Author: webrwanda

  • Gisagara:yishe umugore we amuziza ibiceri 2 by’ijana. #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryakeye ryo kuri uyu wa gatatu tariki ya 8 Nyakanga, ahagana saa 20h00 z’ijoro mu Kagari ka Saga mu Murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara, umugabo uri mu kigero cy’imyaka imyaka 48 yishe uwo bashakanye, ngo ejo yamwatse Frw 200 umugore amubwira ko ntayo afite.

    Ukekwaho kwica umugore we yitwa Nkurabanga Laurent, nyakwigendera we yitwa Domitria Ntabuzaza uri mu kigero k’imyaka 55 y’amavuko. Abaturage bahise bamufata akimara kumutema.

    Urupfu rw’uyu mugore nk’uko abaturanyi babivuga, ngo bakeka ko rwatewe n’amakimbirane bari bamaze iminsi bafitanye.
    Ku munsi w’ejo mu gitondo umugabo yasabye umugore we Frw 200 yo kujya kunywa inzoga, undi (Nyakwigendera) amubwira ko ntayo afite.

    Munyanziza … Uyobora Umudugudu wa Nyakagezi (aho ukekwaho icyaha yari atuye mbere yo kwinjira nyakwigendera), avuga ko bariya bantu bari bamaze imyaka 3 babana mu nk’umugabo n’umugore.

    Avuga ko bamenye amakuru ko amaze kwica umugore bihuta bajya gutabara basanga yamaze kumutema.
    Munyanziza ati ”Bari bamaze iminsi basa nk’abafitanye ibibazo, yamutegeye mu nzira ahita amutema akoresheje umuhoro twahageze dusanga amaze kumwica ariko twamufashe tumushyikiriza Ubuyobozi.”

    Nyakwigendera nta mwana n’umwe yari afitanye n’uyu wamwishe nubwo bari bamaranye imyaka itatu babana, kuko ngo uyu mugabo yinjiye uyu mugore atakibyara kuko ‘yacuze imbyaro’.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Muganza, Nkunda Alexis avuga ko aya makuru bayamenye ko uyu mugabo winjiye umugore mu mwaka wa 2010.
    Yavuze ko ngo yatemye uyu mugore, intandaro ari amafaranga y’imbuto z’umuceri z’umugore. Umugabo ngo yarazigurishije amuhisha amafaranga yazikuyemo.

    Nkunda ati ”Ku wa mbere bari bagiranye amakimbirane ubwo umugore yasabye umugabo kumugurishiriza imbuto z’umuceri, ariko umugabo amaze kuzigurisha amuhisha amafaranga, amaze kumenya ko yazigurishije amafaranga 2000 baza gushwana, umugabo nyuma amutegera mu nzira aramutema.”

    Nkunda avuga ko yamutegeye mu nzira amutema ukuboko n’ijosi ahungira mu nzu yari hafi aho, ni ho yahise agwa azize ibikomere.

    Si ubwa mbere uyu mugabo ngo akoze ibyaha byo gutemana, mbere ya Jenocide yakorewe Abatutsi nabwo yafunzwe azira gutema umuntu aramukomeretsa bikabije ndetse ngo na nyuma ya Jenoside yafungiwe gukubita no gukomeretsa.
    Kugeza ubu uyu wakoze ibi yamaze gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano ndetse n’umurambo wa Nyakwigendera ugiye kujyanwa kwa muganga ngo ukorerwa isuzuma.

    The post Gisagara:yishe umugore we amuziza ibiceri 2 by’ijana. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/gisagarayishe-umugore-we-amuziza-ibiceri-2-byijana/

  • Nyanza : Umubitsi w’ikimina akurikiranyweho kunyereza miliyoni zirenga 2 z’abaturage #rwanda #RwOT

    By Nsanzimana Ernest

    Byabereye mu mudugudu wa Gatare, Akagari ka Nyamure, Umurenge wa Muyira kuri uyu wa 7 Nyakanga 2020.
    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyira Murenzi Valens yatangarije UKWEZI ko kugira ngo uyu mugabo witwa Bubanje Athanase atabwe muri yombi byatewe n’uko abaturage bamubajije amafaranga yabo abitse arayabura.
    Ikinyamakuru Ukwezi twamenye ko amafaranga Bubanje akekwaho kunyereza arimo ayo abaturage bagomba gukoresha mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza
    Gitifu Muvunyi ntabwo yemeje amakuru y’ uko aya mafaranga yari ayo kwishyura mituelle ahubwo we yavuze ko ari amafaranga abaturage bari barizigamiye kugira ngo azabafashe kwiteza imbere.
    Ati “Ikibazo nk’iki ntabwo cyari gisanzwe ariko nibyo byabaye uyu mubitsi yatawe muri yombi. Nk’ubuyobozi icyo tugomba gukora ni ugukurikirana ukekwa kugira ngo abaturage babone amafaranga yabo bayakoreshe icyari cyatumye bayizigamira muri care”.
    Ukekwa afungiye kuri RIB sitasiyo ya Muyira mu gihe iperereza rigikomeje.
  • Education Ministry To Conduct Assignment Of Schools Ahead Of Opening In September #rwanda #RwOT

