Author: webrwanda

  • Umutwe w'inkuru: Elon Musk ayoboye urutonde rw'abahanga mu guhanga udushya muri Amerika #rwanda #RwOT

    Ikinyamakuru mpuzamahanga cya Forbes cyashyize hanze urutonde rw'abanyamerika bagize uruhare rukomeye mu guhanga udushya, bagahindura Isi binyuze mu bitekerezo byabo byihariye byababyariye inyungu zikomeye ndetse bikanagira ingaruka nziza ku iterambere ry'ikoranabuhanga n'ubukungu.

    Kuri uru rutonde, Elon Musk ni we waje ku mwanya wa mbere, ashimirwa ibikorwa bye byateje impinduka zikomeye mu bijyanye n'imodoka zikoresha amashanyarazi binyuze muri Tesla, ndetse n'imishinga y'ikirere ayoboye muri SpaceX. Uretse ibyo, Musk anazwi mu guteza imbere ikoranabuhanga ryifashisha ubwenge bukorano (AI) ndetse no mu mishinga igamije koroshya ubuzima bwa muntu ku Isi no hanze yayo.

    Elon Musk ayoboye urutonde rw'abahanga mu guhanga udushya muri Amerika

    Ku mwanya wa kabiri haje Jeff Bezos, washinze Amazon, sosiyete yahinduye uburyo abantu bagura ibicuruzwa ku Isi yose. Bezos yashyize imbaraga mu guteza imbere ubucuruzi bwo kuri internet, bituma Amazon iba imwe mu masosiyete afite agaciro kanini ku Isi.

    Ku mwanya wa kabiri haje Jeff Bezos, washinze Amazon, sosiyete yahinduye uburyo abantu bagura ibicuruzwa ku Isi yose

    Bill Gates, umwe mu bashinze Microsoft, yaje ku mwanya wa gatatu. Uruhare rwe mu guteza imbere mudasobwa zigezweho rwagize uruhare runini mu koroshya imikorere y'Isi y'ikoranabuhanga. N'ubwo atakiri mu buyobozi bwa Microsoft, aracyafatwa nk'umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu guhindura Isi y'ikoranabuhanga.

    Bill Gates, umwe mu bashinze Microsoft, yaje ku mwanya wa gatatu

    George Lucas, wamamaye mu gukora filime zirimo Star Wars, yaje ku mwanya wa kane kubera udushya yazanye mu myidagaduro, naho Jensen Huang, uyobora Nvidia, aza ku mwanya wa gatanu kubera uruhare rwe mu guteza imbere ikoranabuhanga rya mudasobwa zifasha mu mikino no mu bwenge bukorano. Aba bose bagaragaza ko guhanga udushya bishobora guhindura Isi no kubyara inyungu zikomeye.

    George Lucas, wamamaye mu gukora filime zirimo Star Wars, yaje ku mwanya wa kane kubera udushya yazanye mu myidagaduro

    Source : https://kasukumedia.com/umutwe-winkuru-elon-musk-ayoboye-urutonde-rwabahanga-mu-guhanga-udushya-muri-amerika/

  • Inter Miami ikomeje kwibaza uko izakina imikino idafite Messi, nyuma yo kugira imvune y'imikaya mu kuguru kw'ibumoso #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'icyamamare ku Isi, Lionel Messi, yagize imvune y'imikaya mu kuguru kw'ibumoso (left hamstring), nk'uko byemejwe ku mugaragaro n'ikipe ye ya Inter Miami. Iyi kipe yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasohoye itangazo rigaragaza ko uyu mukinnyi yakoze ibizamini by'inyongera byagaragaje neza ko afite ikibazo cy'imikaya y'inyuma ku kuguru kw'ibumoso.

    Mu itangazo ryasohowe n'abaganga b'iyi kipe, bagize bati: 'Messi yakoze ibizamini by'inyongera byemeje iyo mvune, kandi uko azagaruka mu myitozo bizashingira ku buryo ubuzima bwe buzagenda butera imbere mu minsi iri imbere.' Ibi bisobanuye ko atazahita agaruka mu kibuga, ahubwo abaganga bazagenda bareba uko imikaya ye ikira mbere yo kumwemerera kongera gukina.

    Iyi mvune ibaye mu gihe Inter Miami iri mu marushanwa akomeye, aho abafana bayo bari bamwitezeho byinshi. Gusa ubuzima bw'umukinnyi ni bwo buza imbere ya byose, kuko imvune z'imikaya iyo zititaweho neza zishobora kongera kumugiraho ingaruka mbi cyane.

    Abakunzi ba ruhago ku Isi bakomeje kugaragaza impungenge, ariko nanone bizeye ko uyu munya-Argentine azakira vuba akagaruka mu kibuga ameze neza. Messi asanzwe azwiho kwihangana no kugaruka akomeye nyuma y'imvune, bityo benshi bategereje ko n'iyi izaba inkuru y'igihe gito.

    Inter Miami ikomeje kwibaza uko izakina imikino idafite Messi, nyuma yo kugira imvune y'imikaya mu kuguru kw'ibumoso

    Source : https://kasukumedia.com/inter-miami-ikomeje-kwibaza-uko-izakina-imikino-idafite-messi-nyuma-yo-kugira-imvune-yimikaya-mu-kuguru-kwibumoso/

  • Amarozi abaho ariko akora iyo Imana yabyemeye, njye sinigeze nyakoresha – Manishimwe Djabel #rwanda #RwOT

    Manishimwe Djabel yavuze ko mu mupira w’amaguru hari abantu bizera amarozi bakanayakoresha ariko akaba we atarigeze ayakoreshaho na rimwe kuko atizera ko hari icyo yamufasha.

    Uyu mukinnyi wa Police FC ni umwe mu bamaze igihe bakina muri Shampiyona y’u Rwanda, akaba ari shampiyona ikundwa kugarukwaho cyane bitari no mu kibuga ahubwo no hanze yacyo.

    Kimwe mu bintu bikunze kuyivugwaho ni ruswa n’amarozi abakinnyi n’abatoza bizereramo, bakabikoresha kuko baba bumva hari icyo biri bubafashe.

    Mu kiganiro yahaye Ikinyamakuru ISIMBI, Manishimwe Djabel, yavuze ko nk’Umuyilamu yemera ko ikintu kiba kuko Imana yemeye ko kiba

    Ati “Njyewe muri rusange, ubundi ndi Umuyisilamu, nemera ko ikintu kiba kuko Imana yemeye ko kiba.”

    Yakomeje avuga ko atahakana ko amarozi abaho ariko na none kugira ngo akore ari Imana iba yabihaye umugisha, gusa we akaba atemera ko hari icyo yahindura ku igeno ry’umuntu uretse kumuha icyizere gusa.

    Ati “Amarozi abaho, abaho rwose ntabwo nyahakana ariko kugira ngo bibeho ni uko Imana ibiha umugisha ikavuga ngo bibe. Muri rusange rero umuntu ashobora kuyakoresha icyo yifuza akakigeraho cyangwa nta kigereho, bingana n’uko ushobora kutabikora bikagenda uko ubyifuza cyangwa ntibigende uko ubyifuza.”

    “Ntekereza ko amarozi ntacyo yahindura ku igeno rigomba kuba, gusa ashobora kukubeshya ko ari yo mpamvu wenda yatumye ubigeraho, ibyo ngibyo bivugwa rwose mu mupira birahari, barabyizera ari izo za ruswa zibamo, ari ibyo by’amarozi bibamo, hari ababyizera n’abatabyizera buri muntu biterwa n’imbaraga bimutera.”

    Ku kuba we yarayakoresheje cyangwa ayakoresha yagize ati “Ntabwo nigeze mbyemera cyangwa ngo mbikoreshe kuko ntabwo njye mbyizera.”

    Ni kenshi muri ruhago nyarwanda hagiye hagaragara ibikorwa bisa no kwizerera mu mbaraga z’umwijima, hari abaguye bitangira ubuhamya ko babikoresheje, hari abavuze ko bahagaritse gukina kubera ko banze kubikoresha.

    Manishimwe Djabel yavuze ko kugira ngo amarozi akore ari Imana iba yabyemeye

    Source : http://isimbi.rw/amarozi-abaho-ariko-akora-iyo-imana-yabyemeye-njye-sinigeze-nyakoresha.html

  • Sheilah Gashumba yavuze byo kugaragara muri filime z’urukozasoni #rwanda #RwOT

    Sheilah Gashumba yahakanye yivuye inyuma amakuru avuga ko ari we uri mu mashusho y’urukozasoni bivugwa ko ikomeje gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zo muri Uganda guhera mu cyumweru gishize.

    Mu ntangiriro z’icyumweru gishize, ku mbuga zitandukanye zo muri Uganda hakwirakwijwe inkuru zivuga ko uyu munyamidelikazi akaba n’umushyushyarugamba ukunzwe muri iki gihugu, yaba agaragara mu mashusho y’urukozasoni yasakajwe.

    Nk’uko ikinyamakuru Exclusive Bizz dukesha iyi nkuru kibyemeza ngo aya makuru yakomeje gukwirakwira by’umwihariko mu matsinda ya WhatsApp no ku zindi mbuga nkoranyambaga, bituma benshi batangira kuyagira ingingo yo kuganiraho hirya no hino muri iki gihugu.

    Agaruka kuri ibi bivugwa, Sheilah Gashumba muri iki kinyamakuru yatangaje ko ayo makuru ari ibihuha byahimbwe n’abantu bashaka kumuharabika no kwangiza izina rye.

    Yasobanuye ko ibi byatangijwe n’umugore wagiye ku rubuga rucuruza amashusho y’urukozasoni, agafata ifoto (screenshot) yakuwe muri ariya mashusho igaragaramo umukobwa ufite umusatsi mugufi n’uruhu rusa n’urwe, maze akayisangiza mu matsinda atandukanye agamije kuyobya abantu.

    Sheilah yabajije impamvu abamushinja batigeze basakaza amashusho yose niba koko bemera ibyo bavuga, ahubwo bagahitamo gusakaza ifoto imwe gusa. Yagaragaje ko ibi ari ikimenyetso cy’uko ari umugambi wo kumusebya aho gutanga ukuri.

    Ati 'Byatangijwe n’umugore washakaga kunsebya afata ifoto akuye muri imwe mu mashusho y’urukozasoni yarebye ku mbuga zicuruza poronogarafi kubera ko harimo umukobwa tujya gusa ariko niba ari njyewe berekane amashusho yose.'

    Yanashimangiye ko afite ibimenyetso byihariye biranga umubiri we, birimo ibishushanyo yiyanditse ku mubiri we (tattoos), bidahura n’ibigaragara kuri iyo foto iri gukwirakwizwa. Yavuze ko abantu bakwiye kwitonda mbere yo kwizera no gusakaza amakuru adafite gihamya.

    Sheilah Gashumba amaze imyaka myinshi azwi mu myidagaduro ya Uganda no mu karere, aho akora nk’umushyushyarugamba mu birori bikomeye ndetse akaba n’umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bafite abakunzi benshi.

    Sheilah Gashumba yateye utwatsi iby’amashusho y’urukozasoni bivugwa yagaragayemo

    Source : http://isimbi.rw/sheilah-gashumba-yavuze-byo-kugaragara-muri-filime-z-urukozasoni.html

  • Hagiye gukorwa indirimbo ya Rwanda Premier League #rwanda #RwOT

    Nubwo bitari mu byo bafata nk’ibyihutirwa, gusa Rwanda Premier League ifite gahunda y’uko hazakorwa indirimbo yayo yazajya icurangwa mbere y’uko imikino ya Shampiyona itangira no mu bindi bikorwa byayo.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko yakiriye ‘Instrumental’ (mu kinyarwanda wayita nk’inanga) nyinshi, abazikoze bazitwaga bifuza ko ari zo zahabwa ayo mahirwe kugira ngo bakore iyo ndirimbo.

    Gusa muri izo zose bakaba nta n’imwe bashimye bitewe n’uburyo zicurangitsemo, bivugwa ko zicurangitse mu njyana imeze nk’indirimbo ya Champions League, ari yo bagendeyeho kandi akaba atari byo Rwanda Premier League yifuza.

    ISIMBI yamenye ko Rwanda Premier League indirimbo yifuza ari indirimbo izaba ikozwe mu buryo bugezweho ariko na none ifite ahantu ihuriye n’umuco nyarwanda, muri make yumvikanamo n’injyana gakondo.

    Hari n’icyifuzo ko iyi ndirimbo nk’imwe mu buziba ari nk’ibendera rya Rwanda Premier League, yazakorwa n’umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda ariko na none ntabwo aratoranywa ngo babe bamenya ibyo yabasaba.

    Rwanda Premier League ikaba irimo gukora n’amavugurura mu bintu bitandukanye birimo n’ikirango cyayo (Logo), gushyiraho igikombe gihoraho cya shampiyona aho kugira ngo buri mwaka igikombe cyatanzwe kizajye kiba gitandukanye buri mwaka.

    Rwanda Premier League irateganya kuzakora indirimbo yayo

    Source : http://isimbi.rw/hagiye-gukorwa-indirimbo-ya-rwanda-premier-league.html

  • Remera: Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane Ti'Amo Lounge iraca impaka #rwanda #RwOT

    Mu buzima busanzwe, abantu benshi bahora bashaka ahantu babonera akaruhuko n'akanyamuneza kabakura mu mihangayiko ya buri munsi. Icyakora, si buri hantu hose habasha gutanga ibyishimo uko ibishaka. Kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026, Bar & Resto Ti'Amo Lounge i Remera yongeye gutegura igitaramo kidasanzwe cyiswe 'SOCIAL THURSDAY', igitaramo gitegerejwe na benshi kandi kiraca impaka ugereranyije n'ibyo usanzwe ubona.

    Ni igitaramo kiraba kirimo uruvange rw'umuziki ugezweho n'uw'ibihe bya kera, umuziki uraba uri kuvangwa n'aba-Dj b'abahanga barimo Dj Lou na Dj Rice, bazwiho kudasiga n'umwe wicaye. Abarasusurutsa abaribwitabira iki gitaramo ni Mc Pato, Jesca na CYCY, bose bazwiho ubuhanga bwo gushyushya imbaga no kuyobora ibirori mu buryo butanga akanyamuneza.

    Waba warazengurutse henshi ushaka ahantu heza ho kuruhukira, ariko iki gitaramo cyo kuri uyu wa Kane ntikigucike. Ti'Amo Lounge yakubise ibiciro ishoka ku kigero cya 20% guhera saa 10:00 z'ijoro, mu rwego rwo guha abakiriya bayo amahirwe yo kwidagadura badahenzwe.

    Rekeraho gukomeza wibaza byinshi; serivisi nziza n'isuku bihavugwa n'abatari bake. Tangira witegure wowe n'abawe, kuko SOCIAL THURSDAY ni ijoro ry'umunezero udasanzwe.

    Kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026, Bar & Resto Ti'Amo Lounge i Remera yongeye gutegura igitaramo kidasanzwe cyiswe 'SOCIAL THURSDAY'

    Source : https://kasukumedia.com/remera-mu-ijoro-ryo-kuri-uyu-wa-kane-tiamo-lounge-iraca-impaka/

  • Frank Illet akomeje gutegereza intsinzi eshanu ngo yogoshe umusatsi #rwanda #RwOT

    Nyuma y'umukino warangiye ari 1-1 hagati y'ikipe ye na West Ham, Frank Illet yagaragaje amarangamutima adasanzwe. Si umusaruro w'uwo mukino wonyine wamubabaje, ahubwo ni n'igihe kinini amaze ategereje ko isezerano rye risohora. Uyu mugabo amaze iminsi 493 atogosha umusatsi, kubera umuhigo yafashe wo kutazawukata kugeza igihe ikipe akunda izabona intsinzi eshanu zikurikirana.

    Ni umuhigo yatangiye nk'urwenya, ariko buhoro buhoro uhinduka ikimenyetso cy'urukundo n'ubudahemuka bukomeye akomeje kugaragariza ikipe ya Manchester United. Ubu umusatsi we wabaye muremure ku buryo buri mukino uba ari ikigeragezo gishya kuri we. Iyo ikipe itsinze umukino umwe, icyizere kirazamuka. Ariko iyo banganyije cyangwa bagatsindwa, umutima we wongera gukomera.

    Kunganya na West Ham byatumye akomeza gutegereza. Abafana benshi bamubonye agaragaza agahinda, ariko nanone hari icyizere cy'uko urugendo rugikomeje. Mu mupira w'amaguru, intsinzi eshanu zikurikirana si ibintu byoroshye, ariko kandi si n'ibidashoboka.

