Author: webrwanda

  • Kamonyi: Bakomorewe kujya no kuva Kigali ariko nta ngamba zo kwirinda Coronavirus zihari #rwanda #RwOT

    Abaturage ba Kamonyi by’ubwihariko igice cy’Umurenge wa Runda guhera ku gicamunsi cy’uyu wa 28 Kanama 2020 bahawe imodoka zisanzwe zihakora kuri Linye( ligne) Nyabugogo, Ruyenzi-Bishenyi. Ikibazo gikomeye mu kwirinda icyorezo cya Coronavirus gishingiye ku kuba abagenzi kuva wambutse hakurya ya Nyabarongo, Kamuhanda na Ruyenzi nta buryo bw’ubwirinzi.

    Uwabirebera mu ruhande rumwe yavuga ko kurekura izi modoka zikava mu mujyi wa Kigali zikambuka Nyabarongo, Kamuhanda na Ruyenzi byaba byakozwe mu buryo bunyuranije n’amabwiriza y’inama y’abaminisitiri avuga ko ingendo hagati y’umujyi n’izindi ntara zibujijwe ku modoka zitwara abagenzi mu buryo rusange.

    Ku rundi ruhande na none, umuntu yanavuga ko iki ubwacyo atari ikibazo kuko no muri gahunda ya Guma mu rugo iheruka niko byagenze, ubwo byavugwaga ko ingendo zihuza umujyi wa Kigali n’izindi ntara ndetse n’intara ku zindi zibujijwe ariko Linye(ligne) y’imodoka Nyabugogo, Ruyenzi, Bishenyi igashyirwaho. N’ubu niko byagenze aho kuri iki gicamunsi cya tariki 28 Kanama 2020 iyi linye yahawe imodoka zitwara abagenzi kuva no kujya Nyabugogo mu mujyi wa Kigali kuko ejo zakoze igice gito cy’igitondo.

    Ubwo kuri uyu wa 27 Kanama 2020, hasohokaga itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri rivuga ko ingendo mu modoka rusange ziva cyangwa zijya mu mujyi wa Kigali zitemewe mu kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus, imodoka zari zisanzwe zitwara abagenzi kuri Linye(ligne) Nyabugogo – Bishenyi ntabwo yakoze kuko ubusanzwe yaba inyuranije n’aya mabwiriza.

    Abagenzi bava mu majyepfo imodoka zirabafata cyangwa zikabasiga ku kamonyi ahazwi nko ku masuka, mbese nk’uko ubushize byari bimeze, aho na Bariyeri ya Polisi yari hirya gato ya Kamiranzovu kuri sitasiyo ya M. Meru yahasubijwe.

    Icyo ibi bisobanuye ni uko kuva aho iyi Bariyeri ya Polisi iherereye ugaruka Kigali habarwa nk’agace kari mu mujyi wa Kigali nkuko ubushize ubuyobozi bwabisobanuraga, aho icyo gihe kuharenga byafatwaga nko kuva cyangwa kujya mu gice cy’umujyi wa Kigali cyangwa se cy’intara y’amajyepfo.

    Ku baturage ba Runda, benshi kuko basanzwe bakorera imirimo yabo mu mujyi wa Kigali, bavuga ko basubijwe kuko ku munsi w’ejo ubwo izi Modoka za Kampuni ya RFTC zikora kuri iyi linye zitakoraga, abamotari bacaga ayo bashaka ku buryo kuva Ruyenzi ujya Nyabugogo batatinyaga guca ibihumbi bibiri nyamara ubusanzwe ari hagati ya 500-700 bitewe n’umumotari ushoye cyangwa se uwo ukuye Ruyenzi.

    Ku rundi ruhande, nubwo hishimirwa kuba izi modoka zongeye gukora, harananengwa ko uburyo zikoramo budafasha mu gukumira icyorezo cya Coronavirus, ko ahubwo bwakorohereza ikwirakwiza(zwa) kuko nta hantu ho gukarabira ku gice cya Runda hateganijwe, abagenzi ntawe ubazwa ya miti ifasha mu gusukura intoki izwi nka hand sanitizer cyangwa se ngo bene Kampuni babe bayiteganirije abagenzi binjira mu modoka bityo birinde banarinda abandi. Aha ni igihe kuri iki gicamunsi, izi modoka zari zigeze ku Ruyenzi kuri ligne zisanzwe zihagararaho.

    Biteye impungenge ku ikwirakwizwa ry’iki cyorezo mu gihe harekuwe izi modoka ziva zikanajya mu mujyi wa Kigali nyamara nta buryo bw’ubwirinzi bwateganyirijwe abagenzi bakoresha izi modoka, by’umwihariko Ruyenzi na Kamuhanda. Abemeye ko izi modoka zambuka zigana ahasanzwe hafatwa nko mu Ntara y’amajyepfo, bakabaye babanje gutekereza ku kurinda abaturage, naho ubundi ikibazo ni ese ingaruka z’iki cyorezo kitarinzwe aba baturage zizabazwa nde?

    Munyaneza Theogene / intyoza.com
    http://dlvr.it/RfZ0Rc

  • Three perish in deadly Rwamagana accident #rwanda #RwOT

    The Eastern Province Police Spokesperson for the Eastern Province, CIP Twizeyimana Hamdun, told IGIHE that the accident happened around 5.30 pm when a Jeep Toyota Prado that was heading from Nyagatare to Kigali hit a cyclist identified as Alphonse Habimana in Rwamagana town.

    The Prado collided with an Actros Mercedes Benz before killing a taxi moto rider and his passenger.

    The driver of the Prado identified as Etienne Ruzindana was trying to escape from police after he made a hit and run on a cyclist who luckily cheated death.

    The car later lost the balance and hit the tree on the roadside, leaving the driver in critical condition.

    One of five persons he was carrying identified as Aloys Niyonzaba died in the accident while others were seriously injured.

    Police Spokesperson said that the accident wouldn’t have been as fatal as it was had the driver not tried to escape.

    “The police stopped the driver after hitting the cyclist but he opted to escape and I don’t think he was running against the clock to stick to curfew hours because he would have reached on time without considering going at the highest speed,” CIP Twizeyimana said.

    The driver who caused the accident was immediately transferred to Kanombe Military Hospital for treatment.

    The bodies of the deceased were taken to Rwamagana Hospital for autopsy tests; while those who were injured during the accident were hospitalized at Rwamagana Hospital.

    Three people were killed in an accident that took place at Plage Village in Nyarusange Cell in Muhazi Sector

    Nicole Kamanzi M.

    source https://en.igihe.com/news/article/three-perish-in-deadly-rwamagana-accident

  • Perezida Museveni yashyizeho umunsi wo gusengera Covid-19 #rwanda #RwOT

    Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yatangaje ko ejo ku wa gatandatu tariki 29 Kanama 2020 ari umunsi Igihugu cyose kizasengera icyorezo cya coronavirus.

    Perezida Museveni, yavuze ko yagize iki gitekerezo akivanye ku muturage wa Uganda ufite “ibyo yeretswe n’Imana”.

    Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Museveni yagize ati: “Imana yamweretse ko nkwiye gutegura umunsi w’amasengesho mu gihugu hose, ateguwe neza, kugira ngo Imana idukize Covid-19…”.

    Akomeza ati “Ntangaje ko tariki 29/08/2020 ari umunsi w’amasengesho y’Igihugu n’umunsi w’ikiruhuko. Muzagume mu nzu cyangwa mu ngo zanyu, musenge”.

    Uganda kugeza ubu nkuko BBC ibitangaza, imaze kugira abantu 2,679 basanzemo coronavirus, 28 muri bo imaze kubica.

    Photo/Newz.ug

    intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/perezida-museveni-yashyizeho-umunsi-wo-gusengera-covid-19/

  • Umuntu wa 16 icyorezo cya Covid-19 kiramujyanye #rwanda #RwOT

    Imibare mishya kuri Covid-19 nkuko itangazwa na Minisiteri y’ubuzima y’uko iki cyorezo kiriwe gihagaze mu masaha 24 y’uyu wa 28 Kanama 2020, igaragaza ko umuntu umwe yapfuye azize iki cyorezo, ari nawe wiyongera kuri 15 basanzwe bakaba 16, mu gihe mu bipimo 5,159 byafashwe none habonetsemo abantu 70 bakirwaye.
    Dore uko imbonerahamwe y’imibare igaragaza uko iki cyorezo kiriwe cyifashe iteye;

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/umuntu-wa-16-icyorezo-cya-covid-19-kiramujyanye/

  • Pastor M. Gaudin yasohoye indirimbo nshya yise “Bishyitse” #rwanda #RwOT

    Umupasiteri Mutagoma Gaudin ubarizwa mu itorero rya New Jerusalem Church yamaze gushyira hanze indirimbo nshya yise ‘Bishyitse’ yanditse agamije kwibutsa abizera Imana ko bakwiye gusenga ntibacogozwe n’ibyo bacamo, ahubwo bakiringira Imana.

    Muri iyi ndirimbo hagaragaramo icyanditswe cyo muri Bibiliya Abafilipi 4:6 havuga ngo “Ntimukagire icyo mwiganyira ahubwo ibyo mushaka byose bimenywe n’Imana, mubisabiye mubyiringiye, mushima”.

    M. Gaudin yabwiye INYARWANDA ko yanditse iyi ndirimbo abitewe n’umutwaro yari afite wo gusengera abandi. Ati “Nanditse iyi ndirimbo mbitewe n’umutwaro wo gusengera abandi. Muri ubu buzima abantu bafite ibintu byinshi bikenera ubutabazi bw’Imana. Nubwo ari indirimbo ni n’isengesho ryamvuye ku mutima”. Umuhanzi Pastor M. Gaudin arimo kuramya Imana

    Yakomeje agira ati:”Ikindi ni ukwibutsa abizera ko bakwiye gusenga ntibacogozwe n’ibyo bacamo, ahubwo bakwiye kwiringira Imana”. Yavuze icyifuzo cye ku muntu wese wumva cyangwa uzumva iyi ndirimbo ye nshya yise ‘Bishyitse’, ati “Ndifuza ko uzayumva yamubera ubuhanuzi, ndetse Imana igasohoza amasezerano ku buzima bw’abazayumva”.

    Pastor M. Gaudin yavuze ko nyuma y’iyi ndirimbo ye nshya afite gahunda yo gukomeza gukora n’izindi ndirimbo zinyuranye. Ni indirimbo zizaba ziri kuri Album ye ya kabiri. Yagize ati “Mfite gahunda yo gukomeza ivugabutumwa rikorewe mu ndirimbo, nkaba ndimo gukora indirimbo zizajya kuri Album yanjye ya Kabiri, ndetse no gukora amashusho y’izindi ndirimbo”.

    Video y’indirimbo “Bishyitse” wayisanga hano:

    Source: inyarwanda.com

    Vestine@agakiza
    http://dlvr.it/RfWLdd

  • Inzoga zizajya zihabwa abatumije ibiryo gusa: Ibikubiye mu mabwiriza ya RDB kuri za hoteli na restaurants #rwanda #RwOT

    Nyuma y’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yabaye ku wa 26 Kanama, Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere,RDB cyasohoye amabwiriza mashya agenga uburyo ibikorwa by’ubukerarugendo,inama, amahoteli na restaurants bizakorwa muri ibi bihe bya Covid-19. Arimo n’abwira ba nyiri-amahoteli na restaurants ko bamerewe gutanga inzoga gusa ku bantu bicaye bategereje ibyo kurya.
  • Sadate ni we perezida wangoye, ntabwo yambaniye – Rutanga Eric #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, Rutanga Eric avuga ko adashobora kwibagirwa ko perezida w’iyi kipe, Munyakazi Sadate ari we muperezida wamugoye.

    Rutanga Eric yinjiye muri Rayon Sports muri 2017 avuye muri APR FC asinya imyaka 2, nyuma yo gusoza amasezerano ye akaba yorongereye andi masezerano y’imyaka 2 mu mpeshyi ya 2019 yagombaga kurangira mu mpeshyi ya 2021.

    Ubwo yasinyaga amasezerano ye yahawe amafaranga y’igice ariko hajyamo ingingo ivuga ko mu gihe baba batamuhaye amafaranga asigaye natayabona muri Nzeri 2019 aya masezerano azahita ateshwa agaciro.

    Muri Gicurasi 2020 ni bwo uyu mukinnyi yandikiye Rayon Sports ayisaba ko batandukana kuko batubahirije ibyo bumvikanye.

    Aganira na Radio Rwanda, yavuze ko yaje kubona ikipe ya Yanga yo muri Tanzania agiye gusaba Release Letter bamubwira ko agomba kubandikira ko nta kintu yishyuza iyi kipe kandi bakandikaho ko agiye muri Yanga bitakunda akagaruka muri Rayon Sports.

    Yagize ati“yambwiye ko kuri Release Letter bandikaho ko ngiye muri Yanga bitakunda nkagaruka muri Rayon Sports, nabanje kubyanga ariko kuko numvaga muri Yanga ngomba kugenda byanze bikunze ndabyemera.”

    Nyuma y’uko ibyo muri Yanga byanze, Sadate yamusabye kongeraho miliyoni 2 kugira ngo bamurekure ajye muri Police FC, ngo ntazibagirwa Sadate kuko ari we muperezida wamugoye.

    Yagize ati“ Nasabye perezida urupapuro rundekura mbona abigize birebire, barambwira ngo kugira ngo mbone urwo rupapuro ni uko mbaha miliyoni 2. Ndababaza nti se ni ay’iki? Barambwira ngo n’ayo kundekura. Imishahara, uduhimbazamusyi nari nabibarekeye byose, nk’umuntu ufite umuryango ngomba kwitaho, nabitekerejeho na yo mfata icyemezo cyo kuyabaha.”

    Yakomeje agira ati“Sadate nzahora mufata nk’umuyobozi wangoye, kuko ntabwo yambaniye kuko ibyo nifuzaga byose ntabwo yabimfashije nk’umuyobozi w’ikipe.”

    Uyu musore nyuma y’uko kujya muri Tanzania byanze, ahamya ko agiye gushyira umutima ku kazi akinira ikipe ye ya Police FC.

    Rutanga ntazibagirwa Munyakazi Sadate

    source http://isimbi.rw/siporo/article/sadate-ni-we-perezida-wangoye-ntabwo-yambaniye-rutanga-eric

  • Nitwa Nziza Sonia ndambiwe kurara njyenyine niyo mpamvu nshaka umuntu twakundana akajya aza kundaza. #rwanda #RwOT

    Nitwa Nziza Sonia nashatse mfite imyaka 19, nshaka umugabo tubana imyaka 6 nyuma aza kwitaba Imana. Gupfakara ukiri muto ni bibi cyane, uhura n’ibibazo byinshi cyane kandi bitoroshye. Ibibazo nahuye nabyo n’ubwo byari bigoye ariko nabashije kubinyuramo gusa ikibazo cyakomeje kungora ni kimwe. Urabona nabanye n’umugabo imyaka 6 muri iyo myaka yose twarararanaga, rero ubwo buzima bwo kurarana n’umuntu nari narabumenyereye, kuburyo kurara njyenyine nanubu biracyambereye ikibazo kandi hashize imyaka 3 apfuye. Nijoro sinsinzira ndara nshikagurika, nkapfumbata umusego bikanga. Byongeye umubiri nawo uba uri kunsumbuwa unyishyuza ibyo umugabo wanjye yari yarawumenyereje kuburyo ubu ndambiwe kurara njyenyine. Niyo mpamvu nshaka umusore twakundana akajya aza kundaza twamara kumenyerana tukibanira burundu. Niba wabyemera nsanga inbox ibindi tubiganireho.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    The post Nitwa Nziza Sonia ndambiwe kurara njyenyine niyo mpamvu nshaka umuntu twakundana akajya aza kundaza. first appeared on UMWUNGERI.RW.

    source https://www.umwungeri.rw/nitwa-nziza-sonia-ndambiwe-kurara-njyenyine-niyo-mpamvu-nshaka-umuntu-twakundana-akajya-aza-kundaza/

  • Ndi umukobwa mfite imyaka 39 ndashaka umuhungu wantera inda tukabyarana sinzigera musaba indezo. #rwanda #RwOT

    Nitwa Isimbi Joyce mfite imyaka 39 nkaba ntuye mu Karere ka Gasabo. Ubwo nari ngeze mu kigero cy’imyaka 25 akazi nkora k’ubuganga kagiye kantwara umwanya mwinshi kuburyo nagiye mbura umwanya wo kuba naha care ihagije abahungu twakundanaga ibyo bigatuma babantwara. Ngeze mu kigero cy’imyaka 30 natangiye kujya mbura umuhungu wantereta, bitewe n’uko benshi babonaga mfite amafaranga bakantinya bakabura aho bampera bamvugisha, nakomeje gutegereza ngo ndebe ko nazabona umusore wansaba urukundo ndaheba. None imyaka ngezemo irakomeye cyane bikomeje gutya nazashiduka mpfuye nkabura uwo nsigira ibyo naruhiye byose. Niyo mpamvu nshaka umuhungu twabyarana byibuze nkazapfa nifitiye umwana. Uwo musore amaze kuntera inda akumva twabana ntakibazo, ariko atanabishaka yakwikomereza ubuzima bwe sinzigera musaba ubufasha, sinzigera musaba indezo, mfite ubushobozi buhagije bwo kuba nakwita ku mwana wanjye nkamumenyera icyo yakenera cyose. Nitumara kubyarana nabishaka azajya aza kureba umwana we natanabishaka ntakibazo. Naripimishije ndi muzima nta ndwara nimwe ndwaye ndetse n’imyanya myibarukiro yanjye yose ni mizima ntacyambuza kubyara, gusa nk’umuganga nzi ukuntu umukobwa urengeje imyaka 40 gusama bimugora ndetse n’igihe gusaba bikunze, kubyara biramugora cyane ndetse haba hari ibyago byinshi byo kuba yagwa ku iseta. Niyo mpamvu nshaka gufatirana byibuze uyu mwaka ukarangira ntwise umwaka utaka nkibaruka imfura. Ubu butumwa nkimara kubutanga k’urubuga www.umwungeri.rw nabonye abasore benshi banyandikiye bansaba ko twabiganiraho, bamwe nabashije kubasubiza abandi sinabishoboye kuko messages zari nyinshi cyane. Muri bo naje guhitamo umwe twabonanye amaso ku maso inshuri zigera kuri 3 turaganira birambuye. Ni umusore mwiza w’igikundiro kandi ufite amafaranga kuko afite akazi keza, gusa naje kubaririza amakuru amwerekeyeho nsanga afite barumuna be bakennye cyane kandi ntanikintu na kimwe abafasha. Ibyo rero byatumye mureka bitewe n’uko numva ko papa w’umwana wanjye agomba kuba afite umutima mwiza wo gufasha abantu bababaye kugira ngo n’umwana wanjye atazavukana umutima mubi. Akazi kanjye nkora buri munsi ni ako kwita kubantu bababaye rero ntibyanshobokera ko nabyarana n’umuntu ufite amafaranga kandi adashobora kwita kubo bavukana. Kandi ndanakeka ko umuntu udafitiye impuhwe abo bavukana ntanundi ashobora kuzigirira. Njye ndashaka kubyarana n’umuntu ufite umutima mwiza ndetse n’imico myiza kuburyo n’umwana wanjye azavukana bene uwo mutima. Uwumva yabishobora yanyandikira inbox tukabiganiraho mu buryo burambuye.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    The post Ndi umukobwa mfite imyaka 39 ndashaka umuhungu wantera inda tukabyarana sinzigera musaba indezo. first appeared on UMWUNGERI.RW.

    source https://www.umwungeri.rw/ndi-umukobwa-mfite-imyaka-39-ndashaka-umuhungu-wantera-inda-tukabyarana-sinzigera-musaba-indezo/

  • Peace afite imyaka 34 arashaka umuhungu cyangwa umugabo bakundana bakabana. #rwanda #RwOT

    Nitwa Kamusime Peace mfite imyaka 34 nkaba ndi umumama w’umwana umwe w’umukobwa ufite imyaka 9. Umugabo twamubyaranye twaratandukanye bitanturutseho kuko twari tubanye neza nta kibazo twari dufitanye. Gusa twari tubayeho ubuzima bubi bw’ubukene, njye nari narize ariko ntakazi nari mfite, we yari umumotari kandi moto yatwaraga ari iyacu amafaranga yarayakoreraga ariko akayanywera ugasanga mu rugo ntakintu adusigiye. Igihe cyaje kugera noneho umuntu umwe amubwira ko muri Sudan y’Epfo hariyo imikorere, bituma umugabo wanjye agurisha ya moto, amafaranga ayajyanayo kugira ngo ayagire igishoro arebe ko yakwiteza imbere. Abimbwira ko agiyeyo numvaga ari igitekerezo cyiza, ariko icyantunguye n’uko atigeze agaruka, ahubwo haciyemo amezi make ahita antumaho umuntu ambwira ngo yishakiye undi mugore nanjye nzishakire undi mugabo. Icyo gihe bitewe n’uko ari we nari nizeye nahise mera nk’aho ijuru ringuyeho, numva birancanze mbura hepfo mbura ruguru. Haciyemo iminsi naje kwigira inama yo kugurisha ubutaka nari mfite iwacu mu cyaro, amafaranga nkuyemo nyagira igishoro nshinga igarage rikora imodoka, ntangira ari ibintu byo gupfundikanya ntanibikoresho bihagije mfite, ariko nza kugira amahirwe birampira amafaranga ndayabona igarage ryanjye riraguka. Ubu rero muri njye maze gutuza ndumva aricyo gihe cyo kuba nashaka umugabo, niyo mpamvu ndi hano nshaka kuganira n’umusore cyangwa umugabo wumva twahuza tugatangira urukundo rufite intego.

    Kumwandikira inbox Kanda Hano wiyandikishe mu bashaka umukunzi nurangiza kwiyandikisha Ukande hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa. Niba waramaze kwiyandikisha mu bashaka umukunzi Kanda hano maze nubona izina rye urikandeho uhite ukanda ahanditse “Message” maze umwoherereze ubutumwa cyangwa ukande kuri Chat muganire mu ibanga rikomeye murebana imbonankubone ku ikoranabuhanga rya Webcam.

    The post Peace afite imyaka 34 arashaka umuhungu cyangwa umugabo bakundana bakabana. first appeared on UMWUNGERI.RW.

    source https://www.umwungeri.rw/peace-afite-imyaka-34-arashaka-umuhungu-cyangwa-umugabo-bakundana-bakabana/