Author: webrwanda

  • Real Madrid yegukanye igikombe cya shampiyona cya 34 #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutsinda Villa Real ibitego 2-1, Real Madrid yahise yegukana igikombe cya shampiyona ya Espagne ‘La Liga’ umwaka w’imikino wa 2019-2020.

    Iyi kipe yegukanye igikombe cya 34 cya shampiyona nyuma yo gutsinda Villa Real ibitego 2-1.

    Wari umunsi ubanziriza uwa nyuma wa shampiyona y’iki gihugu, Real Madrid yari yakiriye uyu mukino kuri Stade Alfredo Di Stefano, yari ibizi ko isabwa gutsinda kugira ngo yegukane igikombe ititaye ku byagombaga kuva mu mukino wa FC Barcelona yabaryaga isataburenge yakinnye na Osasuna.

    Yaje kwitwara neza itsinda uyu mukino ku bitego 2-1, ibitego byose bya Real Madrid byatsinzwe na Karim Benzema mu gihe igitego cya Villa Real cyatsinzwe na Vincente Iborra.

    Mu w’undi mukino igiteo cya Lionel Messi nticyari gihagije ngo giheshe intsinzi FC Barcelona kuko baje gutsindirwa mu rugo na Osasuna 2-1.

    Real Madrid ikaba yegukanye igikombe cya shampiyona n’amanota 86, FC Barcelona ya 2 ifite 79. Yaherukaga kwegukana igikombe cya shampiyona cya 2016-2017, igikombe nacyo yari yaheshejwe n’umutoza Zinedine Zidane.

    Real Madrid yegukanye igikombe cya shampiyona cya 34

    source http://isimbi.rw/siporo/article/real-madrid-yegukanye-igikombe-cya-shampiyona-cya-34

  • Umunyamakuru wa RBA, Andrew Kareba yasezeranye imbere y’amategeko #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (RBA), Andrew Kareba yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, Sekamana Arielle.

    Ni umuhango wabaye ku munsi w’ejo hashize ku wa Kane tariki ya 16 Nyakanga 2020.

    Andrew Kareba akaba asezeranye nyuma y’igihe akundana na Sekama Arielle, umukobwa perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Rtd. Brig. Gen Sekamana Jean Damascene.

    Uyu munyamakuru akaba yaramanyekanye mu biganiro bitandukanye nka Waramutse Rwanda, Inspire Me byose bitambuka kuri RTV agikora, yanakoze kandi muri Miss Rwanda aho yakoraga nk’umuyobozi w’ibirori [MC].

    Andrew Kareba yasezeranye imbere y’amategeko na Ariella Sekamana

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/umunyamakuru-wa-rba-andrew-kareba-yasezeranye-imbere-y-amategeko

  • Perezida Trump yisubiyeho ku cyemezo yari yarafashe cyari kugira ingaruka ku Banyarwanda benshi. #rwanda #RwOT

