Author: webrwanda

  • Hari igihe Rayon itsinda igitego Police FC ukabona umupolisi arishimye – Umuvugizi wa Polisi ku bapolisi bafana andi makipe #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko nta gitangaza kirimo kuba umupolisi yaba afana indi kipe kuko bijya binabaho cyane ko yavutse benshi hari izo bihebeye.

    Ni mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI aho yabajijwe niba n’abapolisi baba bemerewe gufana andi makipe cyangwa baba bategetswe gufana Police FC n’andi makipe ya Polisi.

    ACP Rutikanga Boniface yavuze ko hari igihe umupolisi ayifana kuko ari ye ariko afite n’indi kipe yihebeye cyane ko bijya bibaho, Police FC bakayitsinda igitego ukabona umupolisi arishimye ariko agahita yigarura.

    Ati “Hari igihe uyifana kuko ari iyawe ariko Police FC ishobora kuba yaraje hari abamaze gufata izo bafana. Rero ntibigutangaze kuba mwaba mwicaye aha Police FC irimo ikina na Rayon, Rayon yatsinda ukabona umwe muri mwe arasimbutse agahita yibuka ati ‘eeeh’.”

    Yavuze ko nta kibazo kibirimo kuba umupolisi yafana indi kipe yakuze akunda bitewe n’icyamukuruye kuri yo ubundi Police FC yo baguhuzwa no kuba ari ikipe y’igipolisi.

    Ati “Ariko turabyemera biriho, ashobora kuba afana Police FC ariko afite n’indi kipe afana, APR FC, Rayon cyangwa Kiyovu Sports, ngira ngo izo 3 ni zo zikomeye, hari n’abafana Mukura VS bitewe n’amateka bafitanye nayo wenda bitewe n’aho bavuka. Ariko uwo mwanya tubana nabo ariko tubacungiye umutekano, ahari imyidagaduro tuhaba tubacungiye umutekano ariko tunidagadura.”

    Ngo kwidagadura biremewe muri Polisi ariko bigakorwa mu mwanya wabyo, ntawe bategeka ikipe agomba gufana cyangwa icyo akora kimushimisha.

    ACP Rutikanga Boniface yavuze ko umupolisi gufana indi kipe nta kibazo kirimo

    Source : http://isimbi.rw/hari-igihe-rayon-itsinda-igitego-police-fc-ukabona-umupolisi-arishimye.html

  • Umuvugizi wa Polisi yavuze ubwoko bw’indirimbo akunda, ubutumwa buba burimo (VIDEO) #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yahishuye ko atari umukunzi w’indirimbo z’inkundo ahubwo ari umufana w’indirimbo zirimo ubutumwa bw’ubuzima zitera abantu imbaraga no kumva ko nta nzira y’ubusamo ibaho.

    Ni mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI cyagurutse ku bintu byinshi yaba imikorere ya Polisi y’u Rwanda, uburyo bakorana n’izindi nzego zirimo RIB n’ibindi.

    ACP Boniface Rutikanga avuga ko iyo ananiwe cyangwa afite ‘Stress’ akora Siporo, akajya muri Gym ariko na none anambara ‘headphones’ akumva indirimbo kuko biramufasha cyane.

    Muri iki kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, ACP Boniface Rutikanga yavuze ko nubwo yumva indirimbo ariko na none adakunda indirimbo z’inkundo ahubwo iz’ubuzima.

    Ati “Numva abahanzi benshi pe, ariko ngira indirimbo zindyohera. Ntabwo nkunda indirimbo z’inkundo, oya ntabwo nzikunda ariko nkunda indirimbo zirimo ubutumwa bw’ubuzima.”

    Yahise atanga urugero rw’imwe mu ndirimbo akunda aho yavuze ku butumwa buri mu ndirimbo ‘Nywe’ ya Nel Ngabo.

    Ati “Injyana ishobora kuba Rap cyangwa ikaba Afro, ariko hari ukuntu ntabasha kubitandukanya ugasanga umuntu yavanze Rap n’indi njyana bibyaye umuziki mwiza, ariko reka nkuhe urugero rw’indirimbo imwe y’uyu musore, yitwa nde… Ariko reka nkubwire amagambo ayigize urahita umumenya.”

    “Indirimbo ndagira ngo wumve amagambo arimo, wumve umuziki nkunda ubutumwa buba burimo, yaravuze ati ‘twavuye ibyuya batureba, dutigita bo bakiryamye, iyi mihanda iradukanda turi gushaka imikanda none muravuga ngo nywe’. Urumva nta miteto iri muri iyo ndirimbo.”

    Yavuze ko akunda indirimbo nk’izo zirimo ubutumwa bw’ubuzima ariko ugiye kuvuga ngo “Ndagukunda nzapfa ejo, oya rwose ntabwo nzikunda.”

    Yanemeje ko Nel Ngabo yamwemeje kuko n’indirimbo ye yakoranye na Fireman yitwa ‘Muzadukumbura’ nayo yayikunze cyane kuko nayo harimo ubutumwa buri wese yakunda.

    ACP Rutikanga Boniface yavuze ko akunda kumva indirimbo z’ubuzima

    Nel Ngabo ni umwe mu bahanzi umuvugizi wa Polisi akunda kumva

    Source : http://isimbi.rw/umuvugizi-wa-polisi-yavuze-ubwoko-bw-indirimbo-akunda-ubutumwa-buba-burimo.html

  • RGB yabwiye Abadepite uko iteganya gukemura ikibazo cya Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB), Dr. Doris Uwicyeza Picard yabwiye Abadepite ko bagiye gukorana na Rayon Sports kugira ngo amategeko irimo kuvugurura azabe ahuye n’umurongo w’imiyoborere yayo.

    Byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Ugushyingo 2025 ubwo RGB yari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi bayigezaho raporo y’ibikorwa y’umwaka wa 2024/2025 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025/2026.

    Depite Nizeyimana Pie yabwiye RGB ko hakwiye kwitabwa ku bibazo bya Rayon Sports bimaze igihe biyivugwamo bikaba bihangayikishije benshi bikaba byavugutirwa umuti urambye.

    Yongeyeho ko iyi kipe ya Gikundiro ikunzwe n’abatari bake hakwiye kurebwa uko barindwa agahinda baterwa n’ibibazo biri mu ikipe yabo byabaye uruhuri.

    Umuyobozi wa RGB, Dr Doris Uwicyeza Pascard akaba yamusubije ko ikibazo cya Rayon Sports bakizi kandi ko yavuguruye amategeko bakaba barimo gukorana nayo ngo ahuzwe n’umurongo ngenderwaho wa RGB.

    Kugeza ubu muri Rayon Sports ntabwo ibintu bimeze neza aho inzego ebyiri ziyiyobora, Inama y’Ubutegetsi iyobowe na Paul Muvunyi ndetse na Komite Nyobozi iyobowe na Twagirayezu Thaddee zitarimo kumvikana aho buri rwego ruvuga ko ari rwo ruyoboye ikipe.

    Byatumye iyi kipe imera nk’aho icitsemo ibice bibiri ndetse bituma n’umusaruro ubura. Byageze aho banaterana amagambo mu ruhamwe banakoresha amagambo akomeye nk’aho Martin Rutagambwa uyobora akanama gashinzwe gukemura amakimbirana yavuze ko ikipe iyobowe n’amabandi, ibisambo.

    Nubwo ibyo byose biba Inama y’Ubutegetsi yagiye ishaka kugira ibyo ikora nko gushyiraho CEO ariko Twagirayezu Thaddee arabyanga ababwira ko icyihutirwa ari ukuvugurura amategeko hakanajyaho urwego rumwe nk’uko RGB yabibagiriyemo inama.

    RGB igiye gufatanya na Rayon Sports gukemura ikibazo kiyirimo

    Source : http://isimbi.rw/rgb-yabwiye-abadepite-uko-iteganya-gukemura-ikibazo-cya-rayon-sports.html

  • Mu marangamutima menshi Mahomed Chelly yashyize hanze icyatumye atandukana na Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umunya-Tunisia wakinaga hagati muri Rayon Sports, Mohamed Chelly, yatangaje ko impamvu yatandukanye n’iyi kipe ari ku bw’ibibazo byihariye by’umuryango n’ubuzima bwe bwite byamusabye gufata umwanya wihariye wo kwitekerezaho.

    Uyu musore w’imyaka 24 wari umaze amezi atanu gusa muri Gikundiro kuva yasinya muri Kanama 2024, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, yavuze ko yafashe umwanzuro wo gusesa amasezerano ku busabe bwe, nyuma y’ibiganiro byuje ituze n’ubwumvikane byabaye hagati ye n’ubuyobozi bwa Rayon Sports.

    Ati 'Nyuma y’amezi atanu meza cyane muri Rayon Sports, nahisemo gusoza amasezerano yanjye ku bw’ubusabe bwanjye, byakuriye ibiganiro byiza na kumvikana n’ubuyobozi bwahaye agaciro ibihe bigoye byanjye n’umuryango ndimo gucamo muri ibi bihe.'

    Yakomehe avuga ko azaha agaciro buri umwe umwe wamweretse urukondo ubwo yari muri Rayon Sports harimo abatoza be.

    Ati 'Nzakomeza guha agaciro buri wese wampaye ubufasha muri uru rugendo cyane cyane abatoza bange; Lotfi Azouz na Lotfi Afhamia.'

    Chelly yanashimiye abafana ba Rayon Sports, abakinnyi bagenzi be n’abakozi b’ikipe kubera umwuka w’ubufatanye avuga ko wamusigiye urwibutso rwiza atazigera yibagirwa.

    Ubu butumwa bwaje bukurikira ubwo Rayon Sports yatangaje ku munsi w’ejo tariki ya 18 Ugushyingo 2025 bwemezaga ko yatandukanye n’uyu mukinnyi mu bwumvikane.

    Mu itangazo ryashyizwe ku rukuta rwa X, iyi kipe yambara ubururu n’umweru, yagize iti: 'Turashimira Mohamed Chelly uburyo yakoranye natwe mu bunyamwuga bwinshi n’imyitwarire myiza.'

    Chelly, yageze muri Rayon Sports avuye muri Océano Club de Kerkennah yo mu cyiciro cya kabiri muri Tunisia, aho yakinaga kuva mu 2022 kugeza mu 2025.

    Mbere y’aho, yakiniye Sfax Railway Sport kuva mu 2018 kugeza mu 2021, ndetse yigeze guhamagarwa mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ya Tunisia, 'Les Aigles de Carthage’.

    Chelly yasezeye kuri Rayon Sports nyuma yo gusaba gutandukana nayo

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/mu-marangamutima-menshi-mahomed-chelly-yashyize-hanze-icyatumye-atandukana-na.html

  • Taikun Ndahiro yasabye RIB n'inzego bireba kubaha no kurinda isura y'abahanzi #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru akaba n'umunyarwenya Taikun Ndahiro yongeye kuvuga ku kibazo kimaze igihe kivugisha benshi mu ruganda rw'imyidagaduro, aho yasabye Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) ndetse n'izindi nzego z'umutekano n'ubuyobozi kwiga kubaha no kurinda isura y'abahanzi. Ibi yabivuze ku munsi w'ejo tariki ya 18 Ugushyingo 2025, abinyujije mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwa instagram, aho yavuze ko igihe kigeze ngo inzego bireba zirusheho kumva no guha agaciro umuziki n'abawukora.

    Taikun yavuze ko kenshi abahanzi bahura n'ihohoterwa rishingiye ku myumvire itanoze y'abantu babafata nk'abantu badafite agaciro cyangwa batari uburere. Yavuze ko ibi bishobora gutuma impano zishya zicika intege ndetse n'ubuhanzi bw'u Rwanda bugahabwa isura itari yo.

    Yagaragaje ko abahanzi baba ari ba ambasaderi b'igihugu, bakwiye guhabwa agaciro no kurindwa nk'abandi bantu bose bafite uruhare mu kubaka igihugu. Ibyo yabivuze nyuma yo gushyira hanze post kuri instagram hanyuma agashyiramo indirimbo y'umuhanzi Bill Ruzima uherutse gutabwa muri yombi k'ucyaha ashinjwa cyo kunywa no kugurisha urumogi.

    Yongeyeho ko hari igihe abahanzi bafatwa nabi mu bihe by'iperereza cyangwa mu bikorwa bitandukanye bya polisi, ibintu avuga ko bikwiye gukosorwa vuba cyane kuko bishobora gutuma umuhanzi agira isura mbi kandi akenshi biterwa n'amakuru adafite ishingiro.

    Taikun yasabye ko inzego zishinzwe umutekano zatangira gukorana n'abahanzi mu buryo bunoze, bubahiriza uburenganzira bwabo kandi bugamije guteza imbere urwego rw'imyidagaduro. Yanibukije ko kurinda umuhanzi ari n'uburyo bwo kurinda isura y'igihugu.

    Taikun Ndahiro yasabye RIB n'inzego bireba kubaha no kurinda isura y'abahanzi

    Source : https://kasukumedia.com/taikun-ndahiro-yasabye-rib-ninzego-bireba-kubaha-no-kurinda-isura-yabahanzi/

  • Umunyamahirwe muri FORTEBET yateze ibiceri 200 gusa atsindira 2,465,813 #rwanda #RwOT

    Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe w'Umunyabwenge muri FORTEBET yateze ku gice cy'Umukino kibonekamo ibitego byinshi bimuhesha amahirwe yo gutsindira 2,465,813Frws.

    Ku biceri 200Frws byonyine mu mufuka, umunyamahirwe w'iki cyumweru ntabwo yadutengushye! Nyuma yo kureba ukuntu imikino itanu bagiye batsindana, uyu munyamahirwe yatsindiye amafaranga ye akoresheje uburyo; bw'igice cy'umukino kibonekamo ibitego byinshi ahitamo igice cya kabiri.

    Iyi tike yari ishamaje kuyireba! Mu mikino itanu, aho igikubo gitoya cyari 2.09. Gusa, yakomerejeho yongeraho n'ibikubo by'imikikino gutsindana mu rugo ndetse no hanze yo murugo.

    Iyi mikino yose yamuhaye igiteranyo cy'igikubo cya 13,698.85, ku biceri 200 FRW yonyine, ubundi atsindira 2,465,813Frws, aho bahise baya mwishyura ako kanya.
    Iyi ntsinzi yari ku itike ifite nimero 25320574537029.
    Sura: www.fortebet.rw
    Turakwishimiye!

    intyoza.com 

    The post Umunyamahirwe muri FORTEBET yateze ibiceri 200 gusa atsindira 2,465,813 first appeared on Intyoza.

    The post Umunyamahirwe muri FORTEBET yateze ibiceri 200 gusa atsindira 2,465,813 appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/11/19/umunyamahirwe-muri-fortebet-yateze-ibiceri-200-gusa-atsindira-2465813/

  • Cristiano Ronaldo yafatiye selfie muri White House nyuma yo gusura Perezida Donald Trump #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'ibihe byose, Cristiano Ronaldo, yongeye gutuma Isi yose ivuga ubwo yashyiraga hanze ifoto ya 'selfie' yafatiye muri White House nyuma yo guhura na Perezida Donald Trump ku wa kabiri nimugoroba. Ni urugendo rutunguranye rwatumye imbuga nkoranyambaga zose zivumera, cyane cyane kubera abantu bari bamuherekeje nyuma y'iyi nama yihariye.

    Nyuma yo kugirana ibiganiro byihariye na Trump ku bijyanye n'imishinga y'iterambere ry'urubyiruko, siporo n'imishinga mpuzamahanga, Ronaldo yahise asohoka asanga abandi banyacyubahiro bari bamutegereje hanze ya White House. Aha ni ho yahise afata 'selfie' yatumye isi yose ikangarana.

    Mu bari kumwe na we, harimo umuherwe Elon Musk, Perezida wa FIFA Gianni Infantino, ndetse n'umukunzi we Georgina Rodriguez wagaragaye asa n'usuhuza imbaga y'abafana bari hanze. Ifoto yabo bose hamwe yagaragaje umunezero, urwenya no gutanga isura nshya ku rugendo rudasanzwe uyu mukinnyi w'ibihe byose yagiriye muri Amerika.

    Abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bahise bibaza niba uru ruzinduko rutari rugamije ibimererwa by'ahazaza ha Ronaldo mu bikorwa bya siporo cyangwa mu mishinga mishya ya business ari gutegura muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Gusa mu butumwa bwasize amatsiko menshi, Ronaldo yavuze ko 'ari umunsi udasanzwe kandi uteye ishema.' Ifoto ye muri White House yakwirakwijwe bikomeye, iba imwe mu mafoto avuzwe cyane muri iki cyumweru.

    Cristiano Ronaldo afatiye selfie muri White House nyuma yo gusura Perezida Donald Trump

    Source : https://kasukumedia.com/cristiano-ronaldo-afatiye-selfie-muri-white-house-nyuma-yo-gusura-perezida-donald-trump/

  • Ubwo imyaka 8 y'ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n'ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB), rwatangaje ko ku bwumvikane, amasezerano rwari rufitanye na Arsenal binyuze muri Visit Rwanda, azarangira muri Kamena 2026, bivuze ko nyuma y'icyo gihe atazongerwa.

    RDB yatangaje ko uyu mwanzuro wafashwe muri gahunda yayo yo kwagura ibyo ikora ahanini mu bufatanye bwayo bushingiye kuri siporo, ireba cyane andi masoko mpuzamahanga n'amahirwe y'ishoramari.

    Itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko Arsenal na RDB byarenze intego byari byihaye ubwo imikoranire yatangiraga, arizo zo guteza imbere ubukerarugendo, guharanira ko abakunzi b'umupira w'amaguru bamenya u Rwanda bakanarusura no gushyira umusingi ufatika ugamije iterambere ry'ubukerarugendo.

    Ubu bufatanye RDB isobanura ko bwagaragaje ubwiza karemano bw'u Rwanda ndetse bugira uruhare mu iterambere ry'ubukerarugendo. Isobanura ko ba mukerarugendo basura u Rwanda biyongereyeho miliyoni 1,3 mu 2024 ndetse umubare w'amafaranga ava mu bukerarugendo ukazamukaho 47% ugereranyije n'uko byari bihagaze mbere y'uko imikoranire itangira.

    Bimwe mu bihe bitazibagirana RDB isobanura ko byabayeho muri ubu bufatanye harimo kugaragaza umuco w'u Rwanda kuri Emirates Stadium, hamwe no kuba abakinnyi n'abahoze aribo ba Arsenal baragiye basura u Rwanda mu bihe bitandukanye.

    Abo barimo Alex Scott, Mathieu Flamini, Bacary Sagna, Jurrien Timber, Caitlin Foord, Katie McCabe na Laia Codina. Mu ngendo zabo mu Rwanda, basuraga ibice bitandukanye by'igihugu nka Pariki n'ibindi ndetse bakagira n'umwanya wo guha impanuro Abanyarwanda bakiri bato bakunda umupira w'amaguru.

    Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, yagize ati 'Twishimiye ibyo ubu bufatanye bwagezeho mu myaka y'imikoranire bumaze. Bwagaragaje urundi rwego rw'ubukerarugendo mu bice bitandukanye by'Isi, bwongera abasura u Rwanda ku rwego uburyo busanzwe butari kugezaho. Mu gihe turajwe ishinga no kongera ubukerarugendo bushingiye kuri siporo ahantu hashya, turashimira Arsenal ku bufasha, ubufatanyabikorwa n'ibindi yafatanyijemo n'u Rwanda mu myaka umunani ishize.'

    Yongeyeho ati 'Twiteguye gukomeza umubano wacu na Kroenke Sports C Entertainment Group binyuze mu bufatanye duheruka kugirana na LA Rams na So-Fi Stadium muri Los Angeles ndetse dukomeje ubufatanye n'amakipe ya Arsenal y'abagabo n'abagore mu gihe gisigaye ngo uyu mwaka w'imikino urangire. Bose turabifuriza ibyiza mu gukomeza guharanira intsinzi mu mezi ari imbere.'

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa bya Arsenal, Richard Garlick, yavuze ko gukorana na Visit Rwanda nk'umuterankunga wabo wa mbere bambaye ku kuboko, byari urugendo rudasanzwe.

    Yongeyeho ati 'Mu myaka myinshi, twafatanyije kuzamura ubukerarugendo bw'u Rwanda ngo bumenyekane ku Isi no kwita ku nyamaswa, kandi duhura n'abafana bacu bo muri Afurika. Imikoranire n'ubufasha bwa Visit Rwanda binyuze muri ubu bufatanye bwagize umumaro ukomeye mu kuzamura intego zacu, bidufasha gushora mu ntego yacu y'igihe kirekire yo gutwara ibikombe bikomeye no mu buryo bw'amikoro. Turashimira RDB ku bufatanye n'ibyo twagezeho hamwe.'

    Muri Gicurasi 2018 ni bwo byatangajwe ko Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwinjiye mu bufatanye na Arsenal yo muri Premier League, u Rwanda ruyibera umuterankunga wa mbere ku maboko y'imipira, aho yambara 'Visit Rwanda' ku kuboko kw'ibumoso haba mu ikipe nkuru, iy'abagore n'iz'abato.

    Aya masezerano yatangiye kubahirizwa mu mwaka w'imikino wa 2018/19 watangiye muri Kanama 2018, bivuga ko yagombaga kurangirana n'umwaka w'imikino wa 2020/21 washyizweho akadomo muri Gicurasi 2021.

    Ku wa 18 Kanama uwo mwaka, RDB yatangaje ko nyuma y'imyaka itatu y'imikoranire yatanze umusaruro, mu 2019, impande zombi zanzuye ko zakongera igihe amasezerano yari kumara.

    Byari nyuma y'uko umusaruro w'ubukerarugendo bw'u Rwanda wiyongereyeho 17% ukagera kuri miliyoni 498$ mu 2019 uvuye kuri miliyoni 425$ mu 2018.

    Uruhare rwa Arsenal mu kumenyekanisha u Rwanda kuva mu 2018

    Arsenal ni imwe mu makipe 10 akunzwe ku Isi, ibyo bikagaragarira mu mubare w'abayikurikira ku mbuga nkoranyambaga, umutungo ifite, agaciro kayo n'umubare w'imyambaro y'abakinnyi igurisha buri mwaka.

    Mu mikoranire yaranze u Rwanda na Arsenal mu myaka isaga irindwi ishize, harimo ko uretse kwambara VISIT RWANDA ku myambaro yayo no kuyishyira ku byapa byamamaza muri Emirates Stadium, iyi kipe yo mu Bwongereza yakunze kumenyekanisha ibyiza bitatse u Rwanda na bimwe mu bigize umuco Nyarwanda yifashishije abakinnyi bayo, ikabinyuza ku mbuga nkoranyambaga zayo ikurikirwaho n'abagera kuri miliyoni 100.

    Kuva mu 2018, hari abanyabigwi n'abakinnyi benshi bakomeye b'amakipe ya Arsenal mu bagabo n'abagore bagiye mu Rwanda.

    Muri ubu bufatanye kandi, abatoza bo muri Arsenal barimo Simon McManus na Kerry Green, bahuguye ab'Abanyarwanda mu kubafasha kubatoza umupira mwiza ugezweho nk'uwo iyi kipe ikina.

    Buri mwaka iyi kipe kandi yifatanyaga n'Abanyarwanda mu muhango wo Kwita Izina abana b'ingagi.

    Source : https://rushyashya.net/ubwo-imyaka-8-yubufatanye-hagati-ya-visit-rwanda-nikipe-ya-arsenal-yo-mu-bwongereza-azaba-arangiye-aya-amasezerano-ntazongerwa-ibyayaranze/

  • RDB yemeje ko igiye gutandukana Arsenal #rwanda #RwOT

    Nyuma y’imyaka 8, Arsenal yamamaza Ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri 'Visit Rwanda’, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Interambere (RDB) cyatangaje ko amasezerano ahari atazongerwa.

    Amasezerano ahari hagati y’impande zombi akaba azarangira muri Kamena 2026, RDB ikaba yemeje ko ubwo azaba arangiye nta kuyongera kuzigera kubaho.

    RDB ivuga ko intego yari yihaye yarenze igipimo yari yiteze aho ubu bufatanye bwakuruye abantu benshi amamiliyoni n’amamiliyoni bamenya u Rwanda baranarusura.

    Mu mwaka wa 2024 ba mukerarugendo bageze kuri miliyoni 1.3 aho binjije agera ku bihumbi 650 by’amadorali aho yiyongereyeho 47% kuva ubu bufatanye bwatangira kubaho.

    Bimwe mu bihe by’ingenzi byagaragaye mu bufatanye harimo umunsi w’Umurage w’u Rwanda kuri Stade ya Emirates (Stade ya Arsenal), harimo kandi gusurwa n’abagize umuryango mugari wa Arsenal barimo Alex Scott, Mathieu Flamini, Bacary Sagna, Jurrien Timber, Caitlin Foord, Katie McCabe na Laia Codina.

    Bagize amahirwe yo kumenye bimwe mu bigize Umuco nyarwanda aho basuye Ingagi, basura Akagera, kugenda kuri 'Canopy’ muri Pariki ya Nyungwe, kwidagadura ku Kiyaga cya Kivu, kwitabira umuhango ngarukamwaka wo Kwita Izina Abana b’Ingagi.

    Ubu bufatanye kandi bwashyigikiye icyifuzo n’inyota by’u Rwanda rwari rufite byo kuba igicumbi cy’imikino ku rwego mpuzamahanga muri Afurika no kwakira amarushanwa atandukanye yo ku rwego mpuzamahanga, guhera mu bakiri bato byafashije abakinnyi n’abatoza babarirwa mu magana kuzamura ubumenyi bwabo no gushishikariza abantu kwitabira siporo mu gihugu hose.

    Umuyobozi wa RDB, Jean-Guy Afrika yagize ati 'Twishimiye ibyo ubu bufatanye bwagezeho mu myaka y’imikoranire bumaze. Bwagaragaje urundi rwego rw’ubukerarugendo mu bice bitandukanye by’Isi, bwongera abasura u Rwanda ku rwego uburyo busanzwe butari kugezaho. Mu gihe turajwe ishinga no kongera ubukerarugendo bushingiye kuri siporo ahantu hashya, turashimira Arsenal ku bufasha, ubufatanyabikorwa n’ibindi yafatanyijemo n’u Rwanda mu myaka umunani ishize.'

    'Twiteguye gukomeza umubano wacu na Kroenke Sports C Entertainment Group binyuze mu bufatanye duheruka kugirana na LA Rams na So-Fi Stadium muri Los Angeles ndetse dukomeje ubufatanye n’amakipe ya Arsenal y’abagabo n’abagore mu gihe gisigaye ngo uyu mwaka w’imikino urangire. Bose turabifuriza ibyiza mu gukomeza guharanira intsinzi mu mezi ari imbere.'

    Muri Gicurasi 2018 ni bwo byatangajwe ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwinjiye mu bufatanye na Arsenal yo muri Premier League, u Rwanda ruyibera umuterankunga wa mbere ku maboko y’imipira, aho yambara 'Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso haba mu ikipe nkuru, iy’abagore n’iz’abato.

    Aya masezerano yatangiye kubahirizwa mu mwaka w’imikino wa 2018/19 watangiye muri Kanama 2018, bivuga ko yagombaga kurangirana n’umwaka w’imikino wa 2020/21 washyizweho akadomo muri Gicurasi 2021.

    Ku wa 18 Kanama uwo mwaka, RDB yatangaje ko nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire yatanze umusaruro, mu 2019, impande zombi zanzuye ko zakongera igihe amasezerano yari kumara.

    Byari nyuma y’uko umusaruro w’ubukerarugendo bw’u Rwanda wiyongereyeho 17% ukagera kuri miliyoni 498$ mu 2019 uvuye kuri miliyoni 425$ mu 2018.

    Ubufatanye bwa Arsenal n’u Rwanda buzarangira umwaka utaha

    Source : http://isimbi.rw/rdb-yemeje-ko-igiye-gutandukana-arsenal.html

  • Papa cyangwe yahishuye icyamuteye gutumira Minisitiri mu gitaramo cye #rwanda #RwOT

    Umuraperi Papa cyangwe uri mu myiteguro y’igitaramo cyo kumurika alubumu ye no kwizihiza imyaka itanu amaze mu muziki yashyize hanze impamvu yamuteye gutumira Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima.

    Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru ISIMBI, Papa Cyangwe yatubwiye ko iki gitaramo ari umwanya mwiza wo gusubiza amaso inyuma hakishimirwa intambwe imaze guterwa uvuye kuri King Lewis wo mu myaka yo muri 2019 kugera kuri Papa Cyangwe imaze gushinga imizi mu muziki nyarwanda kugeza ubu.

    Papa cyangwe yanagaragaje ko gutumira Minisitiri w’urubyiruko n’ubuhanzi Dr. Utumatwishima Abdallah ari amahirwe akomeye cyane yari akeneye kandi ko bifite kinini bivuze ku migendekere myiza y’igitaramo cye.

    Ati 'Minisitiri Utumatwishima nari mukeneye kubera ko ndi urubyiruko kandi nkaba ndi n’umuhanzi, urumva ko mbaririzwa mu gisata ayobora. Nanatekereza ko kuhagaragara kwe, kuba yaduha umwanya wo kuganira nawe ari by’ingenzi kandi nari nkeneye.'

    Uyu muraperi unaherutse guhishura ko yamaze kurushinga yasobanuye ko impamvu yahisemo umuhanzi Yampano akaba ari we muhanzi utari umuraperi ugaragara mu bamaze gutangazwa nk’abazataramira muri iki gitaramo bifitanye isano n’umubano usanzwe uri hagati y’aba bahanzi.

    Ati 'Nubwo hari n’abandi nzongerano nyuma, Yampano ari kuri iyi lineup nk’umuhanzi mwiza twakoranye indirimbo 'Ngo’ yakunzwe cyane ariko ni inshuti yange kuva kera.'

    Ku itariki ya 22 Ugushyingo nibwo Papa cyangwe uherutse gushyira hanze alubumu ye yise 'Now or Never’ azakora iki gitaramo kizabera muri Kigali Universe, aho azakorana n’abahanzi barimo B They, Riderman, Yampano n’abandi.

    Papa Cyangwe yatumiye Minisitiri Utumatwishima

    Papa Cyangwe agiye kumurika Album

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/papa-cyangwe-yahishuye-icyamuteye-gutumira-minisitiri-mu-gitaramo-cye.html