



Umunyarwandakazi Supersexy ni umwe mu banyarwandakazi bakurikirwa cyane ku mbuga nkoranyambaga byumwihariko ku rubuga rwa instagram.




LUSAKA, 7 Nyakanga (Xinhua) – Zambia yatangaje ko abantu 324 banduye COVID-19 n’abapfuye 18 mu minsi 11 ishize, nk’uko minisiteri y’ubuzima yabitangaje ku wa kabiri.
Ibi bituma umubare rusange w’abantu bagera ku 1.895 naho abapfuye bose bagera kuri 42.
Mu gihe cyo kuvugurura COVID-19, Minisitiri w’ubuzima Chitalu Chilufya yavuze ko abantu bashya batoranijwe mu bizamini 8.435 byakozwe mu gihe umubare 153 w’abakira nawo wanditswe muri icyo gihe.
Minisitiri wa Zambia yavuze ko kwiyongera kwa COVID-19 n’impfu ari ikimenyetso cy’uko abantu baruhutse mu kubahiriza ingamba zo gukumira zashyizweho ndetse no mu gihe cy’ubukonje.
Ati: “COVID-19 ni impamo, ntabwo ari impimbano kandi byihutirwa mu buzima rusange. COVID-19 ntabwo ari ikindi gicurane gusa. Tugomba gukomeza gufatana urunana, dufatanya mu kurwanya.”
Yavuze ko bibabaje kuba hari umunaniro mu baturage gukurikiza amabwiriza yo gukumira bikaviramo kwiyongera kwa COVID-19 ndetse n’impfu.
Yagaragaje ko hazakomeza kwiyongera ku mbogamizi z’iteraniro rusange kubera ubwiyongere bwa COVID-19 ndetse n’impfu ziterwa no kutubahiriza ingamba z’imibereho.
Umuhanzi Ndayambaje Jean paul uzwi ku izina rya N P yamamare atangazako kuri ubu yinjiranye muri muzika nyarwanda imbaraga zidasanzwe.

Ibi NP yamamare yabidutangarije ubwo yaganiraga na hillywood atubwirako amaze gukora indirimbo nyinshi harimo izo ahuriyemo n’abandi bahanzi gusa kuri ubu akaba amaze gushyirahanze indirimbo ze zitandukanye nka iby’isi, coronavirus,nyiramwiza n’izindi nyinshi.
N P watangiye gukora muzika mu mwaka wa 2012 Aho yari mu itsinda ryitwaga light byoys yakomeje adutangarizako nyuma yogukorana niri tsinda akabona bitagenda yabaye abishyize kuruhande abanza kwita kubijyanye n’umurimo w’Imana maze akora gospel aba muri korale.
N P yagarutse muri muzika ye mu mwaka wa 2019 nyuma yaho Hari bagenzi be Bari babimusabye bitewe n’izina yaramaze kubaka mu karere ka rubavu arinaho akorera muzika ye.
Kuri ubu nyuma yogukora indirimbo coronavirus igakundwa cyane n’ibitangazamakuru bitandukanye byamuteye imbaraga zo gusohora indirimbo yise nyiramwiza Ari nayo nshashya afite magingo Aya.

