Author: webrwanda

  • Imbarutso yatumye Paul Muvunyi asubika Inteko Rusange ya Rayon Sports yatumije #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi yamaze kumenyesha abakunzi b’iyi kipe ko Inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe.

    Tariki 14 Ugushyingo 2024 nibwo Paul Muvunyi yari yatumijeho Inama y’Inteko Rusange Idasanzwe y’Umuryango wa Rayon Sports.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Ugushyingo 2025 nibwo Paul Muvunyi yasohoye itangazo rigira riti “Ubuyobozi bw’Umuryango wa Rayon Sports buramenyesha abanyamuryango bawo ko Inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe tariki ya 22/11/2025 isubitswe. Indi tariki izakorerwaho muzayimenyesha mu minsi iri imbere.”

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko impamvu yasubitswe ari uko batinye ko hazavukamo akavuyo.

    ISIMBI yamenye ko haraye habaye inama yahuje abo mu Nama y’Ubutegetsi na Komite Nyobozi habaho kutumvikana, byahise binabaha ishusho y’uko Inteko Rusange ishobora kuzaba akavuyo.

    Ibi byatumye Paul Muvunyi afata umwanzuro wo gusubika Inteko Rusange ahubwo amakuru avuga ko baba banamaze kumenyesha inzego za Leta ku buryo no mu gihe izaba yasubukuwe hazaza hari inzego z’ubuyobozi bwa Leta.

    Iyi Nteko Rusange yagombaga kubera kuri Delight Hotel, mu ngingo zari zatanzwe zari kuganirwaho harimo kurebera hamwe 'uko umuryango uhagaze n’icyakorwa mu gushaka umuti w’ibibazo bihari.'

    Paul Muvunyi yasubitse Inteko Rusange idasanzwe yari yatumije

    Source : http://isimbi.rw/imbarutso-yatumye-paul-muvunyi-asubika-inteko-rusange-ya-rayon-sports-yatumije.html

  • Azawi yinangiye kwamamaza Perezida Museveni #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi wo muri Uganda, Azawi yagaragaje ko adateze kwivanga mu bikorwa bya politiki birimo no kwamamaza Perezida Museveni, ibi bikomeje gukurura benshi mu bahanzi bo muri iki gihugu kiri mu myiteguro y’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri 2026.

    Azawi yasobanuye ko yahisemo kuguma ku murongo wo kutagira aho abogamira no kwirinda kugwa mu mutego wo kuzagira uruhande urwo ari rwo rwose rwa politiki.

    Ibi abitangaje mu gihe muri iki gihugu hari kugaragara inkubiri y’abahanzi benshi bari kwiyegereza ishyaka riri ku butegetsi rya NRM, hamwe na Perezida Yoweri Museveni.

    Abahanzi barimo Ronald Mayinja, Jose Chameleone, Alien Skin, Catherine Kisasira, Lil Pazo na Weasel Manizo bamaze iminsi bagaragara mu bikorwa byo kwiyamamaza no gususurutsa imbaga mu birori bya NRM.

    Bikanavugwa ko ibikorwa byo guhuza umuziki w’aba bahanzi na politiki biri guhurizwa hamwe na Bebe Cool ndetse n’umuyobozi w’Ihuriro ry’Abahanzi muri iki gihugu, Eddy Kenzo.

    Nubwo bimeze bityo, Azawi ubarizwa muri Swangz Avenue, avuga ko adashyigikiye na gato iyo nzira.

    Avuga ko hari itandukaniro rinini hagati yo gukora indirimbo nk’umwuga no kwinjizwa mu ruhande rwa politiki runaka. Ku bwe, gushyigikira politiki ntibijyanye n’icyubahiro n’ubunyamwuga ashaka kubakiraho umuziki we.

    Yagize ati 'Njyewe sinshyigikiye politiki runaka. Nta muntu nigeze nizeza ko ngomba kumwamamaza. Sinshaka guhinduka ikiraro cya politiki.'

    Yongeye gushimangira ko atirinda gukorana na Leta, ariko ko ibyo byose bigomba gushingira ku masezerano asobanutse, yemewe kandi y’ubunyamwuga.

    Ati 'Nshobora gukorana na Leta nibampamagara, bakambwira indirimbo bashaka ko mbakorera, bakampa igiciro cyayo mu mucyo. Ibyo nta kibazo mbifiteho.'

    Cyokora, yerekanye ko kujya mu bikorwa byo kwamamaza politiki ari ibintu atakwemera na rimwe kubera ko abibona nk’ibisuzuguza umuhanzi, ndetse bikagusha umuntu ku rwego rwo kuba igikoresho cya Leta.

    Ati 'Ariko kujya kwiruka mu bikorwa Leta iguha amafaranga adasobanutse, ibyo sibyo. Ibyo bituma uba umuntu uciriritse uhakirwira ubutegetsi.'

    Ayo magambo ye yahise aba izingiro ry’impanga ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bayashyigikiye bavuga ko umuhanzi adakwiye gutakaza ubunyamwuga bwe yinjira mu bukangurambaga bwa politiki mu buryo budasobanutse.

    Abandi na bo bakavuga ko kuba umuhanzi ari umuturage nk’abandi, bityo ko kuba yakorana na Leta cyangwa ayishyigikira na byo bikwiye kwemerwa.

    Azawi yavuze ko atazivanga mu bikorwa bya politiki

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/azawi-yinangiye-kwamamaza-perezida-museveni.html

  • Babiri batawe muri yombi bakekwaho gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano #rwanda #RwOT

    Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Ishimwe Patrick [Pazzo] na Kalisa John [K John] bakurikiranyweho gushyira hanze amashusho ya Yampano arimo gukora imibonano mpuzabitsina.

    Ni nyuma y’uko Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano mu muziki atanze ikirego muri RIB ngo ikore iperereza hamenyekane uwashyize hanze amashusho ye n’umugore we Uwineza Diane bakora imibonano mpuzabitsina.

    Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB yemeje ko batawe muri yombi kandi iperereza rigikomeje maze buri wese ubifitemo uruhare abiryozwe.

    Ati 'Nyuma y’ikirego Yampano yatanze ku wa 9 Ugushyingo 2025, babiri bakekwaho uruhare mu gukwirakwiza amashusho ye bamaze gutabwa muri yombi, muri aba harimo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man wafashwe ku wa 11 Ugushyingo 2025 na Kalisa John uzwi nka K.John watawe muri yombi ku wa 14 Ugushyingo 2025.'

    Mu ntangiriro z’uku kwezi nibwo hagiye hanze amashusho ya Yampano arimo akora imibonano mpuzabitsina n’umugore we.

    Nyuma y’aya mashusho, Yampano yagiye yumvikana avuga ko uwayashyize hanze amuzi ari Pazzo babanaga mu nzu wababajwe n’uko yamwirukanye mu nzu kuko yari amaze gushaka umugore abona batakomeza kubana.

    Pazzo ni we Yampano yashyiraga mu majwi ko yashyize hanze aya mashusho

    K John na we yamaze gutabwa muri yombi

    Yampano yatanze ikirego avuga ko bashyize hanze amashusho ye y’urukozasoni

    Source : http://isimbi.rw/babiri-batawe-muri-yombi-bakekwaho-gusakaza-amashusho-y-urukozasoni-ya-yampano.html

  • Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy'Ubutabera bw' u Rwanda nk'abandi nkawe #rwanda #RwOT

    Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean-Damascène, yanenze icyemezo cy'Urwego rw'Umuryango w'Abibumbye rushinzwe imirimo y'insigarira y'inkiko mpanabyaha mpuzamahanga, IRMCT, cyo kutohereza Kabuga Félicien mu Rwanda.

    Abacamanza ba IRMCT bayobowe na Iain Bonomy ku wa 14 Ugushyingo 2025 basobanuye ko bashingiye kuri raporo z'abahanga barimo abaganga no muri kasho Kabuga afungiwemo, basanze uyu Munyarwanda atashobora kugendera mu ndege imucyura mu Rwanda kubera ko arwaye kandi urugendo ari rurerure.

    Aba bacamanza bagaragaje ko bitewe n'iyi mpamvu, Kabuga azakomeza gufungwa by'agateganyo mu gihe atarabona ikindi gihugu cyemera kumwakira.

    Ubushinjacyaha bwa Loni bwari bwasobanuriye uru rwego ko Kabuga yashobora kugera mu Rwanda mu gihe yaba aherekejwe n'abaganga, kandi ko uburenganzira bwe buzubahirizwa mu gihe azaba ari i Kigali nk'uko ubw'abandi bose bwubahirizwa.

    Minisitiri Bizimana yagaragaje ko nubwo icyemezo cy'uru rwego cyo kudacyura Kabuga mu Rwanda kitumvikana, dosiye ya Kabuga utakiburanishwa kuva muri Kanama 2023, ishimangira umutwaro w'amateka uri ku mutwe w'abateguye jenoside banze kwemera ibyaha byabo ngo bunge ubumwe n'abandi Banyarwanda.

    Ati 'Binyuze muri iki cyemezo kitumvikana, isomo rikomeye ry'amateka rikomeje kuremerera abateguye jenoside banze kwemera ibyaha byabo, ngo bajye muri gahunda y'ubumwe bw'Abanyarwanda.'

    Yatanze urutonde rurerure rw'Abanyarwanda bagize uruhare mu gutegura jenoside, barangije ibihano n'abagizwe abere ariko ibihugu bifuje ko byabakira bikabanga, bamwe muri bo bagapfira aho bari bafungiwe, bagashyingurwa mu ibanga.

    Muri abo harimo Protais Zigiranyirazo wapfiriye muri Niger muri Kanama 2025, umurambo we ugatwikirwa mu Bufaransa mu ibanga nyuma y'aho Meya w'Akarere ka Orléans, Serge Grouard, yanze ko ashyingurwa mu irimbi rinini ashingiye ku mateka mabi yaranze uyu Munyarwanda.

    Ati 'Benshi bakoze jenoside baburanishijwe cyangwa bakurikiranywe n'inkiko mpuzamahanga bashyinguwe mu mahanga kubera iyi mpamvu: kwangwa n'ibihugu byabo kubera ibyaha bya jenoside bakoreyeyo.'

    Minisitiri Bizimana yatangaje ko abakoze Jenoside barimo ababihamijwe n'inkiko, ubu bakaba baticuza, bakwiye gufatira isomo kuri dosiye ya bagenzi babo barimo Kabuga na Zigiranyirazo, kuko uticuza ntashobora kugira amahoro.

    Ati 'Icyo izi dosiye z'amasomo zikwiye kwigisha iri tsinda ry'abinangiye ni ukumva ko amaraso menshi bamennye mu Rwanda aha amahoro abihannye gusa, si abanze kwicuza. Urubanza rwa Kabuga ni urundi rugero.'

    Yakomeje ati 'Bagomba kwitekerezaho, bagafata icyemezo cya kigabo kandi cy'ingenzi, cyo guhagarika ingengabitekerezo ya jenoside, bagataha mu gihugu cyabo. Iki ni igikorwa cyiza kuri bo n'imiryango yabo.'

    Abacamanza ba IRMCT basobanuye ko Kabuga yasabye ibihugu bibiri by'i Burayi kumwakira ariko biramwanga, ikaba ari yo mpamvu hafashwe umwanzuro w'uko akomeza gufungwa by'agateganyo, keretse mu gihe byaba byisubiyeho, bikamwemera.

    Amakuru y'itabwa muri yombi rya Kabuga Félicien, ukekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, akanakekwaho kuba umwe mu baterankunga bayo bakomeye, yakiriwe neza n'Abanyarwanda batari bake, by'umwihariko n'Ubushinjacyaha.

    Kabuga yafashwe ku wa Gatandatu tariki 16 Gicurasi 2020, afatirwa mu Bufaransa n'Igipolisi cyaho, nyuma yo kumushakisha ku bufatanye na Polisi y'u Bubiligi, u Bwongereza ndetse n'Urwego rwasigariyeho icyari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda na Yugoslavia (IRMCT).

    Ubuzima bwa Kabuga mu myaka 26 yashize bwaranzwe no kwihishahisha mu bihugu binyuranye, abifashijwemo n'inzego zitandukanye ndetse n'abana be.

    Mbere yo kuvuga ku buzima bwe, ubundi kabuga Felicien ni muntu ki?

    Amakuru make agaragara mu kirego cye, agaragaza ko Kabuga yavutse mu 1935, avukira ahitwa Mugina, mu cyahoze ari Komini Mukarange, Perefegitura ya Byumba.

    Abaturanyi bo mu muryango we mugari, babwiye Kigali Today / KT Press, ko ako gace ubu hasigaye ari mu Kagari ka Gatenga, Umurenge wa Mukarange, Akarere ka Gicumbi mu Ntara y'Amajyaruguru.

    Kwitwa 'umuterankunga wa Jenoside', Kabuga yari umucuruzi ukomeye wabanaga bya hafi n'umuryango wa Habyarimana Juvenal wari Perezida w'u Rwanda. Yagize uruhare mu ishingwa rya komite y'agateganyo y'ikigega cy'umutekano w'igihugu ('Comité Provisoire du Fonds de Défense Nationale — FDN'), ayibera umuyobozi, ndetse anaba umuyobozi wa komite nyobozi ya radiyo/televiziyo RTLM.

    Kabuga kandi yari umurwanashyaka w'ishyaka ryari ku butegetsi (MRND), rya Perezida Habyarimana, ndetse n'umutwe w'urubyiruko wari urishamikiyeho waje no gushyira mu bikorwa Jenoside.

    Kabuga kandi yari umuterankunga w'imena w'iyo mitwe yose, ndetse n'umuterankunga w'ibikorwa byayo byo gutegura, gutera inkunga no gushyira mu bikorwa Jenoside, ibikorwa yahaye imbaraga cyane hagati ya 1990-1994.

    Inyandiko y'ikirego cye hari aho igira iti 'Mu bindi, uyu mugambi wabibye urwango, irondabwoko no gutsemba Abatutsi, gutoza umutwe witwaza intwaro, no gukora urutonde rw'abantu bagomba kwicwa.

    Kabuga avugwaho gutegura, gushishikariza no kwitabira ubwicanyi mu gusohoza uwo mugambi'.

    Ni yo mpamvu kuva muri Mata kugera muri Kamena, ku itegeko rya Kabuga, ku bufatanye na Guverinoma y'inzibacyuho, hamwe n'Interahamwe, bahagarikiye banagenzura abayobozi b'inzego z'ibanze hamwe n'abaturage bishe Abatutsi mu gihugu hose.

    Icyo kirego kiti 'Kuva muri Mata 1994, abo bayobozi hamwe n'uwo mutwe n'ingabo, bategetse banitabira ubwicanyi bwibasiye Abatutsi n'Abahutu batari bashyigikiye uwo mugambi mu Rwanda hose. Kabuga yari azi ubu bwicanyi ariko ntiyigeze akoresha imbaraga ze ngo abuhagarike'.

    Bigaragara ko Kabuga n'abo bari bafatanyije bari bafite uburyo bukomeye bwabafashaga gutanga amategeko akubahirizwa, ari bwo radiyo/televiziyo RTLM ndetse n'ikinyamakuru Kangura, bivugwa ko Kabuga ari we wari warabishoyemo imari.

    'Mu nama yo gukusanya imisanzu ya RTLM, Kabuga yavuze ko RTLM yagombaga kuba radiyo ya 'Hutu Power'. Mu Ugushyingo 1993, no muri Gashyantare 1994, Kabuga yahamagajwe n'uwari Minisitiri w'Itangazamakuru, amusaba guhagarika gukwirakwiza ubutumwa bugamije guhembera inzangano'.

    Bivugwa kandi ko kuva mu 1992, binyuze muri Kompanyi ya Kabuga yitwaga ETS, byavuzwe ko yatumije amatoni y'imihoro, amasuka ndetse n'ibindi bikoresho by'ubuhinzi, byakekwaga ko byari kwifashishwa nk'intwaro mu gihe cy'ubwicanyi.

    Hiyongeraho kandi ko Kabuga yaba yaratanze ibikoresho ku Nterahamwe, harimo gutanga intwaro, impuzankano, no kuzitwara mu modoka ze.

    Muri Werurwe 1993, bivugwa nanone ko Kabuga yatumije imihoro 5000 muri Kenya.

    Bivugwa kandi ko muri Jenoside hagati, Kabuga yakomeje gushka izindi nkunga, mu rwego rwo gukomeza umugambi we.

    Bivugwa ko Kabuga yayoboye komite y'ikigega gishinzwe umutekano w'igihugu, mu rwego rwo gushaka inkunga ya Leta y'inzibacyuho mu gutsemba Abatutsi. Icyo kigega cyashyizweho tariki 25 Mata 1994.

    Raporo ikubiyemo ikirego cye, ivuga ko icyo kigega cyari cyashyiriweho kugura intwaro, imyambaro ndetse n'imodoka byo gufasha Interahamwe, ndetse no gukwirakwiza intwaro hirya no hino mu gihugu.

    'Kabuga yagizwe umuyobozi wa komite y'agateganyo y'icyo kigega, ndetse ni nawe wari wemewe nk''umusinyateri' kuri konti z'ikigega'.

    Kwihisha imyaka 26

    Nkuko bigaragazwa n'inyandiko yemewe n'amategeko, Kabuga yasabye ubuhungiro mu Busuwisi ku itariki ya 22 Nyakanga 1994, kuri viza yemewe. Yaje kugarurwa mu Rwanda ku itariki ya 18 Kanama 1994, ariko abasha guhita ahungira i Kinshasa muri RDC, mnbere y'uko ihuriro ry'Abanyarwanda babaga mu Busuwisi ritanga ikirego kuri we.

    Igihugu cy'u Busuwisi cyishyuye urugendo rwe n'abana be barindwi, ku mafaranga 21,302 y'Amasuwisi.

    Raporo ivuga ko 'Uretse ibyo, mbere yo kwirukanwa, bigaragara ko yabashije kubona uko ajya muri banki yari iri i Geneve, abasha kubikuramo amafaranga'.

    Tariki ya 18 Nyakanga 1997, yacitse umukwabu wo kumuta muri yombi wari wiswe 'Naki', wakorewe ahitwa Karen mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi. Bivugwa ko umupolisi w'Umunyakenya yaretse Kabuga akigendera.

    Nkuko abagenzacyaha ba ICTR babivuga, Kabuga ngo yaba yarahawe umutekano n'uwari Perezida wa Kenya Daniel Arap Moi. Muri Mata 1998, bivugwa ko Kabuga yagaragaye mu nzu yari iya mwisywa wa Perezida Moi, yari yegeranye n'iy'umuhungu wa Moi.

    Raporo y'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe gukurikirana intwaro zaguzwe n'umutwe witwaraga gisirikare wa Leta y'u rwanda, bivugwa ko Kabuga yagaragaye mu burasirazuba bwa Asia muri Nzeri 1998. Nyuma muri 2000, bivugwa ko yahise ajya mu Bubiligi, aho bivugwa ko umugore we atuye.

    Tariki ya 11 Kamena 2002, Leta zunze ubumwe za Amerika, zatangije ubukangurambaga mu itangazamakuru bwo guta muri yombi Kabuga, ndetse ubwo bukangurambaga bwaje no kugera ku gihembo cya ,iloyoni eshanu z'amadolari ya Amerika, ku muntu wari gutanga amakuru yatuma atabwa muri yombi.

    Source : https://rushyashya.net/kabuga-yagakwiye-gusogongera-ku-cyanga-cyubutabera-bw-u-rwanda-nkabandi-nkawe/

  • Impamvu 7 Perezida wa Rayon Sports yatanze asaba isubikwa ryo gukorerwa igenzurwa #rwanda #RwOT

    Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée yamaze gusubiza Komite Ngenzuzi y’iyi kipe ayimenyesha ko atiteguye gukorerwa igenzurwa (audite) mu gihe adahawe ibisonuro by’impamvu bije igitaraganya.

    Tariki ya 25 Ukwakira 2025, Komite Ngenzuzi ya Rayon Sports yandikiye Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée bamumenyesha ko tariki ya 13 Ugushyingo 2025 azakorerwa igenzura.

    Mu ibaruwa ISIMBI ifitiye Kopi yabasubije tariki ya 12 Ugushyingo, ni uko yabamenyesheje ko batiteguye mu gihe badasobanuriwe ibintu bigera kuri 7.

    Icya mbere yavuze ko iri genzura rigiye kuba nyuma y’amezi abiri gusa Inteko Rusange ya tariki 7 Nzeri 2025 ibaye kandi ubusanzwe riba mu gihe cyuzuye umwaka w’imikoreshereze y’umutungo cyangwa igihe cyuzuye cy’ubuyobozi (Mandant).

    Yasoje iyi ngingo agira ati “turifuza kumenya impamvu ya nyayo yatumye iri genzura ryihutishwa muri ubu buryo cyangwa icyo ryihutira gukemura hataragera igihe gisanzwe cy’igenzura ry’umwaka wose.”

    Ingingo ya kabiri yavuze ko ari ibijyanye n’ibyo bavuze ko bazagenzura aho asanga hari ibyo bashyizemo bitari mu nshingano za Komite Ngenzuzi kugira ngo bikorwe bisaba ibisobanuro birambuye.

    Akaba yabasabye ko mu rwego rwo kubahiriza imipaka y’inshingano n’uruhare rw’inzego hatangwa icyo iri genzura rizibandaho n’uburyo rizakorwa mu buryo butabangamiye uburenganzira n’inshingano za Komite Nyobozi cyangwa izindi nzego z’ubuyobozi bw’umuryango.

    Icya gatatu, yibukije ko nk’uko biteganywa n’amategeko agenga imiryango ya Siporo mu Rwanda no ku rwego Mpuzamahanga harimo FERWAFA, CAF na FIFA, igenzura ry’imbere (Internal Audit) rikwiye gukorwa rishingiye ku mategeko yihariye ku mirongo migari yemejwe n’Inteko Rusange no mu murongo w’Ubunyamwuga ugenwa na Komite Nyobozi, ni mu rwego rwo kwirinda kwivanga mu nshingano z’inzego zitandukanye, kwirinda ko inzego zinyuranamo cyangwa zikora imirimo itazireba no kubahiriza ubusugire n’ubwigenge bw’inzego buri umwe afite mu mikorere yayo.

    Indi ngingo yababwiye ko ubu bari mu bihe byo kuvugurura amategeko agenga Umuryango wa Rayon Sports nk’uko babisabwe n’Inteko Rusange ko “Iki gikorwa cyahabwa uburemere n’umwanya wihariye muri iki gihe. Iri vugururwa rikorwa mu gihe dusanzwe dufite inshingano zo gutegura no gushyigikira amakipe yacu y’abagabo n’abagore ari mu marushanwa atandukanye.”

    Yakomeje avuga ko amategeko azavugururwa ari amategeko shingiro, amategeko yihariye n’amategeko ngenga mikorere bizashyiraho imipaka ya buri rwego mu rwego rwo kwirinda gusubiranamo mu nshingano, biteganyijwe ko bizarangira muri Mutarama 2026 ubundi bigashyikirizwa Inteko Rusange ngo ibyemeze, bityo icyo gikorwa no gushyigikira amakipe bumva ari byo byihutirwa.

    Ikndi kiri muri iyi baruwa ni uko mu rwego rwo kwimakaza umucyo n’imiyoborere myiza, Umuryango wa Rayon Sports uzakomeza gushyira imbaraga mu gutegura no gutanga raporo y’igenzura ry’imbere zigaragaza ibikorwa n’imikoreshereze y’imari bikorwa neza kandi mu buryo buhamye.

    Icyo yasorejeho yasabye ko mu rwego rwo kwimakaza imiyoborere ishingiye ku mategeko igenzura ryasubikwa by’agateganyo hakihutishwa ishyirwa mu bikorwa no kwemezwa kw’amategeko avuguruye azagena; uburyo igenzura rizajya rikorwa, igihe rizajya rikorwa, inzego zizabigiramo uruhare n’ububasha bwazo n’amabwiriza ngenderwaho yemewe n’Inteko Rusange.

    Yasabye kandi ko Komite Ngenzuzi yatanga ubusobanuro bw’impamvu igenzura yakoze tariki ya 4,5 na 6 Kamena 2025 Komite Nyobozi itahawe raporo yaryo ntinarigiremo uruhare.

    Impamvu bifuza ko hakorwa igenzura nyuma y’amezi abiri gusa habaye Inteko Rusange. Icyo iri genzura rije gukemura cyangwa impamvu ryihutishijwe.

    Uburyo rizakorwa ritabangamiye inzego cyangwa ngo rivogere inshingano z’amategeko ziteganywa n’amategeko agenga umuryango. Uko iri genzura rizahuzwa n’amavugururwa arimo gukorwa ku mategeko n’imikorere y’umuryango.

    Iyi baruwa kandi bakaba banabimenyesheje perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi wanamaze gutumiza Inteko Rusange idasanzwe izaba tariki ya 22 Ugushyingo 2025.

    Twagirayezu Thaddée yateye utwatsi ibyo gukorerwa igenzura

    Source : http://isimbi.rw/impamvu-7-perezida-wa-rayon-sports-yatanze-asaba-isubikwa-ryo-gukorerwa-igenzurwa.html

  • Impamvu 7 Perezida wa Rayon Sports yatanze yanga gukorerwa igenzurwa #rwanda #RwOT

    Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée yamaze gusubiza Komite Ngenzuzi y’iyi kipe ayimenyesha ko atiteguye gukorerwa igenzurwa (audite) mu gihe adahawe ibisonuro by’impamvu bije igitaraganya.

    Tariki ya 25 Ukwakira 2025, Komite Ngenzuzi ya Rayon Sports yandikiye Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée bamumenyesha ko tariki ya 13 Ugushyingo 2025 azakorerwa igenzura.

    Mu ibaruwa ISIMBI ifitiye Kopi yabasubije tariki ya 12 Ugushyingo, ni uko yabamenyesheje ko batiteguye mu gihe badasobanuriwe ibintu bigera kuri 7.

    Icya mbere yavuze ko iri genzura rigiye kuba nyuma y’amezi abiri gusa Inteko Rusange ya tariki 7 Nzeri 2025 ibaye kandi ubusanzwe riba mu gihe cyuzuye umwaka w’imikoreshereze y’umutungo cyangwa igihe cyuzuye cy’ubuyobozi (Mandant).

    Yasoje iyi ngingo agira ati “turifuza kumenya impamvu ya nyayo yatumye iri genzura ryihutishwa muri ubu buryo cyangwa icyo ryihutira gukemura hataragera igihe gisanzwe cy’igenzura ry’umwaka wose.”

    Ingingo ya kabiri yavuze ko ari ibijyanye n’ibyo bavuze ko bazagenzura aho asanga hari ibyo bashyizemo bitari mu nshingano za Komite Ngenzuzi kugira ngo bikorwe bisaba ibisobanuro birambuye.

    Akaba yabasabye ko mu rwego rwo kubahiriza imipaka y’inshingano n’uruhare rw’inzego hatangwa icyo iri genzura rizibandaho n’uburyo rizakorwa mu buryo butabangamiye uburenganzira n’inshingano za Komite Nyobozi cyangwa izindi nzego z’ubuyobozi bw’umuryango.

    Icya gatatu, yibukije ko nk’uko biteganywa n’amategeko agenga imiryango ya Siporo mu Rwanda no ku rwego Mpuzamahanga harimo FERWAFA, CAF na FIFA, igenzura ry’imbere (Internal Audit) rikwiye gukorwa rishingiye ku mategeko yihariye ku mirongo migari yemejwe n’Inteko Rusange no mu murongo w’Ubunyamwuga ugenwa na Komite Nyobozi, ni mu rwego rwo kwirinda kwivanga mu nshingano z’inzego zitandukanye, kwirinda ko inzego zinyuranamo cyangwa zikora imirimo itazireba no kubahiriza ubusugire n’ubwigenge bw’inzego buri umwe afite mu mikorere yayo.

    Indi ngingo yababwiye ko ubu bari mu bihe byo kuvugurura amategeko agenga Umuryango wa Rayon Sports nk’uko babisabwe n’Inteko Rusange ko “Iki gikorwa cyahabwa uburemere n’umwanya wihariye muri iki gihe. Iri vugururwa rikorwa mu gihe dusanzwe dufite inshingano zo gutegura no gushyigikira amakipe yacu y’abagabo n’abagore ari mu marushanwa atandukanye.”

    Yakomeje avuga ko amategeko azavugururwa ari amategeko shingiro, amategeko yihariye n’amategeko ngenga mikorere bizashyiraho imipaka ya buri rwego mu rwego rwo kwirinda gusubiranamo mu nshingano, biteganyijwe ko bizarangira muri Mutarama 2026 ubundi bigashyikirizwa Inteko Rusange ngo ibyemeze, bityo icyo gikorwa no gushyigikira amakipe bumva ari byo byihutirwa.

    Ikndi kiri muri iyi baruwa ni uko mu rwego rwo kwimakaza umucyo n’imiyoborere myiza, Umuryango wa Rayon Sports uzakomeza gushyira imbaraga mu gutegura no gutanga raporo y’igenzura ry’imbere zigaragaza ibikorwa n’imikoreshereze y’imari bikorwa neza kandi mu buryo buhamye.

