Kigali yashyizwe mu mijyi yoroshya imibereho, ikarembuza abashoramari – #rwanda #RwOT

Written by

in

Ni raporo yakozwe n'ibinyamakuru bya Africa Report na Jeune Afrique, yashyizwe hanze ku wa 28 Ugushyingo 2024.

Hasuzumwe igenabikorwa ryashyizweho mu guteza imbere imijyi, ibikorwa remezo n'amahirwe y'ishoramari aboneka muri iyi mijyi.

Umujyi wa Kigali washyizwe ku mwanya wa kabiri hashingiwe ku isuku imaze imyaka wuranga, umutekano no guhanga ibishya.

Umujyi wa Cape Town ni wo waje ku isonga kubera ibikorwa by'ubukungu biwugaragaramo n'ibindi birimo ibikorwa ndangamuco, ku mwanya wa gatatu hakaba Johanesburg, ku wa kane hari Casablanca hagakurikiraho Rabat na Nairobi.

Muri Nyakanga 2024 kandi Kigali yari yashyizwe ku mwanya wa gatatu mu mijyi ya Afurika ba mukerarugendo bishimira gusura.

Reba amwe mu mafoto agaragaza ubwiza bwa Kigali

Umujyi wa Kigali ukomeje kuzamukamo inyubako z’icyerekezo

Kigali ni umwe mu mijyi yiyemeje imiturire myiza itangiza ibidukikije, bituma iyo uri muri uyu mujyi uba wumva akayaga

Inyubako ziri mu mujyi rwagati imbere y’ibiro by’umujyi zahinduye isura ya Kigali

Inyubako I&M Bank yuzuye itwaye miliyoni 25$

Isuku ni intego mu mujyi wa Kigali

Kigali, umujyi utoshye…

Iyo uhagaze mu Mujyi rwagati ugaterera amaso Kimihurura ni uko haba hameze

Inyubako ya BPR Bank Rwanda Plc, imwe mu ndende i Kigali

Ishusho y’imyubakire mu Mujyi wa Kigali yarahindutse cyane

Tropical Plaza yubatse inyuma y’ahazwi nko kwa Rubangura ni uku igaragara

Aha ni ku Gisozi munsi ya Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK)

Inyubako ya CHIC ifite parikingi yakira imodoka nyinshi cyane

Fantastic Plaza, inyubako iherereye hari ya Rond-Point yo mu mujyi

Inyubako ya KIC [Kigali Investment Company] yahoze yitwa UTC

Inyubako ya Centenary House n’izindi biri ku murongo umwe ni uku zigaragara

Imihanda yo mu Mujyi wa Kigali iracyeye

Ibiti ku mihanda nk’ikimenyetso cyo kurengera ibidukikije

Ubumwe Grande Hotel, imwe mu mahoteli agezweho i Kigali

Inyubako ziri mu mujyi rwagati zerekana imbaraga uyu mujyi ukomeje gushyira mu kugwiza inyubako ndende

Minisiteri y’imari n’igenamigambi ikorera muri iyi nyubako

Rond-Point iri imbere y’ibiro by’Umujyi wa Kigali yerekana ishusho y’ubukerarugendo bw’u Rwanda

Imiturirwa ikomeje kubakwa umunsi ku wundi mu Mujyi wa Kigali

M. Peace Plaza ni inyubako iberanye n’ubucuruzi

2000 Hotel iri mu mujyi rwagati yahindutse ihuriro rya benshi

Kigali City Tower ni yo nyubako ndende mu Mujyi wa Kigali

Muhima Investment Company (MIC) yakemuye ikibazo cy’aho gukorera ubucuruzi heza

Centenary House ni imwe mu nyubako zimaze iminsi muri Kigali

Inyubako ikoreramo RSSB n’iya RURA igeze ku musozo hepfo yayo

City Plaza mu mujyi rwagati yigeze kuba inyubako ndende muri Kigali

Inyubako nshya y’ubucuruzi iherutse kuzura mu mujyi wa Kigali

Muri parikingi ya CHIC ni gutya hameze

Tropical Plaza yubatse mu mujyi rwagati ahateganye na T2000

Ku karere ka Gasabo ku Gishushu

Inyubako y’akarere ka Gasabo n’izindi ziyikikije

Iyo uhagaze mu Migina witegeye inzu zo ku Gishushu

Isura ya Nyamirambo

I Nyamirambo ni gutya hubatse

Stade ya Kigali i Nyamirambo ikikijwe n’ibiti biha akayaga abayirimo

Inzu z’ubucuruzi i Nyamirambo zaravuguruwe bamwe bubaka n’amagorofa

Isuku isigaye ibarizwa i Nyamirambo

Inyubako ikoreramo urukiko rw’ubucuruzi n’urukiko rukuru i Nyamirambo

Mu Biryogo hasizwe amarangi hashyirwa imbuga yo gufatiramo amafunguro

Isura ya Kicukiro

Kicukiro ahazwi nka Sonatubes huzuye inyubako nziza y’ubucuruzi

Iyi nyubako ikorerwamo ubucuruzi butandukanye

Kicukiro ni hamwe mu hakozwe imihanda myiza yisanzuye

Rusororo, kamwe mu duce twihagazeho

Icyicaro cy’umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo

I Rusororo hari kubakwa inzu nziza cyane

Rusororo ni hamwe mu hari icyaro ariko uyu munsi harigonderwa n’umugabo hagasiba undi

Ku Gisimenti

Inyubako ziri ahitwa ku Gisimenti

Gare ya Kimironko itegerwamo imodoka zijya hirya no hino muri Kigali

Kimironko hari inyubako nyinshi z’ubucuruzi zubatswe mu buryo bugezweho

Ishuri ryubakiwe abatujwe mu mudugudu wa Karama mu Karere ka Nyarugenge

I Karama mu mudugudu watujwemo abakuwe ahari gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Imihanda ya Nyabugogo yakozwe neza cyane

Nyabugogo ni gutya hameze

Nyarutarama, agace kihagazeho mu mujyi wa Kigali

Ikibuga cya Golf kiri i Nyarutarama kizihira benshi bakunda uyu mukino

Umuhanda wa Nyarutarama ujya ku kibuga cya Golf

Ku i Rebero hamaze guturwa cyane

Iyo uhagaze i Nyamirambo ni gutya isura yo ku i Rebero imeze

Ku i Rebero harimo guturwa nubwo nta mihanda myinshi ya kaburimbo myinshi irahagera

I Remera hakomeje guhinduka

BK Arena imaze kubaka izina mu kwakira imikino n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro

Imihanda iracyeye…

Ku Kacyiru ahahoze gare hubatswe imihanda

Umujyi wa Kigali urimo kubaka imihanda myinshi mu bice bitandukanye


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umujyi-wa-kigali-washyizwe-ku-mwanya-wa-kabiri-mu-yoroshya-imibereho-ikarembuza

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *