Author: webrwanda

  • Umugabo yishwe n' ifi arimo aserebeka ku nyanja #rwanda #RwOT

    Umugabo wo muri Australia yishwe n'ifi yo mu bwoko bwa Shark ku mwaro w'inyanja uzwi nka Gold Coast muri leta ya Queensland, biba ubwa mbere ifi nk'iyo ikoze ibara nk'iri muri aka gace mu myaka irenga 60 ishize.

    Nick Slater w'imyaka 46, asanzwe ari umuntu uzwi mu byo guserebeka ku nyanja (surfing), ni byo yarimo akora ejo ku wa kabiri ubwo iyi fi yamucakiraga ikamuruma bikomeye cyane akaguru.

    Abandi bakora iyo siporo nka we nyuma bamubonye areremba ku mazi ari iruhande rw'igikoresho bakoresha muri iyo siporo.

    Yihutanywe ku nkombe ahabwa ubufasha bw'ibanze ariko ntiyarenze aho, yahise apfa.

    Uyu munsi ku wa gatatu abakozi bo ku nyanja bazengurutse hafi y'umwaro muri kajugujugu bashakisha iyo fi, bikekwa ko ari iyo mu bwoko bwa 'great white shark' ifite uburebure bwa metero eshatu.

    Ukuriye agace byabereyemo witwa Tom Tate yagize ati: 'Nitumara kumenya ko iyo fi itakiri hafi aho, nibwo ubwidagaduriro ku mucanga (beach) bwongera gufungurwa.'

    Ifi zo mu bwoko bwa Great White Shark ziba ari nini cyane kandi zishobora gusagarira abantu

    Avuga ko aribwo bwa mbere bene iyi fi ikoze ibara kuva mu 1958, yongeraho ko bari gukora iperereza ku byabaye.

    Umwe mu bari hafi yabwiye ikinyamakuru Courier Mail ko Bwana Slater iyi fi yamurumye bikomeye ahagana ku itako kandi 'ryose urebye ryari ryavuyeho'.

    Jade Parker wahaye ubufasha Bwana Slater avuga ko iyi fi yamukuyeho igice kinini.

    Yabwiye igitangazamakuru ABC dukesha iyi inkuru ati: 'Yamukuyeho ahantu hangana n'umuzenguruko w'umupira wa basketball… hari n'iryinyo ryayo ryari ryaheze mu mwenda navanyeho'.

    Gold Coast ni kamwe mu duce dukundwa cyane n'abakerarugendo muri Australia, kubera umucanga mugari wera, n'ibikorwa byo guserebeka ku nyanja bikurura benshi.

    Kuva mu myaka ya 1960, agace kegereye umucanga kari kararinzwe bene aya mafi bashyira hirya mu nyanja inshundura zituma aya mafi atahegera.

    Abategetsi bavuga ko hakiri kare kwemeza niba hakenewe ko ubwo bwirinzi bwongerwa.

    Nyuma y'ibyabaye ubwidagaduriro bwo ku mucanga muri Gold Coast bwahise bufungwa

  • Le Rwanda contre les brutalités policières : necessite de publicisation des activites de la Police disciplinary Unit a l’oeuvre #rwanda #RwOT

    Au cours de ce rendez-vous avec ses citoyens, l’un d’eux lui a exposé la question de la brutalité policière inutile hypothéquant l’image de son régime.

    ” Mr le Président, on entend ici ou là qu’un policier a abattu un civil qui n’a que des bras vides pour soi disant lui opposer de la violence. Ne trouvez-vous pas qu’il s’agit d’une utilisation excessive de la force ? “, a dit le téléspectateur.

    La réponse du Président arrive immédiatement. ” J’ai instruit les commandants de la police et leur ai ordonné d’éradiquer ces habitudes et dans les meilleurs délais “, a dit le président.

    Cette sortie publique du Chef de l’Etat a été suivie d’effet immédiat avec, ce 7 septembre, les déclarations du porte-parole de la Police Nationale, CP Jean Bosco Kabera annonçant des mesures répressives contre les agents de police qui lâchent facilement les balles de leurs fusils sur les civils ayant refusé d’obtempérer à leurs ordres ou sur les détenus tentant de s’échapper des Salles de police où ils sont gardés à vue.

    ” Il y a certains agents de police qui sont arrêtés et poursuivis pour usage excessif de la force au cours de leurs fonctions. Parmi eux, il y a celui qui a abattu des civils dans le District de Nyanza (Province du Sud) et un autre qui a battu à mort un autre citoyen dans le District de Rwamagana (Est) “, a indiqué à la presse le Commissaire de Police disant que les dossiers judiciaires de ces agents doivent être transmis au Parquet de la République pour que ces criminels comparaissent devant la justice qui ne dit rien à propos de dommages et intérêts y relatifs qui devraient être versés aux familles de ces victimes.

    ” Il nous a été demandé d’ouvrir aux médias nos activités en matière d’arrestation de tels policiers qui font usage excessif de la force et de publiciser les actions de procédure judiciaire à leur endroit. C’est le cas d’un policier qui, aux tout débuts de cette pandémie de la Covid19 a abattu des civils à Nyanza. Il a été arrêté et emprisonné à la prison de Nyanza où il comparaît devant le tribunal. Et ça, le public n’en sait rien. Il lui a été annoncé les exactions de cet agent de police et rien pour la suite réservée. Nos efforts à fournir, c’est pour que de tels incidents ne se reproduisent plus “, a explicité le porte parole de la police montrant des lacunes dans la communication de la police à propos de ses activités.

    Il a ainsi déroulé beaucoup de cas de policiers sous les verrous pour avoir porté atteinte à l’intégrité physique des civils qu’ils étaient censés protéger.

    ” Un agent de police a battu sévèrement un citoyen de Karenge en District Rwamagana. Dépêché en urgence à l’hôpital, il a succombé à ces coups. Un autre agent de police en poste à Zaza de District Ngoma a abattu lui aussi un civil. Tous les deux ont été arrêtés pour faire face à la loi. L’instruction de leurs dossiers est en cours “, a dit le commissaire John Bosco montrant qu’à partir des faits instruits sur la scène du crime, le Ministère public devra prouver au juge dans un tribunal que tel ou tel agent de Police a fait excès de la force sur les citoyens.

    Mis à part que cette Police Nationale ne publicise pas ses activités en matière de répression des crimes commis par ses agents, le Porte parole a confié à la presse que son institution se gère dans une discipline exemplaire qui n’accepte pas des dérapages de la part de ses agents. Ils sont régis par une discipline stricte au travail.

    ” Le fait que tel agent ne donne pas un service tel que demandé par la clientèle, cela est passible de punition disciplinaire “, a dit Le Commissaire Kabera évoquant ainsi l’existence active d’une unité au sein de la Police Nationale dite Comité de discipline mise en place et chargée de vérifier la probité de l’officier de police en cours de fonction et dans ses heures libres. Aucun, grand ou petit policier n’échappe à cette Police Disciplinary Unit.

    Le Commissaire a évoqué pour exemple la récente radiation définitive des rangs de la Police national de 56 officiers de police y compris 7 officiers supérieurs de Police.
    ” Tout citoyen doit obtempérer aux ordres donnés par un agents de police dans l’exercice de ses fonctions. Il ne doit en aucun cas opposer une violence contre l’agent. Néanmoins quand le civil s’estime lésé, il peut porter plainte contre l’agent au poste de police d’où il est commis “, a dit le Porte parole croyant que le citoyen a de suffisantes dispositions pour un tel geste.

    Jovin Ndayishimiye

  • Bite bya Rwatubyaye Abdul uri ku musozo w’amasezerano ye? #rwanda #RwOT

    Myugariro w’umunyarwanda uri ku mpera z’amasezerano ye mu ikipe ya Colorado Rapids mu cyiciro cya mbere muri Amerika 'MLS’ ariko akaba yaratijwe muri Colorado Springs Switchbacks yo mu cyiciro cya 2, avuga ko ubu ataramenya neza niba azongera amasezerano cyangwa azatandukana n’iyi cyane ko afite andi makipe amwifuza.

    Mu Kwakira 2019 ni bwo Rwatubaye Abdul yongereye amasezerano y’umwaka 1 akinira Colorado Rapids yo mu cyiciro cya mbere muri Amerika, byari byitezwe ko azanakina mu cyicro cya mbere ariko iyi kipe ikaba yaraje kumutiza mu cyiciro cya 2 muri Colorado Springs Switchbacks.

    Aganira na ISIMBI.RW, Rwatubyaye Abdul yavuze ko koko ari ku mpera z’amasezerano ye muri iyi kipe kandi nta n’ibiganiro aratangira kugirana na yo ngo abe yakongera amasezerano.

    Yagize ati“nongereye amasezerano mu Kwakira umwaka ushize ariko kugeza ubu nta biganiro biraba hagati yanjye n’ikipe ariko bidahindutse tuvugana hagati ya Nzeri n’Ukwakira.”

    Yakomeje avuga ko n’iyo atakongera amasezerano afite andi makipe amwifuza atahita atangaza.

    Ati“Bidakunze hari n’andi makipe ariko ntabwo umuntu yahita azivuga aka kanya ntakiraba, ni uko bimeze, ntongereye amasezerano n’ikipe yanjye umuntu yakwicara akareba icyo gukora.”

    Mu ntangiro za 2019 ni bwo Rwatubyaye Abdul yavuye mu Rwanda agiye muri Sporting Kansas City, iyi kipe muri Gicurasi 2019 yafashe umwanzuro wo kumugurana umukinnyi wo hagati we bamutanga muri Colorado Rapids ari na yo afitiye amasezerano n’ubwo yamutije muri Colorado Springs Switchbacks.

    Rwatubyaye Abdul ari ku mpera z’amasezerano ye

  • Umuhanzi Rich One yashyize hanze Mixtape ya 2 mu mwaka umwe. #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Rich One , umunyarwanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika ari kugaragaza ingufu nyinshi mu kuzamura muzika nyarwanda , aho kuri ubu yasohoye indi Mixtape ya kabiri muri uyu mwaka wa 2020 akayita 'Ubufindo Mumurwa' mugihe iyambere yasohoye muri Gicurasi 2020 yari yayihaye izina 'Kugasozi'

    Iyi Mixtape ya Rich One ivuga kubuzima busanzwe ndetse n'urukundo iriho indirimbo 6 nk 'Ubufindo mu murwa' yitiriye iyi mixtape, 'Mu murwa' yakoranye na Ish Kevin uri mu bahanzi batanga icyizere, 'Guarantee', 'Umumararungu' yakoranye n'umuraperi Green P waciye muri Tuff Gang na 'Ku ndege' yakoranye na Big Z. 

    Uyu musore ugaragaza icyizere cy'ejo hazaza ha muzika Nyarwanda avuga ko yihaye intego yo gukora cyane maze abantu akaba aribo bihitiramo ibyo kwishimira kugirango nawe abashe guhatana n'abamaze kwamamara niyo mpa mpamvu yo gusohora Mixtape 2 mu mwaka umwe zimeze nk'izikurikirana.

    Rich One amaze gukorana n'abaraperi bakomeye barimo Fireman, Green P , Ish Kevin,ndetse n'abandi bahanzi nka Gisa Cy'Inganzo, ndetse na Samlo.

    Rich One aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Akorera muzika ye munzu (Label) yitwa The Beam Beat Records iyobowe na Producer Laser Beat umaze Umaze kwamamara cyane cyane mu ndirimbo za Hip Hop zirimo iza Tuff Gang , Amag The Black, n'abandi ndetse n'iziri kubica bigacika muri iyi minsi nk'Akuka , Agapfukamunwa n'izindi.

    Share on:

    WhatsApp

    The post Umuhanzi Rich One yashyize hanze Mixtape ya 2 mu mwaka umwe. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

  • Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB, rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ya Paul Rusesabagina #rwanda #RwOT

    Rusesabagina Paul ukurikiranyweho ibyaha birimo iby'iterabwoba, yatangiye gukurikiranwa n'Ubushinjacyaha nyuma yo gushyikirizwa dosiye, aho yitabye ku cyicaro cyabwo ku Kimihurura, kuri uyu wa Gatatu.

    Ku wa 31 Kanama nibwo byatangajwe ko Rusesabagina yatawe muri yombi, nyuma y'igihe ashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba ko afatwa agashyikirizwa ubutabera, kugirango abazwe ku byaha bikomeye aregwa birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n'ubwicanyi byakorewe abaturage b'inzirakarengane.

    Ni ibyaha byakorewe mu duce turimo Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, ahabaye ibitero muri Kamena 2018 no mu nkengero za Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu Ukuboza 2018, byose byigambwe n'umutwe witwara gisirikare wa FLN, ushamikiye ku mpuzamashyaka MRCD Rusesabagina yari ayoboye.

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha ruheruka gutangaza ko Rusesabagina yizanye mu Rwanda, agafatirwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali, nubwo bitatangajwe niba yari aje mu Rwanda cyangwa yari agiye gukomereza ahandi.

    Kuri uyu wa Gatatu dosiye ye yageze mu Bushinjacyaha, ndetse yitaba uru rwego ngo abazwe ku byaha akurikiranyweho, yari aherekejwe n'abanyamategeko be Emeline Nyembo na David Rugaza.

    Biteganyijwe ko nyuma yo kunoza dosiye, Ubushinjacyaha buzayiregera urukiko mu gihe kitarenze iminsi itanu nk'uko amategeko abiteganya.

  • Umuhanzi Meddy n’ umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye [AMAFOTO]   #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga hari kugaragara amafoto y’ umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy n’umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye.

    Amafoto bashyize kuri Konti za Instagram zabo, yagaragaje ko aba bombi batewe ishema n’urukundo rwabo bamazemo iminsi banarugaragaza ku mbuga nkoranyambaga.

    Ni amafoto agaragara nk’aho aba bombi bari bitabiriye ibirori kubera imyambarire yabo. Meddy yari yambaye isuti nziza mu gihe umukunzi we yari yambaye ikanzu na yo itagira uko isa.

    Uyu muhanzi w’Umunyarwanda wanazanye uriya mukobwa kumwereka ababyeyi, akunze kugaragaza ko yimariyemo uriya mukobwa mu mafoto bombi bakunze gushyira hanze.

    Reba hano amafoto:

  • Rwandan diplomat says e-commerce to bolster cooperation with China #rwanda #RwOT

    In an interview with Xinhua, a Chinese newspaper, Kimonyo said: “We are enjoying the best balance of cooperation with China in our history.”

    Two years before the services trade fair, Rwanda and China’s e-commerce giant Alibaba signed an agreement over the Electronic World Trade Platform (EWTP) that helps small and medium enterprises to digitally transact.

    Through the agreement, Rwandan products such as pepper and coffee are sold on various Alibaba sites such as Tmall, Taobao, and others.

    Rwandan coffee was recently sold to the Chinese market through a joint venture, where 1.5 tones were sold online in a few minutes. The event took place in a 10-minute talk entitled “National Treasure” on May 14, 2020.

    Kimonyo added that Rwandan coffee makers and marketers say they continue to receive requests from Chinese companies that want Rwandan coffee.

    He went on to say that small and medium enterprises have benefited from setting up a platform that enables them carry out e-commerce, reaching reach large and affordable markets.

    He said the creation of a total African market would be made up of over 1.2 billion people, which means that the African continent has opened its markets once and for all.

    He also said that China has quickly recovered from this (COVID-19) pandemic, which gives them hope, but also to the world, adding that, the more China grows, the more Africa become prosperous.

    Amb. Kimonyo says e-commerce has strengthened economic relations between Rwanda and China

    Elina Jonas Ruzindaza

  • SKOL boosts ‘Kiss Summer Awards’ with 20 beer crates #rwanda #RwOT

    The Kiss Summer Awards are organized by Radio Kiss FM, one of the famous radio stations in Kigali City and Rwanda. The Kiss Summer Awards20 is given to artists who have made popular songs during the year.

    The Kiss Summer Awards are accorded in four categories: Most popular song of the year, Most popular artist, Most popular rising artist as well as the Best Producer of the Year.

    SKOL, as the sponsor of these awards, has created a way to win 20 crates of Skol 100% Malt beverages for fans who will vote for the song or artist who will be awarded the prize.

    The Head of Media Relations at Skol, Tuyishime Karim, told IGIHE that the winner of each of the five categories would be the one who voted for the award-winning artist and had a lot of likes for his idea of posting on SKOL’s social networking site after voting on KISS FM’s website.

    “That is, when you select an artist or song on the KISS FM website, you will immediately come to SKOL’s Facebook page or SKOL’s Instagram, then write in the comment why you believe the artist [or song] has to win that award.”

    “If people give you a lot of likes for that reason in the comments, the idea will have many likes, if the wins, you will win five SKOL Malt crates. Five crates are planned for each category, if you have equal likes then you will share those crates. ”

    Tuyishime added that “If you pick a song from a certain artist and win the award in a particular category, and you also have a lot of likes, you will win your five crate prizes.”

    “It’s the likes from the day you vote until the end [of September 13] as the artist also has to win, they will count his votes from the time they publish until the last day.”

    The awards will be presented on September 13, 2020.

    The awards will be presented on September 13, 2020.

    The Kiss Summer Awards20 is given to artists who have made popular songs during the year.

    Elina Jonas Ruzindaza

  • Byakaze , Intambara hagati ya Donald Trump na Joe Biden bahatanye mu kuzayobora Amerika. #rwanda #RwOT

    Perezida Trump akomeje gukoresha imbaraga ze zose u Bushinwa bukaba mu mutima w’ibyo ashinja uwo bahanganye Joe Biden, aho avuga ko ari bwo bwatumye Abanyamerika babura akazi kandi bwabishyigikiwemo n’aba-Democrates.

    Kuwa Mbere nibwo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bizihije umunsi w’umurimo. Ni umunsi waranzwe no kwibasirana hagati y’abakandida babiri biyamamariza kuyobora iki gihugu cy’igihangange ku Isi.

    Trump ubwo yagezaga ijambo ku mbaga yakoraniye muri North Carolina, yashinje Joe Biden ko ashaka gushyira Amerika mu maboko ya virusi ndetse no gushyira imiryango y’abanyamerika mu bikorwa by’ihohoterwa rikomeye by’u Bushinwa.

    Ati “[Joe Biden] arashaka guha imirimo yacu u Bushinwa. U Bushinwa bubonera inyungu mu bantu b’ibigoryi kandi na Biden ni umwe muri bo”.

    Yakomeje avuga ko gahunda za Biden zakorewe mu Bushinwa mu gihe ize zakorewe muri Leta zunze Ubumwe za Amerika. Trump akunda kunenga Biden ko ashyigikiye politiki z’ubucuruzi z’u Bushinwa zatumye abanyamerika benshi babura akazi.

    Trump kandi yananenze Kamala Harris wiyamamazanya na Joe Biden, avuga nta wundi umeze nkawe bityo adashobora kuba umugore wa mbere ubaye Perezida. Ati “Byaba ari igitutsi ku gihugu cyacu”.

    Biden na we yahindukiranye Trump amunenga guhanisha abahinzi n’abandi banyenganda b’abanyamerika gushyiraho imisoro ihanitse ku bicuruzwa byo mu Bushinwa.

    Yakomeje avuga ko amasezerano y’ubucuruzi hagati ya Trump n’u Bushinwa nta cyiza yagejeje ku nganda za Amerika nk’uko yabisezeranyije ahubwo byarushijeho kuba bibi cyane.

    Biden kandi yanashinje Trump kugira Coronavirus ikibazo cya politiki kugira ngo yongere atorwe none imaze guhitana abarenga ibihumbi 186, abandi barenga za miliyoni batakaza imirimo yabo.

    Share on:

    WhatsApp

    The post Byakaze , Intambara hagati ya Donald Trump na Joe Biden bahatanye mu kuzayobora Amerika. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

  • Minisitiri Anastase SHYAKA ati:” Mwaramutse mu z’Ibanze. Umuturage ku isonga: Igihango kuri twe! #Mudugudu wo muri @Nyaruguru #rwanda #RwOT

    Ni imvugo iri mu butuma bwa Minisitiri w’Ubutedetsi bw’Igihugu Prof. Anastase SHYAKA yanyujije kuri Twitter bukwira no kuzindi mbuga nkoranyambaga yibutsa abakora mu nzago z’ibanze bose guhoza umuturage ku isonga, gukomeza umutekano n’iterambere.

    Ubutumwe bwa Minisitiri Shyaka bugira buti:“@RwandaLocalGov Mwaramutse mu z’Ibanze. Umuturage ku isonga: Igihango kuri twe!

    #Mudugudu wo muri @NyaruguruDistr ati:” Turi inyuma ya Perezida wacu @PaulKagame; twambarire gukomeza umutekano n’iterambere. Ntakwirara, Ntagucogora”!

    Minisitiri yongeraho ati:”Tumwikirize, mu gihugu hose”

    Uyu mukuru w’Umudugudu Minisitiri Shyaka yavugaga, ni uwitwa Kalinda Emmanuel akaba ayobora Umudugudu wa Ryabisagara, Akagali ka Runyombyi mu Murenge wa Busanze.

    Mu ruzinduko rw’akazi Minisitiri aherutse kugirira muri aka Karere, uyu Muyobozi w’Umudugudu yafashe ijambo mu izina rya bagenzi be aterura agira ati:” Nitwa Kalinda Emmanuel, ndi Umukuru w’Umudugudu witwa wa Ryabisagara mu Kagali ka Runyombyi, Nyakubahwa Minisitiri, ba Nyakubahwa bashyitsi mwadusuye mu Murenge wa Busanze, tubanje kubashimira rwose”.

    “Umukuru wacu, ariwe Perezida Paul Kagame, intashyo yaduhaye twazakiriye, nk’Abakuru b’Imidugudu yo muri Busanze. Natwe turagirango tubatume uko mumutubwirira”.

    “Muramubwira muti :”Abakuru b’Imidugudu mufatanije kuyobora iki gihugu, bashimye bavuga ko:”Not retreat, not surrender”” akomeza abisobanura mu Kinyarwanda ko bishatse kuvuga ko nta guhagarara, nta gusubira inyuma ku bijyanye n’iterambere.

    Niyo ntero y’umuyobozi mwiza wo muri Nyaruguru Minisitiri Shyaka avuga ko Igihugu cyose gikwiye kwikiriza.