Author: webrwanda

  • The Ben yiseguye ku mugore we #rwanda #RwOT

    The Ben yongeye kugaragaza urukundo rukomeye afitiye umugore we, Uwicyeza Pamella, nyuma yo kumwandikira ibaruwa yuzuyemo amagambo akora ku mutima, amwiseguraho ku bwo kuba batari kumwe imbonankubone ngo basangire ibyishimo by’ibi bihe.

    Kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru dusoza, Uwicyeza Pamella yagaragaye ku kirwa cya Zanzibar muri Tanzania, aho ari kumwe n’inshuti ze zirimo Sherrie Silver, mu biruhuko no kwidagadura.

    Kuri uyu wa Gatandatu nibwo Uwicyeza Pamella yifashishije ahacishwa ubutumwa bumara amasaha 24 ku rukuta rwe rwa Instagram mu kugaragariza abakunzi be ubukana bw’amarangamutima akora ku mutima ari mu butumwa umugabo we yamwandikiye.

    Muri iyi baruwa ikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, The Ben yagaragaje ko yababajwe no kuba atari hafi y’umufasha we muri ibi bihe by’ingenzi, ariko anashimangira ko urukundo n’inkunga amuha bidashingiye ku kuba bari kumwe imbonankubone.

    Yavuze ko amagambo yose amubwira amuturuka ku mutima, anamushimira uko ahora amuba hafi mu rugendo rwe rwa muzika no mu buzima busanzwe.

    Uyu muhanzi yanagarutse ku kamaro k’urukundo n’ubufatanye mu muryango, agaragaza ko yishimiye kuba afite umufasha n’inshuti bamwumva, bakamushyigikira kandi bakamwereka urukundo rutagengwa n’ibihe cyangwa intera.

    Yagize ati 'Kuba Pamella ari kumwe n’inshuti ze n’umuryango we biranshimisha, kuko biba bigaragaza ko ari mu bantu bamukunda by’ukuri.'

    The Ben yanavuze ko nubwo ari kure ya Pamella, umutima we uhora uri kumwe na we, amusabira ibyiza byose kandi amwifuriza kugera ku byishimo byose yifuza.

    The Ben na Uwicyeza Pamella basezeranye kubana akaramata ku wa 23 Ukuboza muri Kigali Convention Centre, nyuma y’uko ku wa 15 Ukuboza yari yamusabye anakwa mu birori byabereye kuri Intare Conference Arena i Rusororo, mu Karere ka Gasabo.

    Mu gihe kimwe kandi basezeraniye kandi imbere y’Imana mu rusengero rwa Eglise Vivante de Jésus Christ ruherereye ku Irebero, mu Karere ka Kicukiro.

    Ibaruwa The Ben yandikiye Pamella

    Pamella yanyuzwe n’amagambo The Ben yamwandikiye

    Source : http://isimbi.rw/the-ben-yiseguye-ku-mugore-we.html

  • Tukowote yitandukanyije n'abakiri ingaragu, nyuma yo kwambika impeta uwo bamaze iminsi mu rukundo #rwanda #RwOT

    Umukinnyi w'icyamamare mu Rwanda, Ilunga Longin uzwi nka Tukowote, yambitse impeta y'urukundo umukunzi we mu birori byihariye, atangaza amazina ye. Tukowote yavuze ko uru rukundo rwe n'uwo barufatikanyije rwatangiye mu mwaka ushize, ubu rukaba rwarageze ku mwaka umwe n'igice. Yavuze ko muri uyu mwaka wa 2026 ari bwo bazakora ubukwe, nk'uko yari yarabivuze mbere.

    Uyu mukinnyi wa filime w'imyaka 53 y'amavuko, umaze imyaka 17 akora muri Sinema nyarwanda, yagaragaje ko igikorwa cyo kwambika impeta cyabaye ku wa Gatatu, tariki ya 3 Gashyantare 2026. N'ubwo atashyize hanze amashusho yose y'uyu muhango, yagize ati 'byabaye ku wa Gatatu w'iki Cyumweru.' Tukowote yavuze ko amakuru menshi ku rugendo rwabo rw'urukundo azatangazwa mu gihe kiri imbere.

    Ku ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026, yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ko agiye 'kudohoka', mu mvugo y'ubu isobanura icyemezo cyo kurushinga.

    Tukowote amaze gukina muri filime zirenga 160, haba mu Rwanda no hanze y'Igihugu, aho yagiye agaragaza impano idasanzwe ndetse anatsindira ibikombe bitandukanye. Muri iki gihe, azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga no muri filime nshya zirimo 'Bamenya', zimugaragaza mu mwihariko we mu mwuga w'ubuhanzi, doreko afite umwihariko w'imvugo akoresha muri filime Bamenya kandi adasanzwe akoresha urwo rurimi.

    Uyu munsi, abakunzi be bamufata nk'ikimenyetso cy'urukundo n'ubuhanga mu myidagaduro, bategereje inkuru y'ubukwe bwe izatuma benshi barushaho kumumenya.

    Uyu mukinnyi wa filime w'imyaka 53 y'amavuko, umaze imyaka 17 akora muri Sinema nyarwanda, yagaragaje ko igikorwa cyo kwambika impeta cyabaye ku wa Gatatu, tariki ya 3 Gashyantare 2026.

    Source : https://kasukumedia.com/tukowote-yitandukanyije-nabakiri-ingaragu-nyuma-yo-kwambika-impeta-uwo-bamaze-iminsi-mu-rukundo/

  • Uko igikombe Tigers yatwaye itsinze APR cyibwe n’abafana yabeshye amafaranga #rwanda #RwOT

    Igikombe cya Super Cup muri Baskteball cyaraye cyagukanywe na Tigers BBC, cyibwe n’abafana yari yakodesheje, bayishinja kutubahiriza ibyo bumvikanye.

    Ibi byabaye mu ijoro ryakeye ubwo hakinwaga umukino wa Super Cup wahuje APR BBC na RSSB Tigers ukarangira Tigers yegukanye iki gikombe itsinze amanota 78-68.

    Muri BK Arena wabonaga hari itsinda ry’abafana basanzwe bamerewe ko ari abafana ba Rayon Sports bashyigikiye iyi kipe ya Tigers BBC.

    Amakuru agera ku kinyamakuru ISIMBI ni uko ryari itsinda ry’abafana bagera kuri 20 aho bari bemerewe ibihumbi 200 by’amafaranga y’u Rwanda, bivuze ko buri umwe yagombaga guhabwa ibihumbi 10.

    Nyuma y’umukino iyi kipe yagiye kwiyakirira Kimihurura ariko aba bafana bayifannye bangirwa kwinjira, uwabahaye akazi ababwira ko bagomba gutegereza agiye kuza kubavugisha.

    Amasaha yicumye nta muntu uragaruka kubareba kugeza igihe cyo kwiyakira kirangiye batashye aho byari bimaze kuba saa munani z’ijoro zishyira saa cyenda, basanze ba bafana hanze, umwe ngo yasabye igikombe yifotoze nk’uko umwe muri aba yabibwiye ISIMBI, ahita afata moto arigendera.

    Amakuru ISIMBI kandi yamenye ni uko iki gikombe ari Rwarutabura wagitwaye ariko ubu kikaba gifitwe na Wanyanza wari ubakuriye, akaba ategereje guhura n’ubuyobozi bwa Tigers babahe ibyo babemereye nabo babahe igikombe cyabo.

    Igikombe Tigers yegukanye cyibwe n’abafana

    Source : http://isimbi.rw/uko-igikombe-tigers-yatwaye-itsinze-apr-cyibwe-n-abafana-yabeshye-amafaranga.html

  • Ukomeje kwibaza aho waruhukira wowe n'abawe muri izi mpera z'icyumweru? #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Mutarama 2026, abakunzi b'imyidagaduro bategerejwe mu gitaramo cyihariye cyiswe 'PULSE SATURDAY', kiraba cyabereye muri Bar&Resto Ti'Amo Lounge i Remera, ahazwiho guhuriza hamwe umuziki mwiza, serivisi zinoze n'ikirere gishimishije. Ni ijoro riteganyijwe kuzanamo umunezero udasanzwe, aho injyana zigezweho ziracurangwa mu buryo bwo gushimisha abakunzi bazo mu buryo budasanzwe.

