Author: webrwanda

  • Maj Gen (Rtd) Yaache wari muri MINUAR yatamaje Loni yirengagije ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi – #rwanda #RwOT

    Maj Gen (Rtd) Yaache ukomoka muri Ghana, ni umwe mu basirikare bahoze ari ab'Umuryango w'Abibumbye (Loni) b'Abanyafurika bari mu butumwa bw'amahoro mu Rwanda mu 1994.

    Ubwo Akanama Gashinzwe Umutekano ka Loni kafataga umwanzuro wo kugabanya umubare w'ingabo uyu muryango wari ufite mu Rwanda mu 1994 ukagera kuri 270, Gen Dallaire na Gen Anyidoho wo muri Ghana bari mu batarabyakiriye neza kuko babonaga akaga Abatutsi barimo guhura na ko.

    Baje kugabanywa, gusa bamwe muri bo banga gutaha. Muri bo, harimo abo muri Ghana bari bayobowe na Gen Anyidoho, bagize ubutwari bwo gukomera ku Batutsi nubwo bari bake kandi badafite ibikoresho bihagije.

    Mu gihe Jenoside yamaze, aba basirikare ba Ghana babashije kurokora abagera ku bihumbi 30.

    Bwa mbere Maj Gen (Rtd) Yaache yageze mu Rwanda muri Gashyantare 1994, amezi abiri mbere y'uko Jenoside itangira. Yari ashinzwe gukurikirana ibikorwa muri Perefegitura ya Byumba, agace katagerwamo n'intambara [Demilitarized Zone].

    Nyuma y'aho Jenoside itangiriye, yagize uruhare rukomeye mu bikorwa binyuranye birimo gutabara Abatutsi, kubashakira ibiribwa no kubajyana ahantu hari umutekano wizewe, igikorwa bakoraga mu buryo bwo kubimurira ahantu hatandukanye.

    Aganira n'urubyiruko ndetse n'Ingabo z'u Rwanda, Maj Gen (Rtd) Yaache, yavuze ko Ingabo z'Umuryango w'Abibumbye zari zaje kugarura amahoro mu Rwanda [MINUAR], zari zishinzwe kubuza kurwana ku ruhande rwa Guverinoma yari iyobowe na Perezida Juvenal Habyarimana ndetse na FPR Inkotanyi n'andi mashyaka yari ayishyigikiye.

    Izo ngabo kandi zagombaga kureba ibishobora kubangamira iyo nzira y'amahoro yari imaze imyaka ine ishakishwa, bakamenyesha Loni igafata ingamba zikwiriye.

    Ati 'Gusa hagati aho, hari igihe twatangiye kubona ibimenyetso by'ibyashoboraga kuba. Byari byatangiye kugaragara.'

    'Nanjye ubwanjye aho nari ndi muri Byumba nabonaga ibiteye amakenga ni na ko byari bimeze mu Murwa Mukuru Kigali. Jenerali [Gen Romeo Dallaire] na we yarabibonye atangira gutakambira Loni I New York ko hari ibimenyetso by'uko hari ibyago biri imbere.'

    Yavuze ko Gen Romeo Dallaire yagerageje gusaba ubufasha buturutse ku Cyicaro Gikuru ariko yirengagijwe.

    Ati 'Yabikoze kenshi kandi mu nzira zemewe, aburira Loni buri munsi ku byago byashoboraga kuba. Ndabizi yoherezaga ubutumwa bwihariye i New York abamenyesha ibyo. Higeze kuboneka amakuru y'uko igisirikare cya FAR cyatoje umutwe w'abicanyi kandi banafite intwaro zihishe ahantu runaka.'

    Yakomeje agira ati 'Yasabye uburenganzira mu i New York bwo kujya aho hahishwe intwaro ngo azifate ariko Loni yamusubije ko ibyo bitari mu nshingano ze. Yasubijwe ko ibyo bitagize akazi ke. Ibi byagaragazaga ko koko ibyari biri gututumba mu Rwanda byari byizwi.'

    Maj Gen (Rtd) Yaache yashimangiye ko ibyo ari bimwe mu bimenyetso babonaga ko hari ikiri gutegurwa, nubwo nta bufasha bahawe ngo bagihagarike.

    Maj Gen (Rtd) Yaache, yavuze ko Ingabo z'Umuryango w'Abibumbye zari zaje kugarura amahoro mu Rwanda [MINUAR] zabonye ibimenyetso bya Jenoside ariko zimwa ububasha bwo kugira icyo zikora

    Gen Dallaire ntako atagize..

    Tariki 10 Mutarama 1994 nibwo Lt Gen Romeo Dallaire wari uyoboye MINUAR, yandikiye ubutumwa [Fax] abamukuriye ku Cyicaro cya Loni, abamenyesha ko mu Rwanda hari gutegurwa Jenoside.

    Yasabaga uburenganzira bwo kugira icyo akora nyuma y'amakuru ateye ubwoba yari amaze guhabwa, aho kumuha uburenganzira bamubuza kugira icyo akora ndetse ategekwa gushyira ayo makuru abari bari gutegura 'Jenoside'.

    Ibaruwa Dallaile yandikiye abamukuriye muri Loni barimo Kofi Annan waje kuyobora uwo muryango nyuma, yasabaga uburenganzira bwo kujya gushakisha ahantu yari yabwiwe ko hahishe intwaro zagenewe Interahamwe kwica Abatutsi muri Kigali.

    Impamvu ni uko ibyo byari bihabanye n'amasezerano yo gufata Kigali nk'agace gakwiriye gukumirwamo intwaro nyinshi ndetse gutoza Interahamwe byo bikaba byari bihabanye n'amasezerano ya Arusha.

    Ubusabe bwe bwateshejwe agaciro kuko aho gutanga ubufasha, Loni yahisemo guhungisha ingabo zayo.

    Lt Gen Romeo Dallaire wari uyoboye MINUAR, yandikiye ubutumwa [Fax] abamukuriye ku Cyicaro cya Loni, abamenyesha ko mu Rwanda hari gutegurwa Jenoside, bamubwira ko bitari mu nshingano ze

    Yahawe gasopo

    Tariki 11 Mutarama 1994, Lt Gen Dallaire yasubijwe na Kofi Annan, amwihanangiriza kutibeshya ngo ajye gushakisha aho izo mbunda z'Interahamwe zihishe muri Kigali.

    Yabwiwe ko bitari mu bubasha bwe kujya gushakisha izo ntwaro, ahubwo agirwa inama yo kujya kureba Perezida Habyarimana bwangu, akamumenyesha ibyo bintu.

    Gen Romeo Dallaire yigeze gutangaza ko igihe cyose yagerageje gusaba ubufasha ngo hakumirwe Jenoside, yagiye yibutswa ko mu Rwanda nta peteroli, diyama cyangwa ibintu by'agaciro bihari byatuma hoherezwa ingabo.

    Ati 'U Rwanda n'abaturage barwo, n'ingabo nari nyoboye mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro baratereranywe kugeza igihe bishwe. Igihe nasabaga ubufasha nibutswaga ko nta peteroli iri mu Rwanda, nta diyama, nta n'ikindi kintu cy'ingirakamaro gihari. Hari ikiremwamuntu gusa, ubuzima bw'abirabura butari bufite agaciro na gato.'

    Gen Romeo Dallaire yigeze gutangaza ko igihe cyose yagerageje gusaba ubufasha ngo hakumirwe Jenoside, yagiye yibutswa ko mu Rwanda nta peteroli, diyama cyangwa ibintu by'agaciro bihari

    Loni yari yaramenyeshejwe ntiyagira icyo ikora. Nk'aho bidahagije, Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye, irongera yigira ntibindeba, ubwicanyi buba ingabo zayo zirebera ndetse no kwemeza ko ibiri kuba mu Rwanda ari Jenoside bifata iminsi.

    Byarushijeho kuba bibi ubwo ingabo z'Ababiligi zari muri MINUAR zitashye, zigasiga ibihumbi by'Abatutsi mu maboko y'Interahamwe zari zigose ET'O Kicukiro.

    Ku gitutu cy'u Bubiligi, ku itariki ya 21 Mata 1994, Akanama k'Umutekano ka LONI kahisemo gukura MINUAR mu Rwanda, bya nyirarureshwa hasigara abasirikare bake gusa.

    Icyicaro gikuru cya Loni cyandikiwe ibaruwa hasabwa ubuhungiro bwa Jean Pierre wabahaye amakuru y’uko Jenoside yari iri gutegurwa biba iby’ubusa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/maj-gen-rtd-yaache-wari-muri-minuar-yatamaje-loni-yarengeje-ingohe-ibimenyetso

  • Jak uzyskać nowe kody do Lemon Casino i zwiększyć swoje szanse na wygraną #rwanda #RwOT

    Witajcie, drodzy gracze! W tym artykule podzielę się z Wami moimi doświadczeniami na temat uzyskiwania nowych kodów do Lemon Casino oraz sposobów na zwiększenie swoich szans na wygraną. Omówię, jak wykorzystać kasyno lemon do maksimum, jakie promocje są dostępne, a także jakie gry warto wybrać, by zwiększyć swoje szanse na sukces. Gotowi na odkrywanie tajemnic? Zaczynajmy!

    Gdzie znaleźć nowe kody promocyjne do Lemon Casino?

    Jednym z najłatwiejszych sposobów na zdobycie nowych kodów do Lemon Casino jest regularne śledzenie ich strony internetowej oraz profili w mediach społecznościowych. Kasyno często ogłasza promocje i kody na swoich kanałach, więc warto być czujnym. Zazwyczaj kody są ograniczone czasowo, więc nie zwlekaj z ich wykorzystaniem, gdy już je znajdziesz.

    Innym skutecznym sposobem na pozyskanie kodów promocyjnych są fora dyskusyjne i grupy na Facebooku poświęcone tematyce gier hazardowych. Gracze dzielą się tam swoimi odkryciami, co może być źródłem cennych informacji. Pamiętaj jednak, aby zawsze sprawdzać wiarygodność źródła, z którego pozyskujesz kody.

    Nie zapomnij również o subskrypcji newslettera Lemon Casino. Dzięki temu będziesz na bieżąco z nowymi ofertami, promocjami i kodami. Czasami kasyna oferują ekskluzywne kody tylko dla subskrybentów, więc to świetny sposób, aby być na czołowej pozycji w poszukiwaniach.

    Jakie są najlepsze promocje i bonusy w Lemon Casino?

    Lemon Casino ma na swojej stronie wiele interesujących promocji, które mogą znacznie zwiększyć Twoje szanse na wygraną. Na przykład, nowi gracze mogą skorzystać z bonusu powitalnego, który często obejmuje zarówno bonus od pierwszej wpłaty, jak i darmowe spiny. Zawsze warto zwrócić uwagę na takie oferty, ponieważ mogą one dać Ci solidny zastrzyk gotówki na start.

    Warto również zainteresować się programem lojalnościowym. Dzięki niemu możesz zbierać punkty za każdą grę, które następnie wymienisz na bonusy lub darmowe spiny. Im dłużej grasz, tym więcej korzyści możesz uzyskać. Niektóre kasyna, w tym Lemon, oferują także bonusy urodzinowe, więc warto zarejestrować swoje urodziny, by nie przegapić tej okazji.

    Rodzaj bonusu Opis
    Bonus powitalny Do 200% od pierwszej wpłaty oraz 50 darmowych spinów.
    Bonus za rejestrację Bez depozytu — 20 darmowych spinów na start.
    Bonus urodzinowy Specjalny bonus dla graczy w dniu ich urodzin.

    Czy Lemon Casino jest wypłacalne? Co warto wiedzieć?

    Pytanie o to, czy Lemon Casino jest wypłacalne, zadaje sobie wielu graczy. Z mojego doświadczenia wynika, że kasyno jest rzetelne, a wypłaty są realizowane na czas. Oczywiście, jak w każdym przypadku, mogą zdarzyć się opóźnienia, ale zazwyczaj są one spowodowane procedurami weryfikacyjnymi.

    Warto również zwrócić uwagę na metody wypłaty, które są dostępne w Lemon Casino. Możesz korzystać z przelewów bankowych, portfeli elektronicznych jak PayPal czy Revolut. Każda z tych metod ma swoje zalety, ale niektóre są szybsze od innych. Na przykład, wypłaty na Revolut zazwyczaj są realizowane natychmiastowo.

    Jak grać, aby maksymalizować wygrane w Lemon Casino?

    Aby maksymalizować swoje szanse na wygrane w Lemon Casino, warto najpierw poznać zasady gier, w które zamierzasz grać. Zrozumienie mechaniki gier to klucz do sukcesu. Niektóre gry, takie jak blackjack czy poker, wymagają strategii, podczas gdy inne, jak automaty, opierają się głównie na szczęściu.

    Nie zapominaj również o zarządzaniu budżetem. Ustal sobie limity, które nie tylko pomogą Ci uniknąć strat, ale także pozwolą cieszyć się grą. W Lemon Casino znajdziesz również gry z najniższą stawką, co jest idealnym rozwiązaniem dla graczy, którzy dopiero zaczynają swoją przygodę z hazardem.

    Jak wypłacić pieniądze z Lemon Casino i jakie metody są najlepsze?

    Wypłata pieniędzy z Lemon Casino jest prosta, ale warto znać kilka zasad. Aby wypłacić środki, najpierw musisz potwierdzić swoje konto, co zazwyczaj obejmuje przesłanie dokumentów tożsamości. Kiedy już to zrobisz, możesz przejść do sekcji wypłat.

    Najlepsze metody wypłaty to te, które są najszybsze. Jak wspomniałem wcześniej, Revolut to jedna z najszybszych opcji, ale również portfele elektroniczne, jak Skrill czy Neteller, oferują szybkie transakcje. Warto porównać różne metody, aby wybrać tę, która najlepiej odpowiada Twoim potrzebom.

    1. Zaloguj się na swoje konto w Lemon Casino.
    2. Przejdź do sekcji wypłat.
    3. Wybierz preferowaną metodę wypłaty.
    4. Wprowadź kwotę, którą chcesz wypłacić.
    5. Potwierdź transakcję.

    Opinie o Lemon Casino — co mówią gracze?

    Opinie o Lemon Casino są zróżnicowane, ale ogólnie można zauważyć, że gracze chwalą kasyno za atrakcyjne bonusy i szeroki wybór gier. Wiele osób podkreśla, że obsługa klienta jest pomocna i dostępna w różnych godzinach. Jednak jak w każdym kasynie, znajdą się także krytyczne głosy, które mówią o długim czasie weryfikacji wypłat.

    Warto zwrócić uwagę na fora i strony recenzujące kasyna, gdzie można znaleźć zarówno pozytywne, jak i negatywne opinie. To dobry sposób, aby zorientować się w tym, co inni gracze myślą o danym kasynie, i podjąć świadomą decyzję. Pamiętaj, że każda opinia jest subiektywna, więc warto samodzielnie spróbować i ocenić, jak wygląda gra w Lemon Casino.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/08/18/jak-uzyska-nowe-kody-do-lemon-casino-i-zwi-kszy-swoje-szanse-na-wygran/

  • Abanyarwanda batuye muri North Dakota bamuritse umuco Nyarwanda – #rwanda #RwOT

    Northern Plains Ethnic Festival ni iserukiramuco riba buri mwaka, rikagaruka ku muco w'ibihugu, indyo zabyo, n'ibindi by'umwihariko birangwa muri ibyo bihugu. Ni igikorwa kimaze hafi imyaka 40 gitegurwa.

    Ni iserukiramuco rihuriramo Abanyamerika bafite inkomoko mu bindi bihugu, rikabera mu Mujyi wa Dickinson muri Leta ya North Dakota buri Kanama.

    Kuri iyi nshuro iki gikorwa cyabaye ku wa 16 Kanama 2025 cyitabirwa n'Abanyamerika bafite inkomoko mu bindi bihugu bitandukanye nk'u Rwanda, u Budage, ibihugu byo mu Majyaruguru y'u Burayi, abo muri Repubulika ya Tchèque, Ukraine n'ahandi.

    Buri gihugu cyari cyahawe aho kugaragariza umwihariko wacyo haba mu muco n'uw'amafunguro atandukanye abarizwa muri ibi bihugu.

    Abanyarwanda baba muri Amerika by'umwihariko muri Leta ya North Dakota na bo batumiwe, berekana ibyiza by'u Rwanda n'impamvu umuntu ushaka gutembera akwiriye guhera ku Rwanda.

    Mu kiganiro na IGIHE, Umunyamabanga w'Umuryango w'Abanyarwanda baba muri North Dakota, Spiridio Turikumana, yavuze ko bagaragaje neza isura y'u Rwanda uko bikwiriye.

    Ati 'Twari twahateguye neza mu isura igaragaza u Rwanda ndetse na gahunda ya Visit Rwanda. Mu bikorwa twagaragaje harimo imbyino Nyarwanda, ibikorerwa mu Rwanda ndetse tubasangiza na bimwe mu bicuruzwa byaturutse mu Rwanda nk'ikawa, icyayi, hari n'imitako n'ibindi byakunzwe cyane.'

    Yakomeje ati 'Ikindi kandi twasobanuriye abitabiriye iri serukanamuco gahunda za Visit Rwanda ndetse n'uburyo bakwibonera amakuru n'amahirwe ari mu Rwanda bashobora kubyaza umusaruro banyuze ku rubuga rw'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere.'

    Ibi bikorwa byateguwe n'abayobozi b'Umuryango w'Abanyarwanda baba muri North Dakota, bafatanyije n'abanyamuryango bayo.

    Muri North Dakota hatuye Abanyarwanda babarirwa mu 120 abenshi bakaba batuye mu Mujyi wa Dickinson ari na ho habereye iri serukanamuco.

    Abanyarwanda baba muri iyi leta kandi bakora ibikorwa bitandukanye bijyanye na gahunda za Guverinoma y'u Rwanda.

    Nko ku wa 28 Mata 2024, bo n'inshuti zabo bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye muri Kaminuza ya Dickinson State University.

    Mu myaka ishize kandi bahuje imbaraga bakusanya ubushobozi bwifashishijwe mu kwishyura Mituweli ku miryango itishoboye yo mu Murenge wa Mukura muri Rutsiro.

    Abanyarwanda baba muri North Dakota bagaragaje umwihariko w’umuco Nyarwanda

    Umunyamabanga w'Umuryango w'Abanyarwanda baba muri North Dakota, Spiridio Turikumana yavuze ko bagaragaje ibyiza by’u Rwanda muri Northern Plains Ethnic Festival

    Abanyarwanda baba muri North Dakota, Spiridio Turikumana bitabiriye iserukiramuco rya Northern Plains Ethnic Festival

    Northern Plains Ethnic Festival ni iserukiramuco ryitabirwa n’Abanyamerika bafite inkomoko mu bindi bihugu

    U Rwanda na rwo rwahagarariwe mu iserukiramuco ryabereye muri Leta ya North Dakota

    [email protected]


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-batuye-muri-north-dakota-bamuritse-umuco-nyarwanda

  • Kamonyi: Umunani bakekwaho urupfu rw'umusore batawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Urupfu rw'uyu rwamenyekanya ku wa 16 Kanama 2025 mu masaha y'ijoro, rubereye mu Mudugudu wa Nombe, Akagari ka Nyagishubi, Umurenge wa Nyarubaka, rukomotse ku rugomo yakorewe n'abasore ubwo yajyaga gukiza bamwe muri bo barwanaga, nyuma bakajya kumutegera mu nzira ari gutaha bakamutera icyuma hafi y'umutima, bimuviramo urupfu naho mugenzi we arakomereka ku kuboko.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yabwiye IGIHE ko intandaro ya byose ari uko nyakwigandera yari avuye kureba umupira mu kabari, mu gihe yiteguraga gutaha akumva mu kandi kabari harimo intonganya, yajya kureba ikibaye agasanga ni abantu b'urubyiruko bari kurwana maze akabakiza afatanyije na mugenzi we.

    Nyuma yakomeje inzira atahana na mugenzi we basanga abo yari yagiye gukiza bamutegeye mu nzira, ni ko kumutera icyuma ku mutima, maze abatabaye bagerageza kumujyana kwa muganga bahamugeza amaraso yamushizemo ahita apfa.

    CIP Kamanzi, yakomeje avuga ko kuva icyo gihe iperereza ryahise ritangira maze nyuma y'umunsi umwe hafatwa batanu bakekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi, ndetse no ku wa 18 Kanama 2025 hafatwa abandi batatu, bose hamwe baba umunani.

    Ati 'Mu bakekwa bafashwe harimo nyir'akabari nyakwigendera yagiye gukizamo abarwanaga, abanze gutangira amakuru ku gihe, n'abakekwaho uruhare mu gutera icyuma nyakwigendera. Ubu bose bafungiye kuri Polisi, Sitasiyo ya Runda, naho umurambo wa nyakwigendera wo wajyanywe mu Bitaro bya Kacyiru, mu Karere ka Gasabo.'

    Uyu muvugizi wa Polisi mu Majyepfo, yaboneyeho umwanya wo guhwitura abakora urugomo kubicikaho, anasaba cyane cyane urubyiruko kwirinda kunywa inzoga nyinshi kuko ziri mu bibakururira mu rugomo runateza impfu zitandukanye.

    Ibiro by’Akarere ka Kamonyi ahabereye iki cyaha cy’ubwicanyi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-umunani-bakekwaho-urupfu-rw-umusore-batawe-muri-yombi

  • Imbeba zarikoroje i Burayi – #rwanda #RwOT

    Nubwo ari ikibazo gikomeje guhangayikisha ibyo bihugu, ku ruhande rw'abashakashatsi n'inzego z'ibidukikije, bavuga ko ikibazo atari imbeba ubwazo, ahubwo ari imico y'abantu ituma zibona umwanya n'ibiryo byo gutuma zororoka.

    Mu ntara ya Brabant mu Buholandi, abaturage bakunze kubona imbeba mu busitani no mu bindi bice, Piet Maas ukunze kuba ari kuzihiga yavuze ko ibibazo biterwa n'inyamaswa z'ishyamba byoroshye ugereranyije n'ibishobora guterwa n'imbeba.

    Mu Bwongereza, mu mujyi wa Eston, habonetse imbeba idasanzwe ifite uburebure bwa santimetero 56 aho ishobora kungana n'injangwe. Ni ibintu byateye ubwoba abatuye muri ako gace.

    Mu Buholandi ho abaturage bavuga ko imbeba ziri kurushaho kuba ikibazo gikomeye aho mu 2024 gusa, Amsterdam yakiriye raporo zirenga 6.800 zirebana n'akaga gatezwa n'imbeba.

    Mu Mujyi wa Berlin mu Budage habarurwa imbeba nibura miliyoni ebyiri, ubu abakerarugendo bashobora gucibwa amande ya €25.000 mu gihe baramuka bataye ibiryo mu mihanda kuko bifatwa nko guha ibiribwa imbeba.

    I Paris na ho bibarwa ko hari imbeba zirenga miliyoni enye ziri mu murwa mukuru mu gihe mu Bubiligi ho bivugwa ko nibura Umujyi wa Bruxelles utuwemo n'imbeba miliyoni 2,5 bivuze ko nibura buri muturage atunze imbeba ebyiri.

    Akenshi iyo imbeba imaze gutura ahantu, irororoka cyane.

    Umuryango muto w'imbebe ushobora kubyara inshuro 15 mu mwaka, mu myaka mike ugahinduka umuryango munini w'imbeba uzwi nka 'Rattopolis.'

    Ibi bitera ibyago bikomeye ku buzima bw'abaturage.

    Imbeba ziza ku isonga mu gukwirakwiza indwara zandura ku bantu zitandukanye zirimo nka hantavirus na leptospirose.

    Inzego z'ubuzima n'ibidukikije zisaba abaturage kwirinda kugira aho bahurira n'imbeba, haba izigifite ubuzima cyangwa izapfuye, kuko n'inkari zazo zishobora kugira uburozi.

    Bagaragaje ko mu gihe abantu baba bashaka gukemura ikibazo cy'imbeba nabo bakwiye guhindura imico yabo irimo gufata nabi ibintu, kunyanyagiza ibiribwa aho babonye, kudatunganya neza aho batuye n'ibindi bishobora guha urwaho imbeba.

    Imbeba zikomeje kurikoroza i Burayi


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imbeba-zikomeje-kurikoroza-i-burayi

  • Abantu batanu bishwe n'imvura imaze iminsi ibiri igwa mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Kuva muri Nyakanga 2025 hatangiye kugwa imvura mu gihe byari bimenyerewe ko ibihe by'impeshyi nta mvura igwamo yanagwa ikaba nke cyane.

    Muri Kanama ho abenshi bavugaga ko imvura igwa ku wa 15 gusa, umunsi Abakirisitu Gatolika bizihizaho Ijyanwa mu Ijuru rya Mariya ariko mu 2025 yaguye ari nyinshi ku wa 16 na 17 Kanama.

    Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi, Ngonga Aristarque yabwiye RBA ko iyo igihugu kiva mu gihe cy'Icyi cyinjira mu Muhindo utangira muri Nzeri, ibihe biba biva mu bushyuhe bijya mu bukonje burimo imvura bityo hakabamo inkuba nyinshi.

    Ati ''Ejo nimugoroba habaye inkuba nyinshi zatumye abantu batatu bitaba Imana abandi 11 barakomereka.''

    Yavuze ko nta mvura nyinshi imenyerewe muri Kanama ariko nanone ibiza biturutse ku nkuba n'imiyaga bijya bibaho.

    Ati ''Ubusanzwe ntabwo ukwezi kwa Kanama ntabwo kurangwamo imvura…ariko ku wa 16 Kanama twagize imvura igwa hirya no hino mu gihugu ndetse no mu ijoro ryacyeye yaguye igeza no mu gitondo, icyo navuga ni uko muri icyo cyumweru cyose twagize impfu z'abantu zigera kuri eshanu, bane muri bo bishwe n'inkuba, umwe ni inzu yamugwiriye.''

    Abapfuye barimo abo mu karere ka Burera babiri, aka Gicumbi hapfuye umwe, mu Karere ka Ngororero hapfuye umwe n'umwe wo mu Karere ka Rusizi.

    Ibiza bikomoka kuri iyi mvura kandi byakomerekeje abantu 25 barimo abo mu Karere ka Gicumbi, Gisagara, Kamonyi, Musanze, na Nyamasheke. Hangiritse kandi inzu 15.

    Ngoga yasabye abantu ''kwitwararika kugira ngo yaba inkuba n'ibindi bitabatwara ubuzima.''

    Ati ''Ikindi ni imihindagurikire y'ibihe, na byo ntabwo twareka kubivuga. Ubusanzwe tumenyereye ko umuhindo ari wo ugaragaramo imvura utangira muri Nzeri. Kuba rero haguye iyi mvura yaguye hafi ijoro ryose ni cya kindi kinahamya ko ibihe bigenda bihinduka.''

    Ngoga yavuze ko uretse abantu n'inzu zangiritse hari n'ahagiye hagaragara umwuzure ariko udakanganye.

    Ati ''Ibindi ni ukuba habaho amazi yuzura agafunga umuhanda, twabibonye nko muri Gatenga uyu munsi muri Kigali n'ahandi hirya no hino mu bishanga kubera imvura yaguye umwanya munini amazi yagiye azamuka ariko navuga ko ku bijyanye n'imigezi ntabwo yazamutse ku rwego ruri hejuru. Ni ukuzamuka by'umwanya muto ukongera ukamanuka.''

    Yahamije ko nubwo imvura yagwaga ari nyinshi ariko yacishagamo igahita, bituma nta myuzure yo ku rwego rwo hejuru yabayeho mu Rwanda hose.

    Ngoga yashimangiye ko MINEMA ifatanyije n'uturere ifasha abangirijwe n'ibiza, hakabaho kwihanganisha ababuze ababo no kubafata mu mugongo.

    MINEMA kandi isaba Abaturarwanda kwitwararika mu gihe imvura iguye umuntu ari hanze akinjira mu nzu, ugeze mu nzu akirinda gukoresha ibyuma bikoresha amashanyarazi mu gihe hari inkuba zikubita, kwirinda kujya kureka amazi yo hanze n'ibindi.

    Inasaba kandi kuzirika ibisenge neza ku buryo zidasamburwa n'umuyaga, no gusiburura imiyoboro itwara amazi y'imvura kugira ngo igihe imvura iguye amazi abone aho anyura yisanzuye.

    Bane mu bapfuye bishwe n’inkuba mu gihe umwe yagwiriwe n’inzu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abantu-batanu-bishwe-n-imvura-imaze-iminsi-ibiri-igwa-mu-rwanda

  • Lemon casino wypłaty: Jakie metody wypłat są dostępne dla graczy? #rwanda #RwOT

    Lemon casino wypłaty: Jakie metody wypłat są dostępne dla graczy?

    W artykule przyjrzymy się metodom wypłat dostępnych w Lemon Casino, aby pomóc graczom zrozumieć, jak wyciągnąć swoje wygrane. Analizując opinie użytkowników oraz różnorodne metody, które oferuje kasyno lemon, postaramy się odpowiedzieć na pytanie, czy Lemon Casino jest wypłacalne oraz jakie są doświadczenia graczy związane z tym tematem.

    Wprowadzenie do wypłat w Lemon Casino: Kluczowe informacje dla graczy

    Lemon Casino zdobywa popularność wśród graczy, co sprawia, że kwestia wypłat staje się kluczowa. Zrozumienie dostępnych metod wypłat oraz ich skuteczności może znacząco wpłynąć na wybór platformy do gry. Gracze oczekują nie tylko atrakcyjnych bonusów, ale także szybkich i bezproblemowych transakcji finansowych.

    W kontekście wypłat, warto zwrócić uwagę na różne metody, które oferuje Lemon Casino. Jak się okazuje, wiele osób korzysta z różnych opcji, od przelewów bankowych po portfele elektroniczne. 'Używam Revolut i mogę powiedzieć, że wypłaty są szybkie i bezproblemowe,' wspomina Marta, stała klientka kasyna.

    W dalszej części artykułu przyjrzymy się szczegółowo każdej z metod wypłat, aby gracze mogli podjąć świadome decyzje. Alina, inna entuzjastka gier, dodaje: 'Zawsze sprawdzam, jakie metody są dostępne przed dokonaniem wpłaty, aby mieć pewność, że mogę szybko wypłacić wygrane.'

    Dostępne metody wypłat: Przegląd opcji w Lemon Casino

    Lemon Casino oferuje kilka metod wypłat, które są dostosowane do potrzeb graczy. Wśród nich znajdują się przelewy bankowe, karty kredytowe oraz portfele elektroniczne, takie jak Skrill i Neteller. Każda z tych metod ma swoje zalety i wady, które warto rozważyć.

    Przelewy bankowe to jedna z najpopularniejszych opcji, ale mogą wymagać więcej czasu na realizację. 'Czasem czekałem na wypłatę nawet do pięciu dni roboczych, ale w końcu pieniądze zawsze trafiały na moje konto,' mówi Tomasz, który korzystał z tej metody. Z drugiej strony, portfele elektroniczne często oferują szybsze transakcje, co przyciąga wielu graczy.

    Warto również wspomnieć o nowoczesnych metodach, takich jak kryptowaluty. 'Wypłata w bitcoinach była dla mnie rewolucyjna! Pieniądze trafiły do mnie w ciągu kilku minut,' twierdzi Krzysztof, który z entuzjazmem poleca tę opcję. Dzięki różnorodności metod, każdy gracz może znaleźć coś dla siebie.

    Tabela porównawcza metod wypłat w Lemon Casino

    Metoda wypłaty Czas realizacji Minimalna kwota wypłaty Opłaty
    Przelew bankowy 3-5 dni roboczych 100 PLN 0 PLN
    Karta kredytowa 2-3 dni robocze 50 PLN 5 PLN
    Portfel elektroniczny (Skrill, Neteller) do 24 godzin 20 PLN 0 PLN
    Kryptowaluty do 1 godziny 50 PLN 0 PLN

    Czas oczekiwania na wypłatę: Jak wygląda procedura?

    Czas oczekiwania na wypłatę w Lemon Casino może się różnić w zależności od wybranej metody. Jak wspomniano wcześniej, przelewy bankowe mogą zająć nawet do pięciu dni roboczych, co dla niektórych graczy może być frustrujące. 'Czekanie na pieniądze zawsze jest stresujące, ale na szczęście miałem dobre doświadczenia,' mówi Aneta, która preferuje przelewy bankowe.

    W przypadku portfeli elektronicznych, czas realizacji jest znacznie krótszy. Gracze mogą spodziewać się wypłat w ciągu 24 godzin. 'Zawsze wybieram Skrill, bo wiem, że pieniądze szybko trafią na moje konto,' dodaje Piotr, który korzysta z tej metody. To sprawia, że portfele elektroniczne cieszą się dużą popularnością wśród graczy.

    Warto również zauważyć, że proces wypłaty wymaga wcześniejszej weryfikacji konta. 'Musiałem przesłać kilka dokumentów, ale po weryfikacji moje wypłaty były szybkie i bezproblemowe,' stwierdza Kasia, która podkreśla znaczenie tego kroku. Bezpieczeństwo finansowe jest kluczowe, dlatego warto zwrócić na to uwagę.

    Opinie graczy na temat wypłat w Lemon Casino: Czy są zadowoleni?

    Opinie graczy na temat wypłat w Lemon Casino są zróżnicowane. Wiele osób chwali szybkie realizacje transakcji, podczas gdy inni zwracają uwagę na dłuższy czas oczekiwania. 'Ogólnie jestem zadowolony z wypłat, ale czasami muszę czekać dłużej, niż bym chciał,' mówi Mariusz, który regularnie gra w kasynie.

    Niektórzy gracze skarżą się również na problemy z weryfikacją. 'Musiałem wielokrotnie przesyłać dokumenty, co było irytujące,' opowiada Łukasz, który oczekiwał na wypłatę przez kilka dni. Warto jednak zauważyć, że takie procedury są standardem w wielu kasynach online i mają na celu zapewnienie bezpieczeństwa.

    Bezpieczeństwo i weryfikacja: Co musisz wiedzieć?

    Bezpieczeństwo w kasynach online jest niezwykle istotne, dlatego Lemon Casino stosuje różne procedury weryfikacyjne. Każdy gracz musi potwierdzić swoją tożsamość przed dokonaniem wypłaty. 'Słyszałem o oszustwach w innych kasynach, więc doceniam, że Lemon Casino dba o bezpieczeństwo,' mówi Adam, który ceni sobie spokój umysłu podczas grania.

    Weryfikacja obejmuje przesłanie dokumentów tożsamości oraz dowodów adresu zamieszkania. 'To było trochę uciążliwe, ale zrozumiałem, że to dla mojego bezpieczeństwa,' stwierdza Joanna, która korzysta z różnych metod wypłat. Takie działania mają na celu ochronę graczy przed nieuprawnionym dostępem do ich kont.

    Warto również pamiętać o tym, że kasyna online, w tym Lemon Casino, muszą przestrzegać regulacji dotyczących przeciwdziałania praniu pieniędzy. 'Dzięki temu wiem, że moje pieniądze są w dobrych rękach,' dodaje Mateusz, który regularnie korzysta z platformy. Bezpieczeństwo i wiarygodność są kluczowe dla długotrwałej relacji z kasynem online.

    Porady dla graczy: Jak skutecznie wypłacać pieniądze z Lemon Casino?

    Aby skutecznie wypłacać pieniądze z Lemon Casino, warto przestrzegać kilku prostych zasad. Po pierwsze, zawsze upewnij się, że Twoje konto jest zweryfikowane. 'Weryfikacja to klucz do szybkich wypłat, więc nie odkładaj tego na później,' radzi Kasia, doświadczona graczka.

    Po drugie, wybieraj metody wypłaty, które są dla Ciebie najwygodniejsze. 'Ja zawsze korzystam z Revolut, bo wiem, że pieniądze szybko trafiają na moje konto,' mówi Jakub, który ceni sobie szybkość transakcji. Warto również zwrócić uwagę na potencjalne opłaty związane z różnymi metodami.

    1. Upewnij się, że Twoje konto jest zweryfikowane.
    2. Wybierz metodę wypłaty, która najlepiej odpowiada Twoim potrzebom.
    3. Sprawdź czas realizacji oraz ewentualne opłaty.
    4. Regularnie monitoruj swoje transakcje, aby uniknąć nieprzyjemnych niespodzianek.

    Podsumowanie: Czy warto grać w Lemon Casino?

    Podsumowując, Lemon Casino oferuje różnorodne metody wypłat, które zaspokajają potrzeby graczy. Choć czas oczekiwania na wypłatę może się różnić w zależności od wybranej metody, większość graczy wyraża zadowolenie z jakości usług. 'Ogólnie rzecz biorąc, jestem zadowolony z doświadczeń w Lemon Casino,' mówi Aneta, która regularnie korzysta z platformy.

    Opinie użytkowników wskazują na to, że chociaż proces weryfikacji może być uciążliwy, zapewnia on bezpieczeństwo i wiarygodność. 'Nie miałem problemów z wypłatami, a to dla mnie najważniejsze,' dodaje Piotr, który korzysta z aplikacji lemon casino.

    Ostatecznie, Lemon Casino wydaje się być solidnym wyborem dla graczy, którzy cenią sobie różnorodność gier oraz bezpieczne wypłaty. 'Zdecydowanie polecam innym spróbować, mają świetne promocje i szybką obsługę,' kończy Mariusz. Dlatego warto rozważyć tę platformę i cieszyć się grą.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/08/17/lemon-casino-wyp-aty-jakie-metody-wyp-at-s-dost-pne-dla-graczy/

  • Nyamasheke: Yatawe muri yombi akekwaho kubaga ingurube yibwe – #rwanda #RwOT

    Yafatiwe mu Mudugudu wa Bukiro, Akagari ka Ngoma, tariki 17 Kanama 2025, biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage babonye uyu mugabo ari kugurisha inyama z'ingurube bakagira amakenga kuko adasanzwe acuruzwa inyama.

    Uwahaye amakuru IGIHE yavuze ko abaturage babajije uyu mugabo akavuga ko ari ingurube ye yapfuye, abaturage bamwibutsa ko nta ngurube asanzwe atunze.

    Yakomeje avuga ko uyu mugabo yahise ahindura imvugo, atangira kuvuga ko ari iyo yaguze kwa nyirabukwe mu Murenge wa Nyabitekeri, ibyo bigahurirana n'uko aho iyo ngurube yari yibwe mu Murenge wa Nyabitekeri bamaze gutanga amakuru mu buyobozi bayirangisha.

    Umunyabanga Nshingwabikorwa w'agateganyo w'Umurenge wa Bushekeli, Habarurema Cyprien yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yageze aho yemera ko iyo ngurube yayibye mu Murenge wa Nyabitekeri.

    Ati 'Yemeye ko yayibye ashaka no kuriha ba nyirayo ibihumbi 200 Frw ariko kuko twari twabimenye nk'ubuyobozi uwo mugabo yahise atabwa muri yombi, uwibwe ajya gutanga ikirego kuri RIB'.

    Mu rugo rw'uyu mugabo hasanzwe indi ngurube nayo bikekwa ko yibye kuko yari ihamaze iminsi ibiri, ariko akaba atagaragaza aho yayiguze, ari nabyo byatumye ubuyobozi butanga amatangazo busaba uwaba yarabuze ingurube ko yajya kureba niba ari iye.

    Umugabo watawe muri yombi afunguye kuri RIB sitasiyo ya Ruharambuga mu gihe hagishakishwa abo bakoranye iki cyaha.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamasheke-yatawe-muri-yombi-akekwaho-kubaga-ingurube-yibwe

  • Burera: Babiri bakubiswe n'inkuba barapfa – #rwanda #RwOT

    Benegusenga Alpha w'imyaka 14 wo mu Murenge wa Nemba, Akagari ka Kivumu ho mu Mudugudu wa Nyamusanze, inkuba yamukubitiye mu muryango w'inzu ya sekuru, ubwo yari avuye gucyura amatungo Saa 18:00.

    Ni mu gihe Nyamugira Bernard w'imyaka 67, wo mu Murenge wa Gitovu, Akagari ka Mariba ho mu Mudugudu wa Kiboga, nawe inkuba yamukubise mu mvura yagwaga ahita apfa.

    Umuyobozi w'Akarere ka Burera yabwiye IGIHE ko amakuru y'izi mpfu bayamenye, ndetse bazikoreye raporo.

    Umukozi ushinzwe guhuza ibikorwa by'ubutabazi muri MINEMA, Nizeyimana Aime Adrien, mu kiganiro na IGIHE yasabye abaturage kubahiriza amabwiriza y'ubwirinzi yashyizweho.

    Ati 'Igihe imvura irimo igwa abaturage bagomba kuba bari mu nzu badafite aho bahurira n'amazi, abari mu nzira bagomba gushaka aho bugama bakirinda kugama munsi y'ibiti, mu buvumo no munsi y'imikingo, ndetse n'abari mu mirimo y'ubuhinzi bakwiriye guhita bayivamo.'

    Yakomeje asaba abaturage kwirinda gukorakora inzugi n'amadirishya by'ibyuma kuko hari ubwo inkuba ikubita bikajyamo amashanyarazi yayo ikaba yamukubita.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/burera-babiri-bakubiswe-n-inkuba-barapfa

  • LABOPHAR yinjiye mu mikoranire na Philex yo muri Qatar – #rwanda #RwOT

    Ni amasezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar, ku wa 17 Kanama 2025, ashyirwaho umukono n'umuyobozi Mukuru wa LABOPHAR, Gatete Pascal ari kumwe n'Umuyobozi Mukuru ku ruhande rwa Philex, Waseem Hamad.

    Ni amasezarano u Rwanda rufata nk'intambwe ikomeye mu kuzamura serivisi z'ubuzima ndetse n'ubufatanye muri uru rwego hagati y'u Rwanda na Qatar nyuma y'uko basanzwe bafatanya muri byinshi birimo ibikorwaremezo, ubwikorezi n'ibindi.

    Ibi bibaye mu gihe LABOPHAR yari yatangiye ibikorwa byo kwagura no kunagura imikorere yayo, imirimo yashowemo asaga miliyari 27 Frw.

    Umuyobozi wa LABOPHAR, Gatete Pascal aherutse kubwira IGIHE ko mu mikorere mishya yabo, bazaziba icyuho mu miti imwe n'imwe yatumizwaga mu mahanga, bagahaza isoko ry'u Rwanda na Afurika.

    Yavuze ko mu miti bazakora harimo iy'amazi izwi nka 'syrops' ikunze guhabwa abana, imiti y'uruhu, ibinini n'indi.

    Mu gusubukura imikorere, ku ikubitiro bahereye ku miti ya cancer yihutirwaga cyane, aho kuva muri Nyakanga 2025, uru ruganda rwatangiye gukora imiti ifasha mu kugabanya ububabare bwa cancer izwi na 'morphine', mu gihe gahunda yo gukora imiti mu buryo bwagutse, yo izatangira mu Ukuboza 2025, bikazanakomeza hongerwamo indi mu 2026.

    LABOPHAR, ni Uruganda Nyarwanda rwubatswe mu 1983, mu Mujyi wa Huye, mu marembo ya Kaminuza y'u Rwanda, Ishami rya Huye ndetse rukaba ruhana imbibi na NIRDA.

    Uru ruganda rwakunze kugira ibizazane mu mikorere ndetse ruza guhagarara, ariko Leta irwegurira abikorera mu 2024.

    Rwongeye kubura ibikorwa byarwo mu 2025, aho rwitezweho guteza imbere urwego rw'imiti imbere mu gihugu no mu karere u Rwanda ruherereyemo.

    Amasezerano yasinywe na Gatete Pascal uyobora LABOPHAR na Waseem Hamad, ukuriye Philex

    LABOPHAR isanzwe imenyerewe mu gukora imiti mu Rwanda nubwo yari imaze igihe idakora

    Iki gikorwa cyari cyitabiriwe kandi n’ubuyobozi bwa RMS ndetse n’ubwa Ambasade y’u Rwanda muri Qatar


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/labophar-yinjiye-mu-mikoranire-na-philex-yo-muri-qatar