Author: webrwanda

  • Iyo aba umuhanzi injyana yari kuririmba, abahanzi batanu nyarwanda akunda – Muhire Kevin #rwanda #RwOT

    Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Jamusi FC yo muri Suandi y’Epfo, Muhire Kevin yavuze ko iyo aba umuhanzi yari kuririmba injyana ya R&B bitewe n’uko yigeze kumara igihe yumva indirimbo za Dream Boys na Urban Boys.

    Ni mu kiganiro uyu mukinnyi umwe mu bakinnyi batajya babura mu ikipe y’Igihugu Amavubi yahaye ISIMBI cyagarutse hanze y’ikibuga ku bintu bijya bimuruhura.

    Kevin wamenyekanye cyane mu ikipe ya Rayon Sports avuga ko nta gushidikanya iyo aba umuhanzi yari kuririmba R&B (injyana imenyerewe mu ndirimbo z’urukundo), yayikunze akiri mu Irerero ry’Isonga kuko ari zo bumvaga gusa.

    Ati 'Nari kuririmba R&B. Urumva kera nakundaga Urban Boys cyane, bakoraga indirimbo nziza bo na Dream Boys, bariya bantu nakundaga kumva indirimbo zabo, tukiba mu Isonga nta zindi ndirimbo twumvaga, ni Urban Boys, ni Dream Boys kongeraho na Riderman ukumva ni Isi.'

    Kuri ubu avuga ko abahanzi akunda mu Rwanda bagera kuri 5 umubwiye kukubwira abari munsi yabo waba umugoye kuko hari n’ababa bahanganye kandi bombi abakunda.

    Ati 'batatu se ko ari bake? Nkunda abahangana kandi muri abo bahangana bose ndabakunda. nkunda Bruce Melodie, nkunda The Ben, nkunda Meddy, nkunda ba Kenny Sol, Platini.'

    Yongeyeho ati 'Umuhanzi wese ukora neza ndamukunda. Nkunda Nkunda kubivuga ntabwo abo bahanzi tujya dukunda guhura cyokora Platini turahura, Bruce Melodie rimwe na rimwe turahura ariko abandi bose ntiduhura ntabwo tuba tuziranye, abo nkubwiye nibwo nziranye nabo ariko ntabwo bivuze ko abandi mbanga, nk’ubu nkubwiye Kenny Sol ariko si inshuti yanjye ntitunavugana ariko akora neza.'

    Muhire Kevin akaba inshuro yakinnye mu Rwanda mu bihe bitandukanye yarakiniye ikipe ya Rayon Sports byanatumye benshi banamwita umwana wayo. Ayiherukamo mu mwaka w’imikino wa 2024-25 bakaba bataratandukanye neza aho bamushinje kubagambanira nawe akaba abashinja kumwambura.

    Meddy nubwo yahinduye akajya muri Gospel ariko ngo akunda ibihangano bye

    Muhire Kevin ni umufana ukomeye w’umuziki wa The Ben

    Platini P ni umwe mu bahanzi yishimira ibihangano bye

    Akunda Kenny Sol nubwo atamuzi, ngo aririmba neza

    Source : http://isimbi.rw/iyo-aba-umuhanzi-injyana-yari-kuririmba-abahanzi-batanu-nyarwanda-akunda-muhire.html

  • Urupfu rwa Captain wa FARDC rwatumye Col. Gapanda yitaba ubuyobozi #rwanda #RwOT

    Colonel Gapanda, uyobora imwe mu maregima y'ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu Ntara ya Ituri, yitabye ubuyobozi bwa Secteur i Bunia mu gitondo cyo ku wa Kabiri, tariki ya 18 Ugushyingo 2025, nyuma y'uko hagaragaye amakuru akomeye akiri gukorwaho iperereza.

    Ibi byakurikiye urupfu rutunguranye rwa Captain wari ukuriye kompanyi, wahitanwe n'igico cy'abarwanyi ba CODECO hamwe n'abandi basirikare barindwi bari kumwe, umwe rukumbi ni we warokotse.

    Amakuru agera mu nzego z'umutekano avuga ko uyu Captain aherutse kuva mu yindi regima aho yari yagiye gutanga ubutabazi, mbere yo kunga imbaraga mu ya Col. Gapanda. Ku munsi w'ihohoterwa, ngo yari yahamagawe n'abashinzwe imicungire y'ifaranga mu ngabo (S4) kugira ngo aze gufata amafaranga y'abasirikare yari ayoboye.

    Umwe mu bayobozi yavuze ati: 'Yari yagiye gufata amafaranga y'abasirikare be. Akimara kuyahabwa, yahise afata inzira agaruka ku kazi ke, ariko ahura n'igico cya CODECO gihita kimuhitana.'

    Uwarokotse muri icyo gitero yatangaje ko bagiye bahamagawe n'ubuyobozi bwa regima ya Col. Gapanda. Ariko amakuruKasuku Media yabonye yemeza ko ubwo uriya Captain yahamagarwaga, Col. Gapanda ubwe atari abizi, ndetse ntiyanabashije kumubona uwo munsi.

    Nyuma y'urupfu rwatangiye gukekwa ko rushobora kuba rufite imvano mu micungire y'amafaranga y'abasirikare, bamwe mu basirikare bashinzwe guhemba muri iyo regima bahise bahamagazwa i Bunia kugira ngo bisobanure. Ni na byo byatumye Col. Gapanda asabwa kwitaba ubuyobozi bwa Secteur mu rwego rwo gutanga ibisobanuro.

    Hari amakuru yari yatangiye guhwihwiswa ko ashobora kuba yahamagawe i Kinshasa, ariko inzego z'umutekano zashimangiye ko ibyo atari byo, ko ahubwo yitabye ubuyobozi bwa Secteur i Bunia nk'uko inzego z'ingabo zibyemera mu mikorere isanzwe.

    Kugeza ubu, iperereza rirakomeje mu gihe ubuyobozi bw'ingabo mu Ntara ya Ituri burimo gushaka kumenya neza impamvu nyayo y'uru rupfu rutunguranye n'ikoreshwa ry'amafaranga y'abasirikare yari acunzwe.

    Urupfu rwa Captain wa FARDC rwatumye Col. Gapanda yitaba ubuyobozi

    Source : https://kasukumedia.com/urupfu-rwa-captain-wa-fardc-rwatumye-col-gapanda-yitaba-ubuyobozi/

  • Hari igihe ikosa riruta icyaha – Umunyamakuru wa RBA #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru w’Ikigo y’Itangazamakuru (RBA) Ishami rya Huye akaba n’umuraperi uri mu bagezweho cyane muri iyi minsi, Polyvalent yagaragaje ko we abona uruhare runini mu gukwirakwira kw’amashusho y’urukozasoni ya bimwe mu byamamare byo mu Rwanda rugirwa nabo kurusha abayakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga.

    Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI , Umunyamakuru wa RBA ukora mu biganiro by’imyidagaduro, Anicet Bibetyo wamamaye nka Polyvalent yavuze ko nubwo abasakaza amashusho y’urukozasoni baba bakoze icyaha ariko we ko umutwaro munini awushyira ku muntu wa mbere wemeye kwifata amashusho atazi icyo azakora mu gihe kizaza.

    Ati 'Hari igihe ikosa riruta icyaha. Ngewe nubwo abantu basakaza amashusho baba bakoze icyaha, ariko mbona hari igihe ikosa riba rinini kuruta icyaha. Ndabyemera uwoherereje amashusho mugenzi we aba yakoze icyaha gihanwa n’amategeko, ariko se ku rundi ruhande wowe uri umuntu w’umugabo, umugore cyangwa umukobwa wemeye ko bagufata amashusho uri muri ibyo bikorwa, wowe uba wumva bikwiye?'

    Uyu muraperi yatangaje ko abona igihe kigeze ngo abantu batangire bajijuke bamenye uburyo imbuga nkoranyambaga zikora kuko kuri ubu hasigaye hari ibyago byinshi byo kuba umuntu yakwinjira muri telephone yawe akihereza ayo mafoto.

    Ati ' Ntekereza ko bikwiye ko abantu batangira gutekereza no kuzirikana ku mikorere y’imbuga nkoranyambaga … Niba uri umukobwa cyangwa umusore ntukwiye kwemera ko bagufata amashuho uri gusambana kuko ugomba kuzirikana ko n’uwo muntu mushobora kuzashwana akayishyirira hanze cyangwa akaba yakinjirirwa bityo ugasanga urasebye.'

    Polyvalent uheruka kongera gushyira hanze indirimbo ye nshya 'Amayeri III' ; aho yemeje byose byaturutse ku busabe n’ibyifuzo by’abafana bari bamugaragarije urukundo rudasanzwe ku Amayeri I n’Amayeri II.

    Amayeri III yumvikanamo injyana nshya isa nk’aho ihurije hamwe Reggae na Drill nk’uko byari bimeze mu Amayeri II aho nabwo uyu muraperi yagarukaga ku nkuru zavuzwe cyane mu mwaka wa 2024 n’intangiriro za 2025.

    Polyvalent afite indi mishanga y’ibihangano byinshi yitegura gushyira hanze haba mu mpera z’uyu mwaka ndetse no mu ntangiriro za 2026 ariko by’umwihariko ari kwitegura gushyira hanze alubumu ye ya mbere nayo ishobora kuza muri iki gihe.