    By KASUKU MEDIA


    President Trump and Ivanka criticised over Goya support - BBC News

    Inkuru twaherukaga kubagezaho yavugaga ko Abanyarwanda biga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batazineza icyo bagomba gukora, nyuma y’aho iki gihugu gitangarije ko abanyeshuri b’abanyamahanga biga muri kaminuza zahisemo gukoresha iyakure muri ibi bihe bya Covid-19, bagomba gusubira mu bihugu byabo.
    Ku wa 6 Nyakanga, nibwo ibiro bya ya USA bishinzwe abinjira n’abasohoka, ICE byatangaje ko nta munyeshuri w’umunyamahanga uzemererwa kuguma muri iki gihugu, nyuma y’impeshyi mu gihe kaminuza zabo zaba zarahisemo gutanga amasomo hifashishijwe iyakure, cyeretse gusa igihe baba bimukiye muri kaminuza zizakomeza gutanga amasomo uko bikwiye
    ICE yavuze ko utazashaka kubahiriza iki cyemezo azaba ari kwishyira mu kaga ko gusubizwa mu rugo hakoreshejwe imbaraga (Deportation)
    Nyuma y’iki cyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bamwe mu banyeshuri b’abanyamahanga barimo n’abanyarwanda bari baraheze mu rujijo bitewe n’uko ibigo byabo bitarababwira niba bazakomeza kwiga bakoresheje iyakure cyangwa niba bizakomeza uko byari bisanzwe.
    Kaminuza nyinshi zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo iya Harvard, Princeton na Rutgers zatangaje ko mu gihe zizaba zongeye gutanga amasomo hazifashishwa iyakure kugeza igihe icyorezo cya Covid-19 kizaba cyamaze kugabanya ubukana muri iki gihugu.
    Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwaretse gahunda yo gusubiza mu bihugu byabo abanyeshuri b’abanyamahanga biga muri kaminuza ubu zimuriye amasomo yose kuri internet mu kwirinda coronavirus.
    Uku kwisubiraho kubaye hashize icyumweru iyo gahunda itangajwe.
    Kaminuza za Massachusetts Institute of Technology (MIT) na Harvard zari zareze leta mu nkiko kubera iyo gahunda.
    Allison Burroughs, umucamanza mu karere ka Massachussetts, avuga ko impande zombi ubu zumvikanye.
    Ubwo bwumvikane busubijeho gahunda yashyizwe mu bikorwa mu kwezi kwa gatatu, muri iki gihe cy’icyorezo cya coronavirus.
    Iyo gahunda yemerera abanyeshuri b’abanyamahanga kwitabira amasomo mu buryo bw’iyakure bwo kuri internet mu gihe bibaye ngombwa.
    Ibemerera kandi kuguma muri Amerika mu buryo bwemewe n’amategeko ku ruhushya (visa) rwa kinyeshuri, nkuko ikinyamakuru The New York Times kibitangaza.
    Umubare munini w’abanyeshuri b’abanyamahanga bajya kwiga muri Amerika buri mwaka kandi bagira uruhare rukomeye mu mikoro ya za kaminuza.
    Mu bihe bya vuba bishize, Kaminuza ya Harvard yatangaje ko kubera impungenge itewe n’ikwirakwira rya coronavirus, umwaka w’amashuri ugiye gutangira amasomo azakomeza gutangirwa kuri internet.
    Kaminuza ya MIT, cyo kimwe n’izindi nyinshi, nayo yatangaje ko izakomeza gukoresha gahunda yo kwigishiriza kuri internet
    Tubibutse ko ICE yavuze ko nta munyeshuri wagombaga gutangira amasomo muri Kaminuza zahinduye imyigishirize zikayoboka iyakure uzahabwa Visa.
    Imibare ya Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yerekana ko mu mwaka wa 2018-2019 muri iki gihugu higaga abanyeshuri b’Abanyarwanda barenga 1200.
  • Ndashaka umusore twakundana tukabana ariko ntiduhite tubyara. #rwanda #RwOT

    By Akaliza Phionah
    Muraho nshuti zanjye nitwa Mukobwajana Reponse mfite imyaka 29 ndi umukobwa nkaba nifuza umusore twakundana tugakora ubukwe tukabana ariko ntiduhite tubyara tukabanza gutegereza byibuze imyaka 5. Umusore twakundanaga nkibimubwira yahise anyanga ndetse avuga ko ndi umwirasi ariko njye impamvu ntashaka guhita mbyara si uko nanga abana, abana ndabakunda cyane pe, ahubwo n’uko mfite gahunda yo kubanza kwiga nkarangiza amashuri nkabona kubyara. Nize icyiciro cya mbere ndetse n’icya kabiri cya kaminuza ndakirangiza ariko mfite gahunda yo gukomeza kwiga igiciro cya gatatu hamwe n’icya kane kuko hari abantu banyemereye kunyishyurira ishuri muri America rero ayo mahirwe sinayitesha.
    Byongeye kandi hari umuryango natangije ufasha abana b’abakobwa kwigirira icyizere, nagize amahirwe mbona abaterankunga kuburyo mu myaka 2 iri imbere hari amahugurwa menshi ndetse n’inama nzitabira hirya no hino ku isi. Ibyo rero ntabwo nabifatanya no kubyara ngo bikunde, kandi mbanje gutegereza kubirangiza ngo nzabone gushaka nabwo ntibyankundira kuko iyo umuntu afite amafaranga ahura n’ibigusha byinshi kandi iyi si yuzuyemo ibishuko byinshi kuburyo umukobwa atabyinyuzamo ari wenyine. Rero kugira ngo gahunda zanjye zigerweho nuko ngomba kuba mfite umuntu wo kwizerwa iruhande rwanjye niyo mpamvu ngomba gushaka umugabo, akamfasha mu mishinga yanjye yose akamba hafi ariko akanyemerera ko tuziha gahunda y’imyaka itanu nta mwana tukazaba tubyara nyuma.
    Bitewe n’uko ngomba kujya kwiga mu mpera z’umwaka utaha nifuzaga ko uwo musore twakundana ubungubu tukaba twakora ubukwe mu ntangiriro z’umwaka utaha kandi byose bigenze neza nk’uko ndi kubipanga ntacyambuza ko twazajyana muri America noneho ibikorwa byanjye ndetse n’ibye bwite akaba yabikurikirana turi kumwe. Uwakumva twakwemeranya kuri iyo ngingo yanyandikira inbox tugatangira umushinga w’urukundo.
    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.
  • Sudan:Abakristo bishimiye igitangaza ko itegeko ry’ubuhakanyi ryakuweho #rwanda #RwOT

