Author: webrwanda

  • Ni igitangaza! Hatanzwe ikarita itukura ku bakinnyi 23 mu mukino umwe. #rwanda #RwOT

    Umusifuzi yafashe icyemezo cyo gutanga ikarita itukura k8 bakinnyi 23 nyuma y’amakimbirane akomeye yabaye hagati y’amakipe yo muri Brazil, Cruzeiro na Atletico Mineiro ku mukino usoza Shampiyona ihuza Leta izwi nka ‘Campeonato Mineiro.’

    Aya makipe yombi akaba asanzwe akina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Brazil. Kaio Jorge yatsindiye Cruzeiro, 1-0 birangira yegukanye iyi Shampiyona yo muri Leta ya Minas Gerais, igikombe yatwaye bwa kuva muri 2019 yatangira kuyikina.

    Ariko umukino waranzwe n’amahane menshi cyane bituma abashinzwe umutekano n’abapolisi batabara bikaba byaviriyemo abakinnyi 23 barimo Hulk wahoze akinira ikipe ya Atletico.

    Imirwano rusange yatangiye igihe umunyezamu wa Atletico, Everson yafataga umupira maze akagaruka inyuma agasa n’uryamira Christian, akamushyira ivi ku gituza.

    Bagenzi ba Christian bahise bahurura bajugunya umuzamu ku izamu, bituma havuka ibibazo byinshi kuko abakinnyi benshi bahise binjira mu mirwano mu gihe abashinzwe umutekano bagerageje gutandukanya amakipe.

    Nubwo nta makarita atukura yatanzwe n’umusifuzi Matheus Delgado Candancan mu gihe cy’umukino, ibitangazamakuru byo muri Brazil nka Globo byatangaje ko abakinnyi 23 bahawe aya makarita nyuma y’umikino kubera ko imirwano yabujije umusifuzi w’umukino kubahera aya makarita mu kibuga.

    Mu bakinnyi bahawe aya makarita harimo 12 ba Cruzeiro n’uwatsinze igitego Jorge.

    Renan Lodi na Hulk wahoze akinira ikipe ya Atletico Madrid bari mu bari mu bakinnyi 11 ba Atletico bazihawe.

    Habaye imirwano ikomeye

    Abakinnyi bahawe amakarita atukura

    Source : http://isimbi.rw/ni-igitangaza-hatanzwe-ikarita-itukura-ku-bakinnyi-23-mu-mukino-umwe.html

  • APR yumvikanye n’umukinnyi watwaye NBA #rwanda #RwOT

    APR BBC yitegura guhagararira u Rwanda mu mikino ya BAL yamaze kumvikana na Quinn Cook watwaranye Shampiyona ya Amerika ya NBA.

    Uyu mukinnyi ukina nka ‘Point Guard’, w’imyaka 32 yakiniye amakipe nka Los Angeles Lakers na Golden State Warriors.

    Biteganyijwe ko azagera mu Rwanda tariki ya 11 Werurwe 2026 aho azaba aje gufatanya na APR BBC kwitegura imikino y’ijonjora mu itsinda Karahari bashaka itike ya nyuma y’imikino ya BAL izabera i Kigali.

    Iri jonjora rizakinirwa muri Afurika y’Epfo aho APR iri mu itsinda na Al Ahly yo muri Libya, Johannesburg Giants muri Afurika y’Epfo, Dar City yo muri Tanzania, Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Petro de Luanda yo muri Angola.

    Quinn Cook akaba yaratwaranye Shampiyona ya Amerika “NBA” n’amakipe arimo Golden State Warriors muri 2018 na Los Angeles Lakers muri 2020. Yanakiniye andi makipe nka Cleveland Cavaliers, Dallas Mavericks n’andi.

    Akaba yaje yiyongera Madut Akec ukomoka muri Sudani y’Epfo na we akaba yamaze kumvikana na APR BBC.

    Quinn yatwaranye NBA na Golden State Warriors

    Yaratwaranye igikombe na Los Angeles Lakers

    Source : http://isimbi.rw/apr-yumvikanye-n-umukinnyi-watwaye-nba.html

  • Umunsi ndya inyama mbisi – Sibomana Patrick uhagaze neza muri Ethiopia, icyo akumbuye mu Rwanda #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w’umunyarwanda ukinira Ethiopia Electricity, Sibomana Patrick Pappy yavuze ko ikintu cyamugoye cyane muri iki gihugu ari imirire yaho n’ikirere.

    Mu Kwakira 2025 ni bwo Sibomana Patrick uzwi nka Pappy yasinyiye Ethiopia Electricity ikina mu cyiciro cya mbere muri Ethiopia, hari nyuma yo gutandukana na Al Wehda yo muri Libya.

    Uyu mukinnyi ntabwo byatinze gutangira kwigarurira imitima y’abakunzi b’iyi kipe bitewe n’imikinire ye.

    Pappy watangiye ari umukinnyi usimbura, yaje gufatisha ubu akaba ari umukinnyi ubanza mu kibuga ndetse akaba amaze kuyitsindira ibitego 5.

    Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru ISIMBI, yavuze ko ikintu kirimo kumufasha ari ugukora cyane.

    Ati “Ikintu kirimo kumfasha ni ugusenga no gukora cyane no kumenya icyo nshaka, rero iyo uzi icyo ushaka ugikoraho. Ikindi ni ubunararibonye kuko hanze narahakinnye icyo bisaba ndakizi ndanagifite.”

    Yakomeje avuga ko Shampiyona ya Ethiopia ari Shampiyona ikomeye cyane isaba imbaraga bitewe n’ibibuga byaho.

    Ati “Ni Shampiyona ikomeye cyane, ikipe ya mbere iraza igatsindwa n’iya nyuma, byarabaye ejo. Ni shampiyona isaba imbaraga bitewe n’ibibuga nta bibuga byiza bihari.”

    Uyu mukinnyi ukina asatira anyuze ku mpande, yabwiye ISIMBI ko mu mezi 5 ahamaze ikintu cyamugoye ari ikirere ndetse n’imirire yaho.

    Ati “Ikintu cyangoye ni ikirere n’imirere ariko ubu nta kibazo naramenyereye. Nta biryo bya Kigali wabona hano bakunda ibiryo by’imico yabo gakondo.”

    Kimwe mu biryo byamugoye yanarahiye ko atazongera kurya ni inyama zaho mbisi bakunda kurya.

    Ati “Inyama mbisi hano barya naziriyeho ariko ibyakurikiyeho si nshaka kubivuga icyo wamenya ni uko nataye ibiro 5. Naraziriye ariko nahise ndwara mu nda.”

    Yakomeje kandi avuga ko nubwo amaze kumenyera ariko gukora akazi atari kumwe n’umuryango we biba bigoye.

    Ati “Ikintu cya mbere kigora ni ugukumbura umuryango wawe n’abana ariko ubu twaramenyereye ubu tuvugana buri munsi ni nk’aho tuba turi kumwe. Twahisemo gushyira akazi imbere kuruta ibindi.”

    Yavuze ko ikintu akumbuye mu Rwanda ari umuryango we n’ibiryo kurya bya Kigali.

    Ati “Nkumbuye umugore wanjye n’abana banjye, umuryango wanjye wose. Nkumbuye n’ibiryo byaho. Ubugari bw’imyumbati na Kawunga ndabikumbuye cyane.”

    Mu gihe habura imikino 15 ngo Shampiyona ya Ethiopia irangire, Ethiopia Electricity iri ku mwanya wa 5 n’amanota 34 irushanwa amanota 8 na Sidima ya mbere ifite 42, avuga ko bagifite amahirwe yo kwegukana igikombe cya Shampiyona.

    Sibomana Patrick Pappy ni umwe mu bakinnyi b’Abanyarwanda bakina hanze yarwo bahagaze neza

    Amaze gutsinda ibitego 5

    Ubu ni umukinnyi ubanzamo muri Ethiopia Electricity

    Pappy ni umukinnyi urimo gutangaza akazi gakomeye muri Ethiopia

    Yagowe n’ibiryo n’ikirere ariko yamaze kumenyera

    Amaze gutorwa nk’umukinnyi w’umukino inshuro nyinshi

    Akumbuye umuryango we

    Source : http://isimbi.rw/umunsi-ndya-inyama-mbisi-sibomana-patrick-uhagaze-neza-muri-ethiopia-icyo.html

  • Mojtaba Khamenei umuhungu wa Ali Khamenei uvugwa ku buyobozi bwa Iran #rwanda #RwOT

    Inkuru ziri gucicikana mu bitangazamakuru mpuzamahanga zivuga kuri Mojtaba Khamenei, umuhungu wa kabiri wa Ayatollah Ali Khamenei, umwe mu bantu bakomeje kuvugwa cyane mu bya politiki bya Iran. Mojtaba, ufite imyaka 56 y'amavuko, ni umwe mu bana ba Ali Khamenei wabaye Umuyobozi w'Ikirenga wa Iran kuva mu 1989.

    Mojtaba Khamenei azwi cyane mu nzego z'imbere mu buyobozi bwa Iran n'ubwo atigeze agaragara cyane mu ruhame nk'abayobozi bakomeye b'igihugu. Yize amasomo ya tewolojiya mu mashuri akomeye y'abanyamadini i Qom, aho yigishijwe n'abahanga mu bya Islamu. Bivugwa ko ari umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu bijyanye n'imiyoborere n'ikorwa ry'ibyemezo mu nzego zimwe na zimwe z'igihugu, cyane cyane mu bihe by'amatora.

    Mu gihe politiki ya Iran igira imiterere yihariye ishingiye ku buyobozi bw'abanyamadini, hari igihe Mojtaba Khamenei yagiye avugwa nk'umwe mu bashobora kuzagira uruhare rukomeye mu gihe kizaza cy'ubuyobozi bw'igihugu. Bamwe mu basesenguzi ba politiki bavuga ko kuba ari umuhungu wa Ali Khamenei bituma izina rye rikomeza kumenyekana cyane mu buyobozi bw'imbere mu gihugu.

    N'ubwo atari umwe mu bayobozi bakunze kuvugira ku mugaragaro ibijyanye na politiki mpuzamahanga, Mojtaba azwiho gukorana n'abanyamadini n'inzego z'umutekano mu buryo bwa hafi. Ibi byatumye bamwe bamufata nk'umuntu ufite ijambo rikomeye mu byemezo bifatwa imbere mu gihugu.

    Kugeza ubu, amakuru atandukanye akomeza kuvugwa ku ruhare rwe mu buyobozi bwa Iran, ariko icy'ingenzi ni uko izina rye rikomeje kugarukwaho mu biganiro bya politiki bijyanye n'ahazaza h'ubuyobozi bw'iki gihugu.

    Mojtaba Khamenei umuhungu wa Ali Khamenei uvugwa ku buyobozi bwa Iran

    Source : https://kasukumedia.com/mojtaba-khamenei-umuhungu-wa-ali-khamenei-uvugwa-ku-buyobozi-bwa-iran/

  • Bolingo Paccy yasabye ko indirimbo ebyiri za King James zisibwa kuri YouTube #rwanda #RwOT

    Indirimbo ebyiri z'umuhanzi King James, ari zo 'Ndi Uwawe' na 'Ndagushaka', ntizikigaragara ku rubuga rwa YouTube, nyuma y'uko zisibwe bitewe n'ikibazo cy'ubwumvikane buke hagati y'abagize uruhare mu ikorwa ryazo.

    Amakuru agaragaza ko izo ndirimbo zasibwe ku busabe bwa Bolingo Paccy, umwe mu bahanzi bagize uruhare mu itunganywa ryazo. Uyu muhanzi yafashe icyemezo cyo gutanga ikirego gituma izo ndirimbo zikurwa ku rubuga rwa YouTube, avuga ko hari ibyo yari yarumvikanyeho n'abandi bakoze kuri uwo mushinga bitigeze bishyirwa mu bikorwa.

    Bolingo Paccy yavuze ko mbere y'uko izo ndirimbo zisohoka hari amasezerano bumvikanyeho n'abari bagize uruhare mu kuzitunganya, ariko nyuma ngo baje gusanga hari ibyo batubahirije. Ibi ngo byatumye atekereza inzira yo gushaka uburenganzira bwe, birangira asabye ko izo ndirimbo zisibwa ku mbuga zicishwaho umuziki.

    Ku rundi ruhande, abakunzi b'umuziki wa King James batangajwe n'iki cyemezo, kuko izi ndirimbo zari zimaze igihe zikunzwe n'abatari bake. 'Ndi Uwawe' na 'Ndagushaka' ni zimwe mu ndirimbo zakunzwe cyane mu bihe byashize, ndetse zikaba zaragiye zicurangwa ku maradiyo n'ahandi henshi hacururizwa umuziki.

    Iki kibazo cyongeye kugaragaza ko mu muziki nyarwanda hakiri ibibazo bijyanye n'uburenganzira bw'abahanzi n'abatunganya indirimbo. Abasesenguzi b'ikorwa ry'umuziki bagaragaza ko ari ngombwa ko amasezerano akorwa mbere yo gusohora indirimbo ashyirwa mu nyandiko kandi akubahirizwa, kugira ngo hirindwe amakimbirane nk'aya.

    Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba impande zombi zizongera kwicarana zikaganira kuri iki kibazo cyangwa niba izo ndirimbo zizongera kugaruka kuri YouTube mu gihe kiri imbere. Abakunzi b'umuziki bo bakomeje kwibaza uko iki kibazo kizakemuka.

    Bolingo Paccy yasabye ko indirimbo ebyiri za King James zisibwa kuri YouTube

    Source : https://kasukumedia.com/bolingo-paccy-yasabye-ko-indirimbo-ebyiri-za-king-james-zisibwa-kuri-youtube/

  • Rihanna n'umuryango we basimbutse urupfu #rwanda #RwOT

    Polisi yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikorera mu mujyi wa Los Angeles yatangaje ko yafashe umugore w'imyaka 38 y'amavuko wari ukekwaho kugerageza kugirira nabi icyamamare mu muziki Rihanna hamwe n'abo mu muryango we. Aya makuru yamenyekanye, nyuma y'iperereza ryakozwe n'inzego z'umutekano nyuma yo kubona amakuru ko hari umuntu wari ufite umugambi wo kugirira nabi uwo muhanzi.

    Nk'uko byatangajwe n'inzego za polisi, uwo mugore yari amaze igihe akurikiranwa kubera amagambo n'ubutumwa yaramaze iminsi agaragaza ko ashobora kuba afite imigambi mibi. Amakuru y'ibanze agaragaza ko yari yaragerageje kwegera aho Rihanna atuye ndetse akagaragaza imyitwarire iteye impungenge.

    Abaturanyi n'abashinzwe umutekano bavuga ko uwo mugore yagaragaye hafi y'aho uwo muhanzi atuye, ibintu byatumye hatangira gukorwa iperereza ryihuse. Polisi yahise igera aho yari ari maze imuta muri yombi mbere y'uko hari ikintu kibi gishobora kuba.

    Iperereza riracyakomeje kugira ngo hamenyekane neza impamvu nyamukuru zatumye uwo mugore agira uwo mugambi ndetse n'icyo yashakaga kugeraho. Inzego z'umutekano zatangaje ko zafashe ingamba zikomeye zo kurinda umutekano w'ibyamamare n'imiryango yabo, cyane cyane iyo hagaragaye ibimenyetso by'iterabwoba cyangwa imigambi yo kugirira abandi nabi.

    Ku ruhande rwa Rihanna n'umuryango we, nta kintu na kimwe cyabayeho cyabagiraho ingaruka, kuko inzego z'umutekano zahagobotse kare. Abakunzi b'uyu muhanzi hirya no hino ku isi bakomeje kugaragaza ko bishimiye uburyo inzego z'umutekano zahagurutse vuba zigatuma hatagira icyago kiba.

    Polisi ya Los Angeles yasabye abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe babonye ibintu bidasanzwe, kuko ubufatanye bw'abaturage n'inzego z'umutekano ari ingenzi mu gukumira ibyaha mbere y'uko bibaho.

    Rihanna n'umuryango we basimbutse urupfu

    Source : https://kasukumedia.com/rihanna-numuryango-we-basimbutse-urupfu/

  • Arsenal yamaze kwibikaho umukinnyi Piero Hincapié #rwanda #RwOT

    Ikipe ya Arsenal yo mu gihugu cy'u Bwongereza iri mu myiteguro yo kugura burundu myugariro Piero Hincapié, nyuma yo kumvikana na Bayer Leverkusen ku masezerano y'uyu mukinnyi ukomoka muri Ecuador.

    Amakuru aturuka mu banyamakuru bakurikiranira hafi iby'igura n'igurisha ry'abakinnyi mu Burayi avuga ko Arsenal yamaze kumvikana na Bayer Leverkusen ku buryo bwose bwo gutwara uyu mukinnyi. Biteganyijwe ko iyi kipe yo mu mujyi wa Londres izishyura amafaranga agera kuri miliyoni 52 z'amayero kugira ngo ibone uburenganzira busesuye kuri Hincapié.

    N'ubwo Arsenal igiye kumugura burundu, Bayer Leverkusen yemeye aya masezerano ishyiramo ingingo ivuga ko izajya ibona 10% by'amafaranga azava mu igurishwa rye mu gihe Arsenal yazamugurisha mu y'indi kipe mu bihe biri imbere.

    Piero Hincapié amaze igihe yigaragaza nk'umwe muri bamyugariro bafite impano idasanzwe mu mupira w'amaguru w'i Burayi. Uyu mukinnyi w'imyaka iri mu kigero cy'ubakiri bato yigaragaje cyane mu mikinire irimo kwirwanaho neza, gusoma umukino no gutanga umusanzu.

    Abatoza ba Arsenal bavuga ko bishimiye cyane imikinire ye ndetse ko ari umwe mu bakinnyi bashobora gufasha iyi kipe kugera ku ntego zayo mu marushanwa atandukanye arimo Shampiyona y'u Bwongereza ndetse n'andi marushanwa yo ku mugabane w'u Burayi.

    Ku ruhande rwa Bayer Leverkusen, n'ubwo bemeye kumurekura, bishimiye ko bashyizeho ingingo ya 10% izabafasha mu gihe uyu mukinnyi yazagurishwa indi kipe mu myaka iri imbere.

    Iyi transfer iramutse irangiye burundu, byaba ari indi ntambwe ikomeye Arsenal iteye mu gukomeza kubaka ikipe ikomeye ishobora guhatanira ibikombe mu Bwongereza no ku mugabane w'u Burayi.

    Piero Hincapié amaze igihe yigaragaza nk'umwe muri bamyugariro bafite impano idasanzwe mu mupira w'amaguru w'i Burayi

    Source : https://kasukumedia.com/arsenal-yamaze-kwibikaho-umukinnyi-piero-hincapie/

  • Police yatwaye igikombe Rayon Sports (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

    Police WFC yegukanye igikombe cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore itsinze Rayon Sports WFC kuri penaliti 5-4.

    Ni umunsi wizihizwa buri tariki ya 8 Werurwe, ni nabwo uyu mukino wabaye ejo hashize aho wabereye kuri Stade Ubworoherane i Musanze.

    Ni umukino witabiriwe n’abarimo Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice, Meya w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien, Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abagore muri Musanze, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri ya Siporo unashinzwe Iterambere rya Siporo, Gilbert Manier.

    Hatoranyijwe aya makipe kuko ari yo ayoboye urutonde rwa Shampiyona, iminota y’umukino yarangiye ari ubusa ku busa hitabazwa penaliti maze Police WFC yegukana igikombe itsinze kuri 5 kuri 4 za RayonSports yari ibitse igikombe cy’umwaka ushize yatwaye itsinze Indahamgarwa.

    Police ikaba yatwaye igikombe giherekejwe n’ibahasha ya miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Uyu mukino wabaye ku bufatanye bw’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda, FERWAFA, Minisiteri ya Siporo ndetse n’Akarere ka Musanze, wabanjirijwe n’uw’abatarengeje imyaka 20 wo ATEFOP yanganyije 0-0 na Nemba TSS. Buri kipe yitabiriye yahawe imipira 10.

    Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice ari kumwe na Meya wa Musanze, Nsengimana Claudien ni bo batangije uyu mukino

    Rayon Sports WFC yakinnye na Police WFC mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore

    Shema Ngoga Fabrice ari kumwe na SG wa FERWAFA, Bonnie Mugabe

    Police yatsinze Rayon Sports

    Police WFC yegukanye igikombe mu mukino utari woroshye

    Source : http://isimbi.rw/police-yatwaye-igikombe-rayon-sports-amafoto.html

  • Reka mbeshye, imisifurire yagenze neza – Bekeni ku basifuzi bamusifuriye kuri Rayon Sports #rwanda #RwOT

    Umutoza wa Etincelles FC, yavuze ko iyo bagerageje kuvuga ku basifuzi biba inzika ubutaha bakaza babishyizemo ari yo mpamvu yahisemo kubeshya ko ku mukino wabahuje na Rayon Sports imisifurire yagenze neza.

    Hari mu mukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2025-26 wo Rayon Sports yaraye inganyijemo na Etincelles 1-1 kuri Stade Umuganda i Rubavu.

    Muri uyu mukino umutoza wa Etincelles FC, Bekeni yagiye agaragaza kutishimira ibyemezo bimwe na bimwe by’abasifuizi barimo Twagirumukiza Abdul, Mugabo Eric na Ndayambaje Hamdan bawuyoboye.

    Nyuma y’uyu mukino yabwiye itangazamakuru ko yahisemo kubeshya ko imisifurire yagenze kuko iyo uvuze abasifuzi nabi bakurwa inzika.

    Ati “Imisifurire iyo tuyivuzeho biba inzika ikomeye cyane ku basifuzi, ngo mwaramvuze njyewe nitwongera guhura nzabereka, ubu nshobora no kubeshya, noneho ndabeshye imisifurire yagenze neza, ndabeshye none mbigenze gute?”

    “None se ko umupira urangiye byagenze neza none tubigenze gute? Mu mutima we arumva ko atatwibye? Ejo nabonye Rwasamanzi avuga ngo ndamusabira umugisha kuri Nyagasani ariko yakoze, nanjye yakoze.”

    Biragoye kwemeza aho ikibazo kiri kuko inshuro nyinshi iyo ikipe itabonye umusaruro yifuzaga, birangira byose bigeretswe ku musifuzi ngo wabasifuriye nabi.

    Gusa na none ntawakwirengagiza ko hari n’abasifuzi bitwara nabi mu mukino cyane ko twabonye benshi bagiye banabihanirwa.

    Bekeni yavuze ko abasifuzi babarwara inzika

    Source : http://isimbi.rw/reka-mbeshye-imisifurire-yagenze-neza-bekeni-ku-basifuzi-babasifuriye-kuri.html

  • Harmonize yishyuye akayabo uwahoze ari umugore we w’Umutaliyanikazi #rwanda #RwOT

    Harmonize yatangaje ko yamaze kugera ku bwumvikane n’uwahoze ari umugore we w’Umutaliyani, Sarah Michelotti, barangiza burundu amakimbirane yari amaze igihe akurikiranwa mu nkiko.

    Uyu muhanzi yavuze ko yemeye kumuha amafaranga angana na 50,000 by’Amayero, asaga miliyoni 130 z’amafaranga y’u Rwanda, kugira ngo ikibazo cyari hagati yabo kirangire mu mahoro.

    Mu mashusho yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, Harmonize yasobanuye ko bahisemo kwicara bakaganira bagakemura ikibazo cyabo mu bwumvikane aho gukomeza guhangana mu nkiko.

    Yagize ati 'Hari ibintu tutari twarumvikanyeho, bigeze aho bigera mu nkiko. Ariko nyuma twahisemo kwicara hamwe tugakemura byose mu mahoro.'

    Harmonize yanavuze ko Sarah Michelotti yagize uruhare rukomeye mu ntangiriro z’urugendo rwe rwa muzika, bityo akabona bidakwiye ko bakomeza kubana mu makimbirane.

    Yagize ati 'Sarah yagize uruhare rukomeye mu muziki wanjye. Nabonye nta mpamvu yo gukomeza kuba abanzi, twemeranya ko namwishyura tukarangiza ikibazo kandi na we ubu arishimye.'

    Uyu muhanzi yanavuze ko mbere yo gufata uwo mwanzuro yabanje kubiganiraho n’umukunzi we w’ubu, Frida Kajala Masanja, na we akabyumva ndetse akamushyigikira muri icyo cyemezo.

    Harmonize na Sarah bakaba harakoze ubukwe muri 2019 ariko ntabwo urugo rwabo rwarambye kuko muri 2021 bari baratandukanye ahubwo baratangiye inzira ya gatanya.

    Harmonize yakemuye ikibazo n’uwahoze ari umugore we

    Source : http://isimbi.rw/harmonize-yishyuye-akayabo-uwahoze-ari-umugore-we-w-umutaliyanikazi.html