Author: webrwanda

  • Kamonyi: Abagore bo muri RPF-Inkotanyi bati“Mucyerekezo 2050 nta mugore dushaka ko asigara inyuma” #rwanda #RwOT

    “Intore z’umuryango zigaragaze ubudasa”. Mu nama y’abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi mu karere ka Kamonyi yabaye kuri uyu wa 01 Kanama 2020, baganiriye kucyo bise “Umugore mu cyerekezo 2050”, aho by’umwihariko abagore bari mu nshingano bashaka ko intore z’umuryango aho ziri kuva ku Mudugudu zigaragaza ubudasa, bakita cyane ku isano yabo n’uriya mugore uri hasi, bakazamukana mu iterambere ryubaka umuryango n’igihugu muri rusange.

    Uwizeyimana Christine, umuyobozi w’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi mu karere ka Kamonyi, avuga ko nk’abagore bari mu nshingano, badashaka kugira umugore mugenzi wabo basiga hasi hariya ku Mudugudu, by’umwihariko abagaragara nk’abatishoboye n’abadafite icyo bakora. Avuga ko icyo bagamije ari ugufatanya, gushyira imbaraga hamwe bakazamurana ntawe usize undi, bakajyana mu iterambere ry’umuryango riganisha mu cyerekezo 2050. Uwizeyimana Christine/Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi, Kamonyi.

    Mu bukangurambaga bise“ Umugore mucyerekezo 2050” bwatangijwe n’aba bagore bibumbiye muri uru rugaga, bifuza ko umugore w’umuyobozi nkuko biri mu muco w’umuryango RPF-Inkotanyi, intore zose z’umuryango aho ziri zigaragaza ubudasa.

    Uwizeyimana yagize ati“ Nk’Intore z’umuryango twifuza ngo bibe umuco, dufatanye aho turi ku mudugudu tugire isano iduhuza na wa mugore udafite inshingano nk’izacu, na wa mugore utari umuyobozi, utari umucuruzi, wa mugore udafite izindi nshingano hariya. Ese tubanye gute, ni iki kiduhuza? Turifuza kugira icyo duhuriraho kugira ngo tugaragaze uko twabazamura”.

    Akomeza ati” Nitwe turi kuruhembe, turashaka kugira ikiduhuza, dufatanya iterambere, tubazamura nkuko mu rwego rw’urugaga twubakiye utishoboye inzu imwe muri buri murenge. Ni nako dushaka ngo tugire ibindi bikorwa byose biganisha ku iterambere dufashamo umugore ngo azamukane n’abandi”. Akomeza avuga ko hari na gahunda yatangijwe n’uru rugaga, aho umugore utishoboye ahabwa amafaranga ibihumbi 100 agashora mu mushinga yateguye mu rwego rwo kwikura mu bukene no kuzamuka mu iterambere.

    Mu gufasha aba bagore kuzamuka no kwigira bivana mu bukene, abagore 18 mu karere bahawe aya mafaranga ibihumbi 100, muri aba bayahawe, hari babiri biteje imbere ku buryo nabo batangiye kuremera bagenzi babo.

    Bamwe mu bagore bamaze gufashwa kwigira babwiye intyoza.com ko urugaga rw’aba bagore bashamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi rwabakuye ahakomeye, rukabaremera bakongera kugira icyizere cy’ubuzima, bakava mu bwigunge.

    Nyirajyambere Clarisse, umukobwa wa Ayingeneye Sisiliya avuga ko uru rugaga rwabakuye mu manegeka, rukabazana ahantu hazima, aho rwabubakiye inzu uyu munsi nubwo irimo kuzura bakaba nibura bishimira ko bashyizwe aho bashobora kugerwaho n’ibikorwa remezo birimo amazi n’amashanyarazi. Nyirajyambere, ashima ineza y’aba bagore bakuye umuryango we mu manegeka, bakawegereza abandi ndetse n’ibikorwa remezo.

    Ati” Baricaye badutekerezaho kuko twari dutuye mu manegeka, imivu yarazaga igakubita, imvura yaragwaga tukavuga ngo ntabwo bucya nta nubwo burira, amahirwe ubu dufite ni ugutura ahantu heza, tukagerwaho n’amazi meza n’umuriro. Turabashimira ko bareba abatishoboye batagira shinge na rugero, byaranejeje cyane kuko waranarwaraga ukabura n’uko ugera kwa muganga”.

    Mukamarita Melaniya, ni umugore utishoboye umaze umwaka ahawe amafaranga ibihumbi 100, aho yayashoye mu mushinga. Avuga ko yari yarashiriwe mu bucuruzi bwe buciriritse mu isoko ariko uyu munsi ngo yongeye kuzanzamuka. Avuga ko nyuma yo kongera gusubira mu bucuruzi, yungutse, akagura ingurube ebyiri, akamenya kwizigamira, akajya no mu ishyirahamwe rimuhuza n’abandi. Ashimira urugaga rw’abagore bashamikiye kuri RPF-Inkotanyi kuba uyu munsi baratumye yongera guhagarara akaba abasha kwikemurira ibibazo bitandukanye birimo no guhahira urugo. Mukamarita, ati ” uyu munsi ndabere, nambaye neza kandi ndiho neza kubera RPF-Inkotanyi.

    Niyongira Uzziel, Umuyobozi wungirije(Vice Chairperson) w’umuryango RPF-Inkotanyi mu karere ka Kamonyi ashima ibikorwa by’aba bagore bo mu rugaga rushamikiye ku muryango RPF. Avuga ko bafasha muri byinshi haba hagati yabo ndetse no kuzamura ubushobozi bw’umugore muri rusange baganisha ku iterambere Igihugu cyifuza.

    Avuga ko icyo bifuza kuri aba bagore mu bukangurambaga bwiswe“ Umugore mu cyerekezo 2050” ari uko umugore aba ari umuntu ushoboye, akaba inkingi ya mwamba mu muryango ushoboye, mu mutekano, ndetse umugore agashingirwaho nk’umuntu ufasha mu kwihuta muri icyo cyerekezo. Niyongira Uzziel/Vice Chairperson RPF-Inkotanyi, Kamonyi.

    Muri iki cyerekezo kiswe“ Umugore mu cyerekezo 2050”, aba bagore bavuga ko bafite gahunda ndende yo kwagura ibikorwa byabo birimo; kurwanya Inda ziterwa abangavu bahereye ku Mudugudu aho batuye bafatanije n’ababyeyi ndetse n’ibiganiro ku rubyiruko, hakaba ibijyanye n’Isuku n’isukura, Kurwanya amakimbirane mu ngo, Kurwanya imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka 5, guharanira ko abana bagira uburenganzira bakandikwa mu irangamimerere kandi bakagira ba se bazwi kuko ntawe uvuka adafite Se.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    http://dlvr.it/RctCkL

  • Mass COVID-19 Vaccination In Russia Planned For October: Health Minister #rwanda #RwOT

    Russian Health Ministry is planning a mass vaccination campaign against the coronavirus for October, TASS news agency reported on Saturday, citing Russian Health Minister Mikhail Murashko.

    “We plan wider vaccination for October because we need to launch a new system of treatment gradually,” Murashko said.

    The vaccination against the coronavirus is planned to be free of charge, he added. According to the minister, clinical trials of a coronavirus vaccine developed by the Gamaleya Scientific Research Institute of Epidemiology and Microbiology were over.

    Russian Prime Minister Mikhail Mishustin said in late July that he was hopeful that Russia will produce a reliable vaccine against COVID-19 by the fall.
    http://dlvr.it/RctCl6

  • Abantu 15 bishwe n’abakekwa kuba abarwanyi ba Boko haram muri Cameroon #rwanda #RwOT

    Abakekewaho kuba abarwanyi ba Boko Haram, bishe abantu 15 bakomeretsa batandatu mu gitero cya grenade cyagabwe mu nkambi y’abataye ibyabo mu majyaruguru ya Kameruni kuri uyu wa 02 Kanama 2020. Umwe mu bashinzwe umutekano hamwe n’umutegetsi muri ako karere babibwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters.

    Mu masaha ya kare mu gitondo abagizi ba nabi bateye grenade mu bantu bari basinziriye mu nkambi iri mu mudugudu wa Nguetchewe. Byavuzwe na Meya w’intara, Medjeweh Boukar. Yavuze ko iyo nkambi icumbikiye abantu 800.

    Uwo mudugudu uherereye mu ntara ya Mozogo, hafi y’umupaka wa Nijeriya mu ntara ya Far North.

