Author: webrwanda

  • Tinah Beauty Shop: Aho impumuro nzinza n'uburanga bihurira #rwanda #RwOT

    I Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, ahasanzwe hahurira urujya n'uruza rw'abashaka ubwiza n'uburanga, ni ho usanga iduka Tinah Beauty Shop, iduka rizwi kandi ryizewe mu gucuruza perfume z'indobanure ziturutse hirya no hino ku Isi. Uhereye ku mpumuro zoroheje zihuza umunsi wawe w'akazi, kugeza ku mpumuro zihamye ziguha ishusho nziza mu bantu, zose zirahari kandi ku giciro gikwiye buri wese ushaka guhumura neza.

    Tinah Beauty Shop ibarizwa mu Mujyi wa Kigali, i Nyarugenge mu nyubako Makuza Peace Plaza, ku muryango GF-12, ahantu hizewe abantu benshi bakunda gusura kubera serivisi zinoze no kwakira neza abakiriya. Abakozi babo batojwe guha buri wese ubufasha bwo guhitamo impumuro 'perfume' ijyanye n'amahitamo y'umuntu, bashingira ku buryo umuntu yishimira uko ahumura.

    Iri duka rirangwa n'uko rifite perfume z'amoko menshi yaba iz'abagore, iz'abagabo, ndetse n'izihuza bose dore ko zose zikozwe mu buryo bwa premium, zifite umuhumuro umara igihe. Niba ushaka impumuro ikwakirana ubwuzu, cyangwa kugaragara neza mu birori, aha ni ho ubisanga.

    Tinah Beauty Shop ntabwo itanga perfume gusa, ifite n'amashakoshi y'abagore kandi meza, sibyo gusa ahubwo itanga na make up nziza k'ubakunzi bazo nkuko slogan yabo ibivuga: 'Beauty is better for the soul.' Ukeneye ibindi bisobanuro, ushaka gutumiza wahamagara cyangwa ukandika ubutumwa bugufi kuri nimero ya 0789534851.

    Source : https://kasukumedia.com/tinah-beauty-shop-aho-impumuro-nzinza-nuburanga-bihurira/

  • Baba Levo yahembye abiyanditse izina rye ku mubiri #rwanda #RwOT

    Umunyapolitike akaba n’umuhanzi wigeze kurebererwa inyungu na Diamond Platinumz, Baba Levo yahembye Moto nshya abasore babiri biyanditse ku mubiri izina rye nk’uburyo bwo kumushyigikira ubwo yiyamarizaga kujya mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania.

    Clayton Revocatus Chipando, uzwi cyane nka Baba Levo wahoze ari umuhanzi ubarizwa muri Wasafi ndetse ubu akaba ari umudepite uhagarariye agace ka Kigoma mu nteko ishinga amategeko ya Tanzaniya, yongeye kugarukwaho nyuma yo guha impano idasanzwe abasore babiri bamufashije ndetse bakigarurira imitwe y’ibitangazamakuru byo muri iki gihugu ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza.

    Aba basore bagarutsweho cyane kubera uburyo biyanditseho amazina ya Baba Levo ku mibiri yabo kugira ngo bamwereke ko bamushyigikiye ndetse nyuma akaza kubaha isezerano ryo kuzahabwa igihembo gishimishije nyuma y’amatora.

    Iryo sezerano ryasohorejwe mu muhango wo gushimira abaturage bamuhundagajeho amajwi wabereye muri Kigoma, aho baherewe moto nshya imbere y’imbaga y’abaturage.

    Baba Levo yashimye uburyo aba basore bitanze nta kiguzi, abibutsa ko ibyo bakoze ari kimwe mu byamugiriye akamaro mu rugendo rwe rwa politiki.

    Yabasabye ko moto bahawe bayikoresha mu buryo bubageza ku iterambere, ariko anavuga ko badakwiye kuba abamotari kuko ngo basinda cyane bityo bikaba byashyira ubuzima bwabo mu kaga.

    Muri uwo muhango yagize ati 'Mwari mumaze iminsi mumbaza amafaranga. Ubu ibyo birarangiye. Moto ndayibahaye, ariko muyishakire umuntu uyitwara. Ndabizi ko mukunda inzoga, ntimukwiye kuba abamotari.'

    Nubwo ari impano, umudepite yabashyiriyeho amasezerano agomba kubahirizwa mu mezi 12 aho bazajya bamwishyura agera ku mashilingi ya Tanzania 3000 ku munsi (aya asaga gato 1769 frw) kugeza igihe yuzuye. Nyuma y’umwaka, moto izahita iba iyabo burundu.

    Baba Levo yasobanuye ko ibi yabikoze agamije kubarinda kugurisha moto nk’uko akenshi bikunze gukorwa n’abantu bahabwa impano nk’izo.

    Ati 'Iyo uyihaye umuntu ku buntu ashobora kuyigurisha ako kanya. Ubu ni uburyo bwo kuyibafatira mu gihe bacyiga kuyibyaza umusaruro. Umwaka nurangira bazafata icyemezo cyabo.'

    Iyi nkuru ije ikurikira indi yavugishije benshi ku munsi w’irahira rya Baba Levo mu nteko ishinga amategeko ya Tanzaniya ku wa 11 Ugushyingo, aho amashusho yakwirakwijwe yamugaragazaga akikijwe n’inshuti ze za hafi harimo n’umuhanzi Diamond Platnumz wamushyigikiye kuva mu ntangiriro z’urugendo rwe rwa politiki.

    Baba Levo yatanze moto 2 ku bantu babiri bamwishushanyijeho

    Source : http://isimbi.rw/baba-levo-yahembye-abiyanditse-izina-rye-ku-mubiri.html

  • Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwerekana ubukaka bwayo #rwanda #RwOT

    Arsenal ikomeje kwerekana ubudahangarwa muri Shampiyona y'u Bwongereza Premier League, nyuma yo gutsinda Tottenham Hotspur ibitego 4-1 mu mukino w'umunsi wa 12 mu ijoro ryashize taliki ya 23 Ugushyingo 2025, ishimangira icyizere cyo kuguma ku mwanya wa mbere. Ni Derby y'i Londres yari itegerejwe na benshi ku rwego rwo hejuru, ndetse n'ishyaka ry'aba bakinnyi b'imbere ba Mikel Arteta batigeze bagabanya umurego n'iminota n'imwe, dore ko ikipe ya Arsenal itigeze itanga agahenge ku ikipe ya Tottenham Hotspur ubwo bakinaga.

    Abakinnyi ba Arsenal batangiye umukino bafite icyizere, bituma batsinda ibitego bitatu mu gice cya mbere, mbere y'uko Spurs igarura kimwe cy'impozamarira mu munota wa nyuma w'umukino. Ibyo byongeye kugaragaza uko Tottenham ikomeje guhura n'ibibazo bya gahunda yo kwitwara neza imbere y'amakipe akomeye.

    Ku rundi ruhande, Arsenal isa nk'ikomeje urugendo iyoboye shampiyona ku rutonde rw'agateganyo. Kugeza ubu imaze kugira amanota 29, ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Premier League. Ikaba ikurikiwe n'ikipe ya Chelsea ku manota 23, bityo ikaba igifite icyuho cy'amanota atandatu.

    Abakurikiranira hafi umupira w'amaguru mu Bwongereza bavuga ko imikinire ya Arsenal iri gutanga indi sura nshya y'ikipe ishaka igikombe nyuma y'imyaka myinshi ihatana. Mikel Arteta we avuga ko nta gihindutse uretse gukomeza imyitozo no kwicungira umutekano mu mikinire y'ikipe. Intsinzi ikomeje gushyira Arsenal mu mwanya mwiza wo guhatanira igikombe, mu gihe Spurs yo ikomeje gushaka uko yakwisuganya.

    Ikipe ya Arsenal FC ikomeje kwerekana ubukaka bwayo

    Source : https://kasukumedia.com/ikipe-ya-arsenal-fc-ikomeje-kwerekana-ubukaka-bwayo/

  • Perezida Kagame mu guharanira Amahoro ni Indashyikirwa 'Emir wa Qatar' #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w'Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, wari mu ruzinduko rw'iminsi ibiri mu Rwanda yatangaje ko ashima umuhate w'u Rwanda mu gushyigikira ibikorwa by'amahoro mu Karere ka Afurika y'Uburasirazuba.

    Ni mu butumwa yasangije ku rubuga rwa X, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Ugushyingo, ubwo agiye gusoza uruzinduko rw'iminsi ibiri yari yagiriye mu Rwanda.

    Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, yashimye ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame bigaruka ku muhate w'impande zombi mu kwagura no guteza imbere amahirwe y'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi.

    Ati' Qatar n'u Rwanda bifitanye umubano ukomeye kandi urimo gukura, kandi biri mu nzira yihuse igana ku bufatanye bwiza n'inyungu zihuriweho.'

    Yakomeje ashima umuhate w'u Rwanda mu gushyigikira ibikorwa by'amahoro mu Karere ruherereyemo.

    Ati' Ndashimira imbaraga za Perezida Kagame mu gushyigikira ibikorwa by'amahoro mu Karere, igihugu cye giherereyemo.'

    Ku rundi ruhande, Perezida Kagame yifashishije urubuga rwe rwa X, nawe yashimiye Umuyobozi w'Ikirenga wa Qatar, kubw'ibiganiro byiza bagiranye muri iki gihe cy'uruzinduko yarimo mu Rwanda.

    Yagaragaje ko u Rwanda rushimira cyane ubufatanye rufitanye na Qatar, ndetse n'umubano mwiza ukomeza gushimangira imikoranire myiza hagati y'ibihugu byombi.

    Ati' Twiteguye kubakira ku ntambwe yatewe muri uru ruzinduko no guteza imbere ibyo duhuriyeho hagamijwe inyungu z'ibihugu n'abaturage babyo.'

    U Rwanda na Qatar ni ibihugu bisanganywe imikoranire mu nzego zitandukanye ziterambere zirimo ubukerarugendo, ubwikorezi bwo mu kirere, urwego rw'umutekano n'izindi nzego zitandukanye.

    Birenze ibi kandi, Qatar iri kugira uruhare mu gukemura ibibazo by'umutekano muke bimaze igihe biri mu Karere k'Uburasirazuba u Rwanda ruherereyemo, binyuze mu biganiro by'amahoro n'ubuhuza.

    Biteganyijwe ko ubwo Emir Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani araba avuye mu Rwanda ari bukomereze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ari bugirane ibiganiro na Perezida Felix Tshisekedi.

    Uruzinduko rwakomereje mu rwuri rw'Inyambo rwa Perezida Kagame, ndetse Perezida Kagame agabira Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, Inyambo mu rwuri rwe.

    Ibiro by'Umukuru w'Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko Inka z'Inyambo Perezida Kagame yagabiye Emir wa Qatar ari ikimenyetso gishingiye ku muco w'u Rwanda gisobanuye ubucuti, ubwubahane, n'ubufatanye bukomeye hagati y'abayobozi bombi n'ibihugu byabo.

    Biteganyijwe ko abakuru b'ibihugu bombi bagirana ibiganiro ku munsi wa kabiri w'uruzinduko rwa Emir wa Qatar mu Rwanda.

    Mu ntangiriro z'Ugushyingo 2025 i Doha, ubwo Perezida Kagame yari yitabiriye inama ku iterambere rusange, bombi bari baganiriye ku guteza imbere umubano w'ibuhugu byombi n'imikoranire.

    Source : https://rushyashya.net/perezida-kagame-mu-guharanira-amahoro-ni-indashyikirwa-emir-wa-qatar/

  • Riderman yaciye amarenga yo kongera guhuza imbaraga na Bulldogg #rwanda #RwOT

    Umuraperi Riderman yaciye amarenga yo kongera gushyira hanze indi mishinga izaba imuhurije hamwe na mugenzi we Bulldogg witegura gushyira hanze alubumu ye ya kabiri nyuma yo guhuriza imbaraga kuri Alubumu 'Icyumba cy’Amategeko’ iri mu zakunzwe cyane mu mwaka ushize.

    Muri Gicurasi 2024 ni bwo abakunzi b’umuziki by’umwihariko ab’injyana ya Hip Hop batunguwe bikomeye no kubona Bulldogg na Riderman ubusanzwe bafatwa nk’inkingi za mwamba muri Hop Hop y’u Rwanda bahuriye kuri album yakunzwe cyane bise 'Icyumba cy’Amategeko’.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI nyuma yo gususurutsa abari bitabiriye ibitaramo bya Isango na Muzika Awards byaberaga muri Kaminuza y’ u Rwanda ishami rya Huye, Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman yaduhamirije ko hari indirimbo zirenze ebyiri yakoranye na Bulldogg ndetse ko hari amahirwe y’uko imwe muri zo yazasohoka kuri Alubumu nshya ya Kemozera, 'Impeshyi 15′.

    Ati 'Yego, hari indirimbo zirenze ebyiri twakoranye na Bulldogg zitarasohoka, navuga ko ntabizi ijana ku ijana niba azazishyira kuri Alubumu kubera ko buriya alubumu ishobora gusohokaho indirimbo 12 ariko haratunganyijwe 40, gusa hari amahirwe y’uko imwe muri zo yazasohokaho.'

    Mu cyumweru gishize ni bwo Bulldogg yatangarije ISIMBI ko yitegura gushyira hanze alubumu ye ya kabiri yise 'impeshyi 15′ anavuga ko impamvu yahisemo kuyita gutyo ko bifite aho bihuriye n’urugendo rw’imyaka 15 amaze mu ruganda rw’umuziki mu buryo we yita bwa kinyamwuga.

    Ku rundi ruhande, Riderman yanatangaje ko yitegura ko mu mwaka utaha azahuriza hamwe abahanzi bo mu bihe bitandukanye barimo n’abo batangiranye urugendo nka P-Fla na Bull Dogg mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 izaba yuzuye ari mu muziki, yishimira ibyo yagezeho, abafatanyabikorwa bamuherekeje, abafana batigeze bamuvaho n’ibindi binyuranye byakomeje inganzo ye.

    Riderman yaciye amarenga yo kongera gukorana na Bulldogg

    Jimmy GATETE / ISIMBI.RW

    Source : http://isimbi.rw/riderman-yaciye-amarenga-yo-kongera-guhuza-imbaraga-na-bulldogg.html

  • Bwiza yanenze Prophet Joshua #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Bwiza yagaragaje ibikorwa bya Prophet Joshua nk’uburiganya bukomeye nyuma yo gutangaza ko atazigera atanga amafaranga yemereye Nelly Ngabo ubwo yamurikaga album 'Vibranium’ afitanye na Platini P.

    Tariki ya 21 Ugushyingo 2025 nibwo Prophet Joshua yatangaje ko atazigera atanga miliyoni 5 Rwf yemereye Nel Ngabo na Platin P ubwo bari mu gitaramo cyo kumvisha abantu album yabo ‘Vibranium’, agaragaza ko habayeho kumusuzugura ntibamuha icyubahiro akwiye ndetse ko bakwiye kumusaba imbabazi mu ruhame.

    Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru ISIMBI ku wa Gatandatu tariki ya 22 Ugushyingo 2025 nyuma y’igitaramo cya Isango na Muzika Awards cyaberaga muri Kaminuza y’ u Rwanda ishami rya Huye, Bwiza Emmerance yaduhamirije ko kuba umuntu atatanga ibyo yemeye ari uburiganya bukomeye kandi ko ari ibintu afata nk’ibidakwiye.

    Ati 'Nubwo ntabifiteho amakuru ahagije kuko mperuka ayemera … Gusa ngewe ntekereza ko kwemera ibintu hanyuma ntubikore ari uburiganya bukomeye kandi ntabwo ari byiza kuko n’Imana irabitubuza.'

    Bwiza yemeje ko abantu bose bamwemereye amafaranga ubwo yamurikaga album ye iheruka yise '25 Shades’ bamaze kuyatanga.

    Ku wa 29 Kanama 2025, mu nyubako ya Zaria Court ni bwo Nel Ngabo na Platin P bahurije hamwe abantu batandukanye mu gikorwa bari bateguye cyo kumvisha abantu indirimbo ziri kuri album bahuriyeho yitwa ‘Vibranium’.

    Prophet Joshua na we ni umwe mu bemeye ko azatanga miliyoni 5, ndetse icyo gihe yemeye mu ruhame ko ayo mafaranga azayashyikiriza aba bahanzi mu gitondo tariki 30 Kanama 2025, bitarenze saa 09:00 za mu gitondo.

    Hadaciye kabiri, Prophet Joshua yeruye avuga ko atazigera atanga ayo mafaranga kuko nabo batigeze bamwakira neza uko bikwiye ngo bamuhe icyubahiro akwiye kandi ari bo bamwihamagariye.

    Yavuze ko nubwo bamuhaye ubutumire, ariko umuntu waje kumwakira amuha ikaze ntabwo ari we wari umukwiye, aho yavuze ko uwo muntu yari yasinze, ndetse aho bamwicaje ntabwo ari ho yari asanzwe yicara kabone n’iyo yagiye mu kiriyo.

    Ku ruhande rw’umuhanzi Nelly Ngabo twagerageje kubimubazaho ariko yirinda kugira byinshi abisubizaho ndetse yitsa cyane ku kuba yaba ari amahitamo y’umuntu mu gihe nta masezerano yabayeho.

    Bwiza Emerence yanenze Prophet Joshua

    Bwiza Emerence yanenze Prophet Joshua

    Prophet Joshua yavuze ko miliyoni 5 Frw yemereye Nel Ngabo na Platini ntazo azabaha kuko bamusuzuguye

    Platini na Nel ntacyo barabivugaho

    Source : http://isimbi.rw/bwiza-yanenze-prophet-joshua.html

  • Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z'abantu zimaze gupfa kubera inzara #rwanda #RwOT

    Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kuzamukirwa n'icyorezo cy'inzara cyibasiye abaturage hirya no hino mu gihugu, ijwi ry'abaturage n'abasesenguzi rirushaho kuvuga ritabaza ku micungire mibi y'umutungo wa Leta, birushijeho gukara nyuma y'amakuru y'uko miliyari z'amafaranga akomeje kujya mu gushyigikira amakipe y'umupira w'amaguru akomeye kandi akize kurusha abaturage basanzwe.

    Raporo z'inzego z'ubuzima n'imirire zigaragaza ko abaturage barenga miliyoni 28 bugarijwe n'inzara ikabije, naho abana bato basaga miliyoni 5 bahanganye n'imirire mibi ikomeje kwiyongera ubutitsa. Ibi bituma RDC ishyirwa ku rutonde rw'ibihugu biri mu kaga gakomeye ku rwego rw'Isi mu bijyanye n'umutekano w'ibiribwa.

    Icyakora mu gihe abaturage basaba ubufasha bwihutirwa, raporo ziravuga ko Leta ikomeje gushyira amafaranga menshi mu bikorwa bitarimo ubuzima bw'abaturage, birimo n'inkunga igenerwa amakipe ya ruhago afite ubushobozi bwinshi kurusha benshi mu baturage basanzwe. Ibi byateye impaka nyinshi ndetse n'umujinya mu baturage bavuga ko Leta itarimo gutekereza ku mibereho yabo.

    Umwe mu bakozi bashinzwe ubuzima n'imirire, utuye i Kinshasa, yabwiye ibitangazamakuru byo muri Congo ati: 'Ni ibintu biteye ubwoba. Umuturage apfa ku bw'inzara buri munsi, ariko igihugu gifite ubushobozi gikomeza gushyira miliyari mu bikorwa bitihutirwa. Ibi ntibyumvikana na gato.'

    Abasesenguzi b'ubukungu n'imiyoborere bemeza ko ibi bigaragaza icyuho gikomeye mu micungire y'imari ya Leta, ndetse bikaba bishobora gukomeza guteza ubwigunge, umujinya n'imvururu mu baturage bumva ahubwo barimo kwibagirana.

    Abaturage barasaba ko hakoherezwa igenzura ryimbitse ku micungire y'umutungo wa Leta, bityo amafaranga akajya ashyirwa mu bikorwa by'ingenzi: ubuzima, uburezi, imirire, amahoro n'umutekano aho kurenza imbere ibikorwa by'imyidagaduro bitagira uruhare mu guhangana n'ibibazo bikomeye igihugu kirimo.

    Ibi bibazo byageze no mu ngabo. Hari amakuru yemeza ko bamwe mu barwanyi b'umutwe wa Wazalendo, bafatanya bya hafi n'ingabo za FARDC, basabye Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe ibiribwa (WFP) kubaha ubufasha bw'ibiribwa birimo ibishyimbo n'ifu. Ngo ubwo busabe ntibwahawe agaciro, bituma bamwe mu barwanyi barara barashe amasasu mu kirere nk'ikimenyetso cy'uburakari, ibintu byatunguye abaturage ndetse bikabatera impungenge.

    Muri iyi minsi, urusaku rw'imbunda ziremereye n'izoroheje bikomeje kumvikana mu gace ka Uvira, aho imirwano ikomeje guca ibintu mu ijoro ryose, mu gihe FARDC yasabye abahuza ko baganiriza umutwe wa AFC/M23 kugira ngo bahagarike ibitero bikomeje guhungabanya ubuzima bw'abaturage.

    Kugeza ubu, ikibazo cy'imicungire y'umutungo wa Leta kiracyibazwaho ku rwego mpuzamahanga, mu gihe ubukene, inzara n'imirwano bikomeje kurushaho gukomeretsa abaturage ba RDC bari mu bihe bidasanzwe byo gupfusha umunsi k'uwundi.

    Inzara ikomeje kwica Abanye-Congo, nyuma yaho miliyoni 28 z'abantu zimaze gupfa kubera inzara

    Source : https://kasukumedia.com/inzara-ikomeje-kwica-abanye-congo-nyuma-yaho-miliyoni-28-zabantu-zimaze-gupfa-kubera-inzara/

  • RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y'abakekwaho gusakaza amashusho y'urukozasoni ya Yampano #rwanda #RwOT

    Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko dosiye iregera abakekwaho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi Yampano n'umukunzi we Uwineza Diane yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, kugira ngo hakomeze inzira y'amaperereza n'imyanzuro y'ubushinjacyaha.

    Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yemeje ko dosiye yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa Mbere tariki 17 Ugushyingo 2025, nyuma y'uko abakekwa babiri bari bamaze gutabwa muri yombi ku matariki atandukanye.

    Abafashwe barimo Kalisa John uzwi nka K John, wafashwe ku wa 14 Ugushyingo 2025, ndetse na Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, wafashwe ku wa 11 Ugushyingo 2025. Bombi bakurikiranyweho uruhare mu gukwirakwiza ayo mashusho ku mbuga nkoranyambaga, ibikorwa byafashwe nk'ibyica ubuzima bwite bw'uyavuzweho n'umukunzi we.

    RIB yemeza ko iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane n'abandi bose bashobora kuba barabigizemo uruhare, ndetse ikibutsa ko gusakaza amafoto cyangwa amashusho y'urukozasoni ari icyaha gihanwa n'amategeko y'u Rwanda, cyane cyane iyo bigambiriye guha isura mbi uwayafotoranywe cyangwa bigakwirakwiza amakuru y'ubuzima bwite.

    Ubushinjacyaha buratangaza ko buzakomeza gusuzuma dosiye bugendeye ku bimenyetso byatanzwe, hanyuma hagafatwa icyemezo gihwitse hashingiwe ku mategeko.

    RIB yashyikirije Ubushinjacyaha dosiye y'abakekwaho gusakaza amashusho y'urukozasoni ya Yampano

    Source : https://kasukumedia.com/rib-yashyikirije-ubushinjacyaha-dosiye-yabakekwaho-gusakaza-amashusho-yurukozasoni-ya-yampano/

  • Kwagura Imikoranire ndetse n'Ubufatanye niyo Ntego y'ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra #rwanda #RwOT

    Perezida Paul Kagame ari kumwe na mugenzi we wa Centrafrique, Nyakubahwa Faustin Archange Touadéra, Ubu uri mu ruzinduko rw'akazi ruzamara iminsi ibiri mu Rwanda, baganira ku butanye busanzweho hagati y'ibihugu byombi by'inshuti z'akadasoka, ndetse n'uburyo bwo kurushaho kwagura imikoranire mu nzego zitandukanye.

    Perezida Faustin-Archange Touadéra yageze i Kigali ku wa 23 Ugushyingo 2025, yakirwa na Minisitiri w'Umutekano w'Imbere mu gihugu, Dr. Vincent Biruta, mbere yuko ahura na Perezida Kagame ku mugoroba w'umunsi wa mbere w'uruzinduko rwe.

    Village Urugwiro yatangaje ko aba bakuru b'ibihugu bombi baganiriye ku ngingo zitandukanye zirimo ubufatanye busanzweho hagati y'ibihugu byombi, bukubiyemo ubutumwa bw'ingabo z'u Rwanda muri Centrafrique ku masezerano y'ibihugu byombi, ndetse n'iziri mu butumwa bwa Loni.

    Ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga yakomeje ivuga ko 'Abakuru b'ibihugu bombi banaganiriye ku mahirwe yo gukomeza gushimangira ubufatanye bw'impande zombi, binyuze mu nzego zitandukanye zigirira inyungu abaturage ba Centrafrique n'u Rwanda.'

    Umubano w'u Rwanda na Centrafrique si uw'ubu, kuko umaze gushinga imizi, mu nzego zitandukanye, by'umwihariko mu bijyanye n'umutekano.

    Mu 2014 ni bwo Ingabo z'u Rwanda zageze muri Repubulika ya Centrafrique mu bikorwa byo kubungabunga umutekano.

    Zakoze uko zishoboye ngo zigarure ituze ry'abaturage b'iki gihugu nyuma y'intambara z'urudaca zadutse mu 2012.

    Ingabo z'u Rwanda zagiye gutanga umusanzu muri iki gihugu, ubwo imitwe yitwaje intwaro mu majyaruguru yishyize hamwe ikarema umutwe witwa Séléka, utegura 'coup d'état' ariko birawupfubana.

    Zageze muri iki gihugu cyo muri Afurika yo Hagati, mu ntangiriro za 2014 mu butumwa bwari ubw'Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, MISCA.

    Nyuma y'amezi make bwarahindutse, zitangira kubarizwa mu butumwa bwa Loni, Minusca aho zuzuza inshingano zirimo kurinda abasivile, ibikoresho bya Loni, kurinda Umukuru w'Igihugu n'umuryango we, urugo rwe n'ibindi.

    Mu 2020, u Rwanda rwohereje muri Centrafrique izindi ngaho binyuze mu masezerano hagati y'ibihugu.

    Binyuze muri ayo masezerano, u Rwanda rwanafashije iki gihugu mu gutoza abasirikare bacyo. Icyiciro cya gatatu cy'abasirikare 438, ba Centrafrique batojwe n'Ingabo z'u Rwanda cyasoje amasomo muri Werurwe 2025.

    Yari amasomo ya gisirikare arimo ayo gutahura umwanzi, ajyanye n'uburyo bwo guhangana n'abanzi bageze mu gihugu, ayo gukoresha ikarita, n'indi myitozo ya gisirikare bakorera mu mashyamba n'ahandi.

    Muri iyi myaka hafi 11 hagezwe kuri byinshi cyane, birenga umutekano ahubwo bijya no mu guteza imbere ubuzima bw'abaturage aho inzego z'umutekano z'u Rwanda zikora uko zishoboye mu kuvura abaturage bo muri iki gihugu.

    Muri Gashyantare 2025, u Rwanda na Repubulika ya Centrafrique binyuze muri minisiteri zabyo z'umutekano, byanashyize umukono ku masezerano y'ubufatanye mu gushimangira umutekano hagati y'ibihugu byombi.

    Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, asuye u Rwanda mu gihe habura iminsi mike ngo igihugu cyabo kijye mu matora y'Umukuru w'Igihugu, ateganyijwe mu Ukuboza 2025. Muri Nyakanga 2025, Touadéra yatangaje ko aziyamamariza kongera kuyobora iki gihugu.

    Source : https://rushyashya.net/kwagura-imikoranire-ndetse-nubufatanye-niyo-ntego-yibiganiro-hagati-ya-perezida-kagame-na-mugenzi-we-touadera/

  • Iduka 'Rujama Phones Shop' rikomeje korohereza abaguzi, nyuma yuko rihananuye ibiciro #rwanda #RwOT

    Iduka Rujama Phones Shop, rimaze kubaka izina mu bucuruzi bwa telefoni n'ibikoresho biyunganira, rikomeje kwiyegereza abakiriya binyuze mu koroshya uburyo bwo kugura ndetse no kugabanya ibiciro ku bicuruzwa byaryo birimo telefoni zo mu bwoko bwa Iphone, Samsung ndetse n'izindi zitandukanye. Ni politiki nshya ubuyobozi bw'iri duka buvuga ko igamije gufasha abaguzi kubona ibikoresho by'itumanaho byujuje ubuziranenge kandi ku giciro kibafasha kutahungabanywa n'ubukungu bwabo.

    Rujama Phones Shop ikorera mu mujyi wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge, ku muhanda wa 30 KN 4 Ave, ahantu hakoroshya kugerwaho n'abaguzi baturutse mu bice bitandukanye by'umujyi. Abakiriya bahasanga telefoni zigezweho z'amoko atandukanye zirimo Samsung, iPhone n'izindi nyinshi, ndetse n'ibikoresho byazo birimo chargers, earphones & earbuds, covers zirinda telefoni, screen protectors, n'ibindi bicuruzwa bifite aho bihuriye n'ikoranabuhanga.

    Uretse kugabanya ibiciro, iri duka rizwiho gutanga serivisi zihuse kandi zinoze, harimo kugufasha guhitamo telefoni ikubereye hashingiwe ku bushobozi bwawe n'ibyo ukeneye guyikoresha. Abaguzi kandi bashimirwa uburyo bakirwa neza.

    Abifuza ibindi bisobanuro cyangwa bashaka gutumiza ibintu batiriwe bahagera, bashobora guhamagara cyangwa bakandika ubutumwa bugufi kuri nimero ya 0788 773 754, ubuyobozi bukabaha amakuru yose bakeneye.

    Rujama Phones Shop ikomeje kubaka icyizere mu bantu, nyuma ya serivisi batanga yizewe yaba ku bashaka telefoni nziza, ibikoresho byazo biramba, n'ibiciro bitabangamira ubukungu bw'abaguzi.

    Iduka 'Rujama Phones Shop' rikomeje korohereza abaguzi, nyuma yuko rihananuye ibiciro

    Source : https://kasukumedia.com/iduka-rujama-phones-shop-rikomeje-korohereza-abaguzi-nyuma-yuko-rihananuye-ibiciro/