    Iki gitaramo kirasusurutswa n'abavanga imiziki bakunzwe cyane barimo Dj Brian na Nicolas Peks, bafite uburambe n'ubuhanga mu gutuma abantu bishimira umuziki. Dj Brian araba ashyushya abantu abinyujije mu njyana zirimo Afrobeat, Amapiano na Hip-Hop, zimaze kwigarurira imitima ya benshi. Ku rundi ruhande, Nicolas Peks arba ari kongeramo umwihariko we uzwi mu guhuza Electro, House n'izindi njyana zibyinitse, bituma ijoro rigira uburyoshye budasanzwe.

    Ti'Amo Lounge ikomeje kwigaragaza nk'ahantu hizewe ho gusohokera, cyane cyane ku rubyiruko n'abantu bakunda imyidagaduro iri ku rwego rwo hejuru. Uretse umuziki, abazitabira 'PULSE SATURDAY' baraza kuryoherwa n'ibinyobwa bitandukanye n'amafunguro meza, byose bituma umunezero wiyongera.

    Abategura iki gitaramo barahamagarira abakunzi b'imyidagaduro kwitabira ari benshi, bakahagera hakiri kare kugira ngo batabura umwanya. 'PULSE SATURDAY' si igitaramo gusa, ni ijoro ryo guhuza inshuti, kwidagadura by'ukuri no kurema memories zitazibagirana.

    Igitaramo 'PULSE SATURDAY' kuri uyu wa Gatandatu kiraba cyuzuyemo umunezero udasanzwe
    Ntuzacikwe n'igitaramo cyo ku munsi wo ku Cyumweru kizaba cyiganjemo abarimo Jesca, CYCY, Mc Pato, Dj Caspi, Dj Rice, Dj Cyusa, Tasha The Deejay

    Ti'Amo bagufitiye amafunguro atandukanye kandi ateguwe kinyamwuga

    Source : https://kasukumedia.com/ukomeje-kwibaza-aho-waruhukira-wowe-nabawe-muri-izi-mpera-zicyumweru/

  • Kamonyi: Abaturage batunguwe no kumva inkuru y'urupfu rw'umukecuru uri mu kigero cy'imyaka 60 wishwe n'abatahise bamenyekana #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, umudugudu wa Runda mu Karere ka Kamonyi wabuze amahoro ubwo hatangazwaga urupfu rw'umukecuru ufite imyaka 60. Abaturage bahise batungurwa n'inkuru, bavuga ko byabereye mu rugo rwe, ariko abamwegereye ntibigeze babona abamwishe.

    Nk'uko abaturanyi babibwiye Kasuku Media, bashidikanya ku ruhare rw'umuhungu w'umukecuru, kuko ako kanya yahise atoroka kandi kugeza ubu ntaramenyekana aho ari. Umwe mu baturage yagize ati: 'Nta muntu n'umwe twari tuzi ko byazagera kuri uyu munsi. Umuhungu we yahise ahunga, bituma benshi twibaza byinshi.'

    N'ubwo amakuru arimo impungenge n'amayobera, polisi yahise itangira iperereza ku buryo bwihuse. Abaturage barasaba ko ubutabera bwakora vuba kugira ngo hakumirwe ibindi byago no guha agaciro ubuzima bw'abaturage.

    Uru rupfu rw'umukecuru rwagejeje Umudugudu mu kibazo cy'amayobera, aho abenshi bagiye bavuga ko ubutabera bukwiye kuboneka mu buryo bwihuse kandi buhamye. Mu gihe polisi ikomeje iperereza, abaturage baracyari mu bwoba no mu gushidikanya ku mutekano wabo, cyane cyane ku bana n'abasaza bari mu muryango w'umukecuru. Inkuru ikomeje gukurikirwa n'abaturage bifuza kumva amakuru mashya ku iperereza ry'uru rupfu rw'ayamayobera.

    Kamonyi: Abaturage batunguwe no kumva inkuru y'urupfu rw'umukecuru uri mu kigero cy'imyaka 60 wishwe n'abatahise bamenyekana

    Source : https://kasukumedia.com/kamonyi-abaturage-batunguwe-no-kumva-inkuru-yurupfu-rwumukecuru-uri-mu-kigero-cyimyaka-60-wishwe-nabatahise-bamenyekana/

  • APR yatunguwe na Tigers iyitwara igikombe cya Super Cup #rwanda #RwOT

    APR BBC ntabwo yahiriwe n’ijoro ryakeye kuko yatunguwe n’ikipe ya RSSB Tigers BBC ikayitwara igikombe kiruta ibindi mu gihugu 'Super Cup' iyitsinze amanota 78-68.