    By Ubwanditsi

    Abakristo baharanira uburenganzira bwa muntu bashimye iyo ntambwe igihugu cya Sudani cyateye yo gukuraho itegeko ryakandamizaga abakristo, ryashimangiraga ko Isilamu ariryo dini ryemewe, dore ko iri itegeko ritihanganiraga nagato umuyisilamu wahinduraga idini rye.
    Guverinoma ya Sudani yafashe iki cyemezo nyuma y’uko abakirisito bari bamaze imyaka myinshi batotezwa, ihitamo koroshya amategeko muri Mata ariko impinduka zatangiye gukurikizwa mu cyumweru gishize.
    Ivanwaho ry’itegeko rihana abayisilamu bahindura idini ryabo ryashyizwe mu bikorwa nyuma y’igitutu cy’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ku isi,yagiye ishyira kuri Sudan kuva kera basaba ko habaho ubwisanzure bw’amadini muri icyi gihugu.
    Umuyobozi mukuru wa Release International, uvuganira abakirisitu batotezwa mu isi , Paul Robinson yagize ati: “Icyerekezo ubuyobozi bwo muri Sudani bwari bufite cyari kigamije kurushaho gukaza umurego ku mategeko ya kisilamu no kubuza umudendezo w’andi madini. Uyu munsi rero byahindutse . Hariho umudendezo muri Sudan ,Kandi bigomba no kugerwaho ku isi yose.”
    Mu myaka myinshi ishize , ntibyari byemewe kuva muri Isilamu winjira mu bukristo muri iki gihugu ndetse no guhirahira uganira kuyindi myizerere ishingiye ku yandi madini byashoboraga gutuma umuntu atabwa muri yombi. Igihano cyahabwaga umuntu wavaga mu buyisiramu yinjira mu bukristo ku butegetsi bwariho cyari urupfu.
    Mu 2014, nibwo amategeko y’ubuhakanyi muri Sudani yatangiye kuvugwa cyane ubwo umugore witwa Meriam Ibrahim, yakatirwaga urwo gupfa no gukubitwa inkoni 40 kubera ko ngo yakoze icyaha cyogushyingiranwa n’umukristu.
    Nubwo uyu mugore yari umukristo, yashinjwaga ubuhakanyi kubera ko ise yari umuyisilamu. Icyogihe yakatiwe urwo gupfa nyuma yo kwanga kuva mu myizerere ye ya gikristo. Icyakora kubwo igitangaza cy’Imana muri ibyo bihe kuko yari atwite yahise abyarira muri gereza biba ngombwa ko arekurwa ahita ahungira mu Butaliyani.
    Bwana Robinson yavuze ko guca burundu Itegeko ry’ubuhakanyi muri Sudani ari “intambwe ikomeye iganisha ku bwisanzure bw’amadini muri icyo gihugu abakirisitu bakunze gutotezwa mu imyaka myinshi yatambutse”
    Uyu muyobozi yanavuze ko mugihe abakrito batotezwaga hari imitungo yabo yafashwe n’abayobozi, akizera ko bazayisubizwa.
    Bwana Robinson yasabye kandi abakirisitu gusenga kugira ngo ubwisanzure bw’amadini busigasirwe muri Sudani, hagamijwe kugira ngo hatabaho kutavuga rumwe hagati y’abakristo n’ubutegetsi.
    Ati: “Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagomba gutegurwa kuko hari impungenge zuko ibintu bishobora gusubira inyuma. Abakristo mugomba gusenga cyane”.
    ” Nibyo musenge kugira ngo ubwisanzure bw’abakristo buhabwe intebe, ikindi abakristo bagire ijwi rikomeye kuri ubu butegetsi bushya. Nyamuneka kandi musenge kugira ngo leta isubize itorero imitungo myinshi y’abakirisito yagiye ifatirwa.”
    Impinduka zazanywe na Guverinoma y’inzibacyuho yasimbuye ubutegetsi bw’igitugu bwa Omar al-Bashir, wahiritswe ku butegetsi mu myaka yashize.
    Ku wa gatandatu, Minisitiri w’ubutabera wa Sudani yatangaje ko iki gihugu noneho kizemerera abatari Abayisilamu kwisanzura kandi ko hagomba kubuzwa guca imyanya ndangagitsina y’abagore.
    Source: www.christian today.com
  • Niba umukobwa agukorera ibi bintu nta kabuza yarakubenze #rwanda #RwOT

    By Our Reporter

    Hari ibintu by’ingenzi umukobwa ukunda agukorera bikaba byahita bikwereka ko atagukeneye na gato mu rukundo.
    Igitsina gore mu miterere ya cyo kirihariye cyane kuko usanga rimwe na rimwe badapfa kugaragaza amarangamutima yabo ku kintu batishimiye gusa hari bimwe bisa nk’ibyo bahuriyeho ari na byo tugiye kurebera hamwe.
    1.Ngufata nk’umuvandimwe.
    Nta na rimwe umukobwa yaba agukunda ngo akubwire ko uri nk’umuvandimwe we kuko urukundo umuntu akunda umuvandimwe ruba ruhabanye cyane n’urwo wakunda undi musore. Mu gihe rero umukobwa wifuzaho kuba umukunzi akubwiye gutyo, jya wumva ko yashatse kukumvisha ko atakwishimiye ku buryo wamubera umukunzi.
    Kukwemerera ko uba nka musaza we ni uburyo bwo ku kumvisha ko ibyo gukundana na we biri kure nk’ukwezi kuko nyine utakundana na mushiki wawe.
    2.Ndacyari muto
    Birazwi neza ko amategeko afite icyo avuga ku bantu bifuza kubana gusa gukundana byo nta gihe cyagaragajwe bitangiriraho niba rero ukunda umukobwa akajya akubwira ko akiri muto ujye umenya icyo ashatse kuvuga aba yakubenze ntakabuza
    3.Nta gahunda ndafata
    Mu gihe usabye umukobwa ko mwakundana akakubwira ko atarafata gahunda yo gukundana burya aba yifitiye abasore benshi akunda kandi batarabivuganaho byeruye ngo afate umwanzuro. Ibi rero bituma yirinda kwica k’uwundi kuko aba yumva yazakubwira yego mu gihe azaba yabonye ko ahandi byanze. Mbese ubwo aba asa n’ukwibikiye ku buryo azakwemerera mu gihe ahandi ateganya byanze.
    4.Tube inshuti zisanzwe
    Mu gihe umukobwa akwereka ko agufitiye amarangamutima ariko akagusaba ko mwakwibera inshuti zisanzwe, burya aba agukunda ariko afite undi umwe cyangwa benshi; cyane ko bene uwo aba akunda gutendeka.
    Birashoboka ko na none abikubwira mu rwego rwo kukumvisha ko urukundo yifuza kugukunda ari urusanzwe rwa kivandimwe, ko akubonamo umusore mwiza ariko na none udakwiye kugera ku rugero rwo kumubera umukunzi.
    5.Mfite indi nshuti y’umuhungu
    Wabwiwe menshi urakomeza urahatiriza gusa nyuma y’ibyo yakubwiye haruguru bwanyuma aza ashimangira ko afite undi muhungu yihebeye ubwo rero nta kubitindaho rwose mu gihe umukobwa afite umukunzi yiyumvamo kandi babanye neza, iyo atagira ingeso mbi yo gutendeka akubwira nyine ko inkweto yabonye iyayo.
    Ni ahanyu rero mu gufata icyemezo bitewe n’uko ubanye n’umukunzi wawe gusa niba ubona ibi twavuze haruguru umukunzi wawe abigukorera ni ahawe ngo ufate icyemezo
  • Ubusanzwe, abantu bamwe bashobora gutekereza… #rwanda #RwOT