    Meya Boukar yamenyeshejwe ko abantu 15 bapfuye. Umutegetsi ushinzwe umutekano yemeje iby’icyo gitero ndetse n’umubare w’abitabye Imana. Yavuze ko abakomeretse bajyanywe mu bitaro biri hafi. Yanavuze ko abagabye igitero bageze mu nkambi bari kumwe n’umugore wari utwaye grenade. Yongeyeho ko mu bapfuye harimo abagore n’abana.

    Meya Boukar nkuko ijwi rya amerika ribitangaza, yavuze ko mu kwezi gushize kwa Nyakanga uyu mwaka wa 2020, habaye ibitero 20, by’abakekwaho kuba abarwanyi ba kiyisilamu.

    Boko Haram, imaze imyaka icumi irwana, urugomo rumaze gutwara ubuzima bw’abantu 30 000, rukaba rwarakuye mubyabo abandi babarirwa muri za miliyoni. Ni urugomo rwagiye rwambukiranya imipaka, rukagera mu bihugu bituranye na Nijeriya, aribyo Kameruni, Nijeri na Cadi.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/abantu-15-bishwe-nabakekwa-kuba-abarwanyi-ba-boko-haram-muri-cameroon/

  • Afurika y’Epfo: Minisitiri yasabwe kwegura kubwo kujya kurega uwahoze ari umukunzi kuri Polisi #rwanda #RwOT

    Minisitiri wungirije w’imari muri Afurika y’Epfo, David Masondo yasabywe n’ishyaka riri ku butegetsi ANC kwegura kubwo kujyana uwahoze ari umukunzi we kuri Polisi amushinja kumutoteza.
  • Ncuti Gatwa yabuze amahirwe mu bihembo bya sinema bikomeye muri Écosse #rwanda #RwOT

    Ncuti Gatwa ukomoka mu Rwanda wari mu bahataniraga ibihembo bya British Academy Scotland Awards [BAFTA], abikesheje filime yakinnyemo yitwa Sex Education; ntabwo yabashije kwegukana igihembo.
  • Kamonyi: Abagore bo muri RPF-Inkotanyi bati“Mucyerekezo 2050 nta mugore dushaka ko asigara inyuma” #rwanda #RwOT

    “Intore z’umuryango zigaragaze ubudasa”. Mu nama y’abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi mu karere ka Kamonyi yabaye kuri uyu wa 01 Kanama 2020, baganiriye kucyo bise “Umugore mu cyerekezo 2050”, aho by’umwihariko abagore bari mu nshingano bashaka ko intore z’umuryango aho ziri kuva ku Mudugudu zigaragaza ubudasa, bakita cyane ku isano yabo n’uriya mugore uri hasi, bakazamukana mu iterambere ryubaka umuryango n’igihugu muri rusange.

    Uwizeyimana Christine, umuyobozi w’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi mu karere ka Kamonyi, avuga ko nk’abagore bari mu nshingano, badashaka kugira umugore mugenzi wabo basiga hasi hariya ku Mudugudu, by’umwihariko abagaragara nk’abatishoboye n’abadafite icyo bakora. Avuga ko icyo bagamije ari ugufatanya, gushyira imbaraga hamwe bakazamurana ntawe usize undi, bakajyana mu iterambere ry’umuryango riganisha mu cyerekezo 2050.

    Uwizeyimana Christine/Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi, Kamonyi.

    Mu bukangurambaga bise“ Umugore mucyerekezo 2050” bwatangijwe n’aba bagore bibumbiye muri uru rugaga, bifuza ko umugore w’umuyobozi nkuko biri mu muco w’umuryango RPF-Inkotanyi, intore zose z’umuryango aho ziri zigaragaza ubudasa.

    Uwizeyimana yagize ati“ Nk’Intore z’umuryango twifuza ngo bibe umuco, dufatanye aho turi ku mudugudu tugire isano iduhuza na wa mugore udafite inshingano nk’izacu, na wa mugore utari umuyobozi, utari umucuruzi, wa mugore udafite izindi nshingano hariya. Ese tubanye gute, ni iki kiduhuza? Turifuza kugira icyo duhuriraho kugira ngo tugaragaze uko twabazamura”.

