Uburanga bwa Naomi, inkumi yatumye Gueulette asezera ubugaragu mbere yo kuza mu Mavubi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Umukinnyi w’umunyarwanda ukinira RAAL La Louvière mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, Samuel Gueulette yakoze ubukwe na Naomi Carlos de Oliveira.

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo hagiye hanze amafoto agaragaza uyu mukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, Samuel Gueulette yakoze ubukwe n’umukunzi we.

Amakuru avuga ko aba bombi biyemeje kubana akaramata bakazatandukanywa n’urupfu nyuma y’igihe kitari gito bakundana.

Ni ubukwe nk’uko bigaragara mu mafoto n’amashusho yagiye ku mbuga nkoranyambaga, bwitabiriwe n’inshuti n’imiryango, bikaba byari ibyishimo bikomeye kuri uyu munsi w’amateka wa Samuel Gueulette na Naomi Carlos de Oliveira.

Samuel Gueulette w’imyaka 25, ni umwe mu bakinnyi beza banakina heza u Rwanda rufite kugeza uyu munsi.

Akoze ubukwe mu gihe habura iminsi mike ngo hahamagarwe abakinnyi bazifashishwa mu mikino ya FIFA Series izabera i Kigali muri uku kwezi, nta gihindutse na we azaba arimo.

Yahamagawe bwa mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 muri 2018, yakiniye ikipe y’igihugu y’abatarenge imyaka 23 mbere y’uko ahamagarwa mu Mavubi makuru.

Bakoze ubukwe byuma y’igihe bakundana

Byari ibyishimo bikomeye kuri bombi

Inshuti n’umuryango bari baje kubashyigikira

Naomi Carlos de Oliveira umugore wa Samuel Gueulette

Asanzwe ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi

Source : http://isimbi.rw/uburanga-bwa-naomi-inkumi-yatumye-gueulette-asezera-ubugaragu-mbere-yo-kuza-mu.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *