yarenze ku masezerano y'agahenge menshi, nyamara abahuza ntibagire icyo babikoraho.

    Perezida wa Angola, João Lourenço, yasabye impande zishyamiranye mu burasirazuba bwa RDC guhagarika imirwano guhera tariki ya 18 Gashyantare 2026. Nubwo Tshisekedi yemeye ako gahenge, ihuriro ry'ingabo z'igihugu cye, iz'u Burundi, FDLR, Wazalendo n'abacanshuro byakomeje kugaba ibitero ku basivili.

    Ku wa 20 Gashyantare 2026, Azarias Ruberwa wabaye Visi Perezida wa RDC, yatangaje ko ibitero by'ihuriro ry'ingabo za Leta ya RDC byakajije umurego mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, kandi ko drones ziri kwifashishwa ziri gutwara ubuzima bw'abasivili benshi b'Abanyamulenge batuye mu bice birimo Komini ya Minembwe.

    Ruberwa ukomoka mu bwoko bw'Abanyamulenge yasobanuye ko hashize ibyumweru bibiri abasivili b'Abanyamulenge bagabwaho ibitero bya drones ubudatuza, byishe abarimo umwana w'umwaka umwe wasenyeweho inzu n'umukecuru w'imyaka 101.

    Minisitiri Nduhungirehe yashingiye ku butumwa bwa Ruberwa, abaza ati 'Bimaze iki kuba abahuza n'ibindi bihugu byo mu karere batangaza amasezerano y'agahenge mu burasirazuba bwa RDC cyangwa bakaba abatangabuhamya bayo, niba badashobora kwamagana Kinshasa igihe cyose iyarenzeho ku mugaragaro?'

    Yatangaje ko indege z'intambara za Leta ya RDC na drones bikomeje kurasa imidugudu y'Abanyamulenge n'abandi basivili, ariko ko akanama k'Umuryango w'Abibumbye gashinzwe umutekano, agashinzwe uburenganzira bw'ikiremwamuntu, umuryango w'Ubumwe bw'u Burayi, Afurika Yunze Ubumwe n'umuryango mpuzamahanga muri rusange byacecetse.

    Minisitiri Nduhungirehe yabajije ati 'Perezida Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw'amenyo no kubeshya abahuza basimburana n'umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge n'akandi, nta n'umwe ubimubaza?'

    Yagaragaje ko mu gihe umuryango mpuzamahanga ukomeza guceceka abasivili bari kwicwa, Leta ya RDC ikarenga ku gahenge uko ibishaka ariko ntibibazwe, ibyo byongerera Perezida Tshisekedi imbaraga zo gukomeza kugaba ibitero kandi ko byatuma intambara ikomeza imyaka myinshi.

    Tariki ya 13 Gashyantare ni bwo Leta ya RDC yatangaje ko Tshisekedi yemeye kubahiriza agahenge kasabwe na Perezida wa Angola. Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko iri tangazo rigamije kuyobya umuryango mpuzamahanga, kuko uwo munsi ibitero byari bikomeje.

    Umujyanama mu bya gisirikare muri Ambasade y'u Rwanda mu Muryango w'Abibumbye, Col Deo Mutabazi, yawusabye guhagurukira kurwanya imvugo zibiba urwango zikomeje kwiyongera kuko kutagira icyo uzikoraho bifatwa nko kuzishyigikira cyangwa ubufatanyacyaha.

     

    Mu kiganiro cyahuje komite yihariye ya Loni ishinzwe ubutumwa bw'amahoro, ku wa 18 Gashyantare 2026, Col Mutabazi yagaragaje ko imvugo zibiba urwango ari umushinga utegurwa na za Leta, ugakurikirwa n'ibyaha bikomeye bya jenoside.

    Yagize ati 'Imvugo zibiba urwango ni umushinga wa Leta, kandi ubanziriza ubugizi bwa nabi bukorerwa benshi, ibyaha bya jenoside kandi bikomoka ku ngengabitekerezo ya jenoside iba yarabibwe mu buryo bwateguwe neza.'

    Col Mutabazi yibukije ibihugu bigize Loni ko imvugo zibiba urwango ari zo zabanjirije Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko mu Rwanda habanje ibikorwa byo kubambura ubumuntu mu rwego rwo gushakishwa ishingiro ryatuma barimburwa.

