Author: webrwanda

  • Imishinga y'amashyanyarazi u Rwanda rugiye gushoramo miliyari 1$ – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro na RBA ubwo haganirwaga ku biciro bishya by'amashanyarazi byavuguruwe. Ibiciro byavuye ku giciro fatizo cya 186 Frw kuri kilowatt kigera kuri 214 Frw kuri kilowatt.

    Urwego rw'ingufu mu Rwanda rwateye imbere ku buryo bigaragara. Mu 2000 abagerwaho n'amashanyarazi bari 2% mu 2010 ari 10% uyu munsi u Rwanda rukaba rugeze kuri 85%. Ni intambwe ikomeye kuko mu bihugu byo mu Karere byose biri munsi ya 75%.

    Uku kwiyongera k'abagerwaho umuriro bijyana no kongera ingano y'amashanyarazi akorwa, imiyoboro unyuzwamo n'ibindi. Uyu munsi u Rwanda rugeze ku gukora amashanyarazi angana na megawatt 460.

    Amashanyarazi akomoka ku ngomero z'amazi mu Rwanda angana na megawatt 109,66 bingana na 24% by'umuriro wose, ava kuri gaz methane angana na megawatt 85,79 bingana na 18% by'umuriro wose.

    Amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri angana na megawatt 85, angana na 18%, n'akomoka ku mirasire y'izuba ungana na megawatt 12 bingana na 3%.

    U Rwanda kandi rubona megawatt 39 unagana 8% ava mu mishinga rufatanyije n'ibindi bihugu, rugatumiza mu mahanga umuriro wa megawatt 106,1 (uva Uganda) 23%, icyakora rukataje mu mishinga itandukanye izafasha kugeza amashanyarazi ku baturage ku kigero cya 100%.

    Minisitiri Murangwa ati 'Bizadusaba hafi miliyari 1$ yo gushora muri icyo gihe. Bizadufasha nk'igihugu kugira ngo imirimo iboneke ibyo twifuza byinshi tubikorere mu Rwanda n'ingo zisigaye na zo zibone umuriro.'

    Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko hagiye gushorwa miliyari 1$ mu mirimo yo gutunganya amashanyarazi

    Amashanyarazi u Rwanda ruteganya n'ay'amoko atandukanye. Rwiyemeje ko bitarenze mu 2028 ruteganya ko ruzababona megawatt 57,7 zikomoka ku ngomero z'amazi.

    Bizagirwamo n'uruhare runini n'Urugomero rwa Nyabarongo II ruzatanga amashanyarazi angana na megawatt 43,5 ndetse rufiteho 'dam' izafasha kubika amazi kugira ngo rujye rukora ingano y'amashanyarazi imwe mu gihe cyose kandi ayo mazi yifashishwe mu bikorwa byo kuhira.

    Ruri kubakwa ku buso bwa hegitari 600 mu turere twa Rulindo na Gakenke mu Majyaruguru ndetse na Kamonyi mu Majyepfo ukazarangira bitarenze mu 2028.

    U Rwanda rusanzwe rufite imishinga y'amashanyarazi migari irimo Nyabarongo II, Rusizi III, yose yitezweho gutanga amashanyarazi menshi ku gihugu.

    U Rwanda kandi ruri guteganya megawatt 200 zizakomoka ku mu shinga w'ingufu zikomoka ku mirasire y'izuba.

    Biteganyijwe ko inyigo y'ibanze ku mushinga w'amashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba izarangirana na 2025 ku buryo mu 2026 hazaba hatangiye kubonwa icyerekezo.

    Ni amashanyarazi azajya atunganywa ariko akanabikwa kugira ngo akoreshwe mu gihe cyagenewe cyane cyane mu ijoro.

    Hitezwe kandi na megawatt 136 z'amashanyarazi azaturuka kuri gaz méthane, na megawatt 100 zizaturuka mu baturanyi bijyanye n'ubufatanye busanzweho n'izindi megawatt 162 zizajya viza mu karere.

    U Rwanda kandi rufite umushinga ukomeye cyane wa megawatt 440 w'amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire bitarenze mu 2032.

    Ni umushinga mugari cyane kuko bitarenze mu 2030, u Rwanda ruzaba ruri mu bihugu bike muri Afurika bifite uruganda rutunganya amashanyarazi akomoka ku ngufu za nucléaire.

    U Rwanda rwiteze megawatt 136 z'amashanyarazi azaturuka kuri gaz méthane

    Ni umushinga wo kubaka inganda nto zitunganya izi ngufu zizwi nka 'Small Modular' na 'Micro Reactors' zidakenera ubuso bunini, zigatanga umusaruro utubutse ndetse zitagira ingaruka ku baturage. Rumwe rukenera nk'abakozi bari hagati ya 220 na 250, bakora mu byiciro bine.

    Biteganyijwe ko abakozi 234 bazaba bakenewe gukora muri urwo ruganda ruzaba twanabagize mu 2028.

    Ni mu mushinga mugari wo kwimakaza ingufu za nucléaire mu kwihaza ku ngufu kuko kugira ngo u Rwanda rugere ku cyerekezo 2050, aho ruzaba ruri mu bihugu bikize, ruzakenera gukora amashanyarazi angana na 'gigawatt' eshanu.

    Ni imishinga izafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo 2035 aho ruzaba ruri mu bihugu bifite ubukungu bugereranyije nta bibazo byo kubura umuriro ngo ni uko udahagije.

    Kugeza uyu munsi 60% by'amashanyarazi akorerwa mu Rwanda uturuka mu nganda z'abikorera bigatuma leta iyagura ku giciro kiri hejuru kugira ngo iyatange akoreshwe.

    U Rwanda kandi rufite andi mahirwe yo kuba rubarizwa mu muryango uzwi nka 'Eastern Africa Power Pool' ugizwe n'ibihugu 13 byo muri Afurika y'Iburasirazuba mu rwego rw'imihahiranire mu bijyanye n'ingufu.

    Bisobanuye ko niba nka Ethiopia iherutse kunguka Urugomero ruzwi nka Grand Ethiopian Renaissance Dam (GERD) ruzajya rutanga megawatt 5.150 kuko na yo ari umunyamuryango, u Rwanda na rwo rushobora kuyungukiraho ariko na bo bakungukira ku yo u Rwanda rukora.

    Kugeza ubu amashanyarazi angana na 60% u Rwanda ruyagura mu bikorera. Kuba abikorera bafite uruhare rungana uko binatuma ibiciro biniyongera. Inkuru nziza ni uko iyi mishinga yose ari iya leta, bikazafasha mu kugenzura neza bya biciro kuko izaba igura amashanyarazi make.

    Hafi 60% by’amashanyarazi yo mu Rwanda atunganywa n’inganda z’abikorera


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/imishinga-y-amashyanyarazi-u-rwanda-rugiye-gushoramo-miliyari-1

  • Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Azerbaijan – #rwanda #RwOT

    Uyu musangiro ku ruhande rw'u Rwanda witabiriwe kandi n'Umuyobozi Wungirije w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, Juliana Kangeli Muganza, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe na Ambasaderi w'u Rwanda muri Azerbaijan, Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga.

    Uretse gusangira abakuru b'ibihugu byombi bashimye umubano uri hagati y'u Rwanda na Azerbaijan, ndetse bemeranya ko ubufatanye bukwiriye kurushaho gushimangirwa mu nzego zirimo ubukungu, ubucuruzi, umuco, ubuhinzi, ubukerarugendo n'ibindi.

    Perezida Paul Kagame yageze i Baku muri Azerbaijan, ku wa 19 Nzeri 2025.

    Uruzinduko rwe rwasize Guverinoma y'u Rwanda n'iya Azerbaijan zigiranye amasezerano atanu y'ubufatanye mu buhinzi, uburezi, serivisi z'itumanaho ryifashishwa mu kirere, ubucuruzi n'imitangire ya serivisi.

    Perezida Kagame yabwiye Aliyev wa Azerbaijan ko u Rwanda ruzakora ibishoboka kugira ngo aya masezerano atange umusaruro yitezweho.

    Ati 'Bwana Perezida, mumenye ko mufite inshuti muri Afurika, mu Rwanda, bityo rero dushaka gukoresha aya mahirwe y'ubufatanye n'ubucuti bwacu hagati yawe nanjye, n'ibihugu bibiri, kugira ngo twihute tugana ku iterambere.'

    Perezida Aliyev yagaragaje ko u Rwanda na Azerbaijan ari inshuti nziza, kandi ko yishimiye ko umubano w'ibihugu byombi watangiye mu 2017 ushingiye ku musaruro.

    Perezida Paul Kagame yaherukaga i Baku muri Azerbaijan, mu Ugushyingo 2024, ubwo yari yitabiriye inama ya 29 y'Umuryango w'Abibumbye yiga ku kurwanya imihindagurikire y'ikirere, COP29.

    Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Azerbaijan


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriwe-ku-meza-na-mugenzi-we-wa-azerbaijan

  • Isoko nyambukiranyamipaka rya Rusizi I ryatangiye kwangirika – #rwanda #RwOT

    Ni ibibazo bikekwa ko byaba byaraturutse ku myubakire itanoze, imicungire mibi yaryo cyangwa bikaba bituruka ku miterere y'ubutaka ryubatseho kuko aho ryubatse hasa no mu gishanga.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, Kayisire Marie Solange, ku wa 19 Nzeri 2025, yasuye amasoko nyambukiranyamipaka yo mu Karere ka Rusizi arimo irya Rusizi I n'irya Bugarama, ari kumwe n'abandi bayobozi barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba Uwambajemariya Florence n'Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel.

    Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yavuze ko inzu ikoreramo Isoko Nyambukiranyamipaka rya Rusizi I yubatswe hagamijwe kongera urujya n'uruza rw'abantu n'ubucuruzi hagati y'u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo ndetse ko iyo nteko u Rwanda rukiyikomeyeho.

    Ati 'Imbogamizi zagaragaye nko kuba harimo abacuruzi bake, ni ikibazo cy'uko abantu batari barabashije kwegerana ngo bicare bashyireho ingamba zituma abacuruzi bacu bakorera muri iriya nyubako'.

    Meya Sindayiheba yavuze ko imbogamizi zagaragajwe bagiye gutangira kuziganiraho n'Urugaga rw'Abikorera mu Karere ka Rusizi n'abacuruzi bake bahari kugira ngo Akarere kabafashe kuzikemura.

    Ati 'Tuzashyira imbaraga mu bicuruzwa bituruka mu Karere kacu ka Rusizi birimo inyama, imboga, imbuto n'amata. Ibyo byose ni ibicuruzwa bishobora gucururizwa muri ririya soko nyambukiranyamipaka'.

    Iri soko rigiye gusanwa

    Urebesheje amaso ubona kuri iri soko nyambukiranyamipaka rya Rusizi I hari inkingi zo ku ruhande zacitsemo kabiri, ndetse n'imbere mu byumba hari ahagiye hasatagurika.

    Nubwo biri uko ariko, Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yavuze ko raporo y'abahanga yakozwe kuri iri soko yagaragaje ko ibyo bimenyetso byo kwangirika birigaragaho bitaribuza gukomeza gukorerwamo.

    Ati 'Iyo raporo y'abahanga twabonye, iratuma uyu munsi bike mu bikwiye gukosorwa tubikosora, tukarushaho no kwegeranya abacuruzi kugira ngo bakore. Mu bikwiye gukosorwa harimo kunoza amarangi, kuyobora amazi y'imvura kugira ngo ye gukomeza gushoka ku nkuta, n'ibindi byoroheje'.

    Meya Sindayiheba yavuze ko bagiye no gukorana n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe imyubakire (RHA) kugira ngo kigaragaze n'ibindi byakosorwa.

    Ati 'Ariko uko inyubako imeze uyu munsi ni inyubako ifite umutekano, ahubwo ibindi tuzongeramo ni ama-camera adufasha gucunga umuteka, kuko nk'uko mwabibonye iriya nyubako nta camera ifite'.

    Isoko Nyambukiranyamipaka rya Rusizi I ryuzuye mu 2017 ritwaye arenga miliyari 1Frw. Kuva mu 2017 kugera mu 2019, Abanyekongo bazaga kurihahiramo. Aho icyorezo cya COVID-19 cyadukiye, Abanyekongo bagumye iwabo, Abanyarwanda babashyirayo ibicuruzwa isoko ribura abarikoreramo kuko nta bakiriya bahagije rikigira.

    Inkingi zo hanze zatangiye gusaduka

    Imbere mu byumba by’iri soko naho hagaragara ahagiye hasaduka

    Isoko nyambukiranyamipaka rya Rusizi I rigiye gushakirwa abarikoreramo

    Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Kayisire Marie Solange yasuye isoko mpuzamipaka rya Rusizi I


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/isoko-nyambukiranyamipaka-rya-rusizi-i-ryatangiye-kwangirika

  • World Vision izageza amazi, isuku n'isukura ku baturage barenga miliyoni mu myaka itanu – #rwanda #RwOT

    Ubushakashatsi bwa karindwi ku Mibereho y'Ingo muri Rusange (EICV) buheruka gusohorwa n'Ikigo cy'Igihugu cy'Ibarurirashamibare (NISR) ku wa 16 Mata 2025, bwagaragaje ko abagera ku mavomo rusange bakoresheje iminota iri munsi ya 30 bagera kuri 68% mu gihe 21% bakoresha iminota iri hejuru ya 30 ngo bagere ku ivomo cyangwa isoko y'amazi meza.

    Imibare ikubiye muri ubu bushakashatsi igaragaza ko hakiri urugendo kugira ngo abantu bose bo mu Rwanda babashe kugerwaho n'amazi meza bitabasabye kuzamuka imisozi.

    Ni muri urwo rwego World Vision isanzwe ifite intego yo kugeza amazi meza ku baturage yamurikiye abafatanyabikorwa bayo igenamigambi ry'imyaka itanu yo kugeza amazi meza,isuku n'isukura mu bice by'u Rwanda bikiri inyuma.

    World Vision yamuritse igenamigambi ry'imyaka itanu yo kugeza amazi meza isuku n'isukura binyuze mu mushinga w'uyu muryango, WASH, uzatangira gushyirwa mu bikorwa mu Ukwakira 2026 kugeza 2030.

    Umuyobozi wa World Vision ushinzwe ibikorwa, Innocent Mutabaruka, yasabye abafatanyabikorwa gushora mu bikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage mu rwego rwo kugabanya imibare y'abantu byatwaraga iminota myinshi kugira ngo bagere ku mazi meza.

    Ati 'Turashishikariza n'abandi bikorera ku giti cyabo nk'amabanki mu rwego rwo kugira ngo badufashe muri iyi gahunda yo kugeza amazi meza ku Banyarwanda bose. Mu myaka itanu turateganya ko hazashyirwamo miliyari 49 Frw muri ibyo bikorwa ariko ayo mafaranga hari ayo tuzatanga andi atangwe n'abafatanyabikorwa bandi barimo Leta n'abandi bikorera.'

    Yakomeje avuga ko binyuze mu bufatanye n'abafatanyabikorwa ba World Vision abagera kuri miliyoni 2,5 bazafashwa kubona amazi meza, ubwiherero n'ubukarabiro bwujuje ibisabwa.

    Ati 'Turateganya ko binyuze muri iyi gahunda abagenerwabikorwa bazagezwaho amazi meza bazaba bagera kuri miliyoni 2,5.'

    Mutabaruka yakomeje avuga ko World Vision binyuze mu bufatanye na Leta y'u Rwanda ingo abarenga miliyoni 1 bazagezwaho amazi meza.

    Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y'Ibikorwaremezo, ushinzwe amazi, isuku n'isukura, Eng. Gemma Maniraruta, yahamagariye ibigo by'ubucuruzi kwigira kuri World Vision mu kugeza amazi meza ku Banyarwanda bose.

    Ati 'Abafatanyabikorwa mwese muri hano turabasaba gushora imari mu bikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage kugira ngo dufashe igihugu cyacu kugera ku ntego cyihaye y'uko abaturage bose bakwiye kugira amazi meza ndetse akagera mu bice byose by'u Rwanda.'

    Ubushakashatsi bwa karindwi ku Mibereho Rusange y'Ingo (EICV7), bwagaragaje ko Abanyarwanda bagerwaho n'amazi meza bageze kuri 90% bavuye kuri 87% mu 2017.

    Umuyobozi wa World Vision ushinzwe ibikorwa, Innocent Mutabaruka, yasabye abafatanyabikorwa gushora mu bikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage mu rwego rwo kugabanya imibare y'abantu bakoresha iminota myinshi bajya kuvoma

    Umuyobozi ushinzwe porogaramu muri BK Foundation, Pascal Nkurunziza, yari yitabiriye iki gikorwa

    Habaye ibiganiro nyunguranabitekerezo ku buryo ibikorwa by’amazi, isuku n’isukura bizagezwa ku baturage mu gihugu mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere

    World Vision irateganya kugeza amazi,isuku n’isukura ku baturage 1,3 miliyoni mu myaka itanu


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/world-vision-izageza-amazi-isuku-n-isukura-ku-baturage-barenga-miliyoni-mu

  • Tuzagaruka: Ubuhamya bw'Ababiligi bitabiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare – #rwanda #RwOT

    U Bubiligi bufite ikipe yitabiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare, n'abandi benshi bayiherekeje ngo bihere ijisho imbonankubone iri siganwa.

    Iri tsinda rikigera mu Rwanda ryakoze ibikorwa binyuranye birimo iby'imikino no gusura ahantu ndangamateka.

    Manu Wauthier ati 'Mu gitondo, twagiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi no ku Ngoro ya Camp Kigali.'

    Uyu mugabo yavuze ko kwereka abashyitsi inzibutso bibafasha kumva no gusobanukirwa amateka y'igihugu, n'imbaraga zashyizwe mu kudaheranwa nayo mateka rwaciyemo.

    Ati 'Buri gihe iyo mperekeje abashyitsi, mba nshaka ko basura hariya hantu kugira ngo barusheho gusobanukirwa u Rwanda rw'ubu.'

    Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi n'urwibutso rwa Camp Kigali bituma umuntu abona amakuru yose mu buryo bwihariye, ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi n'uburyo abasirikare b'Ababiligi bari mu butumwa bwo kugarura amahoro mu 1994 bishwe, no kumva neza ubudaheranwa bw'u Rwanda.

    Benshi mu bitabiriye iyi mikino babanje gutembera hafi y'aho abakinnyi bazahagurukira, abandi bajya kureba umupira w'amaguru i Nyamirambo, baganira ku bitangaje babonye mu Mujyi utuje kandi usukuye.

    Ati 'Basubiramo inkuru z'ibyo bahuye na byo n'ibyo babonye bafite amarangamutima menshi, batangajwe cyane n'ubwiza n'isuku biranga umujyi wa Kigali, ubuntu n'urugwiro Abanyarwandakazi n'Abanyarwanda bakirana abashyitsi.'

    Yahamije ko hari abamaze gufata icyemezo cy'uko mu minsi iri imbere bazasubira mu Rwanda kubera ibyo biboneye n'amaso.

    Ati 'Hari umugore n'umugabo bari muri iri tsinda twazanye bambwiye bati 'Tuzagaruka''

    Uyu mugabo wageze mu Rwanda aherekeje abitabiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare yatangiye ku wa 21 Nzeri 2025, yavuze ko we amaze gusura u Rwanda inshuro nyinshi.

    Ati 'Njyewe ubwanjye, naje mu Rwanda kuva mu 1980, kandi buri gihe ngarutse mu Rwanda, nterwa ishema n'iterambere ry'igihugu ndetse n'uko Abanyarwanda batwakira.'

    Ibyo uyu mugabo avuga bishimangira ukuri benshi mu basura u Rwanda baba barabwiwe nubwo hari amashusho n'inkuru bikwirakwizwa na bamwe babuza ba mukerarugendo kurusura.

    Ishusho y'u Rwanda rw'uyu munsi ireshya buri wese kubera isuku n'umutekano, kwakirana abantu yombi ndetse muri iki gihe rwakiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare, ni umwanya mwiza ku bayitabiriye ngo bibonere bimwe mu byo babwiwe kandi bazagende babibarira abandi na bo barusure bihere ijisho.

    Umubiligi Manu Wauthier yavuze ko abo bageranye mu Rwanda banyuzwe

    Iri tsinda rikigera mu Rwanda n'a RwandAir, ryakoze ibikorwa binyuranye birimo iby'imikino no gusura ahantu ndangamateka

    [email protected]


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/tuzagaruka-ubuhamya-bw-ababiligi-bitabiriye-shampiyona-y-isi-y-amagare

  • Hatashywe Intare Cultural Centre y'i Nyanza yatwaye asaga miliyari 3 Frw – #rwanda #RwOT

    Ni inyubako igeretse kabiri, iherereye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Rwesero, mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza.

    Ifite imbuga nini yakira imodoka zirenga 150, ikagira inzu mberabyombi yakira abantu 1000 bicaye neza, ibyumba byagenewe ibiro 12 bishobora gukoreshwa n'abikorera babishaka, umwanya munini hejuru y'igisenge wakoreshwa nk'ahantu ho kwakirira abantu, ndetse n'igikoni kinini cyagenewe gutekera abantu benshi.

    Umuyobozi wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y'Amajyepfo, Kayitesi Alice, yavuze ko iyi nyubako ikemuye ibibazo byo kubura aho gukorera inama, kuko izajya yakira umubare munini w'abitabiriye inama runaka, abitabiriye ubukwe n'ibindi birori bihuza abantu benshi.

    Ati 'Kugeza ubu dufite icyumba cy'inama gishobora kwakira abantu 1000 bicaye neza, urumva ko iyi ari intambwe inejeje. Usibye inama kandi, harimo n'ibiro byinshi byatangiye gukorerwamo serivisi zitandukanye ndetse hari n'ahagenewe ibikorwa bya siporo, ibitaramo kandi ibi biri mu byo abanyamuryango b'Akarere ka Nyanza bahoraga bifuza kugeraho.'

    Umuyobozi wa Intare Investment Group izaba icunga iyi nyubako, Iribagiza Claire yashimiye Abanyamuryango ba FPR -Inkotanyi mu Ntara y'Amajyepfo ku bw'iki gikorwa cy'indashyikirwa bagezeho.

    Ati 'Hari inama nyinshi zaberaga i Kigali zigiye kujya zibera muri iyi nyubako, abanyamuryango biyuzurije, kandi urumva ko ari iterambere rihuriweho rigeze hose.'

    Ntirenganya Peter utuye mu Mujyi wa Nyanza yavuze ko iyi nzu yatangiye gukemura byinshi, aho nta muntu ukigira impungenge z'aho yakorera ibirori by'abantu benshi nk'ubukwe.

    Ati 'Yakemuye byinshi kuko ab'i Nyanza nta hantu heza hagutse bari bafite ho gukorera ubukwe cyangwa ibindi birori, cyane cyane mu gihe cy'imvura kuko burya irogoya ibirori cyane, ugahora wumva umutima uhagaze igihe cyose bitararangira, ariko ubu byarakemutse.'

    Imirimo yo kubaka iyi ngoro y'Umuryango FPR-Inkotanyi yatangiye mu mwaka wa 2022, yuzura muri Kanama 2024, ikaba yarazanye isura nshya mu Mujyi wa Nyanza.

    Indi nkuru bijyanye: Ubwiza bwa Intare Cultural Centre, yibagije ab'i Nyanza agahinda ko kubura aho bakorera ibirori

    Intare Cultural Centre yatwaye miliyari 3 Frw

    Intare Cultural Centre ifite icyumba gishobora kwakira abantu 1000 bicaye neza

    Intare Cultural Centre iherereye mu Karere ka Nyanza

    Hari n’imbuga iri hejuru y’inzu yakira abasaga 300 baba bitegeye Umujyi wa Nyanza

    Iyi ngoro ya FPR Intokanyi yatashywe ku mugaragaro n’Umuyobozi w’Umuryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice

    Intare Cultural Centre yitezweho kwakira inama zitandukanye ziba zitabiriwe n’abantu benshi

    Intare Cultural Centre inafite igikoni cyateganyirijwe gutunganya amafungura yo ku rwego rwa hoteli y’inyenyeri eshanu

    Iyo uhagaze ku nzu hejuru, uba witegeye ibice byinshi by’Umujyi wa Nyanza

    Gutaha Intare Cultural Centre byitabiriwe n’Abayobozi b’Umuryango FPR Inkotanyi mu turere dutandukanye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hatashywe-intare-cultural-centre-y-i-nyanza-yatwaye-asaga-miliyari-3-frw

  • Abagera kuri 30% ntibafite amakuru kuri serivisi z'imyororokere – Ubushakashatsi – #rwanda #RwOT

    Ni ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 292 bo mu turere umunani tw'u Rwanda, bukorerwa ku bantu bari mu byiciro bitandukanye barimo urubyiruko, abakora umwuga w'uburaya, abafite ubumuga n'abanyamuryango ba LGBTQ.

    Muri buri cyiciro, ubu bushakashatsi bwagaragaje ko hari ibibazo bitandukanye. Nk'abakora uburaya, byagaragaye ko bagira amakuru make ku bijyanye n'ubuzima bw'imyororokere ndetse ntibanagire amakuru y'uburyo bakwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    Byagaragaye ko nibura 75% by'ababukora badafite amakuru ahagije. Abangavu 73% na bo nta makuru ahagije bafite mu gihe abanyamuryango ba LGBTQ badafite amakuru ahagije bangana na 70%, na 50% ku bafite ubumuga.

    Umukozi wa Tanga Community, Uwizeyimana Josiane, yavuze ko igitekerezo cyo gukora ubu bushakashatsi cyaturutse ku gushaka kumenya ibibazo bikiri hirya no hino mu bijyanye no kubona amakuru ndetse na serivisi ku buzima bw'imyororokere.

    Ati 'Twararebye dusanga imibare y'abangavu baterwa inda ikiri hejuru, turibaza tuti 'ko Leta yashyizeho ingamba zo guhangana n'iki kibazo, kuki imibare ikiri hejuru?' Ibyo byatumye dushyira imbaraga mu gukora ubu bushakashatsi.'

    Umukozi w'Umuryango utari uwa Leta, Feminist Action Development Ambition (FADA), na wo wagize uruhare muri ubu bushakashatsi, Djamali Shema, yagaragaje ko abanyamuryango ba LGBTQ bahura n'ikibazo cyo kutamenya amakuru, ariko n'abayafite bakagira isoni zo kujya gushaka serivisi ku bigo nderabuzima, kubera ko abantu bashobora kubashyira mu kato no kubaheza.

    Ati 'Hari igihe abantu bafata abanyamuryango ba LGBTQ nabi, bagashaka kubagira ibicibwa kubera imyumvire, ibyo bigatuma biheza, ntibajye no gushaka serivisi zijyanye n'ubuzima bw'imyororokere.'

    Yavuze ko kimwe mu byakemura iki kibazo ari 'gukora ubukangurambaga, abantu bakumva ko abanyamuryango ba LGBTQ ari abantu nk'abandi, n'ababakorera ihohoterwa bakarushaho guhanwa.'

    Yanashimiye Leta y'u Rwanda, avuga ko hari byinshi byakozwe mu rwego rwo kwita ku buzima bwabo birimo no kubashyiriraho serivisi zihariye zitangirwa ku bigo nderabuzima.

    Uwizeyimana Chantal wavugiye abafite ubumuga, yashimangiye ko kimwe mu bibazo babonye ari ikijyanye n'uburyo abafite ubumuga bagera kuri serivisi zitandukanye.

    Ati 'Hari n'igihe izo serivisi ziba ziboneka ku kigo nderabuzima ariko uburyo bwo kuhagera bukagorana.'

    Yongeyeho ko ikibazo cy'ibanga ry'umurwayi na cyo cyagaragaye cyane cyane mu gihe ufite ubumuga yaherekejwe kwa muganga, akinjirana n'umuherekeza we mu cyumba cya muganga.

    Yashimangiye ko ubukangurambaga ari ikintu gikenewe gushyirwamo imbaraga, ariko bikajyana no kubaka ibikorwaremezo ku buryo bishobora gukoreshwa n'abafite ubumuga.

    Hakizimana Sylvestre Samuel yavuze ko urubyiruko rugira ikibazo cy'ubushobozi, cyane cyane urwo mu byaro.

    Ati 'ugusanga niba akeneye nko kugura agakingirizo, biramugoye kuko ubushobozi ari buke.'

    Uwizeyimana yavuze ko yizeye ko ubu bushakashatsi buzatuma abantu barushaho kuganira ku bibazo bigihari mu bijyanye no kubona amakuru na serivisi ku buzima bw'imyororokere.

    Ati 'Serivisi ku buzima bw'imyororokere ni ishingiro ryo kubaka igihugu cyiza cy'ejo hazaza, dukwiriye kurushaho kubiganiraho mu rwego rwo gukemura ibibazo bigihari.'


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abagera-kuri-30-ntibafite-amakuru-kuri-serivisi-z-imyororokere-ubushakashatsi

  • Ubumenyi buke, icyuho cyatuma sosiyete sivile yisanga mu byaha by'iyezandonke – #rwanda #RwOT

    RGB yabigarutseho mu biganiro yagiranye n'imiryango Nyarwanda na Mpuzamahanga itari iya Leta, ku wa 18 Nzeri 2025.

    Ni ibiganiro byari bigamije kongera ubukangurambaga bwo gukumira ibikorwa by'iyezandonke, gutera inkunga iterabwoba no gutera inkunga ikwirakwiza ry'intwaro za kirimbuzi.

    Umuyobozi w'Ishami rishinzwe Imitwe ya Politiki na Sosiyete Sivile mu Rwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere (RGB), Kazaire Judith, basanze imiryango itari iya Leta myinshi idafite amakuru kuri politiki yo kurwanya iyezandonke n'ibyaha byo gutera inkunga iterabwoba.

    Agira ati 'Mu isesengura twakoze ku miryango itandukanye mu bijyanye no gukumira ibi byaha, imwe mu mbogamizi twabonye ni uko iyi miryango itanafite amakuru n'ubumenyi bihagije ku buryo bwo gukumira no kurwanya ibi byaha kandi iyo utazi ikintu gishobora kukugwiririra igihe icyo ari cyo cyose. Ni yo mpamvu tugomba kubigisha no kubasobanurira ndetse byanaba bakamenya inzego babishyikiriza.'

    Kazaire yakomeje avuga ko RGB izakomeza kubakira ubushobozi sosiyete sivile kugira ngo bashyireho ingamba zikomeye zo kurwanya ibi byaha.

    Yagize ati 'Tugomba kumenyesha iyi miryango ko iyi politiki ihari kandi tukanabasobanurira ko ibyo bintu bihari, tukabubakira ubushobozi mu gushyiraho ingamba n'imirongo ngenderwaho kuko iyo abantu bafite amakuru babasha kwirinda.'

    Umuyobozi Mukuru wa Never Again Rwanda, Dr. Joseph Nkurunziza Ryarasa, yavuze ko hari imiryango itari ifite amakuru ahagije ku buryo yashoboraga kwisanga ari umuyoboro w'ibi byaha, agaragaza ko ibiganiro nk'ibi bibongerera ubumenyi.

    Yagize ati 'Akenshi usanga hari imiryango idafite amakuru kandi iyo abantu badasobanukiwe barakosa cyangwa bagakora ibyaha. Hari imiryango mike yari ibifiteho amakuru ariko imyinshi nta makuru yari ibifiteho bashoboraga kwisanga baguye muri uyu mutego.'

    Yongeyeho ko bitoroshye gukora ubugenzuzi ku baterankunga n'abafatanyabikorwa bakorana n'imiryango yabo gusa agaragaza ko babifashijwemo n'inzego zitandukanye n'ikoranabuhanga bazabigeraho.

    Mu Rwanda habarurwa imiryango itari iya Leta ingana 2.366.

    Raporo ya RGB y'umwaka wa 2023/2024, imiryango Nyarwanda itari iya Leta yasabye icyangobwa cyo kwandikwa by'agateganyo yari 247 muri yo iyemerewe ni 109. Mu gihe imiryango mvamahanga itari iya Leta yasabye kwandikwa yari 25, iyemerewe ni 21.

    RGB yagiranye ibiganiro n’imiryango Nyarwanda na Mpuzamahanga itari iya Leta

    Kazaire Judith yasobanuye ko kutagira ubumenyi buhagije ku byaha bishobora gutuma abantu bisanga mu byaha


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ubumenyi-buke-icyuho-cyatuma-sosiyete-sivile-yisanga-mu-byaha-by-iyezandonke

  • Rayon Sports itsindiwe i Nyamirambo, Ndikumana Asman akurwa mu kibuga kuri Ambulance #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yatsindiwe na Singida Black Stars mu igitego kimwe ku busa, amahirwe yo gukomeza mu cyindi cyiciro aragabanuka.

    Wari umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup, Rayon Sports yari yakiriye Singida Black Stars kuri Kigali Pelé Stadium saa 19h00′.

    Umutoza wa Rayon Sports yari yagiye akora impinduka aho nka myugariro Youssou Diagne yari yabanje hanze, aho gukinisha Basane azanamo Adama Bagayogo. Ni mu gihe atari afite afite abakinnyi nka Emery Bayisenge, Bigirimana Abedi na Fall Ngagne bafite imvune.

    Gusa yari yahisemo kureka gukina sisiteme ya 3-5-2 yari amenyereweho ahitamo gukina 4-4-2

    Singida Black Stars yatangiye ikina ibintu bituje ubona irimo yiga imikinire ya Rayon Sports.

    Rayon yo yatangiye ishaka gukina umukino wihuta ariko ubwugarizi bwa Singida bukitwara neza.

    Singida Black Stars yaje kwinjira mu mukino ndetse inatanga ibimenyetso ko isaha n’isaha yabatsina igitego.

