Author: webrwanda

  • K John yabihakanye, Pazzo avuga ko Yampano ari we wishyize hanze #rwanda #RwOT

    Uyu munsi nibwo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man na Kalisa John uzwi nka K John batangiye kuburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ku byaha bakurikiranyweho byo gusakaza amashusho ya Yampano arimo gukora imibonano mpuzabitsina.

    Tariki ya 27 Ugushyingo 2025 ni bwo bari kuba baraburanye ariko ruza gusubikwa kuko Pazzo atari yiteguye kuburana.

    Aba bombi baburaniye ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho bakurikiranyweho gusakaza amashusho ya Yampano arimo akora imibonano mpuzabitsina n’umugore we.

    Aba bombi bakaba bahakanye ibyo baregwa aho nka Pazzo Man watawe muri yombi tariki ya 11 Ugushyingo, yavuze ko ayo mashusho ashinjwa atigeze ayatunga muri telefoni ye.

    Kuba yari ari kuri email ye (ya Yampano) ariko ntabwo Pazzo yigeze ayamanura (download) ngo ayatunge muri telefoni ye.

    We abona Yampano ari we wishyize hanze kuko kubikaho amashusho kuri email abizi neza ko abasha (Pazzo) kuyinjiramo afite umubare w’ibanga (password) cyane ko yari umujyanama, atari ikosa rye (Pazzo).

    Ati 'Njye nayabonye kuri Email, icyo gihe mpita nanabimubwira kandi yayakuyeho kuko abahanga bagaragaza ko ayo mashusho atakiriho, njye uretse kuyarebaho ntabwo nigeze nyabika kuri telefone (Download) cyangwa ngo ngire uwo nyasangiza. Mu Iperereza ryakozwe n’abahanga ngira ngo babonye ko ntayo nari mfite yewe nta n’uwo nigeze nyasangiza.'

    Uwunganira Pazzo Man yavuze ko umuntu wa mbere wasakaje aya mashusho ari Yampano wayashyize kuri Email azi neza ko atariho wenyine, bityo asaba Urukiko ko rwategeka ko atangira gukurikiranwaho iki cyaha.

    Ati 'Turasaba Urukiko ko mu bubasha bwarwo rwategeka ko Yampano atangira gukurikiranwaho gusakaza ayo mashusho kuko yayashyize kuri Email kandi abizi neza ko atariwe wenyine uyikoresha, ni we wa mbere wayasakaje.'

    Ubushinjacyaha bwagaragaje ko mu igenzura ry’abahanga mu ikoranabuhanga basanze Pazzo Man ku wa 11 Ugushyingo 2025 yarandikiye uwitwa Ddumba amusaba gusiba amashusho yose ya Yampano no kutongera kuyasakaza.

    Ubushinjacyaha bwareze Kalisa John wamamaye nka KJohn kuba hari ifoto yafashe yoherereza Papa Cyangwe amubwira ko amashusho ya Yampano ari gutera akabariro yagiye hanze.

    Ikindi Ubushinjacyaha bwagaragaje ko gituma bakurikirana KJohn ni ukuba yarasabye uwitwa Kwizera Nestor uzwi Pappy Nesta ayo mashusho ndetse akanayahabwa, bityo bukibaza umugambi wari wihishe inyuma utari ukuyasakaza.

    Ubushinjacyaha bwagaragaje ko bufite umutangabuhamya witwa Ngabo Leon uzwi nka Njuga wavuze ko yahuriye na KJohn ari kumwe na Pazzo Man muri Restaurant yo kwa Clapton Kibong bityo bakahamwerekera ayo mashusho.

    Kalisa Joh uzwi nka Kjohn we yaburanye ahakana ibyaha aregwa ahamya ko muri Kamena 2025 ari bwo yabonye umuntu witwa Odette ashyize ku rubuga rwe rwa Whatsapp ifoto ya Yampano ahamya ko umuntu umuha amafaranga amuha amashusho ya Yampano ari gutera akabariro.

    Kjohn avuga ko akibona iyi foto yahise akora 'Screenshoot’ ayoherereza Papa Cyangwe wari uherutse gukorana indirimbo na Yampano amubaza niba koko ibyo abonye ari impamo.

    Papa Cyangwe na we ngo yahise aha Yampano ya foto amubwira aho ayikuye, ibi bikaba ari nabyo byatumye uyu muhanzi amenya ko amashusho ye yagiye hanze.

    Kalisa John yavuze ko iyo foto yoherereje Papa Cyangwe atari iy’urukozasoni kuko nta kintu kibi kiyigaragaraho.

    Avuga ko nyuma y’icyo gihe byabaye nk’ibihosheje icyakora mu Ugushyingo 2025 aya mashusho yongeye kujya hanze aba aribwo ayasaba.

    Ati 'Hari uwitwa Willy Pappy yarayansabye mubwira ko ntayo mfite, hashize akanya ambwira ko uwitwa Pappy Nesta yayamuhaye nanjye mpita nyamusaba arayampa. Nibyo narayabonye ariko nta muntu n’umwe nigeze nyoherereza.'

    Umunyamategeko wa KJohn yavuze ko kuba Kalisa John yarasabye amashusho akanayahabwa, bitagize icyaha kuko icyaha ari ukuyasakaza kandi we nta muntu yigeze ayasakazaho.

    KJohn yavuze ko atazi icyo apfa na Njuga watanze ubuhamya amushinja, icyakora abwira Urukiko ko icyo yaketse ari uko hari ubwo yamukinishije filime mu bihe bya Covid-19 batandukana batumvikanye, wenda we akaba ari bwo abonye uko yamwihimuraho.

    Ku rundi ruhande yaba Pazzoman cyangwa umwunganira mu mategeko, bagaragaje ko gusaba Ddumba gusiba ayo mashusho no kutongera kuyasakaza byari uburyo bwo kugabanya umurindi w’isakazwa ryayo cyane ko yari yamenye ko ari gukurikiranwa.

    Ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa imisi 30 y’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakomeza kuburana bafunzwe. Urukiko rukazasoma umwanzuro tariki ya 11 Ukuboza 2025 saa 15h00′.

    Uyu munsi kandi hari hitabye abandi bantu batatu baregwa muri iyi dosiye barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe François Xavier na Kwizera Nestor bakunda kwita Pappy Nestor, nabo bakurikiranyweho gukwirakwiza aya mashusho, gusa Urukiko rwategetse ko urubanza rwabo rusubikwa kuko Ishimwe François Xavier yavuze ko nta mwunganizi mu mategeko afite. Ruzasubukurwa tariki ya 11 Ukuboza 2025.

    K John yavuze ko gusaba amashusho bitavuze ko yayasakaje

    Pazzo Man yavuze ko ibyabaye byose byabazwa Yampano

    Yampano yatanze ikirego avuga ko abantu basakaje amashusho ye

    Source : http://isimbi.rw/k-john-yabihakanye-pazzo-avuga-ko-yampano-ari-we-wishyize-hanze.html

  • Prince Kiiz arashinja Bwiza ubuhemu #rwanda #RwOT

    Producer Prince Kiiz yongeye kwiharira ukuvugwa ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gushinja ubuhemu umuhanzikazi Bwiza ndetse n’umureberera inyungu kubera kumwiba no kumutwarira indirimbo ye (Boda Boda) batanabimumenyesheje.

    Mu butumwa yanyujije ahatangirwa ubutumwa bumara amasaha makumyabiri n’ane ku rukuta rwe rwo ku rubuga rwa Instagram, Prince Kiiiz uri mu batunganya indirimbo bamaze kumenyekana mu Rwanda yagaragaje uburakari budasanzwe yatewe n’ibikorwa bya Bwiza n’uwitwa Uhujimfura Claude umureberera inyungu muri Kikac Music.

    Prince Kiiz yifatiye ku gahanga ubunyamwuga bw’uyu muhanzikazi uri mu bakunzwe muri iki gihe abashinja gufata igihangano cye bakakiyitirira kandi we nka nyiracyo atanabimenyeshejwe.

    Yanditse ati 'Bwiza na Manger wawe, Uhijimfura Claude ndabanenga ubunyamugayo buke, kuba mwafata igihangano cy’umuntu mukakiyitirira, nta giciro kibaho cyagura inganzo y’umuntu ngo yitirirwe undi nyirabyo atabizi ariko Imana itabeshya imporere.'

    Prince Kiiiz yakomeje agaragaza ko ibyo yakorewe na Bwiza ari agasuzuguro gakabije ndetse ko atari ku nshuro ya mbere abimukoze.

    Ati 'Ndavuga ubu ni ubuhe bwoko bw’inganzo bwuje ukutiyubaha ndetse no kwiyitirira ibitari ibyawe? Ibi si inshuro ya mbere kandi ntekereza ko atari iya nyuma mbikorewe gusa ntiwibagirwe ko buri wese ugurana icyiza umwuka mubi nawo ntago utajya umuvira mu nzu.'

    Kiiiz usanzwe ari n’umuhanzi yanagaragaje ko we abona igihangano kitaramo nyir’ukugihanga ntaho kiba gitandukaniye n’urusaku rwumvikanamo izina ry’uwahuguje.

    Nubwo yirinze gutangaza izina ry’igihango cye cyaba kibwe gusa ibi Prince Kiiiz yabitangaje nta minota myinshi itambutse uyu muhanzikazi yagiriza kumutwarira igihangano ashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise 'Boda Boda’ yatunganijwe mu buryo bw’amajwi ku bufatanye bwe na Producer Loader.

    Bamwe bafana ntibatinze kugaragaza imbamutima zabo kuri iki kibazo aho benshi muri bo bakomeje guhuriza ku kwibaza impamvu uyu mutunganya muziki ashyirwa ku rutonde rw’aba- producer bayikoze kandi ariwe wayiririmbye.

    Prince Kiiiz yashinje Bwiza ubwambuzi

    Indirimbo Boda Boda ya Bwiza ngo ntabwo ari ye

    Source : http://isimbi.rw/prince-kiiz-arashinja-bwiza-ubuhemu.html

  • Aheza ni mu ijuru – Yampano amarira ashoka ku matama aricuza #rwanda #RwOT

    Umuhanzi Nyarwanda, Florien Uworizagwira wamamaye nka Yampano aricuza urukundo yatanze ariko akiturwa kugambanirwa.

    Yampano uri kubarizwa ku mugabane w’u Burayi mu Bubiligi, ntabwo ari mu bihe byoroshye.

    Mu kwezi gushize ni bwo hagiye hanze amashusho ya Yampano n’umugore we barimo biha akabyizi (Bakora Imibonano mpuzabitsina), ni amashusho yatunguye benshi.

    Uyu muhanzi yahise avuga ko umuntu akeka wabikoze ari uwari umujyanama we Pazzo Man kuko yari afite ‘password’ ya Email kandi ari ho yari abitse, ngo yabikoze ashaka kwihorera kuko yamwirukanye mu nzu.

    Yahise ajya gutanga ikirego muri RIB maze ubu abantu batanu barimo Pazzo Man, K John, Djihad, Papy Nestor na Ishimwe François Xavier batawe muri yombi bakekwaho gusakaza aya mashusho.

    Yampano akaba yateye benshi urujijo abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram aho yashyizeho ifoto ashoka amarira agaragaza ko aho kwizera abantu wakizera imbwa.

    Ati “Kubera wenda kuvukira kure y’iterambere hari igihe mpa urukundo abantu nkarwima imbwa, kandi buriya imbwa ntiyakugambanira.”

    Yakomeje avuga ko ibihe arimo ntawamwumva ariko ngo byose byapfiriye mu kwizera.

    Ati “Reka mbabwire nta muntu n’umwe wanyumva ariko byose byapfiriye mu gutanga umutima wanjye. Ibihe bizacaho kandi haze ibindi byiza. Mwana wanjye cyangwa muntu wanjye aheza ni mu ijuru.”

    Iyi mvugo yasorejeho “aheza ni mu ijuru”, yateye abantu kwikanga bavuga ko ashobora kwiyahura.

    Yampano ntabwo yigeze yerura ngo avuge uwo yavugaga yizeye akamuhemukira bigeze aho yashokaga amarira mu maso.

    Yampano yagaragaje ko arimo kunyura mu bihe bitoroshye

    Source : http://isimbi.rw/aheza-ni-mu-ijuru-yampano-amarira-ashoka-ku-matama-aricuza.html

  • Kamonyi: Uburenganzira bw'Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 03 Ukuboza 2025, Umunsi mpuzamahanga ngarukamwaka wahariwe kuzirikana Abantu bafite Ubumuga, Umuyobozi w'Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y'Abaturage, Uwiringira Marie Josée yasabye Ababyeyi n'abandi bafite inshingano ku bana bafite Ubumuga kuzirikana ko Uburenganzira bw'Umwana ufite Ubumuga butareba Ubuyobozi gusa, ko ahubwo buhera ku mubyeyi wamubyaye n'undi wese umufite mu nshingano. Yasabye kandi ko Uburengenzira ku bafite ubumuga bose bukwiye kwitabwaho na buri wese.

    Visi Meya Uwiringira Marie Josée, yasabye by'umwihariko ababyeyi n'abandi bafite inshingano ku bana bafite Ubumuga kubakangurira kujya kwiga, ku baba hafi bazirikana ko izo ari inshingano bafite zo kwita no gufasha abo bana. 'Si impuhwe ni Uburenganzira babagomba'.

    Yagize ati' Uyu munsi turongera gusaba Ababyeyi gukangurira abana bacu kujya kwiga kandi tubafashe. Nibyo!, uyu mwana ufite ubumuga ntabwo uzamwohereza kujya kwiga wenyine, ariko niba ari umwana ushoboye kujya mu burezi budaheza wiharanira ku mwikuraho ngo umujyane muri ariya mashuri acumbikira abana, atanga uburezi bwihariye kugira ngo nawe ngo ubone uko ukora imirimo yawe'.

    Yagize kandi ati' Umwana mu byo akeneye, akeneye na ya affection(kwitabwaho), akeneye rwa Rukundo wowe nk'Umubyeyi umuha. Wowe nk'Umubyeyi nutagira ubushake ngo wumve y'uko hari icyo uzigora kugira ngo umwana wawe agere ku burezi nk'abandi bana, hari ibizakugora, hari ibyo uzamuhemukira, hari uburenganzira uzamubuza'.

    Visi Meya Uwiringira Marie Josée

    Yakomeje agira ati' Uburengenzira bw'ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa. Ni buhere no ku mubyeyi wamubyaye, buhere no ku bavandimwe babana, ku baturanyi ndetse no ku bandi bantu'.

    Visi Meya Uwiringira, yasabye akomeje buri wese kumva no guha agaciro Abafite Ubumuga ari nako baharanira Uburenganzira bwabo mu Nguni zose z'Ubuzima, Ati' Ni tubafashe gukora icyo bashoboye gukora, tubafashe gushaka Impano ziri muri bo kuko kugira ubumuga si igisobanuro cyo kudashobora'.

    Musenyeri Ntivuguruzwa Barthazar, Umushumba wa Diyoseze ya Kabgayi yasabye buri wese kumva ko ufite Ubumuga ari Umuntu kandi ko ashoboye, ko akwiye guhabwa umwanya wibanze mu mutima no mu bikorwa bya buri wese, kutamuhunga, kutamunena, kutamutererana no' kureka bakagira icyo kibanza mu mitima yacu nk'uko bagifite mu Mutima w'Imana'.

    Musenyeri Ntivuguruzwa Barthazar

    Yakomeje ati' Ni mureke dufatanye nabo urugendo rw'Ubuzima. Si ukubakorera Urugendo, si ukubereka inzira ngo ni munyure aha, ahubwo ni ugufatanya nabo urugendo rw'Ubuzima n'Urugendo rw'Ibikorwa bifatika bibagenewe, bibafasha kwiteza imbere, bibongerera Ubushobozi, aho hose tukaba turimo, tukajyanamo'.

    Michel Nzigiyimana, ahagarariye Inama y'Igihugu y'abafite Ubumuga mu Karere ka Kamonyi. Avuga ko umunsi wahariwe kuzirikana Abantu bafite Ubumuga atari umunsi wo kwishimira ko Umuntu afite Ubumuga, ko ahubwo ari Umunsi wo kugaragaza ko Umuntu ufite Ubumuga ikibazo atari Ubumuga, ahubwo ari imbogamizi ahura nazo.

    Michel Nzigiyimana.

    Ati' Ubumuga ntabwo ari kuba utumva, kuba utabona, kuba hari urugingo udafite cyangwa rudakora….!. Ubumuga, ni ibyo uhura nabyo bikubuza gukora ibyo wakabaye ukora'.

    Nzigiyimana, asaba buri wese kumva ko guha agaciro n'Uburengenzira umuntu ufite Ubumuga atari impuhwe agirirwa, ahubwo ko ari Uburenganzira ahabwa nk'Umuntu wese kandi yemererwa n'Amategeko. Asaba kandi buri wese kumenya no kumva ko ufite Ubumuga ari umwe mu bagize Umuryango, ko adakwiye gutereranwa.

    Michel Nzigiyimana hari icyo asaba Umuryango Nyarwanda, Ati' Ndasaba abagize umuryango Nyarwanda kumva no kubona ko Ufite Ubumuga ari Umuntu nk'abandi, ko ntaho atandukaniye n'udafite Ubumuga uvanyeho imbogamizi ahura nazo'. Yakomeje asaba buri wese kutihunza abafite Ubumuga, kubakura mu bwihisho, kubaha umwanya, kubafata nk'abandi no kubafasha kwitabita ibikorwa byose hagamijwe kubafasha kwiteza imbere.

    Nkuko bitangazwa n'Ubuyobozi bw'Akarere ka Kamonyi, Imibare y'Abafite Ubumuga muri aka Karere ni abantu basaga ibihumbi 17. Bamwe mu bitabiriye kwizihiza uyu munsi baremewe. Bahawe Imashini zidoda, bahabwa Amatungo magufi(Ingurube). Hatangwa Amagare y'abafite Ubumuga, Imbago ndetse hatangwa na Matera.

    Mbere y'Ibirori by'Umunsi mukuru, habanje Igitambo cya Misa cyayobowe na Musenyeri Barthazar Ntivuguruzwa.

    Umunsi Mpuzamahanga w'Abantu bafite Ubumuga washyizweho mu mwaka wa 1992, ushyirwaho n'Inteko Rusange y'Umuryango w'Abibumbye (UN) hagamijwe kumvikanisha ibibazo Abantu bafite Ubumuga bahura nabyo, kugaragaza ko nabo bashoboye, kubaha amahirwe angana n'ay'abandi mu kugira uruhare mu bibakorerwa muri sosiyete, kubaha agaciro no guteza imbere uburenganzira n'imibereho myiza yabo.

     

    Théogène Munyaneza

    The post Kamonyi: Uburenganzira bw'Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee first appeared on Intyoza.

    The post Kamonyi: Uburenganzira bw'Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee appeared first on Intyoza.

    Source : https://www.intyoza.com/2025/12/04/kamonyi-uburenganzira-bwufite-ubumuga-ntabwo-bureba-ubuyobozi-gusa-visi-meya-uwiringira-m-josee/

  • Bill Gates yatangaje ko Imfu z’abana zigiye kwiyongera #RwOT #Rwanda




    Seattle, Dec. 4, 2025
    — Child mortality is projected to increase this year for the first time in more than two decades, reversing longstanding global progress, according to the Bill & Melinda Gates Foundation’s 2025 Goalkeepers Report released Thursday. The foundation is urging world leaders to target shrinking health budgets toward the most effective, lifesaving interventions.

    New modeling by the Institute for Health Metrics and Evaluation (IHME), featured in the report, shows that the number of children who die before age five—4.6 million in 2024—could rise by over 200,000 this year, reaching an estimated 4.8 million. The alarming projection comes as global development assistance for health has dropped sharply, falling 26.9% from last year’s levels.

    The cuts threaten decades of gains against preventable diseases such as malaria, HIV, and polio, and exacerbate existing challenges including high debt burdens and fragile health systems. The report, We Can’t Stop at Almost, warns that if funding reductions persist, up to 16 million more children could die by 2045.

    “We are at a critical turning point,” wrote Bill Gates, who authored the report. “I wish we were in a position to do more with more because it’s what the world’s children deserve. But even in a time of tight budgets, we can make a big difference… With millions of lives on the line, we have to do more with less, now.”

    A Reversal Within Reach—If Funding Holds

    IHME projections show that sustained 20% cuts to global health budgets could result in an additional 12 million child deaths by 2045. A 30% permanent reduction would increase that toll to 16 million.

    Gates warned that the world risks squandering advances in science and technology if funding fails to keep pace. But he emphasized that targeted investments in high-impact solutions—primary health care, routine immunization programs, and advances in data use—can still save millions of lives even as budgets tighten.

    According to the report:

    • Strengthening primary health care for less than $100 per person per year could prevent up to 90% of child deaths.

    • Vaccines remain one of the highest-value interventions, returning an estimated $54 in social and economic benefits for every $1 invested. Through Gavi, the Vaccine Alliance, more than 1.2 billion children have been immunized since 2000.

    • The Global Fund to Fight AIDS, Tuberculosis and Malaria, which has saved 70 million lives since 2002, secured $11.34 billion in pledges in its latest replenishment—evidence that sustained international cooperation is still possible despite economic headwinds.

    The report also highlights the potential of next-generation innovations. New RSV and pneumonia vaccines could save 3.4 million children by 2045, while emerging malaria tools could save an estimated 5.7 million. Long-acting HIV prevention therapies, such as lenacapavir, could further accelerate progress in high-burden countries.

    Voices From the Front Lines

    This year’s Goalkeepers Report amplifies perspectives from leaders and health workers across Africa and Asia who are navigating shrinking budgets with determination and creativity:

    • Muhammad Inuwa Yahaya, governor of Gombe State, Nigeria, underscored the importance of prioritizing health and education even amid fiscal constraints: “You don’t need perfect conditions to make progress. You need clarity, and the courage to stick to it.”

    • Josephine Barasa, a community health worker in Kenya, continued volunteering after losing her paid role: “They could take away the money, but they couldn’t take me away from my women… The support systems may have disappeared, but the need has not.”

    • Krystal Mwesiga Birungi, an entomologist from Uganda, emphasized the urgency of innovation to eliminate malaria: “Ending malaria is not only possible, it is urgent.”

    • Dr. Naveen Thacker, a pediatrician in India, stressed the importance of vaccine affordability: “If we want to see more healthy children, affordability of vaccines is key.”

    A Call to Action

    Gates urged governments, donors, and citizens to protect or expand funding for global health programs and to increase philanthropic commitments. The choices made now, he wrote, will determine whether global progress continues—or whether millions of children lose their chance to survive and thrive.

    “If we do more with less now—and get back to a world where there are more resources to devote to children’s health—then in 20 years we’ll be able to tell a different kind of story,” Gates said. “We can’t stop at almost.”

    The Goalkeepers Report is part of the Gates Foundation’s broader campaign to accelerate progress toward the United Nations Sustainable Development Goals.

  • Ikipe y'Abahungu n'Abakobwa b'u Rwanda yerekeje muri Uganda mu marushanwa ya CAF Schools U15 #rwanda #RwOT

    Ikipe y'abahungu n'abakobwa bahagarariye u Rwanda mu mashuri, berekeje muri Uganda mu rwego rwo kwitabira amarushanwa yo guhatanira itike yo kujya mu mikino ya nyuma y'Afurika y'Abatarengeje imyaka 15, azwi ku izina rya CAF Schools Championship U15, CECAFA Zonal Qualifiers. Aya marushanwa, ari ku nshuro ya kane, ateganyijwe kuva ku wa 6 kugeza ku wa 9 Ukuboza 2025, akaba azahuza ibihugu 10 mu bahungu n'ibihugu 8 mu bakobwa.

    U Rwanda rwatangiye imyiteguro y'aya marushanwa hakiri kare, aho abakinnyi batoranyijwe bahuguwe n'abatoza b'inzobere mu bijyanye n'imikino y'amashuri, hagamijwe kongera ubumenyi n'ubushobozi bwabo ku rwego mpuzamahanga. Iyi kipe izahangana n'ibihugu bitandukanye bya Afurika y'Uburasirazuba n'Ibiyaga Bigari, aho buri mukinnyi azerekana ubuhanga n'umutima wo gutsinda.

    Aya marushanwa atanga amahirwe yo kugaragaza impano z'abana bato mu mikino, kandi ni n'umwanya mwiza wo gukurikirana iterambere ry'umupira w'amaguru mu Karere. Abakinnyi b'u Rwanda biteze kwerekana ubuhanga bwabo no gukurura amaso y'abashinzwe gutoranya abakinnyi bakomeye bazakina ku rwego rwa Afurika.

    Ubuyobozi bw'ikipe buvuga ko intego nyamukuru ari uguhagararira neza u Rwanda, gukina neza no kugaragaza ko igihugu gifite abakinnyi bafite impano n'ubushake bwo guhatana ku rwego rwo hejuru. Iyi kipe izabera urugero rwiza ku banyarwanda bose bakunda umupira w'amaguru, by'umwihariko urubyiruko rukiri mu mashuri.

    Source : https://kasukumedia.com/ikipe-yabahungu-nabakobwa-bu-rwanda-yerekeje-muri-uganda-mu-marushanwa-ya-caf-schools-u15/

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira #rwanda #RwOT

    Umukinnyi wo hagati w'Umunyarwanda, Mukunzi Yannick, yatandukanye na Sandvikens IF yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Suède, nyuma y'imyaka itandatu yari amaze ayikinira ndetse akabera umwe mu nkingi zayo zikomeye.

    Ubutumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 3 Ukuboza 2025, bugaragaza ko yakunze buri wese bayibanyemo mu myaka yari ahamaze.

    Yagize ati 'Ndashaka gufata uyu mwanya nkagaragaza amarangamutima yanjye kuri buri wese muri iyi kipe. Kuva nayigeramo mu 2019 mwanyakiriye neza, muranyizera, mumfasha gukora urugendo ntazibagirwa. Ntabwo binyoroheye kuvuga ngo 'murabeho', kuko muri iyo myaka yose Sandvikens IF yari umuryango kuri njye.'

    'Hari ibyo nzahora nibuka, imbaraga n'umubano twubatse bizaguma mu mutima wanjye. Ku bayobozi banjye, ku batoza, ku bakinnyi bagenzi banjye, abafana n'undi wese wari muri uyu muryango, mwarakoze kubw'urukundo, icyizere n'ibihe byiza twasangiye. Mu gihe nteye indi ntambwe, nzakomezanya ibyiza mwampaye. Nta kindi nabona nakwifuriza ikipe usibye intsinzi.'

    Mukunzi Yannick, w'imyaka 30, ari mu Banyarwanda bamaze igihe kinini bakina hanze y'igihugu. Yageze muri Sandvikens IF mu 2019 ayifasha kuzamuka ivuye mu Cyiciro cya Gatatu, ariko yamaze imyaka ibiri adakina kubera imvune ikomeye ya 'ligament croisé' yagize inshuro ebyiri.

    Gusezera kwa Yannick wagiye agira imvune rimwe na rimwe zigatuma adakinira ikipe ndetse n'ikipe y'igihugu bigeze ku musozq benshi bahamya ko ari umwe mu banyarwanda bitwaye neza hanze y'igihugu.

    Ari mu Rwanda, Mukunzi Yannick yaciye mu ikipe ya APR FC ari nayo yakuriyemo aza no kujya muri Rayon Sports nayo yavuyemo yerekeza hanze y'u Rwanda.

    Source : https://rushyashya.net/mukunzi-yannick-yasezeye-ku-ikipe-ya-sandvikens-if-you-muri-sweden-yari-amaze-imyaka-itandatu-ayikinira/

  • Zeo Trap yahishuye izina ry’alubumu igiye kumuhuriza hamwe na Chaka Fella #rwanda #RwOT

    Umuraperi Zeo Trap yahishuye ko we na bagenzi be barimo Chacka Fella babarizwa inzu ifasha abahanzi ya 'Kavu Music’ bitegura gushyira hanze album nshya bise 'Baturekure’ mbere y’uko uyu mwaka ugera ku musozo.

    Mu kiganiro yahaye ISIMBI, Byiringiro François wamamaye mu muziki nka Zeo Trap yatangaje ko we na bagenzi be babana mu itsinda rya Kavu Music bari kwitegura gushyira hanze album ya mbere bose bazaba bahuriyemo muri uyu mwaka benshi mu bayigize buri umwe yagiye ashyira hanze Album ku giti cye.

    Yagize ati 'Mu busanzwe twebwe twari dufite umugambi wo kuvuga ngo buri muhanzi uba muri Kavu-gang ni yo yavamo yazajya afatwa nk’umuhanzi wihariye udashingiye ku itsinda nubwo dukorera hamwe, ni yo mpamvu haba njyewe, Bodack na Chacka Fella twashyize hanze album, ubu rero hakurikiyeho iyo duhiriyeho.'

    Nk’uko yakomeje abishimangira iyi album bise 'Baturekure’ izaba iri ku miyoboro ya Label ya Kavu Music abarizwamo anayihuriyemo n’abandi barimo Dondada, Bodack, Bwiru Majagu na Chaka Fella aho kuba ari iye ku giti cye.

    Yongeyeho ati 'Iyi album isigaje ibintu bike tukayishyira hanze, tuzayishyira ku mbuga nkoranyambaga n’izindi platform za Kavu Music aho kuyishyira kuri channel z’abahanzi ku giti cyabo.'

    Ihene y’Agasozi nk’uko akunze kwiyita yanagaragaje ko habayeho ugutinda mu bikorwa byo gusohora iyi album ahanini kwatewe n’uko benshi mu bahanzi babariza muri Kavu Music barimo Chaka Fella na Bodack bari bahugiye mu kumenyekanisha ibikorwa byabo by’umuziki.

    Ati 'Ni album twese duhuriyemo nk’abahanzi twanagombaga no kuba twarayisohoye mu mezi ashize tugisohora indirimbo twafatanije twese yitwa 'Baturekure’, gusa nyuma yaho hazamo kwita ku bikorwa byacu kuri buri muhanzi giti cye ariko turayishyira hanze vuba bitarenze uyu mwaka. '

    Mu buryo buteye amatsiko uyu muraperi uherutse gushyira hanze album yise 'Ntabwo Anoga’ iri mu zakunzwe cyane muri uyu mwaka mu njyana ya Hip Hop, yerekanye ko igitekerezo cyo kwita iyi Album 'Baturekure’ cyaturutse ku burebure bw’intera yabaga hagati y’aho abahanzi batahaga mbere ubwo bahuraga byatumaga bamwe badatahana n’abandi ubwo babaga bari nko gukora nk’inama.

    Ati ' Buri wese yari atuye ahandi hatandukanye n’aha mugenzi we, rero iyo twegerezaga amasaha akuze bamwe bataha kure wajyaga kumva baraturabuye bati’turashaka gutaha’ aho ni naho iyo mvugo yo kuvuga ngo ' baturekure dutaha kure’ yavuye.'

    Muri uyu mwaka wa 2025, Kavu Music bigaragara ko bashyize imbaraga mu gutuma abantu babamenya binyuze mu muziki mwiza mu njyana ya HipHop bijyanye n’uko Zeo Trap yashyize album yise 'Ntago Anoga’, Chaka Fella asohora iyo yise 'Birakaze ku mihanda’ ndetse na Bodack ashyira hanze alubumu ye ya mbere yise 'Kuri Time’.

    Zeo Trap yavuze ko bagiye gusohora album nshya

    Source : http://isimbi.rw/zeo-trap-yahishuye-izina-ry-alubumu-igiye-kumuhuriza-hamwe-na-chaka-fella.html

  • FDLR n'Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura #rwanda #RwOT

    Imirwano yongeye kwaduka muri Kivu y'Amajyepfo hagati ya AFC/M23 n'ihuriro ry'ingabo za Leta ya RDC, abarundi n'imitwe ya Wazalendo na FDLR. Mu bice bitandukanye birimo Kaziba, Katogota, Lubarika na Luvungi, humvikanye ibisasu biremereye n'amasasu menshi, bituma abaturage bicwa abandi barakomereka, ndetse ibikorwa remezo birangirika. Abarwanyi ba AFC/M23 bari bamenye ko ingabo za RDC n'izi Burundi bitegura kubagaba ho ibitero, bituma bahitamo kubisubiza inyuma.

    Amakuru yizewe agaragaza ko ingabo za RDC zagabye ibitero mu bice bigenzurwa na AFC/M23, zibarasaho ibisasu umurundo biremereye byishe abaturage barimo n'abayobozi b'inzego z'ibanze. Ibi byateje ubushyamirane mu nzego za gisirikare za Kivu y'Amajyepfo, bamwe mu bayobozi bazo banashinjwa kuyobora nabi urugamba. Abaturage benshi bahungiye mu duce dutandukanye, mu gihe AFC/M23 yahisemo kwirinda kwinjira mu duce twuzuye abaturage kugirango batahatakariza ubuzima ari benshi ariko yo ikomeza kwirwanaho.

    Ku rundi ruhande, byagaragaye ko igisirikare cya RDC cyagejeje amatoni menshi y'amasasu n'ibiribwa ku mutwe w'iterabwoba wa FDLR,imitwe myinshi irimo na Nyatura, kugirango bakomeze kurwanya AFC/M23. Aya masasu yoherejwe mu teritwari ya Masisi n'ahandi, abifashijwemo n'abayobozi bakomeye muri FARDC barimo Col Salomon Tokolonga, usanzwe uri ku rutonde rw'abafatiwe ibihano na Amerika kubera gushyigikira imitwe y'iterabwoba. Ibi bigaragaza ko RDC ikomeje gufatanya n'imitwe y'abicanyi irimo FDLR, mu gihe ibihugu byombi biteganya gushyira umukono ku masezerano y'amahoro.

    FDLR, imaze imyaka myinshi ikorera ubwicanyi mu burasirazuba bwa Congo, ni yo soko y'ibibazo byinshi by'umutekano muke mu karere. U Rwanda rukomeje kugaragaza ko RDC igifasha uyu mutwe mu buryo bweruye, binyuze mu kuyigezaho intwaro, ibiribwa n'ibikorwa bya gisirikare. Aya makuru yemeza ko FDLR ariyo ikomeje gutera ibibazo mu karere, itera ibitero ku baturage no gushyigikira imirwano ihoraho.

    Mu gihe RDC ishinja u Rwanda gufasha M23, imiryango irimo RED Tabara na Twirwaneho yo irahakana kuba mu mashyirahamwe yatangajwe n'ingabo z'u Burundi, ndetse ivuga ko intandaro z'ibibazo by'u Burundi zishingiye ku kutubahiriza amasezerano ya Arusha. Ibi nabyo byongera umutekano muke mu bice bya Minembwe na Uvira.

    MONUSCO na yo ikomeje kugaragaza umusaruro muke mu guhagarika imirwano, nk'uko byagiye bigaragara kuva M23 yongera gufata intwaro mu 2021. Abaturage bakomeje kwibasirwa n'ubwicanyi, gufatwa ku ngufu no gutwarwa n'iyi mitwe yitwaje intwaro, byaje no gutuma abaturage babarirwa mu bihumbi benshi bigaragambya basaba ingabo za Loni kuva muri Congo.

    Muri rusange, ibi byose bigaragaza ko FDLR ari yo nkingi ya mwamba mu guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo no mu karere muri rusange, kubera ubufasha ihabwa na FARDC, ubucuti bw'igihe kirekire ifitanye n'abayobozi bayo n'uruhare rwayo mu gutuma imirwano ikomeza mu gihe ibihugu byombi byashakaga gushyira umukono ku masezerano y'amahoro i Washington muri Amerika.

    Source : https://rushyashya.net/fdlr-nindi-mitwe-ishyigikiwe-nubutegetsi-bwa-kongo-bakomeje-kwica-no-kumenesha-abakongomani-mu-mirwano-yongeye-kubura/

  • Diamond Platnumz yangiwe gukorera ibitaramo i Burayi #rwanda #RwOT

    Diamond Platnumz yangiwe gukorera ibitaramo bisoza umwaka mu bihugu byo ku mugabane w’i Burayi ndetse no muri Amerika ya Ruguru kubera gushyigikira Perezida Samia Suluhu Hassan mu matora yakurikiwe n’imyigaragambyo yaguyemo imbaga.

    Amakuru dukesha ibinyamakuru byo mu gihugu cya Tanzania avuga ko inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka mu bihugu byo ku mugabane w’Amerika ya Ruguru ndetse n’i Burayi byafatanije mu gutesheje agaciro uruhushya rw’inzira [Visa ] rw’uyu muhanzi wo muri Tanzania kubera gushyigikira Perezida Samia Suluha Hassan mu matora aherutse kwegukanamo intsinzi yamuhesheje kuyobora manda ye ya mbere.

    Ntabwo ari Diamond Platnumz wangiwe gukorera ibitaramo muri ibi bihugu gusa kuko iri tegeko ryafashwe ahanini byemezwa ko rishingiye ku mpamvu za politike zo gushaka guhana buri muntu wese washyigikiye Perezida Samia mu cyo ibi bihugu bivuga ko ari ukuniga ubwisanzure bwa rubanda, gukoresha igitugu ndetse no kwifashisha amatora nk’igikoresho cya politike aho kuba inzira ya demokarasi ifasha mu isumburana ry’ubutegetsi.

    Abandi bahanzi barimo Harmonize, Rayvanny ndetse n’umuraperi Bill Nas, we wanatwikiwe ibikorwa by’ubucuruzi n’abagaragambyaga nabo bivugwa ko bamaze gukurirwaho Visa zo kwerekeza muri ibi bihugu mu gihe kitatangajwe.

    Amakuru aturuka mu bantu bari hafi b’uyu muhanzi avuga ko yari afite gahunda yo kuzakorera ibitaramo bisoza umwaka mu mijyi itandukanye yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, Ubwongereza. U Bufaransa ndetse n’Ubuholandi.

    Ibi bihano bije byiyongera ku kuba Diamond Platnumz yarabaye umwe mu bantu bokejwe igututu n’abigaragambya muri Tanzania bavuga ko atari akwiriye gushyigikira Samia Suluhu mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

    Ndetse icyo gihe nyuma yo kotswa igitutu yagiye ku rukuta rwe rwa Instagram asiba buri butumwa bwose yari yarashyize agaragazaga ko ashyigikiye uyu wari umukandida w’Ishyaka CCM ndetse hari n’amakuru yavugaga ko we n’umuryango we bahise bahungira muri Kenya aho bahungaga abigaragambya batinya ko babagirira nabi.

    Kuva Diamond Platnumz yakwamamara yabaye umurwanashywaka ukomeye wa CCM ku buryo yari inshuti y’akadosohoka ya buri muperezida uhereye kuri Kikwete, Magufuli kugeza no kuri Samia Suluhu.

    Diamond Platnumz yangiwe kujya gutaramira i Burayi

    Source : http://isimbi.rw/diamond-platnumz-yangiwe-gukorera-ibitaramo-i-burayi.html