    By Ubwanditsi

    Ubusanzwe, abantu bamwe bashobora gutekereza ko nta kamaro ko kubana hamwe nk’abashakanye, ariko umugambi w’Imana ku gushyingiranwa ukwiye kubahirizwa kuko ubwayo yabonye ko ababiri baruta umwe. Urushako rufite umumaro kuko rwungura umuryango mugari, rwongera igihe cyo kurama, rufasha kandi mu guteza imbere amarangamutima hagati y’abashakanye.
    Kugirango habeho ubumwe burambye hagati yabashakanye, bisaba kwiyemeza gushyingiranwa niho abo bantu binjira mu isezerano ryo kuba indahemuka hagati yabo mu bihe byose mu buzima .Urushako ni intambwe y’ingenzi cyane mu kubaka urukundo rumara igihe kirekire.
    Urushako rwubaka umuryago mugari utajegajega
    Umuryango ni ikintu cy’ibanze cyubaka umuryango ukomeye. Ubumwe bw’umugabo n’umugore n’abana buzamura umutekano mu muryango mugari. Ubushakashatsi bwerekanye ko gushyingiranwa bigirira umumaro utangaje mu muryango mugari.
    Urushako rutuma habaho umutekano, ubwitange no gukorera mu mucyo bifasha kubaka ahazaza heza.Abashakanye bashora imari mu gukora cyane kugirango umuryango wabo ube indashyikirwa, biganisha ku ntsinzi nyinshi mukazi bityo bikazamura ubukungu bw’umuryango mugari n ‘igihugu muri rusange.
    Abana barezwe na se na nyina (bashakanye) baba bafite inyungu nyinshi kuko barangiza amashuri yabo, usanga akenshi aba bana bagira imyitwarire myiza kuko baba baratojwe uburere bwiza. Ikindi aba ntibakunze kwibasirwa n’indwara zo mumutwe nko kwiheba no kwiyahura.
    Urushako rufasha kugira ubuzima buzira umuze
    Abahanga bagaragaje ko abantu bashakanye barama igihe kinini. Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bashakanye babaho igihe kinini kandi badakunze kwicwa n’indwara z’umutima.
    Mubyukuri gusabana no kubana neza n’uwo mwashakanye mugafatanya muri byose muhura nabyo, bikurinda kwigunga no kwiheba. Bidufasha kandi kurwanya agahinda gakabije no gupfa imburagihe.
    Urushako rugaburira amarangamutima ya muntu
    Ubushakashatsi bwinshi bwakozwe ku muryango, bwagaragaje ko abashakanye aribo bantu bishimye cyane mu buzima.
    Mubyukuri abashakanye bahora batewe ishema n’ibyo bakora kuko baba bashyize hamwe.
    Gushakana bifasha abantu kugumana ubwenge! Abagabo n’abagore bubatse ntibahangayitse cyane, cyangwa ngo bihebe nk’abatubatse, urushako kandi rugabanya ibibazo by’umubiri kuko ubusabane hagati y’abashakanye burwanya indwara z’umutwe ndetse bigabanya kwiyahura kuko abantu bafatanya kwiga ku bibazo bibakomereye.
    Urushako ni umugambi w’Imana nk’uko Bibiliya ibivuga:
    Imana niyo yaremye urushako ishima ko abantu baba hamwe nk’umugore n’umugabo kugirango buzuze umugambi wayo kandi babeho bakundana.
    “Nuko namwe umuntu wese akunde umugore we nk’uko yikunda, kugirango umugore nawe abone uko yubaha umugabo we (Abefeso 5:33)
    Mu gitabo cy’Umubwiriza 4:9-10 tuhasanga ijambo rigira riti:” Ababiri baruta umwe, kuko babona ibihembo byiza by’imirimo yabo. Kuko iyo baguye umwe abyutsa mugenzi we, ariko uguye ari wenyine atagira umubyutsa, aba abonye ishyano.”
    Muri macye, Urushako ni ingenzi mu mibereho ya muntu, umuryango mugari ndetse n’igihugu muri rusange. Urushako ni umugambi w’Imana kandi ni itegeko ryayo ryabayeho kuva isi yaremwa. Nimucyo rero nk’abakristo twumve neza impamvu y’urushako kandi turushyigikire.
    Source: crosswalk.com
  • Abibaga umuriro w’amashanyarazi muri Rulindo na Gasabo bafatiwe mu cyuho umwe aburirwa irengero #rwanda #RwOT

