Author: webrwanda

  • Amafoto:ibihugu by’Africa bifite abakobwa neza, uratungurwa naho u Rwanda ruherereye #rwanda #RwOT

    By Twahirwa Emmy
    Ibihugu byinshi bya Afrika bizwiho kugira abakobwa bafite uburanga n’igikundiro, ariko buri wese ku giti cye yakwikorera urutonde rwe bitewe n’igisobanuro we aha ubwiza kuko ntawe utakwifuza kubona igihugu cye cyiza ku isonga.
    Biragoye kuba wavuga ngo ni ihame ko ibi ari byo bihugu bihoraho mu kuba bifite abakobwa beza muri Afrika, gusa ibi tugiye kubagezaho ni bimwe mu bigenda bigarukwaho cyane. 
    Impamvu ni uko imbuga zigiye zitandukanye zitondeka uru rutonde mu buryo butandukanye ariko ahanini icyo izi mbuga tuba dukesha aya makuru ziba zagendeyeho mu guhitamo ibihugu bihiga ibindi kugira abakobwa beza ni: Uburanga, Igikundiro, Kugira urugwiro no Gukurura abagabo.
    Uru rutonde tugiye kubagezaho tukaba turukesha ExpatKings:
    10.South SUDAN
    Ku mwanya wa 10 dusangaho Sudan y’Epfo nk’igihugu gifite abakobwa beza kandi bagira urugwiro ndetse banakurura abagabo .
    9.RWANDA
    U Rwanda ni igihugu gifite umutekano, kikarangwamo umutuzo ndetse n’ahantu nyaburanga ho gutemberera haryoheye ijisho, kikaba kandi kinakurura ba mukerarugendo batari bacye. Ku mwanya wa cyenda rero dusangaho abari b’abanyarwandakazi nabo bakurura abatari bacye.
    8.MORROCO
    Igihugu cya Morroco gituwe n’abakoresha ururimi rw’icyarabu cyane, kikaba kirangwa n’umutekano ndetse nacyo kiza kuri uru rutonde rw’ibihugu bifite abakobwa beza muri Africa.
    7.KENYA
    Kenya ni igihugu kigendwa na ba mukerarugendo benshi kuko byibuze  buri mwaka gisurwa na ba mukerarugendo bagera kuri miliyoni 2. Si ibi gusa kandi kuko Kenya ifite umwihariko wo kuba ari amahitamo ya mbere kuri ba mukerarugendo baba baje muri Africa ku nshuro yabo ya mbere. Abakobwa bo muri kenya bakaba ari beza, niyo mpamvu  umujyi  mukuru wa Kenya ari wo Nairobi ugendwa cyane n’abagabo.
    6.EGYPT
    Kuri uyu mwanya dusangaho abakobwa bo mu gihugu cya Egypt nabo bagaragara kuri uru rutonde nk’abakobwa beza dusanga ku mugabane wa Africa.
    5.ERITREA
    Eritrea ni igihugu gito ariko kirangwamo abakobwa beza benshi hakaba hakunze gukoreshwa ururimi rwitwa Tigrinya.
    4.GHANA
    Abakobwa bo muri Ghana bagira urugwiro cyane by’umwihariko kuri ba mukerarugendo baza babagana bikaba akarusho.
    3.ETHIOPIA
    Abakobwa bo muri Ethiopia bazwiho kuba bafite amaso manini kandi bafite n’amasura meza akurura benshi.
    2.DJIBOUTI
    Djibouti ni igihugu gito gifite abaturage batagera no kuri miliyoni 1 ariko ntibiyibuza kuza ku mwanya wa kabiri nk’igihugu gifite abakobwa beza cyane muri Africa. Muri iki gihugu bakaba bakoresha cyane ururimi rw’igifaransa.
    1.SOMALIA
    Ku isonga igihugu gihigika ibindi mu kugira abakobwa bafite uburanga kurusha abandi muri Afrika ni Somalia.
    Source : https://www.hillywood.rw/?p=74087
  • Gutumiza imbuto zo guhinga mu mahanga bigiye kuba amateka mu Rwanda

    Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yijeje ko guhera mu gihembwe cy’ihinga A kizatangira muri Nzeri uyu mwaka, u Rwanda rutazongera gutumiza mu mahanga imbuto zo guhinga, nyuma y’imyaka myinshi igihugu gitanga za miliyari mu kuzitumiza.
  • Ibyiza byo kugenda n’amaguru nka sport #rwanda #RwOT

