Author: webrwanda

  • Vestine yaciye amarenga ko yatandukanye n’umugabo, avuga ko abayeho mu buzima bubi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi w’irindirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe we Dorcas, yaciye amarenga ko yaba yaramaze gutandukana n’umugabo we, Idrissa Jean Luc Ouédraogo ukomoka muri Burkina Faso.

    Ku wa Gatandatu tariki 5 Nyakanga 2025, mu Intare Conference Arena nibwo aba bombi bakoze ubukwe bemeranywa kubana akaramata.

    Vestine ubu uri muri Canada we n’umuvandimwe we Dorcas aho bagiye gutaramirayo, yatunguye benshi avuga ko ubuzima abayemo atigeze abuhitamo kandi ko nta mugabo uzongera kumushuka.

    Abinyujije kuri Instagram ahajya ubutumwa bumara amasaha 24, Vestine yagize ati “Uyu munsi ubuzima mbayemo si bwo nahisemo. Mbayeho mu buryo bubi, ntabwo mbikwiriye.”

    Yakomeje avuga ko abizi ko yakoze amahitamo mabi ariko na none ngo hari igihe Imana yemera ko ibinti biba kugira ngo byigishe abantu.

    Ati “Ndabizi ko nakoze amahitamo mabi mu buzima bwanjye, gusa nta kibazo hari igihe Imana yemera ko ibintu biba kugira ngo twige. Nize byinshi. Nta mugabo uzongera kumbeshya ngo anyangirize ubuzima. “

    Yavuze ko kandi umugabo azongera guhitamo azabanza kumumenya neza.

    Ati “Umugabo nzahitamo kubana na we, nzabanza mumenye neza, menye umuryango we, menye buri kimwe kuri we, nta n’umwe uzongera kunkoresha.”

    Ishimwe Vestine tariki 22 Kamena 2025, yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi abenshi bazi nka 'Bridal Shower’.

    Yakoze ibi birori mu gihe ku wa 15 Mutarama 2025, mu buryo bwatunguye benshi yasezeranye imbere y’amategeko na Ouédraogo, mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.

    Ubutumwa bwa Vestine bwatunguye benshi

    Vestine yaciye amarenga ko yaba yaramaze gutandukana n’umugabo we ukomoka muri Burkina Faso

    Source : http://isimbi.rw/vestine-yaciye-amarenga-ko-yatandukanye-n-umugabo-avuga-ko-abayeho-mu-buzima.html

  • Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n'abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze #rwanda #RwOT

    Nyuma yo gutegura Itegeko Nshinga rya 1978 ryubakiye ubutegetsi bwa Habyarimana, ryahaye inzego z'ubutegetsi ububasha n'akarengane ku batutsi bwaje no kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umubiligi kivundaguzi Filip Reyntjens yakomeje ibikorwa byo guhakana no gusebya RPF kuva mu 1994 kugeza magingo aya.

    Dr. Jean Damascène Bizimana, Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yagaragaje uburyo Reyntjens akomeje kwandika no gutangaza ibinyoma bigamije guhorera inshuti ze zishinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi no gukomeza ingengabitekerezo ya 'double génocide', hagamijwe gusibanganya ukuri no kugabanya uburemere bw'icyaha ndengakamere cyakozwe n'ubutegetsi bw'Interahamwe na Repubulika za mbere.

    Ubufatanye bwa Reyntjens na Hassan Ngeze: Ikimenyetso cyerekana umugambi wo gusebya RPF

    Hassan Ngeze, wari umwanditsi mukuru wa Kangura, ikinyamakuru cyashyize hanze amacakubiri n'ingengabitekerezo ya Jenoside cyane cyane 'Amategeko 10 y'Abahutu' (1990), yahamwe n'icyaha cy'ugutera no gushishikariza Jenoside mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (TPIR). Yahamijwe kandi icyaha n'ubutabera mpuzamahanga bwo gufasha ibikorwa by'ubwicanyi.

    Muri Gicurasi 1997, Prof. Reyntjens yandikiye Hassan Ngeze ibaruwa ifite intego imwe rukumbi: Gushaka ibimenyetso byo guharabika RPF no kuyishinja kurasa indege ya Habyarimana, nubwo yari azi neza ko Ngeze ari umwe mu bayobozi b'ingenzi b'iyicwarubozo ryakorewe Abatutsi muri Jenoside karundura yabarimbuyemo miliyoni irenga.

    Mu ibaruwa, Reyntjens ati: 'Byaba iby'ingenzi cyane kubona ibimenyetso bigaragaza uruhare rwa RPF mu guhanura indege ya Perezida Habyarimana… Ndifuza no guhura n'umunyamakuru wa Kangura igihe cyose.'

    Ibi bishimangira ko Reyntjens: Yafataga Kangura ikinyamakuru cy'ubwicanyi, nk''umufatanyabikorwa' mu bikorwa bye.
    Yari azi neza ko Ngeze ari umugizi wa nabi, kuko mu 1992 Reyntjens ubwe yari yaranditse agaragaza uruhare rwa Ngeze mu kwica Abatutsi i Bugesera.

    Reyntjens yari azi neza ko Hassan Ngeze ari umunyabyaha kuva kera

    Mu nyandiko yanditse mbere ya Jenoside, Reyntjens ubwe yagaragaje ko:

    Ngeze yari mu bateguye kandi bakanashyira mu bikorwa ubwicanyi bwakorewe Abatutsi i Bugesera mu 1992.

    Kangura yakoreshejwe mu gutegura abaturage kwanga Abatutsi no kwitegura Jenoside.

    Ngeze yakoranaga n'abasirikare n'Interahamwe mu bikorwa by'ubugizi bwa nabi.

    Uyu musesenguzi wari ufite amakuru yose ku ruhare rwa Ngeze mu bwicanyi, ni na we nyuma y'imyaka ibiri gusa wamwandikiye amusaba ubufatanye mu guhimba ibirego birega RPF.

    Ibi bigaragaza ko Reyntjens yari afite intego ndasumbwa yo Gusibanganya ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Guhisha uruhare rw'inshuti ze zahoze mu butegetsi bwa Habyarimana, Gusingiza imvugo ya 'double génocide'.

    Impamvu Minisitiri Bizimana yagaruye ibi bisobanuro

    Dr. Bizimana yibukije ko: Kwemeza cyangwa kwamamaza ibinyoma by'abahakana Jenoside ari uguha agaciro abayikoze.

    Gukorana n'abantu nka Hassan Ngeze ni ukwitandukanya n'ukuri no gushyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Umurongo wa Reyntjens wo gusebya RPF ugamije gusubiza inyuma urugendo rw'ubumwe,ubwiyunge n'ukuri u Rwanda rwashyize imbere.

    Ibimenyetso byatanzwe bigaragaza ko Prof. Filip Reyntjens yakomeje kuba umwe mu banyamahanga bakomeye mu:guhakana Jenoside,kugoreka amateka, gusebya abahagaritse Jenoside, no gukorana n'abakoze cyangwa abashyigikiye Jenoside nka Jambo ASBL na ba Ingabire Victoire bahora iteka bifuza ko u Rwanda rusubira mu mage.

    Ubufatanye bwe na Hassan Ngeze, umwe mu bacurabwenge b'ingengabitekerezo ya Jenoside, ni ikimenyetso ntakuka cy'uruhare rwe mu guhimba ibinyoma bigamije gutesha agaciro ukuri kwa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gutera ubwoba abaharanira ukuri.

    Rushyashya izakomeza gutangaza ukuri no kurwanya ibisambo bishimuta amateka tuvomamo amasomo agomba kuduhuza nk'abanyarwanda kamerano batavangirwa n'izo mburamukora zo kwa Perode na Musenyeri Kilasi.

    Source : https://rushyashya.net/umwambari-wa-parime-hutu-filip-reyntjens-yakomeje-guhakana-jenoside-no-gukorana-nabahakanyi-bayo-ubuhamya-bwerekana-ubufatanye-bwe-na-hassan-ngeze/

  • Kitoko Bibarwa yavuze amagambo akomeye bitungura benshi #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Kitoko Bibarwa yongeye gusiga imitima y’abakurikirana umuziki nyarwanda mu gutungurwa gukomeye nyuma yo gutangaza ko atapfa kwemerera umwana we gukora icyo yise kwishora mu muziki ndetse ko n’ubuzima bwe bwo kwamamara bumubera ikigeragezo gikomeye.

    Kitoko Bibarwa avuga ko impamvu atakwemerera umwana we kujya mu muziki ndetse no mu bindi bikorwa ibyo ari byose bifite aho buhurira n’ubwamamare ari uko bihita bituma ubuzima bwite bw’umuntu buba butagishobotse ndetse ko no kuba rubanda bakubanaho ikosa ari ibintu biba byoroshye.

    Mu kiganiro na Televiziyo y’Igihugu , Kitoko yagize ati 'Umusaruro w’ubuzima bwo kwamamara ntabwo mbukunda. Uyu munsi umwana wange aramutse ambwiye ko agiye kuba umuhanzi twabanza tukabiganiraho igihe kinini, sinzi niba napfa no kumwemerera kuko ni ibigeragezo.'

    Uyu ufatwa nk’impirimbanyi z’umuziki nyarwanda ugezweho yakomeje avuga ko uko umuhanzi cyangwa undi wese ufite izina rinini aguma imbere y’imbaga abazwa cyangwa asabwa kugira ibitekerezo atanga rimwe na rimwe bya buri kanya ko ari byo bivamo kwisanga yatannye cyangwa yavuze ibitekeranye bitewe n’intego z’abari kumubaza.

    Ati 'Ubu buzima bwo kwamamara ni ibigeragezo, uca ahantu hose bagusaba ko muganira ukibaza impamvu batareka ngo nibere mu buzima bwange kandi uko ugenda uganira ni nako bagenda bakubonamo imyenge cyangwa ibihanga uba utanazi ko ufite.'

    Kitoko yagiriye inama urubyiruko n’undi wese wifuza kugera ku kwamamara ko atari ikintu cyo kwihutira ndetse ko gisaba umuntu ugifite kugira ukundi kwitwararika kurusha mbere.

    Ati 'Kwamamara ntabwo ari ikintu umuntu agomba kwirukankira, ndabyumva niba agishaka cyangwa hari icyo kimumarira wenda byagira uruhengekero, gusa si ibintu nashishakariza umuntu, Njyewe nakoze umuziki mbere nywukora bitewe n’uko nywukunda ndetse igituma nguma guhatana nabyo ni uko mba mbizi ko buri kintu cyose kigira ingaruka mbi ndetse n’inziza.'

    Ku wa 9 Ugushyingo 2025 nibwo nyuma y’imyaka 12 abarizwa mu Bwongereza aho yari yaragiye kwiga no kuhatura, umuhanzi Kitoko Bibarwa yatashye mu Rwanda burundu.

    Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo nka 'Akabuto’ anategerejwe mu gitaramo kizahuriramo n’umuhanzi w’icyamamare Davido, kizabera i Kigali ku wa 5 Ukuboza 2025.

    Kitoko yavuze ko atakwemerera umwana we kuba umuhanzi

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/kitoko-bibarwa-yavuze-amagambo-akomeye-bitungura-benshi.html

  • Captain Regis yavuze ku gihe azakorera ubukwe, icyo yifuriza Micky (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Kwizera Jaden Martin wamamaye muri Sinema nka Captain Regis, yavuze ko ubu ameze neza mu rukundo kandi na gahunda y’ubukwe ihari.

    Ni mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI aho yavuze ko we n’umukunzi we bumvikana kandi bagafashanya.

    Ati “njyewe umukunzi wanjye turumvikana kandi tugafashanya. Tugerageza kubana neza, nta bantu batagirana ibibazo natwe turabigirana ariko turaganira bigakemuka.”

    Yakomeje avuga ko banafite ubukwe nubwo atahita atangaza itariki kuko batarayumvikanaho neza.

    Ati “ubukwe burahari. Dufite ubukwe. Ntabwo ndibutangaze itariki tutarumvikana ariko gahunda irahari n’inama z’ubukwe zaratangiye.”

    Captain Regis uri mu rukundo na Queen Ringo (niyo mazina akoresha ku mbuga nkoranyambaga), hari nyuma yo gutandukana na Micky.

    Aba banakoranaga habayeho gutukana buri umwe ashyira undi hanze.

    Abajijwe ikibazo nyamukuru yagiranye n’uyu mukobwa, Captain Regis yavuze ko nta kintu yabivugaho uretse kumwifuriza ibyiza.

    Ati “Nta kintu nabivugaho rwose, ntacyo ndibubivugeho. Ndifuza ko agira urugo rwiza, ndifuza ko we amera neza.”

    Micky wahise ujya mu rukundo na AG Promoter, baritegura no gukora ubukwe cyane ko mu minsi ishize ari bwo yamwambitse impeta ya fiançailles amusaba ko yazamubera umugore undi aremera.

    Regis yavuze ko aryohewe n’urukundo

    Yifurije Micky urugo rwiza

    Source : http://isimbi.rw/captain-regis-yavuze-ku-gihe-azakorera-ubukwe-icyo-yifuriza-micky-video.html

  • AMAFOTO – APR FC idafite abakinnyi bari mu ikipe y'igihugu yasubukuye imyitozo yitegura umukino wa Musanze FC #rwanda #RwOT

    Abakinnyi batari mu ikipe y'igihugu, bongeye gusubukura imyitozo yo kwitegura umunsi wa munani wa shampiyona bazasuramo Musanze FC kuri uyu wa Gatandatu.

    Ni imyitozo yongeye gukorwa nyuma y'akaruhuko k'umunsi umwe ikipe yari yahawe ku Cyumweru, aho yari yiganjemo kongera kunanura imitsi no kugarura imbaraga.

    Imyitozo yo kuri uyu wa Mbere ntabwo yagaragayemo abakinnyi bari bagiye mu ikipe y'igihugu Amavubi, dore ko bahawe akaruhuko nyuma yo gukina umukino wa gicuti ku Cyumweru.

    APR FC izahura na Musanze nyuma yo gutsinda mukeba Rayon Sports ibitego 3-0,  mu mukino uheruka wa shampiyona watumye igera ku mwanya wa gatanu n'amanota 11 mu mikino itanu imaze gukina.

    Umukino nk'uyu umwaka ushize warangiye APR FC itsindiye mu Majyaruguru igitego 1-0 cyabonetse kuri penaliti ya Mugisha Gilbert.

    Biteganyijwe ko abakinnyi bari mu ikipe y'igihugu bazakorana imyitozo na bagenzi babo kuri uyu wa Kabiri, wongeyeho na Djibril Ouatarra utakoze imyitozo yo kuri uyu munsi aho akomeje kugaruka mu ikipe buhoro buhoro.

    Source : https://rushyashya.net/amafoto-apr-fc-idafite-abakinnyi-bari-mu-ikipe-yigihugu-yasubukuye-imyitozo-yitegura-umukino-wa-musanze-fc/

  • Habura iminsi 5 ngo inama y'intekorusange idasanzwe ya Rayon Sports ibe, Paul Muvunyi wari wayitumije yayisubitse #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi ya Rayon Sports, Muvunyi Paul, yamenyesheje abanyamuryango bayo ko inama y'Inteko Rusange idasanzwe yari yatumijwe yasubitswe.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Ugushyingo 2025, ni bwo iyi baruwa yanditswe n'Ubuyobozi bw'Umuryango wa Rayon Sports yagejejwe ku banyamuryango bayo.


    Igira iti 'Ubuyobozi bw'Umuryango wa Association Rayon Sports buramenyesha abanyamuryango bawo ko Inama y'Inteko Rusange yari yatumiwe ku wa 22 Ugushyingo 2025 isubitswe. Indi tariki inama izakorerwaho muzayimenyeshwa mu minsi iri imbere.'

    Iyi nama yagombaga kwiga ku ngingo zirimo iyo kurebera hamwe uko umuryango uhagaze n'icyakorwa mu gushaka umuti w'ibibazo bihari, kandi uwari wayitumiwemo wese agomba kuyibonekamo kuko yari kuba ifite uburemere budasanzwe.


    Ni ibaruwa yari yamenyeshejwe kandi Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA) n'Urwego rw'Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB).


    Iyi Nteko Rusange idasanzwe isubitswe mu gihe hakomeje umwuka mubi hagati ya Muvunyi Paul na Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, badahuriza hamwe ku myanzuro n'ibyemezo bifatirwa ikipe.

    Source : https://rushyashya.net/habura-iminsi-5-ngo-inama-yintekorusange-idasanzwe-ya-rayon-sports-ibe-paul-muvunyi-wari-wayitumije-yayisubitse/

  • Lynda Priya yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wa filime nyarwanda, Lynda Priya, yashyize ahagaragara itariki y’ubukwe bwe n’umusore bakundana Irenge Christian, nyuma y’amezi asaga abiri yambitswe impeta y’urudashira.

    Ni inkuru yishimiwe cyane n’abakunzi ba sinema nyarwanda ndetse n’inshuti za hafi z’aba bombi, cyane ko urukundo rwabo rwari rumaze iminsi rutangiye kuvugwaho cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

    Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki 10 Ukwakira 2025, nibwo Lynda yambitswe impeta, mu muhango wabereye mu muhezo ukitabirwa n’inshuti nke za hafi.

    Nyuma yaho, uyu wamenyekanye mu mafilime atandukanye, yashimangiye ko Irenge ari we mugabo w’imbonekarimwe wihariye umutima we.

    Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Lynda yatangaje ko we n’umukunzi we bamaze igihe kitari gito bakundana.

    Ati 'Tumaranye umwaka n’igice kuko twatangiye gukundana mu 2023. Iby’ubukwe byo turi kubitegura umwaka utaha.'

    Kuri ubu, tariki ya 08 Gashyantare 2026 yamaze kwemezwa nk’izaberaho ibirori by’ubukwe bw’aba bombi, mu gihe umuhango wo gufata irembo wabaye ku wa 27 Ukwakira 2025.

    Usibye kuba Lynda Priya ari izina rizwi muri sinema nyarwanda ryamenyekanye mu mafilime yakunzwe nka 'Love and Drama’ n’izindi zinyuranye ; uyu mukobwa yanahatanye mu marushanwa ya Miss Rwanda 2021 na 2022.

    Ku rundi ruhande, uyu mukunzi we witwa Irenge Christian ni umusore umaze igihe mu bikorwa bigamije guteza imbere urubyiruko no kunoza imiyoborere, akaba asanzwe akora mu mishinga ifite aho ihurira n’iterambere ry’imibereho myiza.

    Mbere yo guhura na Irenge, Lynda yari yaravuzwe mu rukundo na Zaba Missedcall, bigeze gukinana filime zitandukanye ariko bakaba baratandukanye mu 2022.

    Lynda yavuze igihe azakorera ubukwe

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/lynda-priya-yashyize-hanze-itariki-y-ubukwe-bwe.html

  • Butera Knowless yafashije umukinnyi kwerekeza muri Amerika #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Nyarwanda, Butera Knowless na KEFA Sports bafashije umukinnyi wa Basketball y’abafite ubumuga bakina bicaye mu ntene “Wheelchair Basketball”, Munyaneza Dieudonne kujya kwihugura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Ni mu butumwa uyu muhanzi yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze ko nyuma yo kubona umuhate we, ko kubufatanye bwa Butera Cares Foundation (umuryango we) na Sosiyete yo mu Rwanda imenyerewe mu kubaka ibibuga bya Basketball, KEFA Sports Ltd, byabateye imbaraga zo kumufasha.

    Ati “Umuhate w’uyu mukinnyi ukiri muto, wadukoze ku mutima. Binyuze muri KEFA Sports na Butera Cares Foundation, twashimishijwe no kumufasha buri kimwe yari akeneye kugira ngo akomereze urugendo rwe rwa Basketball ndetse anabone amahirwe yo gukorera imyitozo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

    Munyaneza Dieudonne akaba yari asanzwe ari umukinnyi w’ikipe ya Bugesera Wheelchair Basketball Club.

    Yamaze gufata rutimikirere yerekeza muri Amerika aho agiye kwihugura no kongera ubumenyi akorerayo imyitozo.

    Munyaneza Dieudonne yerekeje muri Amerika

    Butera Knowless na KEFA Sports bamufashije

    Ubwo bari bamuherekeje ku kibuga cy’indege

    Akinira Bugesera Wheelchair Basketball Club

    Source : http://isimbi.rw/butera-knowless-yafashije-umukinnyi-kwerekeza-muri-amerika.html

  • Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010 #rwanda #RwOT

    Mu mwaka wa 2022, Perezida Tshisekedi yakiriye impapuro za Agricole Ntirampeba Mwamba zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Burundi nka Ambasaderi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

    Ndayishimiye kandi yahise azamura Agricole Ntirampeba Mwamba ku ipeti rya Major General. Uku kuzamurwa ipeti bigaragaza uruhare rwe mu gukomeza ubufatanye bw'ibanga mu bya gisirikare hagati ya Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) mu kurwanya AFC/M23.

    Ntirampeba, wagizwe ambasaderi mu 2022, azwiho kuba afite umubano udasanzwe na FDLR umaze igihe, umutwe w'iterabwoba ugizwe n'abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.
    Uyu mubano we wagize uruhare mu koroshya itumanaho hagati ya Perezida Tshisekedi na FDLR, bityo bigafasha ibikorwa bya gisirikare bihuriweho n'ingabo za DRC, iza Burundi, ndetse n'imitwe ya FDLR mu kurwanya abarwanyi ba AFC/M23.

    Raporo ya 2009 y'Itsinda ry'Impuguke rya Loni (UNGoE) yagaragaje uruhare rwa Ntirampeba n'umuyobozi we icyo gihe, Lieutenant General Adolphe Nshimirimana, wari uyoboye ibiro by'ubutasi bya Burundi, mu gutanga intwaro n'inkunga z'ubuvuzi kuri FDLR. Iyo raporo yagaragaje amatelefoni hagati ya Ntirampeba n'abasirikare ba FDLR, ndetse n'ubufatanye mu bikoresho n'ubuvuzi.

    Raporo yanditse iti: 'Itsinda ryabonye amatelefoni agaragaza ibiganiro 13 hagati ya Colonel Agricole, umuyobozi w'abakozi ba General Nshimirimana, na Major Mazuru wa FDLR hagati ya Kamena na Kanama 2009.'

    Amateka ya Ntirampeba n'ishyaka FDLR atangira akiri muto. Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari impunzi I u Rilima, Bugesera, aho hamwe nizindi mpunzi z'Abarundi, zafashaga gushyira hamwe umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi
    Nk'uko abandi benshi bari mu byaha bya jenoside babigenje, nyuma yaho yahunze ajya muri DRC aho yaje kwinjira mu Ngabo Zihariye za FDLR mu 1998, akorera mu Ishami rya 108 ryayobowe na Col. François-Xavier Birikunzira.

    Mu myaka yakurikiyeho, Ntirampeba yagiye afata imyanya myinshi muri FDLR, yitabira ibikorwa byayo kandi akomeza gutera imbere binyuze mu myitozo ya gisirikare.

    Mu 2000, yagiye ku mahugurwa y'ubutasi yateguwe n'inzobere za gisirikare za Zimbabwe. Mu mwaka umwe, we n'abandi Banyarwanda bari barinjiriye muri FDLR, binjiye mu mutwe wa CNDD-FDD wari uyobowe na Col. Jean-Bosco Ndayikengurukiye i Lubumbashi, aho yayoboye iby'ububiko n'ibikoresho.