    By UKWEZI

    Aba baturage bafashwe binyuze mu bugenzuzi bukorwa na REG ku bufatanye n’inzego zirimo Polisi y’Igihugu, Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB ndetse n’abaturage by’umwihariko.
    Abafashwe barimo umuryango wa Tuyisenge Philippe na Mukankusi Bernadette utuye mu Kagari ka Kijabagwe, Umurenge wa Shyorongi, mu Karere ka Rulindo.
    REG yatangaje ku rukuta rwa Twitter, ko inzu y’uyu muryango yakoreshaga umuriro w’umwibano, bakaba batahuwe n’abakozi b’iyi sosiyete.
    Kugeza ubu Mukankusi yahise afatwa atabwa muri yombi aho afungiye kuri sitasiyo ya RIB, ikorera I Shyorongi mu gihe umugabo we yahise aburirwa irengero akaba agishakishwa.
    Undi wafashwe kuri uyu wa Kane tariki 16 Nyakanga 2020, ni uwitwa Dusabe Jean Marie Vianney, watahuwe yari amaze iminsi akoresha umuriro w’umwibano mu nzu ye iherereye mu Kagari ka Kagugu mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo.
    Bivugwa ko ya uyu Dusabe JMV yafashwe ku bufatanye n’inzego z’umutekano kuri ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kinyinya.
    Kuva mu Ukuboza 2018, REG ikoresha uburyo butandukanye mu gutahura abakora ubujura bw’amashanyarazi kugira ngo bagezwe mu butabera.
    Imibare ya REG yerekana ko igihombo mu bucuruzi bw’ingufu z’amashanyarazi kikiri hejuru, kuko kingana na 6.5 ku ijana by’ingufu zitunganywa mu gihugu hose kandi ahanini giterwa n’ubwo bujura.
    Imibare yo mu mwaka wa 2018 igaragaza ko umuriro wibwe wari ufite agaciro ka miliyari 1.9 frw.
    Ubujura bwo kwiba umuriro ni icyaha gihanwa n’amategeko. Itegeko N°52/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rihindura itegeko Nº21/2011 ryo ku wa 23/06/2011 rigenga amashanyarazi mu Rwanda nk’uko ryahinduwe kugeza ubu, mu ngingo yaryo ya 11 ivuga ibyerekeranye no kwiba amashanyarazi.
    Iyo ngingo ivuga ko umuntu winjira muri mubazi mu buryo butemewe, ukoresha uburyo butemewe mu gufata, gukurura, kuyobya, gutuma hafatwa, havanwa ku muyoboro w’umuriro w’amashanyarazi cyangwa ukoresha umuriro w’amashanyarazi yahawe mu buryo bw’uburiganya cyangwa butemewe n’amategeko aba akoze icyaha.
    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka (1) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 frw) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 frw) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
    Iyo uwakoze icyaha ari umukozi w’ikigo gitanga umuriro w’amashanyarazi, ahabwa igihano cyo hejuru mu biteganyijwe mu gika cya 2 cy’iyi ngingo.”
    Today during our inspection, the house of TUYISENGE PHILIPPE and MUKANKUSI Bernadette located in Kijabagwe Cell, Shyorongi Sector, @rulindodistrict was found stealing electricity. Mukankusi is detained at @RIB_Rw Shyorongi while his husband is still wanted.@RwandaInfra pic.twitter.com/TP5KyYufSx
    — Rwanda Energy Group (@reg_rwanda) July 16, 2020
    In collaboration with security organs, today we caught Dusabe JMV stealing electricity in his house located in @Gasabo_District, Kinyinya Sector, Kagugu cell. He is now detained at @Rwandapolice Kinyinya.@RwandaInfra https://t.co/fyNNvynzKG
    — Rwanda Energy Group (@reg_rwanda) July 16, 2020
  • Uganda High Court Summons Two RNC Agents Over Blackmail #rwanda #RwOT