    Yavuze ko imvugo zibiba urwango zidakwiye gufatwa nk'ubwisanzure bwo kuvuga, kandi ko gukomeza guceceka kwa Loni mu gihe ziyongera byafatwa nko kuzishyigikira cyangwa kuba umufatanyacyaha.

    Ati 'Ndagira ngo nshimangire ko imvugo zibiba urwango zidakwiriye kwitiranywa n'ubwisanzure bwo kuvuga, kandi guceceka gukabije kwa Loni kuri ibi byaha byiyongera bifatwa nko gushyigikira n'ubufatanyacyaha mu kuvutsa itsinda ry'abantu uburenganzira no kuryambura ibiriranga.'

    Col Mutabazi yavuze ko u Rwanda rwiyemeje kurwanya imvugo zibiba urwango, asaba ibihugu bigize Loni kutihanganira abavutsa abandi uburenganzira bw'ibanze bwo kubaho kuko umuryango mpuzamahanga ufite inshingano yo kurinda abari mu kaga.

    Yagize ati 'U Rwanda rwiyemeje kurwanya imvugo zibiba urwango, runasaba ibihugu by'ibinyamuryango kutihanganira abavutsa abandi uburenganzira bw'ibanze bwo kubaho.'

    U Rwanda rutanze ubu butumwa mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje gukwirakwira imvugo zibiba urwango zibasira Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw'Abatutsi, kandi bigakorwa n'abarimo abo muri Leta.

    Umudepite Justin Bitakwira yavuze ko Umututsi ari we kiremwa kibi cyabayeho, uwahoze ari Umuvugizi w'ingabo za RDC, Gen Maj Sylvain Ekenge, atangariza kuri televiziyo y'igihugu ko Abatutsikazi batabyarana n'abo bashakanye mu gihe badahuje ubwoko, ariko ubutabera ntibwabakurikiranye.

    Imvugo zibiba urwango zijyana n'ibitero bikomeye by'indege z'intambara na drones bigabwa mu bice byiganjemo Abanye-Congo bo mu bwoko bw'Abatutsi birimo Komini Minembwe mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo. Umuryango mpuzamahanga waratabajwe ariko ntusubiza.

    Colonel Deo Mutabazi yasabye ibihugu bya Loni guhagurukira kurwanya imvugo zibiba urwango

    Azarias Ruberwa yatangaje ko abasivili ari bo bari kugabwaho ibitero muri Kivu y'Amajyepfo

    Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko umuryango mpuzamahanga udakwiye gukomeza guceceka mu gihe Leta ya RDC irenga ku gahenge

    Source : https://rushyashya.net/tshisekedi-azakomeza-kugeza-ryari-guha-urwamenyo-no-kubeshya-abahuza-basimburana-numuryango-mpuzamahanga-arenga-ku-gahenge-nta-numwe-ubimubaza/

  • APR FC yanganyije na Police FC ifata umwanya wa mbere muri shampiyona y'u Rwanda by'agateganyo  #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026, nibwo hakinwe umukino w'abashijzwe umutekano wahuje APR FC na Police FC, wari umukino w'umunsi wa 21 shampiyona y'u Rwanda, warangiye amakipe yombi anganyije 1-1. 

    Mur uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium,  APR FC yari yasuye yatsindiwe na Cheickh Djibril Outarra naho ku ruhande rwa Police FC yo yatsindiwe na Kapiteni wayo Nsabimana Eric uzwi nka Zidane. 

    Igice cya mbere cyaranzwe  n'aho amakipe yombi  yagerageje gushaka ibitego ariko imipira ikagarurwa n' ibiti by'izamu. 

    Kwitonda Allain Bacca, Mugisha Gilbert na William Togui babonye uburyo bukomeye ariko imipira ntiyagira icyo ibyara, ibi byabaye kugeza mu minota 45 y'igice cya mbere. 

    Mu gice cya kabiri, APR FC yakoze impinduka zigamije kongera imbaraga mu busatirizi, maze ku munota wa 66 Djibrill Ouattara atsinda igitego ku ishoti rikomeye yateye ari inyuma y'urubuga rw'amahina. 