    Icyo yasorejeho yasabye ko mu rwego rwo kwimakaza imiyoborere ishingiye ku mategeko igenzura ryasubikwa by’agateganyo hakihutishwa ishyirwa mu bikorwa no kwemezwa kw’amategeko avuguruye azagena; uburyo igenzura rizajya rikorwa, igihe rizajya rikorwa, inzego zizabigiramo uruhare n’ububasha bwazo n’amabwiriza ngenderwaho yemewe n’Inteko Rusange.

    Yasabye kandi ko Komite Ngenzuzi yatanga ubusobanuro bw’impamvu igenzura yakoze tariki ya 4,5 na 6 Kamena 2025 Komite Nyobozi itahawe raporo yaryo ntinarigiremo uruhare.

    Impamvu bifuza ko hakorwa igenzura nyuma y’amezi abiri gusa habaye Inteko Rusange. Icyo iri genzura rije gukemura cyangwa impamvu ryihutishijwe.

    Uburyo rizakorwa ritabangamiye inzego cyangwa ngo rivogere inshingano z’amategeko ziteganywa n’amategeko agenga umuryango. Uko iri genzura rizahuzwa n’amavugururwa arimo gukorwa ku mategeko n’imikorere y’umuryango.

    Iyi baruwa kandi bakaba banabimenyesheje perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi wanamaze gutumiza Inteko Rusange idasanzwe izaba tariki ya 22 Ugushyingo 2025.

    Twagirayezu Thaddée yateye utwatsi ibyo gukorerwa igenzura

    Source : http://isimbi.rw/impamvu-7-perezida-wa-rayon-sports-yatanze-yanga-gukorerwa-igenzurwa-12211.html

  • Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy'Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50 #rwanda #RwOT

    Ku Gihango cy'Urungano imbere y'ibiro by'Akagari ka Kigese kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2025, Ubuyobozi bw'Intara y'Amajyepfo hamwe n'ubw'Akarere ka Kamonyi bifatanije n'Abaturage b'Umurenge wa Rugalika gusoza icyumweru cyahariwe Umuryango. Hasezeranijwe imiryango 9 yabanaga nta sezerano, irimo umwe umaranye imyaka 50 nta tegeko ribazi nk'Umugabo n'Umugore, Hatanzwe imashini zidoda ku basoje amasomo y'Ubudozi, hatangwa inama n'Impanuro.

    Mu nama n'impanuro za Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Rugalika wasezeranije imiryango yabanaga nta sezerano, yasabye abafashe icyemezo cyo Gusezerana byemewe n'amategeko kumenya ko Urugo ari urwa babiri kandi ko rukomezwa no Kubaha Imana(Gusenga), Gushyira hamwe, Guca bugufi no Kubabarira, ariko byose biherekejwe n'Urukundo.

    Yibukije abasezeranye kubana byemewe n'Amategeko ko nubwo basezeranye nk'Umugabo n'umugore umwe ariko ko mu kuri, umwe arimo benshi kandi buri wese akwiye kwitegura kubana n'uwo muntu afite wigaragaza mu ishusho ya benshi.

    Kuri iyi ngingo, yibukije ko mu guhura kwa buri wese n'undi, uko umwe yabonye mugenzi we akwiye kuzirikana ko uwo yabonye bwa mbere atariwe cyangwa atariko azahora amubona, ko kandi bitari kuri umwe, ahubwo bose.

    Avuga ko uwo wabonye cyangwa wahuye nawe none ari inzobe mutarabana, ejo azaba ari igikara, uwo wabonye none aseka ejo uzamubona arakaye cyangwa ababaye, uwo wabonye none afite ukuguru, ukuboko ejo uzamubona afite ubumuga, Uwo yabonye none akize, akennye ejo mubana uzamubona mu yindi sura y'Ubukire cyangwa se Ubukene n'ibindi.

    Yibutsa buri wese ko akwiye gusanga uwo bazabana yiteguye kumubanira no kumukunda muri ayo mabara yose atigeze amubonamo batarabana, ko kandi ikirenze icyo mu bishyingiranwa(umukobwa) cyangwa mu ntwaro(umusore) yitwaza akwiye kujyana Kubabarira ariko kandi n'agatambaro gahanagura kuko kubabarira bitajyana no kwibutsa ko wababariye.

    Yagize kandi ati' Kuganira mu rugo, Gusabana Imbabazi, Kubabarira no gusiba mugakurikizaho Gusenga kuko Isengesho naryo rishobora gufasha mu kubaka Urugo'. Yakomeje abibutsa ko ibyo byose bijyana no kubaha no gukurikiza Amategeko y'Igihugu by'Umwihariko Irigenga Abantu n'Umuryango.

    Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y'Abaturage, Marie Josée Uwiringira, avuga ku bikorwa byakozwe mu cyumweru cyahariwe Umuryango, Yavuze ko nk'Ubuyobozi basuye imiryango(Ingo) itandukanye baraganira, bajya mu Madini n'Amatorero, mu Nteko z'abaturage n'ahahurira abantu benshi bagamije ku ganira no kwibutsa buri wese ko Umuryango ariwo shingiro ry'Ubuzima, ko buri wese akwiye kuwubaha no kuwuha agaciro.

    Yavuze kandi ko mu bindi byakozwe harimo; Gusura no kuganiriza Imiryango Ibana mu makimbirane, Gusezerana no Kwigishwa kw'Imiryango yabanaga idasezeranye, hakozwe Ubukangurambaga mu gukumira ibyaha bitandukanye biba mu muryango bishingiye ku nzoga z'inkorano zitemewe ndetse n'Ubusinzi. Harebwe kandi ibibazo bitandukanye bibangamiye Imibereho myiza y'abaturage n'ibindi.

    Kayitesi Alice, Guverineri w'intara y'Amajyepfo yashimiye ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi n'Abafatanyabikorwa bako ku bikorwa byakozwe mu cyumweru cyahariwe umuryango bigamije kubaka Umuryango utekanye kandi uteye imbere.

    Yabwiye abitabiriye isozwa ry'iki cyumweru cyahariwe Umuryango ko nta kudohoka, ko ahubwo ari inshingano ya buri wese mu gukomeza kubaka Umuryango mwiza, utekanye kandi ushoboye buri wese abigizemo uruhare.

    Umusaza Innocent Ndisabiye n'Umukecuru Sipesiyoza Kamanzi bamaranye imyaka 50 babana ariko bitemewe n'amategeko, bavuga ko kubana kwiza, kurambana n'uwo mwashakanye biva mu; Kubahana, Kumva no kumenya ko urugo ari urwanyu mwembi babiri, Guca bugufi, Kwakirana nyuma yo kubana kuko ngo mwe ba mbere atariko muzakomeza kuba, Gusabana imbabazi no Kubabarira, ariko kandi no kwibuka ko buri wese abasha gutsitara, ko nta Malayika ubarimo bityo ko kubabarirana bifasha mu kubaka urugo.

    Mbere y'ibirori nyirizina byo gusoza Icyumweru cyahariwe Umuryango, Abashyitsi batandukanye barimo Guverineri w'Intara y'Amajyepfo babanje gutambagira basura ibikorwa bitandukanye byamuritswe byiganjemo iby'Ubuhinzi, Ubudozi n'ibindi, baha Abana indyo yuzuye n'Amata.

    Ku myaka 50 bamaze babana, nibwo Amategeko abamenye nk'Umugabo n'Umugore.

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy'Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50 first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Rugalika: Hasojwe icyumweru cy'Umuryango hasezerana abarimo umaze imyaka 50 appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/11/15/kamonyi-rugalika-hasojwe-icyumweru-cyumuryango-hasezerana-abarimo-umaze-imyaka-50/

  • Zeo Trap yaciye amarenga y’abanyereza ibyo leta ibagenera #rwanda #RwOT

    Umuraperi Zeo Trap yatangaje ko impamvu abona amafaranga asohoka mu ngengo y’imari yo gufasha ababarizwa mu gisata cy’ubuhanzi atajya abageraho biterwa n’uko bayaha abantu bamaze igihe kinini baravuye mu muziki bakayanyereza.

    Umuraperi Byiringiro Francois wamenyekanye nka Zeo Trap uri mu bagezweho ndetse banigaruriye imitima y’abatari bake muri iyi minsi yaragaraje ko nk’abahanzi bakizamuka amafaranga agenerwa ababarizwa muri uyu mwuga atajya abageraho bijyanye n’uko abakayahawe ataribo bayahabwa.

    Mu kiganiro yagiranye na shene ya Youtube yitwa 'The Barbershop Talk, Zeo Trap yagize ati 'Abantu bagenera umuziki ingengo y’imari, babimenye ntabwo itugeraho rwose. Ni gute ushobora kugenera amafaranga umuntu uheruka gucuruza umuziki muri 2005, twebwe tuwurimo twakagombye gufashwa n’ayo mafaranga ntabwo bitugeraho .'

    Zeo Trap yasabye Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi kubanza kumanuka hasi mu bahanzi bakamenya neza abo amafaranga akwiye mbere yo kuyatanga ku bantu rimwe na rimwe batakibarizwa mu muziki kandi hari urubyiruko rumaze imyaka irenga itanu rukora umuziki ariko rwabuze ubu bufasha rugenerwa na leta.

    Ati ' Umuntu wese ubarizwa muri iyo komite igira uruhare mu itangwa ry’ayo mafaranga ndetse Minisiteri itureberera, bagomba kumanuka bakareba urubyiruko ruri gukora umuziki muri aka kanya, mukaba ari bo mufasha … Ikindi mujye mubishinga abantu babarizwa umunsi ku munsi mu gisata cy’imyidagaduro .'

    Uyu wamenyekanye mu ndirimbo yise 'Umwanda’ yanarenzeho agereranya ikibazo bafite n’ibindi bikigaragara mu zindi nzego z’imitangire ya serivisi, aho yatanze urugero rw’aho usanga umuntu aba akuriye nka serivisi zo gutwara abantu mu buryo bwa rusange ariko amaze nk’imyaka nk’itanu ataratega moto cyangwa imodoka rusange, ibi we abona nk’ibikibangamira ireme ry’imyanzuro imwe n’imwe ifatwa.

    Binyuze mu Inteko y’Umuco, inganda Ndangamuco n’iz’ubuhanzi (Creative Industry) zigenerwa ingengo y’imari yo gukoresha n’ubwo hari ababarizwa muri iyi ngeri y’ubuhanzi bagaragaza ko aya mafaranga atabageraho. Iyi ngengo y’imari igenda ihinduka bitewe n’igihe.

    Itangwa hagamijwe gufasha abahanzi no gufasha mu kurema imirimo mishya ishingiye ku bahanzi akaba atangwa na Minisiteri iba ifite mu nshingano ubuhanzi.

    Ku rundi ruhande ariko amakuru twaje kumenya ni uko aya mafaranga ashyirwa mu Nganda Ndangamuco n’Inteko y’Umuco, akoreshwa cyane mu bikorwa bigirira akamaro abahanzi bose muri rusange.

    Aho akunze kwifashishwa cyane mu gutegura inkunga ibikorwa bizamura impano z’abahanzi nka ArtRwanda-Ubuhanzi, ibitaramo, gutegura amarushanwa yo guhimba indirimbo n’imivugo n’ibindi. Ntabwo ahabwa umuntu ku giti cye, ahubwo akoreshwa mu bikorwa bibyarira inyungu umubare munini.

    Zeo Trap yavuze ko amafaranga bagenerwa atabageraho

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/zeo-trap-yaciye-amarenga-y-abanyereza-ibyo-leta-ibagenera.html

  • Amalon ntazasohora indirimbo afitanye na Pallaso kubera ibyo yemeranijwe na DJ Pius #rwanda #RwOT

    Amalon yahishuye ko hari indirimbo ze zirimo n’izo yakoranye n’abahanzi barimo Pallaso na Winnie Nwagi atemerewe gushyira hanze bitewe n’amasezerano y’imikoranire yasinye mu gihe cyatambutse agikomeje kumutambamira.

    Amalon uri kwitegura gushyira hanze Alubumu ye ya mbere yatangaje ko hari ibihangano bye birimo ibyo yakoranye n’abahanzi mpuzamahanga atazigera agira amahirwe yo gushyira hanze cyangwa abigireho ubundi burenganzira busanzwe bugirwa n’umuhanzi ku gihangano cye nyuma yo gutandukana n’inzu ya 1K Entertainment yamurebereraga inyungu isanzwe iri mu biganza bya DJ Pius.

    Uyu muhanzi ukunzwe cyane muri iyi minisi nyuma yo gushyira hanze indirimbo ye yise 'N’Imana’ yatangarije ibi mu kiganiro yagiranye na SK FM , aho yemeje ko imiterere y’amasezerano yari afitanye n’inzu yamurebereraga inyungu yagenaga ko ibihangano byose ahakoreye nta bundi burenganzira abifiteho usibye kubyitirirwa nk’umuhanzi wabyanditse akanabiriramba.

    Ati 'Yego, hari indirimbo nari mfitanye na Winnie Nwagi, Pallaso n’abandi benshi ariko izo zose ni iza 1K ntabwo ari izange …Amasezerano yacu yavugaga ko bazajya banyishurira byose bigenda ku ndirimbo, bakanyishyura hanyuma ibihangano bigahita biba ibyabo mu buryo busesuye .'

    Uyu muhanzi w’imyaka 29 y’amavuko nubwo impamvu yo kuba yari akisuganya nyuma yo gutandukana na 1K Entertainment yayishyize mu byatumye asa nk’uwacecetse, yanasabye abanyarwanda guhindura imyumvire bafite ijyanye n’icyo bita kubura cyangwa kuzima.

    Ati 'Abantu bakwiye guhindura imyumvire ntabwo umuziki ukorwa nk’uko umuntu yakora ibintu bimusaba guhora aboneka imbere y’abafana be, buri muhanzi agira igihe cye …Rero iyo numva abantu bavuga ngo 'umuhanzi yarazimye’ birantangaza cyane kuko ntekereza ko nta muntu wava mu kazi, ibyo mwita kuzima ngo aze yongere gusubira ku gasongero yahozeho .'

    Amalon nubwo yemeje ko hasigaye ibyumweru bibiri agashyira hanze indirimbo ya kabiri kuri alubumu nyuma ya N’Imana gusa ngo ariko ko bitarenze muri Mutarama 2026, azaba yamaze gushyira hanze Album yose iyi ikaba ni iya mbere ya ye kuva yatangira umuziki.

    Amalon watangiye umuziki muri 2018 asohora indirimbo ya mbere yise 'Yambi’ igahita iba ikimenyabose yanemeje ko iyi Alubumu yise MVP (Most Valuable Player) izaba igizwe n’indirimbo 12.

    Amalon yavuze ko hari indirimbo yakoranye na Pallaso itazigera isohoka

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/amalon-ntazasohora-indirimbo-afitanye-na-pallaso-kubera-ibyo-yemeranijwe-na-dj.html

  • Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n'umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y'intekorusange #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 12 Ugushyingo 2025, ni bwo icyemezo cyafashwe cy'uko Rayon Sports itakiri kumwe n'umutoza Afahamia Lotfi  nk'uko byatangajwe n'iyi kipe binyuze ku mbuga nkoranyambaga z'ikipe.


    Gusa nubwo gutandukana byemejwe na Rayon Sports, ku ruhande rwa Lotfi haracyari ikibazo kuko bavuga ko bo batarahabwa ibyo bagombwa.

    Biravugwa ko Gikundiro ishaka kumwishyura amezi abiri, nyamara we akifuza amafaranga yose y'amasezerano bitewe no kutubahiriza ibyo amasezerano ateganya.


    Ibi biramutse bitagenze nk'uko uruhande rw'umutoza rubyifuza, ngo bashobora kurega iyi kipe ko yaba itarubahirije ibyo impande zombi bumvikanye.

    Kugeza ubu nyuma yo gutandukana n'umutoza mukuru n'uwungirije, iyi kipe irakomeza gutozwa na Haruna Ferouz imaze igihe ayobora iyi kipe nyuka yaho bari barahagaritse aba batoza.

    Mu rwego rwo gushaka umuti w'ibibazo birimo gututumba muri Rayon Sports, Muvunyi Paul, Umuyobozi w'Urwego rw'Ikirenga rw'iyi kipe, yatumije Inteko Rusange Idasanzwe izaba ku wa 22 Ugushyingo 2025 kuri Delight Hotel.

    Ibi bikaba bigaragara mu ibaruwa itumira abanyamuryango yanditswe ku wa 14 Ugushyingo 2025, imenyesha ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA, n'ikigo cy'igihugu cy'imiyoborere mu Rwanda, RGB.


    Mbere y'uko iyi nama y'intekorusange iba, hari amakuru avuga ko Muvunyi Paul ashobora kwegura bitewe n'umwuka mubi uri hagati ye na Perezida Twagirayezu, batumvikana ku byemezo bikomeye bifatirwa ikipe, birimo no guhagarika Lotfi n'umwungiriza we Azouz.


    Kugeza ubu ikipe ya Rayon Sports iri muri gahunda yo gushakisha umutoza mukuru uzaza agakomezanya n'uwungurije uhariZ

    Nyuma y'umunsi wa 7 wa Shampiyona y'u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 13.

    Source : https://rushyashya.net/byahuriranye-rayon-sports-yatandukanye-numutoza-afahmia-lofti-paul-muvunyi-atumiza-inama-yintekorusange/