    Akomeza ati” Nitwe turi kuruhembe, turashaka kugira ikiduhuza, dufatanya iterambere, tubazamura nkuko mu rwego rw’urugaga twubakiye utishoboye inzu imwe muri buri murenge. Ni nako dushaka ngo tugire ibindi bikorwa byose biganisha ku iterambere dufashamo umugore ngo azamukane n’abandi”. Akomeza avuga ko hari na gahunda yatangijwe n’uru rugaga, aho umugore utishoboye ahabwa amafaranga ibihumbi 100 agashora mu mushinga yateguye mu rwego rwo kwikura mu bukene no kuzamuka mu iterambere.

    Mu gufasha aba bagore kuzamuka no kwigira bivana mu bukene, abagore 18 mu karere bahawe aya mafaranga ibihumbi 100, muri aba bayahawe, hari babiri biteje imbere ku buryo nabo batangiye kuremera bagenzi babo.

    Bamwe mu bagore bamaze gufashwa kwigira babwiye intyoza.com ko urugaga rw’aba bagore bashamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi rwabakuye ahakomeye, rukabaremera bakongera kugira icyizere cy’ubuzima, bakava mu bwigunge.

    Nyirajyambere Clarisse, umukobwa wa Ayingeneye Sisiliya avuga ko uru rugaga rwabakuye mu manegeka, rukabazana ahantu hazima, aho rwabubakiye inzu uyu munsi nubwo irimo kuzura bakaba nibura bishimira ko bashyizwe aho bashobora kugerwaho n’ibikorwa remezo birimo amazi n’amashanyarazi.

    Nyirajyambere, ashima ineza y’aba bagore bakuye umuryango we mu manegeka, bakawegereza abandi ndetse n’ibikorwa remezo.

    Ati” Baricaye badutekerezaho kuko twari dutuye mu manegeka, imivu yarazaga igakubita, imvura yaragwaga tukavuga ngo ntabwo bucya nta nubwo burira, amahirwe ubu dufite ni ugutura ahantu heza, tukagerwaho n’amazi meza n’umuriro. Turabashimira ko bareba abatishoboye batagira shinge na rugero, byaranejeje cyane kuko waranarwaraga ukabura n’uko ugera kwa muganga”.

    Mukamarita Melaniya, ni umugore utishoboye umaze umwaka ahawe amafaranga ibihumbi 100, aho yayashoye mu mushinga. Avuga ko yari yarashiriwe mu bucuruzi bwe buciriritse mu isoko ariko uyu munsi ngo yongeye kuzanzamuka. Avuga ko nyuma yo kongera gusubira mu bucuruzi, yungutse, akagura ingurube ebyiri, akamenya kwizigamira, akajya no mu ishyirahamwe rimuhuza n’abandi. Ashimira urugaga rw’abagore bashamikiye kuri RPF-Inkotanyi kuba uyu munsi baratumye yongera guhagarara akaba abasha kwikemurira ibibazo bitandukanye birimo no guhahira urugo.

    Mukamarita, ati ” uyu munsi ndabere, nambaye neza kandi ndiho neza kubera RPF-Inkotanyi.

    Niyongira Uzziel, Umuyobozi wungirije(Vice Chairperson) w’umuryango RPF-Inkotanyi mu karere ka Kamonyi ashima ibikorwa by’aba bagore bo mu rugaga rushamikiye ku muryango RPF. Avuga ko bafasha muri byinshi haba hagati yabo ndetse no kuzamura ubushobozi bw’umugore muri rusange baganisha ku iterambere Igihugu cyifuza.

    Avuga ko icyo bifuza kuri aba bagore mu bukangurambaga bwiswe“ Umugore mu cyerekezo 2050” ari uko umugore aba ari umuntu ushoboye, akaba inkingi ya mwamba mu muryango ushoboye, mu mutekano, ndetse umugore agashingirwaho nk’umuntu ufasha mu kwihuta muri icyo cyerekezo.

    Niyongira Uzziel/Vice Chairperson RPF-Inkotanyi, Kamonyi.

    Muri iki cyerekezo kiswe“ Umugore mu cyerekezo 2050”, aba bagore bavuga ko bafite gahunda ndende yo kwagura ibikorwa byabo birimo; kurwanya Inda ziterwa abangavu bahereye ku Mudugudu aho batuye bafatanije n’ababyeyi ndetse n’ibiganiro ku rubyiruko, hakaba ibijyanye n’Isuku n’isukura, Kurwanya amakimbirane mu ngo, Kurwanya imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka 5, guharanira ko abana bagira uburenganzira bakandikwa mu irangamimerere kandi bakagira ba se bazwi kuko ntawe uvuka adafite Se.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/kamonyi-abagore-bo-muri-rpf-inkotanyi-batimucyerekezo-2050-nta-mugore-dushaka-ko-asigara-inyuma/

