Author: webrwanda

  • Abatujwe mu Mudugudu wa Mamba basaba gusanirwa inzu zatangiye gusenyuka imburagihe #rwanda #RwOT

    Abaturage batishoboye batujwe mu Murenge wa Mamba, Akarere ka Gisagara, baravuga ko bafite impungenge ziterwa n’imiterere y’inzu bubakiwe muri gahunda yo kubafasha kubona aho kuba. Aba baturage bavuga ko zimwe muri izo nzu zatangiye kwangirika no gusenyuka imburagihe, ibintu bavuga ko bishobora kubashyira mu kaga mu gihe bitakemuwe vuba.

    Bamwe mu bahatuye bavuga ko ku nkuta hagaragaye ibice, ibisenge bikaba bitangiye kwangirika, mu gihe hari n’inzu zimwe zifite ibimenyetso by’ubwubatsi budakomeye. Ibi ngo bituma bahorana ubwoba, cyane cyane mu bihe by’imvura nyinshi n’umuyaga.

    Aba baturage basaba inzego zibishinzwe gusuzuma ikibazo cy’izi nzu no kuzisana hakiri kare kugira ngo hirindwe impanuka zishobora guteza ibyangiritse ku buzima n’umutekano by’abazituye.

    Bavuga kandi ko bishimira gahunda yabagejeje ku miturire myiza, ariko bagasaba ko habaho ubugenzuzi buhoraho ku bwiza bw’ibikorwa by’ubwubatsi kugira ngo amafaranga yashowemo agire akamaro karambye.

    Ku ruhande rw’abayobozi, biteganyijwe ko ikibazo kizakurikiranwa hagamijwe kureba uko cyakemurwa, bityo abaturage bagakomeza gutura ahatekanye kandi haboneye.

    Abatujwe mu Mudugudu wa Mamba basaba gusanirwa inzu zatangiye gusenyuka imburagihe

    Source : https://kasukumedia.com/abatujwe-mu-mudugudu-wa-mamba-basaba-gusanirwa-inzu-zatangiye-gusenyuka-imburagihe/

  • FIFA yavuze ku bibazo bya Visa byugarije abazitabira Igikombe cy'Isi cya 2026 #rwanda #RwOT

    Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yavuze ko nubwo FIFA yakoze ibishoboka byose ngo ifashe abantu bahuye n’ibibazo byo kubona visa zibemerera kwinjira mu bihugu bizakira Igikombe cy’Isi cya 2026, hari aho ubushobozi bwayo bugarukira kubera amategeko n’imyanzuro y’ibihugu birebwa n’izo visa.

    Ibi Infantino yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku wa 10 Kamena 2026, mbere y’itangira ry’iri rushanwa rizabera muri United States, Canada na Mexico kuva ku wa 11 Kamena kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026.

    Mu ngingo zaganiriweho harimo ikibazo cy’amatike, visa z’abakunzi b’umupira, abasifuzi ndetse n’abakozi batandukanye bagomba kwitabira iri rushanwa. Infantino yavuze ko FIFA itabasha gutegeka za guverinoma cyangwa inzego zishinzwe umutekano kugira ngo zihindure imyanzuro yafashwe ku birebana no kwinjiza abantu mu bihugu byazo.

    Yatanze urugero ku musifuzi w’Umunya-Somalia, Omar Abdulkadir Artan, wangiwe kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yavuze ko nubwo FIFA yababajwe n’icyo cyemezo, nta bubasha ifite bwo kugihindura kuko cyafashwe n’inzego zibifitiye uburenganzira.

    Infantino yasobanuye ko muri iri rushanwa hadashobora kubura ibibazo bitandukanye, ariko FIFA ikomeza gushaka uburyo bwo kubikemura binyuze mu biganiro n’inzego zibishinzwe.

    Ku ruhande rw’amatike, yavuze ko ibiciro byayo bikiri ku rwego rwiza ugereranyije n’ubunini bw’irushanwa, ashimangira ko amafaranga yinjizwa n’Igikombe cy’Isi akoreshwa mu guteza imbere umupira w’amaguru ku Isi hose, harimo n’ibihugu bititabiriye iri rushanwa.

    Mu minsi ishize, ikibazo cya visa cyakomeje kuvugisha benshi nyuma y’uko bamwe mu bafana ba Maroc bari baraguze amatike batabashije kubona ibyangombwa byo kwinjira muri Amerika. Hari kandi umufata mashusho w’Ikipe y’Igihugu ya Iraq, Talal Salah, wasubijwe iwabo mbere yo kongera gusaba ibyangombwa, mu gihe rutahizamu wayo, Aymen Hussein, yahuye n’ibibazo byinshi mbere yo kwemererwa kwinjira muri icyo gihugu.