    Polyvalent abona abifata amashusho ari bo baba bafite ikibazo

    Asanzwe ari n’umunyamakuru wa RBA

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/hari-igihe-ikosa-riruta-icyaha-umunyamakuru-wa-rba.html

  • Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo hongeye kugarizwa n'ibiza #rwanda #RwOT

    Nubwo ubuyobozi bw'Umujyi wa Kinshasa bwashyizeho amabwiriza abuza abaturage n'itangazamakuru gufotora cyangwa gufata amashusho y'ingaruka z'imvura nyinshi zabaye ku wa Kabiri, tariki ya 18 Ugushyingo 2025, amafoto akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga yerekana ko uyu murwa mukuru wa RDC ukomeje kurwana n'ibibazo bikomeye by'ibiza. Nubwo icyo ubuyobozi bwari bugamije kitaramenyekana mu buryo bweruye, harakekwa ko ari ugushaka gukumira isura mbi y'umujyi mu gihe imvura ikomeje gutera ibibazo bikomeye.

    Amafoto yashyizwe hanze n'umunyamakuru Nathanaël Milambo agaragaza ishusho ibabaje imenyerewe muri Kinshasa mu bihe by'imvura: imihanda yuzuye amazi atemba, imodoka ntizigenda, ndetse n'ibikorwa remezo bikomeye birimo imihanda, imiyoboro y'amazi n'ibikorwa remezo rusange birimo kuranga n'amazi.

    Ibi byongeye kuzamura impaka n'uruhurirane rw'ibitekerezo ku micungire y'umujyi n'uburyo ubuyobozi bwiteguye guhangana n'ibiza bikomeje kwiyongera. Abaturage bari mu bwigunge, bamwe bagasaba ibisubizo birambye aho guhora bahabwa amabwiriza abuza gutangaza uko ibintu byifashe.

    Ibi byose bikomeje gushyira igitutu ku buyobozi bwa Perezida Félix Tshisekedi, bukomeje kunengwa kudatanga ibisubizo bigaragara ku kibazo cy'imvura idasanzwe.

    Usibye n'ibyo, amakuru aturuka mu bice bitandukanye by'umujyi avuga ko amazu menshi yasenyutse naho abandi baturage benshi bakaba baburiwe irengero, nubwo umubare wabo utaramenyekana ku mugaragaro. Kinshasa ikomeje gukomanyirizwa n'imvura idasanzwe, mu gihe abaturage bifuza ko ubuyobozi bwashyira imbere kuvugurura ibikorwa remezo aho gushyira imbaraga mu guhagarika gutangaza amakuru.

    Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo hongeye kugarizwa n'ibiza

    Source : https://kasukumedia.com/muri-repubulika-iharanira-demokarasi-ya-kongo-hongeye-kugarizwa-nibiza/

  • Kanogo: Ingabo z'u Burundi na Mai-Mai zikomeje gukaza umurego ku Banyamulenge #rwanda #RwOT

    Ingabo z'u Burundi zifatanyije n'abarwanyi ba Mai-Mai zakomeje kugaragara mu bikorwa bivugwaho kwibasira abaturage b'Abanyamulenge mu misozi ya Bijombo, muri Teritware ya Uvira, Intara ya Kivu y'Amajyepfo. Amakuru yakiriwe mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 14 Ugushyingo 2025, yemeza ko izo ngabo zashinze ibirindiro bishya mu muhana wa Kanogo, agace gatujwemo Abanyamulenge benshi kandi kazwiho kunga ubuzima bwabo bushingiye ku bworozi.

    Abaturage bahaye amakuru MCN bavuze ko ingabo z'u Burundi zinjiye mu Kanogo ari nyinshi, ziturutse mu bindi bice bya Grupema ya Bukombo, maze zihashinga ibirindiro bikomeye nk'aho zitegura ibikorwa byisubiramo. Ibi bibaye mu gihe hashize iminsi zikora ibikorwa bihungabanya umutekano w'abaturage, birimo ubusahuzi, kunyaga amatungo, gukandamiza abaturage no kurasa amasasu yo gukangisha abaturage mu ijoro no ku manywa.

    Ku wa Kane w'ejo, abarwanyi ba Mai-Mai bafitanye ubufatanye bwa hafi n'ingabo z'u Burundi bakekwaho kunyaga inka z'Abanyamulenge. Nubwo nyuma zabashije kugaruzwa n'abaturage babifashijwemo n'abasore b'inzego z'umutekano zo mu bwoko bwabo, ibyo bikorwa byongeye guteza ubwoba n'amakenga, bituma benshi bumva ko umutekano wabo urushaho kuba muke. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Mai-Mai yongeye kurasa amasasu menshi mu buryo bw'igitutu, ndetse ingabo z'u Burundi zirabasubiza, ibintu byashibutsemo ishusho yo gukangisha abaturage ngo bahunge, bityo hashobore gukorwa ibikorwa byo kubasahura no kubambura umutungo wabo wose.

