Author: webrwanda

  • Mwambari Serge yatangajwe nk'umutoza mushya wongerera abakinnyi imbaraga mu ikipe ya Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Nzeri 2025, Ikipe ya Rayon Sports yatangaje Mwambari Serge nk'umutoza mushya ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi (Fitness Coach).

    Iyi kipe izwi nka Gikundiro itangaje Mwambari nk'umutoza wayo nyuma yaho yari imaze iminsi idafite ukora iyi mirimo dore ko iheruka gutandukana na Ayabonga Lebitsa, ukomoka muri Afurika y'Epfo.


    Mwambari Serge ni inzobere muri iyi mirimo igendanye no kugorora umubiri kuko afite impamyabumenyi mu bijyanye na
    High Performance Sport Consulting ndetse na Fitness Performance Analysis yakuye muri Kaminuza ya Leipzig mu Budage.

    Uretse kuba ahawe akazi mu ikipe ya Rayon Sports, Mwambari asanzwe ari n'umutoza ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi b'Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'umupira w'Amaguru, Amavubi.

    Mwambari Serge kandi yanakoze iyi mirimo mu ikipe ya Police Football Club ubwo yari kumwe n'umutoza  na Mashami Vincent.

    Aje muri iyi Kipe yitegura gukina umukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup, uzayihuza na Singida Black Stars yo muri Tanzania kuri uyu wa gatandatu.

    Mu mukino ubanza wabereye i Kigali mu mpera z'icyumweru gishize, Rayon Sports yatsindiwe kuri Kigali Pele Stadium igitego kimwe ku busa.

    Source : https://rushyashya.net/mwambari-serge-yatangajwe-nkumutoza-mushya-wongerera-abakinnyi-imbaraga-mu-ikipe-ya-rayon-sports/

  • Rayon Sports yabonye umutoza mushya utoza ikipe y’igihugu #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yamaze kwemeza Mwambari Serge nk’umutoza ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi (Fitness Coach) asimbura Ayabonga Lebitsa uheruka gusezera kuri iyi kipe.

    Muri Kanama 2025 nibwo Ayabonga Lebitsa ukomoka muri Afurika y’Epfo yasezeye kuri Rayon Sports avuga ko batagikomezanyije.

    Rayon Sports yari imaze igihe idafite umutoza wongerera ingufu abakinnyi ikaba yamaze kwemeza Mwambari Serge usanzwe ari umutoza mu ikipe y’igihugu Amavubi.

    Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga za yo, yamaze guha ikaze uyu mutoza umwe mu beza u Rwanda rufite.

    Nta gihindutse Mwambari Serge aratangira akazi yitegurana na Singida Black Stars mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup uzaba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nzeri 2024, iyi kipe izahaguruka mu Rwanda ejo ku wa Gatatu.

    Rayon Sports si ubwa mbere yifuje Mwambari Serge ariko izindi nshuro ntibyakunze kuko bamusabaga gusezera mu Mavubi ariko akababwira ko bidashoboka, gusa kuri iyi nshuro amakuru avuga ko yemerewe no gukomeza gutoza Amavubi.

    Mwambari Serge yatangiye gukora akazi mu ikipe y’igihugu Amavubi muri 2021. Yanongereye ingufu abakinnyi ba AS Kigali na Police FC.

    Mwambari ubu ni umutoza mushya wongerera ingufu abakinnyi ba Rayon Sports

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11915

  • Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje icyafasha Commonwealth guhangana n'ibibazo byugarije Isi – #rwanda #RwOT

    Yabigarutseho mu nama ya ba Minisitiri b'Ububanyi n'Amahanga b'ibihugu bigize Commonwealth yabereye i New York ku wa 22 Nzeri 2025. Bahuye mu gihe bari bitabiriye Inteko Rusange y'Umuryango w'Abibumbye yo kwizihiza isabukuru y'imyaka 80 uyu muryango umaze ushinzwe.

    Minisitiri Amb. Olivier Nduhungirehe yagaragaje ko Isi ihanganye n'ibibazo bikomeye kandi bisaba gushyira hamwe ngo bashobore kubitsinda.

    Ati 'Mu gihe duhanganye n'ibibazo bigoye by'Isi […] dukomere ku ndangagaciro zitugira umwe, kandi dufatanye kugira ngo abo mu gihe kizaza tuzabarage umutekano n'amahirwe.'

    Commonwealth yatangaje ko abaminisitiri bongeye kwiyemeza gushyira hamwe mu gushaka ibisubizo bigamije kugera ku mahoro, gukemura ibibazo by'imihindagurikire y'ibihe, amadeni n'ubucuruzi aho ibihugu bito n'ibikennye bihabwa umwihariko.

    Mu bindi biyemeje harimo gufasha ibihugu bito kuzamura ijwi ryabyo mu gushaka ishoramari n'inkunga zibifasha guhangana n'imihindagurikire y'ibihe, gutura umutwaro w'amadeni no koroherezwa mu bucuruzi.

    Banemeranyije ku gushyira imbaraga muri gahunda zigamije iterambere ry'urubyiruko, uburinganire n'ubwuzuzanye n'ubufatanye bugamije gushyigikira urubyiruko rurenga miliyari 1,6 rwo mu bihugu bigize uyu muryango.

    Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga biyemeje gushakira hamwe ibisubizo biganisha ku mahoro arambye


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-nduhungirehe-yagaragaje-icyafasha-ibihugu-bigize-common-wealth

  • Ibitekerezo by'Abanyarwanda kuri Shampiyona y'Isi y'Amagare iri kubera i Kigali – #rwanda #RwOT

    Iri rushanwa ritegurwa n'Ishyirahamwe ry'Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), rizakinwa mu byiciro 13 by'abagore n'abagabo. Ryatangiye ku wa 21-28 Nzeri 2025.

    Harimo icyiciro cy'abatarengeje imyaka 23 mu bagore cyakinwe ku wa 22 Nzeri 2025, ari na bwo bwa mbere gikinwe mu myaka 104 iri rushanwa rimaze ribayeho.

    Abanyarwanda mu bice bitandukanye bari gukurikirana irushanwa uko riri kugenda cyane ko ari ku nshuro ya mbere ribereye ku Mugabane wa Afurika.

    Ku mihanda iri gukoreshwa hirya no hino, hagiye hari Abaturarwanda n'abarugenda bakomeje kuryoherwa n'isiganwa uhereye muri BK Arena aho riri gutangirira kugera kuri Kigali Convention Centre aho abasiganwa bari gusoreza.

    Bane begukanye Shampiyona y'Isi i Kigali muri ITT bamaze kumenyekana barangajwe imbere n'Umubiligi Remco Evenpoel, Umusuwisi Marlen Reusser, Umunya-Suede, Jakob Söderqvist n'Umwongereza w'imyaka 20, Zoe Backstedt.

    Mu bice bitandukanye aho abafana benshi baba bakurikiraniye isiganwa ku mihanda harimo kuri BK Arena aho amagare ahagurukira, Simba-Kimironko, Prince House, Sonatube roundabout, Kicukiro Centre IPRC no Kwa Mignone-IFAC.

    Abaganiriye na IGIHE bari ku mihanda bishimiye kubona u Rwanda ruba igihugu cya mbere kiyakiriye ndetse bagaragaza ko ari ishema rikomeye nk'uko Nsengiyumva Japhet abigaragaza.

    Ati 'Ni ishimwe rikomeye kubona igihugu cyacu cyarakiriye Shampiyona y'Isi y'Amagare kandi nkaba numva ko turi aba mbere. Igihugu cyacu kigenda gitera imbere. Igare naribonye neza cyane, ndumva nishimiye cyane aba Banyarwanda barimo. Iki cyumweru ndumva twakomeza gushyigikira igare nk'uko Umukuru w'Igihugu cyacu arishyigikira.'