    Ikipe y’Igihugu ya Iran na yo yahisemo gukorera imyiteguro yayo muri Mexique aho kuba muri Amerika, bitewe n’ibibazo bamwe mu bayobozi bayo bahuye na byo mu gushaka ibyangombwa byo kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    FIFA yavuze ku bibazo bya Visa byugarije abazitabira Igikombe cy’Isi cya 2026

    Source : https://kasukumedia.com/fifa-yavuze-ku-bibazo-bya-visa-byugarije-abazitabira-igikombe-cyisi-cya-2026/

  • U Rwanda n'u Bushinwa bishaka gushyiraho itsinda ry'ubucuti rihuza Abadepite babyo – #rwanda #RwOT

    Igitekerezo cyo gushyiraho itsinda ry’ubucuti hagati y’Abadepite b’u Rwanda n’ab’u Bushinwa cyaganiriweho kuri uyu wa Gatatu ubwo Ambasaderi w’u Bushinwa, Gao Wenqi yasuraga Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Kazarwa Gertrude.

    Kazarwa yabwiye RTV ko ibi biganiro byari mu murongo wo gushimangira ubuhahirane n’ubufatanye bisanzwe biri hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

    Ati ‘ibiganiro nagiranye na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda byitaye cyane ku mibanire cyangwa se ku bucuti hagati y’Inteko zishinga Amategeko, hagati y’u Bushinwa n’u Rwanda, kandi bishyigikirwa n’ibikorwa bimaze igihe bikorwa hagati y’ibihugu byombi haba mu bucuruzi, ibikorwaremezo, uburezi.’

    Yavuze ko ibiganiro by’uyu munsi byagarutse kandi ku gushyiraho itsinda ry’ubucuti hagati y’abadepite b’u Bushinwa n’ab’u Rwanda.

    Ati ‘Icyo byatanze ni uko n’inteko zigiye gukorana kugira ngo dukore itsinda ry’ubucuti hagati y’Inteko zishinga amategeko zigizwe n’Abadepite bo mu Bushinwa ndetse n’u Rwanda. Iyo tumaze gukora itsinda ry’ubucuti badufasha gukorana neza kuko Inteko ziba ziri hamwe, tukaganirira hamwe ku buryo ibikorwa bigendana.’

    U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika bikorana bya hafi n’u Bushinwa haba mu bucuruzi, ishoramari n’imigenderanire hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

    Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, iherutse gutangaza ko umubare w’Abanyarwanda bajya mu Bushinwa wikubye kabiri mu myaka ibiri bitewe n’ibyemezo byo koroshya kubona visa, kwagura imikoranire y’ibihugu byombi haba mu bucuruzi, uburezi no guhanahana ubumenyi.

    Mu 2023 Abanyarwanda barenga 3.500 basuye u Bushinwa. Uyu mubare mu 2025 wariyongereye barenga 7.000.

    U Rwanda n’u Bushinwa bishaka gushyiraho itsinda ry’ubucuti rihuza Abadepite babyo


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-n-u-bushinwa-bishaka-gushyiraho-itsinda-ry-ubucuti-rihuza-abadepite

  • Ibibazo bya RNC byabaye nk'inkuru y'umunyorogoto, inkoko n'umusazi – #rwanda #RwOT

    Uruhande rumwe rukomeje kuvuga ko Rutabana yaburiwe irengero bitewe n’ibibazo yari afitanye na Kayumba Nyamaswa, ariko ngo ababivuze bose bahise birukanwa barameneshwa. Ni mu gihe ku rundi, bivugwa ko Rutabana yari afite ibibazo bye bwite bidafite aho bihuriye na RNC.

    Serge Ndayizeye ukorera umuyoboro wa YouTube wa RNC, aherutse kuvuga ko ibura rya Ben Rutabana rishingiye ku bibazo bye bwite nk’umuntu, ndetse ko bishoboka ko hari amahari yari afitanye n’abayobozi bamwe na bamwe muri uyu mutwe.

    Ni amagambo yahise asamirwa hejuru na Jean Paul Turayishimye wahoze ari Umuvugizi wa RNC, avuga ko ibibazo bwite bidashobora gutuma umuntu aburirwa irengero. Yavuze ko atari byo, kuko ibibazo Rutabana yagize ari ‘ibibazo bya politiki, ibyo atumvikanaga n’umurongo wa RNC bikavamo ko aburirwa irengero’.

    Rutabana wari Komiseri muri RNC ushinzwe kongera ubushobozi, yaburiwe irengero ubwo yari mu rugendo yatangiye ku wa 5 Nzeri 2019 muri Uganda.