    By Staff Writer
    From July 7-14, 2020, the Basic Education and TVET Quality Assurance Departments in the ministry of education (MINEDUC) will begin conducting school inspection in public, government aided and private schools to assess the level of school readiness prior to school reopening in September 2020.
    The Ministry announced on Wednesday evening that it will the inspection, which aims to assess measures underway to maintain sch infrastructures and equipment, the implementation status of recommendations from previous inspections.
    Some schools such as Mount Kenya University are currently constructing washing stations ahead of the opening in September
    The Ministry said that the “Assess measures in place  are meant to control the spread of #COVID-19 pandemic when schools reopen (in September).”Schools have been closed in Rwanda since the emergence of the #COVID-19 pandemic. Some schools have been offering classes online.
    Come September 2020, all schools will reopen according to a cabinet resolution.
  • Education Ministry To Conduct Assignment Of Schools Ahead Of Opening In September #rwanda #RwOT

    By Staff Writer
    From July 7-14, 2020, the Basic Education and TVET Quality Assurance Departments in the ministry of education (MINEDUC) will begin conducting school inspection in public, government aided and private schools to assess the level of school readiness prior to school reopening in September 2020.
    The Ministry announced on Wednesday evening that it will the inspection, which aims to assess measures underway to maintain sch infrastructures and equipment, the implementation status of recommendations from previous inspections.

    Some schools such as Mount Kenya University are currently constructing washing stations ahead of the opening in September

    The Ministry said that the “Assess measures in place  are meant to control the spread of #COVID-19 pandemic when schools reopen (in September).”Schools have been closed in Rwanda since the emergence of the #COVID-19 pandemic. Some schools have been offering classes online.
    Come September 2020, all schools will reopen according to a cabinet resolution.
  • Dore imyambaro 10 abagore bakwambara bakaberwa muri iyi mpeshyi. #rwanda #RwOT

    Impeshyi yageze, benshi mu banyamujyi bakunze kurimba batangiye kubika imyambaro bari bamaze iminsi bambara ijyanye n’igihe cy’ubukonje kimwe n’imvura, ari nako batekereza ku myambaro bashobora kwifashisha muri iki gihe cy’ubushyuhe.

    Umunyamakuru wa hillywood.rw yaguteguriye imyambaro icumi wakwambara ukaberwa muri iki gihe cy’impeshyi

    Iyi ushobora kuyambara ugiye ku kazi ukaba warenzaho ikote mu gihe uri mu kazi ariko wagira gahunda yo gusohoka ukaba wasiga ikote cyangwa ryo ukaritwara mu ntoki ugasohoka warimbye kandi bitabaye ngombwa ko ubanza kunyura mu rugo.

    Indi kanzu yo kujyana ku kazi ni itaratse ushobora kujyana mu gihe waba unafite gahunda mbere y’akazi ukaba wayisohokana bitabaye ngombwa ko ujya guhindura. Iyi kanzu icyiza cyayo ni uko idasaba ko uyambaye arenzaho ikote wenda igihe ari mu kazi.

    Iya gatatu yo kuba wajyana ku kazi ariko ukaba wanayisohokana ukagaragara neza nk’uwarimbye, ni ikanzu yo kujyana ku kazi mu gihe wenda ufite inama witabiriye. Icyiza ni uko iyo uyambaye warenzaho agakote mu gihe uri mu kazi ariko waba usohotse ukaba wanayambara bitabaye ngombwa ko ubanza guca mu rugo.

    Uyu ni umwenda woroheje utuma uruhuka nko mu gihe watembereye ahantu nko ku mazi ukiruhukira neza.

    Uyu ni umwambaro w’impeshyi nko ku muntu ushaka gusohoka yaba ku manywa ndetse na nijoro, ushobora kuwambaraho inkweto ngufi cyangwa indende bitewe n’aho ugiye.

    Uyu mwambaro ni isarubeti umuntu yambara yaba yasohotse mu birori binyuranye cyangwa se ku muntu wifuza kuwusohokana kimwe n’abahanzi bakora amashusho y’indirimbo. Ujyana n’inkweto zizamuye cyangwa inkweto ngufi ifite ibara bijyanye.