    Ejo ni bwo hakinwaga umukino wo guhatanira Super Cup 2026 mu bagabo n’abagore muri Basketball, uhuza ikipe yatwaye Shampiyona n’iyatwaye Rwanda Cup.

    Mu bagabo APR BBC yegukanye Shampiyona yakinaga na RSSB Tigers yatwaye Rwanda Cup, ni umukino benshi bumvaga ushobora kuza korohera APR ariko siko byagenze.

    RSSB Tigers ubona ko yiyubatse ndetse ishaka gutanga akazi aho yasinyishije abakinnyi nka; Anthony Tarke, Albert Odero, Antino Jackson, Hagumintwari Steven, Shyaka Olivier, Nyamwasa Bruno na Bizimungu Paul.

    Aba bakaba baraje biyongera kubo iheruka kongera amasezera nka Pitchou Manga, Ishimwe Lars, Irutingabo Fiston na Icyishatse Herve.

    Aba bakinnyi bafite inararibonye bakaba bagoye APR BBC cyane ko abenshi bajyaga bahangana bari muri REG na Patriots, bayifashije kwegukana agace ka mbere ifite amanota 25-22.

    Antino Alvalezes Jackson wahuraga n’ikipe yahozemo, Odero Albert Einstein ni bamwe mu bakomeje gufasha Tigers maze bajya kuruhuka ari 47 kuri 44 ya APR BBC.

    APR BBC yagerageje gushaka uko yakuramo aya manota ariko ahubwo ikinyuranyo gikomeza kugenda kizamuka, Tigers ibatsinda 78-68 yegukana iki gikombe ku nshuro ya mbere, cyakinwaga ku nshuro ya 2 cyane ko umwaka ushize APR BBC yari yacyegukanye itsinze REG BBC.

    Igikombe cya Super Cup mu Bagore cyegukanywe na APR WBBC yatsinze REG WBBC amanota 75-62.

    REG WBBC ntabwo yorohewe na APR WBBC

    APR WBBC yigaranzuye REG WBBC yegukana igikombe cya Super Cup

    Tigers BBC yatsinze APR BBC

    APR BBC mu gahinda bambaraga imidali

    Byari ibyishimo bikomeye kuri RSSB Tigers

    Source : http://isimbi.rw/apr-yatunguwe-na-tigers-iyitwara-igikombe-cya-super-cup.html

  • Ngoma: Umusore yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umukecuru ku ngufu #rwanda #RwOT

    Mu Karere ka Ngoma haravugwa inkuru ibabaje y'umusore watawe muri yombi n'inzego z'umutekano akekwaho gusambanya umukecuru ku ngufu, bikaba byateye impungenge n'agahinda mu baturage.

    Amakuru aturuka mu nzego z'ibanze avuga ko ibi byabereye mu Murenge umwe wo muri aka Karere, aho uwo mukecuru w'imyaka irenga 70 bivugwa ko yatewe n'uwo musore nijoro, amusanze mu rugo rwe, akamusambanya ku ngufu mbere yo guhunga. Abaturanyi bavuga ko batabashije gutabara ako kanya kubera ko byabaye mu masaha y'ijoro n'aho uwo mukecuru atuye hatuwe bake.

    Nyuma yo gutabaza, inzego z'umutekano zahise zitangira iperereza, bituma uwo musore afatwa mu masaha make yakurikiyeho. Uwo mukecuru yahise ajyanwa ku kigo nderabuzima aho ari kwitabwaho n'abaganga, ndetse anahabwa ubufasha bwihariye mu by'ubuzima n'ihungabana.

    Ubuyobozi bw'Akarere ka Ngoma bwamaganye byimazeyo iki gikorwa cy'ubugome, busaba ko uwagikoze abiryozwa mu mategeko by'intangarugero. Bwibukije abaturage ko ihohoterwa iryo ari ryo ryose ridakwiye kwihanganirwa, bityo bagasabwa gutanga amakuru ku gihe mu gihe habaye icyaha nk'iki.

