Author: webrwanda
-
Kibeho: Kwizihiza Asomusiyo byasubitswe kubera Coronavirus #rwanda #RwOT
Ubuyobozi bwa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro butangaza ko ku wa 15 Kanama 2020 nta birori byo kwizihiza Umunsi Mukuru w’Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya bizabera i Kibeho nk’uko byari bisanzwe kubera icyorezo cya COVID-19. -
Urubanza rwa gitifu uregwa gukomeretsa abaturage rwoherejwe murukiko rw’ibanze. #rwanda #RwOT
Urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwategetse ko Sebashotsi Gasasira Jean Paul wahoze ari gitifu w’Umurenge wa Cyuve mu karere ka Musanze na bagenzi baregwa gukubita no gukomeretsa abaturage, rumanurwa rukajya kuburanishirizwa mu rukiko rw’ibanze rwa Muhoza, kuko bo badafite ububasha bwo kuruburanisha.
Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa 30 Nyakanga ku isaha ya saa cyenda, ubwo abaregwaga batari mu rukiko, gusa abari baje kumva uru rubanza bari benshi buzuye mu cyumba cy’iburanisha bicaye bahanye intera ya metero, abandi nabo batari bake barukurikiranira hanze.
Umucamanza yatangiye asoma icyaha Sebashotsi na bagenzi be baregwa cyo gukubita no gukomeretsa Nyirangaruye Clarisse na Manishimwe Jean Baptiste, anagaragaza uko ubushinjacyaha bwagaragaje uko cyakozwe, ndetse anagaruka ku buhamya bwagiye butangwa n’abatangabuhamya batandukanye nabo bavugaga ko Sebashotsi na bagenzi bakubise abaturage.
Umucamanza kandi yanagaragaje uko abaregwa bagiye biregura aho bavuze ko Sebashotsi na Dasso Nsabimana bemeye icyaha bakanagisabira imbabazi bavuga ko nta bushake babikoranye ahubwo ari amakosa baguyemo ku mpamvu z’akazi barimo, mu gihe abandi batatu bareganwa bo bahakanye icyaha baregwa.
Umucamanza yavuze ko urukiko rumaze gusuzuma ibi byose, rwasanze abaregwa icyaha cyo gukubita no gukomeretsa baragikoze batabishaka, ahubwo barakigushijwemo n’akazi barimo, aha kandi ngo mu bushishozi bwarwo rwasanze icyaha baregwa gifite igihano kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarengeje imyaka itanu, bityo basanga imanza zihabwa ibihano nk’ibi ziburanishirizwa mu rukiko rw’ibanze.
Urukiko rugendeye kuri izi ngingo n’izindi zikubiye mu ngingo z’amategeko agena ibyaha ibihano, rwagaragaje ko uru rubanza Urukiko rwisumbuye rwa Musanze nta bubasha rufite rwo kuruburanisha, bityo urukiko rutegeka ko ruhita rwoherezwa kuburanishirizwa mu rukiko rw’ibanze rwa Muhoza.
The post Urubanza rwa gitifu uregwa gukomeretsa abaturage rwoherejwe murukiko rw’ibanze. appeared first on KASUKU MEDIA.
-
Maze igihe kinini nta mukunzi mfite none ubu ndashaka uwo twahuza tugakundana. #rwanda #RwOT
Amazina yanjye ni Tumukunde Diana maze imyaka irenga 3 ntakundana. Icyabiteye ahanini si ubushake ahubwo nuko nabuze umuntu unyereka urukundo kuburyo namugirira ikizere nkamuha umutima wanjye wose. Hari umuntu mu minsi ya mbere mugitangira kumenyana biba bisa nk’aho na kera kose mwari muziranye bitewe n’uko usanga ibintu byose aba akora biba bihuye n’ibyo ukunda bigasa nk’aho akuzi agusobanukiwe, uwo nguwo kumukunda biroroha cyane kuko muba muhuje icyo ukoze cyose kiramunezeza. Uwo rero niwe nifuza guhurira nawe kuri uru rubuga nkahura n’umuntu uzabasha kunezeza umutima wanjye ndetse nanjye nkabasha kunezeza uwe. Ndabizi neza ko nkimubona ntahita mumenya ariko uko nzabasha kugenda nganira nawe menya ibyo akunda nibyo yanga nzahita menya uwo twahuza, ubwo rero ubishaka yaza tugatangira kuganira inbox.