    Ni ko byaje ku genda ku munota wa 22 ubwo Marouf Tchakei yatsindaga igitego cya mbere n’umutwe ku mupira yari ahawe na Chama wari uhannye ikosa. Ni ikosa Fabrice yari akoreye Emmanuel Keyekeh.

    Singida wabonaga irimo irusha Rayon Sports iba yabonye igitego cya kabiri ku munota wa 40 ku mupira Ande Koffi yahinduye imbere y’izamu Serumogo akenda kwitsibda ariko Pavelh Ndzila awukuramo.

    Ku munota wa 42, Marouf Tchakei yahinduye umupira imbere y’izamu ashaka Chama ariko Pavelh Ndzila arahagoboka. Igice cya mbere cyarangiye ari 1-0.

    Rayon Sports yatangiye igice cya kabiri ikora impinduka ikuramo Adama Bagayogo hinjiramo Aziz Basane.

    Ku munota wa 62 Habimana Yves yavuyemo hinjiramo Tony Kitoga.

    Rayon Sports yatangiye gukina ubona ishaka igitego aho ku munota wa 64, Tony Kitoga yahinduye umupira mwiza imbere y’izamu ariko Ndikumana Asman ananirwa gushyira mu rushundura.

    Chama aba yatsindiye Singida Black Stars igitego cya kabiri ariko umunyezamu Pavelh Ndzila amubera ibamba.

    Ku munota wa 74, Chama yavuye mu kibuga asimburwa na Elvis Rupia. Ni nako ku munota wa 76. Richard Ndayishimiye yaje guha umwanya Mohammed Chelly. Ku munota wa 87 Ishimwe Fiston yasimbuye Tambwe Gloire.

    Ubwo bari bamaze kongeraho iminota itanu y’inyongera, umukino wahagaze iminota 6 kubera rutahizamu wa Rayon Sports, Ndikumana Asman wagize ikibazo cy’imvune y’urutugu ndetse nta mukinnyi wamusimbuye kuko byari byarangiye. Umukino warangiye ari 1-0.

    Umukino wo kwishyura uzabera muri Tanzania tariki ya 26 Nzeri 2025.

    Dore 11 babanjemo ku mpande zombi

    Rayon Sports

    Pavelh Ndzila
    Serumogo Ali (C)
    Nshimimana Fabrice
    Nshimiyimana Emmanuel Kabange
    Rushema Chris
    Niyonzima Oliveir Seif
    Ndayishimiye Richard
    Tambwe Gloire
    Adama Bagayogo
    Habimana Yves
    Ndikumana Asman

    Singida Black Stars

    Amas Obasogie
    Ande Koffi
    Morice Chukwu
    Anthony Trabi
    Nickson Kibabage
    Khalid Habib
    Khalid Aucho
    Emmanuel Keyekeh
    Clatous Chota Chama
    Marouf Tchakei
    Malanga Horso Muaku

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11899

  • Umunyezamu wa Rayon Sportd yakoze impanuka ikomeye #rwanda #RwOT

    Umunyezamu wa Rayon Sports ukomoka muri Mali, Drissa Kouyate yakoze impanuka ikomeye agenda n’amaguru aho ashobora kuba yagize n’ikibazo cy’umugongo.

    Ibi byabaye nyuma y’umukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup ikipe ye ya Rayon Sports yatsinzwemo na Singida Black Stars 1-0.

    Ubwo yari atashye yaje kugwa muri ruhurura iri inyuma ya Kigali Pelé Stadium ahabereye uyu mukino.

    Abazi iki kibuga cya Kigali Pelé, ku muryango w’inyuma aho amakipe yinjirira, ni naho yasohokeye.

    Kuri uwo muryango hepfo gato hari ruhurura inyuramo amazi.

    Ubwo yari ageze hanze arimo amanuka, amakuru ISIMBI yamenye ni uko yahuye n’abana bamusaba amafaranga n’ibyo kurya yari afite.

    Drissa Kouyate yabahaye amandazi yari afite, bakomeje kumukurikira bamusaba n’amafaranga na we agenda abahunga.

    Muri uko kubahunga nibwo yaje kwisanga aguye muri ruhurura iri inyuma ya Stade.

    Mu mashusho ISIMBI ifite ariko itashyira hanze, agaragaza uyu munyezamu yaguye muri ruhurura ya metero zishobora kuba zigera muri 2 atabasha no kweguka arimo ataka cyane.

    Byabaye ngombwa ko batabaza abaganga b’ikipe bafatanya n’abandi bantu kumukuramo.

    Nubwo bitaremezwa n’abaganga ariko uyu munyezamu yavunitse ukuboko agira n’ikibazo cy’umugongo.

    Yahise asubizwa muri Stade ya Kigali Pelé kugira ngo ahabwe ubutabazi bw’ibanze.

    Drissa Kouyate yinjiye muri Rayon Sports mbereye y’uko uyu mwaka w’imikino wa 2025-26 utangira.

    Drissa Kouyate yakoze impanuka ikomeye

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11900