    Ku wa 2 Ukwakira 2019, hari ibaruwa yakwirakwiye hanze igenewe Umuhuzabikorwa wa RNC, Jérôme Nayigiziki. Iriho amazina y’abayanditse ari bo Tabitha Mugenzi, William Mugenzi, Jason Muhayimana, Simeon Ndwaniye, Vidah Ndwaniye, Louis Rugambage, Diane Rutabana, Emérance Sikubwabo na Max Sikubwabo.

    Muri iyo baruwa, handitse ko Rutabana ngo yahagurutse i Bruxelles ku wa Gatatu tariki 4 Nzeri 2019 Saa 21:45 n’indege ya Emirates Airlines, agana i Entebbe muri Uganda. Yabanje guhagarara i Dubai mbere yo kugera ku kibuga cy’indege cya Entebbe ku wa 5 Nzeri Saa 13:50.

    Yakomeje kuvugana kuri telefoni n’umugore we Diane Rutabana hagati y’itariki 5-8 Nzeri, ntiyongera kumva ijwi rye. Rutabana ngo yagombaga gusubira mu Bubiligi ku wa 19 Nzeri na bwo akoresheje Emirates Airlines, ariko baramutegereje baraheba.

    Turayishimye yasobanuye ko ubwo Rutabana yajyaga muri Uganda, yari afite ibibazo bikomeye ku buryo yatinyaga abantu bo muri RNC kurusha abandi bose.

    Ati “Hari ku Cyumweru, umuntu ahamagara [Kayumba] ari i Bugande, bavugana mu Kinyankole, ati ‘Rwa rugendo Ben yari afite rwajemo ibibazo’. [Kayumba] ambwira ko Ben bamushyize ku bantu bashobora gutabwa muri yombi, ibyo ni amagambo Kayumba yanyibwiriye. Arambwira ati ‘Reka mpamagare Ben mbimubwire’.”

    Nyuma ngo Kayumba yahamagaye Rutabana, hashize umwanya muto Rutabana na we ahamagara Turayishimye, amubwira ko nubwo yumvise ko ibintu bitameze neza, nta kabuza aza kugenda.

    Ati “Ndagenda ndi Umufaransa… aragenda ageze Entebbe amara amasaha abiri tutaramenya aho ari…nyuma y’amasaha abiri, ndamubaza nti ‘Ni gute hashira amasaha abiri tutaramenya aho wagiye uko bimeze?’ Ati ‘Ubu numvaga ko bamaze kugufata’.’

    Ngo Rutabana yamubwiye ko ageze muri Uganda, bamubajije urukingo rwa Yellow Fever asanga atarufite, ngo bamushyira ahantu ha wenyine, hashize umwanya haza umuntu, amuha ruswa y’Amayero 20 aramureka.

    Yavuze ko ngo amaze kuhagera, yakoze ibyamujyanye, aza gusanga za mpapuro zisaba ko atabwa muri yombi Kayumba yavugaga nta zihari. Ngo Rutabana na Turayishimye babiganiriyeho, batangira kubona ko bishoboka ko hari ikintu cyihishe inyuma y’ibyo Kayumba yari yamubwiye.

    Ati ‘Ben yahamagaye Kayumba ashaka kumwereka ko babeshye.’

    Kayumba Nyamwasa yashinjwe uruhare mu kurigisa Ben Rutabana

    Ngo nyuma yaho yasubiye mu Bubiligi amahoro, inshuro ikurikira ni bwo ngo yagiye muri Uganda aburirwa irengero kandi ngo akeka nta shiti ko Kayumba Nyamwasa yari ibiri inyuma.

    Mu bashyirwa mu majwi baba babizi harimo ngo muramu wa Kayumba Nyamwasa witwa Ntwari Frank, uba muri Uganda.

    Uyu mugabo yavuze ko mbere y’uko Rutabana abura, hari indi nama yabereye i Boston, aza kuyitabira, kandi ko ngo mu byaganiriweho, ingingo nyamukuru yari nko gukorera ‘Coup d’état’ Rutabana kuko hagati ye na Kayumba icyizere cyari cyaramaze gutakara.

    Umuhoza Benoît wari Umuyobozi w’Intara y’u Bufaransa muri RNC, yavuze ko nk’umuyobozi w’intara, yitabiraga inama za Biro Politiki za RNC, ko byose abizi. Yavuze ko Rutabana ari umuntu bari baziranye na mbere y’uko yinjira muri RNC, ndetse ko ngo yabaga mu Bufaransa ariko inshuro nyinshi akaba mu Bubiligi.

    Turayishimye wahoze ari Umuvugizi wa RNC yavuze ko mu gihe cy’ibura rya Rutabana, hakozwe inama, hanzurwa ko hashyirwaho itsinda ry’abantu barindwi bagomba gutegura inyandiko igomba gusobanura uruhande rwa RNC, ariko birangira abari muri iryo tsinda batumvikanye.

    Ati ‘Batangira gushyiramo ibintu numva ko ari ibyo gutandukana na Ben, byo kuvuga ngo ntabwo tuzi ibyo yagiyemo…nk’aho ari umujura wagiye kwiba banki. Ndavuga nti ‘Sinshobora kuba muri iyo komisiyo’.’

    Umuhoza yavuze ko nyuma y’ibura rya Rutabana, bahise bacikamo ibice, bamwe basaba ko yirukanwa, abandi bavuga ko agomba kwirukana.

    Ati ‘Byaje kurangira byemejwe ko Ben yirukanwa… bituma abantu bagira umutima wo kutishima.’

    Uyu mugabo yakomeje avuga ko hari abantu benshi bahoze ari abakozi ba RNC bagiye baburirwa irengero kubera ibibazo bagiye bagirana n’iri huriro.

    Turayishimye yavuze ko ibibazo bye muri RNC byatangiye ubwo yari atangiye kugira inshingano zo gucunga amafaranga y’iri huriro, kuko ari we wemezaga amafaranga asohoka.

    Ati ‘Ni we wemezaga amafaranga asohoka, ingendo z’abo bayobozi, abantu basanga harimo inyungu runaka, intambara ziratangira…amafaranga amaze kwinjira, njye ndabivuga mbihagazeho ko ari icyo kibazo cyazanye induru, cyazanye amakimbirane. Kubera ko Ben ni umuntu udaca ku ruhande, yaravuze ati ‘Amafaranga azajya asohoka ari uko agiye mu kazi, agomba kujyamo’, ibintu byo kugenda munyuza aha arabihagarika.’

    Yavuze ko yari asigaye ajya muri Uganda yishyira akizana, kuko yari afitanye gahunda n’abantu bakomeye. Ngo ntiyari agisaba uburenganzira, kandi ngo yari afite ububasha ku kigega cy’amafaranga.

    Serge Ndayizeye we wavuze ko abavuga ko Kayumba Nyamwasa ari we uri inyuma y’ibura rya Rutabana babeshya, mu gihe Turayishimye we avuga ko ibyo uyu mugabo avuga bidafite shinge na rugero.

    Ndayizeye yavuze ko ngo yatewe ubwoba na bamwe mu bantu bo muri RNC bamusaba guhindura uruhande ariho rwo gushyigikira Kayumba. Yavuze ko aho Rutabana yajyaga hose, yakirwaga n’abantu bo muri RNC, ariko ko nta muntu n’umwe wigeze ubabaza ibyabaye ubwo bakiraga Rutabana.

    Umuhoza we yavuze ko muri RNC hashize igihe harimo ukwishishanya ku buryo ngo hari inama yitabiriye muri Afurika y’Epfo atangira kubona ko bamureba nabi. Impamvu ngo ni uko yashakaga kubaza ikibazo cya Rutabana.

    Ati “Ni njye muntu njyenyine utaravugaga rumwe n’ibyavugwaga… narababwiraga nti ‘Ni ukubera iki umuntu wacu yabura tukihutira kumufatira umwanzuro?’…naravugaga umuntu wese akavuga ngo ninceceke. Kayumba yari aho.”

    Turayishimye yavuze ko ikibazo cya Rutabana kizahoraho, kuko ngo mu myaka irindwi ishize aburiwe irengero nta cyahindutse.

    Hajemo ibintu by’amoko

    Hari amajwi ngo yagiye hanze yumvikanisha ko Rutabana yari afitiye urwango Abahutu. Bamwe bavuga ko babiganiriyeho na Rutabana kandi ko yabyemeye. Ngo ni amajwi yafatiwe muri Uganda mu kumvikanisha ko nubwo abuze, nta gihombo kinini iri huriro rikwiriye kugira ngo kuko yari umuntu ufitiye urwango benshi.

    Umuhoza yavuze ko ubwo yiteguraga amatora mu Bufaransa, ngo batangiye kwigabanyamo ibice, bakavuga ko mu buyobozi umwe yajya aba Umuhutu undi akaba Umututsi. Ibyo kandi ngo byakorwaga n’abantu barimo n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati ‘Nibuka hari igihe kimwe cy’umwuka mubi cy’ibura rya Ben… icyo gihe ndabyibuka ko ntabwo bigeze bantumira mu ntara ya Autriche, abari bitabiriye, hazamo umuntu umwe azanamo ingero z’inzoka havugwa njye…bimaze gukomera cyane, habayeho nka Coup d’état mu Ntara y’u Bufaransa… baranyirukana. Aba bantu bari bafite umugambi mubi mu bintu bavuga ngo ni ukwegereza RNC Abahutu.’

