Source : Twitter
Source : Twitter







Fabrice Nzeyimana n’umufasha we Maya ni couple ifite indirimbo zinyura benshi




Ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibi bihugu, basabye ko mu rwego rwo kwirinda imitwe y’iterabwoba, ingabo z’amahanga ziri muri Afuganistani zihakurwa. Kuguma muri iki gihugu, biri mubishobora gutuma imitwe y’iterabwoba ihashinga ibirindiro. Izi ngabo ziri muri iki gihugu ziyobowe na Leta zunze ubumwe za Amerika.
Ibihugu by’Ubushinwa, Afuganistani na Pakistani bisaba ko ingabo z’amahanga ziri mu gihugu cya Afuganistani ziyobowe na Leta zunze ubumwe z’Amerika ziva muri iki gihugu nkuko zabyiyemeje kugira ngo hirindwe kuvuka imitwe y’iterabwoba.
Abaminisitiri b’ibi bihugu bashinzwe imigenderanire/ububanyi n’amahanga babitabgaje kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Nyakanga 2020.
Aba ba Minisitiri, batangaje ibi mu gihe Amerika irimo irasaba Leta ya Afuganistani n’abatalibani kugira bwangu bakarangiza ihanahana ry’imfungwa kugira ngo ibiganiro nyirizina bitegerejwe igihe kirekire hagati y’izo mpande ebyiri bishobore gutangira.
Amasezerano y’amahoro muri Afuganistan nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribivuga, ni yo azatuma ingabo zose z’Amerika hamwe n’abo bafatanije ziva muri iki gihugu mu kwezi kwa karindwi 2021 nkuko Amerika n’abatalibani babyemeranije mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka wa 2020.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
http://dlvr.it/RbC69f
Muri Gicurasi uyu mwaka, inkuru zivuga kuri Rayon Sports zabaye nyinshi by’umwihariko izigaruka ku mwuka mubi wari imbere mu buyobozi, abafana ndetse n’abagize umuryango mugari wa Rayon Sports.
Ni ibibazo ubuyobozi bw’iyi kipe buvuga ko byakomotse ku mikoro cyane ko nta bundi buryo bwo kwinjiza amafaranga bwari buhari mu gihe imikino yari yarahagaritswe kubera icyorezo cya COVID19.
Mu kiganiro na UKWEZI, yavuze ko kuri ubu ibibazo birimo iby’amikoro byakemutse ahanini binyuze mu masezerano bagirana n’abaterankunga barimo Skol ndetse n’uburyo abafana bishakamo ibisubizo binyuze mu bukangurambaga bise ‘Ubururu bwacu, Agaciro kacu’.
Ati “Ibibazo byose byararangiye navuga ko ubu Aba-Rayon turi hamwe ku kigero gishimishije [99%], ni nayo mpamvu ubwo bukangurambaga buri gukunda ari nayo mpamvu turi kugura abakinnyi nta kibazo cy’amafaranga dufite.”
Yakomeje agira ati “Aba-Rayon iyo twashyize hamwe ntabwo twabura amafaranga, ntabwo twananirwa kwigurira abakinnyi. Ibibazo byose twarabikemuye navuga ko nta kindi kibazo kiri muri Rayon Sports.”
Reba hano ikiganiro n’Umuvugizi wa Rayon Sports….
Ihuriro ry’amatsinda y’abafana ba Rayon Sports (Fan base) yabaye ku wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2020, ryatangaje ko batakarije icyizere Komite ya Rayon Sports iyobowe na Sadate Munyakazi.
Ku wa 29 Gicurasi, nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje ko Munyakazi Sadate ari we uhagarariye Rayon Sports mu mategeko.
Nkurunziza yavuze ko ibyakorwaga n’abantu batandukanye ari nabyo byazanaga umwuka utari mwiza muri iyi kipe akenshi babiterwaga na rwa rukundo bayifitiye.
Ati “Njye mvuga ko abantu bose ibyo bakoraga byabaga bishingiye ku rukundo bafitiye Rayon Sports. Buri wese ku rwego rwe rw’uburyo akunda ikipe akumva ko ibyo ari gukora biri mu nzira za nyazo akumva ko ibyo ari gukora bishobora gutuma ikipe iba nziza ikagira ibihe byiza.”
Nkurunziza yavuze kandi ko hari n’abagera mu buyobozi bwa Rayon Sports bakumva ko badahari ikipe itabaho, ni ibintu ahuza n’urukundo rwinshi baba bayifitiye ariko bakibagirwa ko ubwo bazaba basimbuwe ikipe izakomeza kubaho.
Ibi avuga ko inama bagiriwe n’inzego za Leta bazishyize mu bikorwa ari nayo mpamvu umwuka mwiza, urukundo no guhuza byagarutse mu ikipe ya Rayon Sports.
Reba hano ikiganiro n’Umuvugizi wa Rayon Sports….
http://dlvr.it/RbC6F2
Amazina yanjye ni Cynthia Irihose imyaka yanjye ni 33 nabanye n’umugabo tubyarana umwana umwe turananiranwa. Kuba twarananinwe si uko ndi ikirara ahubwo n’uko yampozaga kunkeke akirirwa ansebya avuga ngo muca inyuma. Nta mahoro yampaga ahubwo yahoraga ankekera ubusambanyi akabunshinja kandi ambeshyera. Kuko kuva twabana sinigeze muca inyuma na rimwe. Njye naramukundaga by’ukuri si amafaraga namukurikiyeho ahubwo umutima mwiza we niwo watumye mukunda. Nari mfite abagabo benshi banyirukaho ndetse n’abasore bose bambwira ngo ndekane n’umugabo wanjye nkundane nabo ariko nkabahakanira. Ahantu hose twajyaga bavugaga ko tutaberanye abantu bose bakambwira ngo mureke ngo kuki nashatse akagabo kagufi gasebetse kandi abagabo beza bahari, ariko njye ntagaciro nigeraga mbiha kuko naramukundaga by’ukuri, kandi nawe ubwe nahoraga mbimubwira ko mukunda kuruta ibibaho byose ariko we ntakizere yigiriraga yumvaga ko mubeshya, akumva ko nakurikiye amafaranga akumva ko aramutse akennye nahita muta. Abakire b’inshuti ze zose bacungaga adahari bakaza kumusura byumvikana ko arinjye babaga baje kureba bakantereta bakansaba urukundo bakambwira ngo amafaranga yose nshaka bazayampa ariko ndeke umugabo wanjye. Njye nkababwira ko ntakunze amafaranga ahubwo ko nkunda umugabo wanjye by’ukuri. Umugabo wanjye rero iyo yamenyaga ko baje adahari ubwo urugo rwahitaga rushya, iryo joro sinasiziraga yararaga anshinja ko namuciye inyuma bugacya. Nkahakana nkarira nkarahira indahiro zose zibaho ariko akanga kubyemera. Igihe rero cyaje kugera mbona ubwo buzima ntazakomeza kubwihanganira, mbona guhora nshinjwa ibyaha ntakoze ntazabihoramo mbona ko aricyo gihe cyo kurekana nawe. Icyo gihe nibwo yamenye ko namukundaga by’ukuri kandi ko namubwizaga ukuri, yansabye imbabazi ndabyanga kuko yisamye yasandaye. Ubu rero ndashaka umukunzi twakundana tukubakana urugo rushingiye k’urukundo n’icyizere. Ubutunzi ndabufite ariko sibwo bwubaka urugo, rero nanjye sibwo nashingiraho mu guhitamo umukunzi ahubwo umuntu wese wumva afite urukundo rw’ukuri anyandikire inbox.
Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.