    Icyitegetse Adelaide yagize ati 'Amagare uko nayabonye, kugira ngo u Rwanda barugirire icyizere nk'iki, ngo Shampiyona y'Isi y'Amagare ibere mu Rwanda ntibayihe ibindi bihugu ahubwo bibe ibyacu, ni ibintu bikomeye. Twiteguye intsinzi nkatwe Abanyarwanda, turayifite mu maboko yacu. Ni ibintu binshimishije mu buzima, noneho kuba ndi aho biri kubera ni ibintu byanshimishije cyane.'

    Mugenzi wabo yavuze ko Shampiyona y'Isi y'Amagare ari irushanwa rihuza ibihugu bitandukanye, kandi ko ku Rwanda igare rivuze ikintu kinini.

    Ati 'Kuba nk'Abanyarwanda ari ubwa mbere tubonye Shampiyona y'Isi y'Amagare biradushimishije, nk'Abanyarwanda turishimye. Ni yo mpamvu ubona tuba twabukereye, twambaye neza, amabendera y'igihugu.'

    Yongeyeho ati 'Ubu u Rwanda ni u Rwanda ku Isi yose nta kindi kiri kuvugwa. Ruri hejuru ku bintu byose, iterambere, Umujyi wa Kigali ukeye, isuku mubona, nk'ejo nabonaga abazungu bari gufotora imihanda bakabura n'igipapuro bakavuga bati 'u Rwanda ni neza'. Rero umutekano, isuku, ubukerarugendo ni byinshi waruvugaho ariko ntiwabirangiza.'

    Nsekanabo Pierre yagaragaje ko kwakira iri rushanwa bishimangira imiyoborere myiza y'u Rwanda, irangajwe imbere na Perezida Kagame.

    Ati 'Igare twaribonye twishimye, ni byiza cyane umusaza [Perezida Kagame] aba yarabiteguye neza. Twaje hano tuje gushyigikira kugira ngo Abanyarwanda babone ko dufite imbaraga n'urugwiro. Nejejwe no kuba igare ryaje mu Rwanda kandi ryaje ari bwo bwa mbere rije muri Afurika, ibyo rero tugomba kubyishimira. Ibi ndabikesha umusaza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.'

    Iradukunda Edith na we yashimye inzego z'umutekano ziri hafi y'abakurikirana irushanwa ku buryo nta muntu ushobora kugira ikibazo.

    Ati 'Amagare nabonye ari meza kandi turabashimiye, dufite inzego z'umutekano zadufashije ntawagize ikibazo. Ni byiza kuba baratoranyije u Rwanda kuba irushanwa ry'amagare ryabera mu Rwanda. Urubyiruko twishimiye kuba twaje kureba amagare.'

    Dushimimana Claude wari ukurikiranye iri rushanwa aherereye Sonatube yavuze ko icyumweru cyose kizashira akurikirana amagare kuko ari bwo bwa mbere abonye abakinnyi bo ku rwego mpuzamahanga.

    Ati 'Ahubwo iki cyumweru cyose ndaba ndi hano ku muhanda. Ntabwo nari nzi ko Isi yose yateranira mu Rwanda.'

    Mukandayisenga Jacqueline na Mugisa Pascaline na bo bagaragaje ko bishimiye kuba u Rwanda ari rwo rwayakiriye, banagaragaza ko bikomeje kugaragaza aho rugeze mu iterambere.

    Umunsi wa Gatatu wa Shampiyona y'Isi y'Amagare ya 2025 urakinwa ku wa Kabiri, tariki ya 23 Nzeri 2025, aho hazaba hatahiwe ingimbi n'abangavu batarengeje imyaka 19, basiganwa n'igihe buri wese ku giti cye.

    Abangavu barakora intera y'ibilometero 18,3 guhera saa 11:06 naho ingimbi zikore intera y'ibilometero 22,6 guhera saa 13:54.

    Mu bakobwa, u Rwanda ruzahagararirwa na Masengesho Yvonne na Uwiringiyimana Liliane, naho mu bahungu hakine Byusa Pacifique na Ishimwe Brian.

    Kicukiro Centre

    Kuri BK Arena

    Kuri KCC

    Sonatube

    Abafana i Nyanza ya Kicukiro bari benshi

    Amashusho: Mukayiranga Esther


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibitekerezo-by-abanyarwanda-kuri-shampiyona-y-isi-y-amagare-iri-kubera-mu

  • RFI igiye gutangiza amashami mu turere umunani – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe ku wa 22 Nzeri 2025, ubwo mu Karere ka Nyagatare hatangirizwaga ubukangurambaga bwiswe 'Sobanukirwa RFI' bugamije kuyisobanurira abo mu nzego z'ibanze n'abandi bayobozi batandukanye.

    Muri iki gikorwa, RFI iri gusobanura serivisi itanga, ikanasobanurira aba bayobozi uburyo bafasha abaturage kubona serivisi zayo mu buryo bwihuse, hagasobanurwa n'uko abayobozi bakwigisha abaturage kubungabunga ibimenyetso batabyangije.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr. Karangwa Charles, yavuze ko mu rwego rwo kwagura ibikorwa no kugeza ku Banyarwanda serivisi batanga, bagiye gushyiraho amashami umunani mu Ntara zose z'u Rwanda.

    Ati 'Muri gahunda ya Leta y'imyaka itanu, Guverinoma y'u Rwanda yadutegetse gushyiraho amashami hirya no hino kugira ngo tuvune amaguru abaturage cyane cyane korohereza n'abandi bafatanyabikorwa nka RIB, [tugabanya iby'uko] hashobora kuboneka ikimenyetso ahantu hari kure kikamara igihe kinini kitaratugeraho cyangwa kikaba cyahindura umwimerere.''

    Yakomeje avuga ko bigiye gukorwa kandi kugira ngo borohereze ababagana mu kubona serivisi hafi yabo muri gahunda yo gushyira umuturage ku isonga.

    Ati 'Ni gahunda ntakubwira ngo ni uyu munsi cyangwa se ejo ariko ni mu gihe cya vuba kuko amasezerano y'ubufatanye twamaze kuyategura turayaboherereza barimo kuyasubiramo, nibayatwoherereza tuzahita twitegura tuze.''

    Dr. Karangwa yavuze ko ayo mashami azaba ari mu turere twa Nyagatare, Kirehe, Rwamagana, Huye, Rusizi, Rubavu na Musanze. I Rusizi hazajya amashami abiri kubera imiterere y'aka Karere aho rimwe rizajya Gihundwe.

    Haziyongeraho andi mashami abiri azashyirwa ku bibuga by'indege bibiri harimo icy'i Kanombe n'icy'i Bugesera mu rwego rwo kwagura ibikorwa.

    Umupasiteri witwa Simarinka Sam yavuze ko muri aka Karere nihashyirwa iki kigo, bizafasha abaturage benshi bagorwaga no kuva mu Karere ka Nyagatare bagiye gushaka ubutabera i Kigali. Yavuze ko hari n'abandi batari bazi serivisi RFI itanga ariko ko ubu benshi bagiye kuzimenya bitewe n'uko zizabegerezwa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akagari ka Karushuga gaherereye mu Murenge wa Rwimiyaga, Ruhumuriza Benjamin we yagize ati 'Twashimiye ko muri Nyagatare bagiye kuhashyira ishami. Bizadufasha mu gukemura ibibazo by'uko hari ibyaha byakorwaga ibimenyetso bigasisibiranywa ariko ubu bazajya bahita babitahura byihuse.''