    By Taarifa Team
    Rwanda ex-presidential guard Mutabazi charged with terror - BBC News
    RNC the Rwandan terror group in Uganda has been thrown into panic and shock as tables have turned against them following a syndicate of legal suits against some of its cell leaders.
    This Thursday in the High Court of Uganda, a civil defamation suit (civil suit 189 of 2020) has been lodged against Boonabana Prossy, Nuwamanya Sulah and another co-accused Chebet Godfrey.
    “You are hereby required to file a defence in the said suit within 15 days from the date of service of summons on you in the manner prescribed under Order 9, Rule 1 (1) or the Civil Procedure rules SI 7I-I,” reads in part a summons letter served to the accused and seen by Taarifa.
    Nuwamanya who has been in hiding after slipping through the hands of Police that have been looking for him to be arrested in connection with a previous criminal case filed on Monday at Buganda Road Court, now has no option but to turn himself in or flee the country.
    “Should you fail to file a defence on or before the date mentioned, the plaintiffs may proceed with the suit and judgment may be given in your absence,” reads part of the summons.
    According to our source at the Uganda High Court, there are more than seven other similar suits being processed against Boonabana, Nuwamanya and Chebet.
    Usually in Uganda to lodge such a suit, you are required to first pay 10% of the damages you are requesting in such a suit. For example in today’s suit lodged by Mugisha Henry, he is requesting for a total of Shs200million (approximately U$54,174).
    “I have already paid the required 10% and the defendants are yet to be served with the summoning letter by the court clerk,” Mugisha told Taarifa on Thursday without divulging extra details.
    However, Mugisha said that after Boonabana and Nuwamanya learned of this suit, “they have started threatening me with death that I should drop the civil suit.”
    Chebet is the Police officer from the counter terrorism unit that had been deployed to protect Boonabana. This armed cop was being ordered by the Boonabana to harass, beat and also arrest many Rwandans living in Uganda suspected of having links with Kigali or with successful businesses.
    This cop instead went overboard in protecting Boonabana to an extent of extending his state sanctioned services to the bedroom of Boonabana to ensure she is very safe from any harm.
    An insider source at Buganda road court says the police assigned to protect Boonabana will be withdrawn because there is proof she is a criminal that doesn’t deserve such protection reserved for clean and dignified persons on Ugandan territory
  • Ntitwagera ku cyerekezo 2050 tugifite ba bihemu n’ibisambo byiba umutungo wa leta- Dr Frank Habineza #rwanda #RwOT