    Polisi y'u Rwanda yatangaje ko iperereza rikomeje, isaba abaturage gukomeza kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kurengera abakene n'abageze mu zabukuru, kuko ari inshingano za buri wese kurinda ubuzima bw'abandi.

    Nyuma yo gutabaza, inzego z'umutekano zahise zitangira iperereza, bituma uwo musore afatwa mu masaha make yakurikiyeho.

    Source : https://kasukumedia.com/ngoma-umusore-yatawe-muri-yombi-akekwaho-gusambanya-umukecuru-ku-ngufu/

  • Urubanza rwa Turahirwa Moses ruzaburanishwa mu bujurire ku wa 16 Gashyantare 2026 #rwanda #RwOT

    Urukiko Rukuru rwa Kigali rwatangaje itariki yo kuburanishaho mu bujurire urubanza rwa Turahirwa Moses, wari wahamijwe icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, agahanishwa igifungo cy'umwaka umwe. Iki cyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare 2026, aho byemejwe ko urubanza ruzaburanishwa ku wa 16 Gashyantare 2026, mu gihe hatagize igihinduka.

    Turahirwa Moses yari yarakatiwe n'urukiko ku cyaha cyo kunywa cyangwa gufatanwa ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw'urumogi, ndetse n'icyaha cyo gutunda no kubika ibiyobyabwenge. Ubushinjacyaha bwari bwamushinje ibyaha bibiri birimo gukoresha ibiyobyabwenge no kubigira mu bubiko bwe, bikaba byari byagaragajwe nk'ibyaha bihanwa n'amategeko y'u Rwanda.

    Nyuma yo gukatirwa igihano cy'igifungo cy'umwaka umwe, Turahirwa Moses yahisemo kujurira icyo cyemezo, asaba ko cyasubirwamo. Ikirego cye cyakirwaga n'Urukiko Rukuru rwa Kigali ku wa 29 Ukuboza 2025, nyuma y'uko cyari cyatanzwe ku wa 28 Ukuboza 2025.

    Urubanza rwe mu bujurire rutegerejweho gusuzuma niba igihano cyatanzwe mbere cyubahirije amategeko, no kureba niba hari impamvu zatuma gihindurwa cyangwa kigumaho. Abasesenguzi mu by'amategeko bagaragaza ko uru rubanza rushobora gutanga ishusho y'uko inkiko zifata ibyaha bifitanye isano n'ibiyobyabwenge, cyane cyane ku bantu bazwi mu ruhame.

    Kugeza ubu, Turahirwa Moses ategereje umunsi w'urubanza mu bujurire, aho azaba ahabwa amahirwe yo kongera kwisobanura imbere y'Urukiko Rukuru rwa Kigali.

    Urubanza rwa Turahirwa Moses ruzaburanishwa mu bujurire ku wa 16 Gashyantare 2026

    Source : https://kasukumedia.com/urubanza-rwa-turahirwa-moses-ruzaburanishwa-mu-bujurire-ku-wa-16-gashyantare-2026/

  • Minisitiri Ingabire Paula yasobanuye impamvu mu Rwanda imbuga nkoranyambaga zitaratangira guhemba abazikoresha mu buryo bwa Ads #rwanda #RwOT

    Ku munsi wa kabiri w'Inama y'Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20, umuhanzi Bruce Melodie yagaragaje impungenge ku kuba Abanyarwanda bakoresha imbuga nkoranyambaga batinjiza amafaranga nk'uko bimeze mu bindi bihugu, asaba ko hashyirwaho uburyo bwo kuziha agaciro katuma zitangira guhemba abazikoresha.

    Minisitiri w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yasobanuye ko u Rwanda rwakoze ibisabwa byose ku ruhande rwarwo, ariko hakiri inzitizi zituruka ku bigo bikora izo mbuga nkoranyambaga birimo Meta, YouTube na TikTok. Yavuze ko ibyo bigo bigendera ku bipimo bitatu mbere yo kwemerera igihugu gutangira kwinjiza amafaranga avuye ku mbuga byabo.

    Icya mbere, Minisitiri Ingabire yavuze ko bareba ibijyanye n'umutekano n'ububiko bw'amakuru, imisoro n'ibikorwa remezo by'ikoranabuhanga, aho u Rwanda rwamaze kubyuzuza byose. Icya kabiri, bareba umubare w'abamamaza, bisaba ko igihugu kiba gifite ubushobozi bwo gushora hagati ya 500,000$ na 1,000,000$ mu kwamamaza kuri izo mbuga, binyuze mu kugura amatangazo (ads).