    Mu myaka ishize, Abanyamulenge bahuye n'igihombo gikomeye kubera ibikorwa bya Mai-Mai byo kunyaga amatungo, by'umwihariko inka zirenga ibihumbi magana atanu (500.000+) zambuwe mu bice bitandukanye by'i Mulenge. Ibi byasize ingo nyinshi zisubira ku busa, bituma ubukungu bw'akarere bushingiye ku bworozi busubira inyuma mu buryo bukabije. Imiryango itari iya Leta ikorera muri ako gace ikomeje gutabariza aba baturage, ivuga ko ubufatanye bwa Mai-Mai n'ingabo z'u Burundi bugamije gukomeza kubahima no kubasiga mu buzima bwo guhunga no kubura ibibatunga.

    Kugeza ubu, icyongera kwibazwa ni intego n'icyo bigamije kuri iri kambika rishya ry'ingabo z'u Burundi mu Kanogo. Bamwe mu baturage bavuga ko bishobora kuba ari uburyo bwo kurushaho kugenzura imisozi ya Bijombo no gukomeza gukoresha ubugizi bwa nabi bugamije gusenya umuryango nyamwinshi w'Abanyamulenge. Abandi bo bavuga ko ibi biterwa n'ubushake bwa bamwe mu mitwe yitwaza intwaro yo gukomeza gucamo ibice abaturage no kubabuza amahoro kugira ngo bakomeze kubasahura.

    Mu gihe ibyo byose bikomeje, abaturage bo mu Kanogo no mu bice bya Bijombo bakomeje kubaho mu bwoba, mu gahinda no mu gihirahiro ku hazaza h'umutekano wabo. Ababyeyi bavuga ko abana batagishobora kwiga neza cyangwa gusohoka mu ngo kubera ubwoba bw'amasasu. Abagabo n'abasore bo bavuga ko gusohoka bagiye gushaka ibiribwa cyangwa kuvoma amazi nabyo byabaye ingorabahizi, kuko hari aho ingabo n'abarwanyi bombi bashyize utuzu n'ibirindiro bafatiraho abaturage babasaka cyangwa bakabambura.

    Aba baturage bakomeje gusaba Leta ya DR Congo, MONUSCO n'imiryango mpuzamahanga gushyira imbaraga mu kurinda ubuzima bwabo no gushyira igitutu ku ngabo z'u Burundi n'imitwe ya Mai-Mai kugira ngo bahagarike ibikorwa byose byo guhungabanya abaturage b'inzirakarengane. Bavuga ko amahoro ari cyo kintu cy'ingenzi bifuza, ndetse ko bakeneye kubona ibimenyetso simusiga ko hari ubuyobozi bwita ku mutekano wabo.

    Kanogo: Ingabo z'u Burundi na Mai-Mai zikomeje gukaza umurego ku Banyamulenge

    Source : https://kasukumedia.com/kanogo-ingabo-zu-burundi-na-mai-mai-zikomeje-gukaza-umurego-ku-banyamulenge/

  • Rayon Sports yahanye gatanya na Mohammed Chelly #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yamaze gutangaza ko yatandukanye n’umukinnyi wayo wo mu kibuga hagati, Mohammed Chelly, wari umaze igihe kitageze no ku mezi atanu ayisinyiye.

    Uyu musore ukomoka muri Tunisia yasinye muri Gikundiro muri Kanama 2024, aho yari afite amasezerano y’umwaka umwe, ariko impande zombi zikaba zemeje gusesa ayo masezerano mu bwumvikane.

    Mu itangazo Rayon Sports yashyize ku rukuta rwayo rwa X kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Ugushyingo 2025, yagize iti 'Rayon Sports na Mohammed Chelly batandukanye mu bwumvikane. Turamushimira uburyo yakoranye natwe mu buryo bwuje ubunyamwuga n’imyitwarire myiza.'

    Mohammed Chelly w’imyaka 24 yari yageze muri Rayon Sports avuye muri Océano Club de Kerkennah yo mu cyiciro cya kabiri muri Tunisia, ikipe yakiniraga kuva mu 2022 kugeza mu 2025.

    Mbere yaho, yakiniye Sfax Railway Sport y’iwabo kuva mu 2018 kugeza mu 2021, akaba kandi yarigeze kugirirwa icyizere n’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 'Les Aigles de Carthage’.

    Nubwo atigeze amarana igihe kirekire na Gikundiro, Chelly yari yitezweho kongerera imbaraga aho yari agiye guhangana n’abarimo Rukundo Abdul Rahman, Ishimwe Fiston, Adama Bagayogo, Tambwe Gloire ndetse na Tony Kitoga .

    Gutandukana kwe kuje mu gihe Rayon Sports ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye ahanini bifitanye isano n’imyenda Rayon Sports ishinjwa ku rwego mpuzamahanga aho abahoze ari abakozi bayo barimo Robertinho, Adulai Jalo byanatumye ifatirwa ibihano n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA] byo kutandikisha abakinnyi.

    Usibye ibyo kandi muri iyi kipe ikomoka I Nyanza haravugwamo ukutavugwa rumwe hagati ya perezida w’Inama y’Ubutegetsi, Muvunyi Paul na perezida w’Umuryango, Twagirayezu Thaddée, kwatangiye kugaragara ku mugaragaro.

    Mohamed Chelly yatandukanye na Rayon Sports

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/rayon-sports-yahanye-gatanya-na-mohammed-chelly.html

  • HOWO(HOHO) ishobora kuba atari ikibazo, ahubwo abazitwara-ACP Boniface Rutikanga #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga avuga ko nubwo atari umuvugizi w'uruganda rukora ubwoko bw'izi modoka za HOWO/HOHO zikunze gushyirwa mu majwi na benshi mu gukora no gukoresha impanuka, kuri we ngo ikibazo abantu bavuga ko zifite bakwiye kukirebera ahandi nko mu bazitwara kuko ikoranabuhanga zifite bashobora kuba batarizi.

    Mu kiganiro ACP Boniface Rutikanga aherutse kugirana n'itangazamakuru hatangizwa gahunda ya 'TURINDANE' ku rwego rw'Intara y'Amajyepfo, aho yatangirijwe ahazwi nka Bishenyi mu Murenge wa Runda ya Kamonyi, yavuze ko izi modoka zikunze gushyirwa mu majwi mu gukora no guteza impanuka atazi icyo abazishyira mu majwi bapfa nazo kuko atari nazo mu Gihugu ziza ku mwanya wa mbere mu mpanuka. 

    Yagize ati' HOWO, izi modoka! Impanuka zose ziba mu Gihugu, zishobora kuba impanuka zakozwe na HOWO zitageze no kuri 2% k'impanuka zose. Sinzi icyo mupfa nazo. Ntabwo ndi umuvugizi w'iyi sosiyeti ikora bino binyabiziga, wenda ni uko ari ikinyabiziga kinini, gifite uko gisa, gifite uko giteye ariko mbabwije ukuri ko hari izindi modoka ziri mu bwoko(categories) bwa HOWO zitwara ibicuruzwa n'ibintu zikora impanuka cyane no kuyirusha ariko zo ngira ngo nti zikora inkuru'.

    Akomeza agira ati' Muzabaze abahanga bose bazi iby'imodoka akubwire HOWO uburyo yubatse! Ni imwe mu modoka zibashije Terrain (ikirere cg imihanda) yacu. Itwarwa n'umuntu, ikibazo ni ukumenya ngo yikorera ibingana iki, ifite ikoranabuhanga rimeze rite, ese ndarizi(uyitwara)?'.

    Yifashishije urugero rw'ibiherutse kuba ku mushoferi wari utwaye imodoka kabuhariwe iterura izindi ifite ikoranabuhanga ariko uyitwaye ataryumva, ACP Boniface Rutikanga yavuze ko ubwo uyu mushoferi yarimo aterura ikinyabiziga cyari cyaguye ahantu, ikoranabuhanga ry'iyi modoka kuko nayo ubwayo yari yahengamye bitewe n'imiterere y'aho yari iri, ryanditse ribaza, ribwira umushoferi(mu cyongereza) ko ikodoka atwaye igiye kugwa, rimubaza niba ashaka gukomeza, aho kuvuga 'OYA' avuga/akanda 'YEGO'.

    Aha, niho ACP Boniface Rutikanga yahereye avuga ko uyu mushoferi ahagarariye abandi benshi bameze nkawe mu kutumva no kutamenya imiterere y'Imodoka batwaye cyane mu ikoranabuhanga yifitemo, ariko kandi no kutamenya ururimi kuko zimwe mu modoka zizana ikoranabuhanga aho ibanza no ku kuburira mbere y'uko haba ikibazo.

    Yagize kandi ati' Muri izi modoka mubona ziza, zigezweho! Zifite ikoranabuhanga. Ku bantu benshi batunze ibinyabiziga cyangwa se uwagitunze, muzabaze imodoka yakozwe muri 2009, 2010 kuzamura…Ni imodoka zisohoka ubu! Bazakubwira itandukaniro. Noneho iyo zije ari izi nini bwo! Zifite Tekinoloji nkeka ko abashoferi bacu benshi batamenyereye, batazi'.

    ACP Boniface Rutikanga, mu gusobanura byimbitse kandi atanga umucyo ku bakunze kwikoma HOWO/HOHO, yatanze urugero rufasha abantu kurushaho kumva ko ikibazo atari izi modoka, ko ahubwo kiri mu bazitwara. Ati' Muzarebe mu masosiyete y'Abashinwa akora hano mu Rwanda, mu bucukuzi bw'amabuye y'agaciro, aho bubaka Umuhanda, aho bubaka Ingomero z'amashanyarazi, ni ziriya modoka bakoresha. Uzambarize izimaze kugwa!?'.

    Akomeza avuga ko imwe mu mpamvu abona ituma izi modoka(HOWO/HOHO) n'abazitwara aho Abashinwa bakorera nta bibazo ziteza ari uko bo iyo bahaye umushoferi iyi modoka bafata igihe bakamwigisha uko iteye, uko ikora( bakamuha Kataloge yayo), akaba ayumva, ayisobanukiwe neza ku byo yikorera, uko ayitwara ahamanuka, ahaterera n'ibindi kuri yo bimufasha kuba ayumva neza kandi bakanamukurikirana bareba uko ayikoresha.

    Ikibazo cya Afande ACP Boniface Rutikanga cyaje kigira kiti; Ese Abashoferi dufite ikinyabiziga yigiyeho gutwara nicyo atwara? Ese Ikoranabuhanga Imodoka atwaye ifite ararizi, Ese yumva ururimi cyangwa abasha gusoma no kumva icyo imubwira haba ku nyandiko, amajwi cyangwa se ibimenyetso imuha atwaye?, Azi uko ahinduranya amavitensi yayo n'igihe cya ngombwa bitewe n'imiterere y'aho ageze?.

    ACP Boniface Rutikanga, avuga ko mu mezi atatu ashize uhereye mu kwezi kwa Munani(Kanama) mu Ntara y'Amajyepfo igizwe n'Uturere 8 habaye impanuka zikomeye 65. Muri izi mpanuka, 17 zingana na 26% zabereye mu karere ka Kamonyi. Ni impanuka zahitanye ubuzima bw'abantu 53 aho Akarere ka Kamonyi kihariye 15,9(16) bangana na 30%. Abakomeretse bose ni 43, muri bo 9 bangana na 20% ni Kamonyi.

    Soma hano inkuru y'itangizwa rya 'TURINDANE': Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw'Abantu

    Théogène Munyaneza

    The post HOWO(HOHO) ishobora kuba atari ikibazo, ahubwo abazitwara-ACP Boniface Rutikanga first appeared on Intyoza.

    The post HOWO(HOHO) ishobora kuba atari ikibazo, ahubwo abazitwara-ACP Boniface Rutikanga appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/11/18/howohoho-ishobora-kuba-atari-ikibazo-ahubwo-abazitwara-acp-boniface-rutikanga/

  • Ykee Benda akomeje guterwa imijugujugu #rwanda #RwOT

    Umuhanzi wo muri Uganda, Ykee Benda akomeje guterwa imijugujugu aho bivugwa ko ari kwishyura igiciro cy’ubukwe buhenze aherutse gukora nyuma yo kwemera kwamamaza ishyaka NRM rya Perezida Museveni.

    Wycliff Tugumawa wamamaye nka Ykee Benda aherutse gushyira hanze ubutumwa bwerekana bimwe mu bitaramo yakoreye mu turere dutandukanye two muri iki gihugu, hanyuma abuherekeresha amagambo agira ati 'Mu cyumweru gishize, ubwo twari twagiye gushyigikira Nyakubahwa Kaguta Museveni.'

    Nubwo ishyaka rya NRM ryamwakiranye yombi ryishimira ubufatanye bwe, ku mbuga nkoranyambaga si ko byagenze.

    Abaturage benshi, cyane cyane abakurikira ibibera muri politiki ya Uganda, bahise basakaza ibitekerezo byuzuyemo amagambo akomeye Kandi amunenga.

    Uwiyise Jjingo Paul ku rubuga rwa x yanditse ati 'Ntabwo nashyigikira Bobi, ariko ubwo twashyinguraga nyakwigendera Kato Lubwama, yavuze ko muri aba bahanzi harimo abasabirizi, wowe Benda ntabwo wiha agaciro, ndakubwira ko ibi byari bikwiye kuba byarabaye kera.'

    Undi witwa Emma Ssenyonga, yagize ati 'Ufite uburenganzira bwo gushyigikira uwo ushaka Ykee, ariko ntukwiye kwicarana n’uwo ugomba kuzatora kuko ariho iyezandoke ihera iziramo.'

    Pius Zlatan yanditse ati 'Ntabwo binantunguye kuba warakoze ubukwe buhenze muri uyu mwaka. Ubu tumenye uwabuteguye.'

    Kugeza ubu, Ykee Benda nta kintu na kimwe aragira icyo atangaza kuri ibyo byose ndetse akomeje kwitabira ibikorwa bya NRM.

    Mu gihe bamwe bamubonamo umuntu uri gushakisha amahirwe mu buryo bwe, abandi babibona nk’ukwigizayo no kwihenura kubababazwa n’imiyoborere iriho.

    Ku wa Gatandatu tariki 13 Nzeri 2025 nibwo Ykee Benda yasabye anakwa umukunzi we Emilly Nyawira.

    Ni ibirori byitaburiwe n’ibyamamare bitandukanye birimo Eddy Kenzo n’umugore we Nyamutoro, B2C, Levixion n’abandi benshi.

    Ykee Benda akomeje guterwa imijugujugu

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/ykee-benda-akomeje-guterwa-imijugujugu-12222.html

  • RGB na MINISPORTS bagiye gukora inama yiga ku bibazo bya Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Inzego nkuru za Leta, zigiye kongera kwinjira mu kibazo cya Rayon Sports kirimo gufata indi ntera umunsi ku munsi, bakivugutire umuti.

    Hari umwanditsi w’ibitabo w’Umunya-Nigeria, Chinua Achebe mu 1958 yigeze kwandika igitabo acyita “Things Fall Apart”, mu kinyarwanda cyiza wacyita “Byacitse” cyangwa se “Byadogereye”.

    Ibi rero nibyo birimo kuba mu ikipe ya Rayon Sports, umunsi ku munsi birimo kugenda bidogera, ndetse byanafashe indi ntera batangiye gutukana mu ruhame.

    Nta muntu uzi icyabaye nyir’izina ngo abaje bashyize hamwe bidateye kabiri batangire kuryana.

    Umwaka urashize abari barigijwe ku ruhande bongeye gusubizwa ikipe yabo, byari nk’amata yabyaye amavuta kuko Aba-Rayon bumvaga ibintu bisubiye mu buryo, ubumwe bugarutse cyane ko mbere yo gushyiraho ubuyobozi wabonaga bashyize hamwe.

    Tariki ya 16 Ugushyingo 2024 amatora yarabaye maze Twagirayezu Thaddée atorerwa kuyobora Komite Nyobozi ya Rayon Sports mu gihe Paul Muvunyi yatorewe kuyobora Inama y’Ubutegetsi igizwe n’abahoze bayobora iyi kipe.

    Bidateye kabiri hatangiye kuzamuka uruntu runtu hagati ya Komite Nyobozi n’Inama y’Ubutegetsi ariko bakagerageza kubihisha, ahanini byari bishingiye ku kugongana kw’inzego, batumvikana ku wugomba gufata umwanzuro, Thaddée ati “Ninjye”, Inama y’Ubutegetsi iti “nitwe”.

    Muri make kumenya icyo Komite imwe ishinzwe n’icyo indi ishinzwe byabaye ingorabahizi.

    Iyi mikoranire yarakomeje kugeza noneho aho buri rwego ruvuga ko ari rwo ruyoboye ikipe.

    Twagirayezu Thaddée aheruka kuvuga ko icyo yapfuye na Board ari uko “nanze kuba igikoresho cyabo”.

    Ubwo byari bigitangira Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere rwabagiriye inama yo gushyiraho urwego rumwe ndetse n’amategeko akavugururwa.

    Ibi nibyo Twagirayezu Thaddée yifuje ko byakwihutishwa mu gihe board yo yabonaga hakwiye kwihutira gushyiraho CEO ariko Twagirayezu Thaddée ababera ibamba, bagerageje no kumushyiraho ku ngufu biranga.

    Impande zombi zakomeje kugongana mu gufata ibyemezo, mu mishinga ibyara inyungu aho board yazanye umushinga w’akanyenyeri ariko Komite Nyobozi ikamera nkitawushyigikiye, ibi byatumye aka kanyenyeri karimo umwenda wa miliyoni 80 nk’uko amakuru abivuga.

    Muvunyi akaba yari yatumije Inama y’Inteko Rusange yagombaga kuba ku wa Gatandatu tariki ya 22 Ugushyingo 2025 ariko aza kuyisubika.

    Impamvu nta yindi ni uko yabonye ibimenyetso ko hashobora kuzaberamo ibintu bitari byiza abantu bakaba barwana bitewe n’inama bari bamaze gukora ku Cyumweru tariki 16 Ugushyingo.

    Umwuka mubi warakomeje, gushyamirana n’imvugo zitari nziza aho Rutangambwa Martin, ukuriye Akanama gashinzwe gukemura amakimbirane muri Rayon Sports, ejo yavugiye kuri Radio Rwanda ko agatsiko k’amabandi, ibisambo ari bo bayoboye Rayon Sports.

    Yagize ati “Hari abantu b’ibisambo bitwa ba Claude Mushimire, abantu bashyize ibifu imbere batagira indangagaciro n’imwe. Bakaba bari kumwe n’abandi bantu A, B, C, D, uzabona abitwa ba Eto’o bigeze kwirukanwa muri APR.'

    'Ni agatsiko k’amabandi. Ako gatsiko k’ayo mabandi ni ko kafashe Thaddée, baragenda birukana abantu bose bari bashinzwe kuyoborana. Uyu munsi ni bo bayoboye ibikorwa byose bya Rayon Sports.'

    Ibi bikiyongera ku magambo Habiyakare Saidi aherutse gutangariza SK FM ko hari uwamubwiye ko nta muntu utukura i Nyanza cyangwa mu Ruhango uzayobora Rayon Sports.

    Uko bigenda bifata indi ntera ni nako no mu nzego nkuru za Leta bigerayo.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) na Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS) bamaze gutegura gukora inama vuba bakiga ku kibazo kiri muri Rayon sports bakagiha umurongo.

    Ubwo RGB na MINISPORTS baheruka gufatanya bakagakemura ikibazo cya Rayon Sports, hari 2020, nibwo bafashe umwanzuro wo kwigizayo abahoze bayobora iyi kipe, bagaruwe muri 2024.

    Muri Rayon Sports ntabwo ibintu byoroshye, irimo iragana mu bibazo

    Source : http://isimbi.rw/rgb-na-minisports-bagiye-gukora-inama-yiga-ku-bibazo-bya-rayon-sports.html

  • Urubyiruko rw'abakobwa n'abahungu rwiyemeje kwinjira mu gisirikare cya Leta mu rwego rwo kurengera igihugu #rwanda #RwOT

    Agace ka Kabalekatambe, gaherereye muri Teritware ya Nyiragongo, kakiriye itsinda rya komisiyo y'intara ishinzwe gukangurira urubyiruko kwinjira mu ngabo za Leta (FARDC), mu rwego rwo gufasha mu bikorwa byo kurinda igihugu no kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

    Nk'uko byatangajwe na Minembwe Capital News (MCN), nibura urubyiruko rugera ku bantu barenga icumi, barimo abakobwa batari bake, rwiyandikishije ku bushake kugira ngo rufatanye n'ingabo za Leta mu rugamba rwo kurengera igihugu, cyane muri ibi bihe by'umutekano muke.

    Aba basore n'inkumi bavuze ko biyemeje kuba igisubizo mu bibazo by'umutekano byugarije igihugu cyabo. Umwe muri bo yagize ati:

    'Turashaka kurengera igihugu cyacu. Turambiwe kubona gitotezwa n'abanyamahanga. Twiyemeje kuba igisubizo.'

    Abagize komisiyo y'intara bashimiye ubu bwitange bw'urubyiruko, bavuga ko ari ikimenyetso cy'ubushake n'ubutwari mu gihe benshi bamaze kurambirwa ubwigunge n'intambara zimaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwa Congo.

    Ibi bikorwa byo gushishikariza urubyiruko kwinjira mu ngabo bibaye mu gihe intambara ikomeje gukara hagati y'ingabo za Leta (FARDC) n'imitwe yitwaje intwaro irimo M23 na Twirwaneho, mu ntara za Kivu y'Amajyaruguru n'Amajyepfo.

    Leta ya Kinshasa ikomeje gukangurira urubyiruko kwifatanya n'ingabo, hagamijwe kugarura amahoro arambye n'ubusugire bw'igihugu. Ariko ku rundi ruhande, hari n'urubyiruko ruri kwifatanya n'imitwe yitwaje intwaro, ruvuga ko rurambiwe ubutegetsi bwa Leta bushinjwa ruswa, ubwicanyi no gusahura abaturage.

    Amakuru atangwa n'abatuye mu burasirazuba agaragaza ko ingabo za FARDC n'abafatanyabikorwa bazo (Wazalendo) zikomeje gushinjwa ubwicanyi n'iyicarubozo ryibasira abasivili, cyane cyane mu duce twa Minembwe n'ahandi. Byemezwa ko muri ibyo bice, inka zibarirwa mu bihumbi amagana atanu zanyazwe, naho abasivili bo mu bwoko bw'Abanyamulenge babarirwa mu bihumbi bishwe barashwe n'ingabo za Leta, iza Wazalendo ndetse n'iz'u Burundi.

    Icyo gikorwa cyo gushishikariza urubyiruko kwinjira mu ngabo za Leta kiragaragaza uruhare rukomeye rw'abasore n'inkumi mu rugamba rwo gushaka amahoro mu gihugu cyabo, ariko nanone kigaragaza urugero rw'uburemere bw'ikibazo cy'umutekano mu burasirazuba bwa Congo.

    Abasesenguzi bavuga ko iyi gahunda ishobora kugira uruhare mu kongerera ingufu ingabo za Leta, ariko na none bagasaba ko ijyana n'uburemere bwo kubahiriza uburenganzira bwa muntu, kugira ngo ingabo zitazongera kugaragara mu bikorwa byo guhohotera abaturage nk'uko byakunze kugaragazwa.

    Hari kandi impungenge ko, mu gihe urubyiruko rudahabwa imyitozo ihagije n'inyigisho z'ubumuntu, rwakwifashishwa mu bikorwa bya politiki cyangwa ibihungabanya umutekano aho kuwukomeza.

    Abaturage bamwe bavuga ko amahoro nyayo azagerwaho ari uko Leta ishyize imbere ibiganiro n'imitwe yitwaje intwaro, aho gukomeza inzira y'intambara gusa, mu gihe abandi bashimangira ko gufata intwaro ari inzira yonyine yo kubohora igihugu.

    Source : https://kasukumedia.com/urubyiruko-rwabakobwa-nabahungu-rwiyemeje-kwinjira-mu-gisirikare-cya-leta-mu-rwego-rwo-kurengera-igihugu/