    Iyi ni ikanzu ushobora gusohokana yaba ku manywa cyangwa nijoro waba wasohotse cyangwa wagiye gutembera, kubera ko igizwe n’amarase biba byiza uyambaye iyo ahisemo kwambariramo kora nk’umwenda w’imbere cyangwa byaba bitabangamye ukayambarira aho.

    Iyi kanzu iroroshye cyane ni umwambaro umuntu yatahana ubukwe mu mpeshyi izuba riva cyangwa hari ubushyuhe ntimubangamire, ifite pasure igaragaza ikimero cy’uyambaye uko ateye intambwe ikagaragaza ubwiza bw’uyambaye.

    Iyi ni ikanzu yo mu bukwe bidasabye abantu izishashagirana, si ikanzu y’amaboko maremare abantu bambara bazi ko bataha hakonje cyangwa imvura iri kugwa. Ni ikanzu nziza kandi ikomeye ishobora kugufasha mu gihe watashye ubukwe.

    Ikanzu ya nyuma ni iyo ushobora kwambara yaba uri umugeni cyangwa watashye ubukwe, ni nini ariko nanone ni iyo mu mpeshyi kuko idafite amaboko ku buryo uyambaye hejuru adashyuhirana cyane.

    source https://www.hillywood.rw/?p=74773

  • Bamwe mu bakinnyi ba APR FC mu gihirahiro #rwanda #RwOT

    Abakinnyi ba APR FC bari ntizanyo mu yandi makipe, baribaza niba iyi kipe izabagarura cyangwa izabagumisha mu ntizanyo, ibyo byaba bidakunze ikaba yabarekura, ni mu gihe yo ivuga ko nta gahunda yo kubagarura mu mwaka w’imikino ugiye kuza.

    Mu mwaka ushize w’imikino wa 2019-2020, bitewe n’impamvu zitandukanye APR FC yatije bamwe mu bakinnyi bayo andi makipe.

    Abo bakinnyi twavuga nka Songayingabo Shaffy watijwe AS Kigali, uyu akaba ari n’umwana wazamukiye mu irerero ry’iyi kipe.

    Myugariro Niyigena Clément baguze muri Marines FC bagahita bongera bakamutiza iyi kipe mu gihe cy’umwaka umwe, hari kandi na Sugira Ernest watijwe Rayon Sports mu gihe cy’amezi 6.

    Aba bakinnyi bose bakaba bari basoje intizanyo zabo, gusa bamwe muri bo babwiye ISIMBI ko kugeze ubu batazi niba bazasubira muri APR FC cyangwa bazakomeza mu ntizanyo.

    Umwe yagize ati“ubu naba nkubeshye, ndatagereje rwose sinzi niba nzakomeza mu ntizanyo. Gusubirayo nabyo simbizi ni ugutegereza tukareba.”

    Amakuru aturuku mu nshuti za hafi naza Niyigena Clement avuga ko we yamaze guhakanira Marines FC ayibwira ko batazakomezanya, aho amakuru avuga ko yifuza ko yagurishwa aho gutizwa, cyangwa ngo yaba anatijwe akajya ahembwa na APR FC kuko ari yo afitiye amasezerano.

    Mu kiganiro kigufi cyane umuvugizi w’ikipe ya APR FC yahaye ISIMBI, Kazungu Claver yavuze ko abo bakinnyi nta gahunda bafite yo kubagarura mu mwaka w’imikino wa 2020-2021, bakaba bazaguma mu ntizianyo

    Niyigena Clement(uwa kane uhereye ibumoso) yifuza ko yagurishwa

    Sugira yatijwe muri AS Kigali

    Shaffy yatijwe muri AS Kigali

    source http://isimbi.rw/siporo/article/bamwe-mu-bakinnyi-ba-apr-fc-mu-gihirahiro

  • Education Ministry To Conduct Assignment Of Schools Ahead Of Opening In September #rwanda #RwOT

    By Staff Writer
    From July 7-14, 2020, the Basic Education and TVET Quality Assurance Departments in the ministry of education (MINEDUC) will begin conducting school inspection in public, government aided and private schools to assess the level of school readiness prior to school reopening in September 2020.
    The Ministry announced on Wednesday evening that it will the inspection, which aims to assess measures underway to maintain sch infrastructures and equipment, the implementation status of recommendations from previous inspections.
    Some schools such as Mount Kenya University are currently constructing washing stations ahead of the opening in September
    The Ministry said that the “Assess measures in place  are meant to control the spread of #COVID-19 pandemic when schools reopen (in September).”Schools have been closed in Rwanda since the emergence of the #COVID-19 pandemic. Some schools have been offering classes online.
    Come September 2020, all schools will reopen according to a cabinet resolution.
  • Ubuzima butangaje bwa Kanyombya mu gisirikare yamazemo imyaka 10(VIDEO) #rwanda #RwOT