    Police FC yakomeje gusatira ishaka kwishyura, ndetse ku munota wa 90+7 Nsabimana Eric 'Zidane' ayibonera igitego cyo kunganya.

    Aha Kapiteni ariko akaba yanahawe ikarita itukura nyuma yo kwishimira igitego agakuramo umupira agahabwa ikarita y'umuhondo yasanze indi yari yahawe mu mukino hagati. 

    Uyu musaruro w'igitego kimwe kuri kimwe  wasize APR FC ikomeje kuyobora urutonde n'amanota 39, mu gihe Police FC iri ku mwanya wa kane n'amanota 34.

    Umunsi wa 21 wa shampiyona urakomeza kuri uyu wa Gatandatu:

     Etincelles FC izakira Gicumbi FC kuri Stade Umuganda (15:00), AS Muhanga ikine na Rutsiro FC kuri Stade Muhanga (15:00), mu gihe Al Hilal SC izahura na Gorilla FC kuri Kigali Pele Stadium (15:00). 

    Ku Cyumweru, AS Kigali izakina na Al Merrikh SC (12:30), hakurikirweho Bugesera FC vs Musanze FC(15:00) ndetse na Rayon Sports izacakirana na Mukura VS (15:30). 

    Ku wa Mbere, Gasogi United izahura na Amagaju FC (15:00) kuri Kigali Pele Stadium.

    Source : https://rushyashya.net/apr-fc-yanganyije-na-police-fc-ifata-umwanya-wa-mbere-muri-shampiyona-yu-rwanda-byagateganyo/

  • Manishimwe Djabel agomba kunyura mu cyuma #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa Police FC, Manishimwe Djabel agomba kunyura mu cyuma, ni nyuma y’uko imvune ye ikomeje kuzamo amayobera.

    Uyu mukinnyi ukina inyuma ya ba rutahizamu, imikino ibanza ya Shampiyona ya 2025-26, yarangiye adakina kubera imvune y’agatsintsino.

    Ubwo imikino yo kwishyura yari itangiye yari yagarutse ndetse agenda agaragara mu mikino imwe n’imwe yazaga mu kibuga asimbuye.

    No ku mukino baraye banganyijemo na APR FC yari ku ntebe y’abasimbura ariko amakuru ISIMBI yamenye ni uko atari gukandagira mu kibuga.

    Uyu mukinnyi nubwo avuga ko ari agatsintsino si ko ababara ahubwo ni munsi yako mu kirenge ku buryo ubu gukina bidakunda.

    ISIMBI yamenye ko kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Gashyantare 2026 agomba kujya kwa muganga kunyura muri MRI kugira ngo barebe ikibazo cya nyacyo afite.

    Mu Kwakira 2025 ni bwo Manishimwe Djabel yasinyiye Police FC amasezerano y’imyaka ibiri.

    Manishimwe Djabel agomba kunyura mu cyuma

    Source : http://isimbi.rw/manishimwe-djabel-agomba-kunyura-mu-cyuma.html

  • Zidane yasabye imbabazi APR FC #rwanda #RwOT

    Nyuma yo kuyitsinda igitego cyo ku munota wa nyuma, myugariro wa Police FC yasabye imbabazi APR FC ko yarenze ku isezerano yihaye ko atazigera yishimira igitego ayitsinze.

    Hari mu mukino w’umunsi wa 21 wa Shampiyona ya 2025-26 wabaye ejo hashize ku wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026.

    Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pelé Stadium warangiye amakipe yombi anganya 1-1.

    APR FC ni yo yabanje gutsinda ku munota wa 67 cyatsinzwe na Cheikh Djibril Ouattara, iki gitego cyaje kwishyurwa na Nsabimana Eric Zidane ku munota wa nyuma.

    Uyu mukinnyi wakiniye APR FC, byaramurenze yishimira iki gitego mu buryo budasanzwe aho yanakuyemo jersey bakamuha umuhondo wa kabiri bikaba ikarita itukura asohoka mu kibuga.

    Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru ISIMBI, Zidane yavuze ko yari yarisezeranyije ko atazigera yishimira igitego azatsinda APR FC ariko bikaba byanze na we atazi uko byagenze.