    Mu bantu ngo bashyizwe ku ruhembe harimo abana bafite ababyeyi bafungiye ibyaha bya Jenoside muri gereza zitandukanye.

    Ati ‘Abantu bari abanyamoko.’

    Abirukanywe muri RNC n’abakiyirimo muri iki gihe bakomeje guterana amagambo, bamwe bavuga ko ibiri kuba bimeze nk’inkuru y’umurwayi wo mu mutwe, warwaye akajya yibona nk’umunyorogoto, hafi ye hari inkoko ishaka kumurya. Buri umwe, ngo akomeje kwikeka mugenzi we mu buryo bumeze nk’uko ngo ku buryo umurwayi yakize, yabona inkoko agasubira kwa muganga.

    Jean Paul Turayishimye ashyira mu majwi Kayumba Nyamwasa ku ibura rya Rutabana


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibibazo-bya-rnc-byabaye-nk-inkuru-y-umunyorogoto-inkoko-n-umusazi

  • Rai yo muri Kenya yitezweho kongera isukari u Rwanda rukenera – #rwanda #RwOT

    Ibyo byagarutsweho ku itariki 9 Kamena 2026 ubwo Minisitiri Sebahizi yagaragarizaga Abadepite ibikubiye muri politiki y’inganda y’imyaka 10 yatangiye mu 2024-2034.

    Abadepite bagaragaje impungenge ku buryo igihugu gikomeje kwishingikiriza ku isukari ituruka mu mahanga kuko ari yo nyinshi ugereranyije n’ikorerwa imbere mu gihugu kandi igatwara amafaranga menshi, mu gihe mu Rwanda hari uruganda rwa Kabuye ruyikora ndetse n’ahashobora guhingwa ibindi bisheke hahari.

    Minisitiri Sebahizi yagaragaje ko Uruganda rwa Kabuye rwigeze gukora hafi 50% by’isukari ikenerwa mu Rwanda ku mwaka ariko ko ubwiyongere bw’iyo Igihugu gikeneye n’uko ahakomoka ibisheke hatariyongera byatumye ibyo bipimo bigabanyuka.

    Ati ‘Uruganda rwa Kabuye rukora isukari mu myaka rumaze, aho ruhinga ibisheke ntihigeze hiyongera. Nyamara isukari ikenerwa ku isoko ry’u Rwanda yo igenda yiyongera bigatuma ubushobozi bwo guhaza isoko bugenda bugabanyuka. Rwigeze gukora 45% by’isukari ikenewe mu Rwanda, ariko abakenera isukari babaye benshi, ubwo bushobozi bugenda bugabanuka ariko si uko rwakoze bike.’

    Yasobanuye ko ubwiyongere bw’inganda, cyane cyane izitunganya ibiribwa n’ibinyobwa, buri mu byagize uruhare mu kongera isukari ikenerwa mu Rwanda, bigatuma itumizwa mu mahanga yiyongera kandi n’ingo ziyikoresha zigenda ziba nyinshi.

    Minisitiri Sebahizi yakomeje agaragaza ko Uruganda rwa Kabuye n’ubundi umasaruro rutunganya utakomeza guhangwa amaso mu buryo bwo kuwongera ngo ugere ku kigero Igihugu gikeneye, ahubwo ko Leta ifite gahunda yo gushaka undi mushoramari.

    Ati ‘Dushaka kongeraho undi mushoramari, bishobotse bakaba babiri cyangwa batatu. Umwe mu bashoramari turi kugerageza gukorana na bo ni Uruganda rwa Rai rw’Abanya-Kenya. Ruzagirana amasezerano na Leta y’u Rwanda ruhinge ibisheke ku butaka tuzabereka, hanyuma rudusezeranye ko bazatanga umusaruro wahaza 50% by’isukari dukenera.’

    Icyakora Minisitiri Sebahizi yavuze ko ibyo bitazakorwa ako kanya kuko bizafata imyaka igera kuri ine kugira ngo uwo musaruro uboneke.

    Ikindi yagaragaje ni uko isukari ari imwe mu bicuruzwa Igihugu gitumiza hanze ku bwinshi nyuma y’ibikomoka kuri peteroli, bigatwara amafaranga menshi.

    Nubwo rukora isukari nke ugereranyije n’isoko ryo mu Rwanda, Uruganda rwa Kabuye rwongereye umusaruro mu myaka itatu ishize kuko mu 2023/2024 rwatunganyije toni 5.907 z’isukari mu 2024/2025 rutunganya toni 9.640.

    Ni mu gihe mu 2025/2026 rwakoze toni 10.014. Gusa uwo musaruro uracyari hasi kuko ubarirwa mu 10% by’isukari ikenerwa mu Rwanda, bigatuma itumizwa mu mahanga ikomeza kuba nyinshi.