NP yamamare ufite umwihariko wo kuririmba munjyana zose yaba hip hop cg R&b na afro beat kuri ubu intego Ni ukwemeza abakunzi be abakorera indirimbo zifite ireme.
Reba hano nyiramwiza ya NP yamamare
Abatuye mu mudugudu wa Soweto mu mujyi wa Jinja barumiwe nyuma yuko umwe muri bo, John Ochieng w’imyaka 40 yapfuye azize inzara nyuma yo kuvugwa ko yaramaze ibyumweru bibiri nta biryo.
Nk’uko abaturanyi ba Ochieng babitangaza. Uyu nyakwigendera yatakaje akazi muri Mata 2020 yitabaza gusabiriza ibiryo kugira ngo abeho, ariko ntibashoboye gukora byinshi kuko nabo baharanira kugaburira imiryango yabo.
Ochieng yababajwe n’ubuzima maze yiyemeza kwifungirana mu cyumba yakodeshaga ku ya 24 Kamena 2020 kugeza uyu munsi mu gitondo ubwo yavugaga ko yapfuye.
Abaturage bavuga ko bamenye iby’urupfu rwe babonye isazi zo mu rugo zikikije urugi maze bahitamo kwinjira, ariko bakirwa n’amashusho ateye ubwoba.
Uwapfuye ngo yari amaze iminsi adafite ibiryo kuko yabuze amafaranga arambye yo kwibeshaho. Yari yitabaje gukora mu mirima yigenga aho yakoreraga Shillings 1000 buri munsi.
Ochieng yahagaritswe igihe nyir’imirima yabuze amafaranga yo kumwishura.
Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Soweto, David Kitamirike, ngo muri ako karere hari abashakanye barenga 500 birukanwe mu nganda zitandukanye bavuga ko ibibazo by’amafaranga byatewe no gufunga.
Umukozi ushinzwe sitasiyo ya Polisi ishinzwe umutekano wa Walukuba, Mohammed Ssebuliba, avuga ko kuri sitasiyo havuzwe ikibazo cy’urupfu rutunguranye kandi abapolisi bagenzura aho icyaha cyakorewe ariko abagize umuryango bababuza gukora postmortem ku mpamvu zabo bwite.

Abahanzi iyo baririmba turanezerwa cyane, abakinnyi batsinda ibitego tugafatikanya kubyishimira (celebration), nyamara ntitumenye aho ibi byamamare dukunda bitaha.
Muri iyi nkuru, turakugezaho amafoto y’inyubako za bamwe mu bakinnyi mu mikino itandukanye, baba abakina hano mu Rwanda n’abakina hanze yarwo, ndetse n’amafoto y’inzu za bamwe mu bahanzi (abaririmbyi) b’Abanyarwanda.
Inyinshi muri izo nyubako ntizubatse mu mujyi wa Kigali, bivuze koi bi byamamare bidakunda gutura rwagati mu mujyi, ahubwo byahisemo kwiturira mu nkengero cyangwa mu yindi mijyi yunganira uwa Kigali.
Abakinnyi
1. Umunyezamu Ndayishimiye Jean Luc (Bakame)

Uyu mugabo ukinira ikipe ya AS Kigali nk’umunyezamu, ari mu bakinnyi bafite inzu z’akataraboneka.

Bakame kandi ni n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, akaba yaranakiniye andi makipe ya hano mu Rwanda nka Rayon Sports, APR FC, n’andi.
2. Haruna Niyonzima

Haruna Niyonzima, ubusanzwe ni muramu wa Bakame, kuko Bakame yashakanye na mushiki wa Haruna.
Aba bombi batuye mu gace kamwe, ndetse inzu zabo ziregeranye. Haruna ubu akinira ikipe ya AS Kigali nk’umukinnyi ukina hagati. Ni umukinnyi kandi w’ikipe y’igihugu Amavubi, ndetse akanayibera kapiteni (captain).

Ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini ikipe y’igihugu Amavubi. Na we yamaze kuzuza inzu ye nziza hafi y’iya muramu we Bakame.
3. Hakizimana Muhadjiri

Hakizimana Muhadjiri, ubusanzwe we avukana na Haruna Niyonzima. Birumvikana ubwo na we ni muramu wa Bakame.
Muhadjiri ubu umukinnyi mpuzamahanga, ukinira ikipe ya Emirates Football Club yo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

Uyu rutahizamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, na we afite inyubako y’akataraboneka hafi y’aho mukuru we Haruna Niyonzima na muramu we Bakame bubatse.
4. Bizimana Djihad

Bizimana Djihad, ni umukinnyi mpuzamahanga ukina mu bataha izamu mu ikipe ya Waasland-Beveren yo mu gihugu cy’u Bubiligi, yagiyemo avuye muri APR FC.
Ubusanzwe ni mwishywa wa Haruna Niyonzima na Hakizimana Muhadjiri, kuko aba ba bamubereye ba nyirarume kuko bavukana na nyina umubyara.


Uyu musore ukinira n’ikipe y’igihugu Amavubi, na we afite inzu y’agatangaza hafi y’aho babyara be (Haruna na Muhadjiri) ndetse na muramu we Bakame bubatse.
5. Jacques Tuyisenge

Uyu rutahizamu w’ikipe ya Petro Atletico de Luanda muri Angola, na we ni umwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bamaze kuzuza inzu z’akataraboneka hano mu Rwanda.

Tuyisenge ni n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi.
6. Areruya Joseph

Areruya Joseph ni umukinnyi w’umukino w’amagare wabigize umwuga. Yegukanye Tour du Rwanda yo muri 2017.
Uretse gutwara Tour du Rwanda 2017, yatwaye Tour de l’Espoir 2018, na La Tropicale Amissa Bongo 2018, bimuhesha amahirwe yo kwerekeza mu ikipe ya Delko Marseille Province yo mu Bufaransa.
Uyu musore na we ni umwe mu bakinnyi bafite inyubako nziza hano mu Rwanda.
Abahanzi (Abaririmbyi)
1. Ama G The Black

Ama G The Black, ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bamaze kwiyubakira inzu zigezweho.
Uyu mugabo aririmba injyana ya Hip Hop, akaba umwe mu bahanzi bakunzwe hano mu Rwanda.
2. Butera Knowless na Ishimwe Clement

Uyu muryango w’abahanzi (umuririmbyi n’utunganya imiziki- producer), na wo utaha mu nyubako nziza cyane.
3. Platini (Dream Boys)
Nemeye Platini ubarizwa mu itsinda rya Dream Boys, na we ni umwe mu bafite inzu nziza. N’ubwo itaruzura neza, ariko bigaragarira amaso ko izaba ari inzu y’igitangaza.
4. TMC (Dream Boys)

Mujyanama Claude uzwi nka TMC, na we abarizwa mu itsinda rya Dream Boys, akaba na we ari umwe mu bahanzi bafite inzu nziza.
Inzu ye yegeranye neza n’iya mugenzi we babana mu itsinda rya Dream Boys
5. Tom Close

Dr. Muyombo Thomas uzwi ku izina rya Tom Close muri muzika, na we ni umwe mu bahanzi bafite inzu nziza.
The post Zimwe mu nzu z’ibyamamare bikomeye hano mu Rwanda (AMAFOTO). appeared first on KASUKU MEDIA.
source https://kasukumedia.com/zimwe-mu-nzu-zibyamamare-bikomeye-hano-mu-rwanda-amafoto/
Nubwo akenshi urukundo rurangwa no kwizirikanaho ndetse rukanagira byinshi biteye urujijo, birimo uburyarya n’ibindi, Ariko hari ibyo ushobora gukora no kwitaho bikakugeza ku mahirwe mu rukundo rwawe.
Ni byiza buriya ko umuhungu cyangwa umukobwa uri mu rukundo agomba kumenya hakiri kare ko urukundo arimo ari urwa nyarwo cyangwa uwo bakundana ari uwa nyawe kuri we, Kugirango bibarinde mwembi kuzababara kandi arimwe mwizize, Izi ni zimwe mu ngingo zizagufasha kumenya niba urukundo rwawe ari urwa nyarwo cyangwa umukunzi wawe agukwiriye:
1.Itumanaho ryanyu: Buriya itumanaho icyangwa imivuganire no gushyikirana ku bakundana ni ikintu k’ingenzi cyane, byumwihariko iyo bigenda neza, Rero igihe ubona iyi ngingo itari kugenda neza mu bihe by’urukundo rwanyu bitewe n’umwe muri mwe ndetse nta mpamvu ifatika, Ni ikimenyetso ko umwe muri mwe asa nibeshya mu rukundo.