    Ati “Bambabarire kuba nishimiye igitego nabatsinze, ni amarangamutima, ni amarangamutima nari naravuze ko ntazigera nishimira igitego nzatsinda APR FC ariko byabaye ngombwa kuri uriya munota nshiduka nanjye byabaye, banyihanganire ni inshuti zanjye barabizi.”

    Zidane kandi yavuze ko umukino wa APR FC awufata nk’umukino ukomeye cyane ko ari ikipe yavuyemo aba ashaka kwerekana ko agishoboye.

    Ati “Sinzi uko abandi bawufata ariko njye ni umukino mpa agaciro gakomeye, ni ikipe navuyemo kandi iyo wavuye ahantu uba ugomba kubereka ko hari ubushobozi ugifite, nubwo navuyeyo kera ni abantu mpora nshimira kuko nahabaye neza, si nahabaye nabi.”

    Zidane yakiniye APR FC kuva 2012 avuye mu Isonga kugeza 2015 ubwo yajyaga muri AS Kigali yavuyemo ajya muri Police FC abereye kapiteni uyu munsi

    Yari yaravuze ko atazishimira igitego azatsinda APR FC

    Source : http://isimbi.rw/zidane-yasabye-imbabazi-apr-fc.html

  • APR FC yaguye miswi na Police FC mu mukino wari uryoheye ijisho (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    APR FC yisubije umwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya na Police FC igitego kimwe kuri kimwe.

    Ni wo wari umukino ubimburira indi y’umunsi wa 21 wa Shampiyona ya 2025-26 aho Police FC ari yo yari yakiriye APR FC.

    Police FC ikaba itari ifite bamwe mu bakinnyi bayo nka Ndayishimiye Dieudonne na Isaac Eze bafite imvune ntiyari ifite kandi Byiringiro Lague na Msanga Henry bafite amakarita atatu y’imihondo.

    APR FC ntabwo yari ifite Ishimwe Pierre ufite imvune, kapiteni wayo Niyomugabo Claude wari umaze iminsi arwaye akaba yari yabanje ku ntebe y’abasimbura

    Wari umukino uryoheye ijisho aho mu gice cya mbere amakipe yombi yasatiranye ndetse akabona n’amahirwe ariko ntiyabyazwa umusaruro.

    Police FC niyo yabonye amahirwe menshi harimo imipira ibiri ya Kwitonda Alain Bacca yakubise igiti cy’izamu, umupira wa Ani Elijah Adolphe yakuyemo ndetse n’undi mupira w’umutwe wa Elijah rutahizamu William Togui Mel yakuriyemo ku murongo.

    Amahirwe afatika APR FC yabonye ni imipira ibiri ya William Togui yose yakubise igiti cy’izamu. Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa.

    Kimwe no mu gice cya mbere amakipe yombi yarimo ashaka igitego,Byiringiro Gilbert yaje guhindura umupira imbere y’izamu Djibril Ouattara ashyizeho umutwe umupira ukubita igiti cy’izamu.

    Nyuma y’iminota mike Ekison Ekorie wa Police FC yagaragaje ishoti rikomeye ariko Hakizimana Adolphe awukuramo.

    Ku munota wa 67, Cheikh Djibril Ouattara yatsindiye APR FC igitego cya mbere ku ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina, umunyezamu Patience ntiyamenya uko bigenze.

    Police FC yashatse uko yishyura iki gitego maze ku munota wa nyuma Nsabimana Eric Zidane arayishyurira umukino urangira ari 1-1.

    Kunganya uyu mukino APR FC yahise ifata umwanya wa mbere n’amanota 39, Al Hilal ifite 38, Al Merreikh 37 zo zikaba zitarakina umunsi wa 21, Al Hilal yo ikaba inafite ibirarane 3. Police FC iri ku mwanya wa 4 n’amanota 35.

    Bishimira igitego cya Ouattara Cheikh Djibril

    Source : http://isimbi.rw/apr-fc-yaguye-miswi-na-police-fc-mu-mukino-wari-uryoheye-ijisho-amafoto.html

  • Minisitiri wa Siporo yanze kubeshya Abadepite ababwiza ukuri ku kibazo cy’Amavubi, abakinnyi bashya bazaza #rwanda #RwOT

    Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yabwiye Abadepite ko hazakomeza kuba impinduka mu ikipe y’igihugu Amavubi mu gihe cyose bigaragara ko nta musaruro urimo kubobeka.

    Ibi yabitangaje ejo hashize ubwo yari abajijwe na Visi Perezida wa Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco na Siporo mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Depite Rutebuka Balinda ku ihandagurika rikunda kuba mu ikipe y’igihugu Amavubi mu bijyanye n’abatoza ndetse n’ubuyobozi bwa FERWAFA buhindagurika buri munsi kandi bikagira ingaruka.

    Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko izi mpinduka zose ziba mugushaka intsinzi.

    Ni naho yanze kubeshya Abadepite ababwira ko iri hindagurika rizakomeza kuba mu gihe cyose batarabona intsinzi.

    Ati “Harimo no guha Amavubi abantu batuma agera ku ntsinzi, ihinduka ry’abatoza na ryo ni aho riganisha. Ubu amasezerano yacu Federasiyo igirana n’umutoza akwiye kuba agaragaza umusaruro uzavamo ni uwuhe? Ni amasezerano agomba kugaragaza ikizavamo, niba ntacyo muzajya mukomeza kubona izo mpinduka kuko dukeneye kubona umusaruro.'

    Yakomeje avuga ko batanejejwe n’umusaruro w’ikipe y’igihugu bityo ko barimo gukora ibishoboka byose ngo banaze impano nshya zikina hanze y’u Rwanda.

    Ati “Hagati aho ntabwo tunejejwe n’ukuntu Amavubi ameze, ni na yo mpamvu tugomba kuyashakira abatoza beza ariko tukazana n’izindi mpano z’Abanyarwanda dufite, zizi umupira zikina hanze zikaza zikuzuzanya n’izo dufite aha.'

    Kugeza ubu Amavubi nta mutoza afite kuva muri Mutarama 2026 atandukana na Adel Amrouche aho ubu uyu mwanya uri ku isoko barimo gushaka umusimbura we.

    Nelly Mukazayire yanze kubeshya Abadepite avuga ko Amavubi azakomeza guhindura abatoza mu gihe umusaruro utaraboneka

    Source : http://isimbi.rw/minisitiri-wa-siporo-yanze-kubeshya-abadepite-ababwiza-ukuri-ku-kibazo-cy.html

  • Kimenyi Yves yasezeye ruhago imburagihe #rwanda #RwOT

    Umunyezamu Kimenyi Yves yavuze ko yasezeye umupira w’amaguru imburagihe kubera imvune yagize muri 2023.

    Uyu munyezamu wakiniye ikipe yose ikomeye mu Rwanda ndetse n’ikipe y’igihugu, yatangaje ko yasezeye gukina burundu, ni nyuma y’imyaka 3 agerageza kugaruka mu kibuga byaranze.

    Mu itangazo yasohoye asezera ruhago yagize ati “Natangiye gukina nk’uwabigize umwuga mu 2012, nagize imyaka ibiri mu Isonga FC, nagiye muri APR FC aho nagiriye imyaka itanu y’urwibutso n’intsinzi.'

    'Nakomereje muri Rayon Sports nakiniye amezi atandatu gusa. Nakomereje muri Kiyovu aho nagiriye ibihe byiza cyane ndetse ndyoherwa n’umupira w’amaguru.'

    'Nagiye muri AS Kigali ariko nyuma y’amezi abiri gusa nagize imvune ikomeye ya 'tibia’ yanshyize kure y’umupira w’amaguru, nagerageje gukora ibishoboka byose ngo nsubire mu kibuga ariko byaranze kugeza n’ubu.'

    'Nishimira ko nambaye umwambaro w’Ikipe y’Igihugu, nkashimira abo twabanye mu muryango mugari wa ruhago.'

    Kimenyi w’imyaka 34 yavuze ko agiye gutangiza umushinga yise “Beyond90” uzafasha abakinnyi

    Imvune itumye Kimenyi Yves asezera umupira imburagihe, yayigize muri 2023 ku mukino wa AS Kigali na Musanze FC.

    APR FC yamwandikiye izina

    Twavuga ko AS Kigali ari yo yasorejemo urugendo rwe

    Yabaye kapiteni wa Kiyovu Sports

    Yakiniye Amavubi

    Kimenyi Yves yanakiniye Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/kimenyi-yves-yasezeye-ruhago-imburagihe.html

  • Gen MK Mubarakh Muganga yasuye APR FC yitegura guhura na Police FC muri shampiyona y'u Rwanda #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane Umuyobozi w'Icyubahiro wungirije wa APR F.C Gen MK MUBARAKH yasuye iyi kipe aho iri kwitegura umukino uzayihuza na Police F.C kuri uyu wa Gatanu.

    Ubwo imyitozo yarirangiye yaganiriye n'abagize iyi kipe Abibutsa ko ahahise ubwo basitaraga bahibagirwa bakongera kwitwara neza.

    Yagize ati: muziko nk'ubuyobozi inshingano dufite namwe murimo nk'ikipe twese dukunda niyo mpamvu ndi hano, hari ahahise mwasitaye mu mikino itambutse ariko nziko namwe mutakwemera kuguma gutyo, amaso twongere tuyahange imbere dutange Intsinzi, kandi inshuro nza kubareba ku mikino mwakinnye mbona ubushobozi mu bufite ndabasaba ngo hagati yanyu mwongere mwibukiranye intego z'ikipe.

    Imikino ikomeye iracyahari muhereye no kuwo mufite ejo muduhe ibyishimo ubundi tuzahure tubashimira nkuko twamye.

    Amahirwe masa muri uyu mukino.

    APR F.C irasubira mu kibuga kuri uyu wa Gatanu ku isaha yi saa cyenda (15h) yakirwa na Police F.C ni umukino uteganijwe kubera kuri Kigali Pele Stadium.

    Source : https://rushyashya.net/gen-mk-mubarakh-muganga-yasuye-apr-fc-yitegura-guhura-na-police-fc-muri-shampiyona-yu-rwanda/

  • Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi ba APR FC kwisuzuma #rwanda #RwOT

    Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi b’iyi kipe kwisuzuma bakareba impamvu ituma batsindwa kandi bafite ubushobozi.

    Ibi yabibabwiye ku mugoroba w’ejo hashize ubwo yari yabasuye mu myitozo mbere y’umukino wa Shampiyona w’umunsi wa 21 bafitanye na Police FC kuri uyu wa Gatanu.

    Gen Mubarakh Muganga yavuze ko nk’ubuyobozi bw’Ingabo babafite mu nshingano ari yo mpamvu yabasuye.

    Ati “muzi ko nk’ubuyobozi inshingano dufite namwe murimo nk’ikipe twese dukunda, ni yo mpamvu ndi hano.”

    Yakomeje avuga ko mu minsi yatambutse hari imikino yazaga kubareba akabona bafite ubushobozi ariko ntibatsinde, igihe ngo kirageze bongere batange intsinzi.

    Ati “Hari ahahise mwasitaye mu mikino itambutse ariko nzi ko namwe mutakwemera kuguma gutyo, amaso twongere tuyahange imbere dutange intsinzi, kandi inshuro nza kubareba ku mikino mwakinnye mbona ubushobozi mubufite.”

    Yabasabye kongera kwisuzuma hagati yabo bakibukiranya intego z’ikipe. Ati “ndabasaba ngo hagati yanyu mwongere mwibukiranye intego z’ikipe.”

    Gen MK Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi gutanga ibyishimo bahereye ku mukino wa Police FC w’uyu munsi.

    Ati “Imikino ikomeye iracyahari muhereye no k’uwo mufite ejo (uyu munsi) muduhe ibyishimo ubundi tuzahure tubashimira nk’uko twamye.”

    APR FC ya kabiri ku rutonde rwa Shampiyona n’amanota 38 inganya na Al Hilal ya mbere, imaze imikino 3 itabona amanota 3 aho yanganyije na Kiyovu na Bugesera igatsindwa na Al Hilal, iheruka gutsinda tariki ya 4 Gashyantare itsinda Gasogi United 3-0.

