World Vision Rwanda yatangije gahunda yo kurandura imirire mibi mu bana b'i Burera – #rwanda #RwOT

Written by

in

Ni gahunda yatangijwe 07 Gashyantare 2025, ibera mu Kagari ka Kabyiniro, Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera.

Yitabiriwe n'abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw'Akarere muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, abakozi ba World Vision Rwanda n'abandi.

Mu gutangiza iyi gahunda, hakozwe ibikorwa bitandukanye, birimo gutera ibiti by'imbuto ziribwa, gukora umurima w'igikoni, guhoma inzu n'igikoni, kubaka ubwiherero, kugaburira abana bato indyo yuzuye, kugabira inka imiryango itishoboye no kwangiza ibiyobyabwenge.

Umuyobozi wa World Vision Rwanda, Pauline Okumu yavuze ko ari iby'agaciro gikomeye kuba hatangijwe gahunda nk'iyi izafasha abana kugira ubuzima bwiza buzira imirire mibi.

Ati 'Aho twagiye dukora iyi gahunda hose byagiye bitanga umusaruro, ndizera ko dufatanyije n'inzego zose z'ubuyobozi n'ababyeyi, 15% ry'igwingira rigaragara muri aka Karere ka Burera tuzarihashya burundu tukagera kuri 0%.'

Umuyobozi w'Akarere ka Burera, Mukamana Soline, yasabye abaturage kugaragaza ubufatanye mu kurandura imirire mibi ikihagaragara.

Ati 'Dufite intego yo gukurirana imikurire y'abana bato, kwita ku buzima bw'umwana n'umubyeyi, kwihaza mu mirire no gutegura indyo yuzuye, kuzamura imibereho myiza n'umuryango utekanye, bityo bizadufasha guhanga n'igwingira ry'abana.'

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw'Akarere muri Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, wari umushyitsi mukuru, yavuze ko gihugu kitatera imbere mu gihe gifite abana bacyo bagwingiye.

Yasabye abaturage kurera neza abana, bakarushaho kubaha indyo yuzuye kandi ifite isuku, no guharanira ko akarere ka Burera kaza ku isonga.

Ati 'Kugira ngo igihugu gitere imbere bihera mu bana, ibi byerekana ko kwita ku mikurire y'abana harimo kubagaburira indyo yuzuye ari ingirakamaro kuko bibarinda igwingira. Ibihugu byose byateye imbere byashyize imbaraga mu bana'

Akarere ka Burera kaza mu turere icumi mu Rwanda dufite umubare minini w'igwingira ry'abana, aho muri raporo iheruka yo muri 2020, igipimo cy'ubugwingire cyari kuri 41.6% mu bana 100 bakoreweho ubushakashatsi.

Umutarage witwa Kanziga Furida, yubakiwe akarima k’igikona karimo imboga z’ubwoko butandukanye

Hatewe ibiti by’imbuto ziribwa zizafasha abantu kwikura mu mirire mibi

Umuyobozi wa World Vision Rwanda, Pauline Okumu, yavuze ko ari iby'agaciro kuba hatangijwe gahunda nk'iyi izafasha abana kugira ubuzima bwiza

Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yavuze ko kurwanya no kurandura imirire mibi n'igwingira bisaba ubufatanye bw'inzego zitandukanye

Gen (Rtd) James Kabarebe, wari umushyitsi mukuru, yavuze ko Igihugu kitatera imbere mu gihe gifite abana bagwingiye

Umuyobozi w'akarere ka Burera, MUKAMANA Soline, yasabye abaturage kugaragaza ubumwe mu kurandura imirire mibi ikihagaragara

Inka eshatu zagabiwe abaturage kugira ngo babone amata azabafasha kurwanya imirire mibi

ubwo Gen (Rtd) James Kabarebe yahaga abana amata

Gen (Rtd) James Kabarebe ubwo yaramukanyaga n’umubyeyi wasaniwe inzu, akanubakirwa ubwiherero n’akarima k’igikoni

Amafoto: Niyonzima Moses


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/world-vision-rwanda-yatangije-gahunda-yo-kurandura-imirire-mibi-mu-bana-b-i

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *