Author: webrwanda

  • Gatsibo: Abasaga 400 basuzumwe indwara zitandura ku buntu – #rwanda #RwOT

    Indwara zitandura ni kimwe mu bihangayikishije Isi n'u Rwanda by'umwihariko kuko imibare ya RBC yo mu 2020 igaragaza ko nibura 15,3% by'abantu bakuru barwaye indwara y'umuvuduko w'amaraso. Ni mu gihe kandi 30% by'abapfa bari mu bitaro bazira izi ndwara.

    Ibi biri mu byatumye Rotaract Club ya KIE ifatanyije n'umuryango utegamiye kuri Leta witwa Goodlife Access batangiza serivisi zo gupima izi ndwara mu Murenge wa Ngarama.

    Ni igikorwa cyakozwe ku wa 20 Nzeri 2025, akaba ari kimwe mu bikorwa iyi club isanzwe ikora byo gukomeza gufasha igihugu kwegereza abaturage serivisi z'ubuvuzi.

    Rotaract Club ya KIE ni imwe muri Rotaract umunani, zihura na Rotary Club 12 zikubaka Rotary Rwanda. Rotaract ni urubyiruko rushamikiye kuri Rotary, naho interact ni abaterengeje imyaka 18 cyane cyane bari mu mashuri y'isumbuye.

    Iki gikorwa cyatewe inkunga kandi cyitabirwa n'andi matsinda ya Rotary akorera i Kigali arimo, Rotary Club ya Kigali Virunga, Rotary Club ya Kigali Doyen, Rotary Club ya Kigali Golf, na Rotary club ya Kigali Cosmopolitan. Iki gikorwa kandi cyitabiriwe n'abanyamuryango b'izindi Rotaract club mu gufasha bagenzi babo

    Perezida wa Rotaract Club KIE, Mutuyimana Pascaline, yavuze ko basanzwe bakora ibi bikorwa ariko bakaba barahisemo aka gace mu buryo bwo kubegereza serivisi z'ubuzima cyane cyane babasha kumenya uko bahagaze.

    Ati 'Twahisemo kuza hano nko mu gice cy'icyaro aho abantu benshi batazi uko bahagaze ku buzima bwabo ku bijyanye n'izi ndwara zitandura rimwe na rimwe bakabimenya bakerewe ugasanga bakuyemo izindi ngaruka zikomeye kandi byaba byiza birinze hakiri kare.'

    Yakomeje avuga ko bahisemo no kubagenera ubwisungane mu kwivuza kugira ngo indwara bashobora gusanga barwaye bazabashe kuzivuza mu buryo bworoshye.

    Ati 'Twahisemo kubahereza ubwisungane mu kwivuza kugira ngo bamwe mu bazasanga banduye izo ndwara bazabashe kubona uburyo bwo kwivuza mu buryo bworoshye.'

    Umuyobozi wa Rotaract Rwanda, Musoni Ronald, yavuze ko bahisemo gukora iki gikorwa kubera uburyo abantu benshi bakunze kubura ubuzima kubera kutisuzumisha hakiri kare.

    Ati 'Iki gikorwa cyaje bitewe n'ibibazi biri muri sosiyete byo kutamenya uko ubuzima bwafu buhagaze akenshi bikunze gutuma tubura abantu kubera ko batigeze bamenya ibyo bari barwaye.'

    Umuyobozi wa Goodlife Access, Ida Alexandra, agaragaza igikorwa cyo gusuzuma indwara abaturage cyagenze neza kubera ko umubare bari biteze bawurengeje ndetse bakaba bateganya kugaruka gukora ibi bikorwa.

    Ati 'Twari dufite intego yo gusuzuma indwara zidakira abantu 300 ariko abaturage bo muri uyu murenge bitabiriye igikorwa cyane kubera ko bageze kuri 400.'

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Ngarama, Niyonziza Félicien, yashimiye uyu muryango wa Rotary club wafashije abaturage batuye uyu murenge kumenya uko bahagaze ndetse bamwe muri bo bagahabwa ubwisungane mu kwivuza.

    Ati 'Abaturage babyishimiye kubera ko uyu wari umunsi w'isoko kubera ko bari baje guhaha baboneraho no guhabwa serivisi zo gusuzuma ubuzima bwabo ku buntu kandi turashimira ubuyobozi bwabashije guha ubwisungane bwo kwivuza abagera kuri 200.'

    Rotary Club ni umuryango udaharanira inyungu ukora ibikorwa by'ubugiraneza birimo gufasha abatishoboye, gutanga amazi meza ku baturage, kurwanya indwara z'ibyorezo no gutanga umusanzu mu bikorwa byose bigamije guteza imbere sosiyete.

    Umuyobozi wa Rotaract Rwanda, Musoni Ronald, yavuze ko bahisemo gukora iki gikorwa kubera uburyo abantu benshi bakunze kubura ubuzima kubera kutisuzumisha hakiri kare.