2.Kuganiro kubyo mutumvikanaho: Niba mu rukundo rwanyu mujya mufata akanya nibura 3 mu cyumweru mukaganira ku ngingo zimwe na zimwe zijya zituma murakaranya kubwo kutazumva kimwe, Buri wese ni umwunganizi mwiza wa mugenzi we mu rukundo rwanyu ndetse hari amahirwe menshi ko urukundo rwanyu ruzaramba imyaka myinshi, Kuko ubwo ikibahuza kiba cyamaze kuruta ikibatanya.

3.Kutarenzaho ku ngingo zibangamye: Kugira ikibazo ntiwihutire kubwira umwunganizi wawe mu rukundo, gukupa telefone no kujya kuryama ubabaye ariko utavuze ikikubabaje Si byiza kuko burya kuba isaha n’isaha watandukana n’umukunzi wawe hari byinshi bibyimbije umutima wawe byaba bibi kurushaho ndetse bishobora no kugutera ikibazo no mu mibereho yawe ya buri munsi nyuma y’urukundo.

4.Kwiha agaciro: Kugirango urukundo urimo rukubere urwa nyarwo ndetse wari ukwiriye, Nuko wowe ubwawe utagomba kwitesha agaciro ku mwunganizi wawe mu rukundo, Kuko nta wundi wabona ushobora kuza kuguha ako gaciro utiha, Wituma ufatwa nk’umuntu w’agaciro gake kandi utabyifuza, Kuko nubyemera bizaba bibi cyane, Ikindi ntukwiye kwemera ko abantu bo hanze bagufata uko bishakiye kuko bizatuma n’umwunganizi wawe agufata uko.

5.Imyanzuro itabangutse: Urukundo rwa nyarwo hagati ya babiri, Rurangwa no gufata imyanzuro yaganiriweho igihe gihagije, Byaba byiza hakanitabazwa bamwe mu bantu ba hafi banyu, Kugirango babafashe hatabayeho kwivumbura kuri umwe muri mwe, Kuko umukunzi nyawe ahangana n’ibibazo ahuriye nabyo mu rukundo. Urukundo nyarwo rugomba kugira abantu babiri bahuje umugambi ndetse no kwihangana, Iyo umwe ananiwe akabivamo, Ntiruba rukiro urukundo rwa nyarwo ndetse namwe ubwanyu ntimiba mwari mukwiranye.
The post Dore ingingo 5 zizakwereka ko urukundo urimo n’umukunzi wawe ari urwa nyarwo. appeared first on KASUKU MEDIA.
source https://kasukumedia.com/dore-ingingo-5-zizakwereka-ko-urukundo-urimo-numukunzi-wawe-ari-urwa-nyarwo/

Minisitiri w’Uburezi muri Kenya, George Albert Omore Magoha, yasabye ibigo by’amashuri gusubiza ababyeyi amafaranga y’ishuri bari barishyuye mbere y’uko amasomo asubikwa kubera icyorezo cya COVID-19 cyangwa akareka bakazayaheraho mu 2021 ubwo amashuri azaba yongeye gufungurwa.
Iki cyemezo cya Minisitiri w’Uburezi kije nyuma y’impungenge zagaragajwe n’ababyeyi z’uko abanyeshuri basabwa kwishyura amafaranga y’amasomo bahererwa kuri internet kandi n’ubundi ibyo biga bazabisubiramo mu gihe amashuri azaba yongeye gufungura.
Aya mafaranga amashuri asabwa gusubiza ababyeyi ni ay’igihembwe cya mbere kuko abanyeshuri batashye muri Werurwe bamaze kwiga amezi abiri mu gihe bagombaga kwiga kugera mu mpera za Mata.
Ibi bije mu gihe hari hashize iminsi mike Minisitiri George Magoha atangaje ko muri iki gihugu amashuri abanza n’ayisumbuye azongera gufungura mu mwaka utaha wa 2021.
Kuva Coronavirus yagera muri Kenya, hamaze kuboneka abarwayi 8525, abamaze kuyikira ni 2593 mu gihe 169 bitabye Imana.
Tubibutse ko Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima WHO/OMS ryemeje ko hari ibimenyetso byerekana ko coronavirus ishobora kuba yakwirakwira mu duce duto cyane tugenda mu mwuka.
Kwandurira mu mwuka ntawabihakana ahantu hari abantu benshi, hafunze cyangwa hatari umwuka uhagije nk’uko umwe mu bakozi bayo abivuga. Niba ibi byemejwe, bishobora guhindura uko iki cyorezo cyirindwaga mu nzu.
Ibaruwa ifunguwe y’abahanga muri siyansi barenga 200 ishinja OMS/WHO guha agaciro gacye iby’uko iyi virus ishobora kuba yandurira no mu mwuka. OMS kugeza ubu ivuga ko iyi virus yandurira mu matembabuzi akwira mu gihe umuntu akoroye cyangwa yitsamuye.
Jose Jimenez umuhanga mu butabire wo muri kaminuza ya Colorado muri Amerika wasinye kuri iyo baruwa, yabwiye Reuters ati:
“Turashaka ko bemeza ibi bimenyetso. Ntabwo rwose ari ukwibasira OMS, ni impaka zishingiye kuri siyansi, ariko byabaye ngombwa ko na rubanda ibimenya kuko bangaga kumva ibimenyetso tubereka mu biganiro byinshi twagiranye”.