    Uyu murimo we wagize uruhare mu kwimura ibikoresho bya gisirikare bivuye muri DRC bijya mu mitwe ya CNDD-FDD yo muri Burundi kugeza igihe yinjijwe mu ngabo za leta mu 2003.

    Mu 2005, Ntirampeba yabaye mu buyobozi bw'ibiro by'ubutasi bya Burundi (SNR) byari biyobowe na Gen. Adolphe Nshimirimana.

    Ubu, Ntirampeba akomeza kugirana umubano ukomeye na FDLR, umutwe ukomeza gushyigikirwa na Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye mu guteza umutekano muke mu Rwanda.

    Mu kwezi kwa mbere 2024, Ndayishimiye, aganira n'urubyiruko rurenze 500 i Kinshasa, mu izina ry'Afurika yunze Ubumwe yashishikarije urubyiruko rw'u Rwanda 'gushyira igitutu ku bayobozi babo,' arusaba guhangana na leta y'u Rwanda no kuyisimbura.

    Guhitamo Ntirampeba, umuntu ufite aho ahuriye na FDLR , nk'ambasaderi we i Kinshasa, byari uburyo bwo gushyigikira ubufatanye bwa gisirikare n'ubutegetsi na Tshisekedi no gushyigikira gahunda yo gukwirakwiza ingengabitekerezo y'ishyaka rya FDLR no kurwanya u Rwanda muri aka karere.

    Source : https://rushyashya.net/uhagarariye-ndayishimiye-i-kinshasa-afitanye-amateka-yihariye-na-fdlr-guhera-mbere-ya-2010/

  • IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE #rwanda #RwOT

    Mu ijoro ryo kuwa gatanu w'iki cyumweru turi dusoje Kayumba Nyamwasa yagaragaye kuri Twitter Space mu kiganiro cyari kiyobowe Spokesperson wa RNC, Ignace Rusagara, yihinduye umugabo w'intangarugero uvuga demokarasi, imiyoborere myiza, n'amahoro mu karere. Mu magambo ye, yagerageje kwerekana ko ari 'umunyapolitiki wakuze,' 'intwari yo guharanira impinduka,' ndetse 'umwe mu barwanya akarengane.'
    Ariko inyuma yayo magambo abwira abatamuzi ni umugabo wahamwe n'ibyaha by'iterabwoba n'ibindi byaha binyuranye, Muri iyi nkuru turababwira Kayumba Nyamwasa uwariwe ndetse n'ibibazo nyamukuru yari kubazwa

    1. Urupfu rwa Ben Rutabana

    Rutabana Ben ni umwe mu bantu Kayumba yigeze kongera ko ari 'umuvandimwe,' 'umunyabwenge,' 'umukada w'igihangange.' Ariko ubwo Rutabana yahishuraga ko hari ugutoneshwa gushingiye ku miryango muri RNC, gukoresha amafaranga ku buryo butazwi bikozwe na Kayumba Nyamwasa no gukoresha RNC mu nyungu bwite za Kayumba Nyamwasa, Rutabana yahindutse umwanzi aburirwa irengero bivugwa ko Kayumba Nyamwasa yamwohereje muri Congo akaba ariyo yamwamburiye ubuzima.
    Ni iki Kayumba avuga ku rupfu cyangwa kuburirwa irengero rye?
    Ni iki yakoze nk'umuyobozi ngo arenganure uwarwaniraga ishyaka rye?
    Ni iki yumva kimusobanura imbere y'umuryango wa Rutabana?
    Mu kiganiro kuri Twitter Space, nta n'umwe wari kubibaza kuko yabazwaga ibibaz yateguriwe bisebya Leta yu Rwanda

    2. P5: Abasore yohereje gupfira mu mashyamba ya Congo.
    Niba hari umugome wa mbere ni Kayumba Nyamwasa kuko yateguye ingabo arangije sintsinzwe arazihakana. Uyu mutwe yawushinze yizeye gukuraho ubutegetsi bwa Kigali ariko yabukoresheje mu nyungu ze bwite. Abenshi bahasize ubuzima nka Capt Charles Sibo wari wungirije Major Habib Mudathiru wari uyoboye ingabo agafatwa akoherezwa mu Rwanda.