    Gitifu Niyonziza Félicien yashimiye Rotary club wafashije abaturage batuye uyu murenge kumenya uko bahagaze ndetse bamwe muri bo bagahabwa ubwisungane mu kwivuza

    Perezida wa Rotaract Club KIE, Mutuyimana Pascaline, yavuze ko biteguye gukomeza gutanga umusanzu mu Rwanda wo kugeza ubuvuzi ku baturage bose

    Abaje kwisuzumisha babanje gutanga imyirondoro

    Abakuze nibo bitabiriye gahunda kwipimisha ku bwinshi

    Abana na bo basuzumwe indwara zitandura barwaye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gatsibo-abasaga-400-basuzumwe-indwara-zitandura-ku-buntu

  • Amb. Swinnen w'u Bubiligi yajiginywe kuko u Rwanda rwarakiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho ubwo yatangaga ubuhamya mu Rukiko rwa Rubanda rw'Ubujurire mu Bufaransa mu rubanza rwa Dr. Munyemana Sosthène wajuririye igihano cy'imyaka 20 yahanishijwe nyuma yo guhamwa n'ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Johan Swinnen watanze ubuhamya bwe ku wa 22 Nzeri 2025 mu iburanisha ryamaze amasaha arenga atandatu.

    Ubwo yabazwaga ku bijyanye no kuba yaremeye gutanga ubuhamya mu rubanza rw'Umunya-Cameroun usanzwe ari Umushakashatsi akaba n'Umunyamakuru, Charles Onana wahamijwe ibyaha byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yasubije ko hari ibyo batemeranya biri mu bitabo bye.

    Swinnen kandi yagaragaje ko ngo yashenguwe no kuba u Rwanda rwaragiriwe icyizere cyo kwakira Shampiyona y'Isi y'Amagare n'uburyo rwagiriwe icyo cyizere.

    Yavuze ko bitumvikana ku gihugu cyica amategeko mpuzamahanga, kikica nkana amategeko y'igihugu bituranye avuga ko bitari igihe cyiza cyo kugirirwa icyizere.

    Ati 'Ntabwo byari igihe cyiza.'

    Uretse Amb Swinnen, Umudepite w'u Bubiligi witwa Lydia Mutyebele Ngoi, na we aheruka kwandika ku rubuga rwa X, agaragaza ko u Rwanda rutari rukwiye kwemererwa kwakira Shampiyona y'Isi y'Amagare arushinja guhonyora uburenganzira bwa muntu, akifuza ko ruhabwa akato mu mikino nk'uko byakorewe u Burusiya.

    Mu kumusubiza, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga Amb. Olivier Nduhungirehe, yagize ati “Madamu Mudepite, Ababiligi bagenzi bawe bari i Kigali baragutashya. Umukinnyi wanyu w'indashyikirwa, Remco Evenepoel, na we yatsinze, ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, mu bagabo mu gusiganwa n'ibihe.”

    Yongeyeho ati “Ahasigaye, usome ku mazi ashyushye, ubundi biraza gushira”.

    Nubwo bavuga ibyo ariko Umubiligi Remco Evenpoel aheruka kwandikira amateka mashya i Kigali ubwo yegukanaga Shampiyona y'Isi y'Amagare muri ITT mu gihe Van Wilder yegukanye umudali w'umuringa kuko yabaye uwa gatatu.

    Ku wa 23 Nzeri 2025 nabwo Umubiligi, Seff van Kerckhove, yaje ku mwanya wa gatatu arushwa amasegonda umunani.

    Abo Babiligi baravuga ibyo mu gihe Umujyi wa Kigali wabaye uwa kabiri ku Isi wakiriye Shampiyona y'Isi yo gusiganwa ku magare yitabiriwe n'abakinnyi benshi barenga 760, ndetse bwa mbere mu mateka ibihugu bya Afurika bigira abakinnyi benshi kurenza indi migabane.

    Iri rushanwa ryaritabiriwe ku buryo buhambaye, aho ibihugu 108 byohereje abakinnyi babyo. Kigali yahise iba Umujyi wa Kabiri wakiriye ibihugu byinshi muri iyi mikino, inyuma y'uwa Glasgow wo muri Écosse wakiriye ibihugu 110 mu 2023.

    Ni ku nshuro ya mbere mu mateka y'uyu mukino haba mu myaka 125 UCI imaze ishinzwe n'inshuro 98 Shampiyona y'Isi iri gukinwa ibereye muri Afurika.

    Amb Swinnen yashenguwe no kuba u Rwanda rwarakiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare

    Shampiyona y’Isi y’Amagare ikomeje kuryohera abanya-Kigali

    Ababiligi mu mihanda ya Kigali bakomeje kuryoherwa

    Ababiligi bakomeje gutsindira ibihembo muri Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera i Kigali

    Abanyakigali bakomeje kugaragaza urukundo rw’igare


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amb-swinnen-w-u-bubiligi-yajiginywe-kuko-u-rwanda-rwarakiriye-shampiyona-y-isi

  • Amafaranga ibihumbi bibiri(2,000Frws) yamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni 26 muri FORTEBET #rwanda #RwOT

    Umunyamahirwe wafashe umwanya we agatekereza neza, agakora Ipari y'Ibihumbi bibiri gusa(2,000frws) yatsindiye amafaranga y'u Rwanda asaga na Miliyoni makumyabiri n'esheshatu(26,000,000Frws). Ku Ipari ye, hamwe yaguraga gutsinda ku ikipe, ahandi ibitego birenze( Over). Yatangiriye ku mikino yabaye kuva tariki ya 05 Nzeri 2025 ageza ku mikino yabaye tariki 18 Nzeri 2025 ubwo imikino yose yaguze aribwo yari irangiye akegukana akayabo k'izo Miloyoni.

    Ipari y'uyu Munyamahirwe, yamaze ibyumweru bibiri byose ategereje ko ikipe ya nyuma ibona intsinzi kuko kuva ku mikino yabaye tariki 05 Nzeri 2025 ku gera ku mukino wa nyuma wo kuwa 18 Nzeri 2025, buri kipe yaguze yari ifite amatariki ndetse n'amasaha igomba gukiniraho bitewe na Shampiyona ya buri Gihugu uko zari zipanze.

    Iyi Pari y'uyu Munyamahirwe, ku mafaranga ye ibihumbi bibiri(2,000Frws) gusa yatsindiye Miliyoni ze 26,099,320RWF. Kuri we nk'umukunzi wa FORTEBET byari ibihe bitoroshye aho yari ategereje ko umukino wa nyuma umuhesha izo Miliyoni urangira.

    Ku Ipari yari yakoze, yari yaguze ibitego birenze(Over) 1.5 mu mukino wahuje ikipe ya Manchester City na Napoli, aho uyi mukino warangiye ari 2-0, agura Barcelona gutsindira New Castle iwayo muri Shampiyona y'Abongereza( Champions League) yabaye mu cyumweru gishize!.

    Uyu munyamahirwe, iyo aba ari kureba iyi mikino byari kumurwaza umutima kuko New Castle yari hafi kwishyura aho bari batsinzwe 2-0 byatsinzwe na Marcus Rashford gusa Barcelona yihagazeho kugeza ku munota wa nyuma. Gusa na none, ntibari baziko bafashije Umunyarwanda gutsindira akayabo k'asaga 26,099,320 RWF.
    Iyi ntsinzi iri ku itike ifite nimero 3524772572469999.
    Turakwishimiye!
    intyoza.com

    The post Amafaranga ibihumbi bibiri(2,000Frws) yamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni 26 muri FORTEBET first appeared on Intyoza.

    The post Amafaranga ibihumbi bibiri(2,000Frws) yamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni 26 muri FORTEBET appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/24/amafaranga-ibihumbi-bibiri2000frws-yamuhesheje-gutsindira-asaga-miliyoni-26-muri-fortebet/

  • Kamonyi: Kugira ngo Itungo rigire umutekano rikwiye kugira Ubwishingizi-Visi Meya Uzziel Niyongira #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'Akarere ka kamonyi wungirije ushinzwe iterambere ry'Ubukungu, Uzziel Niyongira asaba buri muturage wa Kamonyi ufite itungo kurishyira mu bwishingizi. Avuga ko intego Akarere gafite ndetse n'abafatanyabikorwa ari uko buri tungo ryose ryemerewe ubwishingizi rigomba kububonekamo. Ahamya kandi ko Nta kigoye umuturage kuko na Leta yemeye gushyiramo 40% nka Nkunganire.

    Uzziel Niyongira, ahamya ko nta mpungenge umuturage akwiye kugira kuri ubu bwishingizi kuko na Leta ubwayo imubereye ijisho kandi ko yanamushyiriyemo 40% ya Nkunganire. Ahamya ko Akarere n'Abafatanyabikorwa bari mu bukangurambaga bwo gusobanurira no kwereka abaturage inyungu bafite mu kugira ubu bwishingizi bw'Amatungo yabo ndetse n'Imyaka.

    Abitabiriye inama ku bukangurambaga ku bwishingizi bw'amatungo ndetse n'imyaka, basabwe kongera imbaraga mu kwegera umuturage no kumufasha kuzamura imyumvire.

    Ati' Leta yemeye gushyiramo 40% y'agaciro kose k'ibikenewe. Niba rero na Leta ishyiramo 40%, n'umuturage yarareberewe!, akwiye kumva inshingano ze ko iryo tungo rye akwiye kurishyira mu bwishingizi ryagira ikibazo ntarihombe ahubwo akaryishyurwa'.

    Agira kandi ati' Mu by'ukuri ubwishingizi iyo uburebye Leta yashyizemo amafaranga menshi, buri muturage akwiye kubyumva bityo ugize ibyago ntazimye igicaniro niba atunze Inka imwe ntahombe. Ntahombe Inguribe ye, Ntahombe Inkoko ze…., ahubwo ubwishingizi bukagaruka bukamusubiza iryo tungo bityo ubuzima bwe nti buhungabane'.

    Uzziel, asaba ko muri ubu bworozi bw'Amatungo nta kajagari ndetse na ba Rumashana bakwiye kuba bahagaragara. Ati' Aha byumvikane neza, ntabwo umuvetarineri wese akwiye kujya kwegera inka y'Umuturage n'irindi tungo adafite ibyangombwa bimwemerera kujya kuyivura. Byagaragaye ko harimo abashobora kujya kuyivura yagira ikibazo n'ibigo by'ubwishingizi bikanga kwishyura!'.

    Visi Meya Uzziel Niyongira, avuga ko nta Kajagari n'Abamamyi mu bworozi.