    Uretse kugeza serivisi ku Banyarwanda benshi, RFI iri no mu nzira zo kwagukira mu bihugu 12 bya Afurika byamaze gusaba ko iki kigo cyakwagurirayo ibikorwa byacyo kugira ngo abaturage babyo babashe kubona serivisi zacyo mu buryo buboroheye.

    Umuyobozi Mukuru wa RFI, Dr Karangwa Charles, yavuze ko bagiye gutangiza amashami mu turere umunani

    RFI yakoreye ubukangurambaga mu Karere ka Nyagatare igamije gusobanura serivisi itanga

    Abayobozi ba RFI basobanuriye ab’i Nyagatare serivisi iki kigo gitanga

    Ubukangurambaga bwa RFI bwitabiriwe n’abayobozi batandukanye

    Abayobozi ba RFI basobanuriye ab’i Nyagatare serivisi iki kigo gitanga


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rfi-igiye-gutangiza-amashami-mu-turere-umunani

  • U Rwanda na Hongrie byinjiye mu bufatanye mu bya Siporo – #rwanda #RwOT

    Minisitiriri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubucuruzi wa Hongrie, Péter Szijjártó ni bo bashyize umukono kuri aya masezerano.

    Ni intambwe itewe nyuma y'uko Minisitiri Nduhungirehe yaherukaga mu ruzinduko muri Hongrie ari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire muri Gicurasi 2025.

    Abayobozi bombi basuye ibice bitandukanye birimo n'imihanda iberamo amasiganwa y'imodoka nto za Formula 1. Iyi mihanda yatangiye gukinirwaho iri siganwa mu 1986.

    Bagiye mu gikorwa cyo gutangiza 'Tour de Hongrie', irushanwa rikomeye ryo gusiganwa ku magare.

    U Rwanda na Hongrie kandi byashimangiye ko ubufatanye bwabyo mu bya dipolomasi, gucunga umutungo kamere w'amazi, uburezi n'ishoramari bizakomeza kongerwamo imbaraga.

    🎥It's official! @RwandaMFA Min. @onduhungirehe and the Minister of Foreign Affairs and Trade of Hungary🇭🇺, H.E Péter Szijjártó (@FM_Szijjarto) have signed an MoU on cooperation in #Sports.

    Rwanda🇷🇼 and Hungary🇭🇺's partnership also continues in diplomacy, water management,… pic.twitter.com/7zoQRKgywF

    — Permanent Mission of Rwanda to The United Nations (@RwandaUN) September 22, 2025


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-na-hongrie-byinjiye-mu-bufatanye-mu-bya-siporo

  • Canada: Umunyarwanda wahamijwe kwica umugore we ashobora koherezwa mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Muri Mata 2025 nibwo Ramadhan Nizigiyimana yahamijwe icyaha cyo kwica umugore we amuteye icyuma mu nda, mu gace ka Windsor muri Ontario. Ni ubwicanyi bwakozwe mu 2021.

    Mu gihe Ramadhan Nizigiyimana yicaga umugore we, yari yarenze ku mategeko kuko Urukiko rwari rwaramutegetse kutegera umugore we, nyuma yo kumuhohotera no kumukangisha ko azamwica.

    Nyuma yo gusuzuma imikorere y'icyaha, umucamanza Justice Maria Carroccia yahanishije Nizigiyimana igifungo cya burundu, ndetse akaba adashobora kurekurwa kubera imyitwarire myiza mu gihe kiri munsi y'imyaka 14.

    Umunyamategeko wa Nizigiyimana yavuze ko ashobora kuzoherezwa mu Rwanda mbere yo kurangiza igihano cye cyangwa mu gihe yaba arekuwe kubera imyitwarire myiza.

    Mu rubanza byagaragaye ko Nizigiyimana afite ibibazo bijyanye n'ubuzima bwo mu mutwe, ariko urukiko rwanzura ko afite ubushobozi bwo kuburana.

