Author: webrwanda

  • Abakinnyi batatu b’abanyarwanda bakina muri Tanzania bahanganiye agera kuri miliyoni #rwanda #RwOT

    Abakinnyi 3 b’abanyarwanda muri Tanzania mu ikipe ya Simba SC na Yanga Africans, bahanganiye igihembo cya miliyoni y’amashilingi kizatangwa na n’umuterankunga w’aya makipe, Sports Pesa.

    Abo ni Haruna Niyonzima na Sibomana Patrick ba Yanga na Meddie Kagere wa Simba SC.

    Gusa aba bakinnyi ntabwo bahanganye bonyine kuko bahanganye na bagenzi babo bakinna mu makipe yabo.

    Sports Pesa itera inkunga aya makipe, yazanye iri rushanwa ryo gutora umukinnyi mwiza uhiga abandi mu mwaka w’imikino wa 2019-2020 ariko bigakorwa mu buryo bubiri.

    Ntabwo hazatorwa umukinnyi umwe witwaye neza muri aya makipe yombi ateranye, ahubwo ni ugutora umukinnyi umwe muri buri kipe.

    Kuri link yo gutora amazina y’abakinnyi ba Simba SC n’ay’abakinnyi ba Yanga aratandukanye, utora mu gice kimwe ugahita ujya gutora no mu kindi. Bivuze ko Kagere ashobora kukegukana muri Simba SC, muri Yanga kikegukanwa na Haruna cyangwa Papy.

    Link yo gutoreraho iri kuri paji ya Facebook ya Sports Pesa Tanzania. Waha amahirwe abanyarwanda yo kwegukana iki gihembo unyuze hano.

    Papy na Haruna muri Yanga bahataniye miliyoni

    source http://isimbi.rw/siporo/article/abakinnyi-batatu-b-abanyarwanda-bakina-muri-tanzania-bahanganiye-agera-kuri-miliyoni

  • Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa Tanzania yapfuye #rwanda #RwOT

    Mu butumwa yatanze mu ijoro ryacyeye, Perezida Magufuli yavuze ko ababajwe cyane no gutangaza ko perezida wa gatatu wa Tanzania “yapfiriye mu bitaro bya Dar es Salaam aho yari arwariye”.

    Perezida Magufuli ntabwo yatangaje indwara yishe Benjamin Mkapa, wari ufite imyaka 81.

    Yagize ati : “Tugize ibyago bikomeye, dukomeze kumusengera. Amakuru arambuye arakomeza gutangazwa ariko mzee Mkapa ntawe tugifite”.

    Benjamin Mkapa wo mu ishyaka CCM, yayoboye Tanzania kuri manda ebyiri kuva mu 1995 kugeza mu 2005, yagiye ku butegetsi asimbuye Ali Hassan Mwinyi.

    Mkapa wavukiye mu majyepfo ya Tanzania mu gace kitwa Mtwara, azakomeza kwibuka mu karere nk’uwakuriye ibiro bishinzwe ubuhuza mu biganiro bigamije gushakira amahoro u Burundi.

    Umwaka ushize, Mkapa yari yagejeje ku nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, raporo isaba ko u Burundi buhindura itegekoshinga ryabwo rikajyana n’amasezerano y’amahoro ya Arusha yo mu 2000.

    Ibi byamaganywe n’intumwa zari zihagarariye u Burundi zavuze ko Abarundi batasubiramo itegekoshinga rishya batoye mu 2018.

    Magufuli yatangaje kuri Twitter ko azibuka Mkapa nk’umuntu “ukunda igihugu, ukunda umurimo, n’uruhare rwe mu kubaka ubukungu” bwa Tanzania. Mkapa asize umugore we Anna Mkapa n’abahungu babiri.

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/Benjamin-Mkapa-wabaye-Perezida-wa-Tanzania-yapfuye

  • Depite Mukayijore Suzanne yatorewe guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika #rwanda #RwOT

    Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Kane, tariki ya 23 Nyakanga 2020, yatoreye Depite Mukayijore Suzanne guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika (PAP).
  • Benjamin Mkapa wayoboye Tanzania, yitabye Imana #rwanda #RwOT

    Magufuli yatangarije kuri Televiziyo y’Igihugu, TBC, kuri uyu wa 24 Nyakanga, ko Mkapa yaguye mu bitaro bya Dar es Salaam aho yari arwariye. Ati “Ndasaba abanya-Tanzania bose kwakira inkuru y’urupfu rwe no gusengera Mzee Mkapa. Andi makuru araza gutangazwa ariko Mzee Mkapa yatuvuyemo.” Yahise atangaza ko igihugu kigiye gufata igihe cy’iminsi irindwi y’icyunamo, muri iyi minsi, amabendera yose y’igihugu akazaba yururukijwe mu cya kabiri. Mkapa yayoboye Tanzania kuva mu 1995 kugera mu 2005 mbere (…)
  • Imbamutima z’abatujwe mu mudugudu wa Gishuro uherutse gutahwa na Perezida Kagame (Video) #rwanda #RwOT