    Akomeza ati' Umuveterineri uziko adafite uruhushya rwo kuvura amatungo ni ayavemo akore ibindi. Uzagaragarwaho y'uko yavuye itungo kandi atabifitiye ububasha rikagira ikibazo azaryishyura. Turashaka guca akajagari k'abantu bumva ko buri wese yajya kuvura itungo kandi nta burengenzira abifitiye'.

    Nyiranshimiyimana Bernadette, Umworozi w'Inka utuye mu Kagari ka Ruyenzi, Umurenge wa Runda ho muri Kamonyi ahamya ko nta cyiza nko kugira ubwishingizi bw'Amatungo(Inka). Kuba mu bwishingiza byatumye yishyurwa itungo rye ryari ryagize ikibazo.

    Nyiranshimiyimana Bernadette, Umugore wishimira kuba Inka ze ziri mu bwishingizi. Yamaze gusobanukirwa n'ibyiza byo kubamo.

    Ati' Nashyize Inka zanjye mu bwishingizi ariko inyungu nabibonyemo ni uko Inka yanjye yabyaye ikagira imbogamizi zo guhaguruka. Rero haje Veterineri w'Umwuga arayikurikirana biranga abikorera Dosiye bafata umwanzuro wo kunyishyura. Bampaye amafaranga ndongera ngura indi, iyo mba ntari mu bwishingizi nari mpuye n'igihombo'. Akomeza ashishikariza buri wese ufite itungo kugana ubwishingizi kuko ngo guhura n'ibyago bikugwiririye utari mu bwishingizi bishobora kugusubiza hasi.

    Niyonshuti Lambert, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu kigo gishinzwe gutanga Serivise mu Buhinzi n'Ubworozi/DAS( Dedicated Agri Services Ltd) mu Rwanda ahamya ko kimwe mu byatumye batangira ubukangurambaga ku bwishingizi byaba Amatungo n'Ibihingwa ari ugushaka gukemura ubuke bw'abagana ubwishingizi bw'amatungo yabo ndetse n'Ibihingwa(imyaka), ariko kandi no kongera Abanyamwuga muri izi Serivise.

    Lambert Niyonshuti/DAS

    Mu kunoza ndetse no kwagura uko ubwishingizi bwakorwaga, avuga ko ahanini wasangaga Inzego za Leta arizo zibirimo cyane, aho wasangagamo; Vetarineri na Agoronome b'Umurenge ariko ubu ngo hashyizwemo n'urwego rw'abikorera muri buri Murenge, aho hazajyamo Abaveterineri bane, bivuze ko Kamonyi ifite Imirenge 12 igiye kubona Abaveterineri 48 mu gihe bari 12 gusa( ba Leta).

    Lambert, avuga ko ikijyanye no gufata Ubwishingizi ari ikintu kitarajya mu muco w'Abanyarwanda nyamara kandi ari ikintu cy'ingenzi buri wese akwiye kumva no kugira icye kuko biri mu nyungu ze igihe Itungo rye cyangwa imyaka byishingiwe hari ikibazo kibaye. Ahamya ko hamwe n'ubukangurambaga barimo, abantu bazabyumva bakabigira ibyabo.

    Ku batinya cyangwa se abagenda gahoro mu kujya mu bwishingizi babitewe ahanini n'impamvu z'amananiza akunze kuba mu bigo by'ubwishingizi, Lambert agira ati' Icyo twaragikemuye. Muri buri Karere dukoreramo twashyizemo Abaveterineri 5 bashinzwe gufasha umuturage gukurikirana za Dosiye, igihe Inka yagize ikibazo(yapfuye se) agafasha umuturage kumenya ibyo asabwa ndetse n'igihe akwiye kuba yabitangiye. Inyandiko zituzuye, gukererwa kugaragaza ikibazo n'ibyangombwa bisabwa, wasangaga bituma batishyurwa ariko ubu twarabikemuye nta kibazo kikirimo'.

    Mu karere ka Kamonyi, habarizwa Inka zisaga ibihumbi mirongo itanu ariko umubare w'izashyizwe mu bwishingizi uracyari hasi. Ni mu gihe kandi Umuhigo Akarere gafite muri uyu mwaka w'Ingengo y'Imari wa 2025-206 ari ugushyira mu bwishingizi Inka ibihumbi bitatu na Magana atanu(3,500). Ibi, ntabwo bikuraho ko hari abafatanyabikorwa bashobora gufasha mu gushyira mu bwishingizi umubare urenze kure Umuhigo Akarere gafite.

    Munyaneza Théogène

    The post Kamonyi: Kugira ngo Itungo rigire umutekano rikwiye kugira Ubwishingizi-Visi Meya Uzziel Niyongira first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi: Kugira ngo Itungo rigire umutekano rikwiye kugira Ubwishingizi-Visi Meya Uzziel Niyongira appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/09/24/kamonyi-kugira-ngo-itungo-rigire-umutekano-rikwiye-kugira-ubwishingizi-visi-meya-uzziel-niyongira/

  • Ikoranabuhanga rya AI ryagizwe minisitiri muri Albania rikomeje guteza impagarara – #rwanda #RwOT

    Ku wa 14 Nzeri 2025, ni bwo Minisitiri w'Intebe wa Albania, Edi Rama, yatangaje ko yashyizeho uburyo bw'ikoranabuhanga bw'ubwenge buhangano (AI chatbot) nka minisitiri, mu buryo bwo kurwanya ruswa.

    Nyuma iri koranabuhanga ryiswe Diella ryahise rihabwa umwanya mu nteko. Imbwirwaruhame yaryo yamaze iminota itatu, biteza intonganya hagati y'abadepite batavuga rumwe n'ubutegetsi aho bagaragaje ko bitumvikana uburyo ibi byabaho.

    Iri koranabuhanga ryahawe izina rya Diella bisobanuye 'izuba' mu rurimi rwo muri Albania, rishinzwe amasoko ya Leta.

    Diella yamuritswe mu ntangiro z'uyu mwaka. Yashyizwe ku rubuga ruzwi nka 'e-Albania' nk'uburyo bwo kwifashisha AI mu kugeza serivisi za leta ku baturage.

    Diella yahawe ishusho y'umugore w'imisatsi miremire wambaye imyambaro gakondo yo muri Albania.

    Diella ihawe ijambo yagize iti 'Ntabwo ndi hano mu gusimbura abantu ahubwo naje kubafasha mu byo mwari musanzwe mukora.'

    Yakomeje isobanura ko nta bwenegihugu ifite, nta byifuzo cyangwa inyungu ze bwite ishobora kugira ahubwo igaragaza ko icyo yaremewe ari ugukurikiza amabwiriza ndetse no kugerageza kugira indangagaciro nk'iza abantu, maze igafasha mu guhangana n'imigirire mibi.

    Abagize Inteko Ishinga Amategeko bo mu mashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi bavuve ubu buryo bwazanywe buhabanye n'icyo itegeko nshinga riteganya, ndetse ko ahubwo Diella izagira uruhare mu kongera ruswa.

    Mu kwiregura Diella yavuze itegeko nshinga riteganya uburyo ibigo bitanga serivisi ku baturage 'Ntabwo rivuga ku tunyangingo, amaraso n'ibindi bigize umuntu.'

    Abagize Inteko Ishinga Amategeko bahise basahinda, ibintu biradogera mu nteko, bamenagura amacupa, batera hejuru buri kimwe cyose. Ntibumvaga uburyo iryo koranabuhanga ryabasubiza uko.

    Diella iri rumwe rw'urugero rw'uburyo, Rama ashaka kugira Albania igihugu cyikamaza ikoranabuhanga no kuri serivisi z'imari ku buryo mu 2030, nta muntu uzajya ukora ku mafaranga afatika, ahubwo abantu bazajya bishyurana hisunzwe ikoranabuhanga.

    Ikoranabuhanga rya AI ryagizwe minisitiri muri Albania rikomeje guteza impagarara


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ikoranabuhanga-rya-ai-ryagizwe-minisitiri-muri-albania-rikomeje-guteza

  • Isinywa ry'amasezerano arimo ayo guhana ubutaka, mu byaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Misiri – #rwanda #RwOT

    Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa 23 Nzeri 2025, mu ruzinduko Perezida Kagame yagiriye mu Misiri.

    Perezida Kagame yabanje kugirana ibiganiro na Mugenzi we wa Misiri Abdel Fattah Al-Sisi, bikurikirwa n'ibyahuje abakuru b'ibihugu byombi n'amatsinda y'abayobozi bari kumwe.

    Amasezerano amaze gushyirwaho umukono, Perezida Kagame yavuze ko Misiri ari umufatanyabikorwa mwiza kandi ubufatanye bw'ibihugu byombi bugenda bwiyongera, ari na cyo cyagejeje mu masezerano yashyizweho umukono.

    Ati 'Amasezerano yasinywe uyu munsi yubakiye ku musingi ukomeye twubatse kera. Dufatanyije turi kubaka ikigo kigezweho cyo kuvura indwara z'umutima i Kigali, kizateza imbere ubuvuzi bw'indwara z'umutima mu Rwanda no hanze yarwo.'

    Amaserano yashyizweho umukono arimo ayo guteza imbere ishoramari hagati y'impande zombi, imicungire y'amazi, guhana ubutaka ku mpande zombi, no guteza imbere imijyi n'imiturire.

    Perezida Kagame yashimangiye ko 'Ubu bufatanye bwongererwa imbaraga n'uburezi no kongerera ubushobozi abakozi. Misiri ikomeza guha amahugurwa ahanitse abaganga b'Abanyarwanda. Perezida, ndifuza kugushimira ku bufasha bwa Misiri.

    Yavuze ko u Rwanda na Misiri bifatanya cyane mu byerekeye imiti n'ibikoresho bikenerwa mu buvuzi, kandi ibipimo by'ubuziranenge bigahurirwaho.

    Ati 'Mu Rwanda twaguye uburyo abantu bagezwaho serivisi z'ubuvuzi kandi zifite ireme, dutangiza ikorwa ry'inkingo dufatanyije n'abafatanyabikorwa.'

    Perezida Kagame yahamije ko urwego rw'ubuvuzi n'ibigo bikora muri iyi ngeri ari abafatanyabikorwa beza b'u Rwanda 'kandi twifuza gukorana ibiruseho.'

    Ati 'Twizera ko hari amahirwe menshi ibihugu byacu byombi bishobora kubyaza umusaruro kugira ngo duteze imbere umubano wacu mu by'ubukungu. Ni yo mpamvu abikorera bacu n'abashoramari bahuye muri uru ruzinduko, u Rwanda na Misiri bisangiye inyungu mu gutunganya ibiribwa, ibyo kwakiraba abantu n'ikoranabuhanga rihanitse n'ibindi.'