    Imibare ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda igaragaza ko mu 2025 u Rwanda rwatumije mu mahanga toni 195.610 z’isukari ifite agaciro ka miliyoni 145 z’Amadolari ya Amerika. Ibyo byagabanutse ugereranyije na 2024 aho rwari rwatumije toni 308.000 zifite agaciro ka miliyoni 238 z’Amadolari.

    Umusaruro w’isukari ikorerwa mu Rwanda ugiye kugezwa kuri 50% by’ikenewe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ikigo-cya-rai-cyo-muri-kenya-mu-byitezweho-kongera-isukari-u-rwanda-rukenera

  • Yabuze nyina, se atangira kumusambanya – Inkuru iri muri filime nshya ya Kecapu #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime Mukazayire Djalia uzwi nka Kecapu yashyize hanze filime nshya yise ‘Inkuru Yanjye’, igaragaza zimwe mu ngaruka z’ihohoterwa rikorerwa abana n’ibibazo bikomeye bamwe banyuramo mu miryango yabo ariko ntibivugwe muri sosiyete.

    Iyi filime ivuga ku buzima bw’umwana w’umukobwa ubayeho mu muryango urimo amakimbirane n’ihohoterwa, aho ahura n’ibigeragezo bikomeye birimo guhozwa ku nkeke n’abo yagakwiye kubona nk’abamurinda.

    Ni inkuru igaragaza ubuzima bubabaje abana bamwe banyuramo nyuma yo kubura ababyeyi ndetse n’uwo asigaranye akabura umusanzu wabo mu buzima bwa buri munsi.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Kecapu yavuze ko yahisemo gukora iyi filime agamije gutanga ubutumwa ku bibazo bikunze guhishwa cyangwa bikagirwa ibanga muri sosiyete nyarwanda no mu yindi miryango itandukanye.

    Yagize ati “Hari abana benshi babaho bafite intimba n’ibikomere byo mu mutima ariko ntibabone uwo babibwira. Twifuje kugaragaza ubu buzima kugira ngo abantu barusheho kubyumva no gushaka ibisubizo.”

    Uyu mukinnyi yavuze ko imwe mu mpamvu zamuhaye imbaraga zo gukora iyi filime ari amateka y’ubuzima bwe bwite, kuko na we yakuze ahura n’ibikomere byo kubura umubyeyi akiri muto.

    Kecapu yabuze umubyeyi afite imyaka irindwi y’amavuko, ibintu avuga ko byamusigiye amasomo menshi ku buzima ndetse bikamufasha kumva neza ububabare abana bamwe bahura na bwo.

    Nubwo filime yubakiye ku nkuru y’uruhurirane rw’ibibazo bikomeye, ifite ubutumwa bwo gukomeza icyizere no gushishikariza abantu gutabara no gutega amatwi abana bahura n’ihohoterwa cyangwa ubuzima bubakomereye.

    Filime ‘Inkuru Yanjye’ yamaze kujya kuri shene ya YouTube ya Kecapu TV Show.

    Kecapu yasohoye filime nshya

    Source : http://isimbi.rw/yabuze-nyina-se-atangira-kumusambanya-inkuru-iri-muri-filime-nshya-ya-kecapu.html

  • Batatu bugariraga basohotse muri Rayon Sport #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Rayon Sports Football Club yamaze gutandukana naba myugariro bayo batatu barimo Umunya Senegal Youssou Diagne wari kapiteni wayo, Ramazani Tchimanga Tshilembi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’umunyarwanda Emery Bayisenge bose bari basoje amasezerano.

    Ramazani Tchimanga Tshilembi yatandukanye na Gikundiro
    Bayisenge Emery yatandukanye na Rayon sport

     

    Diagne wari kapiteni a Rayon sport yayisohotsemo

     

    Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Rayon Sports, Bwana Gakwaya Olivier yavuze ko ibiganiro byahuje ubuyobozi n’aba basore byo kongera amasezerano bitigeze bigenda neza bityo ikipe yahise yihutira gushaka ibindi bisubizo kugirango yitegure imikino ya CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali

    Gakwaya Olivier yashimangiye ko iyi kipe ya Rayon Sports izakoresha ba myugariro babiri kuri burimwanya kandi ko kugeza ubu bamaze kuboneka kuko ikipe ifite Nshimiyimana Emmanuel Kabange na Obed Uwumukiza kuri kabiri mugihe kuri gatatu hari Elie Ganijuru wamaze kongera amasezerano ndetse akazafatanya na Fabrice kuri urwo ruhande