    Frank Illet yabaye ikimenyetso cy'umufana udacika intege. Umusatsi we muremure si imideri gusa, ahubwo ni ubutumwa: Gutegereza bishobora kuba urugendo rurerure, ariko icyizere kigahoraho. Ubu amaso ayahanze umukino utaha, yiringira ko ari bwo rugendo rugana ku ntsinzi eshanu ruzatangira by'ukuri.

    Frank Illet akomeje gutegereza intsinzi eshanu ngo yogoshe umusatsi
    Ni umuhigo yatangiye nk'urwenya, ariko buhoro buhoro uhinduka ikimenyetso cy'urukundo n'ubudahemuka bukomeye akomeje kugaragariza ikipe ya Manchester United.

    Source : https://kasukumedia.com/frank-illet-akomeje-gutegereza-intsinzi-eshanu-ngo-yogoshe-umusatsi/

  • Britney Spears yinjije asaga miliyoni 200$ kubera kugurisha katalogi y'indirimbo ze #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi w'icyamamare ku rwego mpuzamahanga mu njyana ya Pop, Britney Spears, yamaze kugurisha uburenganzira bwose ku bihangano bye by'umuziki mu masezerano yitezweho kumwinjiriza asaga miliyoni 200 z'amadolari ya Amerika, asatira miliyari 290 z'amafaranga y'u Rwanda.

    Aya masezerano yasinywe ku wa 30 Ukuboza 2025 hagati ya Spears n'ikigo cyigenga cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyitwa Primary Wave, gisanzwe kizwiho kugura no gucunga katalogi z'abahanzi bakomeye. N'ubwo impande zombi zitigeze zitangaza mu buryo burambuye ibikubiye muri ayo masezerano, amakuru avuga ko akubiyemo indirimbo ze zose kuva yatangira kumenyekana ku rwego rw'Isi mu mpera z'imyaka ya 1990.

    Britney Spears yatangiye kwamamara cyane mu 1999, ubwo yasohoraga indirimbo ye ya mbere yakunzwe ku Isi hose. Kuva icyo gihe, yagiye akora indirimbo n'album byagiye bigurishwa ku bwinshi, kugeza ubu amaze kugurisha kopi zirenga miliyoni 150 ku Isi yose.

    Iki cyemezo cyo kugurisha uburenganzira ku bihangano bye kije gikurikira urugendo rurerure rw'uyu muhanzikazi mu muziki, rwagiye rurangwa n'intsinzi zikomeye ndetse n'ibigeragezo bitandukanye mu buzima bwe bwite. Ibi bishobora gutuma ibikorwa bye bikomeza kubyazwa umusaruro no gucuruzwa ku rwego mpuzamahanga mu buryo burambye.

    Britney Spears yinjije asaga miliyoni 200$ kubera kugurisha katalogi y'indirimbo ze

    Source : https://kasukumedia.com/britney-spears-yinjije-asaga-miliyoni-200-kubera-kugurisha-katalogi-yindirimbo-ze/

  • Ni inde uzahabwa gutoza Amavubi muri 688 babisabye? #rwanda #RwOT

    Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryavuze ko abatoza 688 ari bo basabye gutoza ikipe y’Igihugu Amavubi.

    Ni nyuma y’uko rishyize hanze itangazo ryifuza umusimbura wa Adel Amrouche batandukanye tariki ya 14 Mutarama 2026 nyuma y’umwaka ari muri izi nshingano.

    Nyuma yo kubona aba batoza 688 bose bujuje ibisabwa, hakaba hagiye gukurikiraho icyiciro cy’amajonjora hashingiwe ku mpamyabumenyi n’uburambe mu gutoza amakipe y’igihugu no kuba baragize uruhare mu marushanwa akomeye arimo Igikombe cya Afurika n’icy’Isi.

    Biteganyijwe ko uyu mutoza agomba gutoza imikino ya gicuti ya FIFA Series izabera i Kigali muri Werurwe 2026 aho u Rwanda ruri mu Itsinda A hamwe na Estonia, Grenada na Kenya.

    Itsinda B rigizwe na Aruba, Liechtenstein, Macau na Tanzania.

    Abatoza 688 basabye gutoza Amavubi

    Source : http://isimbi.rw/ni-inde-uzahabwa-gutoza-amavubi-muri-688-babisabye.html