    'Guhana ubutaka hagati y'u Rwanda na Misiri ni ikintu gikomeye kizafasha ibihugu byacu kugera ku masoko yagutse mu karere.'

    Perezida Kagame yashimangiye ko Umugabane wa Afurika ugira amahirwe yo kuba ufite umutungo kamere mwinshi ariko hakenewe ko utunganywa kugira ngo ushobore kubyara umusaruro ufatika.

    Ati 'Tugomba gutunganya ibikoresho by'ibanze bikavamo ibikoresho bifite agaciro.'

    Yashimangiye ko impande zombi zizakomeza kubakira ku bufatanye n'ubwumvikane bushingiye ku mibereho ya buri gihugu, hagamijwe iterambere rirambye kandi rifasha abaturage ba buri gihugu batera imbere.

    Ku wa 22 Nzeri 2025 kandi abashoramari n'abacuruzi bo mu Rwanda n'abo mu Misiri bakora mu bijyanye n'ubwubatsi, inganda zikora imiti n'ibikoresho byo kwa muganga no mu buhinzi bahuriye hamwe i Cairo mu nama y'ishoramari ya mbere.

    U Rwanda na Misiri biheruka gusinya amasezerano mu nzego zitandukanye zirimo ubuzima, ubwikorezi, ubucuruzi n'andi yasinywe ku wa 12 Kanama 2024.

    Muri aya masezerano kandi ni bwo impande zombi ziyemeje guhana ubutaka buzakorerwaho ubucuruzi, u Rwanda rwemererwa ubutaka mu Misiri na rwo rutanga ubutaka kuri icyo gihugu. Ubutaka u Rwanda rwahaye Misiri bungana na hegitari 10 buri mu karere ka Kirehe, hafi y'umupaka w'u Rwanda na Tanzania.

    U Rwanda na Misiri bifitanye umubano mwiza, n'ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubucuruzi n'ishoramari, ubuvuzi, urwego rw'ingabo, ibikorwaremezo n'uburezi.

    Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Misiri wubakiye ku nkingi zitandukanye zirimo ubufatanye mu by’ubuzima

    Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Misiri kuri uyu wa 23 Nzeri 2025

    Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we, Abdel Fattah el-Sis

    U Rwanda na Misiri byiyemeje gushimangira umubano bisanzwe bifitanye mu nzego zitandukanye

    U Rwanda na Misiri byasinyanye amasezerano arimo ayo guhana ubutaka


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/isinywa-ry-amasezerano-arimo-ayo-guhana-ubutaka-mu-byaranze-uruzinduko-rwa

  • Uwahoze ari Ambasaderi w'u Bubiligi mu Rwanda yongeye kurya indimi ku mugambi wo gutegura Jenoside – #rwanda #RwOT

    Ni ibishingiye ku buhamya bwe yatanze mu Rukiko rwa Rubanda rw'Ubujurire mu Bufaransa rukomeje kuburanisha urubanza rwa Dr. Munyemena Sosthene wahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi agakatirwa imyaka 24.

    Johan Swinnen yabaye Ambasaderi w'u Bubiligi mu Rwanda mu 1990 kugeza mu 1994.

    Akunze gutangwa n'abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi baburanishiriza mu Bubiligi ngo abe umutangabuhamya mu rukiko.

    Kuri iyi nshuro yongeye kubazwa ibibazo bitandukanye birimo ibirebana n'umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, imvugo z'urwango zari zihamagarira Abahutu kwanga Abatutsi n'ibindi bitandukanye.

    Ubwo yatangiraga kubazwa, Swinnen yavuze ko Jenoside yise iy'Abanyarwanda ivugwa nabi ndetse ko benshi batazi ukuri ngo kuko ikoreshwa nko guharabika ubutegetsi bwa Habyarimana Juvenal.

    Yavuze ko yatangiye kubona impinduka mu 1990 aho igihugu cyari gitangiye kwinjira muri Demokarasi ariko ngo ikibazo gikomeye cyari impunzi z'abanyarwanda zashakaga gutahuka kandi barihuje mu myaka 1987 na 1988 nk'Umuryango wa FPR.

    Yanerekanye ko Guverinoma yari iriho icyo gihe yagiye igaragaza ko itari yiteguye kwakira impunzi z'abanyarwanda zari mu mahanga mu gihe zaba zitahiye rimwe.

    Impunzi zivugwa ni Abanyarwanda bari barahunze ibikorwa by'urugomo, ubwicanyi n'ibindi bishingiye ku ivangura ry'amako byari byarabaye mu Rwanda guhera mu 1959, 1973 n'indi myaka uko yagiye ikurikirana.

    Abo nyuma yo gusaba ko batahuka mu rwababyaye bakabwirwa ko igihugu cyuzuye, bishyize hamwe ari bwo hashinzwe Umuryango wa FPR Inkotanyi.

    Uyu mutangabuhamya yavuze ko ibitero bya FPR mu 1990 byatumye abantu benshi bava mu byabo akavuga ko hari hakwiye kubaho iperereza Mpuzamahanga ku gitero cyo ku wa 6 Mata 1994 yita ko gishobora cyarabaye imbarutso ya Jenoside.