    Mumutima w’ubwugarizi Gakwaya Olivier yavuze ko bazakoresha abakinnyi bane barimo batatu bashya aribo, Nshuti Didier wavuye muri Gorilla Football Club, Matumona Wakonda Kanda Abbel wavuye mu Amagaju, Charles Tchouplaou umunya Chad wavuye muri Casric Stars ikina ikiciro cya kabiri muri Afurika y’Epfo basanga umunyarwanda Rushema Chris we uyisanzwemo

    Source : https://flash.rw/2026/06/10/batatu-bugariraga-basohotse-muri-rayon-sport/

  • Intambara ya Israel na Hezbollah ikomeje guhitana abatari bake, aho abasaga 3,600 bamaze gupfa i Lebanon #rwanda #RwOT

    Mu gihe amahanga yakomeje guhamagarira impande zombi zihanganye mu Burasirazuba bwo hagati guhagarika imirwano, igihugu cya Lebanon gikomeje guhura n’ingaruka zikomeye z’intambara iri hagati ya Israel n’umutwe wa Hezbollah ushyigikiwe na Iran. Imibare iheruka gutangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Lebanon igaragaza ko abantu 3600 bamaze kwicwa naho abagera kuri 11321 barakomeretse kuva imirwano yongeye gukaza umurego ku wa 2 Werurwe 2026.

    Iyi mibare igaragaza ubukana bw’iyi ntambara imaze amezi arenga atatu, ikomeje guteza ibibazo bikomeye by’ubutabazi, ubukungu ndetse n’umutekano muri Lebanon no mu karere kose k’Uburasirazuba bwo hagati. Ku wa kabiri, abaturage benshi batuye mu mujyi wa Tyre mu majyepfo ya Lebanon bongeye guhunga ingo zabo nyuma y’uko igisirikare cya Israel (IDF) gitangaje ko hari ibice bigomba kwimurwamo abaturage mbere y’uko ibitero biteganyijwe bitangira.

    Amashusho yafashwe hafi y’agace ka Aabbasiyyeh, kari mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Tyre, yagaragaje umwotsi n’umukungugu mwinshi wazamutse nyuma y’igitero cy’indege cya Israel. Aya mashusho yemejwe n’abasesenguzi bakoresheje amashusho ya satellite bagaragaza ko yafatiwe hafi y’ishuri ryo muri ako gace.

    Minisiteri y’Ubuzima ya Lebanon yatangaje ko igitero kimwe cyagabwe muri Tyre cyahitanye nibura abantu umunani ndetse kigakomeretsa abarenga 30, nubwo imibare yari igikomeza gukusanywa kugeza igihe twari turi gutunganya iyi nkuru.

    Abaturage benshi bavuga ko ubuzima bwahindutse kubera guhora mu buhungiro budashira. Hari imiryango imaze kwimurwa inshuro eshanu cyangwa zirenga kuva iyi ntambara yatangira, ibintu byashyize abaturage mu buzima bugoye cyane. Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yatangaje ko ahangayikishijwe n’ukwiyongera kw’imirwano muri aka karere. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yasabye ko ibitero byose bihagarara ako kanya, anasaba ko amasezerano y’agahenge hagati ya Israel na Lebanon, Israel na Iran ndetse n’ayahujwe na Gaza yubahirizwa byuzuye. Yavuze ko nta gisubizo cya gisirikare gishobora kurangiza ibibazo byo mu Burasirazuba bwo hagati, ahubwo ko ibiganiro bya dipolomasi ari byo byonyine bishobora kuzana amahoro arambye.

    Ibi yabivuze mu gihe impungenge zikomeje kwiyngera zuko intambara ishobora kongera gukwirakwira mu karere kose nyuma y’igihe gito impande zombi zari zemeye ko habaho agahenge. Nubwo hari ibiganiro byinshi by’amahoro bimaze igihe bikorwa, amasezerano menshi y’agahenge burya ntabwo akunze kubahirizwa.

    Muri Lebanon, amasezerano y’agahenge yatangajwe ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko Hezbollah yayamaganye ivuga ko atubahiriza inyungu zayo. Kurundi ruhande, Israel nayo yakomeje ibikorwa bya gisirikare mu bice bimwe byo mu majyepfo ya Lebanon. Hagati ya Iran na Israel, impande zombi zari zemeye guhagarika ibitero muri Mata 2026 nyuma y’intambara yamaze amezi arenga atatu. Gusa ku Cyumweru gishyize impande zombi zongeye guhererekanya ibisasu mbere y’uko zongera kwemera guhagarika imirwano ku wa Mbere.

    Muri Gaza na ho, ubwo imirwano ikomeye yahagaze Ukwakira 2025, amakimbirane hagati ya Israel na Hamas aracyagaragara rimwe na rimwe, bikaba byaratumye abantu benshi bakomeza guhitanwa n’ibitero.