http://dlvr.it/Rcjf4d -
Abapasiteri babiri twasambanye banteye umwaku batuma ngumirwa. #rwanda #RwOT
Nitwa Nshuti Samantha. Ubwo nari mfite imyaka 21 nakundanye n’umuhungu, urukundo rwacu rwari rwiza kandi ari rwinshi cyane, rwari rwa rukundo ruba rumeze nk’inzozi. Twaje gupanga kubana habura amezi make ngo dutangire imyiteguro y’ubukwe, umusore yaje kunshika ndamubura neza neza aho muboneye arambwira ngo yabivuyemo kandi twembi twarakoraga, ubushobozi bwo gukora ubukwe twari tubufite. Ni gutyo twatandukanye nta kintu na kimwe dupfuye. Byahise bimbera amayobera cyane, nza kuganira n’umubyeyi umwe ambwira ko bene ibyo bintu bijya bibaho ko nawe byamubayeho agatandukana nabasore 3 bendaga kubana, ubukwe bukajya bupfa kandi nta kintu bapfuye, ambwira ko gusenga ari cyo cyabikuyeho noneho akaza kubona umugabo. Ubwo nanjye nahise nyoboka iy’urusengero ntangira gusenga. Nagiye m’urusengero rwari hafi yanjye, rwari rwegereye aho nari ntuye, mpasanga umupasiteri mubwira ikibazo cyanjye anyizeza kunsengera kigakemuka. Ubwo nabaye umuyoboke w’urwo rusengero ndetse ninjira muri choir. Uwo mu pasiteri yakomeje kujya ansengera nyuma aza kumenya aho ntuye akajya aza kunsura tugasenga. Byagezaho dutangira kuba inshuti, yaza kunsura nkamutekera nkamufata neza nk’umukozi w’Imana. Igihe kimwe araza ndateka turarya, tumaze kurya turasenga ntegereza ko ataha ndaheba, iryo joro yararaye, turararana ndetse turanasambana kandi yari afite umugore n’abana ngo yari yabwiye umugore we ko ari burare mu masengesho. Nyuma y’uko dusambanye byahise biba nk’akamenyero buri uko ansuye tukabikora. Naje kubona ibyo bintu nta mugisha nzabikuramo, mpita mfata icyemezo cyo kwimuka ahantu nari ntuye njya gutura ahandi ndetse n’urusengero rw’uwo mupasiteri sinongera kurusubiramo. Nyuma yo kwimuka natangiye gusengera m’urundi rusengero, naho hari umupasiteri abantu bose bavugaga ko afite imbaraga nyinshi. Naho maze igihe gito mpasengera uwo mupasiteri yaje kunsura biba ngombwa ko turyamana kandi nawe yari afite umugore n’abana. Mu byukuri njye mbere ntambaraga zo kwifata nagiraga, iyo umugabo yankoraga ku mabere ubwo byabaga birangiye, kwifata byarananiraga nkumva mpise ngira ubushake bukabije bwo gusambana rero yaba abishaka nkamureka akabikora. Uwo mupasiteri nawe tumaze gusambana yatangiye kubigira akamenyero ndetse hakaba ubwo ambwira ngo musange k’urusengero ariho tubikore nkabyanga. Muri iyo minsi nibwo naje kubona ko ntazakomeza kubaho gutyo, mfata icyemezo ko ntamugabo nzongera kwemerera ko ankoraho, uwo mupasiteri nahise muhakanira ko ntazongera kuryamana nawe ndetse mpindura n’urusengero kuko narimaze kubona ko abo bapasiteri ari abatekamutwe. Kuva icyo gihe ntamugabo nongeye kuryamana nawe, gusa ikibabaje ni uko ntamuhungu wongeye kunsaba urukundo kugeza n’ubu ntamukunzi ndabona kandi hashize imyaka 10 nkaba nkekako abo bapasiteri babiri twasambanye ari bo banteye umwaku. Niyo mpamvu nshaka kugerageza amahirwe kuri uru rubuga nkareba ko nahakura umukunzi ufite gahunda kuburyo twakwibanira.
Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.
-
Abafite imyaka hagati ya 20-49 nibo bakomeje gutumbagiza imibare y’abandura Covid-19 #rwanda #RwOT
Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije Daniel, avuga ko abantu bari mu kigero cy’imyaka hagati ya 20-49 bimaze kugaragara ko batubahiriza amabwiriza uko bagiye bayagezwaho. Ibi bikaba biri kugira ingaruka mu gukwirakwiza iki cyorezo.