    3. Miliyoni 1.5 y'amadorali yanyerejwe na Kayumba Nyamwasa yari yakusanyijwe kugurira P5 intwaro

    Mu rubanza rw'iterabwoba rwaregwagamo Paul Rusesabagina na Callixte Sankara na bagenzi be, babwiye Sankara yatangaje ko Kayumba Nyamwasa yakiriye amafaranga arenga miliyoni n'igice y'amadorali yo kugura intwaro maze umwana wumuhungu ayakubita umufuka agura imodoka 8 za Mercedes-Benz Actros akuraho telephone. Kugura intwaro,

    4. Gukoresha RNC nk'akarima ke

    Hari ibintu bitatu bikomeye byavuzwe n'abantu babaga mu buyobozi bwa RNC: 1) RNC yahindutse isambu yo mu rugo kwa Kayumba 2) Imyanya yose ikomeye iba mu muryango 3) Abagerageza kuvuga ukuri baracibwa cyangwa bakicwa.

    Urugero rukomeye:

    • Ben Rutabana yaburiye irengero nyuma yo kuvuga imyitwarire mibi ya Kayumba,
    • Abandi nka Mukashema, Mugenzi, n'abandi batemeraga politics ya kayumba bararenganyijwe,
    • Hari abata Umutwe bigendera bavuga 'nta politiki nzima ihari, ni business.'
    Iki kibazo gikomeye cy'itonesha nticyigeze kibazwa muri space.
    Kayumba Nyamwasa yohereje Abasore mu mashyamba ya RDC bari kurwana n'inzara, malaria, n'ibindi bitero, naho Kayumba we:
    o Yabaga mu mahoteli yo mu rwego rwo hejuru muri Kampala, na Pretoria
    o Agakoresha amamodoka agezweho muri Pretoria,
    o Akishyurwa na diaspora yo mu Burayi n'Amajyepfo ya Afurika.

    Abamufashaga bakavuga bati:

    'Twatangiye politiki twizeye umuyobozi, tuza gusanga ari umugabo w'ubucuruzi.'
    Iki ni ikindi kibazo nticyigeze kibazwa
    6: Ubucuruzi bwa Kayumba Nyamwasa mu bihugu bitandukanye

    Birazwi ko:

    • Kayumba afite ubushabitsi bwa transport muri Mozambique, Angola na Afurika y'Epfo,
    • Afite amaduka n'isoko rinini muri Maputo,
    • Afite inzu zihenze muri Pretoria no mu yindi mijyi.
    Amakuru y'imbere muri RNC avuga ko:
    • Ibicuruzwa byinshi byazamuwe n'amafaranga RNC yakusanyaga yitwaje intwaro zitigeze zigurwa kugurwa,
    Ese ko muri Twitter Space batigeze bamubaza imvano yuwo mutungo?

    Muri make mu kiganiro cya Twitter Space, Kayumba yirinze ibintu byose bimurega:
    • Ntiyasobanuye ibura rya Ben Rutabana,
    • Ntiyasubije ku rupfu rw'abarwanyi boherejwe muri DRC,
    • Ntiyasobanuye $1.5 million z'intwaro,
    • Ntiyasobanuye uko RNC yabaye akarima k'umuryango we,
    • Ntiyasobanura impamvu yihishaga abanyamuryango bamubaza amafaranga,
    • Ntiyigeze avuga impamvu yoherezaga urubyiruko gupfa mu mashyamba we yicaye mu mahoro ya Pretoria.

    Source : https://rushyashya.net/ibyo-kayumba-nyamwasa-yari-kuba-yarabajijwe-muri-twitter-space-iyo-umurongo-uba-ufunguye-ku-bantu-bose/