  • Mu mibare: Ibigaragaza ko Abanyarwanda badohotse mu kwirinda COVID-19 #rwanda #RwOT

    Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko umubare w’abarenga ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 ukomeje kuzamuka, bikagaragaza ko habayeho kudohoka mu kwirinda kandi bishobora kugira uruhare mu gukwirakwiza ubwabdu bushya.
  • Kenya: Umunyarwandakazi ari gushaka ubutabera nyuma y’uko umugabo amusimbuje umukozi akanamutwara abana #rwanda #RwOT

    Umunyarwandakazi Consolée Uwihaye yajyanye mu nkiko umugabo w’umunya-Kenya bari barashakanye nyuma yo kumusimbuza umukozi w’umurugo no gutorokana abana babiri bari barabyaranye.
  • Mugahinda kenshi umunyarwanda watwitse cathedral yi nantes yakomoje kucyabimuteye. #rwanda #RwOT

    Umunyarwanda Abayisenga Emmanuel uheruka kwemera ko yagize uruhare mu gukongeza umuriro watwitse Cathédrale Saint-Pierre-et-Saint-Paul y’i Nantes mu Bufaransa, yisobanuye abinyujije mu butumwa bwa email.

    Abayisenga ukomoka mu Karere ka Muhanga mu Majyepfo y’u Rwanda, amaze imyaka umunani mu Bufaransa.

    Mu butumwa bwa email yandikiye abantu batandukanye, barimo abayobozi ba Cathédrale na Perefegitura ya Nantes, atangira yerekana ko afite ubumuga yatewe n’uwamuhohoteye amusanze mu Kiliziya mu 2018, ahagana saa Moya n’igice za nimugoroba arimo afunga Kiliziya, akamwibeshyaho agira ngo ni Padiri.

    VOA dukesha iyi nkuru yatangaje ko Abayisenga yibaza impamvu yahawe integuza yo kwirukanwa ku butaka bw’u Bufaransa mu gihe umuganga umukurikirana asanga agikeneye kuvurwa.
    Mu ibaruwa ye, yanditse ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2020, akayohereza saa Kumi n’iminota 12 za mu gitondo (4:12) nyuma y’amasaha atageze kuri abiri Kiliziya igatangira kugurumana (7:45), Abayisenga yerekana ko kuva mu 2016, igihe yatangiriye akazi ko gufunga no gufungura Kiliziya, yasabye uruhushya rwo gukora ntaruhabwe kandi igihe yahohoterwaga yari ategereje kwemererwa kuguma mu Bufaransa.

    Avuga ko ikimubabaza ari uko mu Ugushyingo 2019 yahawe urwandiko rumuteguza kuva mu Bufaransa kandi yari agitegereje gusubira kwa muganga ndetse n’ikirego yatanze amaze gukubitwa kikaba kitarigeze gisuzumwa.

    Uruhushya rwo kuguma mu Bufaransa yahawe umwaka ushize rwarangiye ku wa 8 Mutarama 2020.

    Yagize ati “Ku itariki ya 29 Mutarama 2019 nanditse ntabaza Musenyeri Jean Paul James, Umushumba wa Diyosezi ya Nantes n’ibyegera bye kugira ngo bantabarize kuri Perefe mbone impapuro zatuma nshobora gukurikiranwa n’abaganga, kubera ko ingufu z’ubuzima bwanjye zagenda zigabanuka.’’

    Yakomeje ati “Nyuma yaho Musenyeri James yumvikanye na Perefe ko diyosezi ikwiye kumpa akazi gahemberwa umushahara, ndetse nasabwe gutanga umwirondoro ariko nta cyakozwe ahubwo uwo mbajije anyohereza ku wundi.’’

    Umufasha w’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ryitwa Secours Catholique, rifasha abatishoboye, yamugiriye inama amusaba kwihangana agategereza indi myaka ibiri kugira ngo yuzuze 10 ari mu gihugu isabwa ngo ahabwe ibyagombwa.

    Abayisenga asanga harimo agahimano, yagize ati ‘‘Mwambaye hafi igihe kirekire mbakorera, ariko kuva nahohoterwa ndetse no mu gihe twugarijwe n’icyorezo, murantererana, mukansaba gutegereza imyaka ibiri kandi ntagira kivurira!’’