Aganira na RBA kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020, Minisitiri Ngamije yasobanuye ko isesengura rishingiye ku barware iki cyorezo muri ibi byumweru bibiri bishize, rigaragaza ko benshi mu bari kurwara iki cyorezo ari abafite imyaka iri hagati ya 20-49.
Kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo nibyo biri ku isonga mu guteza ikibazo. Ati“ Iyo dusesenguye, ukanareba abakunze kurwara bari mu kihe cyiciro cy’imyaka, urasanga bari hagati y’imyaka 20-49, abenshi muri bo. Bigaragara yuko icyo cyiciro cy’abafite iyo myaka, ntabwo bari kubahiriza amabwiriza nkuko twagiye tuyabagezaho”.
Minisitiri Ngamije, avuga ko benshi muri aba bavugwa usanga batajya bambara agapfukamunwa kandi bari mu bantu benshi, usanga bajya mu mahuriro atemewe nko kujya mu minsi mikuru mu ngo mu buryo bihishe n’ahandi hatandukanye hahurirwa n’abantu benshi ariko ugasanga hatubahirijwe amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.
Zimwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’iki cyorezo cya Coronavirus ni; Ugukaraba amazi meza ukoresheje isabune, Guhana intera hagati y’umuntu n’undi nibura ya Metero, kwambara agapfukamunwa kandi neza n’ibindi.
Bimwe mu bimenyetso biranga uwanduye iki cyorezo cyangwa se ugikekwaho birimo; Inkorora, Guhumeka bigoranye n’umuriro. Biroroshye kandi ko buri wese yipima akoresheje terefone ngendanwa aho ukanda akanyenyeri 114 urwego (*114#) ugakurikiza amabwiriza. Ushobora kandi no guhamagara ku 114 ukaka ubufasha uramutse wiketseho iki cyorezo cyangwa se hari uwo ugiketseho.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
-
Sinzi niba ari ukuducira amarenga ngo tubasubize muri“ Guma murugo”-Min Ngamije Daniel #rwanda #RwOT
Dr Ngamije Daniel, Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020 yatangaje ko akurikije uko imibare y’abasanganwa Covid-19 ibigaragaza, wagira ngo biraca amarenga y’uko abantu basubizwa muri gahunda ya “Guma murugo”. Avuga ko yaba abakoresha, abakozi, abakuru b’imiryango, ntawitaye ku iyubahirizwa ry’amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.
Minisitiri Ngamije, avuga ko ihererekanywa ry’iki cyorezo rituruka ku muntu uba wagize intege nke mu ipfundo ryo kuyihagarika. Zimwe mu ngero atanga n’inkaho usanga abakoresha baradohoye gukurikirana uko abakozi babo birinda iki cyorezo.
Bamwe mubagaragaweho iki cyorezo mu mujyi wa Kigali barimo abakarani. Aha ngo ugira utya ugasanga umukarani aje avuye gukora imirimo itandukanye, aje mu mangazine gutwara imizigo, nta gapfukamunwa, nta mazi bamuhaye yo gukaraba, nta wa muti baha umuntu ngo akarabe.
Icyo uyu akorera aho yinjiye ni uko ahasiga uburwayi, nyiri amangazini akandura, nawe agataha akanduza abo murugo, umwana uhavuye agiye mukazi akagenda akanduza abakozi bose bo ku kazi cyangwa se abenshi bo ku kazi aho akora, noneho ugasanga indwara yabaye guhererekanya kwayo hagati y’abantu batandukanye kubera ko hari uwagize intege nke mu ipfundo ryo kuyihagarika cyangwa se abatubahirije inshingano zabo mu kwirinda iki cyorezo bubahiriza amabwiriza yashyizweho.
Dr Ngamije, Minisitiri w’Ubuzima avuga ko uku kudohoka gutuma imibare irushaho kwiyongera guca amarenga yo kuba abantu basubizwa muri “Guma murugo” habaye nta gihindutse. Ati “Imibare ukuntu imeze n’ukuntu abantu bari kwitwara, sinzi niba ari ukuducira amarenga ngo tubasubize muri“ Guma murugo” ariko wagira ngo nibwo butumwa bashaka kuduha”.
Akomeza avuga ko kwirinda iki cyorezo bishoboka, ko ari ukumenya ko iyo wambaye agapfukamunwa, ukarabye amazi meza n’isabune cyangwa se ugakoresha umuti, iyo uhanye intera n’undi muntu, ibi ngo biguha kutagira ibyago byo kwandura iki cyorezo. Buri wese arasabwa kumenya uruhare rwe mu guhagarika iki cyorezo, akabanza gutekereza icyo ari butahukane mu rugo cyangwa se ari buhure nacyo iyo agiye.