    Byabaye nko kubyara uhinguye! Abatishoboye batujwe mu Karere ka Nyagatare baricinya icyara nyuma yo guhindurirwa ubuzima ku munsi u Rwanda rwibohoyeho.
  • Canada:urukiko rwashinjije America kubangamira uburenganzira bw’impunzi. #rwanda #RwOT

    Urukiko rwo muri Canada rwanzuye ko amasezerano ajyanye n’abimukira iki gihugu gifitanye n’Amerika ubu ahindutse impfabusa kuko Amerika itsikamira uburenganzira bw’impunzi.

    Ayo masezerano azwi nka ‘Safe Third Country Agreement’ (STCA), yo guhera mu mwaka wa 2004, asaba abasaba ubuhungiro gusaba kurindirwa mu gihugu cya mbere bagezemo bahunga.

    Ariko ku munsi wo ku wa gatatu, umucamanza yatangaje ko ayo masezerano anyuranyije n’itegekonshinga kuko bishoboka ko Amerika yafunga abimukira.

    Icyo cyemezo cy’urukiko ni intsinzi ku mpirimbanyi zo muri Canada ziharanira uburenganzira bw’abimukira.

    Abanyamategeko baburanira impunzi zasubijwe inyuma ku mupaka wa Canada, bari bamaganye ayo masezerano n’Amerika, bavuga ko Amerika itujuje ibisabwa ngo yitwe ko “itekanye” ku basaba ubuhungiro.

    Madamu Nedira Jemal Mustefa, umwe mu mpunzi zahatiwe kuguma muri Amerika, yabwiye urukiko ko igihe yamaze afungiwe aha wenyine muri Amerika “giteye ubwoba, ubwigunge n’ihungabana”, nk’uko umucamanza yabivuze ubwo yafataga icyo cyemezo.

    Maureen Silcoff, perezida w’ishyirahamwe ry’abanyamategeko bo muri Canada baburanira impunzi, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati:
    “Twese tuzi cyane uburyo Amerika ifatamo abasaba ubuhungiro”.

    Umupaka ufite uburebure bwa 8,891 km ugabanya Amerika na Canada ni wo wa mbere muremure cyane ku isi hagati y’ibihugu bibiri.
    Amasezerano ya ‘Safe Third Country’ ateye ate?
    Amasezerano ya ‘Safe Third Country’ (cyangwa y’igihugu cya gatatu gitekanye, ugenekereje mu Kinyarwanda), ni gahunda yo hagati y’ibihugu yo kwita neza ku busabe bw’ubuhunzi no kwirinda ikizwi nka “aslyum shopping” (cyangwa guhaha ubuhunzi, aho ababusaba babusaba mu bihugu byinshi icyarimwe).

    Ariko ayo masezerano ari no gutuma abasaba ubuhungiro bakora icyo leta ya Canada yise kwambuka “bitemewe” mu kwirinda gusubizwa ku bice byo ku mupaka byemewe na leta byo kwambukiramo.

    Kuva mu mwaka wa 2017, ubwo Perezida Donald Trump yageraga ku butegetsi asezeranya guhashya abimukira, abantu bagera ku 58,000 bamaze kwambuka muri ubwo buryo bajya hakurya muri Canada bavuye muri Amerika ngo bakomerezeyo ibyo gusaba ubuhungiro.

    Mbere yuko icyorezo cya coronavirus gitangira, leta ya Canada yari imaze igihe yiga ku busabe bwabo, nyuma ihita ivuga ko bagiye gusubizwa inyuma.

    Muri Canada hakomeje kumvikana ubusabe bw’abavuga ko iki gihugu cyahagarika cyangwa kikongera kwiga kuri ayo masezerano gifitanye n’Amerika.

    The post Canada:urukiko rwashinjije America kubangamira uburenganzira bw’impunzi. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/canadaurukiko-rwashinjije-america-kubangamira-uburenganzira-bwimpunzi/

  • Urukingo rwa Coronavirus rukorwa n’ikigo cy’Ubushinwa rushobora kuboneka vuba #rwanda #RwOT

    Igitangazamakuru cya Leta y’Ubushinwa cyatangaje ko urukingo rwa Covid-19 rwakozwe n’ikigo gikora imiti cyo mu Bushinwa rushobora kuboneka mbere y’uko uyu mwaka wa 2020 urangira.

