Author: webrwanda

  • Umuhanzi Rich One yashyize hanze Mixtape ya 2 mu mwaka umwe. #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Rich One , umunyarwanda utuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ari kugaragaza ingufu nyinshi mu kuzamura muzika nyarwanda , aho kuri ubu yasohoye indi Mixtape ya kabiri muri uyu mwaka wa 2020 akayita ‘Ubufindo Mumurwa’ mugihe iyambere yasohoye muri Gicurasi 2020 yari yayihaye izina ‘Kugasozi’

    Iyi Mixtape ya Rich One ivuga kubuzima busanzwe ndetse n’urukundo iriho indirimbo 6 nk ‘Ubufindo mu murwa’ yitiriye iyi mixtape, ‘Mu murwa’ yakoranye na Ish Kevin uri mu bahanzi batanga icyizere, ‘Guarantee’, ‘Umumararungu’ yakoranye n’umuraperi Green P waciye muri Tuff Gang na ‘Ku ndege’ yakoranye na Big Z. 

    Uyu musore ugaragaza icyizere cy’ejo hazaza ha muzika Nyarwanda avuga ko yihaye intego yo gukora cyane maze abantu akaba aribo bihitiramo ibyo kwishimira kugirango nawe abashe guhatana n’abamaze kwamamara niyo mpa mpamvu yo gusohora Mixtape 2 mu mwaka umwe zimeze nk’izikurikirana.

    Rich One amaze gukorana n’abaraperi bakomeye barimo Fireman, Green P , Ish Kevin,ndetse n’abandi bahanzi nka Gisa Cy’Inganzo, ndetse na Samlo.

    Rich One aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Akorera muzika ye munzu (Label) yitwa The Beam Beat Records iyobowe na Producer Laser Beat umaze Umaze kwamamara cyane cyane mu ndirimbo za Hip Hop zirimo iza Tuff Gang , Amag The Black, n’abandi ndetse n’iziri kubica bigacika muri iyi minsi nk’Akuka , Agapfukamunwa n’izindi.

    Share on:

    WhatsApp

    The post Umuhanzi Rich One yashyize hanze Mixtape ya 2 mu mwaka umwe. first appeared on INGINGO.COM / Rwanda News & Story.

    source https://ingingo.com/umuhanzi-rich-one-yashyize-hanze-mixtape-ya-2-mu-mwaka-umwe/amakru/3152/?utm_source=rss&utm_medium=rss&utm_campaign=umuhanzi-rich-one-yashyize-hanze-mixtape-ya-2-mu-mwaka-umwe

  • Umuhanzi Meddy n’ umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye [AMAFOTO]   #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga hari kugaragara amafoto y’ umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy n’umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye.

    Amafoto bashyize kuri Konti za Instagram zabo, yagaragaje ko aba bombi batewe ishema n’urukundo rwabo bamazemo iminsi banarugaragaza ku mbuga nkoranyambaga.

    Ni amafoto agaragara nk’aho aba bombi bari bitabiriye ibirori kubera imyambarire yabo. Meddy yari yambaye isuti nziza mu gihe umukunzi we yari yambaye ikanzu na yo itagira uko isa.

    Uyu muhanzi w’Umunyarwanda wanazanye uriya mukobwa kumwereka ababyeyi, akunze kugaragaza ko yimariyemo uriya mukobwa mu mafoto bombi bakunze gushyira hanze.

    Reba hano amafoto:

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/umuhanzi-meddy-n-umukunzi-we-mimi-mehfra-bongeye-kugaragaza-ko-urukundo-rwabo-rugitohagiye-amafoto/

  • Rwandan diplomat says e-commerce to bolster cooperation with China #rwanda #RwOT

    In an interview with Xinhua, a Chinese newspaper, Kimonyo said: “We are enjoying the best balance of cooperation with China in our history.”

    Two years before the services trade fair, Rwanda and China’s e-commerce giant Alibaba signed an agreement over the Electronic World Trade Platform (EWTP) that helps small and medium enterprises to digitally transact.

    Through the agreement, Rwandan products such as pepper and coffee are sold on various Alibaba sites such as Tmall, Taobao, and others.

    Rwandan coffee was recently sold to the Chinese market through a joint venture, where 1.5 tones were sold online in a few minutes. The event took place in a 10-minute talk entitled “National Treasure” on May 14, 2020.

    Kimonyo added that Rwandan coffee makers and marketers say they continue to receive requests from Chinese companies that want Rwandan coffee.

    He went on to say that small and medium enterprises have benefited from setting up a platform that enables them carry out e-commerce, reaching reach large and affordable markets.

    He said the creation of a total African market would be made up of over 1.2 billion people, which means that the African continent has opened its markets once and for all.

    He also said that China has quickly recovered from this (COVID-19) pandemic, which gives them hope, but also to the world, adding that, the more China grows, the more Africa become prosperous.

    Amb. Kimonyo says e-commerce has strengthened economic relations between Rwanda and China

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/rwandan-diplomat-says-e-commerce-to-bolster-cooperation-with-china

  • SKOL boosts ‘Kiss Summer Awards’ with 20 beer crates #rwanda #RwOT

    The Kiss Summer Awards are organized by Radio Kiss FM, one of the famous radio stations in Kigali City and Rwanda. The Kiss Summer Awards20 is given to artists who have made popular songs during the year.

    The Kiss Summer Awards are accorded in four categories: Most popular song of the year, Most popular artist, Most popular rising artist as well as the Best Producer of the Year.

    SKOL, as the sponsor of these awards, has created a way to win 20 crates of Skol 100% Malt beverages for fans who will vote for the song or artist who will be awarded the prize.

    The Head of Media Relations at Skol, Tuyishime Karim, told IGIHE that the winner of each of the five categories would be the one who voted for the award-winning artist and had a lot of likes for his idea of posting on SKOL’s social networking site after voting on KISS FM’s website.

    “That is, when you select an artist or song on the KISS FM website, you will immediately come to SKOL’s Facebook page or SKOL’s Instagram, then write in the comment why you believe the artist [or song] has to win that award.”

    “If people give you a lot of likes for that reason in the comments, the idea will have many likes, if the wins, you will win five SKOL Malt crates. Five crates are planned for each category, if you have equal likes then you will share those crates. ”

    Tuyishime added that “If you pick a song from a certain artist and win the award in a particular category, and you also have a lot of likes, you will win your five crate prizes.”

    “It’s the likes from the day you vote until the end [of September 13] as the artist also has to win, they will count his votes from the time they publish until the last day.”

    The awards will be presented on September 13, 2020.

    The awards will be presented on September 13, 2020.

    The Kiss Summer Awards20 is given to artists who have made popular songs during the year.

    Elina Jonas Ruzindaza

    source https://en.igihe.com/news/article/skol-boosts-kiss-summer-awards-with-20-beer-crates

  • Umuhanzi Meddy n’ umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye [AMAFOTO]   #rwanda #RwOT

    Ku mbuga nkoranyambaga hari kugaragara amafoto y’ umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy n’umukunzi we Mimi Mehfra bongeye kugaragaza ko urukundo rwabo rugitohagiye.

    Amafoto bashyize kuri Konti za Instagram zabo, yagaragaje ko aba bombi batewe ishema n’urukundo rwabo bamazemo iminsi banarugaragaza ku mbuga nkoranyambaga.

    Ni amafoto agaragara nk’aho aba bombi bari bitabiriye ibirori kubera imyambarire yabo. Meddy yari yambaye isuti nziza mu gihe umukunzi we yari yambaye ikanzu na yo itagira uko isa.

    Uyu muhanzi w’Umunyarwanda wanazanye uriya mukobwa kumwereka ababyeyi, akunze kugaragaza ko yimariyemo uriya mukobwa mu mafoto bombi bakunze gushyira hanze.

    Reba hano amafoto:
    http://dlvr.it/RgFs7P

  • Umukobwa w’ imyaka 19 yafashwe ku ngufu n’ umushoferi wa ambulance mu gihe yaragiye mu bitaro kwivuza Covid_19 #rwanda #RwOT

    Biravugwa ko umukobwa w’imyaka 19 yafashwe ku ngufu n’umushoferi utwara abarwayi (ambulance) ubwo yamujyanaga mu bitaro nyuma yo gupimwa COVID-19.

    Bivugwa ko uyu mwana w’ingimbi yatewe n’umugabo uzwi ku izina rya V Noufal w’imyaka 29, ubwo yari mu nzira yerekeza mu kigo cy’ubuvuzi cya mbere cya Covid_19 mu karere Kerala, mu Buhinde, mu ijoro ryo ku wa gatandatu, tariki ya 5 Nzeri.

    Ku cyumweru, tariki ya 6 Nzeri, Noufal yatawe muri yombi, nyuma yuko uwahohotewe abwiye abakozi b’ibitaro ibyabaye bivugwa ko yageraga i Pandalam.

    Nyuma yo gufatwa kwe, Polisi yavuze ko atabonye icyemezo cy’icyemezo cy’agateganyo mbere yo kwinjira nk’umushoferi.

    Minisitiri w’ubuzima KK Shailaja yavuze ko ibyabaye ari ‘ubumuntu’ yongeraho ati ‘ntibyari bikwiye kubaho.’

    Umukozi w’ishami ry’ubuzima yabwiye The Indian Express ko ubusanzwe umushoferi yoherezwa wenyine mu gace runaka kugira ngo ajyane abarwayi kugira ngo bagabanye ingaruka z’abakozi b’ubuzima.

    Uyu muyobozi yagize ati:“Icyumba cy’umushoferi cyacitsemo ibice kandi nta bandi bakozi cyangwa umuforomo uherekeza umushoferi igihe bajyana abarwayi mu bitaro”.

    “Ibi ni ukugabanya abakozi bashinzwe ubuzima ku banduye. Mubihe bidasanzwe, niba umurwayi afite uburemere, twohereza umuforomo. Muri uru rubanza, abarwayi bombi bari bahagaze neza”.

    Igitero nicyo giheruka mu ruhererekane rw’ibyaha by’imibonano mpuzabitsina mu Buhinde. Mu cyumweru gishize, umukobwa w’imyaka itatu yafashwe ku ngufu anigwa anizwe mu karere ka Lakhimpur Kher, muri Uttar Pradesh. 

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/umukobwa-w-imyaka-19-yafashwe-ku-ngufu-n-umushoferi-wa-ambulance-mu-gihe-yaragiye-mu-bitaro-kwivuza-covid_19/

  • Umugabo yishwe n’ ifi arimo aserebeka ku nyanja #rwanda #RwOT

    Umugabo wo muri Australia yishwe n’ifi yo mu bwoko bwa Shark ku mwaro w’inyanja uzwi nka Gold Coast muri leta ya Queensland, biba ubwa mbere ifi nk’iyo ikoze ibara nk’iri muri aka gace mu myaka irenga 60 ishize.

    Nick Slater w’imyaka 46, asanzwe ari umuntu uzwi mu byo guserebeka ku nyanja (surfing), ni byo yarimo akora ejo ku wa kabiri ubwo iyi fi yamucakiraga ikamuruma bikomeye cyane akaguru.

    Abandi bakora iyo siporo nka we nyuma bamubonye areremba ku mazi ari iruhande rw’igikoresho bakoresha muri iyo siporo.

    Yihutanywe ku nkombe ahabwa ubufasha bw’ibanze ariko ntiyarenze aho, yahise apfa.

    Uyu munsi ku wa gatatu abakozi bo ku nyanja bazengurutse hafi y’umwaro muri kajugujugu bashakisha iyo fi, bikekwa ko ari iyo mu bwoko bwa ‘great white shark’ ifite uburebure bwa metero eshatu.

    Ukuriye agace byabereyemo witwa Tom Tate yagize ati: “Nitumara kumenya ko iyo fi itakiri hafi aho, nibwo ubwidagaduriro ku mucanga (beach) bwongera gufungurwa.”

    Ifi zo mu bwoko bwa Great White Shark ziba ari nini cyane kandi zishobora gusagarira abantu

    Avuga ko aribwo bwa mbere bene iyi fi ikoze ibara kuva mu 1958, yongeraho ko bari gukora iperereza ku byabaye.

    Umwe mu bari hafi yabwiye ikinyamakuru Courier Mail ko Bwana Slater iyi fi yamurumye bikomeye ahagana ku itako kandi “ryose urebye ryari ryavuyeho”.

    Jade Parker wahaye ubufasha Bwana Slater avuga ko iyi fi yamukuyeho igice kinini.

    Yabwiye igitangazamakuru ABC dukesha iyi inkuru ati: “Yamukuyeho ahantu hangana n’umuzenguruko w’umupira wa basketball… hari n’iryinyo ryayo ryari ryaheze mu mwenda navanyeho”.

    Gold Coast ni kamwe mu duce dukundwa cyane n’abakerarugendo muri Australia, kubera umucanga mugari wera, n’ibikorwa byo guserebeka ku nyanja bikurura benshi.

    Kuva mu myaka ya 1960, agace kegereye umucanga kari kararinzwe bene aya mafi bashyira hirya mu nyanja inshundura zituma aya mafi atahegera.

    Abategetsi bavuga ko hakiri kare kwemeza niba hakenewe ko ubwo bwirinzi bwongerwa.

    Nyuma y’ibyabaye ubwidagaduriro bwo ku mucanga muri Gold Coast bwahise bufungwa

    source https://impanuro.rw/2020/09/09/umugabo-yishwe-n-ifi-arimo-aserebeka-ku-nyanja/

  • Coronavirus: Urukingo rwa kaminuza ya Oxford rwari mu igeragezwa, rwateje ikibazo ruhita ruhagarikwa #rwanda #RwOT

    Igeragezwa rya nyuma ry’urukingo rwa coronavirus, rwakozwe n’uruganda rw’imiti AstraZeneca na Kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza, ryabaye rihagaritswe nyuma yuko umwe mu barugeragerezwagaho mu Bwongereza rumugizeho ingaruka mbi.

    Uruganda AstraZeneca rwavuze ko uko kuba igeragezwa rihagaritswe ari “ibisanzwe” mu gihe habayeho “indwara idasobanutse”. Ibiva mu mageragezwa y’uru rukingo biri gukurikiranirwa hafi mu bice bitandukanye by’isi.

    Urukingo rwa AstraZeneca na Kaminuza ya Oxford rubonwa nk’uruhabwa amahirwe akomeye yo kuba urukingo nyarwo mu nkingo za Covid-19 zibarirwa muri za mirongo zirimo gukorwa mu bice bitandukanye ku isi.

    Hashize igihe hari abafite icyizere cyinshi ko urwo rukingo rushobora kuzaba urwa mbere rwa Covid-19 rugeze ku isoko ry’imiti, nyuma yuko amageragezwa yo mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri agenze neza.

    Kugera mu cyiciro cya gatatu cy’igeragezwa byabayeho mu byumweru bishize. Muri iki cyiciro nkuko BBC ibitangaza, rwari rurimo kugeragerezwa ku bantu bagera ku 30,000 bo muri Amerika, mu Bwongereza, Brazil n’Afurika y’epfo.

    Amageragezwa y’urukingo yo mu cyiciro cya gatatu akenshi akorerwa ku bantu babarirwa mu bihumbi ndetse ashobora kumara imyaka myinshi.

    Abarukoze bavuze iki?

    Ibikorwa byabaye bihagaze mu bice byose byo ku isi aho urwo rukingo rwarimo kugeragerezwa, mu gihe harimo gukorwa amagenzura yigenga ku bijyanye n’amakuru ku ngaruka ku buzima mbere yuko hafatwa icyemezo niba igeragezwa ryarwo ryakongera gutangira, nkuko umunyamakuru wa BBC Fergus Walsh ukuriye ishami ry’inkuru ku buvuzi abivuga.

    Umuvugizi wa Kaminuza ya Oxford yagize ati: “Mu magerageza akorewe ku bantu benshi, uburwayi bubaho ariko bugomba kugenzurwa mu buryo bwigenga mu kurebana ibi ubushishozi”.

    Ubu bubaye ubwa kabiri igeragezwa ry’urukingo rwa coronavirus rwa Kaminuza ya Oxford ribaye rihagaritswe, nkuko umunyamakuru wa BBC Fergus Walsh akomeza abivuga.
    Ibintu nk’ibyo byo kuba igeragezwa ry’urukingo rihagaritswe bisanzwe bibaho mu magerageza y’inkingo akorewe ku bantu benshi, kandi biba igihe umuntu wo mu bemeye kurugeragerezwaho arwaye akajyanwa mu bitaro kandi icyateye ubwo burwayi bwe kidahise kimenyekana.

    Byibazwa ko amageragezwa y’uru rukingo rwa Kaminuza ya Oxford ashobora kongera gutangira mu minsi iri imbere.

    Urubuga rw’amakuru y’ubuzima, Stat News, rwatangaje iyi nkuru bwa mbere, rwavuze ko amakuru arenzeho ajyanye n’uwo wo mu barugeragerezwagaho mu Bwongereza rwagizeho ingaruka atahise amenyekana. Ariko urwo rubuga rwasubiyemo amagambo y’umuntu waruhaye amakuru avuga ko byitezwe ko uwo muntu akira.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/coronavirus-urukingo-rwa-kaminuza-ya-oxford-rwari-mu-igeragezwa-rwateje-ikibazo-ruhita-ruhagarikwa/

  • Bite bya Rwatubyaye Abdul uri ku musozo w’amasezerano ye? #rwanda #RwOT

    Myugariro w’umunyarwanda uri ku mpera z’amasezerano ye mu ikipe ya Colorado Rapids mu cyiciro cya mbere muri Amerika ‘MLS’ ariko akaba yaratijwe muri Colorado Springs Switchbacks yo mu cyiciro cya 2, avuga ko ubu ataramenya neza niba azongera amasezerano cyangwa azatandukana n’iyi cyane ko afite andi makipe amwifuza.

    Mu Kwakira 2019 ni bwo Rwatubaye Abdul yongereye amasezerano y’umwaka 1 akinira Colorado Rapids yo mu cyiciro cya mbere muri Amerika, byari byitezwe ko azanakina mu cyicro cya mbere ariko iyi kipe ikaba yaraje kumutiza mu cyiciro cya 2 muri Colorado Springs Switchbacks.

    Aganira na ISIMBI.RW, Rwatubyaye Abdul yavuze ko koko ari ku mpera z’amasezerano ye muri iyi kipe kandi nta n’ibiganiro aratangira kugirana na yo ngo abe yakongera amasezerano.

    Yagize ati“nongereye amasezerano mu Kwakira umwaka ushize ariko kugeza ubu nta biganiro biraba hagati yanjye n’ikipe ariko bidahindutse tuvugana hagati ya Nzeri n’Ukwakira.”

    Yakomeje avuga ko n’iyo atakongera amasezerano afite andi makipe amwifuza atahita atangaza.

    Ati“Bidakunze hari n’andi makipe ariko ntabwo umuntu yahita azivuga aka kanya ntakiraba, ni uko bimeze, ntongereye amasezerano n’ikipe yanjye umuntu yakwicara akareba icyo gukora.”

    Mu ntangiro za 2019 ni bwo Rwatubyaye Abdul yavuye mu Rwanda agiye muri Sporting Kansas City, iyi kipe muri Gicurasi 2019 yafashe umwanzuro wo kumugurana umukinnyi wo hagati we bamutanga muri Colorado Rapids ari na yo afitiye amasezerano n’ubwo yamutije muri Colorado Springs Switchbacks.

    Rwatubyaye Abdul ari ku mpera z’amasezerano ye

    source http://isimbi.rw/siporo/article/bite-bya-rwatubyaye-abdul-uri-ku-musozo-w-amasezerano-ye