    Yavuze ko hari ibibazo byinshi bidafitiwe ibisubizo, ageze ku bijyanye no kuba jenoside yarateguwe avuga ko bishoboka ko yaba yarateguwe ariko ko ntabyo we yari azi.

    Perezida w'Urukiko yamubajije niba amakuru yakiraga nka ambasaderi yari ateye ubwoba, atangira asubiza ko RTLM yatangiye gukora mu 1993 nyuma y'ibiganiro by'amahoro bya Arusha ndetse ko Ambasade yakoze iperereza ishaka kumenya ikibyihishe inyuma ariko yirinda kugaragaza ibyavuye muri ubwo bushakashatsi.

    Ubwo yabazwaga ku bijyanye no kuba nyuma y'ihanurwa ry'indege harahise hashyirwaho za bariye nk'ikimenyetso ko Jenoside yaba yari yarateguwe, we yavuze ko kuba zarahise zishyirwaho vuba bigaragaza ko sosiyete yari ishyize hamwe kandi ibikorwa by'ubwicanyi byari bimaze gufata indi ntera.

    Ku bijyanye n'imvugo z'urwango by'umwihariko amategeko 10 y'Abahutu, Swinnes yemeje ko atari akwiye ndetse yari ateye ubwoba ariko avuga ko ari ibintu byari bimaze igihe byaranditswe.

    Abajijwe ku bijyanye n'imikoranire na Guverinoma yiyise iy'abatabazi, Swinnes yemeje ko ku wa 9 Mata 1994 bamwe mu bayigize bagiranye ibiganiro bigamije gusaba ubufasha u Bubiligi.

    Perezida w'urukiko kandi yakomeje kumuhata ibibazo ku bijyanye no kuba iyo Guverinoma yari igizwe n'abajenosideri, asubiza ko yabuze ubushake bwo guhagarika ubwicanyi, ntiyakoze ibihagije byo gukumira ukwiyongera kw'ibi bikorwa.

    Yakomeje ashimangira ko ikosa iyo guverinoma yakoze rikomeye ari ubwo yashishikarizaga abantu gukora Jenoside.

    Yasoje avuga ko u Bubiligi butigeze bushaka gukorana n'iyo guverinoma yiyise iy'abatabazi ngo kuko itari izwi.

    Yongeye kubazwa ku bijyanye n'ubushake bwo gukora Jenoside byari mu bagize Guverinoma y'abatabazi yibanda cyane ku mvugo zishyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside yise ko zari zikakaye avuga ko ibiganiro mpaka bya politiki nabyo byari nk'uburozi.

    Ku bijyanye n'urwango rwari rufitiwe Abatutsi yakomeje kugenda abikwepa ariko Perezida w'urukiko akomeza gutsimbarara kuri icyo kibazo agira ati 'Byari bimeze bite ku rwango rwari rufitiwe Abatutsi? Hari imvugo z'urwango zibasiraga Abatutsi?”

    Amb. Swinnen yavuze ko yagiye yumva imvugo z'urwango kuri RTLM, ku bitangazamakuru n'inyandiko zibasira Ababiligi akomeza gutsimbaraga no ku mvugo z'urwango zibasiraga Abahutu batari mu mujyo umwe n'ubutegetsi.

    Kuri Munyemana, yavuze ko atamuzi ngo kuko bahuye bwa mbere ubwo yari agiye gutanga ubuhamya mu iburanisha ribanza, ariko ko Dr. Munyemana hari ibaruwa yashyizeho umukono mu 1993 mbere yo gushyigikira Guverinoma y'Abatabazi.

    Ngo muri iyo baruwa, Dr. Munyemana yavugaga ku bijyanye no kubahiriza amategeko n'inzira za demokarasi yerekana ko igihugu gikwiye gushyiraho umuntu utagirana amakimbirane n'ishyaka rye.

    Abahagarariye Ubushinjacyaha na bo bahawe umwanya wo guhata ibibazo umutangabuhamya, bigera aho abazwa ku bitero byo ku ya 4 na 5 bikozwe na guverinoma, avuga ko atamenye ko byari umwitozo ngiro ahubwo ko Leta yashakaga ko bizera ko FPR iri muri Kigali kugira ngo hatabwe muri yombi abitwaga ibyitso.

    Yakomeje guhatwa ibibazo ariko ibyinshi akabisubizo mu mvugo zijimije aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko ari gukoresha politiki nyinshi mu gusubiza.

    Uwahoze ari Ambasaderi w'u Bubiligi mu Rwanda, Johan Swinnen, yongeye kurya indimi ku mugambi wo gutegura Jenoside


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uwahoze-ari-ambasaderi-w-u-bubiligi-mu-rwanda-yongeye-kurya-indimi-ku-mugambi

  • Imodoka ya Teta Sandra yamenaguwe igirwa uburere (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Nyuma y’amasaha make hagiye hanze amashusho Teta Sandra ashwana n’umugabo Weasel, imodoka ye yamenuguwe igirwa uburere.

    Ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Mbere nibwo hagiye hanze amashusho yo mu rugo rw’umunyarwandakazi uzwiho gutegura ibitaramo, Teta Sandra na Weseal hongeye gushya barimo gutongana cyane.