    Siporo ni ingenzi mu buzima bwa muntu, umuntu aremwe mu buryo agomba kubaho agenda. Bituma amera neza mu mubiri ndetse no mu iterambere. Ni siporo rero yakorwa neza muri iyi minsi ya Corona virus, aho siporo rusange zibujijwe. Kugenda n’amaguru nka siporo rero bifasha umuntu muri ibi bikurikira: Kumererwa neza mu mubiri no mu bitekerezo, Kunanuka, ni siporo yafasha abantu babyibushye cyane bifuza gutakaza ibiro ndetse igafasha no mu kutabyiyongera Igabanya uburibwe bw’umugongo Ifasha mu (…)

    Kwiyitaho

    source http://agasaro.com/spip.php?article4322

  • Umunya-Tanzania yavumbuye amabuye y’agaciro abarirwa muri miliyoni 3.35 z’amadolari #rwanda #RwOT

    Umucukuzi w’amabuye y’agaciro muri Tanzania, yinjiye mu batunze miliyoni y’amadolari nyuma yo kuvumbura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Tanzanite afite agaciro ka miliyoni $3.35, angana na miliyari 7.74 z’amashilingi ya Tanzania.

    source https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/umunya-tanzania-yavumbuye-amabuye-y-agaciro-abarirwa-miliyoni-3-35-z-amadolari

  • Hatangijwe urubuga rwa internet ruzorohereza abashaka guhaha divayi, champagne na liqueur #rwanda #RwOT

    Iguriro ryo kuri internet ‘Sagacite Shop’ ryashyizeho uburyo bushya buzafasha abantu kugura ibinyobwa byo mu bwoko bwa Champagne na divayi hifashishijwe ikoranabuhanga, mu gukemura ingorane abacuruzi b’ibi binyobwa bahura nazo cyane cyane muri ibi bihe bya COVID-19.

    source https://igihe.com/ubukungu/ubucuruzi/article/hatangijwe-urubuga-rwa-internet-ruzorohereza-abashaka-guhaha-divayi-shampanye

  • Amerika yashinje ibigo bikomeye birimo Huawei gukorana n’igisikare cy’u Bushinwa #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashinje ibigo 20 bikomeye mu Bushinwa birimo na Huawei ko ari iby’igisirikare cyangwa se bikaba bifashwa nacyo.

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/amerika-yashinje-ibigo-bikomeye-birimo-huawei-gukorana-n-igisikare-cy-u

  • U Rwanda rugiye kongera kwakira inama nyafurika yiga ku by’indege #rwanda #RwOT

    Abategura inama nyafurika mu by’indege bemeje amatariki mashya izaberaho aho yavanywe muri Gashyantare 2021 ishyirwa muri Mata uwo mwaka mu kwirinda ko hazagira umuntu unanirwa kuyitabira kubera icyorezo cya Coronavirus, bizeye ko kizaba kitakiri ikibazo ku Isi.

    source https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rugiye-kongera-kwakira-inama-nyafurika-yiga-ku-by-indege

  • Ikibazo cya Bukuru Christophe cyamubujije gukinira Amavubi cyaba cyarakemutse? #rwanda #RwOT

    Nyuma asizwe n’umutoza w’ikipe y’igihugu kubera ko bikekwa ko yaba yarakiniye u Burundi, uyu mukinnyi avuga ko we nta kibazo na kimwe cyo gukemura gihari kuko ari umunyarwanda kandi atazigera akinira na rimwe ikipe y’igihugu y’u Burundi.

    Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo Bukuru Christophe yahamagawe mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda, yari mu bakinnyi 28 umutoza w’ikipe y’igihugu yahamagaye yitegura imikino ibiri ya gishuti mu mpera z’uku kwezi harimo uzahuza Amavubi na Cameroon i Yaounde tariki ya 24 ndetse n’uzayahuza na Congo Brazaville i Kigali tariki ya 28 Gashyantare.

    Uyu musore ntiyaje kugaragara ku rutonde rwa nyuma rw’abakinnyi 26 umutoza Mashami Vincent yahagurukanye yerekeza muri Cameroun kubera ko byavugwaga ko yaba yarakiniye ikipe y’igihugu y’u Burundi.

    Icyo gihe uyu musore yavuze ko atigeze akinira u Burundi n’ubwo yahamagawe ndetse akanitabira umwiherero wa bo ariko atigeze akinira u Burundi.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI.RW, kugira ngo imenye niba iki kibazo cyaba cyamubujije gukinira Amavubi cyarakurikiranywe kigakemuka, Bukuru Christophe yavuze ko we ari umunyarwanda azakinira Amavubi ndetse ko nta n’ibyo gukurikirana bihari kuko atigeze akinira u Burundi.

    Yagize ati“igihe icyo ari cyo cyose nakinira Amavubi kuko ni igihugu cyanjye. Ibyo gukinira u Burundi sibyo njyewe ndi umunyarwanda kandi nkunda igihugu cyanjye ibyo byose ntabwo ari byo, nta no kubitindaho.”

    Bukuru Christophe ni umukinnyi w’ikipe ya APR FC afite imyaka 23, amaze igihe kinini muri Shampiyona y’u Rwanda, yazamukiye mu cyiciro cya kabiri muri SEC Academy yagezemo mu mwaka wa 2015, nyuma yaje gukomereza muri Rwamagana City nabwo mu cyiciro cya kabiri aza kujya muri Mukura VS yamazemo imyaka ibiri yerekeza muri Rayon Sports yakiniye umwaka umwe ari naho yavuye ajya muri APR FC nyuma ya shampiyona ya 218-19.

    source http://isimbi.rw/siporo/article/ikibazo-cya-bukuru-christophe-cyamubujije-gukinira-amavubi-cyaba-cyarakemutse

  • Mu ijoro ryakeye abantu miliyoni 231 bakoze imibonano mpuzabitsina, Reba ibindi bidasanzwe byabaye #rwanda #RwOT

    Urutonde rw’ibintu abenshi batazi ko biba buri masaha 24

    .Buri munsi ku yavuka abana 365 000,
    .Buri munsi abantu miliyoni 18 bizihiza isabukuru y’amavuko,
    .Buri munsi ku Isi harabya imirabyo miliyoni 8,6,
    .Buri masaha 24 mu Bushinwa basarura toni 510 000 z’umuceri,
    .Buri masaha 24 inkoko zitera amagi miliyoni 190,
    .Buri masaha 24 abatuye Isi barekura amazi yo muri toilette inshuro miliyari 22. Aya mazi angana n’ayo ½ boga.
    .Buri masaha 24 ibiti 40 000 biratemwa bigakorwamo ibikapu byo mu mpapuro birimo envelope kaki, ibiti ibihumbi 27 biratemwa bigakorwa impapuro z’isuku,
    .Buri munsi impuzandengo yo guseka ni inshuro 15 kuri buri muntu.
    .Buri munsi umutima wawe utera inshuro ibihumbi 104.
    .Buri munsi impuzandengo y’ayo buri muntu yinjiza ni amadorali 16 y’amerika.
    .Buri munsi umuntu ahumeka inshuro ibihumbi 23 000,
    .Buri munsi mu Bwongereza honyine havuka imbeba ibihumbi 93,

    .Buri munsi ibinyabuzima biri hagati ya 150-200 birazima. Ibyo birimo ibimera, utukoko, inyoni, n’inyamabere.
    .Buri munsi buri muntu atera intambwe ibihumbi 8,
    .Buri munsi buri gacurama karya udusimba 1 000,
    .Buri munsi ku Isi haba imitingito 7 n’imiyaga ibihumbi 18,
    .Buri munsi umuntu amara iminota 12 mu bwogero,
    .Buri munsi umubiri w’umuntu utakaza cellules ukanakora cellules tiriyoni 50,
    .Buri munsi umuntu wese amara mu musarane iminota 20,
    .Buri munsi umusatsi w’umuntu ukuraho milimetero 0,35, akanataka imisatsi iri hagati ya 40 na 100,
    .Buri munsi umuntu avuga amagambo ibihumbi 48,
    .Buri munsi mu isi hagurishwa isigara miliyoni 15,

    Src: Blightside

    source http://www.ukwezi.rw/Udushya/Mu-ijoro-ryakeye-abantu-miliyoni-231-bakoze-imibonano-mpuzabitsina-Reba-ibindi-bidasanzwe-byabaye