    KImwe mu bibazo bikomeye byagaragaye muri iyi ntambara ni uko ibikorwa remezo by’ubuzima bikomeje kwibasirwa. Raporo zitandukanye zigaragaza ko mu cyumweru kimwe gusa, ibitaro bitatu byo mu majyepfo ya Lebanon byagabweho ibitero, bigahitana abantu icyenda ndetse bigakomeretsa abarenga 150, benshi muri bo bakaba ari abaganga n’abaforomo.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryamaganye ibi bitero, rivuga ko byatumye abaturage benshi batabona serivisi z’ubuvuzi kandi bikongera umubare w’abahitanwa n’ibikomere by’intambara. Minisiteri y’Ubuzima ya Lebanon ivuga ko kuva iyi intambara yatangira, abarenga 130 bakoraga mu rwego rw’ubuzima bamaze gupfa, naho amavuriro, ibitaro n’imodoka zitwara indembe birenga 160 byarangiritse bitewe n’ingaruka zibi bitero.

    Imibare y’Umuryango w’Abibumbye igaragaza ko abarenga miliyoni 1.2 z’Abanyalebanoni bamaze kuva mu byabo kubera intambara. Ni umubare munini cyane ugereranyije n’abaturage b’icyo gihugu.

    Kubera kwimurwa kw’abaturage, ikibazo cy’inzara nacyo gikomeje gufata indi ntera. ONU ivuga ko abantu basaga 1.24 bashobora guhura n’inzara ikabije hagati y’uyu mwaka n’amezi ari imbere niba imirwano ikomeje.

    Kubera iyo mpamvu, Umuryango w’Abibumbye watangaje ko umubare w’amafaranga basabwa yikubye kabiri yo gufasha Lebanon, aho yageza kuri miliyoni 639.9 z’amadorali ya Amerika ngo afashe abaturage bahuye n’ingaruka z’intambara. yi ntambara ntiyahinduye gusa ubuzima bw’abaturage, ahubwo yanahinduye imiterere ya politiki y’akarere. Mu ntangiriro zayo, Perezida Donald Trump na Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu bari bizeye ko igitutu cya gisirikare cyari gutuma Iran ihindura ubutegetsi cyangwa igacika intege burundu.

    Nyamara uko iminsi yagiye ishira, ibintu byafashe indi ntera. Nubwo abayobozi bakomeye ba Iran bishwe muri iyi ntambara, ubuyobozi bushya bwaje gusimbura abaguye mu mirwano bwakomeje kwerekana ko butazava ku murongo wa politiki wari usanzweho.

    Abasesengeuzi bavuga ko uburyo Iran yakomeje kugira uruhare mu guhungabanya ubwikorezi bwo mu Nyanja ya Hormuz bwatumye yongera kugira ijambo rikomeye mu karere, nubwo yari yahuye n’ibihombo byinshi.

    Ibi byatumye ibihugu byinshi byo mu karere ka Gulf nka UAE na bamwe mu bihugu bituranye na byo bihura n’ingaruka z’ubukungu, kubera ihungabana ry’ubucuruzi n’ubwikorezi mpuzamahanga. Nubwo impande zose zikomeje kuvuga ko zishyigikiye ibiganiro by’amahoro, ibikorwa bya gisirikare bikomeje kugaragara buri munsi bituma benshi bibaza niba amahoro arambye ashoboka mu gihe cya vuba.

    Abasesenguzi ba politiki mpuzamahanga bavuga ko uko intambara imara igihe kinini, ari ko biba bigoye kuyihagarika kuko buri ruhande rugenda rwiyumvamo ko rugomba kurwana kugira ngo rugere ku nyungu zarwo. Ku rundi ruhande, abaturage ba Lebanon ni bo bakomeje kwishyura igiciro kinini kurusha abandi. Buri munsi hari abatakaza ubuzima, abandi bagasiga ingo zabo, mu gihe ubukungu bw’igihugu bukomeje gusenyuka.

    Mu gihe amahanga akomeje guhamagarira impande zose kwitabira inzira y’ibiganiro, amaso y’Isi yose akomeje kureba niba agahenge kazubahirizwa cyangwa niba aka Karere kazakomeza kwinjira mu yindi ntambara ishobora kugira ingaruka zikomeye ku mutekano n’ubukungu bw’Isi yose.

    Intambara ya Israel na Hezbollah ikomeje guhitana abatari bake, aho abasaga 3,600 bamaze gupfa i Lebanon

    Source : https://kasukumedia.com/intambara-ya-israel-na-hezbollah-ikomeje-guhitana-abatari-bake-aho-abasaga-3600-bamaze-gupfa-i-lebanon/