    Mu 2020 ni bwo Nizigiyimana, umugore we, umwana muto wabo w'umukobwa n'undi mwana w'umugore we bageze muri Canada bavuye mu Rwanda.

    Umuryango we uba mu gace ka Windsor gaherereye mu Majyepfo y'Uburasirazuba bw'Intara ya Ontario muri Canada.

    Ku wa 03 Ukwakira 2021 ni bwo Nizigiyimana yishe umugore we.

    Nizigiyimana yari yarafunguwe by'agateganyo ku bindi byaha yari akurikiranyweho birimo no gutoteza umugore we ariko abuzwa gutunga intwaro no kuvugisha cyangwa kwegera umugore we.

    Icyakora ibyo yabirenzeho, yinjira mu nzu umugore we yarimo ku ngufu ahita atangira kumujombagura icyuma mu buryo bukomeye cyane.

    Bivugwa ko uwaje gukiza na we yakomeretse ariko mu buryo bworoheje. Nizigiyimana akimara kwica umugore we yahise yijyana kuri Polisi.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/canada-umunyarwanda-wahamijwe-kwica-umugore-we-ashobora-koherezwa-mu-rwanda

  • U Bufaransa bwemeje bwashyigikiye ubwigenge bwa Leta ya Palestine – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe na Perezida Emmanuel Macron kuri uyu wa 22 Nzeri 2025, mu nama y'Inteko Rusange ya Loni iri kubera i New York, aho yatangaje ko bidasubirwaho igihugu cye cyemeje Leta ya Palestine.

    Yagize ati “Kwemeza Leta ya Palestine ni cyo gisubizo cyonyine kizatuma Israel iba mu mahoro…Tugomba gukora ibishoboka byose mu mbaraga zacu mu gusigasira icyemezo cy'uko habaho ibihugu bibiri, Israel na Palestine, bituranye kandi bibanye mu mahoro n'umutekano.”

    Macron yongeyeho ko kwemeza Palestine nk'igihugu bitazagira icyo bihindura ku burenganzira bw'abanya-Israel, abo u Bufaransa bashyigikiye kuva ku munsi wa mbere.

    Macron yashimye ibindi bihugu na byo byemeje Palestine nk'igihugu cyigenga, avuga ko bakoze amahitamo nyayo, ndetse ari icyemezo cyari gikenewe mu rwego rwo kugira ngo amahoro yongere ahinde.

    U Bufaransa bwemeje bwashyigikiye ubwigenge bwa Leta ya Palestine


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-bufaransa-bwemeje-bwashyigikiye-ubwigenge-bwa-leta-ya-palestine

  • Lamine Yamal byanze, Ballon d’Or itaha mu Bufaransa (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Umufaransa watakira Paris Saint-Germain, Ousmane Dembélé, ni we igihembo cy’umukinnyi wahize abandi i Burayi “Ballon d’Or” 2024-25.

    Iki gihembo yegukanye ku nshuro ya mbere yahigitse abarimo umunya-Espagne ukinira FC Barcelone, Lamine Yamal.

    Ibi bihembo bya France Football by’abahize abandi, byatangiwe i Paris muri Théâtre du Châtelet mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Nzeri 2025.

    Umunya-Espagne ufite inkomoko muri Nigeria, Victoria López wa FC Barcelone y’Abagore ni we wegukanye igihembo cya ‘Kopa Trophy’ mu bagore.

    Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, Lamine Yamal, rutahizamu wa FC Barcelone muri Espagne yegukanye Igihembo cya ‘Kopa Trophy’ gihabwa umukinnyi mwiza ukiri muto utarengeje imyaka 21. Na 2024 ni we ukibitse. Ahawe iki gihembo nyuma yo gufasha Barcelone kwegukana Shampiyona na Copa del Rey aho yatsinze ibitego 21 anatanga imipira 22 yavuyemo ibitego mu marushanwa yose.