    Icya gatatu, ni uburyo bwo kwishyurwa, aho Minisitiri yavuze ko nabwo bwamaze gutegurwa. Gusa ikikiri imbogamizi ni ukongera umubare w'abamamaza bakoresha izo mbuga nkoranyambaga.

    Perezida Paul Kagame yabajije icyakorwa kugira ngo abo bamamaza biyongere, Minisitiri asobanura ko bisaba ubukangurambaga bwo gukangurira ibigo n'abantu kwamamaza kuri izo mbuga.

    N'ubwo bimeze gutyo, hari Abanyarwanda bake bashobora kwinjiza amafaranga kuri YouTube, ariko bikaba bike cyane kuko ahemberwa ahanini ku barebye ibiriho bari mu bihugu byemerewe, rimwe na rimwe bigasaba kwiyandikisha mu mahanga.

    Guverinoma y'u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gukorana n'ibigo by'imbuga nkoranyambaga kugira ngo Abanyarwanda batandukanye batangire kubona umusaruro usesuye w'imbuga bakoresha.

    Minisitiri Ingabire Paula yasobanuye impamvu mu Rwanda imbuga nkoranyambaga zitaratangira guhemba abazikoresha mu buryo bwa Ads

    Source : https://kasukumedia.com/minisitiri-ingabire-paula-yasobanuye-impamvu-mu-rwanda-imbuga-nkoranyambaga-zitaratangira-guhemba-abazikoresha-mu-buryo-bwa-ads/

  • Zari Hassan arifuza impano za miliyoni 67 frw kuri Saint Valentin #rwanda #RwOT

    Zari Hassan yashyize hanze urutonde rw’ibintu bifite agaciro ka miliyoni 67 z’amafaranga y’u Rwanda yifuza ko yazahabwamo impano ku munsi wahariwe abakundana wa Saint Valentin w’uyu mwaka wa 2026.

    Buri tariki ya 14 Gashyantare hizihizwa umunsi w’abakundana, Zari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa kaminuza Brooklyn City College iherereye muri Afurika y’Epfo ndetse akaba n’umwe mu bagore bafite izina rikomeye ku mbuga nkoranyambaga muri aka karere, yanyujije ubu butumwa kuri Instagram na Facebook, agaragaza ko impano yifuza zigizwe ahanini n’imyambaro n’ibikoresho by’imideli bihenze ku rwego mpuzamahanga.

    Agaciro k’ibi bintu byose hamwe gashobora kugera hafi kuri miliyoni esheshatu z’amashilingi ya Kenya aya akabakaba miliyoni 67 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Mu byagarutsweho cyane ku rutonde rwe harimo amasakoshi yo mu nzu zizwiho guhanga imideli ku isi nka Hermès na Louis Vuitton.

    Nubwo atigeze atangaza ubwoko bwihariye ashaka, amasakoshi aturuka muri izo nzu azwiho kuba ahenze cyane bitewe n’ibikoresho akorwamo n’umwihariko wayo, aho hari agura agera no kurenga miliyoni imwe y’amashilingi ya Kenya.

    Ikindi kintu cyihariye ku rutonde rwe ni imyambaro ya 'abaya’ igera kuri 20. Abaya ni umwambaro wambarwa cyane mu mico y’Abayisilamu, ariko umaze kubona isoko rinini mu mideli ya kijyambere ku rwego mpuzamahanga.

    Bitewe n’ubudodo, imyenda ikozweho n’uwawuhanze, iyi myambaro ishobora gutwara amafaranga menshi, bigatuma igira uruhare runini mu gaciro k’urutonde rwa Zari.

    Nubwo yagaragaje ibi byifuzo by’ibintu bihenze, Zari yibukije ko urukundo rutagarukira ku mpano, ashimangira ko icyubahiro n’urukundo nyakuri bigomba kugaragarira mu buzima bwa buri munsi, atari ku munsi umwe gusa.

    Zari Hassan arifuza impano zihenze kuri St Valentin

    Source : http://isimbi.rw/zari-hassan-arifuza-impano-za-miliyoni-67-frw-kuri-saint-valentin.html