Profeseri Benjamin Cowling nawe wasinye iyi nyandiko wo muri kaminuza ya Hong Kong, yabwiye BBC ducyesha iyi nkuru ko ibyo babonye ari “ikintu gikomeye cyo kwitabwaho”.
Ati:”Mu bijyanye n’ubuzima, iyo indwara yandurira mu mwuka twumva ko abakozi bo mu buvuzi bagomba kwambara imyenda yabugenewe ibarinda… OMS yavuze ko imwe mu mpamvu batemera iby’uko Covid-19 yandura gutyo ari uko nta dupfukamunwa twabugenewe duhagije duhari ku isi”.
Bwana Benjamin avuga ko bibaza kandi ko byasaba guhindura byinshi mu kwirinda iyi ndwara kuko kwandura muri ubu buryo biteye inkeke ahantu hahurira abantu nko mu nzu n’ahandi. OMS ivuga ko ibi bimenyetso bikiri iby’ibanze, ko hakenewe ubushakashatsi bwisumbuyeho.
Benedetta Allegranzi umukozi wa OMS mu ishami ry’indwara zandura, avuga ko ibimenyetso by’uko Covid-19 yandura biciye mu mwuka “ahantu hari abantu benshi, hafunze, hatari umwuka uhagije, bitakwirengagizwa”.
Mu mezi ashize, OMS yashimangiye ko Covid-19 yandurira mu duce duto tw’amatembabuzi iyo umuntu akoroye cyangwa yitsamuye. Uduce tudashobora kuguma hejuru mu mwuka ahubwo tugwa hasi – niyo mpamvu gukaraba intoki ari uburyo bwemejwe bwo kwirinda.
Gusa abahanga 239 bo mu bihugu 32 ntibabyemera gutyo: bavuga ko hari ibihamya bikomeye byerekana ko iyi virus ishobora kugenda mu mwuka mu duce duto cyane kurushaho, dushobora kumara amasaha tuzenguruka mu mwuka nyuma y’uko abantu bavuze cyangwa bahumetse.
Uyu munsi kuwa gatatu, OMS yemeje ko hari ibimenyetso byerekana ko ibyo bishoboka nk’ahantu hafunze cyangwa hari abantu benshi.
Ivuga ko ibyo bimenyetso bizagenzurwa kurushaho, gusa ko nibyemezwa, ingamba zo kwirinda iyi virus zizahinduka, bigasaba ko abantu barushaho kwambara udupfukamunwa, no kutegerana bikarushaho cyane cyane ahahurira abantu benshi.
The post Kenya: Ibigo by’amashuri byasabwe gusubiza ababyeyi amafaranga bari barishyuye. appeared first on KASUKU MEDIA.