    Igihembo kiruta ibindi cya Ballon D’Or cyaje kwegukanwa na Ousmane Dembele watakira Paris Saint-Germain, yahigitse abarimo Lamine Yamal.

    Ousmane Dembélé mu mwaka w’imikino wa 2024-25 yatsinze ibitego 37 anatanga imipira 17 yavuyemo ibitego mu mikino 59 yakinnye, byafashije Paris Saint-Germain kwegukana UEFA Champions League mu mateka yayo, Shampiyona y’u Bufaransa, Igikombe cy’Igihugu cya French Cup n’Igikombe kiruta ibindi cya French Super Cup.

    Ballon d’Or mu Bagore yatwawe na Aitana Bonmatí ukinira FC Barcelone ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Espagne y’Abagore.

    Igihembo cya ‘Gerd Müller Trophy’ gihabwa uwatsinze ibitego byinshi mu bagore cyahawe Ewa Pajor wa FC Barcelone, mu bagabo gihabwa Viktor Gyökeres wa Arsenal.

    Igihembo cya ‘Yashin Trophy’ gihabwa umunyezamu mwiza, mu bagore cyahawe Umwongereza Hannah Hampton wa Chelsea mu bagabo gihabwa Umutaliyani, Gianluigi Donnarumma ukinira Manchester City, yahembewe ibyo yakoreye muri Paris Saint-Germain.

    Umutoza w’umwaka mu bagore yabaye Sarina Wiegman utoza Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza mu bagabo gihabwa Luis Enrique wa Paris Saint-Germain.

    Ikipe y’umwaka mu bagore yabaye Arsenal yo mu Bwongereza mu bagabo iba Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa.

    Lamine Yamal yahigitswe na Ousmane Dembele amutwara Ballon d’Or

    Lamine Yamal na Pau Cubarsí bombi bakinira Barcelone

    Se wa Lamine Yamal yari yamuherekeje

    Lamine Yamal yegukanye Igihembo cy’umukinnyi mwiza ukiri muto

    Umunyezamu mwiza w’umwaka, Gianluigi Donnarumma n’umukunzi we

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11911

  • Mutware Umunyarwandakazi aranyishe – Weasel mu gahinda ntashaka kubona Teta Sandra #rwanda #RwOT

    Ibya Weasel na Sandra Teta ntibimara kabiri, nyuma y’iminsi bagaragaza mu itangazamakuru ko nta kibazo biyunze, byongeye kudogera Weasel amusaba kugaruka mu Rwanda akamureka.

    Mu mashusho yashyizwe hanze n’ikinyamakuru Galaxy cyo muri Uganda, agaragaza intambara yongeye kurota wa Weasel.

    Sandra Teta agaragara afata icupa n’uburakari asa n’ushaka kugira uwo arikubita (Weasel) ariko hari umusore wahise amutangira.

    Mu mvugo irimo uburakari Sandra Teta yagize ati “Mukoze iki?”

    Iyo ugerageje kumva ibyo Weasel yavugaga, yavugaga ko uyu mugore we babyaranye abana babatu nyuma yo kumugonga atajya amwitaho.

    Ati “Umunyarwandakazi aranyishe, kuva yangonga ntanyitaho. Mutware umunyarwanda.”

    Muri Nyakanga 2025 nibwo Sandra Teta yagaragaye ku mashusho agonga umugabo we Weasel ku bushaka ndetse agahita ajyanwa mu bitaro.

    Yagize ikibazo ku kuguru barakubaga bashyiramo ibyuma, ni mu gihe Sandra Teta we polisi yahise imuta muri yombi ariko Weseal akamusabira imbabazi agafungurwa ngo yite ku mugabo we.

    Nyuma bagiye bagaragaza ko bishimanye nta kibazo bafite, none byongeye kwanga.

    Sandra Teta na Weseal bongeye guteza rwaserera

    Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11912