    By Akayezu Jean de Dieu

    Guverinoma y’u Rwanda iteganya ko mu mwaka wa 2050, umunyarwanda azaba abasha kubona miliyoni zitari munsi ya 12 mu mwaka. Ni mu gihe biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buzamuka ku kigero cyo hejuru ya 10% buri mwaka.
    Depite Dr Habineza avuga ko hari amafaranga menshi ya leta anyerezwa n’akoreshwa nabi kandi ababyihishe inyuma ugasanga badakurikiranwa uko bikwiye ari nayo mpamvu ahamya ko ibi bikomeje gutya igihugu kitazagera ku ntego kihaye.
    Atangaza ibi mu gihe leta Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta , Obadih Biraro aherutse kuvuga ko mu myaka itatu ishize leta yahombye akayabo ka miliyari zisaga 220Frw, binyuze mu makosa yakozwe mu itangwa ry’amasoko ya leta aho hari ayatanzwe adafitiwe ubushobozi ndetse n’amasoko ba rwiyemezamirimo batsindiye ariko bakayata batarangije imirimo.
    Depite Dr Habineza yabwiye UKWEZI ko amakosa akorwa n’abashingwa gucunga umutungo wa leta aturuka ku buhemu n’ubusambo baba bafite ari nayo mpamvu baba bagomba kubiryozwa.
    Yagize ati “Ikibazo gihari ni ugusesagura umutungo w’igihugu n’abaturage ndetse n’ubusambo n’ubuhemu. Ni ukuvuga ngo abantu bakoresha nabi amafaranga y’abaturage cyangwa bakayarya baba bahemutse baba bagomba guhanwa by’intangarugero.”
    “Ndumva muri iyi minsi hari abatangiye gufatwa, bari gukurikiranwa n’abandi bazafatwa. Ndizera ko iyo ngeso igomba gucika burundu kuko iyo urebye amafaranga yangirika, akoreshwa nabi cyangwa ayibwa, iyo yaba akoreshejwe neza twakabaye kuba twarageze ku ntego z’icyerekezo cya 2020 ku kigero cya 100%.”
    Depite Dr Habineza avuga ko mu gihe ibi byaba bikomeje gutya no kugera ku cyerekezo 2050 byazaba ikibazo gikomeye.
    Ati “Ni ukuvuga ngo na viziyo 2050 turimo gutegura kuzageraho, ntabwo twazayigeraho hakiri ibisambo nk’ibi. Niba uteganyije ko umuturage azubakirwa umuhanda cyangwa ibitaro, bikamara imyaka ibiri gusa bigasenyuka ugasanga ibintu byatwaye amafaranga ya leta byose birasenyutse.”
    “Urumva bisaba indi ngengo y’imari itarateganyijwe, urumva biba ari uguhombya leta no guhombya abaturage.”
    Avuga ko hakwiye gushyirwaho uburyo bwihariye bwo kugaruza aya mafaranga byaba na ngombwa imitungo yabo yose igafatirwa kandi ikanatezwa cyamunara. Ashimangira ko hakwiye no gushyirwa imbaraga mu guhana aba ba bihemu.
    Ati “Kubafunga gusa ntabwo bihagije kuko iyo bafunguwe za miliyoni barazirya. Buriya bariya bantu kubagira inama gusa ntabwo babyumva ariko baramutse baziko imitungo yabo iratezwa cyamunara bakanafungwa ntabwo bazongera.”
    Depite Dr Habineza avuga ko ikiba gikurikiyeho ari ubufatanye n’inzego zirimo Polisi, Ubugenzacyaha, Ubushinjacyaha ndetse n’Inkiko kugira ngo aba ba bihemu baryozwe amakosa yabo.
    Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari wasojwe ku wa 30 Kamena 2019, igaragaza ko hari amasezerano yatanzwe mu gupiganirwa amasoko ya leta, muri yo hagaragaramo icyuho cy’amasezerano yazimye kandi leta yarayatanzeho amafaranga ndetse n’amasoko atangwa n’inzego cyangwa ibigo bya leta adafitiwe ingengo y’imari.
    Iyi raporo igaragaza ko mu myaka itatu ishize uhereye mu 2019 kujya inyuma hari amasezerano y’amasoko y’amasoko ya leta yakozwe nabi harimo ayasinziriye, ayatawe na ba rwiyemezamirimo n’ayakererewe yose asaga 80 afite agaciro ka milyari 220.5Frw.
    Muri aya mafaranga harimo asaga miliyari 48 yo muri iyi ngengo y’imari y’umwaka uri gusozwa wa 2019/2020.
    Muri ayo harimo icyuho cy’amasezerano yazimye kandi leta yarayatanzeho amafaranga, ba rwiyemezamirimo batsindiye amasoko bagata imirimo itarangiye kandi barishyuwe amafaranga ndetse n’amasoko atangwa n’ibigo bya leta adafitiwe ingengo y’imari.
    Imwe mu mishanga irimo kubaka amasoko, imihanda, ibikorwaremezo by’amazi n’amashanyarazi, kugura ibikoresho byo mu biro, ibigenewe uburezi n’ibindi biri mu byatanzweho amasoko ya Leta.
    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadia Biraro aherutse gutangaza ko ikibabaje ari uko inama batanga zakosora iyi mikorere mibi igaragara mu masoko ya leta itubahirizwa.
    Yavuze ko hari amasezerano 55 arimo miyari 100.7Frw yadindiye , amasezerano 10 arimo miliyari 7Frw [aba baragiye], ndetse n’amasezerano 18 yasinyiwe muri miliyari 112.5Frw.
    Yakomeje agira ati “Ni ukuvuga ngo biraho biracecetse. Hari ayakerewe, ayatawe burundu hakaba na yayandi biri aho biricicekeye ntibijya imbere cyangwa imbere ariko rwiyemezamirimo n’uwamuhaye isoko baricecekeye.”
    Ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA), butangaza ikibazo cy’ubumenyi buke bw’abashinzwe gutanga amasoko mu bigo bya leta no kudakurikiza icyo itegeko riteganya aribyo ntandaro y’amakosa agaragara mu itangwa ry’amasoko.