    Teta yagaragaye afite icupa asa n’umushaka kurikubita Weasel ariko baramufata. Mu ijwi ririmo umujinya mwinshi, Teta yumvikanye avuga ngo “namukoze iki? Namukoze iki?”

    Weasel na we yumvikanye mu gahinda kenshi asaba abantu gucyura Teta mu Rwanda kuko agiye kumwica.

    Ati “Umunyarwandakazi aranyishe, kuva yangonga ntanyitaho. Mutware umunyarwanda.”

    Kuri ubu rero nyuma y’ibi byabaye hagaragaye amafoto y’imodoka ya Teta Sandra yamenaguwe bikomeye.

    Ibirahure by’imodoka ye by’amadirishya ndetse na paraburize (windshield) na yo bayimennye.

    Muri Nyakanga 2025 nibwo Sandra Teta yagaragaye ku mashusho agonga umugabo we Weasel ku bushaka ndetse agahita ajyanwa mu bitaro.

    Yagize ikibazo ku kuguru barakubaga bashyiramo ibyuma, ni mu gihe Sandra Teta we polisi yahise imuta muri yombi ariko Weseal akamusabira imbabazi agafungurwa ngo yite ku mugabo we.

    Nyuma bagiye bagaragaza ko bishimanye nta kibazo bafite, none byongeye kwanga.

    Mu 2018 ni bwo Teta Sandra yimukiye muri Uganda gushakirayo ubuzima, nyuma gato ahita atangira gukundana na Weasel kugeza uyu munsi bafitanye abana babiri.

    Teta Sandra na Weseal bikomeje kwanga

    Uku niko imodoka ya Teta Sandra bayigize

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11920

  • Mu ngimbi Umuholandi yitwaye neza, Abanyarwanda biranga (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umuholandi Michiel Mouris ni we gukanye shampiyona y’Isi y’amagare mu gusiganwa n’ibihe umukinnyi ku giti cye (ITT) mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 18.

    Uyu munsi Shampiyona y’Isi y’Amagare irimo kubera mu Rwanda yari yakomeje hakinwa umunsi wa 3 wa yo, hari hatahiwe Ingimbi n’Abangavu.

    Nyuma y’uko mu Bangavu yegukanywe n’Umuholandikazi, no mu Ngimbi umudali wa Zahabu wagiye muri iki gihugu aho yakoresheje iminota 29 n’amasegonda 7 ku ntera y’ibilometero 22,6 bakinnye.

    yegukanye umudali wa Zahabu nyuma yo kuba uw ambere mu isiganwarya ITT rya Shampiyona y’Isi mu cyiciro cy’abahungu bari munsi y’imyaka 18.

    Yarushije Umunyamerika Ashlin Barry amasegonda atandatu wabaye uwa kabiri ndetse n’Umubiligi, Seff v
    Van Kerckhove wabaye uwa gatatu amurusha amasegonda 8.

    Umukinnyi waje hafi ni Byusa Pacifique wabaye uwa 53 mu bakinnyi 85 bakinnye, yasizwe iminota 5 n’amasegonda 27 na Mouris wabaye uwa mbere.

    Ishimwe Brian yabaye uwa 55 yasizwe iminota 5 n’amasegonda 52.

    Ingimbi zizagaruka mu muhanda ku wa Gatanu mu isiganwa ryo mu muhanda rizaba rireshya n’ibilometero 119,3.

    Isiganwa rizakomeza
    Ku wa Gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025, uzaba ari umunsi wa kane wa Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025, aho hazakina amakipe [Time Time Trial- TTT]; abagabo bavanze n’abagore, ku ntera y’ibilometero 41,8 guhera saa 13:45.

    Ni isiganwa rizitabirwa n’amakipe 19, aho buri kipe izaba igizwe n’abakinnyi batandatu barimo abagabo batatu n’abagore batatu.

    Ikipe y’u Rwanda izaba igizwe na Byukusenge Patrick, Nkundabera Eric, Uwiduhaye Mike, Ingabire Diane, Nirere Xaverine na Nyirarukundo Claudette.

    Umuholandi Michiel Mouris ni we wegukanye irushanwa mu batarengeje imyaka 18

    Cyusa ni we munyarwanda waje ahandi

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11921

  • Kenny Sol yerekeje muri Canada #rwanda #RwOT

    Kenny Sol yerekeje mu gihugu cya Canada aho yagiye gufatira amashusho y’indirimbo ye nshya yitegura gushyira hanze mu minsi ya vuba.

    Uyu muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda no hanze yarwo, tariki ya 18 Nzeri 2025 nibwo yafashe rutemikirere yerekeza mu gihugu cya Canada.

    Kenny Sol akaba ameze nk’uwateye ibuye rimwe rikica inyoni ebyiri, amakuru avuga ko yagiye agiye mu isabukuru y’umuvandimwe we uhatuye ariko azanahakorera amashusho y’indirimbo ye nshya.

    Kenny Sol uheruka gushyira hanze EP ye yise ‘Stronger than Before’, ni umwe mu bakunzwe cyane bitewe n’ibihangano hakiyongeraho n’ijwi rye, aheruka gusohora indirimbo yise ‘Déjà vu’.

    Kenny Sol arabarizwa muri Canada

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11916