Minisitiri Ngamije yatangarije RBA ko iyi ndwara, iyi Virusi yihinduranya, ko ntawe uzi imiterere ya Virusi yakwanduza cyangwa se yakwanduzwa na mugenzi we, ko hashobora kuza ifite ubukana uyifashe akaba aragiye, ko kubaho kw’iyi Virusi ari uko igenda yihinduranya.
Akomeza avuga ko mu gihe imibare ikomeza kuzamuka, abantu bagakomeza gukerensa amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’iki cyorezo bigoye ko n’amashuri ashobora gufungurwa. Asaba buri wese gufata ingamba zikomeye no kubahiriza amabwiriza asabwa bityo hakirindwa ingaruka zo mu buryo butandukanye.
Kugeza kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020, kuva umuntu wa mbere wagaragaweho Covid-19 yatangazwa mu Rwanda ubwo hari tariki 14 Werurwe uyu mwaka wa 2020, hamaze gupimwa abantu 260,025 aho abo basanze bayirwaye ari 1,994, Abakize bakaba 1,085, Abapfuye bakaba 5 naho abakirwaye bakaba ari 904.
Ihutire kwisuzuma ukoresheje Terefone ngendanwa aho ukanda akanyenyeri 114 urwego (*114#) ugakurikiza amabwiriza, cyangwa se niba wikekaho iki cyorezo, hari se uwo ugihekaho uhamagare 114 umurongo utishyuzwa usabe ubufasha. Bimwe mu bimenyetso biranga ukekwaho cyangwa se urwaye iki cyorezo ni; Inkorora, Guhumeka bigoranye n’umuriro.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
-
Polisi igiye gusubukura isuzumwa ry’ubuziranenge bw’ibinyabiziga- Controle Technique #rwanda #RwOT
Guhera tariki ya 4 Kanama 2020 ikigo cya Polisi y’u Rwanda gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga( Controle Technique) kizasubukura gahunda yo gusuzuma ibinyabiziga ariko hazaherwa ku binyabiziga bikora imirimo y’ubucuruzi gusa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko gusuzuma ubuziranenge bizakorerwa imodoka zitwara abagenzi ndetse n’imitwaro/imizigo.
Yagize ati” Mu rwego rwo gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ikigo gisuzuma ubuziranenge kizahera ku ma bisi manini atwara abagenzi ndetse n’amatoya ndetse n’amakamyo atwara ibicuruzwa”.
CP Kabera yakomeje avuga ko abantu batunze ibyo binyabiziga byavuzwe haruguru bari barishyuye mbere y’uko icyorezo cya COVID-19 batazongera kwishyuzwa.
Muri Werurwe uyu mwaka wa 2020 ikigo gisuzuma ubuziranenge bw ‘ibinyabiziga cyari cyarahagaritse gutanga serivisi mu rwego rwo kwirinda Koronavirusi.
CP Kabera yagize ati ” Abantu bari barafashe imyanya yo gusuzumisha ibinyabiziga bakanahabwa gahunda bazahabwa amahirwe yo gusuzumirwa imodoka kandi ntibazishyuzwa bundi bushya”.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda aravuga ko ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyafashe ingamba zo gukumira icyorezo cya COVID-19, ndetse no kurinda abakozi bacyo, n’abazaza kwaka serivisi mu rwego rwo gukomeza kubahiriza amabwiriza ya Leta.
Yakomeje asaba abazagana iki kigo kuzubahiriza amabwiriza y’isuku no kwirinda icyorezo cya COVID-19, basabwe kuzajya bambara agapfukamunwa kandi neza, kwirinda gusuhuzanya bahana ibiganza ndetse no kubahiriza intera hagati y’umuntu n’undi.
inkuru dukesha urubuga rwa Polisi.
Munyaneza Theogene / intyoza.com
-
Perezida Donald Trump Yasabye ko amatora yo muri Amerika asubikwa akazaba Corona Irangiye #RwOT #Rwanda
Perezida Donald Trump Yasabye ko amatora yo muri Amerika asubikwa akazaba Corona Irangiye #RwOT #Rwanda
With Universal Mail-In Voting (not Absentee Voting, which is good), 2020 will be the most INACCURATE & FRAUDULENT Election in history. It will be a great embarrassment to the USA. Delay the Election until people can properly, securely and safely vote???— Donald J. Trump (@realDonaldTrump) July 30, 2020