    Gen Mubarakh Muganga yasuye abakinnyi ba APR FC mu myitozo

    Gen Mubarakh Muganga yasuye APR FC asaba abakinnyi kongera gutsinda

    Source : http://isimbi.rw/gen-mubarakh-muganga-yasabye-abakinnyi-ba-apr-fc-kwisuzuma-12700.html

  • Ubumwe n'Ubudaherwa bw'abanyarwanda niyo soko y'Umubano uhoraho i Rwanda n'Imahanga #rwanda #RwOT

    Ubumwe n'Ubudaheranwa ni gahunda y'igihugu yimakaza ubumwe bw'Abanyarwanda, kwiyumva nk'umwe, no gufatanya guhangana n'imbogamizi (ubudaheranwa) kugira ngo hubakwe igihugu giteye imbere. Iyi ndangagaciro ishingiye kuri Ndi Umunyarwanda, kurengera abahuye n'ibibazo, kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, no gukunda igihugu.

    Imiterere n'Intego by'Ubumwe n'Ubudaheranwa:
    • Ubumwe bw'Abanyarwanda: Kwiyumva nk'Umunyarwanda mbere y'ibindi byose, kubana nta rwicyekwe, no gushyira inyungu rusange imbere.
    • Ubudaheranwa: Gukomera, kutadohoka, no guhangana n'ibibazo n'inzitizi bikigaragara mu muryango nyarwanda.
    • Gusigasira Ibyagezweho: Kwimakaza umuco w'ubutore, kuremera abatishoboye, no kwigira kw'Abanyarwanda.
    • Uruhare rwa Buri Muntu: Ni inshingano ya buri Munyarwanda gukumira no kurwanya icyo ari cyo cyose gishobora gutanya abantu.
    Ibi bikorwa bishimangira umuco Nyarwanda no gukomeza ubumwe nk'ishingiro ry'iterambere rirambye

    Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yateguye ibiganiro bizayihuza n'Abanyarwanda baba mu Burayi bigaruka ku kwimakaza ubumwe n'ubudaheranwa.

    Ni ibiganiro biteganyijwe kuzaba ku wa 21 Gashyantare 2026, bikazabera i Paris mu Bufaransa. Bizahuriramo n'Abanyarwanda biganjemo abakiri bato bavukiye mu mahanga cyangwa abavuye mu Rwanda bakiri bato ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabaga.

    Ibi biganiro kandi bizitabirwa n'abahagarariye imiryango y'Abanyarwanda baba mu bihugu bitandukanye by'u Burayi.

    Igikorwa cyateguwe nk'ahantu ho gusangira no guhana ibitekerezo, no gusangira amakuru, kikaba kizatanga amahirwe yo gusobanukirwa neza urugendo rw'u Rwanda mu guharanira ubumwe, guhangana n'ibibazo byagiye bigaragara mu myaka yatambutse no kugaragariza ababa mu mahanga amahirwe ashobora gutuma bakomeza gukorana bya hafi n'igihugu cyabo.

    Ni ibiganiro kandi bifatwa nk'umwanya mwiza wo guha buri wese urubuga rwo kugaragaza uburyo abayeho, isano afitanye n'u Rwanda n'uburyo ababa mu mahanga bakomeza gukomera ku muco n'indangagaciro by'u Rwanda mu Burayi.

    Ibiganirwaho kandi harimo uruhare rw'urubyiruko mu kubungabunga umuco, uruhare rw'amahuriro atandukanye mu gukomeza ubumwe, uruhare rw'umuryango mu gutanga amakuru ya nyayo n'ibindi.

    Ni igikorwa kizatangirwamo imbwirwaruhame zitandukanye, ibiganiro bizahuriramo inzobere zitandukanye, ubuhamya n'ibindi.

    Byitezweho gufasha Abanyarwanda baba mu mahanga kurushaho kunga ubumwe, indangagaciro z'u Rwanda, kwigisha urubyiruko umuco wo gushyigikirana, kubahana no kudaheranwa.

    Minisitiri Bizimana hamwe n'abakozi b'ibigo bishanikiye kuri MINUBUMWE, bari ku Gicumbi cy'Intwari z'i Nyange muri Ngororero

    Source : https://rushyashya.net/ubumwe-nubudaherwa-bwabanyarwanda-niyo-soko-yumubano-uhoraho-i-rwanda-nimahanga/