Author: webrwanda

  • Uheruka kwirukanwa na APR FC yabonye akazi muri Al Merrikh SC #rwanda #RwOT

    Uwari umukozi wa APR FC ushinzwe ibikoresho by’ikipe (Kit Manager) uheruka gutandukana n’iyi kipe, Runiga yahawe akazi muri Al Merrikh SC yo muri Sudani.

    Muri Nzeri 2025 ni bwo twabagajeho inkuru y’uko, APR FC yahagaritse abakozi bayo babiri bari bashinzwe ibikoresho, Nuhu Asman na Runiga wari uyimazemo imyaka 8.

    Runiga akaba yamaze kubona akazi gashya muri Al Merrikh SC igiye kujya ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda aho itangira uyu munsi icakirana na Kiyovu Sports.

    Amakuru avuga ko aka kazi kugira ngo akabone yaba yarabifashijwemo n’umutoza mukuru w’iyi kipe, Darko Novic watozaga AR FC umwaka ushize w’imikino.

    Bivugwa ko igihe yari umutoza wa APR FC, we na Runiga bari babanye neza nta kibazo bafitanye, ubwo rero Al Merrikh SC yazaga mu Rwanda yasanze nta kazi afite ahitamo kubimufashamo.

    Runiga yahawe akazi muri Al Merreikh ya Darko Novic

    Source : http://isimbi.rw/uheruka-kwirukanwa-na-apr-fc-yabonye-akazi-muri-al-merrikh-sc.html

  • Ikipe ya Real Madrid iri mu bihe bitoroshye, nyuma yo kumara imikino itatu idatsinda #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Real Madrid iri mu bihe bitoroshye nyuma y'imikino itatu yikurikiranya itabasha kubona intsinzi, ibintu bitangiye guteza impungenge mu bafana bayo.

    Mu ijoro ryashize tariki ya 23 Ugushyingo 2025, Real Madrid yanganyije n'ikipe ya Elche ibitego 2-2, umukino wari witezweho byinshi ariko ukarangira nta gihindutse. Uyu mukino wari ukurikiye uwindi nabwo ikipe y'i Madrid yanganyijemo na Real Vallecano ubusa ku busa (0-0), bikomeza gutuma ikomwa mu nkokora mu rugendo rwayo rwo guhatanira igikombe cya shampiyona y'icyiciro cya mbere muri Espaigne 'La Liga'.

    Mbere y'iyo mikino ibiri inganya, Real Madrid yari yatsinzwe na Liverpool igitego 1-0 mu irushanwa rya UEFA champions League, bituma mu mikino itatu yose iheruka, ibasha gukusanyamo amanota abiri gusa mu icyenda yashobokaga.

    Si ikipe gusa iri mu bibazo, kuko na rutahizamu wabo, Kylian Mbappé, amaze imikino itatu adatsinda ni bimwe mu bintu bitari bisanzwe kuri rutahizamu wabo wari witezweho byinshi muri uyu mwaka.

    Ikipe ya Real Madrid iri mu bihe bitoroshye, nyuma yo kumara imikino itatu idatsinda

    Ibi byose bituma hibazwa niba Real Madrid iri gushakisha umuti w'ikibazo cy'ukuntu bari gutakaza amanota cyane. Abakunzi bayo bategereje kureba niba mu mikino iri imbere izasubira ku murongo wayo nkuko byari bisanzwe.

    Source : https://kasukumedia.com/ikipe-ya-real-madrid-iri-mu-bihe-bitoroshye-nyuma-yo-kumara-imikino-itatu-idatsinda/

  • Umutoza wa Rayon Sports ntiyemeranya n’abakinnyi be #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Rayon Sports w’umusigire, Haruna Ferouz yavuze ko yatakaje umukino wa AS Kigali kubera ko abakinnyi be batigeze bubahiriza amabwiriza yabahaye.

    Hari nyuma y’uko yaraye atakaje umukino wa Rayon Sports ibatsinze ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 8 wa shampiyona umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Haruna Ferouz watozaga umukino we wa 5 ari umutoza w’umusigire wa Rayon Sports, ntabwo yigeze yishimira imikinire y’abakinnyi be kuri uyu mukino.

    Ati “Nabo maze kubibabwira. Iyo umutoza akubwiye ibyo ukora wowe ugakora ibyawe bimeze nko kuba umubyeyi wawe akubwiye ngo ugomba gutaha saa mbili z’ijoro wowe ugataha saa tanu, ibigomba ku kubaho urabyicuza. Ni cyo cyatumye dutakaza umukino.”

    Haruna Ferouz yavuze ko abayobozi bari bakoze ibisabwa ndetse bari baniteguye intsinzi ariko biranga.

    Ati 'Ntacyo dushinja ubuyobozi kuko bwari bwaduhaye ibisabwa byose. Twaje twizeye intsinzi kuko abakinnyi bakoze imyitozo neza.”

    Yakuyeho urujijo ku bakinnyi batakinnye uyu mukino aho yavuze ko Pavelh Ndzila atakinnye kubera amahitamo y’abatoza mu gihe Niyonzima Olivier Sefu, Serumogo Ali na Bigirimana batakinnye kubera ko bafite imvune.

    Haruna Ferouz yavuze ko abakinnyi batakoze ibyo yababwiye

    Source : http://isimbi.rw/umutoza-wa-rayon-sports-ntiyemeranya-n-abakinnyi-be.html

  • Tuzatwara igikombe, nshaka kuba umukinnyi w’umwaka – Byiringiro Lague #rwanda #RwOT

    Rutahizamu wa Police FC, Byiringiro Lague yavuze ko intego ari ukuba umukinnyi mwiza w’umwaka w’imikino wa 2025-26.

    Ibi yabitangarije ikinyamakuru ISIMBI nyuma yo gutsinda Gicumbi FC 2-1 ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize akanatorwa nk’umukinnyi w’umukino.

    Yavuze ko ubu intego ari ukuba umukinnyi mwiza w’umwaka w’imikino wa 2025-26 (MVP).

    Ati “intego ni ukuba umukinnyi mwiza w’uyu mwaka. Hamwe no gusenga ndetse no gukora cyane mbona nzabigeraho.”

    Yakomeje avuga ko uretse ibihembo bye ku giti cye, bagomba gukora ibishoboka byose bakegukana n’igikombe cya shampiyona.

    Ati “Intego nta yindi ni igikombe cya shampiyona. Turifuza kugitwara ni yo mpamvu buri mukino uba ari nka final kuri twe.”

    Kugeza ubu Police FC ni yo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 20 mu mikino 8 aho bamaze gutsinda 6 bakanganya imikino 2.

    Byiringiro Lague yifuza kuba umukinnyi mwiza w’umwaka

    Police FC intego ni ugutwara igikombe cya shampiyona

    Source : http://isimbi.rw/tuzatwara-igikombe-nshaka-kuba-umukinnyi-w-umwaka-byiringiro-lague.html

  • Kamonyi-Nyarubaka: Abantu 33 batawe muri yombi, bakurikiranyweho kugumura Abaturage #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu ndetse no mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki 23 Ugushyingo 2025, mu Midugudu n'Utugari dutandukanye tw'Umurenge wa Nyarubaka ho Mukarere ka Kamonyi, hafatiwe Abantu 33 bakurikiranyweho Kugumura Abaturage. Ubuyobozi bw'Umurenge bwabwiye intyoza.com ko muri abo bose bakuyemo Abantu 8 bagaragara ko aribo bari ku ruhembe rw'Amatsinda baremye abandi basubizwa mu ngo zabo ngo babe ariho bakurikiranirwa, bigishirizwa n'Ubuyobozi.

    Uretse Abantu 32 bafashwe ku wa Gatandatu, uwa 33 ni Umugore w'imyaka 40 y'Amavuko wafashwe mu rukerera rwo kuri iki cyumweru ku i saa kumi n'imwe, afatirwa mu Mudugudu wa Ruseke, Akagari ka Kambyeyi ariko akaba atuye mu Murenge wa Musambira, Akagari ka Cyambwe, Umudugudu wa Giheta.

    Muri urwo rukerera, uyu Mugore yafashwe ari mu Isantere y'Ubucuruzi ya Kagarama arimo atanga Amatangazo yo Kubuza Abaturage kuzafata Indangamuntu koranabuhanga ngo kuko ari Ikimenyetso cya Shitani.

    Avuga kandi ko mu buzima busanzwe nta Ndangamuntu agira, Nta Mituweli agira, ko Kwivuza we n'Umuryango we bakoresha Ibimera, ko ndetse n'Abana be batiga. Ahamya ko Indangamuntu ye ari Bibiliya naho Mituweli ngo si ngombwa kuko arindwa n'Imana, Abana bakiga mu mashuri y'Abana b'Imana.

    Minani Jean Paul, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nyarubaka yabwiye Umunyamakuru wa intyoza.com ko abafashwe bose ari abantu batubahiriza Gahunda za Leta bitwaje Imyemerere.

    Avuga kandi ko abafashwe bose ari abantu batagira Idini rizwi mu rwego rw'Amategeko, ariko ngo bahoze mu Idini ry'Abadivantisiti b'Umunsi wa 7 ariko baza kubiyomoraho( barivamo) cyera na mbere y'uko Insengero zifungwa.

    Gitifu Minani Jean Paul, avuga ko aba ari abantu biremyemo amatsinda ndetse bakaba bafite Amahame yabo bwite bagenderaho, aho batagira Gahunda n'imwe ya Leta bakurikiza, nta Mituweli, nta kujyana Abana ku Ishuri, nta Gukingiza Abana, nta kubavuza n'ibindi.

    Akomeza avuga ko Imyemerere n'Imyitwarire nk'iyo bafite ibangamiye Abaturage hakiyongeraho kuba basengera mu ngo n'ahandi hatemewe, hatujuje ibisabwa ku buryo Ubuyobozi budashobora kwemera ko ibyo biba gutyo kandi binyuranije n'Amategeko, bikaba binabangamiye imibereho n'Iterambere.

    Gitifu Minani Jean Paul, avuga ko muri aba bafashwe, hakuwemo Abantu Umunani ari nabo bigaragara ko ari Abayobozi babo, bajyanwa mu kigo kinyurwamo by'Igihe gito( Transit centre) kugira ngo babanze bigishwe mu gihe abandi bose basigaye babohereje mu ngo zabo akaba ariho bagiye gukomeza gukurikiranirwa n'Ubuyobozi.

    Itsinda ry'Abantu nk'aba bahuje Imyumvire n'Imyemerere, baherutse kugaragara mu Midugudu n'Utugari bigize Umurenge wa Ngamba, aho bo biremyemo Amatsinda bafata Megafone bajya ku misozi babwira Abaturage Guhunga, bababwira ko ari Ubutumwa bahawe na Minisiteri y'Ijuru. Aha i Ngamba, Ku ikubitiro abantu 27 bahise batabwa muri yombi.

    Ibigaragaye muri iyi Mirenge uko ari Ibiri; Ngamba na Nyarubaka yemwe na Musambira kuko umwe mu bafatiwe Nyarubaka atuye muri Musambira, si ho gusa biri nkuko intyoza.com twari twabivuze mu Nkuru y'Abafatiwe Ngamba. Amakuru ahari ni uko atari aha gusa byagaragaye, ahubwo hari n'indi Mirenge.
    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Nyarubaka: Abantu 33 batawe muri yombi, bakurikiranyweho kugumura Abaturage first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Nyarubaka: Abantu 33 batawe muri yombi, bakurikiranyweho kugumura Abaturage appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/11/24/kamonyi-nyarubaka-abantu-33-batawe-muri-yombi-bakurikiranyweho-kugumura-abaturage/

  • Umunsi wa 8 wa Rwanda Premier League usize amakipe ya APR FC, Rayon Sports na Mukura Zitsinzwe, Police FC ikomeje kuyobora urotonde rw'agateganyo #rwanda #RwOT

    Umunsi wa 8 wa Rwanda Premier League wabaye mu mpera z'icyumweru wongeye kugaragaza ko uyu mwaka uri kurangwa n'udushya n'imikino iri ku rwego rwo hejuru.

    Ibi biraterwa n'aho amakipe menshi yakomeje gutakaza amanota mu gihe shampiyona y'u Rwanda ikiri mu ntangiriro ndetse yamaze no kwakira abanyamuryango bashya bandi babiriz


    GASOGI UNITED yihagazeho imbere ya KIYOVU SPORTS

    Ku wa Gatanu taliki ya 21 Ugushyingo 2025, Gasogi United yakiriye Kiyovu Sports maze iyitsinda igitego 1-0, gutsinda uyu mukino byatumye iyi kipe ikomeza kwerekana ko mu mateka yayo na Kiyovu SC ariyo iyoboye.


    APR FC ikomeje gutakaza amanota

    Ku wa Gatandatu, APR FC yongeye kunyagirwa i Musanze, ubwo yatakzaga amanota 3 nyuma yo gutaindwa ibitego 3-2.

    APR FC yaherukaga gutsinda Rayon Sports ibitego 3-0 ntabwo yahiriwe n'urugendo rwo mu majyaruguru, ibi bikaba bije nyuma y'igihe kitari kinini n'ubundi itakariza kuei Sitade Ubworoherane.


    Marine FC na Police FC mu makipe yitwaye neza

    Ikipe ya Marine FC yongeye kugaragaza kwitwara meza ubwo yatsindiraga mu rugo ikipe ya Gorilla FC igitego 1-0, ku rundi ruhande ikipe ya Police FC yatsinze Gicumbi FC 2-1, ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona y'u Rwanda n'amanota 20.


    Bugesera FC bikomeje kwanga

    Bugesera FC yatsinzwe na Rutsiro FC ibitego 3-2, mu mukino wari ukomeye cyane, byongera gushyira igitutu ku mutoza n'abakinnyi b'iyi kipe yagiye igorwa no kwitwara neza mu mikino ibanza ya shampiyona.


    AS Kigali ikomeza kwerekana imbaraga

    Ku Cyumweru, Mukura VS yatsinzwe na AS Muhanga 2-1, naho Rayon Sports ikomeza kugorwa n'umusaruro nyuma yo gutsindwa na AS Kigali ibitego 2-0.

    Kuri Rayon Sports iheruka gutandukana n'umutoza wayo mukuru, Afhamia Lofti ubu irimo gutozwa n'umutoza wungurije ariwe Haruna Feruz unaheruka gutsindwa na APR FC ibitego 3-0.

    Source : https://rushyashya.net/umunsi-wa-8-wa-rwanda-premier-league-usize-amakipe-ya-apr-fc-rayon-sports-na-mukura-zitsinzwe-police-fc-ikomeje-kuyobora-urotonde-rwagateganyo/

  • Neymar yongeye kugira ikibazo cy'ivi #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'Umunya-Brazil Neymar Jr yongeye kugira ikibazo cy'ivi, bituma akurwa ku rutonde rw'abakinnyi bazakina umukino ukomeye ikipe ye ifitanye na Internacional. Amakuru aturuka mu ikipe avuga ko uyu mukinnyi yagize ububabare mu gice cy'ivi cyigeze gukorerwaho operasiyo yo kongera kubaka imitsi ngenderwaho (ligaments), akaba ari nabwo hari hashize igihe kitari kinini atangiye kwiyumva neza.

    Byatangajwe ko ubwo yageragezaga gukora imyitozo isanzwe, Neymar yahise yumva ububabare bukaze iyo apfukamye cyangwa yagerageje kugorora ivi.

    Abaganga b'ikipe bahise bafata icyemezo cyo kumuhagarika kugira ngo akorerwe isuzuma ryimbitse no kumurinda kongera gukomereka ahantu hafite intege nke.

    Iki kibazo kije mu gihe abafana ba Brazil n'itsinda ry'abatoza bari biteze kubona Neymar agaruka mu mukino nyuma y'igihe kinini ari mu mvune. Abakurikiranira hafi ubuzima bwe bwa siporo bavuga ko ari ikibazo gikomeje kumuzonga, dore ko ari ku gice cy'ivi cyagize ingaruka zikomeye mu bihe byashize.

    Nubwo bimeze bityo, ikipe yatangaje ko ubuzima bwa Neymar buri kugenzurirwa umunsi ku wundi, kandi ko icy'ingenzi ari uko aruhuka bihagije kugira ngo asubire mu kibuga afite ubuzima bwuzuye. Ku mbuga nkoranyambaga, ubutumwa bw'inkunga n'amasengesho y'abafana bukomeje kwiyongera, benshi bamwifuriza gukira vuba no kugaruka mu kibuga afite imbaraga.

    Source : https://kasukumedia.com/neymar-yongeye-kugira-ikibazo-cyivi/

  • AS Kigali yazukiye kuri Rayon Sports (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    AS Kigali yari imaze ukwezi kurenga itazi icyitwa intsinzi uko gisa, yazukiye kuri Rayon Sports iyitsinda ibitego 2-0.

    Wari umukino w’umunsi wa 8 wa shampiyona, Rayon Sports yari yakiriyemo AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium.

    Rayon Sports yagiye gukina uyu mukino ifite akanyamuneza kuko mukeba APR FC yari yaraye atakaje ku mukino wa Musanze FC itsinzwe 3-2.

    Nubwo yari yagaruye Ndikumana Asman wari umaze igihe afite imvune y’akaboko winjiye mu kibuga ku munota wa 75 asimbura Adama Bagayogo, ntabwo Gikundiro yorohewe n’umukino.

    Amakipe yombi yagiye kuruhuka ari ubusa ku busa, nta kipe irabasha kureba mu izamu ry’indi.

    Mu gice cya kabiri, AS Kigali y’umutoza Habani yaherukaga amanota 3 yuzuye muri shampiyona tariki ya 18 Ukwakira 2025 mu mukino w’umunsi wa 4 batsinda Marines FC 1-0, yatangiye kugora Rayon Sports.

    Rayon Sports yari yagiye ikora impinduka aho abakinnyi nka Sefu n’umunyezamu Pavelh Ndzila batitabajwe, yaje gutsindwa igitego cya mbere ku munota wa 69 cyatsinzwe na Nshimiyimana Tharcisse ku ishoti yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina. Dushimimana Olivier Muzungu akaba yatsindiye AS Kigali igitego cya kabiri ku munota wa 84. Umukino warangiye ari 2-0.

    Undi mukino wabaye uyu munsi Mukura VS yatsinzwe na AS Muhanga 2-1. Ejo hashize APR FC yatsinzwe na Musanze FC 3-2, Bugesera itsindwa na Rutsiro 3-2, Amagaju anganya na Etincelles 1-1, Marines FC itsinda Gorilla FC 1-0 ni nako Police FC yatsinze Gicumbi 2-1. Ku wa Gatanu Gasogi United yari yatsinze Kiyovu Sports 1-0.

    Nyuma y’umunsi wa 8 wa shampiyona, Police FC iyoboye urutonde n’amanota 20, Musanze FC ya 2 na Gasogi United ya 3 zifite 15, Rayon Sports ifite 13, Marines 12 n’aho APR FC ikagira 11.

    Rayon Sports yatsinzwe na AS Kigali

    Source : http://isimbi.rw/as-kigali-yazukiye-kuri-rayon-sports-amafoto.html

  • Kamonyi-Ngamba: Byatangiye ahagana mu rukerera basaba Abaturage guhunga #rwanda #RwOT

    Itsinda ry'Abantu babarirwa muri 30, Abagabo n'Abagore, Abato n'Abakuru mu Murenge wa Ngamba mu tugari n'Imidugudu itandukanye bazindutse ahagana ku I saa cyenda z'Igitondo cyo ku wa 20 Ugushyingo 2025, bafata indangururamajwi(Megafone) bigabanyamo amatsinda bajya mu mihana, bavuga baranguruye, babwira abaturage guhunga, ko ubwo ari Ubutumwa butanzwe na Minisiteri y'Ijuru, ko kandi udahunga kagiye kumubaho. Abagera kuri 27 batawe muri yombi abandi bakizwa n'amaguru.

    Aya makuru ubwo yageraga ku intyoza.com, Umunyamakuru yagiye I Ngamba aho byabereye, aganira n'Abaturage bamubwira ko bagushije ishyano, ko kandi ibyabaye byakozwe n'itsinda ry'Abantu batari bake bafite imyemerere iganisha ku kugumura, Kugandisha rubanda no kubangisha gahunda za Leta.

    Aho Umunyamakuru wa intyoza.com yageze mu rugo ruherereye mu Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Marembo ahari Umugabo nyiri urugo wafatanywe n'itsinda yari kumwe naryo, Umugore nyiri urugo yabanje kubwira Umunyamakuru ko nta Gihugu agira, ko atemera Ubuyobozi kuko butamuha uburenganzira nk'Umuntu mukuru ngo akore icyo ashaka n'uko abishaka.

    Abaturage ndetse n'abo mu z'ibanze baganiriye n'Umunyamakuru, bamubwiye ko uyu muryango yasuye ari umwe mu yo bafite utemera gahunda za Leta kuva mu bihe bya Covid-19 ubwo bangaga Kwikingiza.

    Babwiye Umunyamakuru kandi ko uyu muryango ukura abana bawo mu ishuri kuko ngo batemera ko bagomba gusangira ibiryo n'abandi kuko ngo ibyo barya birimo ibishyimbo byageretsweho ibindi biba byasambanye. Nta Mituweli, nta kubyarira kwa Muganga, nta w'urwara ngo ajye kwa Muganga, nta gahunda n'imwe mu zihuza abaturage n'Ubuyobozi bitabira n'ibindi.

    Umwe mu bayobozi mu nzego z'ibanze utifuje ko amazina ye atangazwa, yabwiye Umunyamakuru ko yatunguwe n'ibyabaye kuko yabyumvise ahagana ku I saa cyenda z'Igitondo, akumva amajwi y'abavugira muri Megafone mu byerekezo bine agira ngo batangatanze hose, yumva bavuga ngo' Duhunge Roma duhunge Roma, ni mudahunga kandi umunsi wageze karababaho'.

    Yakomeje ati' Ubundi bajyaga basenga biri aho( mu byumba n'ahandi) ariko noneho bakabije bararengera bafata Megafone, nta muntu wakoreshaga umunwa bisanzwe. Nagiye kumva numva imwe muri Gatare, indi hariya, numva indi hakurya, numva indi I Munoga, ndavuga nti rero karabaye'.

    Usabyeyezu Cyriaque, Umuturage mu Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Marembo, Umurenge wa Ngamba yabwiye intyoza.com ati' Bavuga ko basenga n'ijoro ngo ni Abanyabyumba, ntabwo basengana n'abandi, basengera mu nzu zabo bakagira abaza gusengana nabo, nta gahunda za Leta bitabira. Numvise abantu basakuza nijoro, nkumva bafite Mikoro ariko simenye abo aribo, baraye babunga. Ubanza bafite Igihugu cyabo bonyine, ubanza atari abantu bazima kuko imyumvire bafite si nabashyigikira'.

    Umuturage Veneranda, yabwiye intyoza.com ko ibyo yabonye n'ibyo yumvise byamubereye urujijo. Ati' Aba bantu ni abo kwegerwa n'Ubuyobozi byihariye kuko wagira ngo nti bari mu Gihugu tubamo. Bafashe bamwe ariko hari n'abashatse gucika ariko ngira kwibaza nti ko bavuga ko basenga, niba koko basenga Imana kuki batemera ngo bafatwe bage gusobanura uko gusenga kwabo?. Bajyanye benshi barimo abo mu Mudugudu wa Rugarama, Nyabitare, Gahinga na kazirabonde. Bafite imyumvire itari nk'iy'Abanyarwanda, sinzi uko baba batekereza'.

    Akomeza avuga ati' Ni Abantu batajya bishyura Mituweli, bavana abana mu mashuri, n'ababoherezayo ntabwo abana babo bemerewe kurya ku ishuri! Uba usanga ari abantu bafite imyumvire itandukanye n'iy'abandi. Abana ku ishuri ngo ntabwo bemerewe kurya ibiryo birimo Amavuta, Ibiryo byatekewe hamwe ngo Ibishyimbo n'Imyumbati byo biba byasambanye, nta gahunda za Leta wababonamo, ntawe ubyarira kwa Muganga, nta kwandikisha Umwana, nta Gukingiza, mbese babayeho mu buzima bwihariye kuko ntabwo bajya basabana n'abandi, basa n'abigometse, ni abo kwegerwa bakabagira inama aho kugira ngo bagire Leta yabo'.

    Dr Nahayo Sylvere, Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ko iki kibazo nk'Ubuyobozi bw'Akarere bakimenye kandi ko hari abafatiwe muri ibyo bikorwa bibi bishingiye ku myumvire idakwiye kuko itajyanye n'icyerekezo cy'Igihugu kandi ikaba imyumvire n'imyemerere igandisha abaturage.

    Avuga ku ngamba zafashwe n'Ubuyobozi kuri iki kibazo, yagize ati' Turasaba abafite imyumvire nk'iyo guhinduka, ariko kandi turanakora ibishoboka byose ngo dukumire ko imyumvire nk'iyo yajya no mu bandi'.

    Meya Dr Nahayo, avuga kandi ko nk'Ubuyobozi bw'Akarere bari mu bukangurambaga, baganira n'Abaturage babashishikariza kudatwarwa mu myumvire n'imyemerere nk'iyo ipfuye kuko ntaho yabageza.

    Ahamya ko ahari imyumvire n'imyemerere nk'iyo nta terambere rishoboka, nta mibereho myiza. Asaba abaturage n'undi wese wamenya amakuru kutayihererana, ahubwo ko yabwira ubuyobozi bagafatanya kurwanya no gukumira abafite iyo myumvire n'imyemerere bidakwiye.

    Amakuru intyoza.com ifite ni uko ku ikubitiro, mu bice bitandukanye mu Midugudu y'Utugari tugize Umurenge wa Ngamba hafatiwe abantu bagera kuri 27 ariko hakaba abirutse. Bose bari muri iri tsinda ry'abafite iyo myumvire n'imyemerere bigumura bikanagandisha abaturage. Hari kandi amakuru y'uko uretse aha i Ngamba byaturitse bikajya hanze bakananirwa kuguma mu byumba n'ahandi bahuriraga, hari n'ahandi mu mirenge igera muri ine( aho twaboneye amakuru) irimo abantu nk'abo ariko bakibikorera mu byumba n'ahandi bahurira. Bamwe mu nzego z'ibanze ikibazo barakizi.
    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi-Ngamba: Byatangiye ahagana mu rukerera basaba Abaturage guhunga first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi-Ngamba: Byatangiye ahagana mu rukerera basaba Abaturage guhunga appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/11/23/kamonyi-ngamba-byatangiye-ahagana-mu-rukerera-basaba-abaturage-guhunga/

  • FERWAFA yabonye umunyamabanga mushya #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamaze kwemeza Bonnie Mugabe nk’umunyamabanga mushya waryo.

    Bonnie Mugabe wabaye umunyamakuru wa Siporo, akaba yarigeze no gukora muri FERWAFA ashinzwe Itangazamakuru, aba Umuvugizi wayo FERWAFA abifatanya no kuba ushinzwe Itangazamakuru muri CECAFA na CAF mbere yo kujya muri FIFA yakora ubu azatangira inshingano tariki ya 1 Ukuboza 2025.

    Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Ugushyingo 2025, ni bwo Komite Nyobozi ya FERWAFA yasohoye itangazo rimenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru ko Bonnie ari munyamabanga mushya.

    Yagize iti 'Bonnie Mugabe yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA guhera ku wa 01 ukuboza 2025. Mugabe afite uburambe n’ubuhanga mu miyoborere n’imicungire y’umupira w’amaguru.'

    Mugabe asimbuye kuri uyu mwanya Mugisha Richard wari uwuriho by’agateganyo abifatanya no kuba Visi Perezida wa FERWAFA ushinzwe Tekinike.

    Yize amasomo ajyanye n’Imiyoborere n’Imicungire y’Umupira w’Amaguru yakurikiraniye muri Kaminuza ya Leicester mu Bwongereza, akaba atangwa ku bufatanye bw’ikigo cya CIES n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

    Bonnie Mugabe yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA

    Source : http://isimbi.rw/ferwafa-yabonye-umunyamabanga-mushya.html