    Liu Jingzhen ukuriye ikigo kitwa China National Pharmaceutical Group (Sinopharm) yatangaje ko imirimo yo kugerageza urwo rukingo ku bantu biteganyijwe ko irangira mu mezi atatu ari imbere( kuvuga ko bitarenza Ukwakira).

    Muri iki cyumweru, abashakashatsi bo muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza batangaje ko urukingo bakoze “rutanga icyizere“.

    Aba bo mu Bwongeraza bavuga ko igerageza ryarwo ryakozwe ku bantu 1,077, ryerekanye ko abarutewe bagize ubwirinzi (antibodies) n’uturemangingo rwa ‘T-cells’ dushobora kurwanya coronavirus.

    Ibindi bigo bitandukanye ku isi bikora imiti biri mu bushakashatsi, buri gukorwa mu buryo bwihuse bidasanzwe, bwo gushaka umuti cyangwa urukingo rw’iyi virus.

    Covid-19, virus yabonetse bwa mbere mu Bushinwa, imaze kwandura abantu barenga miliyoni 15 no kwica abarenga ibihumbi 630 ku isi, mu gihe cy’amezi arindwi ashize imenyekanye.

    Ikigo Sinopharm cy’Ubushinwa nkuko ijwi rya Amerika ribitangaza, kivuga ko urukingo kiri kugerageza rushobora gutinzwa no kubura abantu benshi banduye bo kurugeragezaho muri iki gihugu.

    Gusa kivuga ko hari abo ruri kugeragerezwaho mu bindi bihugu birimo Emira zunze ubumwe z’Abarabu (UAE). Urundi rukingo rwa Covid-19 rw’ikigo nacyo cyo mu Bushinwa kitwa Sinovac Biotech rwageragejwe ku bantu muri Brazil. Inkingo zigera mu 180 ku isi zirimo kuregeragezwa mu buryo bw’umuvuduko udasanzwe.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/urukingo-rwa-coronavirus-rukorwa-nikigo-cyubushinwa-rushobora-kuboneka-vuba/

  • BREAKING NEWS: Former Tanzanian President, Benjamin William Mkapa Dies #rwanda #RwOT

    Tanzania’s third President, Benjamin William Mkapa, has passed on in Dar es Salaam.

    President Pombe Magufuli confirmed the death a few minutes after midnight via a live televised broadcast.

    The late President was admitted at Dar es Salaam Hospital where he was receiving treatment.

    He was born in 1938 in Ndanda, near Masasi in Mtwara region.

    He graduated from Makerere University in Uganda in 1962 with a degree in English.

    He also attended Columbia University in 1963 and was awarded a master’s degree in international affairs.

    Previous posts include being an administrative officer in Dodoma and the Minister for Science, Technology and Higher Education.

    He also was Tanzania’s ambassador to Canada in the year 1982 and to the United States Of America from 1983 to 1984.

    The late Mkapa was also the Minister of Foreign Affairs from 1977 to 1980 and again from 1984 to 1990.

    In 1995, Mkapa, a CCM candidate, was elected as President based on a popular anti-corruption campaign and the strong support of former President Julius Nyerere.

    He was a good friend of Rwanda.

    Nimesikitishwa na kifo cha Mzee wetu Benjamin Mkapa (Rais Mstaafu wa Awamu ya 3). Nitamkumbuka kwa mapenzi yake makubwa kwa Taifa, ucha Mungu, uchapakazi na utendaji wake katika kujenga uchumi. Hakika Taifa limepoteza nguzo imara. Mungu aiweke roho yake mahali pema peponi, Amina.

    — Dr John Magufuli (@MagufuliJP) July 23, 2020

    source https://taarifa.rw/breaking-news-former-tanzanian-president-william-mkapa-dies/

  • Kubyaha biregwa Dereck Chauvin ukekwaho kwica George Floyd hiyongereyeho kudatanga imisoro #rwanda #RwOT

    Derek Chauvin wahoze ari umupolisi i Minneapolis muri Leta zunze Ubumwe za Amerika ushinjwa kwica Umunyamerika w’umwirabura George Floyd, ku byaha akurikiranweho hiyongereyeho ibindi byo kutariha imisoro.

    Bwana Chauvin n’umugore we batakibana bashinjwa kutamenyekanisha inyungu ivuye mu mirimo yabo itandukanye. Bivugwa ko leta ya Minnesota bayirimo agera hafi ku $38,000 (ni arenga miliyoni 36 mu mafaranga y’u Rwanda).

