Author: webrwanda
-
Igisubizo cya Guverinoma y’u Burundi ku busabe bw’impunzi ziri mu Nkambi ya Mahama #rwanda #RwOT
Guverinoma y’u Burundi yasubije ubusabe bw’impunzi z’Abarundi ziri mu Nkambi ya Mahama mu Rwanda zanditse zisaba kwemererwa gusubira mu gihugu cyazo cy’amavuko. -
Champions League: Bayern Munich yanyagiye Chelsea, FC Barcelone isezerera Napoli (Amafoto) #rwanda #RwOT
Imikino ibiri yo kwishyura itarabereye igihe muri 1/8 cy’Irushanwa rya UEFA Champions League, yabaye kuri uyu wa Gatandatu, yasize Bayern Munich inyagiye Chelsea ibitego 4-1 mu gihe FC Barcelone yatsinze Napoli ibitego 3-1. -
Muhanga: RIB yafatiye mu cyuho Gitifu w’Akagari yakira ruswa y’ibihumbi 200 Frw #rwanda #RwOT
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Butare mu Murenge wa Kabacuzi mu Karere ka Muhanga, bumukekaho kwakira ruswa y’ibihumbi 200 Frw. -
Urukumbuzi ni rwose! Tumwe mu tubyiniro benshi banyotewe kongera gutaramiramo (Amafoto) #rwanda #RwOT
Mu gihe gishize Isi itarugarizwa n’icyorezo cya Coronavirus, mu mpera z’icyumweru wasangaga abantu babukereye bagiye gusomera kamwe mu tubyiniro, kamara kubageramo bagacinya akadiho. -
Ibintu 15 bidasanzwe byaranze umwaka w’imikino wa 2019/20 i Burayi (Amafoto) #rwanda #RwOT
Umwaka w’imikino wa 2019/20 i Burayi uri kugana ku musozo. Ni umwaka waranzwe na byinshi by’umwihariko ukaba warakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Coronavirus. -
Umunyamakuru Andrew Mwenda yinjiye muri NUP yiyemeza guhatana na Bobi Wine mu matora ya Perezida #rwanda #RwOT
Umunyamakuru wamenyakanye cyane muri Politiki ya Uganda akaba na nyir’igitangazamakuru cya The independent, Andrew Mwenda, yatangaje ko yinjiye mu ishyaka rya The National Unity Platform (NUP) ndetse anavuga ko yiteguye guhangana na Robert Kyagulanyi uzwi nka ‘Bobi Wine’ mu guhagararira iri shyaka mu matora y’umukuru w’igihugu. -
RDC: Imitwe yitwaje intwaro yishe abarenga 1300 mu mezi atandatu ya mbere ya 2020 #rwanda #RwOT
Raporo y’ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu (UNJHRO), yagaragaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2020, abantu barenga 1300 bishwe n’imitwe yitwaje intwaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bakaba barikubye gatatu ugereranyije n’igihe nk’iki cya 2019. -
Ibihugu 10 birimo n’u Rwanda byihariye 80% by’umubare wose w’abapimwe Covid-19 ku mugabane wa Afurika #rwanda #RwOT
Nubwo umubare w’abandura Covid-19 ku mugabane wa Afurika ugenda wiyongera umunsi ku munsi, Ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Africa CDC kigaragaza ko umubare w’ibipimo bifatwa kuri uyu mugabane ukiri hasi dore ko ibihugu 10 byonyine birimo n’u Rwanda byihariye 80% by’abanyafurika bose bapimwe covid-19. -
Ikoranabuhanga rihuriweho na EAC mu kugenzura abashoferi b’amakamyo rizatangira gukoreshwa mu cyumweru gitaha #rwanda #RwOT
Nyuma y’amezi atatu ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC byemeranyije gushyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bwifashishwa mu kugenzura abashoferi b’amakamyo, uyu muryango watangaje ko mu cyumweru gitaha buzatangira gukoreshwa. -
Mu mafoto ibyaranze umukino Manchester city yasezeremo real Madrid muri UEFA champions league. #rwanda #RwOT
Ibitego bya Raheem Sterling na Gabriel Jesus byafashije Manchester City gusezerera Real Madrid muri 1/8 cya UEFA Champions League, ni nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wabereye mu Bwongereza ku wa Gatanu, bikaba ibitego 4-2 mu mikino yombi.
Irushanwa rya UEFA Champions League rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo i Burayi, ryari ryongeye kugaruka nyuma y’igihe gisaga amezi atanu (iminsi 163) rihagaritswe n’icyorezo cya Coronavirus.
Sergio Ramos warebeye umukino mu bafana kubwikarita itukura yahawe muri werurwe.Manchester City yaburaga bamwe mu bakinnyi barimo na rutahizamu Sergio Kun Agüero, yari yakiriye Real Madrid itari ifite myugariro wayo ngenderwaho, akaba na kapiteni wayo, Sergio Ramos wari waje kureba uyu mukino kuko yabonye ikarita itukura muri Werurwe.

Amakosa yakozwe na Raphaël Varane mu bwugarizi, yahesheje Manchester City kuyobora umukino hakiri kare, aho yambuwe umupira na Gabriel Jesus wahise atanga umupira kuri Raheem Sterling, aroba umunyezamu Thibaut Courtois ku munota wa cyenda.Manchester City yakomeje gusatira ndetse yashoboga kubona igitego cya kabiri ku ishoti ryatewe na Raheem Sterling nyuma y’iminota itandatu, umupira uca hejuru gato y’izamu.

Byasabye Real Madrid gutegereza umunota wa 28, itsindirwa igitego cyo kwishyura na Karim Benzema ku mupira wahinduwe na Rodrygo.
Irindi kosa rya Varane ku mupira yasubije inyuma n’umutwe umunyezamu Thibaut Courtois akananirwa kuwufata, ryavuyemo igitego cya kabiri cyatsinzwe na Gabriel Jeus ku munota wa 68, bishyira akadomo ku rugendo rwa Real Madrid muri UEFA Champions League y’uyu mwaka.

Ni ku nshuro ya gatatu Pep Guardiola kuri ubu utoza Manchester City, asezereye Real Madrid muri iri rushanwa mu gihe ari ubwa mbere Zinedine Zidane asezerewe hakiri kare kuva abaye umutoza w’iyi kipe yo muri Espagne.
Phil foden rutahizamu ukiri muto wazonze ba myugariro ba real Madrid.
benzema na hazard bishimira igitego cyo kwishyura.
Gabriel Jesus yishimira igitego cya 2 cya man city.

Manchester city yakomeje muri 1/4 cya UEFA champions league izahura na Lyon nayo yasezereye Juventus ya Cristiano Ronaldo.The post Mu mafoto ibyaranze umukino Manchester city yasezeremo real Madrid muri UEFA champions league. appeared first on KASUKU MEDIA.