    By Our Reporter

    Ndjoli Kayitankore wamamaye muri sinema n’itangazamakuru nka Kanyombya, ni umwe mu basirikare barwanye urugamba rwo kuboora igihugu aho yamazemo imyaka 10.
    Kanyombya yinjiye mu gisirakare mu 1992, aganira na ISIMBI avuga ko atabitewe no gushaka amafaranga ahubwo byatewe no gukunda igihugu, yumva yafatanya n’abandi bitewe n’ibihe yabonaga u Rwanda rurimo.
    Yinjira mu gisirikare akaba yarinjiriye ku Murindi wa Byumba, ubu ni mu Mujyaruguru mu karere ka Gicumbi.
    Avuka ko ikintu gikomeye yigiye mu gisirikare ngo ukutareba ku nyungu ze gusa ahubwo akareba no ku nyungu z’abandi.
    Yagize ati“ikintu gikomeye nigiyemo ni ukwiyobora ariko nkayobora n’abandi, si ukureba ku nyungu zanjye ahubwo nkareba no ku nyungu z’abandi, bivuze ko ndiho kugira ngo n’abandi babeho ntabwo ndiho kugira ngo mbeho njyenyine.”
    Mu myaka 10 yamazemo ikintu atazibagirwa ari uburyo we n’inkotanyi babohoye igihugu aho yibuka cyane indirimbo bazaga baririmba.

    Kanyombya yamaze imyaka 10 mu gisirikare
    Rena ikiganiro na Kanyombya
  • Imirambo y’abantu 180 yatahuwe mu byobo rusange muri Burkina Faso #rwanda #RwOT

    By Umwanditsi
    Burkina Faso : 180 cadavres découverts dans des fosses ...

    Muri Burkina Faso, imirambo y’abantu 180 yatahuwe mu byobo rusange mu mujyi wa Djibo, mu majyaruguru y’igihugu. Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu Human Rights Watch uvuga ko bashobora kuba barishwe n’abasilikali ba Leta.
    Mu cyegeranyo yashyize ahagaragara kuri uyu 08 Nyakanga 2020, Human Rights Watch ivuga ko, ikurikije iby’abaturage ba Djibo bayibwiye, abantu bishwe bose ni abagabo. Abenshi muri bo ni abo mu bwoko bubili: Fulani na Peul. Ni muri aya moko intagondwa zikura cyane cyane abarwanyi, nk’uko abaturage ba Djibo babisobanura.
    Bavuga ko imirambo yagiye ijugunywa ku mihanda minini, munsi y’amateme, mu mirima, no ku gasozi. Abaturage ni bo bayitoraguye, bayishyira mu byobo rusange, bahawe uruhushya n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’ingabo z’igihugu.
    Byabaye mu kwa gatatu n’ukwa kane uyu mwaka wa 2020. Bamwe mu batangabuhamya ba Human Rights Watch bemeza ko abishwe bose bari bafunze amaso n’ibitambaro. Amaboko yabo yari aboshye. Bafite ibikomere by’amasasu ku mutwe.
    Basobanura ko aho biciwe hagenzurwa n’ingabo za leta, kandi ko byabaye ari mu ijoro, mu gihe cy’amasaha y’umukwabu abuza abantu gusohoka. Umwanzuro wa Human Rights Watch nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, ugira uti: “Ibimenyetso byose byerekana ko abasilikali ba leta bafite uruhare mu iyicwa ry’aba baturage 180.”
    Irasaba guverinoma ya Burkina Faso gukora anketi zimbitse. Minisitiri w’ingabo za Burkina Faso, Cheriff Sy, yabwiye Human Rights Watch ko bagiye koko gukora anketi, ariko akanavuga ko abaturage bashobora kuba barishwe n’abo yise “imitwe y’iterabwoba ifite intwaro.” Ati: “Rubanda birabagora gutandukanya iyi mitwe n’ingabo z’igihugu, kubera ko yibye imyambaro n’ibindi bikoresho bya gisilikali bya leta”.
    Kuva mu 2017, igisilikali cya Burkina Faso gihanganye n’imitwe y’iterabwoba ishamikiye kuri a-Qaida na Leta ya Kislamu, irwana no mu baturanyi ba Niger na Mali. Intambara imaze guhitana abaturage ibihumbi. Yirukanye mu byabo abandi bagera kuri miliyoni muri Burkina Faso
    Munyaneza Theogene / intyoza.com