    Ubwo yari akiri umupolisi, Bwana Chauvin yafotowe yatsikamije ivi ku ijosi rya Bwana Floyd mu gihe cy’iminota hafi icyenda, mbere yuko apfa mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka wa 2020.
    Urupfu rwa Floyd rwateje imyigaragambyo mu bice bitandukanye ku isi ndetse muri Amerika hasabwa ko urwego rwa Polisi ruvugururwa.

    Bwana Chauvin yirukanwe ku kazi ka polisi, ubu araregwa ibyaha by’ubwicanyi bwo mu cyiciro cya kabiri ndetse no kwica umuntu.

    Abandi bapolisi batatu bari kumwe na bo birukanwe ku kazi, banashinjwa gufasha no kureberera ikorwa ry’ubwicanyi.

    Bwana Chauvin na Kellie Chauvin wahoze ari umugore we, buri umwe ejo ku wa gatatu tariki 22 Nyakanga 2020 mu rukiko rwo mu karere ka Washington yarezwe ibyaha bitandatu byo gufasha no gushishikariza itangwa nabi cyangwa uburiganya mu kumenyekanisha imisoro.

    Baregwa kandi n’ibyaha bitatu byo gufasha no gushishikariza kudatanga imisoro ya leta.
    Bashinjwa kumenyekanisha inyungu bahuriyeho ku kigero cyo munsi ho amadolari 464,433 kuva mu mwaka wa 2014 kugeza mu wa 2019. Urupfu rwa George Floyd rwateje imyigaragambyo mu bice bitandukanye ku isi ndetse muri Amerika hasabwa ko urwego rwa polisi ruvugururwa.

    Ibi birimo amafaranga Bwana Chauvin yakoreraga mu mirimo yo gucunga umutekano yo ku ruhande itari iya polisi ndetse n’ibiraka yajyaga akora muri ‘restaurant’ mu minsi y’impera y’icyumweru.

    Umushinjacyaha Imran Ali yabwiye ibiro ntaramakuru Associated Press ko ingano y’imisoro itararishywe ishobora kwiyongera kuko amaperereza akomeje.

    Bwana Chauvin asanzwe ari muri gereza ku birego bijyanye n’urupfu rwa Bwana Floyd, ariko uwo wahoze ari umugore we batakibana we ntabwo afunze.
    Uwo mugore wavukiye mu gihugu cya Laos ku mugabane w’Aziya wigeze no kuba umugore uhiga abandi mu bwiza muri leta ya Minnesota (Mrs Minnesota), yagejeje ikirego mu rukiko asaba gatanya nyuma y’urupfu rwa Bwana Floyd.

    Mu itangazo yasohoye, nkuko BBC ibitangaza, umucamanza Pete Orput w’akarere yavuze ko kutamenyekanisha no kudatanga imisoro ari “ugukura amafaranga mu mifuka y’abaturage ba Minnesota”. Bwana Chauvin.

    Yongeyeho ati: “Waba uri umushinjacyaha cyangwa umupolisi, cyangwa uri umuganga…, nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko”.
    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    http://dlvr.it/RcCvpv

  • Abari kwaka amafaranga yiswe ‘ayo kubaka amashuri’ bihanijwe, MINALOC iti ‘Leta ifite ingengo y’imari yabyo’ #rwanda #RwOT

    Ni mu gihe mu gihugu hose hari kubakwa amashuri ibihumbi 22, mu rwego rwo kugabanya ingendo ndende bamwe mu banyeshuri bakoraga no kugabanya ubucukike mu mashuri.

    Mu itangazo MINALOC yandikiye abayobozi b’uturere twose tw’u Rwanda n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, yavuze ko ifite amakuru ko hamwe na hamwe mu turere, abaturage barimo kwakwa amafaranga yiswe ayo kubaka amashuri.

    Iryo tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof SHYAKA Anastase rigira riti “Ndabibutsa koi bi bitemewe kandi ko bigomba guhita bihagarara kuko igikorwa cyo kubaka ibyumba by’amashuri gifite ingengo y’imari ya Leta cyagenewe”.

    Akomeza agira ati “Mu rwego rwo gushishikariza abaturage kugira uruhare mubibakorerwa, abaturage barasabwa gutanga umusanzu w’imirimo y’amaboko ahubakwa amashuri. Icyakora umuturage afite uburenganzira bwo gutanga insimburamubyizi igihe atabashije gutanga umusanzu w’amaboko”.

    Iri tangazo rivuga ko umuturage wifite ushaka gutanga umusanzu wo kubaka ibi byumba by’amashuri abifitiye uburenganzira, ariko ngo niwe ugena amafaranga atanga uko angana kandi ntawe ugomba kubimwishyuza.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof Anastase SHYAKA
    http://dlvr.it/RcCvrd