    Mu rwandiko rwe, Abayisenga yarabateguje agira ati “Niba mwibwira ko hari baringa cyangwa roho ya shitani yampohoteye mbakorera, kandi ikabahuma amaso ntimubone ko ubuzima bwanye burindimuka, mbere yuko nkomeza kwitangira ikoranabushake, ngomba kubanza ngashyira umutekano aho nshinzwe nkuko uwampohoteye yabikoze, nkahashakira kandi nkahasohora iyo shitani, kandi nkabikora nkuko shitani yabigenza.’’

    Mu gusoza ibaruwa ye agira ati “Nizeye amasengesho yanyu azamperekeza muri iki gikorwa cy’ubumuntu kidahuye n’ibyo nakoraga, kugira ngo nyuma yacyo hazamenyekane akarengane gakorwa n’abakozi bo kuri Perefegitura kandi mubone ko ubuzima bwanjye bwazahaye mbakorera, bityo nshobore gukomeza kubonana n’abaganga ntatinya kwirukanwa mu Bufaransa.”

    Ku wa 18 Nyakanga 2020 nibwo Cathédrale Saint-Pierre-et-Saint-Paul yafashwe n’inkongi yangiza bimwe mu bikoresho byari biyirimo nk’ibya muzika ndetse n’ibishushanyo byo mu kinyejana cya 19 byashyizwemo bivanywe i Roma mu Butaliyani.

    Nyuma y’umunsi umwe, inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukurikirana Abayisenga w’imyaka 39 watawe muri yombi ku wa 19 Nyakanga 2020, ariko ahita arekurwa.

    Tariki ya 25 Nyakanga 2020 nibwo Polisi yo mu Bufaransa yongeye kumufata ngo akomeze akorweho iperereza ku ntandaro y’umuriro watwitse inyubako ndetse aza kwemera ko yabigizemo uruhare.

    Abayisenga nahamwa n’icyaha azahanishwa igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu y’amayero 150 000.

    The post Mugahinda kenshi umunyarwanda watwitse cathedral yi nantes yakomoje kucyabimuteye. appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/mugahinda-kenshi-umunyarwanda-watwitse-cathedral-yi-nantes-yakomoje-kucyabimuteye/

  • Umusore wakekwagaho gucuruza abakobwa yarashwe agerageza gutoroka aho yari afungiye i Kigali #RwOT #Rwanda

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko umusore w’imyaka 25 witwa David Shukuru Mbuyi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yarashwe agerageza gutoroka Station ya Polisi ya Nyarugunga mu Mujyi wa Kigali aho yari afungiye akekwaho ibyaha birimo iby’icuruzwa ry’abantu.

    Uyu musore yakekwagaho ibyaha birimo ibyo gukoresha imibonano mpuzabitsina no gucuruza abantu. Itabwa muri yombi rye, rifitanye isano n’abakobwa bane baherutse kwerekwa itangazamakuru bashinjwa gutangaza amashusho y’urukozasoni binyuze kuri internet.
    Mbuyi yari ari gukorwaho iperereza ku ruhare rwe rwo kuba mu muyoboro w’abantu bacuruza abakobwa b’Abanyarwanda bakabashora mu buraya mu gihugu no hanze yacyo.

    RIB ivuga ko yatawe muri yombi mu ntangiriro z’iki cyumweru hamwe n’abagore bane b’Abanyarwandakazi ubwo bashyiraga amashusho y’urukozasoni ku mbuga nkoranyambaga.

    Iri tangazo rivuga ko Ambasade ya RDC i Kigali yamenyeshejwe iby’iyi nsanganya ndetse ko iperereza rikomeje ku rupfu rwe.
    Umwe muri abo bakobwa yabwiye itangazamakuru ko basuye umuhungu ufite amafaranga [utatangajwe amazina ariko RIB yatangaje ko imufite] akabasohokana ahitwa Pili pili akabagurira ibintu bitandukanye, hanyuma akabasaba kumufasha guteza imbere konti ye ya Instagram bashyiraho amashusho yabo bakora ibikorwa by’urukozasoni.
    Ngo yababwiye ko icyo akeneye ari ubwinshi bw’abareba ibyo yerekana kuri urwo rubuga, ababwira ko bagiye gutambutsaho amashusho imbonankubone berekana ubwambure bwabo.
    Source : igihe