Mu gihe amakipe umunani yo mu cyiciro cya kabiri akomeje umwiherero n’imyitozo yo kuishakamo amakipe abiri azazamuka mu cyiciro cya kabiri, imyitozo y’Amagaju y’uyu munsi yahagaritswe kubera #COVID-19.
05.11.20 Amakuru Mashya | Update
*Kigali:1, Gatsibo:2, Nyagatare:3, Nyamagabe:12 (bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi/testing in high risk groups) pic.twitter.com/BnBXd149vW
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) November 5, 2020
Mu itangazo rya Minisiteri y’ubuzima ryaraye risohotse kuri uyu wa Kane tariki 05/11/2020, rigaragaramo abanduye Coronavirus 12 bo mu karere ka Nyamagabe, aho muri abo 11 amakuru atugeraho ari uko ari abakinnyi b’ikipe y’Amagaju.
-
- Abakinnyi 11 b’Amagaju basanzwemo Coronavirus

Kugeza ubu imyitozo y’AMagaju yari iteganyijwe uyu munsi yahise isubikwa, mu gihe abakinnyi, abatoza n’abandi bose bari mu mwiherero w’iyi kipe bagomba kongera bagapimwa


Leave a Reply